Tag: Umutekano

  • Ushinjwa kwica umukozi w’akarere ka kamonyi yarashwe ahita apfa – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kubwimana Daniel w'imyaka 33 wari ukurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rwa Mujawayezu Madeleine w'imyaka 56, yarashwe arapfa ubwo yageragezaga gutoroka.

    Ni amakuru dukesha Umuseke, ko uwari ukurikiranweho icyo cyaha yagerageje gutoroka police irasa amasasu abiri mu kirere ariko aranga akomeza kugenda hanyuma bahita bamurasa ahasiga ubuzima.

    Umuyobozi w'umurenge wa Rukoma yemeje aya makuru avuga ko ari umuntu wemeraga uruhare mu rupfu rw'uyu mukozi bishe bakazingira muri supanete.

    Yagize ati 'Twamenye amakuru ko mu rwego rwo gukora iperereza ku rupfu rwa Mujawayezu Madeleine, hari umuntu wagombaga gutanga amakuru akagaragaza ibyo yakuye muri iyo nzu aho yabishyize. Amakuru dufite ni uko yemeraga uruhare yagize.

    Mu gihe yari agiye kujya kubyerekana yashatse gutoroka kuko niwe wari uhazi, agerageje kwiruka rero inzego z'umutekano zashatse kumuhagarika zirasa mu kirere ntiyahagarara biba ngombwa ko araswa'.

    Source : https://yegob.rw/ushinjwa-kwica-umukozi-wakarere-ka-kamonyi-yarashwe-ahita-apfa/

  • Sudan: Imirwano ikomeye iri kubera mu mugi wa i Khartoum, barashaka ubutegetsi #rwanda #RwOT

    Urusaku rw'amasasu n'ibiturika byumvikanye mu murwa mukuru Khartoum wa Sudan, nyuma y'iminsi hari ubushyamirane hagati y'umutwe uzwi cyane witwara gisirikare hamwe n'igisirikare cy'icyo gihugu.

    Uko kutavuga rumwe gushingiye ku nzibacyuho yerekeza ku butegetsi bwa gisivile.

    Ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje ko urusaku rw'amasasu rwumvikanye hafi y'icyicaro gikuru cy'igisirikare cya Sudan kiri rwagati muri Khartoum.

    Uwo mutwe witwara gisirikare uzwi nka Rapid Support Forces (RSF) uvuga ko wigaruriye ikibuga cy'indege.

    Mbere, wari wavuze ko kimwe mu bigo byawo byo mu majyepfo ya Khartoum cyagabweho igitero.

    Ku ruhande rwacyo, igisirikare cya Sudan cyavuze ko abarwanyi b'umutwe wa RSF barimo kugerageza gufata icyicaro gikuru cy'ingabo za Sudan.

    Ibiro ntaramakuru AFP byasubiyemo amagambo ya Brigadiye Jenerali Nabil Abdallah, umuvugizi w'igisirikare cya Sudan, agira ati:

    “Abarwanyi ba 'Rapid Support Forces' bateye ibigo byinshi bya gisirikare muri Khartoum n'ahandi muri Sudan”.

    Yongeyeho ati: “Imirwano irimo kuba ndetse igisirikare kirimo gukora inshingano yacyo yo kurinda igihugu”.

    Reuters yanasubiyemo amagambo y'ababibonye bavuga ko humvikanye urusaku rw'amasasu mu mujyi wa Merowe uri mu majyaruguru y'igihugu.

    Televiziyo Alarabyia yatangaje amafoto agaragaza umwotsi uzamuka uva mu kigo cya gisirikare cyo muri uwo mujyi, nkuko bitangazwa na Reuters.

    Kuva haba ihirikwa ry'ubutegetsi mu Kwakira (10) mu 2021, abajenerali ni bo bategeka iki gihugu binyuze mu cyiswe Akanama k'Ubusugire (Sovereign Council).

    Umutwe wa RSF utegekwa na Jenerali Mohamed Hamdan Dagalo, uyu akaba ari visi perezida w'ako kanama. Hagati aho, igisirikare gitegekwa na Jenerali Abdel Fattah al-Burhan, ukuriye ako kanama.

    Gahunda yari yifujwe yo gushyiraho guverinoma iyobowe n'abasivile yarananiwe, bitewe n'ingengabihe yuko umutwe wa RSF washyirwa mu gisirikare cy'igihugu.

