Tag: Umutekano

  • Musanze: Bafatiwe mu cyuho batekera umutwe umuturage ngo bamwambure – #rwanda #RwOT

    Bafatiwe mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Muhoza mu Kagari ka Mpenge, Umudugudu wa Mpenge.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze w’agateganyo, Chief Inspector of Police(CIP) Kayitesi Speciose yavuze ko gufatwa kw’abo bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bitewe n’uko bari basanzwe bazi bariya bantu.

    Yagize ati” Abaturage basanzwe bazi bariya bantu ko bambura abantu bakoresheje ubushukanyi ndetse banazi amayeri bakoresha, bahise babibwira abapolisi bari mu kazi hafi aho bakurikirana bariya bacyekwaho gushaka kwambura umuturage baburizamo uwo mugambi .Umwe yagerageje kwiruka abaturage baramufata undi abapolisi bari bamaze kumufata.”

    Umwe muri bariya bafashw yemeye ko bari bagiye kwambura uriya muturage telefoni igezweho yari afite mu ntoki (Smart Phone) ndetse n’isakoshi yari afite.

    Yagize ati” Dufata impapuro nyishi tukazicagagura wazibona ukagaira ngo ni amafaranga, noneho tugafata inoti nzima z’amafaranga tukazorosa kuri za mpapuro hanyuma tugacunga umuntu tubona ufite amafaranga cyangwa ufite ikintu cy’agaciro tuza kumwambura. Uko turi babiri umwe ajya imbere y’uwo dushaka kuza kwambura undi akamujya inyuma, uri imbere ajugunya hasi cya gipfunyika kirimo ibipapuro byorosheho amafaranga hanyuma undi akihutira kugitoragura.”

    Yakomeje avuga ko iyo umwe amaze gutoragura cya gipfunyika mugenzi we agaruka nk’undi umuntu akamusaba ko ayo mafaranga atoraguye bayagabana, ubwo bihutira kubwira na wa muturage bacunze bashaka kwiba bakamwinjiza mu mubare w’abantu batoraguye amafaranga nawe bakamwizeza ko baza kumuha kuri ayo mafaranga bafatanije gutoragura.

    Ati” Uwo muntu wundi dushutse ko tugiye kugabana ayo mafaranga tumusaba kuva aho abantu bareba tukamubwira ko tujya kugabanira hirya. Iyo aje duhita tumushikuza ibyo afite byose tukiruka cyangwa umwe muri twe agahita yigendera noneho usigaye akabwira wa muntu dushaka kwambura ko agiye kumusigira cya gipfunyika cy’amafaranga bari bagiye kugabana ariko nawe akamushuka akamwaka telefoni amubwira ko agiye guhamagara mugenzi we wagiye, undi agasigarana bya bipapuro agira ngo bamusigiye amafaranga baragaruka bayagabane nibatagaruka ayajyane wenyine.”

    CIP Kayitesi yavuze ko ari muri ubwo buryo bari bagiye kwamburamo uwo muturage gusa k’ubw’amahirwe abaturage bababona hakiri kare batanga amakuru bafatwa batarasohoza umugambi wabo.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze w’agateganyo yavuze ko ubwambuzi nk’ubu bumaze igihe buvugwa mu Karere ka Musanze cyane cyane mu Mujyi wa Musanze.

    Yavuze ko hari abaturage batandukanye bagiye batanga amakuru y’uko bamburwa muri buriya buryo ariko hakabura ibimenyetso. Yaboneyeho gukangurira abaturage kuba maso kandi babo abantu nk’abo bakihutira gutanga amakuru hakiri kare.

    Yagize ati “Abaturage bamaze iminsi bagaragaza ikibazo cy’abantu bagenda babambura muri buriya buryo bwo gucura umugambi bakagenda bitoraguza amafaranga mu nzira barangiza bakavuga ko bagiye kuyagabana. Hari ababashuka ngo Polisi irimo gusaka amafaranga na telefoni bagashuka abantu ngo babahe envelope babikamo amafaranga cyangwa telefoni bafite Polisi itaza kubibambura, ayo yise ni amayeri bagenda bakoresha kugira ngo bambure abaturage. Turagira inama abantu kujya bima amatwi abantu nka bariya ndetse bitondere ababizeza inyungu runaka, ahubwo bamenye ko ari abafite umugambi wo kubambura ibyabo.”

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 174 ivuga ko Umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).


    source : https://ift.tt/3955F1y

  • Bafashwe bagiye gutwara telefoni n’ibindi byari mu isakoshi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze w’agateganyo, Chief Inspector of Police(CIP) Kayitesi Speciose yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bitewe n’uko bari basanzwe bazi bariya bantu.

