Tag: Umutekano

  • Dr. Kayumba Christopher yatawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo yatawe muri yombi ku manywa yo kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Nzeli 2021. Ni nyuma y’uko ku wa Gatatu tariki ya 8 Nzeli 2021 yari yatumijwe kuri RIB, akitaba ku cyicaro gikuru cyayo ku Kimihurura.

    Ni ibyaha ashinjwa ko yakoze mu bihe bitandukanye mu 2017 mu Karere ka Gasabo, mu Murenge wa Remera aho atuye.

    Yatangiye gukorwaho iperereza bwa mbere muri Werurwe 2021 ubwo hatangiraga kumvikana inkuru y’uko hari abakobwa barimo abari abanyeshuri be muri Kaminuza y’u Rwanda yagiye akorera ihohotera rishingiye ku gitsina.

    Icyo gihe Umunyamakuru wa CNBC, Fiona Ntarindwa Muthoni, yareruye avuga ko yakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina na Dr Kayumba.

    Ntarindwa yavuze ko ubwo yahohoterwaga, yahise abimenyesha ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda; ati “Ariko ntabwo byigeze byitabwaho. Nahatiwe kwicara mu ishuri hamwe n’uwampohoteye, ibintu umuntu uwo ariwe wese adakwiriye kunyuramo.”

    Yongeyeho ati “Ukuri ni uko, hari abandi bakobwa banyuze mu bintu nk’ibi yaba ari Kayumba wabahohoteye cyangwa se undi muntu witwaza icyo aricyo. Umuco wo guceceka ntukwiye kwimakazwa.”

    RIB yatangaje ko nyuma y’igihe kirekire ikora iperereza rishingiye ku birego byatanzwe n’abagore babiri mu ntangiriro za Werurwe, yahisemo ko Dr Kayumba akomeza gukurikiranwa afunzwe.

    Umuvugizi wa RIB, DrMurangira B. Thierry ati “Nyuma y’iperereza rirerire ryakozwe hashingiwe ku bimenyetso bidashidikanywaho, RIB yafashe icyemezo ko akurikiranwa afunzwe.”

    Kuki Kayumba atakurikiranywe ari hanze nk’uko byari byaragenze mbere?

    Dr Murangira yatangarije IGIHE ko ubwo muri Werurwe uyu mugabo yatumizwaga ngo yisobanure, byabaye ngombwa ko akurikiranwa ari hanze kuko hari hagikusanywa ibimenyetso.

    Ati “Nk’umuntu ukekwaho ibyaha nka biriya biremereye yagombaga kuza akisobanura. Ariko icyo gihe ibimenyetso ntabwo byari bihagije, hagombaga gukorwa iperereza ryimbitse rikagaragaza ukuri kw’ibyabaye”

    Yakomeje avuga ko hari ingingo z’ingenzi zashingiweho mu gufata umwanzuro wo gufunga Dr Kayumba. Izo zirimo uburemere bw’icyaha n’isubiracyaha.

    Ati “Umuntu uregwa ibyaha nka biriya biremereye igihe cyose hari ibimenyetso bidashidikanywaho akurikiranwa afunze.”

    Ku bijyanye n’isubiracyaha, yavuze ko Dr. Kayumba ari umuntu wakunze kurangwa n’ibikorwa byagiye bigongana n’amategeko kandi ko bimwe yabihaniwe.

    Ati “Rero hari impungenge ko ashobora kotsa igitutu abatangabuhamya cyangwa se agakora n’ibindi. Dushingiye ku bimenyetso bihari bidashidikanywaho no kuba aregwa n’abantu batandukanye, Ubugenzacyaha bwafashe umwanzuro ko akurikiranwa afunzwe.”

    Ubwo byamenyekanaga muri Werurwe ko hari abakobwa bahohotewe na Dr Kayumba, we ubwe yagiye mu itangazamakuru avuga ko ibyo aregwa ari ibihimbano ko iyo baza kuba barahohotewe koko, bari kuba barabivuze bikiba.

    Kuri iyi ngingo, Dr Murangira yasobanuye ko ibi byaha byo gusambanya ku gahato akenshi uwabikorewe afata igihe cyo kwiyakira mbere yo gutobora ngo avuge.

