Tag: Umutekano

  • Abasirikare 7 ba Uganda bahamijwe icyaha cy’ubwicanyi muri Somalia, babiri bakatirwa urwo gupfa #rwanda #RwOT

    Bariya basivile bishwe mu kwezi kwa Munani uyu mwaka aho hahise hakekwa bariya basirikare ba Uganda ubu bahamijwe biriya byaha.

    Hussein Osman asubirwamo na VOA agira ati “Twishimiye umwanzuro w’urukiko kandi twizeye ko imiryango yiciwe izahabwa impozamarira.”

    Yabwiye ibinyamakuru byaho ko umwe mu biciwe abantu hamwe n’abasirikare batandatu ba Uganda batanze ubuhamya muri uru rubanza.

    Amakuru avuga ko imiryango imwe y’abiciwe ababo n’abo basirikare yitabiriye urubanza rwateguwe na Uganda rwabereye i Mogadishu mu murwa mukuru wa Somalia.

    Abasirikare babiri muri bariya barindwi bakatiwe urwo gupfa, mu gihe batatu bakatiwe gufungwa imyaka 39.

    Batatu bagomba gucyurwa iwabo muri Uganda kurangirizayo igihano.

    Umuryango w’Ubumwe bwa Africa watangaje ko abo basivili bishwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu mirwano yabereye ahitwa Golweyn hagati y’abo basirikare na al-Shabab.

    Ingabo z’umuryango w’Ubumwe bwa Africa zimaze imyaka 14 muri Somalia zirwanya umutwe wa al-Shabab ugifite ibirindiro ahanyuranye mu gihugu.

    Hafi 1/3 cy’ingabo za AMISOM ziva muri Uganda, nicyo gihugu gifitemo abasirikare benshi.

    Umwanzuro w’urukiko rwa gisirikare rwa Uganda wo ku wa Gatandatu watangajwe hashize ukwezi Ubumwe bwa Africa buvuze ko bushaka kongera ubutumwa bwawo muri Somalia, hategerejwe icyemezo cya ONU/UN na leta ya Somalia.

    Brig Gen Don Nasaba ukuriye ingabo za Uganda muri ubwo butumwa mu itangazo yagize ati “Ubutumwa bwacu muri Somalia ni ugusenya al-Shabab n’indi mitwe yitwaje intwaro. Mu kubikora, dufite inshingano zo kurengera abaturage.”

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Umutekano/article/Abasirikare-7-ba-Uganda-bahamijwe-icyaha-cy-ubwicanyi-muri-Somalia-babiri-bakatirwa-urwo-gupfa

  • Somalia: Abasirikare 2 ba Uganda bakatiwe igihano cy' urupfu #rwanda #RwOT

    Amakuru dukura kuri BBC avuga ko abasirikare batanu ba Uganda bari mu butumwa bw'amahoro bw'umuryango w'Ubumwe bwa Africa muri Somalia bahamwe no kwicirayo abasivili barindwi muri Kanama. Bivugwa ko babiri muri bo bakatiwe urwo gupfa, mu gihe batatu bakatiwe gufungwa imyaka 39.

    Amakuru akomeza avuga ko batatu bagomba gucyurwa iwabo muri Uganda kurangirizayo igihano.

    Umuryango w'Ubumwe bwa Africa watangaje ko abo basivili bishwe mu buryo bunyuranyije n'amategeko mu mirwano yabereye ahitwa Golweyn hagati y'abo basirikare na al-Shabab.

    Ingabo z'umuryango w'Ubumwe bwa Africa zimaze imyaka 14 muri Somalia zirwanya umutwe wa al-Shabab ugifite ibirindiro ahanyuranye mu gihugu.

    Hafi 1/3 cy'ingabo za AMISOM ziva muri Uganda, nicyo gihugu gifitemo abasirikare benshi.

    Umwanzuro w'urukiko rwa gisirikare rwa Uganda wo kuwa gatandatu watangajwe hashize ukwezi Ubumwe bwa Africa buvuze ko bushaka kongera ubutumwa bwawo muri Somalia, hategerejwe icyemezo cya ONU/UN na leta ya Somalia.

    Brig Gen Don Nasaba ukuriye ingabo za Uganda muri ubwo butumwa mu itangazo yagize ati: 'Ubutumwa bwacu muri Somalia ni ugusenya al-Shabab n'indi mitwe yitwaje intwaro. Mu kubikora, dufite inshingano zo kurengera abaturage.'

