Tag: Umutekano

  • Umugore yateye umukasi umukunzi we aramwica bapfuye isosi y'inyama #rwanda #RwOT

    Umugore usanzwe akora akazi ko kogosha mu gihugu cya Ghana witwa Hilda Asumani,w'imyaka 27 yatawe muri yombi azira kwicisha umugabo we umukasi nyuma yo gupfa isosi y'inyama yari yatetse.

    Amakuru avuga ko uyu mugore yiciye umukunzi we aho babaga muri Sunyani mu gihugu cya Ghana, kuwa 08 Kamena nyuma y'iminsi mike bashwanye bapfa ububeshyi.

    Bwana Prince Yaw Aboagye w'imyaka 30 yasanzwe mu rugo ari kuvirirana mu ijosi no hafi y'akananwa nyuma yo guterwa umukasi n'uyu mugore.

    Aboagye wari uzwi ku izina rya Engineer,yari amaze imyaka 6 abana n'uyu mugore batarashyingiranwe ndetse ngo bari bafitanye umwana.

    Madamu Hilda wabyaye undi mwana mbere y'aho,yateye uyu mukasi uyu mukunzi we inshuro 4 ahantu hatandukanye ariko ngo yahise atangira kumufasha agerageza guhagarika amaraso akoresheje amashuka ariko birangira uyu mugabo ahasize ubuzima.

    Amakuru yavuye muri polisi nuko ngo uyu mugore yarakajwe cyane nuko uyu mugabo yanze ko basangira isosi y'inyama yarimo kurya biramurakaza niko kumujomba uyu mukasi.

    Aba bantu ngo bari basanzwe babana nabi umwe ashinja undi ubusambanyi ndetse ngo uyu mugabo yashinjwaga ko afite undi mugore basambana.

    Madamu Hilda ngo yafashe telefoni y'uyu mukunzi we arayitwara amaushinja kumuca inyuma yanga no kuyimusubiza.

    Umurambo w'uyu mugabo wajyanwe mu bitaro bya Bono mbere yo kumushyingura hanyuma uyu mugore atabwa muri yombi.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugore-yateye-umukasi-umukunzi-we-aramwica-bapfuye-isosi-y-inyama

  • Umunyamakuru wa Radio ikorera i Kigali akurikiranyweho gusambanya umwana – #rwanda #RwOT

    Uwo munyamakuru bivugwa ko yasambanyije uwo mwana ku wa 5 Nzeli 2021 mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Remera mu Kagari ka Nyabisindu.

    Uwo mwana w’umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko ngo yari yagiye gusura uwo munyamakuru, ahageze undi amunywesha inzoga arangije abona kumusambanya.

    Ukekwaho iki cyaha afungiye kuri Station ya RIB ya Remera mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye hanyuma ishyikirizwe ubushinjacyaha.

    Icyaha cyo gusambanya umwana iyo ugikekwaho agihamijwe n’urukiko, afungwa imyaka itari munsi ya 20 ariko na none itarenze 25.

    Umuvugizi wa RIB, Murangira B. Thierry, yemereye IGIHE amakuru y’ifungwa ry’uwo munyamakuru, asaba abaturarwanda kugendera kure iki cyaha.

    Ati “Abasambanya abana bagomba kumenya ko RIB itazagoheka mu kurwanya no kubakurikirana kugira ngo baryozwe ibyo byaha. Buri muntu ku ruhande aherereyemo, mu kazi akora afatanye na RIB duhashye abantu basambanya abana. Ni inshingano za buri wese ukunda u Rwanda n’ahazaza heza harwo. Ni amahano, ntitugomba kubyihanganira”.


    source : https://ift.tt/3yPiwzr

  • IGP Dan Munyuza yashimye Polisi ya Tanzania yahaye iy’u Rwanda amakuru ku byihebe byo muri Cabo Delgado – #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Nzeli nibwo IGP Gen Simon Nyakaro Sirro n’intumwa ayoboye bageze mu Rwanda.