    Yagize ati” Abaturage basanzwe bazi bariya bantu ko bambura abantu bakoresheje ubushukanyi ndetse banazi amayeri bakoresha, bahise babibwira abapolisi bari mu kazi hafi aho bakurikirana bariya bacyekwaho gushaka kwambura umuturage baburizamo uwo mugambi .Umwe yagerageje kwiruka abaturage baramufata undi abapolisi bari bamaze kumufata.”

    Umwe muri bariya bafashwe witwa Harerimana yemeye ko bari bagiye kwambura uriya muturage telefoni igezweho yari afite mu ntoki (Smart Phone) ndetse n’isakoshi yari afite. Yasobanuye uko basanzwe babigenza kugira ngo bambure umure umuntu.

    Yagize ati” Dufata impapuro nyishi tukazicagagura wazibona ukgaira ngo ni amafaranga, noneho tugafata inoti nzima z’amafaranga tukazorosa kuri za mpapuro hanyuma tugacunga umuntu tubona ufite amafaranga cyangwa ufite ikintu cy’agaciro tuzakumwambura. Uko turi babiri umwe ajya imbere y’uwo dushaka kuza kwambura undi akamujya inyuma, uri imbere ajugunya hasi cya gipfunyika kirimo ibipapuro byorosheho amafaranga hanyuma undi akihutira kugitoragura.”

    Harerimana yakomeje avuga ko iyo umwe amaze gutoragura cya gipfunyika mugenzi we agaruka nk’undi umuntu akamusaba ko ayo mafaranga atoraguye bayagabana, ubwo bihutira kubwira na wa muturage bacunze bashaka kwiba bakamwinjiza mu mubare w’abantu batoraguye amafaranga nawe bakamwizeza ko baza kumuha kuri ayo mafaranga bafatanije gutoragura.

    Ati” Uwo muntu wundi dushutse ko tugiye kugabana ayo mafaranga tumusaba kuva aho abantu bareba tukamubwira ko tujya kugabanira hirya. Iyo aje duhita tumushikuza ibyo afite byose tukiruka cyangwa umwe muri twe agahita yigendera noneho usigaye akabwira wa muntu dushaka kwambura ko agiye kumusigira cya gipfunyika cy’amafaranga bari bagiye kugabana ariko nawe akamushuka akamwaka telefoni amubwira ko agiye guhamagara mugenzi we wagiye, undi agasigarana bya bipapuro agira ngo bamusigiye amafaranga baragaruka bayagabane nibatagaruka ayajyane wenyine.”

    CIP Kayitesi yavuze ko ari muri ubwo buryo bari bagiye kwamburamo uriya Musabyemariya Josephine gusa k’ubw’amahirwe abaturage bababona hakiri kare batanga amakuru bafatwa batarasohoza umugambi wabo.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze w’agateganyo yavuze ko ubwambuzi nk’ubu bumaze igihe buvugwa mu Karere ka Musanze cyane cyane mu Mujyi wa Musanze. Yavuze ko hari abaturage batandukanye bagiye batanga amakuru y’uko bamburwa muri buriya buryo ariko hakabura ibimenyetso. Yaboneyeho gukangurira abaturage kuba maso kandi babo abantu nk’abo bakihutira gutanga amakuru hakiri kare.

    Yagize ati” Abaturage bamaze iminsi bagaragaza ikibazo cy’abantu bagenda babambura muri buriya buryo bwo gucura umugambi bakagenda bitoraguza amafaranga mu nzira barangiza bakavuga ko bagiye kuyagabana. Hari ababashuka ngo Polisi irimo gusaka amafaranga na telefoni bagashuka abantu ngo babahe anverope babikamo amafaranga cyangwa telefoni bafite Polisi itaza kubibambura, ayo yise ni amayeri bagenda bakoresha kugira ngo bambure abaturage. Turagira inama abantu kujya bima amatwi abantu nka bariya ndetse bitondere ababizeza inyungu runaka, ahubwo bamenye ko ari abafite umugambi wo kubambura ibyabo.”

    Yakomeje ashimira abaturage batangiye gutanga amakuru kuri ubwo bwambuzi ariko anaburira ababwishoramo ko nta mugisha bazagira kuko bazajya bafatwa bashyikirizwe ubutabera. Harerimana na Ndimurwango bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 174 ivuga ko Umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3k1raqz

  • Musanze: Polisi irakangurira abaturage kuba maso birinda ubwambuzi bushukana burimo kugaragara #rwanda #RwOT

    Bafatiwe mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Muhoza mu Kagari ka Mpenge, Umudugudu wa Mpenge.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze w'agateganyo, Chief Inspector of Police(CIP) Kayitesi Speciose yavuze ko gufatwa kw'abo bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage bitewe n'uko bari basanzwe bazi bariya bantu.