    Amakuru avuga ko imiryango imwe y'abiciwe ababo n'abo basirikare yitabiriye urubanza rwateguwe na Uganda rwabereye i Mogadishu mu murwa mukuru wa Somalia.

    Hussein Osman asubirwamo na VOA agira ati: 'Twishimiye umwanzuro w'urukiko kandi twizeye ko imiryango yiciwe izahabwa impozamarira.'

    Yabwiye ibinyamakuru byaho ko umwe mu biciwe abantu hamwe n'abasirikare batandatu ba Uganda batanze ubuhamya muri uru rubanza.

    Source : https://impanuro.rw/2021/11/15/somalia-abasirikare-2-ba-uganda-bakatiwe-igihano-cy-urupfu/

  • Ecuador: Imirwano muri gereza y'i Guayaquil yiciwemo imfungwa 68 #rwanda #RwOT

    Amakuru avuga ko imidugararo muri gereza ya Litoral Penitentiary (Penitenciaría del Litoral) mu mujyi wa Guayaquil yatangiye ku wa gatanu nimugoroba.

    Amakuru avuga kandi ko imitwe yihariye yo muri polisi yinjiye mu nyubako z'iyo gereza ikahasanga imbunda, ibiturika n'inzembe (urwembe).

    Imfungwa hafi 300 ni zo zimaze gupfa kugeza ubu muri uyu mwaka mu magereza yo muri iki gihugu cyo muri Amerika y'epfo.

    Urugomo ruvuye ku bushyamirane hagati y'ibico by'imfungwa rwo mu kwezi kwa cyenda ni rwo rwa mbere rwahitanye abantu benshi muri gereza mu mateka y'iki gihugu.

    Icyo gihe, imfungwa zo mu gice kimwe cya gereza zagendesheje inda zinyura mu mwobo kugira ngo zigere mu kindi gice cyayo, aho zagabye igitero ku bagize igico cy'abacyeba.

    Abashinzwe umutekano n'abasirikare bose hamwe babarirwa mu magana ni bo bari boherejwe kuri iyo gereza kugira ngo basubize ibintu mu buryo.

    Iyo mirwano yo mu kwa cyenda, aho imfungwa zimwe zishwe ziciwe imitwe, yatumye hongera kwibazwa ku kugira ijambo gukomeje kwiyongera muri Ecuador kw'ibico by'abagizi ba nabi birimo nk'ibico byo muri Mexico (Mexique) bya Sinaloa na Jalisco New Generation.

    Iyi mirwano mishya muri gereza yo mu mujyi wa Guayaquil, mu ntara ya Guayas, yanakomerekeyemo abantu 25, ndetse ibaye ikurikira ubushyamirane buto burimo ikoreshwa ry'imbunda bwabaye mu ntangiriro y'uku kwezi aho imfungwa eshatu zishwe zirashwe.

    Hari amakuru ko habaye urundi rugomo kuri iyo gereza ku mugoroba wo ku wa gatandatu, ndetse ko abasirikare bahagabwe ngo bunganire inzego zishinzwe umutekano, bakigarurira hanze y'iyo gereza bari mu modoka z'umutamenwa.

    Inshuti n'abo mu miryango y'imfungwa bari hanze y'iyi gereza bategereje bahangayitse amakuru y'ababo, aho urutonde rw'amazina y'abapfuye rwamanitswe ku cyapa.

    Abategetsi bavuze ko uru rugomo rwatangiye nk'ubushyamirane bushingiye ku butaka hagati y'amatsinda y'abacyeba nyuma yuko umukuru w'igico yari amaze kurekurwa mbere y'igihe.

    Pablo Arosemena, Guverineri w'intara ya Guayas, yabwiye abanyamakuru ati: “Mu gihe iki gice cya gereza kitari gifite umukuru w'igico, ibindi bico byagerageje… kwinjira ngo bikore ubwicanyi bwuzuye”.

    Yavuze ko hari hari imfungwa zigera hafi kuri 700 muri ako gace ka gereza kari karimo kuberamo iyo midugararo yiciwemo imfungwa.

    Mu itangazo rigufi kuri Twitter, Pereza wa Ecuador Guillermo Lasso yihanganishije “imiryango yabuze abayo”, anavuga ko ingamba nshya zicyenewe mu “kurwanya abagizi ba nabi bungukira mu kajagari”.

