Tag: Umutekano

  • Sudan: Abasirikare ba Misiri barenga 170 bari barafashwe n'umutwe wa RSF bahungishijwe #rwanda #RwOT

    Igisirikare cya Sudan kivuga ko abasirikare 177 ba Misiri, bari barafashwe n'umutwe witwara gisirikare muri Sudan, bahungishijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mata 2023.

    Igisirikare cya Sudan cyavuze ko abo basirikare bakuwe mu gihugu batwawe mu ndege enye z'igisirikare cya Misiri.

    Bari barafashwe ku wa gatandatu n'umutwe witwara gisirikare witwa Rapid Support Forces (RSF), urimo kurwana n'igisirikare cya Sudan, ubwo bari bari mu myitozo hamwe n'igisirikare cya Sudan.

    Igisirikare cya Misiri nticyatangaje ihungishwa ryabo — ariko mbere cyari cyavuze ko kirimo gukorana n'abategetsi bo muri Sudan kugira ngo abo basirikare bashobore gusubira iwabo.

    Ku wa gatatu hatangajwe akandi gahenge hagati y'igisirikare cya Sudan n'umutwe wa RSF.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, imirwano ya hato na hato yatangajwe ko yabereye mu murwa mukuru Khartoum — kuri uyu munsi wa gatandatu wayo — nubwo hatangajwe ako gahenge.

    Ibihugu byinshi birimo nk'Ubuyapani na Tanzania byatangaje ko bizahungisha abaturage babyo, ariko imirwano yatindije izo gahunda z'ibyo bihugu.

    Bamwe mu badiplomate b'ibihugu by'amahanga bakorera muri Sudan bagabweho ibitero ndetse amakuru avuga ko abakozi bamwe bo mu miryango itanga imfashanyo bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

    Kuva ku wa gatandatu, imirwano ishyamiranyije imitwe yo mu gisirikare cya Sudan ishyigikiye umutegetsi wa Sudan wo muri iki gihe, Jenerali Abdel Fattah al-Burhan, n'umutwe witwara gisirikare uzwi cyane, RSF, utegekwa n'umutegetsi wungirije wa Sudan, Jenerali Mohamed Hamdan Dagalo, uzwi cyane nka Hemedti.

    The post Sudan: Abasirikare ba Misiri barenga 170 bari barafashwe n'umutwe wa RSF bahungishijwe appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2023/04/20/sudan-abasirikare-ba-misiri-barenga-170-bari-barafashwe-numutwe-wa-rsf-bahungishijwe/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=sudan-abasirikare-ba-misiri-barenga-170-bari-barafashwe-numutwe-wa-rsf-bahungishijwe

  • Burundi: Hatoraguwe imirambo y'inyeshyamba bikekwa ko ari iza FLN zambaye impuzankano ya FARDC #rwanda #RwOT

    Amakuru atangwa n'inzego z'umutekano mu Burundi avuga ko iyi mirambo yabonetse ahitwa Myave, muri zone ya Ndora ho muri Komini ya Bukinanyana mu ntara ya Cibitoke.

    Umusirikare watanze amakuru y'iriya mirambo yavuze ko “nta gushidikanya ko ari inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zimaze imyaka myinshi zifite ibirindiro mu ishyamba rya Kibira kandi zirwanya Kigali.”

    Undi musirikare yabwiye SOS Médias Burundi ko bariya barwanyi “biîciwe mu mirwano iheruka kubasakiranya na FDNB (Igisirikare cy'u Burundi) kuva ku wa 14 Mata.”

    Ubuyobozi bwa Komine ya Bukinanyana nyuma y'uko iriya mirambo igaragaye bwahise butanga itegeko ryo kuyihamba, mu kwirinda ko yakomeza kunukira abaturage bo muri kariya gace.

    Abaturage kuri ubu bavuga ko batewe ubwoba no kuba abarwanyi ba FLN bagaragara hafi y'aho batuye bijyanye no kuba mu myaka yashize uyu mutwe warakunze kujya ubakorera amabi, bagasaba Igisirikare cy'u Burundi gushyira iherezo kuri uriya mutwe.