    IGP Dan Munyuza yamwakiriye ari ari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa DIGP, Ntamuhoranye; Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, n’abandi ba ofisiye bakuru muri Polisi y’u Rwanda.

    IGP Munyuza yahaye ikaze abashyitsi ashimira mugenzi we IGP Gen Simon Nyakaro Sirro kuba yarubahirije ubutumire yamuhaye nyuma y’amezi atatu gusa nawe avuye gusura Polisi y’Igihugu cya Tanzania.

    Yavuze ko uru ruzinduko rushimangira ubushuti buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Tanzania ndetse ubu bushuti buri ku mpande zombi buri no hagati y’ibihugu byombi.

    IGP Munyuza yabanje kwihanganisha Polisi ya Tanzania ndetse n’igihugu muri rusange ku rupfu rw’abapolisi batatu b’iki gihugu n’umuzamu umwe baherutse kwitaba Imana bishwe n’umugizi wa nabi wari witwaje intwaro abasanze ku kazi kabo tariki ya 25 Kanama 2021.

    IGP Munyuza yavuze ko ubwo aheruka mu ruzinduko muri Tanzania muri Gicurasi uyu mwaka, yishimiye amakuru y’ingirakamaro yasangijwe, ajyanye n’iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado iri mu Majyaruguru y’Igihugu cya Mozambique.

    Yavuze ko aya makuru yari ingirakamaro kuko yakurikiwe no kohereza Abapolisi n’Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wari muri iyi ntara.

    Ati “Twashyize hamwe nk’abayobozi ba Polisi zo mu Karere kugira ngo dusangire amakuru ndetse n’ibikorwa byo kurwanya iterabwoba, kugira ngo tubigereho ni uko tugomba kuziba ibyuho by’abarikora dukoreye hamwe.”

    IGP Munyuza yagaragaje ko Polisi y’u Rwanda izakomeza ubufatanye na Polisi ya Tanzania mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka.

    Yavuze ko binyuze mu mikoranire myiza iri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Tanzaniya yizeye adashidikanya ko abanyabyaha bazi neza ko badashobora gutegura no guhungabanya umutekano wa Tanzania bavuye mu Rwanda cyangwa ngo babe bahungabanya umutekano w’ u Rwanda bifashishije Igihugu cya Tanzania.

    IGP Gen Simon Nyakaro Sirro mu ijambo rye yavuze ko akarere gafite ikibazo cy’iterabwoba kandi ko iki aricyo gihe cyiza cyo kurirwanya, bagahora biteguye amakuru bakuye mu Rwanda bagahita bagira icyo bakora .

    Yavuze ko biturutse ku makuru Polisi ya Tanzania yahawe n’iy’u Rwanda bashoboye gufata bamwe mu bacyekwaho ibyaha.

    Yagize ati” Dufite ikibazo cy’iterabwoba kandi iki n’igihe cyo kurirwanya. Ndababwiza ukuri ko binyuze mu guhanahana amakuru twahawe n’u Rwanda twashoboye gufata bamwe mu bacyekwaho ibyaha.”

    Yakomeje ashimira Polisi y’u Rwanda uburyo ibumbatira amategeko no gucunga umutekano w’abantu n’ibintu byabo bituma bakora neza mu guteza imbere igihugu cyabo.

    Yavuze ko abantu bagomba kubahiriza amabwiriza bahabwa n’inzego z’ubuzima mu kwirinda icyorezo cya COVID-19 kandi bagakora cyane kugira ngo biteze imbere.

    Biteganyijwe ko uruzinduko rwa IGP wa Polisi ya Tanzania n’intumwa ayoboye ruzamara iminsi ine, bazasura bimwe mu bigo n’amashami bya Polisi y’u Rwanda birebera ibimaze kugerwaho.