    Mu ntangiriro y'uku kwezi, mu kiganiro na BBC, Bwana Lasso yashimangiye ko leta ye irimo kwisubiza atari gusa amagereza ahubwo n'uduce twa Ecuador abacuruzi b'ibiyobyabwenge bari baragize indiri yabo.

    Yashinje za guverinoma zabanje muri iki gihugu “kutagira icyo zikora” ku bucuruzi bw'ibiyobyabwenge, ariko aburira ko guhangana no kwiyongera kw'ikoreshwa ry'ibiyobyabwenge mu gihugu kuzafata “imyaka irenga icumi”.

    Yanavuze ko Ecuador izacyenera ubufasha bw'amahanga bw'ibihugu nka Colombia bihana imbibi, Amerika n'umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi (EU/UE) mu kongerera imbaraga igisirikare cyayo na polisi ngo bishobore kurwanya ukwiyongera kw'imbaraga z'ibico by'abagizi ba nabi.

    Muri iki gihe mu magereza ya Ecuador harimo imfungwa zirenga hafi ho 9,000 ku bushobozi bwazo, nkuko abategetsi babivuga. Gereza ya Litoral Penitentiary yubakiwe kwakira imfungwa 5,300, ariko ubu ifungiwemo 8,500.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/ecuador-imirwano-muri-gereza-y-i-guayaquil-yiciwemo-imfungwa-68

  • M23 yahinduye izina ikiyita ARC yatanze impuruza y'intambara kuri FARDC #rwanda #RwOT

    Inyeshyamba za ARC zimaze kugera muri Kongo, zakomeje gushinja Ingabo z'igihugu ( FARDC ) ko zitahwemye kubagabaho ibitero babendereza,kuva 2017 kugeza nan'ubu iteka hahoraho ubu bushotoranyi bwabo muri aka gace.

    Rutshuru aha niho habereye intambara y'isibaniro kuwa 08 ugushyingo 2021 ,bamwe mu bagize ingabo za kongo bakahasiga ubuzima,hagafatwa uduce nka Runyoni na Chanzu,ndetse n'imbaga nyamwishi igata ibyabo igahungira mu gihugu cya Uganda.

    Harimo abari batangiye kwikoma u Rwanda na Uganda ko baba bihishe inyuma y'iki gitero,nyamara mu Itangazo ry'Umuvugizi w'uyu mutwe ARC Major Willy Ngoma wigambye ko ariwo wagabye iki gitero muburyo bwo gutanga gasopo kungabo za Kongo FARDC, akaba yabihakanye, mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa 09 ukwakira akavugako FARDC ariyo yaje kubashotora mubirindiro babamo nabo bakirwanaho.

    Major Willy Ngoma umuvugizi wa ARC , yagize ati' icyo twavuga nk' Ingabo ziharanira impinduka muri Kongo ARC , twiyemeje kuvuguruza amakuru amaze iminsi ahwihwiswa n'ibinyamakuru ndetse n'igisirikari cya Kongo (FARDC ) ko twaba twaragabye ibitero ku birindiro byabo muri Chanzu na Runyoni, kuwa 08 Ugushyingo 2021 ,bagakeka ko u Rwanda na Uganda byaba biri inyuma ya kiriya gitero, twebwe nka ARC tubabwiyeko : Nta ruhare na rumwe babigizemo rwaba urwa hafi cyangwa urwa kure.

    Twihanganiye kenshi ubushotoranyi bw'ingabo za Kongo FARDC bwatangiye kuwa 14 Mutarama 2017 kugeza uyu munsi bagaba ibitero ku birindiro byacu .Twongeye kwemeza ko nta ruhare na rumwe rwaba urw'uRwanda cyangwa Uganda.Urwa hafi cyangwa urwa kure rwabayeho.

    Twemeje ko twavuye mu gihugu cya Uganda kuwa 14 Mutarama 2017 tukagaruka mu gihugu cyacu, aho ubu duherereye muri teritwari ya Rutshuru nkuko mwabimenyeshejwe na perezida wa M23 Beltrand Bisimwa mu itangazo yabagejejeho.'

