Tag: Umutekano

  • Rusororo: Barakurikirana ikibazo cy’abakobwa bahohoterewe mu birombe by’amatafari na Gasegereti #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abayobozi b
    Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Murenge wa Rusororo basabwa gufatanyiriza hamwe kurwanya abahohotera abana

    Ubuyobozi butangaza ko intandaro y’iryo hohoterwa ari ubucuruzi bw’ibyo kurya birimo amandazi, ibigori n’ibisheke abo bakobwa bajya gukorera muri ibyo birombe, bagahurirayo n’abagabo babikoramo bakabashukisha amafaranga bakabahohotera.

    Uduce tugaragaramo iryo hohoterwa ni utwa Mbandazi, Ruhanga, Kinyaga na Nyagacyamo muri Rusororo ahagaragara ibirombe by’amabuye y’agaciro n’amatafari.

    Umukozi w’Umurenge wa Rusororo ushinzwe uburezi Ndamutsa Claude avuga ko ikibazo gikomeye ari uko abo bana badahabwa ubutabera kubera ko ababyeyi babo bumvikana n’ababateye inda bakabaha amafaranga ibirego bakabireka.

    Agira ati “Abana iyo bagiye gucuruza aho mu birombe by’amatafari na Gasegereti ni ho bahurira n’ababikoreramo bitwa imparata bakabahohotera, nyuma bajya gutanga ibirego izo mparata zikumvikana n’ababyeyi b’abana bakabaha amafaranga ntibajye kurega, ubu dufite nibura abana 15”.

    Akomeza avuga ko abana b’abakobwa batari munsi ya batanu bataye ishuri kubera ko bahohotewe bagaterwa inda ubu bakaba barataye amashuri batarangije nibura icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (Tronc Commun).
    Mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo cy’ihohoterwa rikorerwa abana b’abakobwa muri ibyo birombe, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye ubukangurambaga bugamije gusobanurira abaturage uko batanga ibirego igihe babonye uwahohotewe.

    Umuyobozi wa Isange One Stop Center ku bitaro bya Kacyiru, Anicet Rangira, avuga ko mu bukangurambaga buri gukorwa barimo kwibanda ku bayobozi b’inzego z’ibanze kuko hatabaye ubufatanye bwa buri rwego na buri wese nta na rimwe ihohoterwa ryacika.

    Rangira yavuze ko abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye gufasha abaturage kugeza abahohotewe kuri Isange ibimenyetso bitarasibangana, anabasobanurira ko serivisi zitangwa na Isange zitandukanye kandi zose ari ubuntu.

    Agira ati “Ntabwo twarwanya ihohoterwa abayobozi b’inzego z’ibanze n’abaturage batadufashije kandi dufatanyije twarirandura burundu, serivisi zose ni ubuntu nta kiguzi ariko usanga hari abataramenya uko batugana tukabafasha ugasanga bahuriyemo n’ingaruka zo guhohoterwa bagaterwa inda abana bakarera abandi bana kandi bifite ingaruka mbi cyane ku muryango nyarwanda w’ejo hazaza”.

    Umugenzacyaha wa Isange One Stop Center ya Kacyiru, Maombi Bernard, yasobanuriye abayobozi uburyo bwo kujya bohereza abahohotewe kuri isange ibimenyetso bitarata umwimerere mu buryo bwo gufasha Ubugenzacyaha ndetse n’uwahohotewe.


    source : https://ift.tt/3i0ikYE

  • Nyagatare: Polisi yafashe uwiyitaga umukozi w’Akarere akambura abacuruzi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdun Twizeyimana, yavuze ko Maniriho ubusanzwe atuye mu Murenge wa Gatunda wo mu Karere ka Nyagatare ariko yari yahavuye aza mu Murenge wa Mukama.

    Maniriho yagendaga abaza abacuruzi niba ibicuruzwa bafite babifitiye inyemezabwishyu (Factures) babiranguriyeho, uwayiburaga yahitaga amwaka amafaranga ashatse bitewe n’uko bumvikanye, yafashwe amaze kwambura uwitwa Icyimpaye Bonifride, yamutwaye amafaranga 10,000, Mukamuganga Alphonsine yamwambuye 5,000 ndetse na Uwizeyimana Laurence yari amaze kumwambura 5,000.