    Ati “Turabimenyereye, uwakorewe bene iki cyaha afata igihe cyo kubanza kubitekerezaho, bishobora gufata igihe kirekire akazageraho agafata umwanzuro wo kubivuga. Gutinda gutanga ikirengo rero biterwa n’impamvu nyinshi, zirimo izo gutinya ingaruka zavamo nko guhabwa akato muri sosiyete cyangwa gutinya ko abantu babimenya.”

    Kayumba atawe muri yombi nyuma y’igihe gito ashinze ishyaka yise RPD (Rwandese Platform for Democracy). RIB isobanura ko ibyaha akurikiranyweho ntaho bihuriye no kuba yarinjiye muri politiki.

    Dr Murangira ati “Ntabwo RIB iyo iri gukurikirana ibyaha ibaza niba ukekwa ari mu ishyaka cyangwa se ari umunyapolitiki. Icyo tureba ni ibyaha tukabikurikirana nta bwoba nta n’igitutu.”

    Hashize iminsi RIB ita muri yombi abantu bakurikiranyweho ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Dr Murangira yavuze ko ari gahunda uru rwego rwihaye yo kutabyihanganira.

    Ati “Ntabwo ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina tubyihanganira, bigomba gucika uko byagenda kose [Zero Tolerance to GBV Crimes].”

    Uwari Umuyobozi w’Ishami ry’Itangazamakuru n’Itumanaho muri Kaminuza y’u Rwanda, Njuguna Joseph, aherutse kubwira IGIHE ko yakiriye ikirego cy’umukobwa wamubwiye ko Kayumba yamuhohoteye.

    Ati “Yego yaje mu biro byanjye ambwira ko hari umwarimu wagerageje kumuhohotera, namusezeranyije ko nzavugana n’uwo muntu (Kayumba) ariko igihe kinini ntiyazaga ku ishuri.”

    Dr Kayumba ni umwe mu bahanga igihugu gifite yaba mu myigishirize y’itangazamakuru no mu gukora ubushakashatsi busanzwe. Gusa inshuro nyinshi yakunze kumvikana mu bikorwa by’imyitwarire mibi birimo kurwana n’ubusinzi, byanatumye amara umwaka muri Gereza nyuma yo guhamwa n’ibyaha bikorerwa ku kibuga cy’indege no gukoresha imbaraga cyangwa gukangisha gukoresha imbaraga ku kibuga cy’indege.

    My professor sexually assaulted me!

    When @kamarabasalva revealed that Dr @CKayumba had sexually assaulted me in Jan 2017, some asked why I had come out now.

    But is there ever a right time for a victim of sexual assault to speak out? https://t.co/8WzbFjVDYP

    — Fiona M. Ntarindwa (@FeeMuthoni) March 26, 2021

    Dr. Kayumba Christopher yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha byo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina

    source : https://ift.tt/3E5jzz6

  • Urukiko rwemeje ko Safari wanize DASSO afungwa iminsi 30 #rwanda #RwOT

    Safari George wabaye ikimenyabose mu Rwanda kubera amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyamba yanize DASSO hafi yo kumuheza umwuka, yagejejwe imbere y’urukiko ku wa Mbere tariki 07 Nzeri 2021.

    Ubushinjacyaha bwari bwasabiye Safari George gufungwa by’agateganyo iminsi 30 ngo kubera impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora ibyaha akurikiranyweho ndetse no kugira ngo atazatoroka ubutabera.

    Uyu munsi tariki 09 Nzeri, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare rwategetse ko Safari afungwa by’agateganyo iminsi 30 kubera uburemere bwa ziriya mpamvu zatanzwe n’Ubushinjacyaha.

    Safari yaburanye avuga ko yirwanagaho

    Mu rubanza rw’ifunga ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwavuze ko Safari n’umushumba we bahuye inka 14 ze bakajya kuziragira mu mbago z’ikigo cya Gisirikare kandi bitanemewe kujyana amatungo mu gasozi.

    Ngo ubwo inzego zajyaga mu mukwabo wo gufata ziriya nka, abashumba ba Safari bahise bakizwa n’amaguru bituma abayobozi bazirongoora kugira ngo ba nyirazo bigaragaze.

    Ngo ako kanya Safari yahise azana n’abasore bane ariko n’umushumba we witwa Mugabo Samuel ngo aza kunyura inyuma atangira guhohotera Umu-DASSO witwa Bizimana Aloys ako kanya Safari na we ahita ajya gushorera inka ngo batazijyana.