    Umutwe wa RSF washakaga ko ibyo bitinzwaho imyaka 10, ariko igisirikare cyavuze ko bikwiye kuba mu myaka ibiri.

    Ku wa kane, umutwe wa RSF wohereje abarwanyi hafi y'ikigo cya gisirikare cyo mu mujyi wa Merowe ubwo ubushyamirane bwiyongeraga muri iki cyumweru.

    Jenerali Burhan yavuze ko ashaka kuganira n'uwo mwungiriza we, Jenerali Dagalo, ngo bacyemure amakimbirane k'uwuzategeka igisirikare gihuriweho cyo muri guverinoma yifujwe ya gisivile.

    Ibihugu bikomeye byo mu burengerazuba (byo mu Burayi n'Amerika) n'abategetsi bo mu karere basabye impande zombi guhosha amakimbirane no gusubira mu biganiro bigamije gusubizaho ubutegetsi bwa gisivile.

    Ku wa gatanu hari habonetse ibimenyetso byuko uko ibintu bimeze bizacyemuka.

    Mu butumwa bwo kuri Twitter, ambasaderi w'Amerika muri Sudan John Godfrey yagize ati: “Nsabye byihutirwa abategetsi bo hejuru ba gisirikare kureka kurwana”.

    Avuga ku kuntu ibintu bimeze mu mujyi, yavuze ko yabyutse yumva “urusaku rubangamye cyane rw'amasasu n'imirwano”.

    Ati: “Ubu nikinze ahantu ndi kumwe n'itsinda ryo muri ambasade, nkuko Abanya-Sudan muri Khartoum n'ahandi barimo kubikora”.

    Ambasade y'Uburusiya na yo yavuze ko ihangayikishijwe n'”ukwiyongera kw'urugomo” ndetse yasabye ko habaho agahenge, nkuko Reuters yabitangaje.

    Ihirikwa ry'ubutegetsi ryo mu 2021 ryasoje igihe cy'imyaka irenga ibiri abasirikare n'abasivile bari bamaze basangiye ubutegetsi.

    Ayo masezerano yo gusangira ubutegetsi yagezweho nyuma yuko uwari Perezida w'umunyagitugu Omar al-Bashir, wari umaze imyaka igera kuri 30 ku butegetsi, ahiritswe n'igisirikare nyuma y'imyigaragambyo ya rubanda.

    Kuva haba iryo hirikwa ry'ubutegetsi, i Khartoum hagiye haba imyigaragambyo mu buryo buhoraho y'abaharanira demokarasi.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/sudan-imirwano-ikomeye-iri-kubera-mu-mugi-wa-i-khartoum-barashaka-ubutegetsi

  • Bwambere M23 yashinjwe kugaba igitero ku ngabo za EAC #rwanda #RwOT

    Igisirikare cya Kenya (KDF) cyatangaje ko abasirikare bacyo bari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagabweho igitero n'abo bikekwa ko ari abarwanyi b'umutwe wa M23.

    KDF mu itangazo yasohoye mu ijoro ryakeye yavuze ko abasirikare bayo boherejwe mu gace ka Kibumba aho bari mu butumwa bwa EAC bwo kugarura amahoro muri Congo (EACRF), “baburijemo igitero mu gace bakoreramo cyagabwe n'itsinda ry'abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ari abo mu mutwe witwaje intwaro.”

    Igisirikare cya Kenya nticyigeze kivuga mu izina uwo mutwe witwaje intwaro gikeka.

    Igisirikare cya Congo Kinshasa cyakora giheruka gutangaza ko cyarwaniraga na M23 mu gace ka Kibumba, ndetse na Bertrand Bisimwa uyobora uriya mutwe na we aheruka kwemeza amakuru y'iyo mirwano.

    Ni Bisimwa utarigeze asobanura uko abarwanyi ba M23 bagarutse muri Kibumba, bijyanye no kuba uyu mutwe wari warashyikirije aka gace Ingabo za Kenya mu Ukuboza umwaka ushize.

    Leta ya Congo cyakora cyo ivuga ko M23 itigeze iva muri aka gace, ko ahubwo ibyiswe kugashyikiriza Ingabo za Kenya byabayeho mu rwego rwo “kuyobya uburari.”