    CIP Twizeyimana yagize ati” Maniriho yari yarabigize akamenyero kuko hari uwo yayatse mbere ntiyayamuha aragenda, ku wa Gatatu tariki ya 22 yaragarutse wa muturage wa mbere aramubona aramumenya agira amacyenga ahamagara abayobozi. Abayobozi baraje bahita bamufata basanga amaze kwambura abaturage agenda ababeshya ko ari umukozi w’Akarere ushinzwe imisoro”.

    CIP Twizeyimana akomeza avuga ko abaturage bakimara kumufata bahise babimenyesha Polisi, igezeyo isanga Maniriho ntabwo ari umukozi w’Akarere ndetse nta n’ibyangombwa afite bigaragaza ko ari umukozi wako.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yaboneyeho gukangurira abaturage kuba maso bakirinda abambuzi babashuka.

    Ati “Nta kuntu umuntu batazi yaza yiyita umukozi w’Akarere ushinzwe kugenzura imisoro kandi nta n’ibyangombwa by’akazi afite. N’iyo yaba abifite kandi ntabwo umuntu w’umukozi yagenda aciririkanya ku mande aca abantu batujuje ibisabwa mu bucuruzi kuko haba hari ibiteganywa n’amategeko”.

    Yakomeje ashimira abaturage bahise batanga amakuru, abakangurira kujya bihutira gutanga amakuru igihe cyose babonye umuntu uri mu bikorwa binyuranijwe n’amategeko.

    Maniriho yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Mimuri, kugira ngo hatangire iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, Ingingo ya 174 ivuga ko Umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW)

    Ingingo ya 281 ivuga ko Umuntu wese wiyitirira urwego rw’umwuga wemewe n’ubutegetsi, impamyabushobozi, impamyabumenyi zitangwa n’urwego rubifitiye ububasha cyangwa ubushobozi buhabwa umuntu wujuje ibyangombwa bashyizweho n’urwego rubitiye ububasha, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’ukwezi kumwe (1) ariko kitageze ku mezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500.000 FRW) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 279 ivuga ko Umuntu wese utabigenewe, wivanga mu mirimo y’ubutegetsi ya gisivili cyangwa iya gisirikare cyangwa wiha gukora umwe muri iyo mirimo, wiyita umukozi wa Leta atari we cyangwa wambara ku mugaragaro umwambaro w’ubutegetsi, umwambaro uhuriweho n’abahuje umurimo, urwibutso cyangwa ikimenyetso, agambiriye kuyobya rubanda, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atatu (300.000 FRW) ariko atarenze ibihumbi magana atanu (500.000 FRW).

    source : https://ift.tt/3u6Ab4U

  • Nyagatare: Uwiyitaga umukozi w’Akarere akambura amafaranga abacuruzi yafashwe – #rwanda #RwOT

    Yafatiwe mu Murenge wa Mukama, Akagari ka Kagina, Umudugudu wa Nyakagarama.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko uwo musore ubusanzwe atuye mu Murenge wa Gatunda wo mu Karere ka Nyagatare ariko yari yahavuye ajya mu Murenge wa Mukama. Ngo yagendaga abaza abacuruzi niba ibicuruzwa bafite babifitiye inyemezabwishyu (Factures) babiranguriyeho.

    Uwayiburaga yahitaga amwaka amafaranga ashatse bitewe n’uko bumvikanye. Yafashwe amaze kwambura abantu batatu ibihumbi 20 Frw.

    CIP Twizeyimana yagize ati “Yari yarabigize akamenyero kuko hari uwo yayatse mbere ntiyayamuha aragenda, kuwa Gatatu tariki ya 22 yaragarutse wa muturage wa mbere aramubona aramumenya agira amakenga ahamagara abayobozi. Abayobozi baraje bahita bamufata basanga amaze kwambura abaturage agenda ababeshya ko ari umukozi w’Akarere ushinzwe imisoro.”

    CIP Twizeyimana akomeza avuga ko abaturage bakimara kumufata bahise babimenyesha Polisi, igezeyo isanga ukekwa ntabwo ari umukozi w’Akarere ndetse nta n’ibyangombwa afite bigaragaza ko ari umukozi wako.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yaboneyeho gukangurira abaturage kuba maso bakirinda abambuzi babashuka.