    IGP Dan Munyuza yashimye umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda n’iya Tanzania

    IGP Gen Simon Nyakaro Sirro yatangaje ko akarere gafite ikibazo cy’iterabwoba kandi ko iki aricyo gihe cyiza cyo kurirwanya

    Ibiganiro by’aba bayobozi bombi bigamije gushimangira umubano usanzwe n’imikoranire

    Abayobozi bakuru muri Polisi y’u Rwanda bafata ifoto y’urwibutso n’abari babasuye

    source : https://ift.tt/2X2Q0wZ

  • RIB yahamagaje Dr Christopher Kayumba – #rwanda #RwOT

    Muri uru rwandiko rwo ku wa 7 Nzeli 2021 rwakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, RIB isaba Dr Kayumba kwitaba kuri uyu wa Gatatu.

    Iti “Utumiwe ku Biro Bikuru by’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha biherereye ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo ku itariki ya 8 Nzeli 2021 ku isaha ya saa tanu (11h00) za mu gitondo.”

    Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, yabwiye IGIHE ko Dr Kayumba yahamagajwe mu rwego rw’iperereza, ko icyo yahamagarijwe kiramenyeshwa nyiri ubwite.

    Si ubwa mbere Dr Kayumba ahamagajwe na RIB kuko no muri Werurwe 2021 yasabwe kwitaba kugira ngo atange ibisobanuro ku kirego cy’umukobwa wahoze ari umunyeshuri we umushinja gushaka kumufata ku ngufu.

    RIB yahamagaje Dr Christopher Kayumba

    source : https://ift.tt/3jQFdPG

  • Shebuja yarashwe urufaya rw’amasasu yumva: Ubuhamya bw’uwarokoye Gitifu Nsengiyumva igitero cya FLN – #rwanda #RwOT

    Ni ibitero byaguyemo bamwe, abandi barakomereka ndetse imitungo ya benshi irasahurwa, indi irangizwa.

    Iyo bamwe mu babaye muri ibi bihe babara inkuru y’ayo majoro y’umwijima, wumva babyibuka nk’iby’ejo hashize.

    Mulindangabo Callixte ni umwe mu biboneye n’amaso ye abarwanyi ba FLN ya Rusesabagina mu gitero cyagabwe i Nyabimata.

    IGIHE yaganiriye kuri ubwo buhamya bwe, n’uko yaraye ijoro akanuye kubera icyo gitero, iyo aganiraho ubona yaganjwe n’amarangamutima ndetse amarira agasa n’amuzenze mu maso ariko akihagararaho bimwe bya kigabo agashinyiriza.

    Mulindangabo w’imyaka 27 yavukiye mu Murenge wa Nyabimata, mu Karere ka Nyaruguru, aranahakurira.

    Yavuze ko ibitero byagabwe muri Nyabimata atari inkuru mbarirano kuko hari ibyo yiboneshereje amaso ye kuko abarwanyi bamugezeho, ubwo bateraga urugo rwa Nsengiyumva Vincent wari Gitifu w’Umurenge wa Nyabimata, aho yakoraga.

    Yagize ati “Hari mu masaha ya Tanu zishyira saa Sita z’ijoro. Izo nterahamwe ziza zahereye ku gasantere twari duturanye, babanza binjira ahantu hari akabari, basanzemo umusore warimo arya ananywa bamubaza kwa gitifu, yanga kuhababwira. Yababwiye ati ’niba muri ingabo zacu, ntimwayoberwa aho umuyobozi atuye’. Bahise bamurasa amasasu abiri.’’

    Nyuma y’ayo masasu abiri, umwe mu baturanyi b’aho byabereye yahise ahamagara Gitifu Nsengiyumva, amubwira ko umutekano utameze neza hari abantu bari kurasana.

    Ati “Akimara kubyumva yahise abaza niba ari ayo masasu abiri yumvise. We yarayumvise ariko njye nari ndi mu bitotsi, sinabyumvise.’’

    Nk’umuyobozi wagombaga kumenya uko umutekano wifashe yagerageje gusohoka ngo ajye kureba uko bimeze, akigera mu ruganiriro ahita asanga urugo rwe rwagoswe n’abarwanyi benshi.

    Mulindangabo avuga ko Gitifu Nsengiyumva akigerageza gufungura umuryango wo kuri salon, yumvise abantu bakomanze.