    Ubushinjacyaha bwavugaga ko DASSO yahise yihutira kujya gufata Safari ariko akimugeraho ahita amukubita umutego atangira kumuniga.

    Ubwo Safari yabazwaga icyo avuga ko byari bimaze gutangazwa n’Ubushinjacyaha, yavuze ko ibyagaragaye mu mashusho ari ukwirwanaho kuko ngo yari agiye gukubitwa n’uriya mu DASSO ubundi bakarwana bakagundagurana akirwanaho.

    Yavuze ko ziriya Nka ze zari zishotse zikaza kunyura hafi ya kiriya kigo cya Gisirikare kuko ari ho hari inzira.

    Ngo nyuma yahurujwe n’umwana we ko bamereye nabi umushumba we na we akihutira kuza kureba uko byifashe ariko akihagera ngo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge agategaka ko bamufata ari na bwo DASSO yahise ajya kumufata koko.

    Safari yavuze ko uriya mukozi wa DASSO ari we wabanje kumukubita hasi akaza kumwigaranzura ari na yo mpamvu ngo mu mashusho ari we ugaragara ari hejuru.

    Yavuze ko ariya mashusho ari agace kamwe kafashwe kuko na we yabanje gukubitwa na DASSO.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Urukiko-rwemeje-ko-Safari-wanize-DASSO-afungwa-iminsi-30

  • Bugesera : Abaturage biboneye Mayor akubitwa bahishuye icyabiteye banamugaya kurengeera (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruherutse gutangaza ko rwataye muri yombi abantu babiri barimo Umuyobozi w’Umudugudu wa Ikoni uherereye mu Kagari ka Murama mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera bakurikiranyweho ibyaha gukubita cyangwa kugirira urugomo abayobozi mu nzego za Leta.

    Byatangajwe ko muri bariya bantu babiri bafunzwe, harimo umuturage wakubise inkoni Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi.

    UKWEZI TV yageze muri kariya gace kakubitiwemo Mayor Richard Mutabazi, uganira na bamwe mu babyiboneye ndetse banazi icyatumye ruriya rugomo ruvuka.

    Umwe muri aba baturage avuga ko Mayor yakubiswe ku itariki 28 Kanama 2021 umuyobozi w’Umudugudu yashyingije umukobwa bugacya ari bujye kugera mu rugo rushya rw’abana.

    Ubwo bagombaga kujya gusura urugo rushya, ahagana saa cyenda z’umugoroba, ngo bagiye kubona babona imodoka iraje iraparika hahita havamo umugabo [Mayor] ahita yinjira mu nzu yo kwa Mudugudu asangamo abantu batandatu arasohoka ajya mu gikari ahasanga abandi ubundi ahita ahamagara umuyobozi w’Umudugudu bajyana ku rugo rw’umuturanyi witwa Nsabimana ahasanga inzoga ziri mu majerekani ahita azimena.

    Ngo yahise ahindukira agaruka kwa Mudugudu amusaba gusohora inzoga yari yenze zagombaga kujyanwa mu muhango w’ubukwe.

    Uyu muturage yagize ati 'Mudugudu arazisohora nanjye nari mpari, Mayor atangiye guterura ndamubwira nti reka nguteruze arambwira ati zana izo nanjye nziterure mfite amaboko araterura araza dore aho inyuma yanyu ni ho yazimennye, amena amajerekani atatu y’ikigage n’abiri n’igice y’urwagwa.'

    Ngo yahise asubira ku mudoka ubwo abaturage bari bamaze kuza gushungera ari benshi ahita ababaza ngo 'uwo bibabaje nashyire akaboko hejuru' ariko habura n’umwe ubitinyuka icyakora umusaza wari uhari ngo yaramubwiye ati 'ibintu ukoze mu muco wa kinyarwanda ntibibaho, kumena inzoga zavugiweho imisango umuntu yashyingije umwa ibyo bintu birakurikirana.'

    Uyu muturage akomeza agira ati 'Haturuka inkonkobotsi haruguru y’umuhanda amukubita igiti cya mbere amukubita n’icya kabiri, abaturage barayisingira barayifata.'

    Ngo abaturage bahise batangira gukubita uwo muturage wari ukubise Mayor ariko arababuza ubundi baramureka ahita akizwa n’amaguru ubundi Mayor asaba ko bamushaka ndetse ngo abwira na Mudugudu ko nataboneka ari we ajyana ngo akazamurekura ari uko undi yabonetse.