    Yagize ati' Abaturage basanzwe bazi bariya bantu ko bambura abantu bakoresheje ubushukanyi ndetse banazi amayeri bakoresha, bahise babibwira abapolisi bari mu kazi hafi aho bakurikirana bariya bacyekwaho gushaka kwambura umuturage baburizamo uwo mugambi .Umwe yagerageje kwiruka abaturage baramufata undi abapolisi bari bamaze kumufata.'

    Umwe muri bariya bafashwe yemeye ko bari bagiye kwambura uriya muturage telefoni igezweho yari afite mu ntoki (Smart Phone) ndetse n'isakoshi yari afite.

    Yagize ati' Dufata impapuro nyishi tukazicagagura wazibona ukagaira ngo ni amafaranga, noneho tugafata inoti nzima z'amafaranga tukazorosa kuri za mpapuro hanyuma tugacunga umuntu tubona ufite amafaranga cyangwa ufite ikintu cy'agaciro tuza kumwambura. Uko turi babiri umwe ajya imbere y'uwo dushaka kuza kwambura undi akamujya inyuma, uri imbere ajugunya hasi cya gipfunyika kirimo ibipapuro byorosheho amafaranga hanyuma undi akihutira kugitoragura.'

    Yakomeje avuga ko iyo umwe amaze gutoragura cya gipfunyika mugenzi we agaruka nk'undi umuntu akamusaba ko ayo mafaranga atoraguye bayagabana, ubwo bihutira kubwira na wa muturage bacunze bashaka kwiba bakamwinjiza mu mubare w'abantu batoraguye amafaranga nawe bakamwizeza ko baza kumuha kuri ayo mafaranga bafatanije gutoragura.

    Ati' Uwo muntu wundi dushutse ko tugiye kugabana ayo mafaranga tumusaba kuva aho abantu bareba tukamubwira ko tujya kugabanira hirya. Iyo aje duhita tumushikuza ibyo afite byose tukiruka cyangwa umwe muri twe agahita yigendera noneho usigaye akabwira wa muntu dushaka kwambura ko agiye kumusigira cya gipfunyika cy'amafaranga bari bagiye kugabana ariko nawe akamushuka akamwaka telefoni amubwira ko agiye guhamagara mugenzi we wagiye, undi agasigarana bya bipapuro agira ngo bamusigiye amafaranga baragaruka bayagabane nibatagaruka ayajyane wenyine.'

    CIP Kayitesi yavuze ko ari muri ubwo buryo bari bagiye kwamburamo uwo muturage gusa k'ubw'amahirwe abaturage bababona hakiri kare batanga amakuru bafatwa batarasohoza umugambi wabo.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze w'agateganyo yavuze ko ubwambuzi nk'ubu bumaze igihe buvugwa mu Karere ka Musanze cyane cyane mu Mujyi wa Musanze.

    Yavuze ko hari abaturage batandukanye bagiye batanga amakuru y'uko bamburwa muri buriya buryo ariko hakabura ibimenyetso. Yaboneyeho gukangurira abaturage kuba maso kandi babo abantu nk'abo bakihutira gutanga amakuru hakiri kare.

    Yagize ati 'Abaturage bamaze iminsi bagaragaza ikibazo cy'abantu bagenda babambura muri buriya buryo bwo gucura umugambi bakagenda bitoraguza amafaranga mu nzira barangiza bakavuga ko bagiye kuyagabana. Hari ababashuka ngo Polisi irimo gusaka amafaranga na telefoni bagashuka abantu ngo babahe envelope babikamo amafaranga cyangwa telefoni bafite Polisi itaza kubibambura, ayo yise ni amayeri bagenda bakoresha kugira ngo bambure abaturage. Turagira inama abantu kujya bima amatwi abantu nka bariya ndetse bitondere ababizeza inyungu runaka, ahubwo bamenye ko ari abafite umugambi wo kubambura ibyabo.'

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange Ingingo ya 174 ivuga ko Umuntu wese wihesha umutungo w'undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw'uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/musanze-polisi-irakangurira-abaturage-kuba-maso-birinda-ubwambuzi-bushukana

  • Yararashwe bimuviramo ubumuga: Bwimba mu icuraburindi ku bw’ibitero bya FLN ya Rusesabagina – #rwanda #RwOT

    Ni igitero cyabaye tariki ya 15 Ukuboza 2018 gikorerwa ku bantu batandukanye bari mu modoka ya sosiyete ya Alpha yari ivuye i Rusizi yerekeza i Kigali.

    Iyi modoka ubwo yari igeze muri Nyungwe rwagati nibwo yahuye n’abasirkare ba FLN batambitse ibiti mu muhanda rwagati bahita batangira kubarasa.

