Tag: Umutekano

  • Kamonyi : Hafashwe itsinda ry’abagizi ba nabi 27 barimo uwafatiwe mu gihugu afite icyuma #rwanda #RwOT

    Aba bantu bafashwe kuri iki Cyumweru tariki 03 Ukwakira 2021 aho icyenda muri bo bafatiwe mu Murenge wa Ngamba mu gihe 18 bafatiwe mu Murenge wa Runda.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyapfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko abafashwe byaturutse ku bufatanye n’inzego z’umutekano no kugahanahana amakuru n’abaturage.

    Yagize ati 'Twagejejweho amakuru ko mu Murenge wa Gamba hari abantu bavugwaho guhohotera abaturage bakabambura ibyo bafite bitwaje imihoro. Iyo hagize umuturage wirwanaho cyangwa agatabaza bahita bamugirira nabi, bariya bafashwe 9 bari mu bacyekwaho ibyo bikorwa.

    SP Kanamugire yakomeje avuga ko kuri iyo tariki ya 3 Ukwakira mu bikorwa bya Polisi byabereye mu Murenge wa Runda hafashwe abantu 18 bajyaga batega abantu bakabambura ndetse bakaba bategaga imodoka z’itwara imitwaro bakazurira bakagenda bapakurura ibirimo.

    Yagize ati 'Muri bariya bantu 18 harimo uwitwa Jean Bosco Musabyimana yafatiwe mu gihuru yihishe afite icyuma ategereje ko imodoka iza akayurira agakuramo ibirimo. Uwitwa Musabyimana Joseph we yafatanwe udupfunyika 7 tw’urumogi.'

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yashimiye abaturage uburyo bakomeje kugaragaza uruhare mu gufasha inzego z’umutekano mu gufata abacyekwaho ibyaha anabakangurira gukomeza gutanga amakuru. Yaburiye abakora ibyaha n’abandi batekereza kuzabikora ko bashatse babicikaho kuko ibikorwa bya Polisi byo kubafata bitazigera bihagarara.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hatangire iperereza. Aba bafashwe nyuma y’aho mu cyumweru dusoza muri aka Karere ka Kamonyi hari hafashwe abandi bantu bacyekwaho gutega abaturage bakabambura bitwaje imihoro.

    ICYO ITEGEKO RITEGANYA

    Itegeko no 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Ingingo ya 167 y’iri tegeko ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro, kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

    Ingingo ya 121 ivuga ko : Umuntu wese, abishaka, ukomeretsa undi, umukubita cyangwa umusagarira ku buryo bwa kiboko bubabaje aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500.000 FRW) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000 FRW). Iyo icyaha cyakorewe umwana, umubyeyi, uwo bashyingiranywe cyangwa umuntu udashoboye kwitabara kubera imiterere ye ku mubiri cyangwa mu bwenge, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka umunani (8) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenga miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW).

    Iteka rya minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi na Heroyine mu biyobyabwenge bihambaye.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Kamonyi-Hafashwe-itsinda-ry-abagizi-ba-nabi-27-barimo-uwafatiwe-mu-gihugu-afite-icyuma

  • Wa mugore wakubise umugabo nk'ukubita uruhinja dore ibimubayeho. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugore wo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye bakunze guhimba Nyirambegeti uherutse kugaragara mu mashusho akubita umugabo we mu nzira,yasabiwe gufungwa imyaka 10 yose.

    Ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy'imyaka 10 hashingiwe ku ngingo y'121 y' Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange.

    Icyo cyaha cyabaye mu ijoro ryo ku wa 06 Nzeri 2021 mu Mudugudu wa Gihama, Akagari ka Nyamiyaga, Umurenge wa Muyira akarere ka Nyanza aho umugore yakubise ikibando ahantu hatandukanye ku mubiri akamukomeretsa.

    Mu iburanisha, uregwa yaburanye yemera icyaha, avuga ko yabitewe n'inzoga, ko ari inshuro ya kane amukubita, abisabira imbabazi ko atazongera kumukunita ukundi.

    Urubanza rwapfundikiwe ruzasomwa tariki ya 05 Ukwakira 2021.

    Source : https://yegob.rw/wa-mugore-wakubise-umugabo-nkukubita-uruhinja-dore-ibimubayeho/

  • Indege 38 zikomeye z'Ubushinwa zavogereye ikirere cya Taiwan #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'ingabo yavuze ko izo ndege, zirimo n'izifite ubushobozi bwo kumisha ibisasu kirimbuzi bya nikleyeri, zinjiye mu karere k'ubwirinzi ko kwisobanura uwo uri we (kazwi nka ADIZ mu mpine) ziri mu byiciro bibiri.