    Umwe mu bayobora inzego za gisirikare muri Bukinanyana yavuze ko kuri ubu ibikorwa byo guhiga abarwanyi b'uriya mutwe bikomeje. Ni nyuma y'uko umubano wongeye kuba mwiza hagati y'u Burundi n'u Rwanda.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/burundi-hatoraguwe-imirambo-y-inyeshyamba-zambaye-impuzankano-ya-fardc

  • Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266 #rwanda #RwOT

    Igihugu cya Kongo Kinshasa gihora gishinja u Rwanda ko ruri inyuma y'umutekano muke mu burasirazuba bwicyo gihugu nkuko bihora bitangwazwa na Perezida Tshisekedi n'umuvugizi wa Leta ye, Patrick Muyaya.

    Ubu mu burasirazuba bw'icyo gihugu ikigo gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe cyatangaje ko imitwe igera kuri 266 ibarizwa muri ako gace harimo 14 y'abanyamahanga nka FDLR na RUD Urunana igizwe n'abasize bakoze Jenoside mu Rwanda. Iyo mitwe ibarizwa mu ntara eshanu ziri mu burasirazuba bwicyo gihugu arizo Ituri, Kivu y'Amajyepfo, Kivu y'Amajyaruguru, Maniema na Tanganyika.

    Abadashaka ko umutekano ugaruka mu burasirazuba bwa Congo, bahora bagaruka gusa ku mutwe wa M23 uharanira uburenganzira bw'abavuga I Kinyarwanda ariko bagasiga indi mitwe igera kuri 265. Harimo umutwe wa CODECO ubarizwa muri Ituri ukaba wica abaturage bo mu bwoko bw'abahema.

    Nkuko byatangajwe n'umuhuzabikorwa wa komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi ariwe Tommy Tambwe, yavuze aho iyo mitwe iherereye aho intara ya Tanganyika ifite imitwe 19 ariko nta mutwe w'umunyamahanga ubarizwa muri iyo ntara. Maniema nayo ifite imitwe yitwaje intwaro 20 yose y'abakongomani, Kivu y'amajyepfo 136 harimo itanu y'inyamahanga, Kivu y'amajyaruguru ifite imitwe 64 harimo irindwi y'inyamahanga naho Ituri hari imitwe 20 harimo ibiri y'inyamahamga.

    Mu mwaka wa 2013 igihe isi yose yateraniye umutwe wa M23 bakawutsinda abarwanyi bayo bagahungira mu Rwanda no muri Uganda, icyo gihugu cyari gifite imitwe yitwaje intwaro itarenga 40 none ubu imaze kwikuba hafi inshuro zirindwi. Iyo mitwe ubona idahangayikishije abayobozi bicyo gihugu kuko nibo ibinjiriza amafaranga. Usibye inyungu z'amafaranga iyi mitwe ikoreshwa no mu nyungu za politiki: Ubu Perezida Tshisekedi arakora ibishoboka byose ngo agaragaze ko igihugu cye kititeguye amatora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe muri Ukuboza 2023.

    Ikibazo cyose icyo gihugu gihura nacyo kicyegeka ku ntambara. Mu minsi yashize batangaje ko imishahara y'abakozi yakomwe mu nkokora n'intambara ya M23.

    Ibyo kuba babasubiza mu buzima busanzwe abagize iyi mitwe yose byo ni inzozi kuko n'amafaranga icyo gihugu cyahawe kubera iyo gahunda yaranyerejwe maze imitwe imwe n'imwe yari yashyize intwaro hasi yibumbiye n'ahantu hamwe yishwe n'inzara maze bisubirira mu ishyamba.

    Aha twavuga nka FRPI na CODECO yari yashyize intwaro hasi bajya no mu nkambi ariko kubera ubuzima bubi bisubirira mu ishyamba.