    Ati” Nta kuntu umuntu batazi yaza yiyita umukozi w’Akarere ushinzwe kugenzura imisoro kandi nta n’ibyangombwa by’akazi afite. Niyo yaba abifite kandi ntabwo umuntu w’umukozi yagenda aciririkanya ku mande aca abantu batujuje ibisabwa mu bucuruzi kuko haba hari ibiteganywa n’amategeko.”

    Yakomeje ashimira abaturage bahise batanga amakuru, abakangurira kujya bihutira gutanga amakuru igihe cyose babonye umuntu uri mubikorwa binyuranijwe n’amategeko.

    Uwafashwe yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Mimuri kugira ngo hatangire iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, Ingingo ya 174 ivuga ko Umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW)

    Ingingo ya 281 ivuga ko Umuntu wese wiyitirira urwego rw’umwuga wemewe n’ubutegetsi, impamyabushobozi, impamyabumenyi zitangwa n’urwego rubifitiye ububasha cyangwa ubushobozi buhabwa umuntu wujuje ibyangombwa bashyizweho n’urwego rubitiye ububasha, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’ukwezi kumwe (1) ariko kitageze ku mezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500.000 FRW) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 279 ivuga ko Umuntu wese utabigenewe, wivanga mu mirimo y’ubutegetsi ya gisivili cyangwa iya gisirikare cyangwa wiha gukora umwe muri iyo mirimo, wiyita umukozi wa Leta atari we cyangwa wambara ku mugaragaro umwambaro w’ubutegetsi, umwambaro uhuriweho n’abahuje umurimo, urwibutso cyangwa ikimenyetso, agambiriye kuyobya rubanda, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atatu (300.000 FRW) ariko atarenze ibihumbi magana atanu (500.000 FRW).


    source : https://ift.tt/3zCCv54

  • Urubanza rwa Christopher Kayumba wahoze ari umwarimu wa kaminuza rwasubitswe #rwanda #RwOT

    Urukiko rw'ibanze rwa Kicukiro mu mujyi wa Kigali rwasubitse urubanza rwa Christopher Kayumba ukurikiranyweho icyaha cyo gukoresha umuntu imibonano ku gahato.

    Christopher Kayumba, wari umaze iminsi mu bitaro, avuga ko ubuzima bwe butamwemerera kuburana kandi ko atabonye igihe cyo gusoma dosiye y'ibirego.

    Uyu mugabo wigeze kuba umwarimu wa kaminuza, avuga ko ibyo ashinjwa bihishe impamvu za politiki.

    Mu masaha y'igicamunsi ku wa kane ni bwo inteko y'umucamanza umwe n'umwanditsi yatangije uru rubanza rwabaye mu buryo bw'ikoranabuhanga ababuranyi bahuzwa n'inzira y'amashusho.

    Ubwo yari ahawe ijambo, Christopher Kayumba yasabye ko urubanza rwe rusubikwa. Yabwiye umucamanza ko ubuzima bwe budahagaze neza ndetse ko yari amaze iminsi mu bitaro.

    Yabwiye umucamanza ko muganga yasabye ko yakwitabwaho byihariye kubera uburwayi afite.

    Christopher Kayumba yasabye guhabwa ibyumweru bibiri byo kwivuza no kureba muri dosiye y'ibirego.

    Hari hashize iminsi bivugwa ko uyu Kayumba ari mu myigaragambyo yo kwiyicisha inzara kandi anafite uburwayi bwa diyabete.

    Kuri iyi nzitizi, ubushinjacyaha bwavuze ko impamvu y'uburwayi idakwiye guhabwa agaciro kuko Kayumba yavuye mu bitaro bitegetswe n'abaganga babonaga ko yakize.

    Gusa ku mpamvu yo guhabwa igihe cyo gusoma dosiye, ubushinjacyaha nabwo bwemera ko ari uburenganzira bw'uregwa.

    Gusa bwavuze ko mu kongera igihe hagomba gutekerezwa ko imanza nk'izi zigomba kuburanishwa byihutirwa kuko ari iz'ifunga n'ifungura ry'agateganyo zitagomba kurenza iminsi ibiri ikirego kigejejwe mu rukiko.