    Taiwan yasubije yihutira kohereza indege zayo ndetse inatangiza uburyo bwayo bwo kwirinda ibisasu bya misile.

    Ubushinwa bufata Taiwan irimo demokarasi nk'intara yitandukanyije na bwo, ariko Taiwan yibona nka leta yigenga.

    Taiwan imaze umwaka urenga yinubira ibikorwa byakomeje gukorwa n'igisirikare cy'Ubushinwa kirwanira mu kirere hafi y'icyo kirwa (izinga mu Kirundi).

    Kuri uyu wa gatandatu, Minisitiri w'intebe wa Taiwan Su Tseng-chang yabwiye abanyamakuru ati: “Ubushinwa bumaze igihe buri mu bushotoranyi bwa gisirikare ku bushake kandi ntawabushotoye, bwangiza amahoro yo mu karere”.

    Leta y'Ubushinwa – irimo kwizihiza imyaka 72 hashinzwe Repubulika ya Rubanda y'Ubushinwa – nta cyo kugeza ubu yari yatangaza ku mugaragaro.

    Ariko mbere yavuze ko ingendo nk'izo z'indege zigamije kurinda ubusugire bwayo kandi ko zinagendereye “umugambi w'ibanga utemewe” uri hagati ya Taiwan n'Amerika.

    Mu itangazo, minisiteri y'ingabo ya Taiwan yavuze ko indege 25 z'igisirikare cy'Ubushinwa (kizwi nka PLA) zinjiye mu gice cy'amajyepfo ashyira uburengerazuba y'akerere ka ADIZ mu masaha yo ku manywa, zigurukira hafi y'itsinda ry'ibirwa rya Pratas Islands.

    Akarere k'ubwirinzi bwo mu kirere ni akarere kari hanze y'ubutaka bw'igihugu n'ikirere cy'igihugu – ariko aho indege z'amahanga ziba zigishobora kumenyekanira umwirondoro wazo, no kugenzurwa, mu nyungu z'umutekano w'igihugu.

    Ako karere karitangaza kandi urebye kaba kari mu kirere mpuzamahanga.

    Ibyo byakurikiwe n'icyiciro cya kabiri cy'indege 13 z'igisirikare cy'Ubushinwa muri ako gace n'ubundi, ku wa gatanu nimugoroba. Zagurukiye hejuru y'amazi ari hagati ya Taiwan na Philippines, nkuko iyo minisiteri yakomeje ibitangaza.

    Minisiteri y'ingabo ya Taiwan yavuze ko izo ndege z'Ubushinwa zarimo enye zimisha ibisasu zo mu bwoko bwa H-6, zishobora gutwara intwaro kirimbuzi, ndetse n'indege ishobora gusenya ubwato bw'intambara bwo munsi y'inyanja.

    Ubushinwa akenshi bukora ubutumwa nk'ubwo bwa gisirikare mu kugaragaza ko butishimiye ibyavuzwe na Taiwan.

    Ntibiramenyekana icyateje iki gikorwa cy'Ubushinwa cyo ku wa gatanu.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/indege-38-zikomeye-z-ubushinwa-zavogereye-ikirere-cya-taiwan

  • Rubavu: Polisi yafashe abibaga mubazi z'amazi z'abaturage bakajya kuzigurisha muri RDC #rwanda #RwOT

    Abapolisi bakorera mu Karere ka Rubavu, bafashe abantu bane bacyekwaho kuba bitwikiraga ijoro bakajya mu ngo z'abaturage bakiba mubazi z'amazi bakajya kuzigurisha umuturage wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Abafashwe bose bafatiwe mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi, Akagari ka Umuganda, Umudugudu wa Kabuga.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage ndetse no mu buyobozi bw'ikigo gikwirakwiza amazi (WASAC).

    Yagize ati 'Abaturage bagiye batanga amakuru bavuga ko barimo kwibwa za mubazi z'amazi, byaje kugera ku kigo gikwirakwiza amazi na cyo gitanga amakuru.

    Ku ikubitiro iki kigo cyacyekaga umukozi wacyo witwa Bigirimana Edouard hatangira iperereza amaze gufatwa yavuze abo bafatanyaga muri ubwo bujura. Iwe hafatiwe mubazi 16 kwa mugenzi we Nsengimana hafatirwa mubazi 34.'