    The post Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/imitwe-yitwaje-intwaro-mu-burasirazuba-bwa-congo-kinshasa-imaze-kugera-kuri-266/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=imitwe-yitwaje-intwaro-mu-burasirazuba-bwa-congo-kinshasa-imaze-kugera-kuri-266

  • RDC: Leta yavuze ko abarwanyi ba M23 banze kuva mu bice bari barafashe #rwanda #RwOT

    Abaturage muri teritwari ya Nyiragongo mu ntara ya Nord Kivu, bavuga ko abarwanyi ba M23 batavuye muri iki gice ko bahari biyoberanije basigaye bambaye imyenda isanzwe y'abasivile.

    Ikinyamakuru Actualite cyanditse ko aba baturage bakibwiye ko hafi y'umupaka wa Goma ahitwa Kibumba na Buhumba izi nyeshyamba zitigeze zihava, kuko urebye neza ubabona

    Icyakora babwiye abanyamakuru ko umutekano uhari ariko bitizewe neza kuko isaha n'isaha baba biteguye ko bashobora kongera guhunga.

    Iki kinyamakuru cyanditse ko ubuzima bwa henze muri Nyiragongo, kuko abaturage benshi bahunze nta ubasha guhinga, ubu ngo ikilo cy'ibishyimbo ubusanzwe cyaguraga ibihumbi hagati ya 1000 na 2000 by'amakongomani, ubu kigura ibihumbi bitanu.

    Ibi bishyimbo ndetse n'ibindi nkekerwa nabyo ngo biragurishwa bivuye mu Rwanda, kuko ntahandi abantu banyura ngo bahageze imyaka yabo.

    Umwe mu bacuruzi avuga ko nubwo ingabo za EAC zivuga ko aba barwanyi bavuye mu birindiro atari ukuri kuko batabwirwa aho bahita berekezwa, agashimangira ko acururiza Mulimbi ariko agataha Kanyarutshinya kuko azi neza ko M23 ihari igaragara yiyoberanije nk'abasivile.

    Umunyamakuru wa Actualite CD, avuga ko inzu nyinshi muri Nyiragongo yasanze zifunze izindi amadirishya n'inzugi zaravuyeho, akabona ko ishyamba atari ryeru.

    Icyakora muri teritwari ya Rutshuru ho ngo umutekano bigaragara ko wagarutse kuko ahari harafashwe na M23, ubu hari ingabo za Kenya ndetse n'iza Sudani y'Epfo nko mu bice bya Rugari na Kisigari ndetse n'amasoko yose arakora bisanzwe.

    Hagati aho inzego z'umutekano zatangaje ko ubu muri Kongo Kinshasa cyane cyane mu ntara zo mu burasirazuba, hamaze kubarurwa imitwe y'inyeshyamba 266 kandi yose yica abaturage.

    The post RDC: Leta yavuze ko abarwanyi ba M23 banze kuva mu bice bari barafashe appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2023/04/19/rdc-leta-yavuze-ko-abarwanyi-ba-m23-banze-kuva-mu-bice-bari-barafashe/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rdc-leta-yavuze-ko-abarwanyi-ba-m23-banze-kuva-mu-bice-bari-barafashe

  • Abasenateri ba RDC basabye Guverinoma gutangiza intambara ku Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ni imvugo zazamuwe na bamwe mu basenateri mu nteko rusange yabaye ku wa Mbere, zizamurwa n'imvugo ya Perezida Kagame ubwo yari muri Bénin, akavuga ko ibibazo Congo ifite uyu munsi byatangiye na mbere ya Tshisekedi, kandi bishingiye ku miyoborere y'icyo gihugu.

    Yavuze ko ikibazo cya M23 cyari gihari na mbere y'uko Tshisekedi aba perezida, kuko cyazamuye intera mu 2012.

    Yavuze ko uyu mutwe, ikibazo cyawo gishingiwe ku banye-Congo bafite amateka mu Rwanda kubera imipaka yakaswe mu gihe cy'ubukoloni, igice kimwe cy'u Rwanda kikomekwa ku burasirazuba bwa Congo n'amajyepfo ashyira uburengerazuba bwa Uganda.

