Tag: Umutekano

  • Karemangingo yiciwe muri Mozambique arashwe – #rwanda #RwOT

    Amakuru y’urupfu rwa Karemangingo avuga ko yarashwe n’abantu bari mu modoka ya Toyota Fortuner.

    Ubwo bamurasaga, we yari mu modoka ya Toyota Vitz agana iwe ahitwa Liberdade, hanyuma aza kubona imodoka ebyiri zimwitambitse imwe ijya imbere indi inyuma ye ku buryo ntaho yari guhungira.

    Karemangingo yari ashinzwe umutungo mu ishyirahamwe ry’impunzi z’abanyarwanda muri Mozambique. Abo bantu bataramenyekana bamurashe amasasu atandatu ahita yitaba Imana.

    Yishwe nyuma ya Louis Baziga wari ukuriye Diaspora Nyarwanda nawe warashwe mu 2019.

    Karemangingo wahoze mu Ngabo z’u Rwanda, FAR, yari umwe mu bacuruzi bakomeye muri Mozambique. Mu 2019 yashyizwe ku rutonde rw’abantu batandatu bakekwaho kwica Louis Baziga wari ukuriye Diaspora Nyarwanda.

    Usibye kuba ari umucuruzi, bivugwa ko ari n’Umupasiteri. Mbere y’uko Baziga yicwa, byavugwaga ko hari ibibazo byinshi bagiranye bishingiye ku rusengero.

    Mu 2016 nabwo yari mu bagabo batatu b’abacuruzi bakorera i Maputo, bagejejwe mu rukiko bashinjwa gucura umugambi wo kwica Louis Baziga.

    Kuwa 22 Nyakanga uwo mwaka, nibwo Umushinjacyaha Octávio Zilo yatanze ikirego gishyira muri uwo mugambi w’ubwicanyi, Diomede Tuganeyezu, usanzwe ari umupasiteri akaba n’umucuruzi wahoze mu gisirikare, Benjamin Ndagijimana w’umucuruzi na Revocat Karemangingo, umucuruzi nawe wahoze mu gisirikare.

    Yavugaga ko ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, abaregwa ngo bagiye babyitirira inzego z’ubutasi za Guverinoma y’u Rwanda bavuga ko ishaka guca intege abashyigikiye ubutegetsi bwo hambere batavuga rumwe n’uburi mu gihugu uyu munsi.

    Muri Mozambique habarirwa Abanyarwanda bagera ku bihumbi bitatu batuye mu bice bitandukanye by’iki gihugu. Mu Murwa Mukuru, Maputo, honyine habarizwa Abanyarwanda barenga 1500.

    Byakunze kuvugwa ko bamwe muri bo baba baba mu mitwe itavuga rumwe n’ubutegetsi nka RNC hanyuma bakajya bagira uruhare mu guhiga bagenzi babo babashinja kuba ba maneko b’u Rwanda.

    Polisi yo muri Mozambique ntacyo iratangaza ku rupfu rwa Karemangingo. Gusa bivugwa ko uyu mugabo yari yaramenyesheje inzego z’umutekano zo muri iki gihugu ko hari abantu bashaka kumwica.


    source : https://ift.tt/3AmAJpy

  • Mozambique: Umunyarwanda Révocat Karemangingo yishwe arashwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Révocat Karemangingo
    Révocat Karemangingo

    Karemangingo yari asanzwe akora ibikorwa by’ubucuruzi muri icyo gihugu, akaba yishwe n’abantu batahise bamenyekana.

    Abo bantu ngo bari mu modoka ebyiri baramwitambika imbere n’inyuma mu gihe na we yari mu modoka ye yenda kugera aho yari atuye mu mujyi wa Maputo aho bita Liberdade.

    Ukuriye ishyirahamwe ry’impunzi muri kiriya gihugu Cleophas Habiyaremye yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko yishwe n’abantu bari bamwiteguye kandi babipanze.

    Yagize ati “Yari ari hafi kugera iwe, abari mu modoka ya Toyota Fortuner ni bo bamurashe, bamurashe amasasu atandatu.”

