Tag: Umutekano

  • Umunyapolitiki Rashid yagejewe imbere y’Urukiko arubwira ko yahohotewe #rwanda #RwOT

    Hakuzimana Abdul Rashid wakunze kuvuga ko ari Umunyapolitiki uharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, yagejewe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

    Uyu mugabo uregwa ibyaha bishingiye ku magambo aremeyere yagiye avugira kuri YouTube mu bihe bitandukanye, yavuze ko ibyaha byose ashinjwa bitabayeho gusa yirinda kugira ibisobanuro birambuye atangaho.

    Yahise abwira Urukiko ko ubwo yariho abazwa mbere y’uko agezwa mu rukiko, yabwiye amagambo akomeretsa we akaba abyita gukorerwa iyicarubozo ryo mu mutwe.

    We n’umunyamategeko Me Felix Rudakemwa, basabye Urukiko kubanza agahabwa uburenganzira yimwe ndetse akarekurwa agakurikiranwa ari hanze.

    Ubwo ubushinjacyaha bwasobanuraga ishingiro ryo gusabira Hakuzimana Abudul Rashid gukurikiranwa afunze, bwavuze ko uyu mugabo yakoze ibyaha mu magambo yatangaje kuri YouTube Channel yitwa Umubavu y’umwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga ubu na we ufunze.

    Ubushinjacyaha kandi bwabwiye Urukiko k uregwa yabajijwe akanga kuvuga kandi ko yari yunganiwe n’umunyamategeko we.

    Hakuzimana Abdul Rashid yumvikanye kuri YouTube avuga ko igikorwa cyo kwibuka Jenoside gikwiye guhagaragara ngo cyangwa kigakorwa mu bundi buryo [ntiwifuje gutangaza ibyo yatangaje byose kuko bihabanye n’umurongo w’igihugu].

    Umucamanza yumvise ibyatangajwe n’impande zombi, yanzura ko azasoma umwanzuro w’urukiko tariki 22 Ugushyingo 2021.

    Source : http://www.ukwezi.rw/spip.php?page=article&id_article=13766

  • Islamic State yigambye igitero cyahitanye benshi muri Uganda #rwanda #RwOT

    Umutwe wiyita leta ya kisilamu (IS) wigambye kugaba igitero cy'ibisasu bibiri byaturikiye mu murwa mukuru Kampala wa Uganda ku wa kabiri, uvuga ko byagabwe n'abiyahuzi biturikirizaho ibisasu bawo.

    IS yatangaje iby'icyo gitero ku rubuga rwa Telegram, mu izina ry'icyitwa intara yo muri Afurika yo hagati (ISCAP).

    Polisi ya Uganda ivuga ko Abanya-Uganda batatu bapfuye, abiyahuzi batatu bagabye igitero barapfa, naho abandi bantu 33 barakomereka, barimo batanu bakomeretse bikomeye. Abapolisi babiri bari muri abo bapfuye.

    Umubare w'abapfuye ushobora kuza kwiyongera. Bimwe mu bice by'imibiri byabonetse byanyanyagiye mu mihanda y'i Kampala.

    Islamic State isanzwe imenyerewe mu bitero by'iterabwoba ku rwego mpuzamahanga, aho uyu mutwe wigeze no kwigarurira uduce tumwe na tumwe mu bihugu birimo Iraq na Syria.

    Ibyo bisasu bibiri byaturitse bikurikiranye, kimwe saa yine n'iminota itatu (10h03), ikindi saa yine n'iminota itandatu (10h06) ku isaha y'i Kampala, nkuko polisi ibivuga. Abategetsi bavuze ko ibindi bisasu byasanzwe mu bindi bice by'uyu mujyi.

    Umuvugizi wa polisi Fred Enanga yagize ati: “Inkeke z'ibisasu ziracyahari, cyane cyane zitewe n'abagaba ibitero b'abiyahuzi”.

    “Turemeza ko hakiri abagize aya matsinda y'imbere mu gihugu y'iterabwoba, cyane cyane itsinda ry'ubwiyahuzi bwo kwiturikirizaho ibisasu ryashyizweho na [n'umutwe wa] ADF”.

    Polisi yavuze ko umuntu wa kane mu bagabye igitero yatawe muri yombi ndetse hagatahurwa n'ikoti ririho ibiturika.