    Nyuma y'impaka hagati y'impande zombi, umucamanza yategetse ko ababuranyi bazongera kwitaba urukiko ku itariki ya 28 z'uku kwezi kwa cyenda.

    Icyo gihe haburanwa ikibazo cy'ifunga ry'agateganyo cyangwa se irekurwa ry'uregwa akaburana ari hanze.

    Ubwo yatabwaga muri yombi muri uku kwezi, urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko Kayumba akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

    Gusa Kayumba we agahakana ibyo ashinjwa avuga ko byahimbwe ku mpamvu za politiki.

    Christopher Kayumba yari aherutse gushinga ishyaka Rwandese Platform for Democracy (RPD) ritaremerwa mu gihugu.

    Uyu mugabo yakunze kumvikana anenga cyane ishyaka riri ku butegetsi, impamvu bamwe basanga yaba ari nyirabayazana y'ifungwa rye.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubutabera/article/urubanza-rwa-christopher-kayumba-wahoze-ari-umwarimu-wa-kaminuza-rwasubitswe

  • Yarumye ugutwi mugenzi we wamubuzaga gushyira urumogi mu isupu #rwanda #RwOT

    Umugabo witwa Isaac Atigah yarumye ugutwi inshuti ye yapfuye isupu bashyiramo urumogi iwabo ahitwa Adadeintem muri Assin, mu majyepfo ya Ghana rwagati.

    Raporo y'ibyabaye ivuga ko uwahohotewe witwa Emmanuel Agbeko yabonye inshuti ye n'undi mugabo bakora foufou n'isupu bongeramo urumogi. Ntabwo yishimiye ibyo yabonye, ​​Agbeko arabegera (Isaac Atigah n'undi mugabo) kugira ngo ababuze kongera urumogi mu isupu.

    Mu mpaka zikomeye, uwahohotewe yabwiye inshuti ze kureka kongera ibi bimogi mu isupu kuko hari abana bari hafi yabo bashoboraga kuba baza kurya ifunguro bakabirya.

    Aya mahane yarangiye Isaka Atigah arumye ugutwi Emmanuel Agbeko agukuraho. Kuri ubu uwahohotewe ari kuvurirwa mu bitaro byo muri ako gace.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/yarumye-ugutwi-mugenzi-we-wamubuzaga-gushyira-urumogi-mu-isupu

  • Polisi yataye muri yombi uwiyitaga umupolisi akambura abashoferi bakoze impanuka #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Nzeri 2021, ni bwo uyu mugabo yeretswe itangazamakuru ku Cyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali.

    Uyu mugabo usanzwe ari umushoferi w'imbangukiragutabara kuri bimwe mu bitaro byo mu Mujyi wa Kigali, yemeye ko yajyaga yambura abatwara ibinyabiziga asabira imbabazi.

    Yagize ati 'Ubundi njyewe nazanaga imbangukiragutabara nje gutwara abakomeretse, iyo nageraga ahabereye impanuka najyaga mu biganiro n'abayikoze (abashoferi) nkabasaba nimero za telefoni. Nyuma nkabahamagara mbabwira ko ndi umupolisi wari mu bapimye impanuka nibanyoherereza amafaranga ndabafasha gusubirana ibyangombwa byabo.'

    'Nari maze kwakira amafaranga y'abantu batatu, buri muntu yabanzaga kunyoherereza 10.000 Frw. Ndicuza ibyo nakoze kuko binyangirije isura ndetse n'umuryango wanjye ndasaba imbabazi.'

    Masengesho Ephrem ni umwe mu bamotari uvuga ko yigeze kumwoherereza amafaranga nyuma yo kubwirwa ko ari umupolisi ushinzwe impanuka.

    Yagize ati 'Tariki ya 15 Nzeri nakoze impanuka ngonga umunyamaguru mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasbo. Abapolisi bo mu Ishami rishinzwe Umutekano wo mu muhanda bahageze mbere y'imbangukiragutabara, umushoferi w'imbangukiragutabara ahageze yarambwiye ati 'impanuka nakoze ntabwo ikomeye ashobora kumfasha nimwoherereza amafaranga y'u Rwanda ibihumbi 50'. Yambwiye ko ashobora kunsubiza ibyangombwa byanjye.'