    CIP Karekezi akomeza avuga ko mu makuru yatanzwe na bariya bafashwe uko ari bane bavuze ko hari umuturage wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari warabahaye isoko ryo kujya bamushyira izo mubazi na we akazigurisha mu baturage b'iwabo.

    Imwe yayiguraga amafaranga y'u Rwanda ari hagati y'ibihumbi bitanu n'ibihumbi icumi. Bavuga ko ari ibintu bari bamazemo iminsi ariko ntibibuka izo bari bamaze kumushyira.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba yashimiye abaturage batanze amakuru abasaba kujya bihutira kuyatanga hakiri kare.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira hatangire iperereza ryimbitse.

    Itegeko no 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n'urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y'umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y'inyungu rusange mu gihe cy'amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 167 y'iri tegeko ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro, kwiba byakozwe n'abantu barenze umwe.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/rubavu-polisi-yafashe-abibaga-mubazi-z-amazi-z-abaturage-bakajya-kuzigurisha

  • Burundi: Uwakekwagaho gutera Grenade I Kanyosha biravugwa ko yishwe n'abapolisi bashakaga guhisha uwabikoze wa nyawe #rwanda #RwOT

    Umuntu ukekwaho kuba ari we wakoze igitero cya grenade cyabaye mu ntangiriro z'iki cyumweru mu gace ka Kizingwe-Bihara, mu karere ka Kanyosha muri komini ya Muha (mu majyepfo ya komini ya Bujumbura) yishwe n'abashinzwe iperereza n'abapolisi muri kasho ya zone ya Kanyosha.

    Ababibonye bavuga ko umuyobozi mukuru w'ubutasi ari we wategetse ko ababazwa nkukoSOS Media Burundi ibitangaza.

    Dukurikije ubuhamya bwakiriwe n'abakozi bacu b'ubwanditsi, Remy yari amaze kwicwa urubozo ariko abapolisi bakomeza kumubeshaho. Ariko ukekwaho icyaha amaze kuvuga ko yashoboye kumenya uwabikoze, ibintu byihuse maze hafatwa icyemezo cyo kumwica.

    Umwe mu bapolisi yagize ati: “Yari umutangabuhamya ukomeye wari ahantu hadakwiye mu gihe kitari cyo. Uwagabye icyo gitero ni undi muntu uwishwe yabonye n'amaso ye. Yahise atabwa muri yombi kugira ngo bagoreke iperereza, '.

    Umuryango wa Rémy wemeza ko yapfuye. Avuga ko yatunguwe kandi yamagana icyaha 'kibi kandi kidasanzwe' cyakozwe. “Baramurangije bategeka ko ashyingurwa byihuse kugira ngo bahishe iperereza. Uyu muryango wabanje kwanga gushyingura Rémy, ariko utegekwa kumushyingura ku ngufu nkuko umwe mu bagize umuryango we yabivuze.

    Kandi kongeraho “Ikibabaje kurushaho, ku cyemezo cy'uko yapfuye, twategetswe kwemera ko yapfiriye mu rugo “.

    Muri videwo yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, uwahohotewe yari yicaye hasi akikijwe n'abapolisi benshi,abasore b'Imbonerakure, abakozi b'inzego z'ubutasi ndetse n'abaturage nyuma gato yo gufatwa kwe.

    Nk'uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, uwateye icyo gisasu cyahitanye umuntu umwe abandi benshi bagakomereka, yari yambaye imyenda y'abapolisi b'Uburundi maze abasha gutoroka.

    Ikinyamakuru SOS Médias Burundi kivugana n'umuyobozi wa zone ya Kanyosha, Arthémon Mweskure, ntabwo yifuje gutanga ibisobanuro birambuye. Yagize ati: “Iki ni ikibazo kirenze ubushobozi bwanjye.”

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/burundi-uwakekwagaho-gutera-grenade-i-kanyosha-biravugwa-ko-yishwe-n-abapolisi

  • Burundi : Uwakekwagaho igitero cy’amagrenade yiciwe n’Abapolisi muri Kasho mu kuyobya uburari #rwanda #RwOT

    Uriya wakekwagaho kiriya gitero giherutse kugabwa ahitwa Kizingwe-Bihara, mu karere ka Kanyosha yari afungiye muri muri kasho ya zone ya Kanyosha.

    SOS Media Burundi itangaza ko bamwe mu batangabuhamya bazi iby’urupfu rw’uriya mugabo, yishwe ku itegeko ry’umuyobozi mukuru w’ubutasi.