    Mu gihe amahoro ari kugenda agaruka mu bice uyu mutwe wari wigaruriye aribyo, Runyoni,Chanzu na Kitagoma,mu mujyi wa Goma ho hari icyoba ko hashobora kuba ibitero ,muri uyu mujyi, cyane cyane ko n 'Ambasaderi wa Amerika muri Congo yatanze impuruza , ko uyu mujyi ushobora kwibasirwa n'ibitero by'inyeshyamba.

    Uyu mutwe wateye muri Kivu y'Amajyaruguru hari icyo uhuriraho n'imitwe yindi iri gutera mu burasirazuba bw'iki gihugu, nk'umutwe uherutse gutera mu gace ka Bukavu.

    Icyo bahuriraho ni amasezerano Leta ya kongo yagiranye n'imitwe yitwaje intwaro ibarizwa mu burasirazuba bw'iki gihugu. Aya masezerano yabereye Addis Ababa muri Ethiopia .

    Aya masezera yavugaga ko imitwe yose yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Kongo,igomba guhagarika imirwano, bagafashwa gusubizwa mu buzima busanzwe,ababyifuza bagashyirwa mu gisirikari cya leta.

    Mu gusohoza iki gikorwa Banki y'Isi yari yemeye gutanga miriyari mirongo ine n'esheshatu z'amadorari y'amerika,kugira ngo yifashishwe mu gushyira mu bikorwa aya masezerano.

    Twakwibaza tuti' Ese ni kuki aba bagize uyu mutwe wa ARC babaza iby'aya masezerano mugihe batabarirwaga mumitwe yitwaje intwaro ihabarizwa?

    Nyuma y'ibitero umutwe wa M23 wagabye, ukanafata umujyi wa Goma muri 2013,yari yatangiye gushirwaho ibirego by'intambara n'umuryango wabibumbye.

    Nyuma yo gusanga ibi birego bishobora kubangamira icyo bifuzaga kugeraho, ubuyobozi bw'uyu mutwe bwahisemo guhindura izina buwita ARC bivuye kuri M23 yari isanzwe.

    Gusa iyo witegereje neza usanga aya masezerano yagombaga gufasha Leta ya Kongo iyo ashyirwa mu bikorwa, kuko ikigaragara cyo iyi mitwe ifite ingufu ku buryo iz'imbaraga zishyizwe hamwe,ikibazo cy'umutekano wabaye agatereranzamba mu burasirazuba bwa kongo cyacika burundu.

    Inkuru ya RWANDA TRIBUNE

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/m23-yahinduye-izina-ikiyita-arc-yatanze-impuruza-y-intambara-kuri-fardc

  • Cyuma Hassan yamaze gufatwa ngo ajyanwe Mageragere kurangiza igihano cy’igifungo cy’imyaka 7 #rwanda #RwOT

    Uyu Niyonsenga Dieudonne uzwi nka Cyuma Hassan waburanye ubujurire bw’Ubushinjacyaha ari hanze kuko Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwari rwaramugize umwere, yagombaga guhita afungwa kugira ngo hubahirizwe umwanzuro w’Urukiko rwajuririwe dore ko uba wabaye itegeko.

    Ejo hashize tariki 11 Ugushyingo 2021, Cyuma Hassan yiriwe avunyisha, agaragaza amafoto y’Abapolisi avuga ko bagose urugo rwe ngo mu buryo bukomeye.

    Amakuru avuga ko Polisi yamaze kumufata kugira ngo ashyikirizwe inzego zigomba gushyira mu bikorwa kiriya cyemezo cy’Urukiko rwamukatiye gufungwa imyaka irindwi aho bivugwa ko azafungirwa muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere.

    Uyu musore wari umaze iminsi anagarukwaho mu itangazamakuru, yakekwagaho icyaha cyo Gukoresha inyandiko mpimbano, icyaha cyo kwiyitirira urwego rw’umwuga ndetse n’icyaha cyo gutambamira ishyirwa mu bikorwa imirimo y’ubutegetsi.

    Ubwo yitabaga Urukiko tariki 04 Ukwakira 2021 ngo aburane kuri buriya bujurire bw’Ubushinjacyaha ariko agataha ataburanye, yari yavuze ko adafite ubwoba bwo kongera gufungwa.