    KDF mu itangazo ryayo yasobanuye ko “abitwaje intwaro bari bagamije gukorera ubwicanyi muri Kibumba ho muri Teritwari ya Nyiragongo barashe amasasu menshi muri aka gace, bituma Ingabo zisubiza byihuse ndetse zibasha kuburizamo igitero.”

    Kenya yavuze ko Ingabo zayo zahise zitangira gukaza uburinzi muri kariya gace mu kwirinda ko hari ikindi gitero cyaba, by'umwihariko ku baturage bagatuyemo basabwe gukomeza imirimo yabo uko bisanzwe.

    Ingabo za Kenya zavuze ko zatewe mu gihe hari andi makuru avuga ko mu ijoro ryakeye Ingabo z'u Burundi ziri muri Masisi na zo zagabweho igitero n'abo bikekwa ko ari abarwanyi ba M23.

    Bivugwa ko M23 yashakaga kwigarurira tumwe mu dusozi two muri iyi Teritwari, ibyatumye habaho imirwano yamaze amasaha umunani.

    M23 ntacyo iratangaza ku biri kuyivugwaho.

    Iby'ibi bitero byombi cyakora bivuzwe nyuma y'umunsi umwe Perezida Félix Tshisekedi wa Congo atangaje ko nta biganiro bya Politiki Leta y'igihugu cye izigera igirana n'umutwe wa M23.

    Uyu mutwe biciye mu bayobozi wayo uheruka gusubiza Tshisekedi ko niba koko ibyo biganiro nta bizigera biba ngo bakemure amakimbirane bafitanye, na wo utazigera urambika hasi intwaro kugeza igihe uzagerera ku cyo urwanira.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/bwambere-m23-yashinjwe-kugaba-igitero-ku-ngabo-za-eac

  • M23 iravugwaho gusunika cyane FARDC biriwe bakozanyaho #rwanda #RwOT

    Umutwe wa M23 wongeye gutana mu mitwe na FARDC ndetse amakuru aturuka ahari kubera imirwano, aravuga ko birinze bigera kuri uyu mugoroba urugamba rugihinanye.

    Imirwano yubuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Mata 2023, aho impande zombi zishinjanya gushotorana.

    M23 ivuga ko ari FARDC yatangiye iyi mirwano, abashyigikiye FARDC na bo bakavuga ko ari M23 yashotoye igisirikare cya Leta.

    Iyi mirwano yabereye mu gace ka Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo, gaherutse kurekurwa n'umutwe wa M23 ariko kakaba kari kigabijwe na FARDC ndetse n'imitwe isanzwe ifasha iki gisirikare.

    Amakuru ava i Kibuma yageze kuri Rwandatribune dukesha iyi nkuru, avuga ko byageze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, urugamba rugihinanye.

    Uwatanze amakuru, yagize ati 'Urugamba ruracyakomeye, Intare za Sarambwe zikomeje kwitwara neza zisubiza inyuma ubufatanye bwa Guverinoma zibaganisha kuri Antene eshatu werecyeza mu Mujyi wa Goma.'

    Ni urugamba rwubuye mu gihe umutwe wa M23 wari ukomeje kurekura bimwe mu bice wari warafashe, aho benshi bari batangiye kwizera ko hagiye kuboneka agahenge.

    Gusa nyuma yuko imitwe nka FDLR bongeye kwica Abanyekongo bo mu bwoko bw'Abatutsi, abasesengura iby'uru rugamba, bahise bavuga ko ibintu bishobora gusubira irudubi.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/m23-iravugwaho-gusunika-cyane-fardc-biriwe-bakozanyaho

  • Kenya: Abasivile biciye umusirikare mu kabari #rwanda #RwOT

    Abantu batatu batawe muri yombi i Kimilili, mu Ntara ya Bungoma,muri Kenya bakekwaho gutera no kwica umusirikare mukuru wakoraga mu buvuzi wo ku kigo cya Moi Air Base.

    Umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Kimilili, OCPD Mwita Marwa, yemereye ibyabaye,ikinyamakuru Citizen Digital aho yemeje ko imirwano yabaye hagati y'umusirikare- uzwi ku izina rya Edward Barasa – n'itsinda ry'abasore benshi basangiraga inzoga ahitwa chang'aa mu mudugudu wa Maeni.