    Ati “Barakomanze baramubwira ngo ‘ugurura’, aho nari maze gukanguka. Atarasohoka, akuyeho irido, abona ni abasirikare. Umutima waramukubise, yibaza abasirikare bari kurasa abantu bakaba bari kumukomangira ayo masaha. Yasubiye inyuma ajya mu cyumba, batangira kumurasa banyujije amasasu mu birahure, barashe amasasu menshi. Mu kumurasa hari isasu ryamufashe ku mutwe (mu irugu) yikubita imbere y’icyumba, arikurura yinjira mu cyumba ajya munsi y’igitanda.’’

    Nyuma yo kumva ko yaguye hasi, ba barwanyi banyuze inyuma kuko umuryango wo kuri salon urebana n’uwo mu gikari, na ho batangira kuharasira.

    Ati “Babikoze nk’aho bari bahazi, bahita bajya ku cyumba cye nabwo bararasa.’’

    Imodoka yatwitswe yari ku idirishya ry’icyumba Mulindangabo yararagamo

    Abo barwanyi ba FLN ubwo bateraga urugo rwa Gitifu Nsengiyumva, basize banatwitse imodoka ye yari iparitse hafi aho.

    Iyo abara iyo nkuru, Mulindangabo avuga ko icyumba yarimo kitarashweho kuko imbere yacyo ariho hari haparitse imodoka.

    Ati “Nasengaga Imana ngo ntibice urugi binjire. Muri kwa gushakisha bagiye inyuma ku rindi dirishya bakajya barasa, amasasu akanyura hejuru yanjye aho nari ndyamye.’’

    Muri icyo gihe imodoka yari yatwitswe, humvikanaga urusaku rw’amahoni, n’urwa moteri n’amapine bituragurika.

    Bitewe no kwiyongera k’ubushyuhe, irido yarahiye, umuriro ufata igisenge n’itara ryo hanze rirashya.

    Mulindangabo avuga ko muri ako kanya aribwo yatekereje kujya mu cyumba cya Nsengiyumva Vincent.

    Ati “Sinari nzi ko bamurashe, ndi mu nzira njya mu cyumba cye ni bwo nabonaga aho amasasu yanyuze, amajerekani yamenetse. Naciye muri salon bari kurasa, byasaga no kwiheba. Numvaga aho guhira mu nzu bankubita urusasu ngapfa.’’

    Ubwo yageraga mu cyumba cye, yakoze ku gitanda aramubura, yigira inama yo kureba munsi yacyo, asanga ariho yihishe.

    Imodoka ya Nsengiyumva Vincent wari Gitifu wa Nyabimata yatwitswe mu ijoro ryo ku wa 19 Kamena 2018. Yari iparitse hafi y’idirishya ry’aho Mulindangabo yararaga

    Uko yatekereje gucikisha shebuja

    Iyo abara inkuru avuga ko akimara kumugeraho no kubona ko yakomeretse yahise yihutira gushaka uko bava mu nzu bagacika.

    Mulindangabo yarungurutse hanze aho abo barwanyi bari, abona nta bahari ahubwo arabukwa akana ko mu baturanyi kavomaga.

    Yibwiye ko izo nyeshyamba zagiye kuko hari umwana wo mu baturanyi wavomaga amazi.

    Ati “Umwana bari bamwihoreye, abantu benshi bahuruye ariko umuntu witwa ko ari mukuru baramuziraga. Bari bagihari.’’

    Yagiye yomboka agera muri salon, abona ku irembo bahari ariko mu gikari nta muntu uhacaracara.

    Ati “Namufashe akaboko mukura munsi y’igitanda, abanza kugira ngo n’uje kumwica. Yarambwiye ngo ’bandashe’, ntacyo narengejeho. Nari mfite imfunguzo zikingura hose n’agatelefoni gato. Urwo mu gikari nari nduzi. Namufashe mu maboko, turagenda, ngeze ku muryango mbanza gutuza. Nkata selire rimwe ndatuza, nyuma y’amasegonda atanu ndongera ndakata.’’