    Mu barasiwe muri iyi modoka bamwe barapfuye abandi basigaye bafite ubumuga batewe n’amasasu barashweho icyo gihe, ubu ntacyo bakibasha kwimarira nyamara bari bazima.

    Muri abo harimo Bwimba Vianney, umusore wari ukiri muto ageze mu gihe cyo gukora cyane akiteza imbere, mu kiganiro yagiranye na IGIHE yavuze ko mbere yari umushyushyarugamba akorana n’ibigo bitandukanye.

    Ubwo yaraswaga ngo yari amaze iminsi akorera i Rusizi nuko afata umwanzuro wo gutaha agasangira iminsi mikuru n’umuryango we.

    Ati “ Twaje tuje mu minsi mikuru nk’abandi bose tugeze muri Nyungwe dusanga baduteze igico, twasanze hari imodoka za mbere zahageze kuko twe twaje turi nko mu modoka ya gatatu, tukimara kuhagera dusanga baduteze imodoka barayirasa iyacu twari turimo baraduhagaritse umushoferi abona barashe umuntu ahita asubira inyuma.”

    Yakomeje agira ati “ Baraturashe imodoka isubira inyuma arongera arayigarura, baturashe tugenda baturasa tugaruka imodoka ibura uko ihagarara irenga umuhanda igwa mu manga, iguyemo kuko bari bamaze kuturasa nkanjye bandashe amasasu atatu ahantu hamwe mu kuguru sinabyumvise kuko amaraso yari ashyushye.”

    Yakomeje avuga ko abari bazima bahise baca mu kirahure cyo kwa shoferi abashoboye barirukanka abandi bihisha aho hafi, we kuko yavaga amaraso menshi hari umukobwa bari bari kumwe witwa Alice wahise ufata umupira amuhambira mu itako aho yavaga amaraso menshi, yumvise nawe abo muri FLN baza babegera ahita yiruka Bwimba we ngo yarikuruye yihisha mu byatsi.

    Nyuma y’iminota mike Ingabo z’u Rwanda zahise zihasesekara zitangira kurasa abarwanyi ba FLN bagira ubwoba bariruka, ngo zahise zitangira gutanga ubufasha bw’ibanze ku bantu bari bakomeretse cyane zibakura mu bihuru zibashyira ahantu heza bategereza imbangukiragutabara.

    Ati “Ndashimira cyane Ingabo z’u Rwanda kuko iyo bataza kuhagera ubu twe tuba twarabaye amateka, ni abantu bo gushimirwa cyane.”

    Bwimba yavuze ko hahise haza imbangukiragutabara ijyana abakomeretse ku bitaro bya Kigeme, ngo bakimutwara kuko amaraso menshi yari yamushizemo ngo yari yataye ubwenge.

    Aha bahavuye bajya kuvurirwa muri CHUB i Butare aho yamaze amezi atanu aza koherezwa ku bitaro byegereye iwabo kugira ngo akomeze gukurikiranwa n’abaganga.

    Ibitero bya FLN byamuteye ubumuga

    Iyo uganira na Bwimba ukamubaza ku ngaruka ibitero bya FLN byamugizeho ahita asa n’ugiye mu yindi si ya kure bitewe n’uburyo yari umusore w’imbaraga ukora cyane ngo yiteze imbere none ngo kuri ubu imyaka ibaye itatu ari iwabo agendera mu mbago.

    Ati “ Ingaruka ya mbere mbi byangizeho ubu uyu ubaye umwaka wa gatatu nta kazi, nicaye iwacu ndi umusore ugomba kubaka nkagira n’abandi bankomokaho kandi bari ahantu heza, mbere nari umushyushyarugamba nkorana n’ibigo nyinshi bitandukanye none ubu nabaye ikimuga.”

    Yakomeje avuga ko ingaruka ya kabiri ari uko byamugabanyije umuhate n’imbaraga yari afite mu kwiteza imbere ubu ngo yitereye icyizere bitewe n’ubumuga yagize.

    Ati “ Ubu urumva nyine nk’umuntu ucumbagira urabona nari nsanzwe ndi mu buzima busanzwe nkorana imbaraga none ubu hari ibyo ntakora, nitereye icyizere, ntakaza n’ubudahangarwa bwanjye nsigaye nisuzugura kuko ntabwo nshobora guhagarara nibura iminota 30.”

    Yakomeje avuga ko kandi yatakaje igihe ngo kuko imyaka irenga itatu amaze yicaye adakora yakabaye ageze kuri byinshi, yavuze ko kandi mu buryo bw’amafaranga nabwo yatakaje menshi yamugenzeho yivuza na n’ubu akaba akimugendaho kuko arya atakoze.