    Ubu ariko ngo si abanyarwanda, ni abaturage b'ibyo bihugu ibyo bice bibarizwaho.

    Ati “Ibyo ni ibijyanye n'amateka, ibyo bibazo bimaze igihe kinini kiruta icyo maze, kurusha Tshisekedi, abo bose bari bahari muri icyo gihe ntibakiriho.”

    Perezida Kagame yavuze ko abo baturage bakomeje kwimwa uburenganzira bwabo, kugeza ubwo mu 2012 beguye intwaro barwanya Guverinoma yabo, ariko kugeza n'ubu mu 2023, nyuma y'imyaka 11, ikibazo cyaragarutse.

    Yakomeje ati “Ibyo bivuze ko kitigeze gikemurwa uko bikwiye.”

    Ni imvugo itarakiriwe neza mu matwi ya bamwe mu banyapolitiki bo muri RDC, banasabye ko iki gihugu gikwiye gutera u Rwanda.

    Mu Nteko rusange yabaye ku wa Mbere, Senateri Molisho yahise asaba ko Inama nkuru ya gisirikare ikwiye guhita iterana, “ikemeza ko RDC itera u Rwanda”.

    Ni icyemezo cyanashyigikiwe na Senateri Edouard Mokolo wa Mpombo. We yavugaga ko Sena ikwiye gutumiza Guverinoma, hakabaho ibiganiro byihariye.

    Icyakora, Perezida wa Sena, Modeste Bahati, yabaye nk'ubacubya, abasaba ko bakwiye guhindura imyitwarire kugira ngo n'abaturage babashe kububaha.

    Yakomeje ati “Umugambi urazwi, ariko ntabwo ugomba kwitwara nk'aho ari ibitekerezo by'umuntu umwe, wivanemo uruhande buri umwe ahagazeho, tubanze dutabare igihugu.”

    Muri iyo Nteko, hanemerejwemo itegeko ryongerera igihe ibihe bidasanzwe mu ntara za Kivu y'Amajyaruguru na Ituri.

    Si ubwa mbere humvikanye imvugo z'abanyapoliiki bo muri RDC bashotora u Rwanda, ndetse bamwe banasaba Leta yabo kurutera.

    Mu mwaka ushize ni bwo, Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w'Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko kugira ngo igihugu cye kigire amahoro ari uko hakubakwa urukuta rugitandukanya n'u Rwanda.

    Adolphe Muzito amenyerewe mu mvugo zibiba urwango hagati y'Abanyarwanda n'Abanye-Congo kuko no mu 2019 yigeze kuvuga ko kugira ngo amahoro aboneke n'ibibazo by'umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo birangire, ari uko batera u Rwanda kandi bakarufata bakarwomeka ku gihugu cyabo.

    Perezida wa Sena, Modeste Bahati yasabye abasenateri bagenzi be guhindura imyitwarire


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abasenateri-ba-rdc-basabye-guverinoma-gutangiza-intambara-ku-rwanda

  • Batandatu bacyekwagaho icyaha cyo kwica umwarimu wa Kaminuza bafunguwe #rwanda #RwOT

    Ubushinjacyaha bwasabye ko abarekuwe by'agateganyo bazajya bitaba buri wa gatanu w'icyumweru, kandi batemerewe gusohoka mu Gihugu mu gihe iperereza rigikomeza, kuko kuba barekuwe bidahita bibagira abere igihe iperereza ritararangira.

    Itegeko riteganya ko iyo ibimenyetso bishingirwaho mu kuregera dosiye y'ukekwaho icyaha mu rukiko, ari uko ubushinjacyaha buba bufite ibimenyetso simusiga by'uko ukekwaho icyaha yagikoze, ibyo bimenyetso bikaba biva mu rwego rw'ubugenzacyaha, bigasuzumwa n'ubushinjacyaha bwasanga bifatika bukaregera urukiko.