    Mulindangabo yavuze ko atari azi neza aho Gitifu Nsengiyumva yarashwe, ariko agisohoka bahise bamanukana n’igihunga cyinshi banyura ahari escalier munsi y’urugo bari batuyemo.

    Muri uko kugenda, uyu musore yabanzaga kuneka inzira bagiye kunyuramo ko itekanye kugira ngo babone kugenda.

    Ati “Nyuma yo kumara umwanya yatangiye gukonja, natangiye gushaka uko mugeza kwa muganga. Hari hamaze kuba nka saa Saba. Nagiye ku rugo rw’umuturanyi, ndakomanga ntibanyikiriza, baranyihorera.’’

    Yahise ahava, ajya ku muyobozi ushinzwe umutekano, asanga hari umugore we, anamubwira ikibazo cyabayeho, bamwemerera kumufasha.

    Mulindangabo n’abo bantu batatu ni bo bafatanyije ngo bajyane Gitifu Nsengiyumva kwa muganga.

    Bageze kwa muganga, yabanje kubura umuganga umwakira kuko hari ubwoba.

    Ati “Ibitaro byarimo abarwayi gusa, abarwaza bahunze. Namaze iminota nk’itatu nabuze umuganga ariko nza kubona arizanye. Aho ntacyo bari kumufasha, ahubwo bamuhamagariye imbangukiragutabara imujyana ku Bitaro bya Munini.’’

    Ari aho ku bitaro ni bwo yahamagaye Polisi ayibwira ko batewe bakeneye ubufasha. Nyuma y’iminota nka 25 ni bwo yabonye imodoka iherekejwe n’abasirikare, we akomezanya n’umurwayi we.

    Yavuze ko akiri mu bitaro yabonaga inkomere nyinshi zihajyanwa kuko benshi bari bagizweho ingaruka n’ibyo bitero.

    Ati “Mu bo bazanye harimo Chairman wa FPR akaba n’Umuyobozi w’Ishuri ribanza rya Ruhinga. Bamuzanye bamurashe, hari nka saa Munani zishyira saa Cyenda.’’

    Mulindangabo yageze ku Munini akomeza kubona umurwayi we akomeje kuremba. Yasabye gufashwa bamuha imbangukiragutabara n’umuganga bajyana.

    Ati “Transferts bazindikaga nagiye. Twahise tujya CHUB, baramwakira. Baramuvura. Sinahatinze, nahise njya kureba ibyangombwa bye mu rugo.’’

    Icyo gihe yasanze mu rugo basahuye ibintu byinshi birimo Televiziyo, telefoni, imyenda n’ibindi bikoresho byo mu nzu.

    Mulindangabo avuga ko yifuza ko ubutabera bwakora akazi kabwo mu guhana abagize uruhare mu bitero byahungabanyije abatuye i Nyabimata n’igihugu muri rusange.

    Tariki ya 20 Nzeri 2021 ni bwo hazatangazwa umwanzuro ku rubanza ruregwamo Rusesabagina Paul n’abandi 20 bakekwaho uruhare mu bikorwa by’iterabwoba byabereye ku butaka bw’u Rwanda , na Nyabimata irimo.

    Mulindangabo Callixte yiboneye n’amaso ye abarwanyi ba FLN bagabye igitero i Nyabimata. Ni we wagize uruhare mu gufasha Gitifu Nsengiyumva Vincent wayoboraga Umurenge wa Nyabimata kugera kwa muganga nyuma yo kuraswa urusasu mu mutwe

    Nsengiyumva Vincent yatanze ubuhamya avuga ko yagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN. Byatumye adakomeza gahunda ye y’amasomo, binakoma mu nkokora imishinga y’iterambere

    Muri iki gitero cyagabwe n’abarwanyi ba FLN, Umutwe w’Inyeshyamba zishamikiye ku Mpuzamashyirahamwe ya MRCD yashinzwe na Rusesabagina Paul, hangijwe imitungo myinshi, indi irasahurwa muri Nyabimata