    Bivugwa ko no mu mwaka wa 2016 uyu mugabo bashatse kumwica ariko akarusimbuka nyuma y’uko imodoka yari asanzwe atwara atari yo yatashyemo bamubura gutyo.

    Polisi ya Mozambique nta cyo yahise itangaza kuri ubu bwicanyi.


    source : https://ift.tt/3llONJZ

  • Ngoma : Inzego ziri gushakira hasi hejuru abakase ikiganza umunyerondo kigacika burundu #rwanda #RwOT

    Aba basore bavugwaho kuba basanzwe ari abanyarugomo dore bigize indakoreka muri kariya gace nk’uko bivugwa n’abahatuye, bakase ikiganza umunyerondo mu ijoro ryo mu mpera z’icyumweru gishize tariki 12 Nzeri 2021.

    Bariya basore bakoze buriya bugizi bwa nabi ubwo bafatirwaga mu cyuho bari kwiba inanasi mu murima wazo uherereye muri kariya Kagari ka Agatare.

    Bariya basore kandi bahise batoroka muri iryo joro barabura ubu hakaba hari gukorwa igikorwa cyo kubashakisha ku bufatanye bw’inzego z’umutekano, iz’ubuyobozi bw’ibanze ndetse n’abaturage.

    Niyigena Alex uyobora uriya Murenge wa Mugesera, yagize ati 'Ubu turimo kubashakisha dufatanyije n’izindi nzego z’umutekano, twamenye ko hari Imirenge duturanye bahungiyemo ubu turi kubashakisha kandi nitubafata tuzatanga ubutabera neza baryozwe ibyo bakoze.'

    Uriya munyerondo watemwe ikiganza kikavaho burundu we ubu arwariye mu bitaro bya Kibungo mu gihe inzego z’ubuyobozi zitangaza ko zizakomeza kumukurikirana ndetse no kwita ku muryango we.

    Niyigena Alex uyobora uriya Murenge wa Mugesera avuga kandi ko ubuyobozi bwaganirije abaturage bubahumuriza kuko ibikorwa nka biriya bitamenyerewe muri uriya Murenge.

    Yagize ati 'Ababikoze tuzakomeza kubashakisha mpaka bafashwe kandi n’uriya munyerondo tuzakomeza kumufasha mpaka ubuzima bwe bumere neza.'

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/Ngoma-Inzego-ziri-gushakira-hasi-hejuru-abakase-ikiganza-umunyerondo-kigacika-burundu

  • Mozambique: Umucuruzi w'Umunyarwanda yishwe arashwe i Maputo #rwanda #RwOT

    Umugabo wari mu bakuriye impunzi z'Abanyarwanda muri Mozambique yishwe arashwe ku mugoroba wo ku wa mbere ageze hafi y'iwe mu murwa mukuru Maputo, nk'uko ukuriye ishyirahamwe ry'izo mpunzi abivuga.

    Uyu wishwe ni Révocat Karemangingo ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Nzeri 2021 aho yarashwe n'abantu bari mu modoka ya Toyota Fortuner.

    Nk' uko Cléophas Habiyaremye ukuriye ishyirahamwe ry'impunzi z'Abanyarwanda muri kiriya Gihugu cya Mozambique, abivuga ubwo Karemangingo yari mu modoka nto yo mu bwoko bwa Toyota Vitz agana iwe ahitwa Liberdade, imodoka ebyiri zamwitambitse imwe imbere indi inyuma.

    Yagize ati 'Yari ari hafi kugera iwe, abari mu modoka ya Toyota Fortuner ni bo bamurashe bari hejuru we ari hasi mu modoka ntoya, bamurashe amasasu atandatu.'

    Habiyaremye avuga ko polisi yageze ahabereye ubu bwicanyi igakora akazi kayo ariko kugeza ubu nta muntu urafatwa akekwaho uruhare muri ubwo bwicanyi.

    Révocat Karemangingo yari yishinganishije ku nzego z'umutekano za Mozambique ko hari abantu bashaka kumwica bafite aho bahuriye n'u Rwanda, nk'uko Habiyaremye abivuga.

    Ati'No mu 2016 baramuhushije bashakaga kumwicira iwe mu rugo, agira amahirwe kuko imodoka yari yiriwemo si yo yatashye arimo, baramuhusha.'