    Ngo koko Mudugudu ni we bahise bajyana baramufunga ndetse wa muturage wakubise Mayor aza kuboneka ariko ngo Umuyobozi w’Umudugudu ntiyigeze arekurwa.

    Mayor avugwaho kurengeera

    Aba baturage bavuga ko na bo bababajwe no kuba uriya Muturage yarakubise Mayor icyakora na we bakamunenga kuko yaje ari wenyine agakora biriya bikorwa babona nk’icyasha cyo konona umuco nyarwanda.

    Umuyobozi w’Isibo ibi byabereyemo, avuga ko Umuyobozi w’Umudugudu yabirenganiyemo kuko nta ruhare yagize mu ikubitwa rya Mayor ndetse ko n’ikimenyimenyi asanzwe afite imyitwarire myiza.

    Uyu muyobozi w’Isibo uvuga ko Mudugudu yarenganurwa, asaba ko inzego zamanuka zikaza ahabereye kiriya kibazo zikumva ibitekerezo by’abantu biboneye biriya biba.

    Ati 'Ntibahohotere Mudugudu ntibavuge ngo yafatanyije na Nsengiyumva. Mudugudu rwose yararenganye twararize twabuze icyo dukora.'

    Akomeza agira ati 'Ikindi rwose Mayor turamwubaha ariko kuki yaje atari kumwe n’abasirikare yangwa abapolisi akaza akamena izo nzoga…abantu benshi nta nubwo banamuzi wenda nuko kumuhohotera byatewe nuko nta wundi muntu bari kumwe. Iyo umuyobozi agiye kuza ajyana n’abandi, kuki Mayor yaje akitombotsa agafata inzoga akazimena nk’aho yakavuze ati reka mbace amafaranga.'

    IKIGANIRO CYOSE

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/Bugesera-Abaturage-biboneye-Mayor-akubitwa-bahishuye-icyabiteye-banamugaya-kurengeera-VIDEO

  • BREAKING : Dr Christopher Kayumba yatawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Byatangajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB mu butumwa rwanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Kane tariki 09 nzeri 2021.

    Ubu butumwa buvuga ko RIB yataye muri yombi Dr Christopher Kayumba yombi 'nyuma y’igihe ikora iperereza ku byaha yarezwe n’abantu batandukanye byo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato n’ubwinjiracyaha kuri iki cyaha.'

    Dr Christopher Kayumba ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe uru rwego ruri gukora dosiye y’ikirego kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha buzamuregera Inkiko mu gihe bwazasanga ari ngombwa.

    Tariki 07 Nzeri 2021, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwari rwahamagaje Dr Christopher Kayumba wagiye atumizwaho inshuro zitandukanye, kuri iyi nshuro akaba yari yasabwe kwitaba ejo hashize ku wa Gatatu tariki 08 Nzeri 2021 ku biro bikuru bya RIB.

    Uyu Munyapolitiki akaba n’Umusesenguzi, mu minsi ishize na bwo yagiye atumizwa n’uru rwego rwari rumukurikiranyeho gushaka gukoresha imibonano mpuzabitsina uwo yigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’itangazamakuru.

    Gusa bwo icyo gihe yarahamagazwaha akabazwa agataha ariko nyuma yaje gutangaza ko mu rugo rwe haje gusakwa aho yanengaga uburyo baje gusaka iwe ku bijyanye n’icyaha cyo gushaka gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, aho yavugaga ko atumva aho kugenza icyo cyaha byahurira no gusaka mu nzu ye.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/BREAKING-Dr-Christopher-Kayumba-yatawe-muri-yombi

  • Rubavu:Polisi yataye muri yombi 7 bakekwaho ubwambuzi bushukana #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Nzeri Polisi y'u Rwanda ku bufatanye n'abaturage n'izindi nzego zikorera mu Karere ka Rubavu bafashe abantu Barindwi bacyekwaho ubwambuzi bushukana no gukoresha amadorali y'amahimbano. Abafashwe ni uwitwa Ndacyayisenga Jean claude w'imyaka 44, Zirarushya Francois w'imyaka 46, Ndarihumbye Onesphore w'imyaka 44 na Habimana Oscar w'imyaka 44.

    Aba bafatanwe impapuro zikorwamo amadolari y'amahimbano, bari banafite ibikoresho bifashisha mu gukora ayo madorali birimo urwembe n'amavuta akoreshwa mu musatsi yitwa Shampoo ndetse n'ipamba. Bafatiwe mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi, mu kagari ka Nengo, Umudugudu wa Irakiza.