    Ifoto iri hejuru yafashwe muri Mata umwaka ushize wa 2020 ubwo yatabwaga muri yombi

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/Cyuma-Hassan-yamaze-gufatwa-ngo-ajyanwe-Mageragere-kurangiza-igihano-cy-igifungo-cy-imyaka-7

  • Muhanga : Umugabo wafashwe ari kurya mushikaki amaze kwica umugore we yakatiwe burundu #rwanda #RwOT

    Umwanzuro w’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, wasomwe kuri uyu wa 08 Ugushyingo 2021 nyuma y’uko ruriya rukiko rumuburanishije.

    Ni urubanza rwabaye mu buryo bwihuse nyuma y’uko Ubushinjacyaha bureze uriya mugabo mu buryo bwihuse kubera uburemere bw’icyaka yakekwagaho.

    Uyu mugabo wahamijwe kwica umugore we babanaga mu buryo butemewe n’amategeko, yakoreye kiriya gikorwa mu Mudugudu wa Sahara, Akagari ka Gisanga, Umurenge wa Mbuye, Akarere ka Ruhango, aho yakubise umuhini nyakwigendera.

    Ubushinjacyaha bwaburanaga n’uriya mugabo bwari bwanamusabiye kiriya gihao cyo gufungwa burundu, bwabwiye Urukiko ko uriya mugabo yateruye uwo mugore amujyana mu buriri, afata umuhini awumuhondagura mu mu twe kugeza umugore ashizemo umwuka.

    Ubushinjacyaha bwavugaga ko ababonye umurambo, basanze mu buriri hari ikidendezi cy’amaraso, umugabo akaba yari yahunze, baza kumufata yibereye aho bokereza inyama.

    Ngo uriya mugabo yafatiwe hariya bokereza inyama ubwo yari agiye gushaka icyo yarya ngo abone uko akomeza urugendo, akaba yari yabwiye umuntu bahuye ko abanje kujya gushaka icyo yiramiza (arya) ngo kuko yari abizi ko nibamufata bamufunga cyangwa bakamwica. Uwo yabibwiye yamusabye kumubikira ibanga, na we abimenyesha abandi baturage, baramufata.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Muhanga-Umugabo-wafashwe-ari-kurya-mushikaki-amaze-kwica-umugore-we-yakatiwe-burundu

  • Ibisobanuro by’abaregwa kwica umuntu ku Kimisagara bamukubise Fer-à-béton byashenguye benshi #rwanda #RwOT

    Habimana Thomas na Bucyeye Callixte bakurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rw’uwitwa Munyankindi Emmanuel w’imyaka 43 wakubiswe mu mugoroba wo ku wa 25 ukwakira 2021 mu Mudugudu wa Rurama, Akagari ka Kamuhoza mu Murenge wa Kimisagara muri Nyarugenge.

    Bariya bagabo bakekwaho gukubita icyoma cya Fer à béton uriya mugabo umubiri wose bakamugira intere ubwo yahitaha ajyanwa mu bitaro bya Kigali CHUK yagera kwa muganga agahita ajya muri Coma.

    Tariki ya 01 Ugushyingo 2021, uriya mugabo ngo yaje gushiramo umwuka kuko yari yakubiswe bikomeye cyane.

    Ubwo abaregwa kugira uruhare muri ruriya rupfu bagezwaga imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge baburana ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, Habimana Thomas yari yunganiwe na Me Tuyisenge Tito Theogene mu giye Bucyeye Callixte we yabwiye umucamanza ko yiteguye kwiburanira.

    Ubushinjacyaha bwabagejeje imbere y’urukiko bubasabira gufungwa by’agateganyo, bwabwiye urukiko ko Habimana Thomas na Bucyeye Callixte bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake bizaka kuvamo urupfu.

    Ubushinjacyaha bwasobanuriye urukiko ko ibyo bikiba ku wa 26 ukwakira 2021 Bucyeye Callixte yahise atabwa muri yombi nyuma y’ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya batandukanye babajijwe naho Habimana Thomas agatabwa muri yombi ku ya 01 ugushyingo 2021.

    Nyuma yo kwereka urukiko uko Munyankindi Emmanuel yakubiswe na Habimana Thomas afatanyije Bucyeye Callixte, Ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera uburemere bw’icyaha bakurikiranyweho cyane ko mu gihe urubanza rwaba ruburanishijwe mu mizi urukiko rukabahamya icyaha bahanishwa igihano kiri hejuru y’imyaka ibiri.