    Uriya mugabo wari amaze kwicwa urubozo ariko abapolisi bakomeza kumubeshaho. Ariko ukekwaho icyaha amaze kuvuga ko yashoboye kumenya uwabikoze, ibintu byihuse maze hafatwa icyemezo cyo kumwica.

    Umwe mu bapolisi yagize ati “Yari umutangabuhamya ukomeye wari ahantu hadakwiye mu gihe kitari cyo. Uwagabye icyo gitero ni undi muntu uwishwe yabonye n’amaso ye. Yahise atabwa muri yombi kugira ngo bagoreke iperereza.'

    Umuryango w’uriya mugabo wemeza ko yapfuye. Avuga ko yatunguwe kandi yamagana icyaha 'kibi kandi kidasanzwe' cyakozwe. “Baramurangije bategeka ko ashyingurwa byihuse kugira ngo bahishe iperereza.

    Uyu muryango wabanje kwanga gushyingura uwapfuye ariko utegekwa kumushyingura ku ngufu nkuko umwe mu bagize umuryango we yabivuze.

    Kandi kongeraho “Ikibabaje kurushaho, ku cyemezo cy’uko yapfuye, twategetswe kwemera ko yapfiriye mu rugo.'

    Muri videwo yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, uwahohotewe yari yicaye hasi akikijwe n’abapolisi benshi, abasore b’Imbonerakure, abakozi b’inzego z’ubutasi ndetse n’abaturage nyuma gato yo gufatwa kwe.

    Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, uwateye icyo gisasu cyahitanye umuntu umwe abandi benshi bagakomereka, yari yambaye imyenda y’abapolisi b’u Burundi maze abasha gutoroka.

    Ikinyamakuru SOS Médias Burundi kivugana n’umuyobozi wa zone ya Kanyosha, Arthémon Mweskure, ntabwo yifuje gutanga ibisobanuro birambuye. Yagize ati “Iki ni ikibazo kirenze ubushobozi bwanjye.”

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Umutekano/article/Burundi-Uwakekwagaho-igitero-cy-amagrenade-yiciwe-n-Abapolisi-muri-Kasho-mu-kuyobya-uburari

  • Abajura bateye Hoteli Messi n'umuryango we bacumbitsemo biba ibintu by'agaciro #rwanda #RwOT

    Agatsiko kinjiye muri iyi hotel gaciye inyuma yinyubako hanyuma bamanukira mu gisenge.

    Binjiye banyuze mu muryango wo ku ibaraza wari ufunguye,mu igorofa rimwe hejuru y'aho Messi aba yishyura ibihumbi 17,000 by'amapawundi ku ijoro rimwe.

    Bikekwa ko ibyumba bine byibwe muri iyi hotel ya Le Royal Monceau i Paris, hashize ibyumweru bike nyuma yuko uyu munyabigwi wa PSG asuhuje apepera abafana ahagaze ku ibaraza ry'iyi hoteli.

    Mu ijoro ryo ku wa gatatu w'icyumweru gishize, abagabo babiri bipfutse mu maso bagaragaye kuri CCTV bamanuka ku ibaraza rya etage ya gatandatu.

    Umugore umwe wibwe,n' umujyanama mu by'imari i Dubai, yari yavuye mu cyumba cye yishyuraga amapawundi 1.000 nijoro. Bukeye asanga urunigi rwa zahabu yaguze akayabo k'ibihumbi 3.000 by'amapawundi rwabuze, hiyongereyeho amaherena agura 500 mu mapawundi ndetse n'amapawundi ye 2000.

    Yagize ati: 'Kwishyura ahantu heza kandi hari umutekano hanyuma umuntu akinjira mu cyumba cyawe birababaje cyane. Polisi yatubwiye ko babonye abagabo babiri bafite igikapu hejuru y'inzu bitewe na kamera za CCTV ariko ntibabasha kubamenya.

    Bavuze ko habaye ubundi bujura butatu. Umusore wo muri Maroc mu cyumba gikurikira yambwiye ko yibwe isaha ye. '

    Icyakora uyu mugore yavuze ko iyi hoteri yigeze kwakira abashyitsi bakomeye barimo Madonna na Michael Jackson,itigeze imwizera kugeza abapolisi babigizemo uruhare.

    Umutekano warakajijwe muri Kanama nyuma y'uko Messi w'imyaka 34 yimukiye muri iyi hoteli hamwe n'umugore we Antonela Roccuzzo hamwe n'abana babo batatu.