    Muri uyu murenge wa kandi mu kagari ka Mbugangari, Umudugudu wa Ubucuruzi hafatiwe abandi bantu batatu aribo Umutoni Mediatrice w'imyaka 23, Ntabigwira Jean Damascene w'imyaka 40 na Mbonyi Issa w'imyaka 65. Aba bashukaga bariya Bane ba mbere bababwira ko bafite amahembe y'inzovu nabo ngo babahe amadolari.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko bariya bari bafite amadolari y'amahimbano bafatiwe muri imwe mu nzu zicumbikira abagenzi mu Mujyi wa Gisenyi bafatwa biturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage.

    Yagize ati 'Hari abaturage bari bafite amakuru ya bariya bantu hari umuntu bashaka guhura bakagura amahembe y'inzovu abandi nabo bakabaha amadolari y'amahimbano ariko impande zombi ntabwo zari zizi ko zirimo gushukana kandi zikora ibyaha. Polisi yabanje gufata bariya bari bafite amadolari y'amahimbano, abo nibo bahise batanga amakuru y'abo bari bagiye kugura amahembe y'inzovu.'

    CIP Karekezi yakomeje avuga ko bajyanye ba bantu 4 bari bafite amadolari y'amahimbano babageza ku bari bagiye kuguraho amahembe y'inzovu. Aba bagiye bahamagara abo bari bafitanye gahunda yo kugura amahembe y'inzovu, babasanze mu Kagari ka Mbugangari mu Mudugudu w'Ubucuruzi babategereje ngo bagure amahembe y'inzovu, gusa nabo kwari ukabashuka kuko ayo mahembe ntayo bari bafite.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba yashimiye abaturage batanze amakuru anakangurira abantu kwirinda ibyaha birimo ubwambuzi bushukana no kwigana amafaranga.

    Ati: 'Bariya bantu baracyekwaho ibyaha bitandukanye ariko bishingiye ku cyaha cy'ubushukanyi, ikipe imwe yari iri mu mugambi wo gukora amadolari y'amahimbano kugira ngo bage kuyaha ababagurisha amahembe y'inzovu.Twabafatanye amadolari 25 mazima, aya ni yo bari bagiye guheraho ngo bigane amadolari 100, bari bafite impapuro bayakoramo n'ibindi bikoresho bifashisha bayakora. Indi kipe nayo nta mahembe y'inzovu yari ifite ahubwo nayo yashakaga kuza gushuka bariya b'amadolari, bariya bose ubu bafashwe bashyikirizwa ubugenzacyaha.'

    Abafashwe bose uko ari 7 bashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo hakorwe iperereza kuri aba bantu.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange ingingo ya 269 ivuga ko Umuntu wese, ku bw'uburiganya wigana, uhindura amafaranga y'ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa na yo, impapuro zifite agaciro k'amafaranga y'Igihugu zashyizweho umukono n'inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n'izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange Ingingo ya 174 ivuga ko Umuntu wese wihesha umutungo w'undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw'uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/rubavu-polisi-yataye-muri-yombi-7-bakekwaho-ubwambuzi-bushukana

  • Gikondo: Sodoma iracyari Sodoma, abicuruza baracyahari #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Sodoma yitiriwe izina ry’Umudugudu bivugwa ko warimbukiyemo abari bawutuye mu gihe cy’uwitwaga Aburahamu uvugwa muri Bibiliya (hashize nk’imyaka 3,500), kubera ibyaha byahakorerwaga birimo ubusambanyi.

    Benshi mu batuye Sodoma ya Gikondo ntabwo babasha kumenya neza igihe hafatiye iryo zina, ariko ngo hamenyekanye cyane kuva mu myaka ya 1970, igihe inganda zari zitangiye kuba nyinshi mu gishanga kiri hagati ya Kimihurura muri Gasabo na Gikondo muri Kicukiro.

    Abatuye muri uwo Mudugudu wa Marembo II bavuga ko abashoferi bakomoka muri za Somaliya, Tanzaniya, Kenya n’ahandi bazanaga amakamyo y’ibicuruzwa muri MAGERWA no mu nganda zahahoze, ari bo ngo batangaga amafaranga ku bagore n’abakobwa batuye muri Sodoma batunzwe no kwicuruza.