    Ikigo NECOC kivuga ko hari ibisasu bindi bitatu bitashoboye guturika byatowe,harimo bibiri byatowe hafi y'inyubako y'urukiko.

    Umukuru wa Croix Rouge i Kampaka avuga ko hamwe haturikiye iki gisasu batabaye inkomere hafi 20.

    Ibikorwa by'inteko ishinga amategeko byahise bihagarikwa kubera igisasu kimwe cyaturikiye imbere y'ingoro yayo.

    Televiziyo NTV Uganda ivuga ko umukuru w'inteko ishingamategeko n'abandi bategetsi bari babanje guhungishwa mu gihe igiporisi cyari cyazengurutse ako gace.

    IS ivuga ko iki gitero cyakozwe n'Abanya-Uganda, uwa mbere akaba yaturikije igikapu kirimo ibiturika hafi ya bariyeri ya polisi, naho undi agituritsa agambiriye abarinzi bo ku nyubako y'inteko ishingamategeko.

    Nk'uburyo bwo gusobanura impamvu y'icyo gitero, ibiro ntaramakuru Amaq bya IS byavuze ko Uganda ari “kimwe mu bihugu biri mu ntambara yo kurwanya abarwanyi ba Islamic State [IS] muri Afurika yo hagati”.

    Abategetsi muri Uganda bari begetse icyo gitero ku mutwe wa Allied Democratic Forces (ADF), umutwe w'inyeshyamba mu 2019 watangaje ko uyobotse IS.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/islamic-state-yigambye-igitero-cyahitanye-benshi-muri-uganda

  • Nyagatare: Gitifu wa Karama na Perezida wa koperative ihinga ibigori batawe muri yombi bakekwaho ruswa #rwanda #RwOT

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Habineza Longin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare na Twiringiyimana Jean Chrysostom, Perezida wa koperative KOHIIKA ihinga ibigori mu Murenge wa Karama, bakurikiranweho icyaha cyo gutanga ruswa y'amafaranga kugira ngo imodoka ya koperative irekurwe kandi yafatiwe mu cyaha.

    Mu butumwa RIB yanyujije kuri twitter yavuze ko abatawe muri yombi bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Nyagatare mugihe iperereza rikomeje, kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    RIB iributsa abaturarwanda ko ruswa ari icyaha kitihanganirwa kandi gifite ibihano biremereye.

    Irasaba abaturarwanda gukomeza gutunga agatoki aho ruswa ivugwa kugira ngo bafatanye n'uru rwego kuyirwanya.

    The post Nyagatare: Gitifu wa Karama na Perezida wa koperative ihinga ibigori batawe muri yombi bakekwaho ruswa appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/11/17/nyagatare-gitifu-wa-karama-na-perezida-wa-koperative-ihinga-ibigori-batawe-muri-yombi-bakekwaho-ruswa/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=nyagatare-gitifu-wa-karama-na-perezida-wa-koperative-ihinga-ibigori-batawe-muri-yombi-bakekwaho-ruswa

  • Muhanga: Gitifu waregwaga gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato no gutera indwara idakira yarekuwe #rwanda #RwOT

    Uwahoze ari umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Muhanga, Ntezirembo Jean Claude, washinjwaga icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina kugahato akanamutera indwara idakira yagizwe umwere ku byaha 2 yari akurikiranweho, we hamwe na Niyomugabo Eric byavugwaga ko ari nawe wamupangiye, bose urukiko rwasabye ko bahita bafungurwa.

    Ibyaha bombi uko ari babiri bari bakurikiranyweho birimo ibyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato n'icy'ubwinjiracyaha mu kwanduza undi indwara idakira.

    Ibi byaha bari bakurikiranyweho, bivugwa ko byakozwe tariki ya 9 Kamena 2019 ndetse aba bagabo bombi icyo gihe bahise batabwa muri yombi bafungirwa muri Gereza ya Muhanga nyuma yo guhamwa n'ibi byaha mu rubanza nomero RP 00689/2019/TGI/MHG rwaciwe ku wa 12/12/2019.

    Nyuma yo kujurira kuko batari bishimiye imikirize y'urubanza, isomwa ryarwo ryabaye kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2021, urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwemeza ko ikirego cy'ubujurire kuri aba bombi gifite ishingiro, ndetse rwemeza ko ikirego cy'ubujurire bwuririye ku bundi cyatanzwe na Cyuzuzo Angelique uvuga ko yasambanyijwe ku gahato nta shingiro gifite.