    Abafana ba PSG bahora bateraniye hanze y'iyi Hoteli buri munsi bizeye ko barabona kubona uyu munyabigwi uzajya ahembwa miliyoni 30 z'amapawundi buri mwaka, waje aturutse muri Barcelona muri Kanama.

    Ku wa Gatatu, hashyizweho uburinzi bukomeye kuri iyi hoteli ubwo Lionel Messi yagarukaga avuye gutsinda igitego cye cya mbere muri PSG hari mu mukino wa Champions League batsinze Man City.

    Amakuru aravuga ko Messi yamaze kubona inzu yo gukodesha we n'umuryango akaba yiteguye kwimuka.

    Amakuru aturuka mu gipolisi ikinyamakuru The Sun cyamenye agira ati: 'Biragaragara ko habaye guhungabanya umutekano kandi biri gukorwaho iperereza. Hari ibimenyetso byerekana ko agatsiko k'abajura b'inararibonye kabigizemo uruhare.”

    Hotel nayo iri gukora iperereza.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/abajura-bateye-hoteli-messi-n-umuryango-we-bacumbitsemo-biba-ibintu-by-agaciro

  • Polisi yerekanye abantu 13 bafashwe bakorana n’Umutwe ukorana na IslamicState bateganyaga gutera ibiturika muri Kigali #rwanda #RwOT

    Aba bantu 13 beretswe Itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Ukwakira 2021 bikozwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

    Polisi y’u Rwanda itangaza ko aba bantu 13 bafashwe ku matariki atandukanye ubwo biteguraga gukora ibikorwa by’iterabwoba mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali.

    Polisi ivuga ko ubwo inzego z’umutekano zafataga kariya gatsiko k’iterabwoba k’abantu 13 bagasanganye ibikoresho bitandukanye bendaga gukoresha muri uyu mugambi mubisha.

    Itangaza ko bamwe bafatiwe mu Mujyi wa Kigali abandi bafatirwa mu Karere ka Rusizi na Nyabihu.

    Polisi y’u Rwanda ivuga ko Iperereza ryakozwe ku bufatanye na RIB riragaragaza ko aka gatsiko gakorana n’umutwe w’iterabwoba wa Allied Democratic Forces (ADF) ukorana n’umutwe wiyise Leta ya Kisilamu ISIS aho bakorana mu icengezamatwara, ubuhezanguni n’uburyo bwo guturitsa ibisasu.

    Uyu mutwe wa ADF ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), muri Kivu y’Amajyaruguru.

    Mu bikoresho bitandukanye aka gatsiko kafatanywe harimo ; insinga, imisumari, amatelefone, ibintu biturika na videwo bigishirizwagaho.

    Polisi y’u Rwanda yaboneyeho gushimira 'abantu bagiye bakorana n’inzego z’umutekano kugira ngo haburizwemo ibi bitero. Polisi izakomeza gukorana n’izindi nzego mu gukurikirana, gukumira, kurwanya, no guhashya ibikorwa nk’ibi by’iterabwoba ndetse n’ikindi icyo aricyo cyose cyahungabanya umutekano w’Igihugu.'

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/Polisi-yerekanye-abantu-13-bafashwe-bakorana-n-Umutwe-ukorana-na-IslamicState-bateganyaga-gutera-ibiturika-muri-Kigali

  • Polisi yerekanye abantu 13 bari bashakaga guturitsa inyubako zikomeye muri Kigali #rwanda #RwOT

    Iperereza rya RIB rigaragaza ko aka gatsiko gakorana n'umutwe w'iterabwoba wa Allied Democratic Forces (ADF) ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC),muri Kivu y'Amajyaruguru.

    Aba bantu bagasanganywe ibikoresho bitandukanye bendaga gukoresha muri uyu mugambi mubisha. Bamwe bafatiwe mu Mujyi wa Kigali abandi bafatirwa mu Karere ka Rusizi na Nyabihu.

    Abafashwe bavuze ko bari batumwe guturitsa inyubako zikomeye mu mujyi wa Kigali zirimo Kigali City Tower, Downtown na Nyabugogo.

    Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twitter ya Polisi y'u Rwanda, buvuga ko iperereza riragaragaza ko aka gatsiko gakorana n'umutwe w'iterabwoba wa Allied Democratic Forces (ADF) ukorana na ISIS mu icengezamatwara, ubuhezanguni n'uburyo bwo guturitsa ibisasu.