    N’ubwo inganda zimutse zikajya gukorera i Masoro muri “Special Economic Zone” ndetse na MAGERWA ikaba itagitanga serivisi nyinshi zijyanye na gasutamo, ntabwo byaciye intege bamwe mu bagore n’abakobwa b’i Sodoma bacuruza imibiri yabo.

    Ugihinguka i Sodoma uhasanga abantu bagiye bicaye mu matsinda ku mabaraza y’inzu, bamwe muri bo bafite inzoga mu ntoki barimo kunywa.

    Uhasanga kandi bamwe mu bagore n’abakobwa bambaye imyenda migufi, abandi bakenyeye ibitenge mu gituza, wareba hepfo no haruguru y’umuhanda ukabona inzu nyinshi zivugwaho kuba amacumbi y’igihe gito(Lodge) n’ubwo bitaba byanditseho.

    Mu itsinda rimwe twahingukiyeho hari uwagize ati “Mbabarira niba ushaka kuntereta ngwino tujye mu rugo wimbaza byinshi…tujye mu rugo se?”

    Mugenzi wabo hepfo y’umuhanda avuga ko umuntu wifuza kuryamana n’umugore cyangwa umukobwa mu gihe cy’akanya gato (bavuga ituru imwe), yishyura amafaranga ibihumbi bitanu (5,000Frw).

    Uwitwa Dusabimana w’umwubatsi watuye i Sodoma mu myaka umunani ishize, avuga ko abenshi mu bicuruza usanga ku manywa biyoberanyije bakajya hanze, abandi bakirirwa baryamye, byagera nijoro bagasohoka bakerekeza mu muhanda ari benshi bakajya kureshya abagabo.

    Dusabimana agira ati “Ku manywa izi ndaya zirirwa ziryamye ubundi zigakora nijoro, mu kanya urabona banyanyagiye barimo kunywa kuzageza ejo mu gitondo”.

    Hirya no hino kandi uhabona ibyokezo by’abotsa inyama (ba mucoma) baba basabwe gutegurira amafunguro abashyitsi basura Sodoma hamwe n’abakobwa cyangwa abagore babakiriye.

    Mucoma witwa Misago avuga ko atanga mushikaki nto ku mafaranga 500Frw, inini akayigurisha amafaranga 1,000frw, ikirayi na cyo kikagurwa amafaranga 200frw.

    Kiosk itangirwamo udukingirizo no gupima ubwandu bwa SIDA

    Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda(RBC) gifatanyije n’umuryango witwa Kigali Hope, bashyizeho utuzu(kiosks) hamwe na hamwe mu Mujyi wa Kigali hatuwe n’abantu bacuruza imibiri yabo, hagatangirwa serivisi z’ubuntu zirimo udukingirizo ndetse no gupima ubwandu bw’agakoko gatera SIDA.

    Uretse Sodoma muri Gikondo, izi ‘kiosks’ ziboneka i Remera mu Giporoso, mu Migina iruhande rwa Sitade Amahoro, mu Gatsata na Nyamirambo, ndetse no mu mijyi y’uturere tumwe na tumwe tw’u Rwanda.

    Umukozi wa Kigali Hope muri Kiosk y’i Sodoma witwa Bahati Hategekimana avuga ko uretse muri ibi bihe by’icyorezo cya Covid-19 we na bagenzi be bakora amasaha yateganyijwe kuva saa mbili za mu gitondo kugeza saa yine z’ijoro, ubusanzwe bajyaga bakora amasaha yose y’umunsi mu minsi yose igize icyumweru.

    Hategekimana agira ati “Impamvu ni uko usanga hano ari ho hakorerwa uburaya cyane, ariko ntabwo ari indaya gusa ziza gutwara udukingirizo cyangwa kwipimisha SIDA. Hano ijoro n’amanywa biba bingana, hari urujya n’uruza rw’abantu benshi barimo n’abanyamahanga, ku munsi nshobora kwakira abantu babarirwa hagati ya 100-300”.

    Bahati avuga ko uretse abaza kumusaba udukingirizo cyangwa kwipimisha SIDA, hari n’abanyuzamo bakaza kumusaba amavuta akoreshwa n’abagabo bakorana imibonano mpuzabitsina n’abandi bagabo, ariko akabahakanira kuko ntayahari.