    Tariki ya 20 Nzeri 2021 ni bwo hazatangazwa umwanzuro ku rubanza ruregwamo Rusesabagina Paul n’abandi 20 bakekwaho uruhare mu bikorwa by’iterabwoba

    source : https://ift.tt/3l1L8Rq

  • Burera: Inkongi yatwitse Hegitari 43 z’igishanga cy’Urugezi yazimijwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage n
    Abaturage n’inzego z’umutekano bafatanyije kuzimya inkongi yari yibasiye iki gishanga

    Iyo nkongi yangije ubuso bwa Hegitari zisaga 43 mu buso bwose bugize igishanga cy’Urugezi, ngo abayizimije byabasabye gukoresha imbaraga nyinshi mu rwego rwo kwirinda ko iyo nkongi ikwirakwira mu bindi bice mu buryo bwihuse, kugeza ubwo mu masaha y’urukerera rw’ijoro iyi nkongi yabereyeho, ari bwo babashije kuyizimya nk’uko bamwe mu baturage bo mu gace yabereyemo mu Mudugudu wa Gakenke, Akagari ka Ruconco mu Murenge wa Rwerere, babibwiye Kigali Today.

    Uwitwa Mbarirabera yagize ati: “Ukurikije ukuntu iyo nkongi yari ifite ubukana, wabonaga umuriro waka cyane kandi ukwirakwira mu gishanga, ku buryo twari twihebye twibwira ko uri bwambukiranye ugasatira n’ibindi bice byegereye icyo gishanga, bikorerwamo ubuhinzi n’ibituwe, cyane ko iyo nkongi yabayeho mu masaha ya nijoro. Turashimira inzego zihutiye kudufasha mu bwitange bukomeye, tukabasha kuzimya uriya muriro”.

    Guverineri Nyirarugero(uhagaze ku ruhande iburyo) yitegereza aho iyi nkongi yangije
    Guverineri Nyirarugero(uhagaze ku ruhande iburyo) yitegereza aho iyi nkongi yangije

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Dancille Nyirarugero, yazindukiye ahabereye iyi nkongi y’umuriro, aboneraho gushimira ubufatanye bwabayeho mu kuzimya iyo nkongi yari yibasiye iki gishanga.

    Igishanga cy’Urugezi, gifatwa nk’isoko y’ibiyaga bya Burera na Ruhondo, ndetse n’isoko y’urugomero rwa Ntaruka rutanga amashanyarazi; gikora ku Mirenge icyenda harimo irindwi y’Akarere ka Burera, n’Imirenge ibiri y’Akarere ka Gicumbi, kikaba gifite ubuso bwa Ha 6735.

    Igishanga cy
    Igishanga cy’Urugezi kibarizwamo urusobe rw’ibinyabuzima bigizwe n’inyamaswa n’ibimera
    Inkongi yibasiye iki gishanga yari ifite ubukana
    Inkongi yibasiye iki gishanga yari ifite ubukana

    Inkuru bijyanye:

    Burera: Igishanga cy’Urugezi cyafashwe n’inkongi

    source : https://ift.tt/3DXpIgR

  • Inteko z’abaturage zitari zigiterana kubera Covid-19 zasubukuwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inteko y
    Inteko y’abaturage i Mamba mu Karere ka Gisagara

    Yazitangirije mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, aho yibukije abaturage bari bitabiriye icyogikorwa ko n’ubwo zongeye gutangizwa bakwiye kumenya ko indwara ya Coronavirus ntaho yagiye, bityo bakaba bagomba gukomeza kuyirinda.

    Yagize ati “Covid-19 irahari, ntituzi igihe izarangirira kandi ubuzima bugomba gukomeza, kuko abaturage bagomba kwibutswa iterambere, gahunda z’ubuzima bwabo, n’ibindi”.

    Yunzemo ati “Ntabwo ari ukuvuga ngo abaturage bose bagiye guhurira mu kibuga bagera kuri 300 cyangwa 500, ariko harebwa uburyo bahuza abaturage bafite ibibazo kugira ngo babikemure, aho kugira ngo babibike, kuko ibibazo ntabwo wabibika. Bikwiye gukemuka kugira ngo ababifite basubire mu buzima busanzwe”.