    Bivugwa ko urwo rubyiruko rwahutse uyu musirikare rumukubita imigeri, mbere yuko umwe muri bo amukubita inkoni mu mutwe agakomereka bikabije.

    Bivugwa ko Barasa yitabye Imana mbere yo kugera mu bitaro by'intara ya Kimilili aho yari ajyanwe kwivuriza kuko yari yakomeretse cyane ku mutwe no ku kuboko kw'ibumoso.

    Bwana Marwa yihanangirije abantu kwirinda kwihanira, yongeraho ko abapolisi batangiye iperereza kuri iki kibazo bagamije kugeza abakoze icyaha mu butabera.

    Iki kinyamakuru nticyatangaje neza igihe ubu bwicanyi bwabereye.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/kenya-abasivile-biciye-umusirikare-mu-kabari

  • Burera: Umusore w'imyaka 22 yafatiwe mu cyuho yangiza umuhanda Base-Nyagatare – #rwanda #RwOT

    Yafashwe ku wa Gatandatu tariki ya 1 Mata mu Mudugudu wa Tetero, Akagari ka Gitovu mu Murenge wa Ruhunde, nyuma y'uko bagenzi be bafatanyaga muri ibyo bikorwa by'ubucukuzi babonye inzego z'umutekano bagatoroka.

    Superintendent of Police (SP) Alex Ndayisenga, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n'abaturage mu Ntara y'Amajyaruguru, yavuze ko muri ibyo bikorwa by'ubucukuzi bunyuranyije n'amategeko bangizaga n'umuhanda wa Kaburimbo kubera amasimu bahacukuraga.

    Yagize ati “Abaturage bo mu Mudugudu wa Tetero batanze amakuru ko hari abantu bangiza umuhanda wa Kaburimo uva Base werekeza Nyagatare, aho bacukuraga amasimu mu nkengero no munsi yawo bashakisha amabuye y'agaciro. Ubwo abashinzwe umutekano bahageraga babashije kuhafatira umusore w'imyaka 22, nyuma y'uko abandi bahise batoroka bakibabona.'

    Amaze gufatwa yavuze ko yakoranaga n'abandi bagenzi be icyenda bahise biruka, yemera kandi ko ari bo bacukuye iyo myobo bashakishamo amabuye y'agaciro ya zahabu.

    SP Ndayisenga yibukije abaturage ko gucukura no gucuruza amabuye y'agaciro bitangirwa ibyangombwa n'inzego zibishinzwe kandi ko ibyo bikorwa bitemewe n'amategeko byangiza ibidukikije n'ibikorwaremezo Leta iba yaratanzeho amafaranga menshi hagamijwe iterambere, bidashobora kwihanganirwa, abazajya babifatirwamo bazajya bakurikiranwa n'amategeko.

    Yashyikirijwe Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Nemba kugira ngo akurikiranwe mu mategeko mu gihe hagikomeje ibikorwa byo gushakisha abo bafatanyaga.

    Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro na kariyeri Ingingo ya 54 ivuga ko umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya,ucuruza amabuye y'agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'amezi abiri ariko kitarenze amezi atandatu n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni eshanu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw'amabuye y'agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/burera-umusore-w-imyaka-22-yafatiwe-mu-cyuho-yangiza-umuhanda-base-nyagatare

  • Muhanga-Cyeza: Abagizi ba nabi bishe umugabo urupfu rw'agashinyaguro #rwanda #RwOT

    Ahagana mu rukerera rw'uyu wa mbere tariki 3 Mata 2023 mu Mudugudu wa Musengo, Akagari ka Kivumu, Umurenge wa Cyeza, Akarere ka Muhanga, umugabo witwa Charles Muhirwe Karoro yasanzwe ku muhanda yishwe n'abagizi ba nabi.

    Amakuru agera ku intyoza.com ndetse akemezwa n'ubuyobozi bw'ibanze ahasanzwe umurambo w'uyu mugabo, ni uko yasanzwe yishwe. Amakuru aravuga kandi ko basanze yaciwe bimwe mu bice by'umubiri. Byabereye hafi y'urugabano rwa Kamonyi na muhanga.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Kivumu, Niyonsenga Deogratias yahamirije intyoza.com ko amakuru y'urupfu rw'uyu mugabo ari ukuri, ko basanze yishwe n'abagizi ba nabi. Avuga ko inzego zirimo RIB na Polisi zahageze ngo zikore iperereza.