    Gucunga umutekano muri Sodoma

    Urujya n’uruza muri ako gace rutuma inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’ibanze babahozaho ijisho kugira ngo bubahirize amabwiriza harimo n’ayo kwirinda icyorezo Covid-19.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gikondo, Suzane Mukasano avuga ko Sodoma itabateye ikibazo gikomeye kurusha ahandi, kuko ngo umuntu wese ugerageje kutubahiriza amategeko n’amabwiriza ya Leta afatwa akabihanirwa.

    source : https://ift.tt/2X5N7vn

  • Video:Umugore yahanganye bikomeye n'umusirikare mu muhanda. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Amashusho akomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga yerekana umugore watinyutse ahangana bikomeye n'umusirikare wambaye imyenda y'akazi aho batonganaga bitewe nuko umwe yari abangamiye undi mu muhanda.

    Aba bombi bari batwaye imodoka,hanyuma umwe yica amategeko yumuhanda abangamira undi,maze basohoka mu modoka zabo batangira gushwana.Bombi bitanaga bamwana ,umusirikare ashinja umugore ko ari we uri mu makosa ,umugore na we akemeza ko uyu musirikare ari we wamubangamiye.Ubwo abantu bari bahari bumvikanaga bababwira kwitabaza Polisì .

    Source : https://yegob.rw/videoumugore-yahanganye-bikomeye-numusirikare-mu-muhanda/

  • Ba DASSO bakebuwe bibutswa inshingano #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni mu nama yabereye mu Karere ka Musanze tariki 06 Nzeri 2021, ihuza abahagarariye urwo rwego mu turere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancille, yitwabirwa kandi n’umuhuzabikorwa wa Dasso ku rwego rw’igihugu ACP Sam Rumanzi.

    Mu mpanuro za Guverineri Nyirarugero Dancille, yagarutse ku mikorere ya Dasso arayishima ariko asaba kurushaho kunoza imikorere, bafasha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu guha abaturage serivise inoze.

    Agira ati “Mu nama twakoranye na Dasso tariki 06 Nzeri 2021, yari igamije kongera kureba no kubibutsa inshingano zabo, cyane cyane bakibuka ko inshingano bafite zo gufasha abayobozi mu nzego z’ibanze bazikora neza, badahohoteye umuturage cyangwa se ngo bahohoterwe”.

    Abenshi mu baturage bagaragaje akamaro gakomeye k’urwego rwa Dasso, aho bemeza ko kuva urwo rwego rugiyeho rwabagiriye akamaro gakomeye, mu kuzamura iterambere ry’imibereho myiza yabo.

    Uwitwa Keza Bonheur yagize ati “Ese ubu Dasso iyo batabaho, twari guhangana na COVID-19 tukaba turi kuri iki kigero? gusa ntawashidikanya ko hari abantu badakunda ibyiza ariko mu by’ukuri DASSO barakoze cyane cyane muri iyi COVID-19”.

    Jean Claude Twagirayezu ati “Njye mbona Dasso badahari ibikorwa byinshi mu nzego z’ibanze byadindira, Dasso bravo bakomeze babongere ubumenyi.”
    Naho uwitwa JMV ati “Turashimira abayobozi bashyizeho aba Dasso, naho abavuga ngo ntirukora neza ntabyo bazi, kuko ikitugaragarira twe abaturage, ni uko bakora inshingano zabo bakanakora n’iz’abandi, ahubwo iyo Dasso batabaho mbona abakozi bamwe baba barirukanywe kuko bagizwe na Dasso”.

    Kayigamba Callixte ati “Turashimira Leta yashyizeho uru rwego rwa Dasso, kuko ruradufasha cyane”.

    Naho Maniraguha Emmanuel ati “Kuba abayobozi b’Intara y’Amajyaruguru bakomeje kuba hafi urwego rwa Dasso ikorera muri iyo Ntara, bizabafasha kuzuza inshingano zabo no guharanira ko umuturage aba ku isonga”.

    Naho uwitwa Jean de la Croix, agira ati “Rwose turashimira uru rwego rwa Dasso imikorere yarwo, mukomereze aho turabashyigikiye rwose turashimira ubuyobozi bwabashyizeho natwe turi kumwe”.

    Mu 2014, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), nibwo yafashe icyemezo cyo gukuraho icyitwaga Local Defence, uru rwego irusimbuza urwego rwa Dasso.

    source : https://ift.tt/3l1ajU2

  • Burundi: FARDC yemeje ko Abasirikare bayo babiri biciwe muri Tanganyika bitiranyijwe n'abajura #rwanda #RwOT

    Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo kivuga ko abasirikare bacyo babiri biciwe mu kiyaga cya Tanganyika n'abasirikare b'Abarundi babitiranyije n'abajura.