    Habimana Thomas wahawe umwanya ngo yisobanure, yahise abwira urukiko ko ibyavuzwe n’ubushinjacyaha atabyemera kuko uriya Munyankindi Emmanuel ari we wamusagariye ku buryo ibyabayeho byose yirwanagaho.

    Me Tuyisenge Tito Theogene wabaye nk’utsindagira ibyatangajwe n’Umukiliya we Habimana Thomas, yavuze ko Munyankindi yari asanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe akaba ari na we watangiye iriya mirwano.

    Ati 'N’iyo mirwano ni we wayitangiye ahondagura umukiriya wange, n’iyo Fer à béton ni Munyankindi wayizanye aje kuyikubita Habimana Thomas n’uko amurusha imbaraga arayimwaka imirwano itangira ubwo bararwana biviramo Munyankidi urupfu.'

    Uyu Munyamategeko yisunze ibiteganywa n’amategeko ko kuba umuntu yakurikiranwa adafunze ari ryo hame, yasabye Urukiko kurekura umukiliya we ahubwo rugategeka uko azajya yitaba.

    Gusa ibyatangajwe n’uriya munyamategeko ko uriya nyakwigendera ari we watangije imirwano yamuviriyemo urupfu, byazamuye amarangamutima ya benshi bari mu cyumba cy’iburanisha ndetse n’Ubushinjacyaha.

    Umushinjacyaha bwahise bubaza uriya Munyamategeko niba abantu bose bafite ubumuga bwo mu mutwe bicwa.

    Bucyeye Callixte na we wisobanuye, yemereye Urukiko ko yakubise nyakwigendera kuko na we yari amaze kumukubita iriya Fer à béton.

    Bucyeye yavuze ko ibyo yakoze yabikoze ari gukiza amagara ye kuko Munyankindi na we yari arimo kumukubita kandi ko atari azi ko biriya byashoboraga kuviramo Munyankindi urupfu ndetse ko ataragambiriye kumwica.

    Urukiko rumaze kumva impande zombi rwemeje ko ruzasomwa umwanzuro warwo tariki ya 15 Ugushyingo 2021.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/Ibisobanuro-by-abaregwa-kwica-umuntu-ku-Kimisagara-bamukubise-Fer-a-beton-byashenguye-benshi

  • Karongi: Umusore bamuketseho ubujura baramukubita bimuviramo urupfu #rwanda #RwOT

    Urugo uyu musore yakubitiwemo rwari urwa kabiri yari agiye kwibamo mu ijoro rimwe, nk’uko byatangajwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera, Nkusi Médard.

    Yagize ati: “Mu ijoro ryo ku wa Mbere yagiye kwiba mu rugo rwa mbere, avuyeyo ajya kwiba mu rugo rwa kabiri ari naho yafatiwe. Nyuma yo gufatwa yagerageje kurwanya abaturage bamufashe ari nabyo byamuviriyemo gukomereka.”

    Uyu musore yajyanywe kwa muganga na Polisi yari ije gutabara, ariko aza kugwa mu bitaro. Bivugwa ko yari amaze kwiba ibikoresho byo mu rugo birimo amasafuriya n’ibase.

    Gitifu Nkusi yasabye abaturage kurushaho kwicungira umutekano no kujya bitabaza inzego z’umutekano mu gihe bagize ibibazo bibahungabanyiriza umutekano.

    Yagize ati: “Turasaba abaturage ko bajya bicungira umutekano, bagatangira amakuru ku gihe inzego z’umutekano zikabatara aho kwihanira.”

    Source : https://imirasire.com/?Karongi-Umusore-bamuketseho-ubujura-baramukubita-bimuviramo-urupfu

  • Abagabo babiri bakubise Ferabeto Munyanyindi agapfa basabiwe gufungwa iminsi 30 y'agateganyo #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatatu, urukiko rwibanze rwa Nyarugenge rwatangiye kuburanisha ifunga n'ifungurwa ry'agateganyo ku rubanza ruregwamo uwitwa Habimana Thomas na Bucyeye Calixte.

    Aba bagabo ubushinjacyaha bubakurikiranyeho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake byaviyemo urupfu uwitwa Munyankindi Emmanuel w'imyaka 43 byabaye mu mugoroba wo kuwa 25 ukwakira 2021 bibera mu karere ka Nyarugenge, mu murenge wa Kimisagara, akagali ka kamuhoza, umudugudu wa Rurama.