    Ati “ Ubu ukeneye abantu b’imbaraga njye sinazamo, nanone mu mitekerereze natakaje ikintu kinini kuko kubona umuntu umwe babiri batatu bagupfiriye iruhande ubwonko bwawe ntabwo bwongera gukora neza nka mbere.”

    Bwimba abona Rusesabagina nta bumuntu afite

    Bwimba avuga ko iyo yumvise Rusesabagina avuga ko ibi bitero atabigizemo uruhare, ngo abona adafite ubumuntu bitewe n’ibyamubayeho we na bagenzi be.

    Ati “ Ahakanye ko nta cyabaye kandi hari abapfuye hakabaho n’inkomere, icyo gihe aba atakaje ubumuntu muri we, njye numva icyo kintu atakagitekereje ahubwo akavuga ko babikoranye ubujiji, naho kuvuga ko nta cyabaye aba yirengagije abababaye nkatwe.”

    Icyifuzo cya Bwimba kuri Rusesabagina n’abo bareganwa

    Bwimba avuga ko icyo yifuza kuri Rusesabagina yagisaba ubutabera ngo nibura rumuhannye we na bagenzi be byamunyura kandi bikabera isomo n’abandi batekereza nkawe.

    Ati “ Reka njye mvuge igikwiriye kuko mvuze icyo nifuza nakwifuza nk’umuntu kuko iyo ubabaye wanakwifuza nabi, icyo mbona gikwiriye urabona nk’iyo uri umubyeyi umwana bakamukubita agakubitirwa hanze, iyo aje ukamuhorera cyangwa ugahana uwumukoreye ikosa wa mwana aba aruhutse natwe rero icyo twifuza ni uko tubona ubutabera kuko barabizi ko twagize ingaruka z’ibitero byabo kandi bizanagira ingaruka no ku badukomokaho.”

    Yavuze ko icyo yifuza ari uko ababigizemo uruhare bose baryozwa amakosa yabo kugira ngo n’abandi bafite icyo gitekerezo bibavemo bumve ko hari itegeko rizabagonga.

    Yavuze ko yumvise ko Rusesabagina bamurekuye yatekereza nabi cyane bitewe n’ubumuga umutwe yari ayoboye wamuteye.

    FLN yarashe ku modoka z’abaturage muri Nyungwe ikanagaba ibitero mu Karere ka Nyaruguru, ni umutwe w’ingabo zishamikiye ku mpuzamashyirahamwe ya MRCD yayoborwaga na Rusesabagina Paul watawe muri yombi umwaka ushize.

    Uyu mutwe wagiye ugaba ibitero bitandukanye ku baturage bisiga icyenda babiguyemo naho abandi babikurijemo kubura ubuzima abandi bahura n’ubumuga, hari n’abandi benshi bahatakarije imitungo irimo inzu, ibinyabiziga byatwitswe n’ibindi.

    Rusesabagina n’abandi 20 bareganwa ubu bari kuburanishirizwa mu Rukiko Rukuru, Urugereko Rwihariye Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambuka Imbibi. Urubanza rwabo ruzasomwa ku wa 20 Nzeli 2021.

    Bwimba Vianney ni umusore ufite imyaka 29 uvuka mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Nyamirama wamugajwe n’ibitero bya FLN

    source : https://ift.tt/3A3V6I4

  • Nyamirambo: Umukozi yasinze yibagirwa sebuja – #rwanda #RwOT

    Ahagana kumi n’ebyiri z’umugoroba wo ku wa Gatanu taliki ya 9 Nzeli 2021 nibwo uyu mukozi yagaragaye yasinze ari kubwira sebuja ko atamuzi.

    Abatangabuhamya babwiye IGIHE ko uyu mukozi yahengereye umusore akorera ahuze, ajya kunywa inzoga agaruka yasinze ku buryo atabashaga kumenya umukoresha we.

    Nyuma y’aho umukoresha we amaze umwanya munini atabona umukozi we, yahise atangira kumushakisha aza kumusanga ari kunywa inzoga hafi aho, ashatse kumucyura undi aramwandagaza.

    Karenzi Benjamin wari uhari ibyo biba yagize ati “ Sebuja yagiye amukura mu kabari ariko yari yasinze atari no kumumenya.”

    Umugore witwa Mukakayibanda Adeline utuye ku muhanda mu kwa mutwe, we ati “ Umukozi ntiyamenyaga umuntu uwo ariwe wese yaba sebuja cyangwa abaturanyi be kubera uburyo yari yasinze yabaye ibyatsi ahubwo umuntu akibaza akabari yari arimo kunyweramo azi ko sebuja yamubwira ikintu akamwiyama ku buryo ariho byaviriyemo no kurwana.”