    Umuvugizi w'igisirikare cya RDC mu ntara ya Kivu y'Epfo, Capt Dieudonne Kasereka, avuga ko abasirikare ba Congo bari mu gikorwa gisanzwe cyo kurinda mu kiyaga Tanganyilka.

    Agira ati: “Bari abasirikare barwanira mu mazi ba Republika ya Demokrasi ya Congo bari mu kazi mu kiyaga Tanganyika, bari bafite ikibazo cy'itumatumanaho, ari na ho abasirikare barwanira mu mazi b'Abarundi baketse ko ari abajura bitwaje intwaro banyuraga muri icyo kiyaga.”

    Yakomeje avuga ko rimwe na rimwe abajura bava mu Burundi bajya muri Congo, ikindi gihe bakava muri Congo bajya mu Burundi.

    Abajijwe niba abasirikare ba Congo bararenze umupaka bakavogera u Burundi, Capt Kasereka avuga ko hari mu mwijima, ko bigoye kumenya umupaka.

    Avuga ati: “Hari mu mwijima, igisirikare cya Congo nticyashobora kubona ko cyarenze umupaka. Ntawakwemeza cyangwa ngo ahakane ko igisirikare cya Congo cyari cyarenze umupaka kuko hari mu mwijima kandi nanjye ntabwo nari mpari.”

    Yakomeje avuga ko bibabaje kuko bahatakarije abasirikare babiri, ariko ko bidasobanura ko hari ingorane hagati y'ibi bihugu byombi.

    Aremeza kandi ko hari kuba ibiganiro ku rwego rwo hejuru kugira icyo kibazo kibonerwe igisubizo

    Ati: “Ku rwego rwo hejuru bamaze kuvugana, ariko twebwe nk'abasirikare ntituri muri politike, ariko ndabizi ko habaye ibiganiro kugira hamenyekanye ibyabaye, kandi bitazatuma haba agatotsi mu mubano uri hagati y'u Burundi na Congo.”

    Igisirikare cy'u Burundi ntikirabasha kuvuga kuri uku kuraswa kw'ingabo za RDC mu kiyaga Tanganyika.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/burundi-fardc-yemeje-ko-abasirikare-bayo-babiri-biciwe-muri-tanganyika

  • Muhanga: Umwanditsi w’urukiko yafashwe yaka ruswa – #rwanda #RwOT

    Uwo mwanditsi afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    RIB yashimiye abagize uruhare kugirango ucyekwaho icyaha afatwe, inongera gukangurira abaturarwanda gukomeza gutanga amakuru kubasaba n’abatanga ruswa kugirango bahanwe bityo iranduke burundu mu gihugu cyacu.

    RIB yafunze Dushimuwera Robert, umwanditsi w’urukiko rw’ibanze rwa Kiyumba ukurikiranyweho kwaka ruswa uwakekwagaho icyaha.

    Dushimuwera ubu akaba afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye mugihe iperereza rikomeje kugirango hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    — Rwanda Investigation Bureau (@RIB_Rw) September 7, 2021

    Ingingo ya gatanu mu Itegeko rirwanya ruswa, ivuga ko Umucamanza wese cyangwa umukemurampaka wakiriye cyangwa wasabye indonke, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka icumi (10) ariko kitarenze imyaka cumi n’ibiri (12) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse.

    Umwanditsi w’urukiko, umushinjacyaha, umufasha w’umushinjacyaha, umwunganizi mu mategeko, intumwa ya Leta mu nkiko, umuhesha w’inkiko, umukozi wa Leta ushinzwe gusesengura imanza ku mpamvu z’akarengane, umukozi wa Leta ushinzwe gutanga ubufasha mu by’amategeko, umugenzacyaha cyangwa umuntu wahamagajwe mu nzego z’ubutabera nk’umuhanga wasabye cyangwa wakira indonke cyangwa wemera amasezerano yo kuyihabwa kugira ngo abone gukora ibiri mu nshingano ze, areke gukora igikorwa kiri mu nshingano ze cyangwa atume hafatwa icyemezo kidahuje n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yasabye, yakiriye cyangwa yasezeranyijwe.


    source : https://ift.tt/3tn8t3L