    Masengesho yakomeje avuga ko yamubwiye ko ashobora kumubonera 15.000 Frw, bagahurira ku Muhima akamuha amafaranga, na we akabona ibyangombwa bye. Nyuma yaje kumutegeka kohereza ayo mafaranga kuri telefoni amaze kuyamwoherereza ahita ayikuraho.

    Manirafasha Anicet we avuga ko yoherereje uwo mukozi 100.000 Frw, amaze kuyamuha akuraho telefoni.

    Ati 'Tariki ya 8 Nzeri nagonze umuntu ahitwa kwa Kiruhura, nahise mpamagara Polisi n'imbangukiragutabara kugira ngo bamfashe. Nyuma naje guhamagarwa n'umuntu ntazi ambwira ko anzi neza ko twahuriye ahabereye impanuka. Yansabye kumwoherereza amafaranga ibihumbi 100 yo kwita ku murwayi kuko ngo uwo nagonze nta bwishingizi yari afite.'

    Akomeza avuga ko nyuma yo kohereza ayo mafaranga yagerageje guhamagara ya nimero asanga yavuyeho kugeza ubwo yahamagawe na Polisi bamubwira ko ucyekwaho ubwo bwambuzi yafashwe.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko uwo mugabo ukurikiranywe yafatiwe mu bikorwa bya Polisi nyuma y'amakuru yari amaze gutangwa na bamwe mu bo yagiye yambura.

    Yagize ati 'Abanyabyaha bakomeza kwiyitirira inzego z'umutekabo ariko icyo bagomba kumenya ni uko bazajya bakurikiranwa bagafatwa. Uriya mushoferi w'imbangukiragutabara yagendaga akusanya amakuru y'abantu bakoze impanuka nyuma akabahamagara yiyise umupolisi akambura abantu. Yabizezaga ko azabafasha gukemura ibibazo by'impanuka bakoze.'

    Yasabye abaturage by'umwihariko abashoferi kuba maso bakajya basuzuma neza bakamenya umuntu ubahamagaye. Yabakanguriye kujya batunga nimero za telefoni za Polisi yo mu gace batuyemo kugira ngo bajye bayitabaza igihe babonye amakuru y'abakora ibyaha.

    Uwatawe muri yombi yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hatangire iperereza ryimbitse.

    Uyu mugabo ashinjwa ibyaha bitatu bihanishwa ibihano bitandukanye. Ku cyaha cyo kwihesha umutungo w'undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw'uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, gihanishwa ingingo ya 174. Iyo agihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 Frw ariko atarenze miliyoni 5 Frw.

    Anakurikiranyweho icyaha cyo kwiyitirira urwego rw'umwuga wemewe n'ubutegetsi, impamyabushobozi, impamyabumenyi zitangwa n'urwego rubifitiye ububasha cyangwa ubushobozi buhabwa umuntu wujuje ibyangombwa bashyizweho n'urwego rubitiye ububasha. Gihanishwa ingingo ya 281 iteganya igifungo kitari munsi y'ukwezi kumwe ariko kitageze ku mezi atandatu n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi y'ibihumbi 500 Frw ariko atarenze miliyoni 1 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Icyaha cya gatatu ni ikijyanye no kwivanga mu mirimo y'ubutegetsi ya gisivili cyangwa iya gisirikare cyangwa wiha gukora umwe muri iyo mirimo, wiyita umukozi wa Leta atari we cyangwa wambara ku mugaragaro umwambaro w'ubutegetsi, umwambaro uhuriweho n'abahuje umurimo, urwibutso cyangwa ikimenyetso, agambiriye kuyobya rubanda, aba akoze icyaha. Gihanishwa ingingo ya 279 iteganya igifungo kitari munsi y'imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi y'ibihumbi 300 Frw ariko atarenze ibihumbi 500 Frw.