    Bucyeye Callixte na Habimana Tomas ngo bakubise Frerabeto Munyankindi Emmanuel mumutwe.

    Ubushinjacyaha buvuga ko Munyankindi agikubitwa Ferabeto iryo joro yahise ajyanwa mu bitaro bya Kigali CHUK yagera kwa muganga agahita ajya muri koma kubera ko yari yakubiswe iyo Ferabeto umubiri wose.Kuwa 01 Ugushyingo yahise ashiramo umwuka bitewe n'ibikomere yatewe niyo Ferabeto yakubiswe.

    Abaregwa batangiye kuburana Saa sita n'igice Umucamanza yabanje kubaza abaregwa niba biteguye kuburana bose bamusubiza ko biteguye kuburana.

    Habimana Thomas niwe wari ufite umunyamategeko umwunganira mu rukiko ariwe Me Tuyisenge Tito Theogene mu giye Bucyeye Callixte yabwiye umucamanza ko yiteguye kwiburanira kuko nta munyamategeko yashatse.

    Umucamanza yahaye ijambo ubushinjacyaha ngo busobanure imiterere y'icyaha abaregwa bashinjwa.

    Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko Habimana Thomas na Bucyeye Callixte bubakurikiranyeho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake uwitwa Munyankindi Emmanuel bakubise mu ijoro ryo kuwa 25 Ukwakira 2021 nyuma yo gukubitwa akajyanwa mu bitaro bya Kigali CHUK kubera ko yari yanegekajwe n'icyuma cya Ferabeto yakubiswe.

    Yageza kwa mugaganga ata ubwenge ajya muri Koma hanyuma kuya 01 Ugushyingo ashiramo umwuka.

    Ubushinjacyaha bwasobanuriye urukiko ko ibyo bikiba kuwa 26 ukwakira 2021 Bucyeye Callixte yahise atabwa muri yombi nyuma y'ubuhamya bwatanzwe n'abatangabuhamya batandukanye babajijwe,hanyuma na Habimana Thomas agatabwa muri yombi kuya 01 ugushyingo 2021,Munyankindi Emmanuel amaze gupfa.

    Nyuma yo kwereka urukiko uko Munyankindi Emmanuel yakubiswe na Habimana Thomas afatanije Bucyeye Tomas,ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa muri Gereza iminsi 30 y'agateganyo kubera uburemere bw'icyaha bakurikiranyweho cyane ko mu gihe urubanza rwaba ruburanishijwe mu mizi urukiko rukabahamya icyaha bahanishwa igihano kiri hejuru y'imyaka ibiri.

    Nyuma yo kumva ubushinjacyaha urukiko rwahaye umwanya abaregwa ngo biregure kubyari bimaze kuvugwa n'ubushinjacyaha.

    Habimana Thomas yahise abwira urukiko ko ibyavuzwe n'ubushinjacyaha atabyemera ko n'icyaha cyo gukubita Munyankindi Emmanuel Ferabeto ibintu byamuviriyemo urupfu atabyemera ahubwo Habimana asaba urukiko kumurekura kuko ari umuntu utuye kandi ufite umuryango ati “ntabwo ndi umuntu watoroka ubutabera kandi n'igihe bwanshakira bwambona Habimana “ati mu bushishozi bwanyu mwandekura kuko ibyabaye byose ntabwo twari twabigambiriye.”

    Me Tuyisenge Tito Theogene wunganira Habimana Thomas yahise ahabwa umwanya n'urukiko kugira ngo avuge ingingo z'amategeko zishobora kurengera umukiriya we agakurikiranwa adafunze,hanyuma Me Tuyisenge Tito Theogene abwira urukiko ko ubundi gukurikirana umuntu afunze atariryo hame kuko ingingo ya 66 niya 83 itegenya ko umuntu ashobora gukurikiranwa adafunze ko ahubwo urukiko rushobora gutegeka umuburanyi iminsi azajya yitaba ubushinjacyaha ariko ntafungwe.

    Me Tuyisenge yahise asaba urukiko ko uru rubanza mu gihe rwazaba rutangiye kuburanishwa mu mizi rwazajyanwa ahabereye icyaha kuko nyakwigendera wapfuye ariwe Munyankindi Emmanuel yarasanzwe afite ikibazo cy'uburwayi bwo mu mutwe ati “niyo mirwano niwe wayitangiye ahondagura umukiriya wange.