    Mu Gitega bikunze kuvugwa ko hari utubari dukora twarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 ari nabyo bivamo ubusinzi buteza ibibazo bitandukanye.

    Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Gitega, Uzamukunda Anathalie, yavuze ko hari gukorwa ubukangurambaga no gukurikirana ko utubari twose dufunze.

    Uyu musore yari yibagiwe abantu bose bo muri ako gace

    Yari yateje umutekano muke mu muhanda ku buryo nta modoka zagendaga

    source : https://ift.tt/3A5sRZG

  • Umugabo yavunye umugore we imbavu ubwo yashakaga kumukorera igikorwa cy'ubunyamaswa #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye ku wa kabiri, tariki ya 7 Nzeri i Mombasa, muri Kenya.Nk'uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza, ngo uyu mugabo n'umugore bari bamaranye imyaka 26.

    Uyu mugore yagaragaje ko yavunitse imbavu ubwo yageragezaga kubuza umugabo we kumutera ipensi, nyuma yo gutangira gutongana akigera mu rugo ahagana mu ma saa kumi nimwe z'umugoroba akamusanga hanze y'urugo hamwe n'abandi baturanyi.

    Ahagana saa mbili z'ijoro,ngo uyu mugabo yamukururiye mu nzu aramukubita hafi no kumwica arangije amwambura ubusa arangije amushinga ipensi mu myanya y'ibanga.

    Yagize ati “ Yarantoteje cyane mbere y'uko nimukira i Mombasa nyuma yo kuvumbura ko afite undi mugore babanaga.

    'Yankuyemo ipantaro maze yinjiza ipensi mu bice byanjye by'ibanga. Ububabare bwari bwinshi. Kuva icyo gihe ntabwo nashoboye kongera ugenda neza kandi sinigeze nshaka imiti ikwiye kubera ikibazo cy'amafaranga. Nkunda kuva amaraso buri munsi.

    'Ntiyigeze ansaba gukebwa neza. Igihe cyose agira urugomo, buri gihe aba ashaka kunshimisha akoresheje intwaro. “

    Uyu mugore yakomeje avuga ko uyu mugabo we yageze ubwo amuvuna imbavu ubwo barwanaga bapfa iri hohoterwa yamukoreraga.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugabo-yavunye-umugore-we-imbavu-ubwo-yashakaga-kumukorera-igikorwa-cy

  • Benjamin Mendy ukurikiranyweho gusambanya ku ngufu abagore 4 azizihiriza iminsi mikuru muri gereza #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa Manchester City, Benjamin Mendy, azarira iminsi mikuru ya Noheri muri gereza mu gihe agitegereje urubanza rwe ashinjwamo ibirego bine byo gufata ku ngufu abagore

    Ku munsi w'ejo myugariro wa Manchester City yageze mu rukiko ntiyaburana kubera ko yabwiwe ko azaburanishwa muri Mutarama 2022.

    Mendy, ufite imyaka 27, akurikiranyweho ibyaha bine byo gufata ku ngufu ndetse n'ikindi cyo guhohotera bishingiye ku gitsina.

    Uyu mukinnyi mpuzamahanga w'umufaransa waguzwe Miliyoni 52 zama pound,yitabye urukiko rwa Chester kugirango aburanishwe imbere y'umwanditsi wa Chester, Steven Everett.

    Mendy yagaragaye yicaye mu kirahuri amaboko arimo amapingu ubwo yakurikiranaga iburanisha abifashijwemo n'umusemuzi.

    Yavuze inshuro imwe gusa yemerera izina rye umwanditsi w'urukiko mu rubanza rwamaze iminota 45.

    Mendy yari yakuwe muri gereza mu modoka y'umutekano maze ahisha umutwe we hagati y'amaguru kugira ngo agerageze kubuza abafotora kubona isura ye.

    Ibyaha bitanu aregwa bireba abantu batatu bafite hejuru y'imyaka 16 kandi bivugwa ko byabaye hagati yUkwakira umwaka ushize na Kanama uyu mwaka iwe i Prestbury, muri Cheshire.

    Akurikiranyweho ibyaha bitatu byo gusambanya ku gahato aho umugore umwe bikekwa ko yahohotewe mu Kwakira, icyaha kimwe cyo gukorakora biganisha mu gukora imibonano mpuzabitsina ku mugore wa kabiri bikekwa ko icyaha cyabaye muri Mutarama n'icyaha kimwe cyo gufata ku ngufu ku wa gatatu bikekwa ko icyaha cyabayemuri Kanama.