    Ku mpamvu zaba zateye kwicwa kwe, Habiyaremye avuga ko Karemangingo nta kindi yakoraga uretse ubucuruzi, ko atakoraga politiki kuko ari impunzi.

    Karemangingo ari mu baketsweho uruhare mu rupfu rwa Louis Baziga wahoze ahagarariye diaspora y'u Rwanda muri Mozambique warashwe agapfa i Maputo mu 2019.

    Habiyaremye avuga ko Karemangingo wahoze ari umusirikare mu ngabo z'u Rwanda zitwaga FAR ku ipeti rya Lieutenant yagizwe umwere kuri icyo kirego.

    Source : https://impanuro.rw/2021/09/14/mozambique-umucuruzi-wumunyarwanda-yishwe-arashwe-i-maputo/

  • Kigali : Abasore n’inkumi 16 bafatiwe mu birori kubera gutamazwa n’umuziki bari bamariyemo Volume #rwanda #RwOT

    Bariya basore n’inkumi bafatiwe mu rugo rw ‘uwitwa Muganza Jean Baptiste ruherereye mu Mudugudu wa Amajyambere, Akagari ka Kimihurura mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 12 Nzeri.

    Rutayisire Smith w’imyaka 22 ni umwe mu bafatiwe muri ibyo birori binyuranije n’amabwiriza yo kurwanya COVID-19. Yemeye amakosa bakoze akangurira urundi rubyiruko kutazagwa mu makosa nk’ayo yaguyemo we na bagenzi be.

    Yagize ati “Twafashwe ahagana saa mbiri z’ijoro turi mu birori by’isabukuru y’amavuko y’inshuti yacu. Kubera urusaku rwa Radiyo twacurangaga abantu barabyumvise batanga amakuru Polisi iradufata.”

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda,Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yaburiye bamwe mu bakirimo kurangwa n’imyitwarire yo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19. Yavuze ko abo bantu batazihanganirwa bazajya berekwa abaturage kandi banabihanirwe.

    Ati “Kabone niyo waba warakingiwe cyangwa utarakingirwa, wipimishije cyangwa utipimishije COVID-19 buri muntu wese agomba gushyira intera hagati y’undi, gukaraba mu ntoki kenshi gashoboka, kwambara agapfukamunwa ndetse mukirinda gusuhuzanya bahana ibiganza cyangwa bahoberana. “

    CP Kabera yakomeje akangurira ba nyiri resitora na hoteli kujya bubahiriza amabwiriza bahawe yo kurwanya icyorezo cya COVID-19 abibutsa ko aho bizagaragara ko barenze kuri ayo mabwiriza bazabihanirwa.

    Abafashwe kuri icyumweru uko ari 16 bajyanywe muri sitade amahoro baraganirizwa bibutswa ingamba zo kwirinda COVID-19 nyuma inzego zibishinzwe zibaca amande.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Kigali-Abasore-n-inkumi-16-bafatiwe-mu-birori-kubera-gutamazwa-n-umuziki-bari-bamariyemo-Volume

  • Mozambique : Uwari mu buyobozi bw’impunzi z’Abanyarwanda yishwe arashwe #rwanda #RwOT

    Karemangingo yishwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Nzeri 2021 aho yarashwe n’abantu bari mu modoka ya Toyota Fortuner.

    Cléophas Habiyaremye ukuriye ishyirahamwe ry’impunzi z’Abanyarwanda muri kiriya Gihugu cya Mozambique, yatangaje ko ubwo Karemangingo yari mu modoka nto yo mu bwoko bwa Toyota Vitz agana iwe ahitwa Liberdade, imodoka ebyiri zamwitambitse imwe imbere indi inyuma.

    Yagize ati “Yari ari hafi kugera iwe, abari mu modoka ya Toyota Fortuner ni bo bamurashe bari hejuru we ari hasi mu modoka ntoya, bamurashe amasasu atandatu.”

    Habiyaremye avuga ko polisi yageze ahabereye ubu bwicanyi igakora akazi kayo ariko kugeza ubu nta muntu urafatwa akekwaho uruhare muri ubwo bwicanyi.