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, avuga ko inteko z’abaturage zafashaga gusubiza ibibazo byinshi, kuko umuntu yagaragazaga ikibazo, bagenzi be bagafasha gutanga igisubizo, kandi kikakirwa neza, atanacyakira neza abo cyakemuwe bahari bakazaba abahamya b’uko cyakemuwe.

    Icyakora aho inteko z’abaturage zari zarahagarikiwe, ibibazo abayobozi basabwa gukemurira abaturage byari byariyongereye, haba ku rwego rw’umurenge, urw’akarere n’urw’intara.

    Guverineri Kayitesi ati “Ibibazo twakira ku Ntara bivuye ku karere byagendaga byiyongera. Nk’uyu mwaka dushoje wa 2020-2021, twakiriye ibibazo bisaga 7500 mu turere twose. Icyakora twagize amahirwe bibasha gukemukaho 93%. Mu kwezi kwa karindwi twamaze kwakirira raporo, twakiriye ibibazo bisaga 450 na none”.

    Kubera ko kwirinda indwara ya Coronavirus bigomba gukomeza, ngo bashobora kuzikura ku rwego rw’imidugudu, zigashyirwa ku rw’amasibo.

    Ati “Tukajya duhuza amasibo abiri atatu, tukagira aho duhurira tukubahiriza amabwiriza, kandi n’ibibazo by’abaturage bigakemuka.”

    Abaturage bo mu Murenge wa Mamba bari bitabiriye inteko yateranyijwe na Minisitiri Gatabazi, na bo bavuga ko inteko z’abaturage zari zifite akamaro, kandi ko kuzigarura byari bikenewe.

    Minisitiri Gatabazi yatangije inteko z
    Minisitiri Gatabazi yatangije inteko z’abaturage zari zarasubitswe kubera Covid-19

    Uwitwa Patricie Uwizeyimana yagize ati “Mu nteko z’abaturage hakemukiraga ibibazo by’amakimbirane mu ngo n’iby’abapfa ubutaka, kandi umuntu yabona ikibazo gikemuwe n’umukuru w’isibo wo mu wundi mudugudu, akagenda nta ngingimira ajyanye.”

    Avuga kandi ko igihe bagiye mu nteko z’abaturage bazajya bakaraba intoki, bambere neza agapfukamunwa kandi banahane intera. Buri wese kandi ngo azaba ijisho rya mugenzi we mu kureba ko bubahirije amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.


    source : https://ift.tt/3twdp6s

  • Umunyamakuru w' i Kigali yatawe muri yombi na RIB nyuma y' uko yari amaze gusambanya umukobwa abanje kumunywesha inzoga #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru ukorera imwe muri Radio zikorera mu Mujyi wa Kigali , yatawe muri yombi n' Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) nyuma y' uko akurikiranyweho gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 17 y'amavuko, ubwo yari amaze kumuha inzoga.

    Bivugwa ko uyu munyamakuru iki cyaha gikekwa ko cyakozwe mu mpera z' icyumweru gishize tariki ya 05 Nzeri 2021.

    Nk' uko ikinyamakuru igihe.com dukesha aya makuru cyabitangaje , uwo mukobwa yasambanyirijwe mu rugo rw' uwo munyamakuru mu Kagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo.

    Nk' uko amakuru abivuga , uwo mwana w' umukobwa w' imyaka 17 y' amavuko
    yasambanyijwe abanje kunyweshwa inzoga n'uwo munyamakuru ubundi yamara kumusindisha akaba ari bwo amusambanya.

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB rwemeje amakuru y'ifungwa ry'uwo munyamakuru ubu afungiwe kuri Station ya RIB ya Remera mu Karere ka Gasabo.

    Icyaha cyo gusambanya umwana iyo ugikekwaho agihamijwe n'urukiko, afungwa imyaka itari munsi ya 20 ariko na none itarenze 25.