    Mendy yagaragaye ari kumwe na Louis Saha Matturie w'imyaka 40, ukurikiranyweho ibyaha bine byo gusambanya ku gahato abarenga batatu barengeje imyaka 16 hagati ya Mata na Kanama.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/benjamin-mendy-ukurikiranyweho-gusambanya-ku-ngufu-abagore-4-azizihiriza-iminsi

  • Agahinda k'umusore wasabwe kwica nyina kugirango arongore. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyarwanda yaravuze ati'akabura ntikaboneke ni nyina w'umuntu'.Ibi nibyo byerekana agaciro gakomeye umubyeyi wumuntu aba afite.Ibi nibyo byabaye ku musore w'umunyarwanda witwa Jean De Dieu wasabwe kwica umubyeyi we kugirango ashake umugore ,arabyanga.

    Uyu musore ufite imyaka 40 mu kiganiro yagiranye na Afrimax English yavuze agahinda afite ko kuba abana nuyu mubyeyi we wafashwe n'uburwayi budakira ,hanyuma akaba yarafashe icyemezo cyo kutazashaka umugore kugeza igihe mama we azitabira Imana.

    De Dieu yavuze ko yavutse mu muryango w'abana 12 bose ariko akaba ari we wasigaranye na mama we witwa Martha ,aho yiyemeje kugumana na we ubuziraherezo. Iki ni igikorwa kitapfa gushoborwa na buri wese ari nabyo bituma bamwe bamwita intwari abandi bakamusaba kwica uyu mubyeyi we kugirango ajye gushinga urwe bavuga ko atazapfa vuba kandi adateze no gukira ubu burwayi.

    Jean de Dieu akarabya umubyeyi we

    Jean de Dieu yavuze ko papa wabo yaguye mu mpanuka y'imodoka,abasiga mu bukene, ibintu byatumye abavandimwe be bigendera bamusigana na mama we bonyine.Avuga ko Mama we yaje gufatwa n'uburwayi bukomeye,uruhu rugenda rukanyarara,ndetse ajyanwa mu bitaro bitandukanye ariko biba iby'ubusa, ndetse ubushobozi bubabana buke.Bafashe icyemezo cyo kumugarura mu rugo aba ariho arwarira,na we afata umwanzuro wo kutazamusiga wenyine kugeza igihe Imana izamuhamagarira.Jean de Dieu akomeza avuga ko kuri ubu batunzwe no kubona ubufasha bw'abagiraneza,nubwo uyu musore agerageza kuvomera abaturanyi amazi bakamuhaye amafaranga yo kugura ibibatunga.Afasha Mama we muri byose;kumwuhagira,kumutekera no kumugaburira nk'umwana muto.

    Agaburira Mama we nkugaburira umwana muto

     

    Avuga ko yiyemeje kutazasiga umubyeyi we kugirango ashake umugore,mu gihe azaba akiriho bazagumana.

    Avomera abaturanyi amazi bakamuha amafaranga.

    Source : https://yegob.rw/agahinda-kumusore-wasabwe-kwica-nyina-kugirango-arongore/

  • Kigali : Abaganga 2 b’Ibitaro Baho bafunzwe bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umugore wahapfiriye #rwanda #RwOT

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwemeje ifungwa ry’aba bakozi ba Baho International Hospital (BIH).

    Dr Murangira Thierry, Umuvugizi wa RIB, yatangaje ko abatawe muri yombi ari umukozi wa biriya bitaro ushinzwe ubuzima bw’imyororokere ndetse n’ushinzwe ibyerekeye ikinya.

    Yagize ati 'Ni mu rwego rw’iperereza riri gukorwa ku rupfu rw’umugore w’imyaka 54 witabye Imana ku wa 09 Nzeri 2021.'

    Ubuyobozi bw’Ibitaro bwihanganishije umuryango n’inshuti za nyakwigendera, buvuga ko ibindi bizatangazwa nyuma y’iperereza riri gukorwa.

    Ibi bitaro mpuzamahanga BIH (Baho Internation Hospital) byakunze kunengwa gutanga serivisi mbi ndetse biza no kugarukwaho n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, Clare Akamanzi.

    Mu kwezi kwa 07/2021 ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, hari benshi banenze biriya bitaro kubera serivisi mbi rutanga ari na ho Clare Akamanzi yaboneyeho kunenga uburyo ubuyobozi bwa biriya bitaro bwihagaragaho mu gusubiza ko ntakibazo kirangwa muri biriya bitaro.

    Icyo gihe Clare Akamanzi yagize ati 'Mbabajwe bikomeye n’uburyo ibitaro Baho byikingira ikibaba muri iyi nkuru. Ni gute mwazikosora mu gihe mutemera guca bugufi ngo mwumve ibitekerezo ku bibazo biri gukorwaho iperere. Uku ni ukwihagararaho mu mafuti knadi ntabwo ari imitangire ya serivisi zinoze.'