    Révocat Karemangingo yari yishinganishije ku nzego z’umutekano za Mozambique ko hari abantu bashaka kumwica bafite aho bahuriye n’u Rwanda, nk’uko Habiyaremye abivuga.

    Ati”No mu 2016 baramuhushije bashakaga kumwicira iwe mu rugo, agira amahirwe kuko imodoka yari yiriwemo si yo yatashye arimo, baramuhusha.”

    Ku mpamvu zaba zateye kwicwa kwe, Habiyaremye avuga ko Karemangingo nta kindi yakoraga uretse ubucuruzi, ko atakoraga politiki kuko ari impunzi.

    Karemangingo ari mu baketsweho uruhare mu rupfu rwa Louis Baziga wahoze ahagarariye diaspora y’u Rwanda muri Mozambique warashwe agapfa i Maputo mu 2019.

    Habiyaremye avuga ko Karemangingo wahoze ari umusirikare mu ngabo z’u Rwanda zitwaga FAR ku ipeti rya Lieutenant yagizwe umwere kuri icyo kirego.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Mozambique-Uwari-mu-buyobozi-bw-impunzi-z-Abanyarwanda-yishwe-arashwe

  • Muhanga : Ikirombe kishe abantu bane barimo abasore babiri b’imyaka 19 #rwanda #RwOT

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanga, Rwakana John yemeje aya makuru avuga ko bariya bantu binjiye mu kinomba saa kumi n’imwe za mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Nzeri 2021.

    Inzego zinyuranye zahise zihutira gutabara, zihita zikura imirambo ya ba nyakwigendera aho yahis ijyanwa ku bitaro gukorerwa isuzuma.

    Abapfuye ni Turatimana Vianney w’imyaka 19, Rwendeye Medard w’imyaka 19, Dusabamahoro Ignace w’imyaka 21 na Nsabimana Eugene w’imyaka 24.

    Bose ni abo mu Mudugudu wa Rubimba, Akagari Sholi mu Murenge wa Cyeza, mu Karere ka Muhanga.

    Uwabashije kurokoka ni Habinshuti Eric w’imyaka 16 y’amavuko uwo mu Mudugudu wa Rubimba, Akagari ka Sholi mu Murenge wa Cyeza, yakuwe mu bitaka ari muzima.

    Iki kirombe gisanzwe gicukurwamo amabuye y’agaciro, ni icya Kompanyi yitwa AFRICOM isanzwe ikorera mu Karere ka Muhanga.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Muhanga-Ikirombe-kishe-abantu-bane-barimo-abasore-babiri-b-imyaka-19

  • Polisi yerekanye 49 bafashwe batwaye ibinyabiziga basinze; umwe yanakoze impanuka – #rwanda #RwOT

    Saa Tanu z’amanywa yo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 13 Nzeri 2021, ni bwo Polisi yeretse itangazamakuru aba bantu 49, bari batwaye imodoka banyweye ibisindisha.

    Bamwe mu bafatiwe mu cyuho bemeye ko bari banyweye ibisindisha ariko babisabira imbabazi.

    Umwe muri bo ukora akazi ko gutwara abantu kuri moto, yemereye itangazamakuru ko gutwara ikinyabiziga yanyweye ibisindisha aribyo byatumye akora impanuka.

    Yagize ati “Bamfashe ntwaye moto nanyweye ku gacupa mfite igipimo cya 3,3; naguye hasi kubera gusinda ari nayo mpamvu ndi hano. Ndaboneraho gusaba bagenzi banjye gutwara banyweye ibisindisha.”

    Undi musaza we yemeza ko yafashwe atwaye imodoka yanyweye inzoga ariko agahakana ko yari yasinze.

    Ati “Bamfashe ndi kumwe n’umukoresha wanjye nanyweye icupa rya Primus ariko numvaga ntasinze ku buryo ariyo mpamvu numvaga nta kibazo.”

    Yaboneyego gusaba imbabazi anashishikariza abandi bantu kwirinda gutwara ibinyabiziga banyweye ibisembuye.

    Umuvugizi wungirije wa Polisi y’u Rwanda, CSP Sendahangarwa Apollo, yavuze ko aba bantu uko ari 49 bafashwe mu minsi ine ishize asaba abatwara ibinyabiziga kwirinda gutwara banyweye ibisindisha kuko biteza impanuka.