    Source: IGIHE

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/polisi-yataye-muri-yombi-uwiyitaga-umupolisi-akambura-abashoferi-bakoze

  • Kigali: Polisi yafashe ucyekwaho kwambura abashoferi yiyita umupolisi – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Nzeri 2021, ni bwo uyu mugabo yeretswe itangazamakuru ku Cyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali.

    Uyu mugabo usanzwe ari umushoferi w’imbangukiragutabara kuri bimwe mu bitaro byo mu Mujyi wa Kigali, yemeye ko yajyaga yambura abatwara ibinyabiziga asabira imbabazi.

    Yagize ati “Ubundi njyewe nazanaga imbangukiragutabara nje gutwara abakomeretse, iyo nageraga ahabereye impanuka najyaga mu biganiro n’abayikoze (abashoferi) nkabasaba nimero za telefoni. Nyuma nkabahamagara mbabwira ko ndi umupolisi wari mu bapimye impanuka nibanyoherereza amafaranga ndabafasha gusubirana ibyangombwa byabo.”

    “Nari maze kwakira amafaranga y’abantu batatu, buri muntu yabanzaga kunyoherereza 10.000 Frw. Ndicuza ibyo nakoze kuko binyangirije isura ndetse n’umuryango wanjye ndasaba imbabazi.”

    Masengesho Ephrem ni umwe mu bamotari uvuga ko yigeze kumwoherereza amafaranga nyuma yo kubwirwa ko ari umupolisi ushinzwe impanuka.

    Yagize ati “Tariki ya 15 Nzeri nakoze impanuka ngonga umunyamaguru mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasbo. Abapolisi bo mu Ishami rishinzwe Umutekano wo mu muhanda bahageze mbere y’imbangukiragutabara, umushoferi w’imbangukiragutabara ahageze yarambwiye ati ‘impanuka nakoze ntabwo ikomeye ashobora kumfasha nimwoherereza amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50’. Yambwiye ko ashobora kunsubiza ibyangombwa byanjye.”

    Masengesho yakomeje avuga ko yamubwiye ko ashobora kumubonera 15.000 Frw, bagahurira ku Muhima akamuha amafaranga, na we akabona ibyangombwa bye. Nyuma yaje kumutegeka kohereza ayo mafaranga kuri telefoni amaze kuyamwoherereza ahita ayikuraho.

    Manirafasha Anicet we avuga ko yoherereje uwo mukozi 100.000 Frw, amaze kuyamuha akuraho telefoni.

    Ati “Tariki ya 8 Nzeri nagonze umuntu ahitwa kwa Kiruhura, nahise mpamagara Polisi n’imbangukiragutabara kugira ngo bamfashe. Nyuma naje guhamagarwa n’umuntu ntazi ambwira ko anzi neza ko twahuriye ahabereye impanuka. Yansabye kumwoherereza amafaranga ibihumbi 100 yo kwita ku murwayi kuko ngo uwo nagonze nta bwishingizi yari afite.”

    Akomeza avuga ko nyuma yo kohereza ayo mafaranga yagerageje guhamagara ya nimero asanga yavuyeho kugeza ubwo yahamagawe na Polisi bamubwira ko ucyekwaho ubwo bwambuzi yafashwe.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko uwo mugabo ukurikiranywe yafatiwe mu bikorwa bya Polisi nyuma y’amakuru yari amaze gutangwa na bamwe mu bo yagiye yambura.

    Yagize ati “Abanyabyaha bakomeza kwiyitirira inzego z’umutekabo ariko icyo bagomba kumenya ni uko bazajya bakurikiranwa bagafatwa. Uriya mushoferi w’imbangukiragutabara yagendaga akusanya amakuru y’abantu bakoze impanuka nyuma akabahamagara yiyise umupolisi akambura abantu. Yabizezaga ko azabafasha gukemura ibibazo by’impanuka bakoze.”

    Yasabye abaturage by’umwihariko abashoferi kuba maso bakajya basuzuma neza bakamenya umuntu ubahamagaye. Yabakanguriye kujya batunga nimero za telefoni za Polisi yo mu gace batuyemo kugira ngo bajye bayitabaza igihe babonye amakuru y’abakora ibyaha.

    Uwatawe muri yombi yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hatangire iperereza ryimbitse.