    Me Tuyisenge ati “niyo Ferabeto ni Munyankindi wayizanye aje kuyikubita Habimana Thomas n'uko amurusha imbaraga arayimwaka imirwano itangira ubwo bararwana biviramo Munyankidi urupfu.”

    Ibyo uyu munyamategeko yavuze byazamuye amaramgamutima ya bamwe mu rukiko byafashwe nko gushinyagurira uwapfuye bituma ubushinjacyaha bubaza Me Tuyisenge Tito Theogene niba abantu bose bafite ubumuga bwo mu mutwe bicwa kuko bafite uburwayi bwo mu mutwe nyuma yizo mpaka umucamanza yavuze ko bizasuzumwa byose mu cyemezo cy'urukiko.

    Bucyeye Callixte umwe mu bakubise Munyankindi Emamanuel ubwo yasabwaga n'urukiko kwisobanura ku byavuzwe n'ubushinjacyaha atazuyaje yemeye ko yakubise kandagirakurabe Munyankindi kuko nawe yaramaze kumukubita Ferabeto mu bitugu.

    Uyu Bucyeye yavuze ko ibyo yakoze yabikoze ari gukiza amagara ye kuko nawe Munyankindi yarimo kumudihagura.

    Bucyeye Callixte yabwiye urukiko ko ibyo yakoze atari azi ko byaviramo Munyankindi urupfu kuko yabikoze atagambiriye kumwica ko ahubwo ari bimwe by'amakimbirane asanzwe y'abantu baturanye ariko ataba arimo izindi nzangano nk'izo zageza aho umwe ahasiga ubuzima.

    Bucyeye Callixte yavuze ko ibyabaye byose ari ibyago yagize ko atari yaramutse yagambiriye kwica Munyankindi Emmanuel.

    Iri buranisha ryamaze amasaha abiri umucamanza yumva impande zombi yaripfundikiye avuga ko uru rubanza ruzasomwa kuwa 15 Ugushyingo 2021 Saa munani z'igicamunsi.

    Mu gihe abaregwa baba bahamijwe n'urukiko icyaha cyo gukubita no gukomeretsa byavuyemo urupfu,bahanishwa igihano cy'igifungo kiri hagati y'imyaka 15 itarenze imyaka 20 nk'uko biteganwa n'ingingo yi 121 No 68/2018 ryo kuwa 30 kamena 2018 n'ahazabu ya miriyoni 5frw.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubutabera/article/abagabo-babiri-bakubise-ferabeto-munyanyindi-agapfa-basabiwe-gufungwa-iminsi-30

  • Burundi : Polisi yishe irashe urufaya rw’amasasu babiri yise ibyihebe #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, Pierre Nkurikiye yavuze ko bariya bantu barasiwe barasiwe muri Komini Matongo mu Ntara ya Kayanza kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Ugushyingo 2021.

    Igipolisi cy’u Burundi kivuga kandi ko undi umwe mu bakora iterabwoba mu Burundi yakomeretse mu gihe undi yafashwe.

    Igipolisi cy’u Burundi ntikiratangaza umutwe waba ukorana n’abo bise 'ibyihebe bari gukora ibikorwa by’iterabwoba mu gihugu cy’u Burundi.'

    Mu mpera za Nzeri 2021, mu Mujyi wa Bujumbura ahahoze isoko rikuru, hatewe grenade ihitana abantu babiri, icyo gihe ubutegetsi bw’u Burundi bwatangaje ko ari igikorwa cy’iterabwoba cyakozwe ku baturage b’inzirakarengane.

    Igitero cy’ahahoze isoko rikuru rya Bujumbura cyaje gikurikiwe icyakorewe ku kibuga cy’indege cyari kigamije kuburizamo uruzinduko Umukuru w’Igihugu, Evaritse Ndayishimiye yari afite hanze y’Uburundi.

    Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu mu Burundi iherutse gutangaza ko ibitero bigenda bigabwa hirya no hino bigaragaza ko mu Burundi hari 'Imitwe y’iterabwoba.' Gusa ntihatangazwa iyo mitwe iyo ari yo.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Umutekano/article/Burundi-Polisi-yishe-irashe-urufaya-rw-amasasu-babiri-yise-ibyihebe