    Ati “Aba bafashwe banyweye ibisindisha birenze urugero bamwe bigaragara ko basinze rero dukomeje gushishikariza abantu kwirinda gutwara banyweye inzoga kuko bibujijwe cyane ko abantu badakwiye kubura ubuzima bwabo kubera kwitwara nabi.”

    Buri mushoferi wese ufashwe atwaye ikinyabiziga yanyweye ibisindisha acibwa amande y’ibihumbi 150 by’amafaranga y’u Rwanda.

    Polisi y’u Rwanda yerekanye 49 bafashwe batwaye ibinyabiziga basinze

    source : https://ift.tt/3tAJeek

  • Muhanga: Bane bapfiriye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro – #rwanda #RwOT

    Icyo kirombe cya Sosiyete yitwa AFRICOM cyagwiriye abagicukuraga kuri uyu wa Mbere, tariki ya 13 Nzeri 2021, mu Mudugudu wa Rubimba mu Kagari ka Sholi.

    Abapfuye ni Turatimana Vianney w’imyaka 19, Rwendeye Medard w’imyaka 19, Dusabamahoro Ignace w’imyaka 21 na Nsabimana Eugène w’imyaka 24. Uwakuwemo ari muzima ni Habinshuti Eric w’imyaka 16 y’amavuko.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanga, Rwakana John, yavuze ko bagwiriwe n’icyo kirombe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere bahita batangira ubutabzi bwo kubakuramo. Uwa nyuma yakuwemo ahagana saa Sita z’amanywa.

    Imirambo y’abapfuye yajyanywe ku bitaro bya Kabgayi gukorerwa isuzuma. Uwakomeretse na we niho ari kuvurirwa.

    pr[email protected]


    source : https://ift.tt/3huuQzu

  • Vinicius Jr yatabawe n'abashizwe umutekano kubera ibyo yakorewe n'abafana #rwanda #RwOT

    Ubwo Vinicius Jr yatsindiraga Real Madrid igitego cya 3 yari ikeneye cyane mu mukino yanyagiyemo Celta Vigo ibitego 5-2,yagiye kwishimana n'abafana baramufata banga kumurekura byatumye abashinzwe umutekano batabara.

    Uyu munya Brazil yakoze ikosa ajya mu bafana bari bishimye cyane niko kumufata barakomeza abura uko abiyambura byatumye abashinzwe umutekano bahagoboka cyane ko yari yananiwe gusubira mu kibuga.

    Iki gitego Vinicius yatsinze ku munota wa 54 cyagaruye mu mukino Real Madrid kuko yatsinzwe ibitego 2-1 mu gice cya mbere hanyuma igice cya kabiri Benzema atsinda icya kabiri kugeza ubwo uyu musore ukiri muto yahinduraga umukino ashyiramo igitego cya 3 ibyishimo biramurenga ajya mu bafana.

    Amafoto yafashwe yagaragaje aba bafana bafashe uyu mukinnyi bari kumwifotorezaho abandi bashaka kugumana nawe bituma abura uko asubira mu kibuga kugeza abashinzwe umutekano bahageze baratabara.

    Real Madrid yagarutse ku kibuga cyayo cyiza cyane, Santiago Bernabeu,yari imaze igihe kinini ivugurura dore ko n'umwaka w'imikino ushize itigeze ihakinira.Hari hashize iminsi 560 Real Madrid idakinira kuri stade yayo.

    Umusifuzi Sanchez Martinez yategereje ko Vinicius agaruka mu kibuga amuha ikarita y'umuhondo kubera ko yishimiye igitego akajya muri stade.

    Real Madrid yatsindiwe na Karim Benzema watsinze ibitego 3 mu gihe Vinicius Jr na Edouardo Camavinga batsinze ibindi.

    Real Madrid ubu iyoboye shampiyona n'amanota 10 muri 12 imaze gukinira muri uyu mwaka w'imikino wa La liga.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/vinicius-jr-yatabawe-n-abashizwe-umutekano-kubera-ibyo-yakorewe-n-abafana