    Uyu mugabo ashinjwa ibyaha bitatu bihanishwa ibihano bitandukanye. Ku cyaha cyo kwihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, gihanishwa ingingo ya 174. Iyo agihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 Frw ariko atarenze miliyoni 5 Frw.

    Anakurikiranyweho icyaha cyo kwiyitirira urwego rw’umwuga wemewe n’ubutegetsi, impamyabushobozi, impamyabumenyi zitangwa n’urwego rubifitiye ububasha cyangwa ubushobozi buhabwa umuntu wujuje ibyangombwa bashyizweho n’urwego rubitiye ububasha. Gihanishwa ingingo ya 281 iteganya igifungo kitari munsi y’ukwezi kumwe ariko kitageze ku mezi atandatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 500 Frw ariko atarenze miliyoni 1 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Icyaha cya gatatu ni ikijyanye no kwivanga mu mirimo y’ubutegetsi ya gisivili cyangwa iya gisirikare cyangwa wiha gukora umwe muri iyo mirimo, wiyita umukozi wa Leta atari we cyangwa wambara ku mugaragaro umwambaro w’ubutegetsi, umwambaro uhuriweho n’abahuje umurimo, urwibutso cyangwa ikimenyetso, agambiriye kuyobya rubanda, aba akoze icyaha. Gihanishwa ingingo ya 279 iteganya igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 300 Frw ariko atarenze ibihumbi 500 Frw.

    Polisi yafashe ucyekwaho kwambura abashoferi yiyita umupolisi

    Masengesho Ephrem ukora akazi k’ubumotari yavuze ko yigeze kuwoherereza uwafashwe amafaranga nyuma yo kubwirwa ko ari umupolisi ushinzwe impanuka wamufasha

    Manirafasha Anicet we avuga ko yoherereje uwo mukozi 100.000 Frw, amaze kuyamuha akuraho telefoni

    source : https://ift.tt/3EJIbxB

  • Rwamagana: Birakekwa ko umusore yiyahuye ashyize umutwe mu cyuma gisya kikawukata – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro ryakeye ahagana saa tatu z’ijoro mu Mudugudu wa Kamatamu mu Kagari ka Cyanya mu Murenge wa Kigabiro.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro, Muhigirwa David, yabwiye IGIHE ko uyu musore yiyahuye akoresheje imashini isya yari asanzwe anakoresha, aho yayishyizemo umutwe ikawukata.

    Ati “ Byabaye nijoro nka saa tatu, hari abanyerondo bari ku muhanda babona umuntu araje kubera ko yari asanzwe ahakora bamuzi bakomeje akazi kabo bisanzwe, bumva yakije icyuma gisya bagira ngo hari ikintu agiye gukora. Bahise batekereza kujya kumuhagarika kuko amasaha yo guhagarika imirimo yari yagze.”

    Yakomeje avuga ko mu gihe bari bakivugana ku kuntu bamuhagarika gukora bumvise ikintu gituritse bihutira kujya kureba basanga ni imashini isya imuciye umutwe amaraso adudubiza hejuru.

    Gitifu Muhigirwa yavuze ko umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Rwamagana, bakaba bakomeje gushakisha umuryango we ngo kuko abo yakoreraga batari bazi neza aho akomoka.

    Mu mpera z’ukwezi gushize muri uyu Murenge wa Kigabiro nabwo hagaragaye umurambo w’umugabo wiyahuriye muri lodge yari yakodesheje kugira ngo ayiraremo.


    source : https://ift.tt/2XzrPqp

  • Huye: Abaturage bakubise abakekwaho ubujura bicamo babiri – #rwanda #RwOT

    Byabereye mu Gasantere ka Rushubi gaherereye mu Mudugudu w’Akarehe mu Kagari ka Bunazi aho bikekwa ko abo bajura bari bagiye kwiba mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 21 Nzeri 2021.

    Amakuru aturuka muri ako kagari, avuga ko abo bakekwaho ubujura bahuye n’irondo ribahagaritse baranga, ahubwo batangira kurwana biba ngombwa ko n’abaturage batabara.

    Abaturage bamaze gutabara, bafashemo batatu mu bakekwaho ubujura barabakubita bicamo babiri.

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yabwiye IGIHE ko hatangiye iperereza ngo hamenyekane uko byagenze.