    Polisi yagize iti “Turashimira abantu bagiye bakorana n'inzego z'umutekano kugira ngo haburizwemo ibi bitero. Polisi izakomeza gukorana n'izindi nzego mu gukurikirana, gukumira, kurwanya, no guhashya ibikorwa nk'ibi by'iterabwoba ndetse n'ikindi icyo aricyo cyose cyahungabanya umutekano w'Igihugu.”

    Uyu mutwe wa ADF ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), muri Kivu y'Amajyaruguru. Mu bikoresho bitandukanye aka gatsiko kafatanywe harimo intsinga, imisumari, amatelefone, ibintu biturika na videwo bigishirizwagaho.

    Polisi y'u Rwanda kandi yemeza ko izakomeza gukorana n'izindi nzego mu gukurikirana, gukumira, kurwanya, no guhashya ibikorwa nk'ibi by'iterabwoba ndetse n'ikindi icyo aricyo cyose cyahungabanya umutekano w'Igihugu.



    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/polisi-yerekanye-abantu-13-bari-bashakaga-guturitsa-inyubako-zikomeye-muri

  • Ngoma: Babiri bafatanywe ibihumbi 678 by’amafaranga y’amiganano #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdun Twizeyimana yavuze ko bariya bantu bafashwe ku bufatanye n’abaturage nyuma y’aho bari bamaze kwishyura umuntu amafaranga ibihumbi 50 asanga ni amiganano.

    Yagize ati “Uko ari Babiri bagiye ku mukozi wa kimwe mu bigo bitanga serivisi zo kubitsa, kubikuza no kohereza amafaranga kuri telefoni. Umwe muri bo yamusabye kumushyirira amafaranga kuri konti ye ya telefoni, amubikiraho Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50. Mu gihe yarimo kubara ayo mafaranga bari bamuhaye (inoti z’ibihumbi Bibiri) yumva ni nk’ibipapuro agira amacyenga arashishoza.”

    CIP Twizeyimana akomeza avuga ko uwo mucuruzi nyuma yo gushishoza yahise abona ko ayo mafaranga ari amiganano ahita atabaza abantu baratabara. Abaturage bahise bakurikira ba bantu barabafara bahita bahamagara Polisi.

    Ati “Abaturage bamaze gufata bariya bantu bahise bahamagara Polisi, ihageze yasanze uko ari babiri bafite igikapu kirimo amafaranga. Harimo inoti nshya 38 z’ibihumbi bitanu, (190,000FRW), harimo inoti nshya 219 z’ibihumbi bibiri (438,000FRW) ukongeraho bya bihumbi 50 bari bahaye umukozi w’isosiyete y’itumanaho (Agent).”

    Abo bantu bamaze gufatwa bavuze ko ayo mafaranga bayahawe n’umuntu wo mu Mujyi wa Kigali bari bamaze kugurishaho amabuye y’agaciro, ariko nta byangombwa bafite bigaragaza ko bacuruza amabuye y’agaciro nta n’ikimenyetso kigaragaza ko bayagurishije koko.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yaboneyeho gushimira abaturage bagize uruhare mu gutuma abo bantu bafatwa ariko anakangurira abaturage kuba maso bakirinda umuntu wese wabashuka, kandi bakajya bihutira gutanga amakuru.

    Ati “Abaturage bagaragaje uruhare rwabo mu kwicungira umutekano kuko bakimara gutabazwa bahise bakurikira bariya bantu barabafata, bagize neza gutabara mugenzi wabo. Turongera gukangurira abaturage ko abantu nka bariya bariho barimo kugenda bambura abantu. Turakangurira abantu kuba maso bakajya bashishoza, niba ari uwishyuye amafaranga babanze basuzume ayo mafaranga ko ari mazima, hari n’abagenda bizeza ibitangaza abaturage bagamije kubambura.”

    Abo bantu bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) ikorera muri sitasiyo ya Polisi ya Kibungo, kugira ngo hakorwe iperereza, nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

    Kazoza n’ubundi yari amaze iminsi ashakishwa acyekwaho icyaha cy’ubwambuzi bushukana, Sinigenga we inkiko zari ziherutse kumukatira igifungu cy’imyaka ibiri kubera ubucuruzi bwa magendu, umwaka umwe yarawufunzwe undi urasubikwa.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 269 ivuga umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa nayo, impapuro zifite agaciro k’amafaranga y’igihugu zashyizweho umukono n’inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga.

    Uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n’izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7). Iyo icyaha kivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo gikozwe ku rwego mpuzamahanga, igihano kiba igifungo kirenze imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni zirindwi (7.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni icumi (10.000.000 FRW).

    source : https://ift.tt/3CVmUj1