    Bivuze ko abo batandatu barekuwe barimo abagabo bane n'abagore babiri, kugeza ubu nta bimenyetso bifatika ubushinjacyaha bwashingiraho bubashyikiriza urukiko, ari nabyo byashingiweho barekurwa by'agateganyo iperereza rigakomeza bari hanze.

    Batandatu basigaye mu idosiye ya 12 bari bakurikiranyweho icyaha cyo kwica Dr. Muhirwe Charles, bo dosiye zabo zizaregerwa urukiko, kuko ubushinjacyaha busanga hari ibimenyetso simusiga byashingirwaho bagezwa imbere y'Urukiko bakabyisobanuraho ku ifunga n'ifungurwa ry'agateganyo, bivuze ko bakomeza gufungwa iminsi 30 y'agateganyo.

    Aba batandatu barekuwe nyuma y'icyumweru uwitwa Dusabe Albert, wari wishyikirije Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB) mu Karere ka Muhanga, yemera ko ari we wishe Dr. Muhirwe.

    Dusabe yarashwe na Polisi nyuma y'uko yashatse gutoroka, ubwo yajyaga kwerekana aho yashyize ibikoresho yifashishije mu kumwica, bakamuhagarika akabyanga akaraswa agapfa.

    Dr Muhirwe yiciwe mu Mudugudu wa Musengo, Akagari ka Kivumu mu Murenge wa Cyeza, ku wa 03 Mata 2023.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/article/batandatu-bacyekwagaho-icyaha-cyo-kwica-umwarimu-wa-kaminuza-bafunguwe

  • Sudan: Ubuyobozi bw'igisirikare bwamaganye amahanga ari kwivanga mu bibazo byabo #rwanda #RwOT

    Gen. Abdel Fattah Abdelrahman al-Burhan uyoboye Sudani mu buryo bw'inzibacyuho, yahaye gasopo amahanga ayasaba kwirinda kwivanga mu bibazo igihugu cye gifite.

    Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Sudani mu itangazo yasohoye mu ijoro ryakeye, yashimangiye ko amakimbirane Ingabo z'iki gihugu zifitanye n'umutwe witwara gisirikare wa RSF ari “ibibazo by'imbere mu gihugu bigomba guharirwa abanya-Sudani mu rwego rwo kugera ku bwumvikane bukenewe, aho kwivangwamo n'amahanga.”

    Sudani yatangaje ibi mu gihe imirwano hagati y'Ingabo zayo na RSF ikomeje kujya mbere i Khartoum, n'ubwo impande zombi zari zemeranyije kuyihagarika mu gihe cy'amasaha 24.

    Kuri ubu buri ruhande rurashinja urundi kongera kuba nyirabayazana y'imirwano.

    Itangazo rya Guverinoma ya Sudani kandi ryaje nyuma y'amasaha make Gen. Mohamed Hamdan Daglo 'Hemedti' uyobora RSF atangaje ko yagiranye ibiganiro n'Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n'Amahanga, Anthony Blinken ku byerekeye guhagarika imirwano.

    Gen Hemedti yavuze ko “hategerejwe ibindi biganiro n'Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rwego rwo gukemura neza ikibazo cyo kurenga ku mabwiriza yerekeye guhagarika iriya mirwano.”

    Guverinoma ya Sudani mu itangazo ryayo yavuze ko yabonye ibihugu by'amahanga biri kugerageza kwivanga mu bibazo by'imbere muri kiriya gihugu. Yavuze ko ibyo bihugu bizatangazwa vuba.

    Igisirikare cya Sudani cyavuze ko ubwo imirwano yatangiraga ku wa Gatandatu w'icyumweru gishize, Ingabo za RSF zagerageje kuvana iza Leta mu birindiro byazo bitandukanye biri i Khartoum “mu rwego rwo kugerageza kugenzura uduce dukomeye, turimo akarimo ingoro y'Umukuru w'Igihugu, icyicaro gikuru cy'Ingabo ndetse n'icyicaro Gikuru cya Perezida w'inama ya gisirikare.”