    Ati “Amakuru twayamenye aracyakurikiranwa. Twakoranye inama n’abaturage tubashishikariza kwicungira umutekano, gukomeza umuco wo gutabarana ariko ko nta muturage wemerewe kwihanira, basabwa gutanga amakuru ku gihe no gufasha mu iperereza.”

    Mu murenge wa Karama no mu yindi mirenge yo mu Karere ka Huye hamaze igihe havugwa abajura biba ku manywa na nijoro aho baba bitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro n’ibyuma ku buryo bashobora guhitana ugerageje kubabuza kwiba.

    Abo bajura bamaze iminsi batobora inzu z’abaturage bakiba ibyo basanzemo.

    Abaturage bo mu Karere ka Huye bakunze kwinubira ko iyo hagize umujura bafata bakamushyikiriza ubuyobozi, batungurwa no kubona ahise arekurwa atabiryojwe ahubwo akagaruka abivugaho ko ntacyo bamutwara.

    Ubu bugizi bwa nabi bwabereye mu murenge wa Karama mu karere ka Huye

    [email protected]


    source : https://ift.tt/2XIjVeV

  • Musanze : Mayor na Gitifu ba Burera bitabye urukiko mu rubanza rwa V/Mayor uregwa kunyereza #rwanda #RwOT

    Ni urubanza rumaze iminsi ruburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze aho Manirafasha Jean de la Paix na bagenzi be bane bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gukoresha nabi umutungo wa Leta.

    Mu iburanisha riheruka, Urukiko rwari rwafashe icyemezo cyo gutumiza Umuyobozi w’Akarere ndetse n’Umunyamabanga Nshingwabiko kugira ngo bagire icyo bavuga ku makosa avugwa mu itangwa ry’amasoko.

    Kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nzeri 2021 ubwo urubanza rwasubukurwaga, aba bayobozi bari bahamagajwe, bitabye Urukiko bagira icyo barubwira ku makuru bari bakeneweho.

    Manirafasha Jean de la Paix na bagenzi be bakurikiranyweho ibyaha bitatu ; gutanga amasoko mu buryo bunyuranije n’amategeko, gukoresha umutungo wa Leta nabi ndetse n’icyaha cy’itonesha, ubucuti, icyenewabo na ruswa.

    Ubushinjacyaha buvuga ko mu Murenge wa Rugarama hatanzwe isoko rya 5 402 596 Frw yo kugura ibikoresho byagombaga guhabwa abaturage bari bimuwe mu birwa bya Burera.

    Nanone kandi mu Murenge wa Butaro wayoborwaga na Manirafasha Jean de la Paix, hubatswe Umudugudu wa Mulindi n’ikiraro cy’inka hakanagurwa ibikoresho byahawe abaturage b’uwo Mudugudu, byose ngo bigatwara agera kuri 16 55 524 Frw.

    Ubushinjacyaha buvuga ko Manirafasha Jean de la Paix wayoboraga umurenge wa Bungwe yahaye isoko uwitwa Karambire Thierry ryo kubaka isoko riciriritse rya Banda rigatwara agera kuri 24 654 172 Frw ndetse agatanga n’andi asaga ibihumbi 506 Frw hishyurwa abakozi bubatse ku kigo cy’amashuri cya Bishenyi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal wabajijwe n’Umucamanza ku birebana n’itangwa ry’ariya masoko avugwamo ibikorwa byo kunyereza bikekwa kuri Visi Meya, yavuze ko ubusanzwe Umurenge udafite ububasha bwo gutanga amasoko arengeje Miliyoni 10 Frw.

    Naho Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere Ibingira Frank, wari wahejwe mu rukiko kugira ngo na we agire icyo abwira urukiko ku bijyanye n’ibyo byaha biregwa Visi Meya Manirafasha Jean de la Paix na bagenzi be, yavuze ko nta makuru afite ahagije kuko ari mushya mu nshingano.

    Urubanza ruzakomeza kuburanishwa kuri uyu wa Kane tariki 23 Nzeri 2021.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Musanze-Mayor-na-Gitifu-ba-Burera-bitabye-urukiko-mu-rubanza-rwa-V-Mayor-uregwa-kunyereza