    Source : https://impanuro.rw/2021/09/08/umunyamakuru-w-i-kigali-yatawe-muri-yombi-na-rib-nyuma-y-uko-yari-amaze-gusambanya-umukobwa-abanje-kumunywesha-inzoga/

  • RIB yafunze umwanditsi w'urukiko ukekwaho kwaka ruswa #rwanda #RwOT

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), rwafunze umwanditsi w'urukiko rw'ibanze rwa Kiyumba ukurikiranyweho kwaka ruswa uwakekwagaho icyaha.

    Mu butumwa RIB yashyize hanze yagize iti ” RIB yafunze Dushimuwera Robert, umwanditsi w'urukiko rw'ibanze rwa Kiyumba ukurikiranyweho kwaka ruswa uwakekwagaho icyaha.

    Dushimuwera ubu akaba afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye mugihe iperereza rikomeje kugirango hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.”

    RIB kandi yashimiye abagize uruhare kugirango ucyekwaho icyaha afatwe, inongera gukangurira abaturarwanda gukomeza gutanga amakuru kubasaba n'abatanga ruswa kugira ngo bahanwe bityo iranduke burundu mu gihugu.

    Ingingo ya gatanu mu Itegeko rirwanya ruswa, ivuga ko Umucamanza wese cyangwa umukemurampaka wakiriye cyangwa wasabye indonke, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka icumi (10) ariko kitarenze imyaka cumi n'ibiri (12) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z'agaciro k'indonke yatse.

    Umwanditsi w'urukiko, umushinjacyaha, umufasha w'umushinjacyaha, umwunganizi mu mategeko, intumwa ya Leta mu nkiko, umuhesha w'inkiko, umukozi wa Leta ushinzwe gusesengura imanza ku mpamvu z'akarengane, umukozi wa Leta ushinzwe gutanga ubufasha mu by'amategeko, umugenzacyaha cyangwa umuntu wahamagajwe mu nzego z'ubutabera nk'umuhanga wasabye cyangwa wakira indonke cyangwa wemera amasezerano yo kuyihabwa kugira ngo abone gukora ibiri mu nshingano ze, areke gukora igikorwa kiri mu nshingano ze cyangwa atume hafatwa icyemezo kidahuje n'amategeko, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z'agaciro k'indonke yasabye, yakiriye cyangwa yasezeranyijwe.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/rib-yafunze-umwanditsi-w-urukiko-ukekwaho-kwaka-ruswa

  • Nyagatare : Umugabo wasanze umugore we amuca inyuma bamusanze amanitse mu mugozi yapfuye #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo w’imyaka 55 y’amavuko, bamusanze amanitse mu mugozi mu gikoni cyo mu rugo iwe mu mudugudu wa Nyakigando akagari ka Shonga, Umurenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge Tabagwe Munyangabo Celestin, avuga ko hataramenyekana impamvu yamuteye kwiyahura kuko nta makimbirane yari afitanye n’umugore we.

    Ati 'Turacyashakisha impamvu yamuteye kwiyahura kuko nta makimbirane azwi yari afitanye n’umugore we ndetse n’abana.'

    Gusa bamwe mu baturage bavuze ko hashize iminsi umugabo afatiye umugore we mu busambanyi ari na byo bakeka ko ariyo ntandaro yo kwiyahura.

    Umwe yagize ati 'Hashize icyumweru umugabo afashe umugore we asambana guhera ubwo ntiyongeye kurya yiyicishije inzara kuburyo ataryaga. Urebye niyo mpamvu yiyahuye.'

    Uyu muturage utifuje ko amazina ye atangazwa avuga ko babajwe cyane n’urupfu rwa Kayitare kuko yari umukirisitu cyane kandi akaba ari umuntu wajyaga inama cyane.

    Ubwo twakoraga iyi nkuru, umubiri wa Kayitare Charles wari ujyanywe ku bitaro bya Nyagatare kugira ngo upimwe.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Nyagatare-Umugabo-wasanze-umugore-we-amuca-inyuma-bamusanze-amanitse-mu-mugozi-yapfuye