    Icyo gihe yakomeje avuga ko abatanga serivisi badakwiye kumva ko ari bo biha amanota, ko bakwiye gutega amatwi ibivugwa n’ababagana kabone n’iyo yaba ari umurwayi umwe utanyuzwe.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/Kigali-Abaganga-2-b-Ibitaro-Baho-bafunzwe-bakekwaho-uruhare-mu-rupfu-rw-umugore-wahapfiriye

  • Ubuhamya muri Nyabihu amaze imyaka itanu afatwa ku ngufu – #rwanda #RwOT

    Iki kibazo cyo kudahabwa ubutabera uyu mukobwa w’imyaka 17 agihuriyeho na benshi mu bangavu 100 bo mu Karere ka Nyabihu bakorana n’umushinga ’Baho neza’ ushyirwa mu bikorwa n’Ikigo giteza imbere Ubuzima n’Uburenganzira bwa muntu, Health Development Initiative (HDI) ku bufatanye na Imbuto Foundation na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE).

    Uwo mukobwa yavuze ko guhohoterwa byatangiye afite imyaka 12 ubwo kubera ubukene yataye ishuri akajya gukora akazi ko mu rugo shebuja akajya amufata ku ngufu.

    Ati “Nigaga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza, ubuzima bwari bubi, mama yari yaransize kwa nyogokuru ajya gushaka umugabo ni uko nkajya mbura imyambaro n’amakayi bituma mpagarika amashuri njya gushaka akazi ko mu rugo i Muhanga. Databuja akajya amfata ku ngufu’’.

    Akazi kaje guhagarara ahura n’umusore wamwijeje kumushakira akazi birangira amufashe ku ngufu amutera inda.

    Ati “Ku myaka 13 naje kujya gushaka akandi kazi bandangira umusore wemeye kunshakira akazi ku Kabaya. Ngiye kumureba ansiga iwe ajya mu kabari agaruka yasinze arara ansambanya ku ngufu bukeye ampa 500 Frw ngo ngure ibinini bituma ntasama sinabigura kuko ntabyo nari nzi, hashize iminsi nibwo natangiye kugenda numva ubuzima buhinduka nkirirwa nduka’.”

    Umusore wamuteye inda yaje gufungwa hafatwa n’ibizamini byemeza amasano muzi, ADN, ariko amezi atandatu arihiritse ataramenya icyavuyemo.

    Ati “Nakomeje kujya mpamagara uwanteye inda akanga kunyitaba twanahura akanyereka ko atanzi, twaje gutanga ikirego batwohereza kuri Isange barampima basanga koko narasamye baramufunga bambwira ko nigendera bakazampa igisubizo.”

    “Mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka naje guhamagarwa n’Urukiko rwa Rubavu batujyana kudupima i Kigali n’umwana ariko kugeza ubu nta gisubizo, abantu bambwira ko yafunguwe’’.

    Nyuma yo kugorwa n’ubuzima, hari umusore bahuye amusaba ko baba babana akamufasha kurera uwo mwana. Ubu bombi babana nk’umugore n’umugabo.

    Ati “Yanabibwiye mudugudu ko yangize umugore we, anatwishyurira mituweli gusa rimwe na rimwe nshaka kuvayo kuko ajya ankubita. Iyo tutaba abakene iwacu nkabona ibijyanye n’ishuri mba narize nkarangiza n’ubu mbonye ubushobozi nakomeza ishuri.”

    Impuguke mu by’Ubuzima mu Kigo giteza imbere Ubuzima n’Uburenganzira bwa Muntu, HDI, Mporanyi Theobald, ushyira mu bikorwa umushinga wa Baho Neza agendeye ku bibazo abangavu bahura nabyo iyo batewe inda, yavuze ko habayeho gufashwa gukurirwamo inda nk’uko itegeko ribiteganya ubuzima bwari kuba bwiza.

    Ati “Hari abirukanwe n’imiryango yabo baba mu gasozi bazira ko babyaye imburagihe, ntibishoboye, ntibashoboye nabo babyaye. Babaye ababyeyi imburagihe babuze epfo na ruguru nabo babyaye ntaho babarizwa bakagombye kuba bararengewe n’itegeko ryo gukuramo inda. Reba nk’umuntu wabyaye afite imyaka 12, aba afite ayahe maherezo?’’

    Yashoje asaba abanyamadini gufasha abana kumva amategeko abarengera yo gukuramo inda kuko umwana wabyaye ahura n’ibibazo bikomeye kandi atabasha kwikemurira.

    Uyu mukobwa yasobanuye ko amaze imyaka itanu afatwa ku ngufu

    source : https://ift.tt/3llgCCe