    Amakuru mpamo kuri nyakwigendera ntabwo aratangazwa neza. Imyirondoro twabashije kubona ndetse n'ifoto ni ibyo dukesha uwahaye amakuru intyoza.com asaba ko twakurikirana tukamenya niba koko ibyo ari ukuri.

    Amakuru dukesha isoko y'aya makuru.

    intyoza

    Source : https://www.intyoza.com/2023/04/03/muhanga-cyeza-abagizi-ba-nabi-bishe-umugabo-urupfu-rwagashinyaguro/

  • Karongi: Habonetse umurambo watemwe mu mavi – #rwanda #RwOT

    Uyu murambo wabonetse mu mudugudu Kavumu akagari ka Bubazi mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Werurwe 2023.

    Saa kumi n'ebyiri za mu gitondo nibwo abaturage bahamagaye ubuyobozi bavuga ko babonye umurambo mu rutoki.

    Ababonye uyu murambo bavuga ko uwishwe yatemwe mu mavi, ku maguru no mu misaya ndetse ko iruhande rwe hari umufuka n'itindo bikekwa ko ariyo yakoreshejwe mu gucukura inzu y'umuturage wo muri aka gace.

    Nyiransabimana Stephanie uri mu babonye uyu murambo yagize ati “Hari ahantu baraye bacukuye inzu y'umuturage bashaka kuhiba turakeka ko uwishwe ashobora kuba ari umwe muri abo”.

    Inzego z'umutekano zageze aho iki cyaha cyabereye ziganiriza abaturage.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere ka Karongi, Karangwa James yasabye abaturage kurushaho kwicungira umutekano, gukaza amarondo no gutangira amakuru ku gihe.

    Ibi bibaye mu gihe hashize iminsi mu karere ka Karongi hagaragara ibibazo by'ubujura bwo gucukura inzu, kwambura abantu amaterefone n'amasakoshi, no kwiba amatungo n'imyaka mu mirima.

    Uwishwe akomoka mu murenge wa Rugabano, ariko yari atuye mu murenge wa Bwishyura.

    Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro Bikuru bya Kibuye gukorerwa isuzuma mbere y'uko ushyingurwa.

    Umurambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/karongi-habonetse-umurambo-watemwe-mu-mavi

  • Abayobozi ba Sacco ya Karangazi iherutse kwibwa batawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw'Akarere ka Nyagatare buravuga ko Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi umuyobozi wa Sacco ya Karangazi, abakozi bayikoramo n'umusekirite bacyekwaho icyaha cy'ubujura bw'amafaranga asaga miliyoni 25 yibwe muri iyi Sacco mu mpera z'iki cyumweru dusoje.

    Amakuru y'uko Sacco ya Karangazi mu karere ka Nyagatare yibwe yatangiye kucicikana mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ubwo abakozi b'iyi Sacco baje mu kazi gasanga amafaranga yose yari muri iyi Sacco bayacucuye.

    Perezida w'Inama y'ubutegetsi bw'iyi Sacco Bwana Mwesigwa Dan aravuga ko miliyoni zisaga 25 arizo zimaze kubarurwa ko zibwe.

    Ati 'Amakuru twayamenye ejo ku wa Mbere, umukozi uhagarariye abandi ari we 'Manager' yambwiye ko Sacco yibwe. Yampamagaye ambwira ati dufunguye iyi nzu uko bisanzwe hanyuma tugeze mu cyumba cyibikwamo amafaranga aricyo 'coffre-fort'dusa yatewe yagiye. Nashoboye kuhagera mpamagara inzego z'umutekano, mpamagara polisi itwegereye na RIB barahagera. Bibye Miliyoni 25 n'ibihumbi 400 n'andi arenga.'

    Kugeza ubu ntiharamenyekana umunsi iyi Sacco yibiweho, kuko kuva kuwa gatanu kugeza ku cyumweru nta mukozi winjiye muri iyi sacco.

    Umunyamakuru wa Flash yageze kuri iyi Sacco asanga serivisi zongeye gutangwa, nubwo hakoraga umukozi umwe ndetse n'amafaranga yatangwaga yari make cyane.

    Abaturage bari bicaye babuze ayo bacira nayo bamira bategereje guhabwa amafaranga nubwo hari abahisemo gutaha ntayo babonye.