    Ku wa Kabiri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Sudani yavuze ko Ingabo za kiriya gihugu zifashishije amayeri y'imirwanire agamije kugabanya imfu z'abaturage ndetse n'imitungo itandukanye n'ubwo ayo mabwiriza azatwara igihe kugira ngo RSF yamburwe ibikorwa remezo bya Leta yigaruriye.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/sudan-ubuyobozi-bw-igisirikare-bwamaganye-amahanga-ari-kwivanga-mu-bibazo-byabo

  • Murarye muri menge abajura basaze! Kigali camera zafashe wari ari gukurura imyenda uriye igipangu – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwira amashusho y'umusore wafashwe amashusho na kamera zo ku nzu ari gukurura imyenda yanitswe ku mugozi.

    Uyu musore yafashwe amashusho ubwo yuriraga igipangu agakurura imyenda y'umuturage gusa ntago yahise afatwa kugeza nubu nta muntu uzi niba yafashwe.

    Ubundi ibi ni ibintu bidasanzwe ko umuntu apfa gutinyuka urugo rwubakiye n'igipangu kuko usanga abenshi biba mu ngo zitagira inzitiro z'ibipangu , ariko uyu we ntiyabyitayeho kuko yuriye ntankomyi akamanura imyenda ibiri ubundi akiruka.

    Source : https://yegob.rw/murarye-muri-menge-abajura-basaze-kigali-camera-zafashe-wari-ari-gukurura-imyenda-uriye-igipangu/

  • Polisi yafashe umugabo ari kwiba insinga z'amashanyarazi #rwanda #RwOT

    Umugabo witwa Dukurikiyimana Céléstin yafatiwe mu cyuho, ari hejuru ku ipoto arimo kwiba insinga z'amashanyarazi ahita atabwa muri yombi hamwe n'abandi bantu bane bikekwako bafatanya muri ubwo bujura.

    Ibi byabereye mu Kagari ka Kidomo, Umurenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke mu gitondo ku wa Gatandatu tariki 14 Mata 2023.

    Uwo mugabo watahuwe n'abaturage hamwe na Polisi, ubwo bamusangaga yuriye inkingi ifata insinga z'amashanyarazi (ipoto). Yari yambaye mu birenge ibyuma bigenewe kwifashishwa mu kurira amapoto, ari na byo yakoresheje kugira ngo agere kuri izo nsinga basanze arimo akata. Izo nsinga ziyobora amashanyarazi mu ngo z'abaturage zo mu Mudugudu wa Bugogo.

    Uwo mugabo ngo asanzwe afite abandi akorana na bo. Ubwo byamaraga kumenyekana, Polisi yahise ibashakisha, ifata bane.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyaruguru, SP Alex Ndayisenga, yagize ati: “Bose uko ari batanu bafungiwe kuri Polisi Sitasiyo ya Gakenke. Ubwo Polisi yafataga Dukurikiyimana, yaje gutahura ko hari abandi bikekwa ko basanzwe bafatanya muri ubwo bujura. Byabaye ngombwa ko na bo ibashakisha ibona bane muri bo. Bakekwaho kwiba insinga zijyana umuriro mu ngo z'abaturage bo muri uwo Murenge wa Kamubuga kandi bose bafatiwe muri ako gace mugenzi wabo yarimo yibamo izo nsinga, mu Midugudu ya Bucaca na Bugogo.”

    Abafashwe barimo uwitwa Tuyishime bivugwa ko yahoze akorera ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (REG) aza kwirukanwa, akaba ari we wanafashaga iri tsinda kubona ibikoresho bakoresha mu kurira amapoto no gukata insinga, akanabafaaha kuzigurisha hamwe n'ibindi bikoresho babaga bibye.

    SP Ndayisenga agira ati: “Abaturage bakwiye kumenya ko ibikorwa remezo Leta ibegereza bishorwamo ingengo y'imari y'amafaranga menshi kugira ngo babishingireho biteze imbere. Bakwiye kugira uruhare mu kubirinda umuntu wese wabyangiza cyangwa uwabyiba, kuko bidindiza iterambere ryabo n'Igihugu. Turabasaba gutangira amakuru ku gihe ku bantu bose babonye cyangwa bakekaho ubwo bujura, yewe n'ababigurisha, kugira ngo bajye batahurwa babiryozwe hakiri kare bataragera ku mugambi wabo”.