    Aba barasaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kuri iki kibazo, kuko batumva uburyo abirye iyi sacco yafunguye umuryango bagatwara amafaranga.

    Umwe ati 'Twumvise ko bibye Sacco ariko nta rugi bamennye nta n'idirishya , ubwo rero hagati aho tukibaza ese ko niba umuzamu, ayo mafaranga yaba yaraciye he? Abagenzuzi bakwiye kureba uko ayo mafaranga yagiye. Ariko twe nk'abaturage ntabwo twahomba amafaranga yacu tugomba kuyabona.'

    Undi ati 'Ikibazo urumva niba hari kwakirwa abantu nka 50 bakirwa n'abantu Babiri kandi bari basanzwe bakirwa n'abantu Bane, serivisi igenda gacye.'

    Umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare ushinzwe ubukungu n'iterammbere, Bwana Matsiko Gonzague, avuga ko bamenye iby'aya makuru ndetse ko n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi umuyobozi w'iyi Sacco ndetse n'abandi bakozi bakurikiranweho ibura ry'aya mafaranga.

    Ati 'Sacco y'umurenge wa Karangazi yibwe amafaranga twagerageje kubikurikirana dufatanyije n'inzego z'ubugenzacyaha. […] Hari 'Manager'(Umuyobozi) wa Sacco ari kumwe n'umucungamutungo wa Sacco na ba 'Cachier'(abakiraga ababitsa n'ababikuza) babiri,'loan recovery officer'(ushinzwe inguzanyo) n'umusekirite umwe, nibo kugeza ubu bari kumwe n'ubugenzacyaha kugira ngo batange amakuru. Bafungiye i Nyagatare aho ubugenzacyaha bukorera.'

    Hari umwe mu barindaga iyi Sacco ya Karangazi waburiwe irengero kuva kuwa gatanu kugeza ubu ntabwo araboneka.

    Amakuru avuga ko mu bihe byashize iyi Sacco yageragejwe kwibwa amafaranga mu ijoro, ariko habaho gutabara amabandi barayatesha ariruka.

    Ntambara Garleon

    The post <strong>Abayobozi ba Sacco ya Karangazi iherutse kwibwa batawe muri yombi</strong> appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2023/03/28/abayobozi-ba-sacco-ya-karangazi-iherutse-kwibwa-batawe-muri-yombi/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=abayobozi-ba-sacco-ya-karangazi-iherutse-kwibwa-batawe-muri-yombi

  • Nyagatare: Hatangiye iperereza kuri Sacco yibwe asaga miliyoni 25 Frw – #rwanda #RwOT

    Ukwibwa kw'aya mafaranga kwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ubwo abakozi ba SACCO babyukiraga mu kazi nk'uko bisanzwe bafungura ngo batangire akazi bagasanga amafaranga yose basize mu bubiko nta yarimo.

    Ibi byatumye bahita bitabaza inzego zitandukanye zirimo n'iz'umutekano kugira ngo hakorwe iperereza kuko ku wa Gatanu basizemo 25.400.000 Frw.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Karangazi, Mutesi Hope, yabwiye IGIHE ko koko iyi SACCO yibwe kandi ko inzego z'umutekano zahise zitangiza iperereza kugira ngo ababigizemo uruhare bafatwe.

    Yagize ati 'RIB irimo gukora iperereza kugira ngo bakurikirane uburyo byagenze, ubwo nibarisoza baraduha amakuru kandi ababikoze barakurikiranwa bahanwe.'

    Mutesi yakomeje yizeza abaturage ko iyi koperative izakomeza gutanga serivisi neza nk'uko bisanzwe avuga ko amafaranga bakiyafite kandi ko biteguye gukomeza gukorana n'abaturage neza.

    Ati 'Abafitemo amafaranga nababwira ko nta byacitse yabaye amafaranga barakomeza bayabone neza nk'uko bisanzwe hanyuma inzego z'umutekano na zo zikomeze zikore akazi kazo neza.”

    Koperative Umurenge SACCO zashyizweho na Leta y'u Rwanda hagamijwe kwegereza abaturage serivisi z'imari mu mirenge yose uko ari 416.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyagatare-hatangiye-iperereza-kuri-sacco-yibwe-asaga-miliyoni-25-frw