    “Abangiza ibikorwa remezo na bo turabagira inama yo kubireka, bakamenya ko iminsi yabo ibaze, nk'abandi bose bakora ibyaha. Ntaho bashobora kwihisha cyangwa gucikira Polisi. Bazajya bafatwa kandi babihanirwe hakurikijwe amategeko”.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/polisi-yafashe-umugabo-ari-kwiba-insinga-z-amashanyarazi

  • Ingabo z'u Rwanda zishobora koherezwa muri Benin #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Benin, Patrice Talon mu Biro by'Umukuru w'Igihugu, ahazwi nka Le Palais de la Marina.

    Muri uru ruzinduko rw'iminsi ibiri,hasinywe amasezerano y'ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo n'urw'umutekano, aho bishoboka ko ingabo z'u Rwanda zizoherezwa muri iki gihugu.

    Mu kiganiro n'abanyamakuru cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Kagame wageze muri Bénin uyu munsi na mugenzi we Patrice Guillaume Athanase Talon basabwe gushyira umucyo ku by'amasezerano yashyizweho umukono by'umwihariko n'ay'imikoranire mu by'umutekano.

    Perezida Kagame yavuze ko abizi ko hari ibibazo by'iterabwoba muri Afurika y'Iburengerazuba Bénin iherereyemo ariko ko atari ho honyine.

    Mu gushaka umuti w'ibi bibazo, Perezida Kagame yavuze ko bisaba ubufatanye bw'ibihugu haba mu Karere u Rwanda ruherereyemo no hanze yako.

    Yagize ati 'U Rwanda rufite ingabo ziri muri Centrafrique, muri Mozambique, Sudani y'Epfo n'ahandi. Kubera iyo mpamvu n'amateka yacu twubatse ubushobozi, [nta gukabya guhari] kugira ngo tubashe gukemura ibibazo by'umutekano dufatanyije n'ibindi bihugu. Ni muri urwo rwego twiteguye gufatanya na Bénin haba mu gihugu imbere no mu karere mu bushobozi bwacu.'

    Perezida Kagame yavuze ko uretse Bénin u Rwanda rushobora gufatanya n'ibindi bihugu mu gushaka ibisubizo by'ibibazo by'umutekano.

    Perezida wa Bénin, Patrice Talon, yavuze ko atari ibanga ko Bénin ifite ibibazo by'umutekano bituruka mu majyaruguru yayo ishobora gufatanyamo n'ingabo z'u Rwanda mu kubishakira ibisubizo.

    Yahamije ko na rwo rwanyuze mu bikomeye igihe kitari gito ariko kuri ubu ingabo zarwo zikaba zifite ubunararibonye mu micungire y'umutekano.

    Ati 'Ingabo z'u Rwanda zifite ubunararibonye, zaje muri Centrafrique, Mozambique n'ahandi. Haba mu bya gisivile cyangwa ibya gisirikare dushobora guhererekanya ubushobozi mu gukemura ibibazo dufite.”

    “Nta mupaka dufite muri ibyo. Niba hari Abanyarwanda bakora muri Bénin mu nzego za gisivile kubera iki batakora no mu nzego za gisirikare? Birakorwa bigatanga umusaruro ahandi, kubera iki bitakorwa hano?'

    Uru ruzinduko rukurikira urwo Talon yakoreye mu Rwanda mu 2016 nyuma y'iminsi mike atowe, rwahise ruba imbarutso y'umubano ukomeye hagati y'impande zombi.

    Mu bayobozi bari kumwe na Perezida Kagame muri Bénin harimo Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Dr Vincent Biruta; Minisitiri w'Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne D'Arc; Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome; Umuyobozi wa RDB, Clare Akamanzi; Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo n'abandi.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/ingabo-z-u-rwanda-zishobora-koherezwa-muri-benin