    Uru rukiko rwisumbuye rwa Muhanga, rweje ko uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'umurenge wa Muhanga, Ntezirembo adahamwa n'icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato ndetse n'icy'ubwinjiracyaha mu kwanduza undi indwara idakira.

    Urukiko, rwemeje kandi ko Niyomugabo Eric adahamwa n'icyaha cyo kuba icyitso mu cyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

    Uru rukiko rwemeje ko imikirize y'urubanza RP 00689/2019/TGI/MHG rwaciwe ku wa 12/12/2019 n'urukiko rwisumbuye rwa Muhanga ihindutse mu ngingo zayo zose Hemejwe ko Ntezirembo Jean Claude na Niyomugabo Eric bagizwe abere ku byaha bari bakurikiranyweho ndetse rutegeka ko bahita bafungurwa uru rubanza rukimara gusomwa.

    Gusa mu ndishyi zari zasabwe muri uru rubanza, zingana na miliyoni 5 nazo zakuweho ahubwo urukiko rutegeka ko amafaranga y'amagarama y'urubanza aherera mu isanduku ya Leta.

    Akimana Jean de Dieu

    Source : https://www.intyoza.com/muhanga-gitifu-waregwaga-gukoresha-imibonano-mpuzabitsina-ku-gahato-no-gutera-indwara-idakira-yarekuwe/

  • Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n'ahandi bikitirirwa imitwe y'iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa kabiri tariki 16 Ugushyingo 2021, mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala, hongeye guturikira ibisasu, bihitana abapolisi 2, abandi baturage benshi barakomereka.

    Ibi bije nyuma y'ibindi bisasu byaturikiye ahantu hanyuranye mu mpera z'ukwezi gushize, nabyo byahitanye abantu, abatari bake birabakomeretsa.

    Kuri izi nshuro zose ubutegetsi bwa Uganda bushinja umutwe wa ADF ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, kuba ariwo utega ibyo bisasu, wifashishije abo ubwo butegetsi bwita'ingurube', bushaka kuvuga abatavuga rumwe nabwo.

    Nyamara abasesenguzi bamaze gutahura ko iyi ari ikinamico. Bagaragaza ko Leta ya Uganda ariyo itega ibyo bisasu, hagamijwe gushaka urwitwazo kugirango ishobore kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ibeshya ko ikurikiranyeyo uwo mutwe w'iterabwoba. Iperereza ry'imiryango itari iya Leta ryagaragaje ko iyo ADF ikorana ubucuruzi n'ibyegera bya Perezida Yoweri K. Museveni, birimo murumuna we Salim Saleh.

    Amafaranga akoreshwa muri ubwo bucuruzi anyuzwa mu mabanki y'i Kampala inkoramutima za Perezida Museveni zifitemo imigabane. Kereka rero niba ADF itega ibyo bisasu ibisabwe n'ubutegetsi bw'i Kampala, nk'umufatanyabikorwa wabwo mu mahano yose.

    Ikindi kivugwa n'abazi neza amayeri ya Museveni n'ibyegera bye , ni uko ibi bisasu byaba bitegwa n'ubutegetsi, kugirango bwikize abatavuga rumwe nabwo, dore ko n'ubu hari abayoboke ba Bobi Wine bafunze, bakurikiranyweho ibikorwa byo guhungabanya umutekano.

    Umwe mu badacana uwaka na Perezida Museveni, Dr Kyiiza K. Besigye, nawe aherutse gutangaza ko hari urujijo mu itegwa ry'ibi bisasu muri Kampala n'ahandi, anagaragaza ko bitakumvikana ukuntu ADF ifitanye ubushuti n'agatsiko kari ku butegetsi, yava mu birindiro byayo biri mu bilometero amagana, ikaza gutega ibisasu muri Kampala, ntihagire n'umuntu wayo n'umwe ufatwa.

    Mu ntangiriro z'uyu mwaka, Perezida Museveni yahuye na mugenzi we wa Kongo, Félix Tshisekedi, amusaba ko yakohereza ingabo muri Kongo, ndetse anabeshya Perezida Tshisekedi ko azubaka imihanda muri Kongo. Perezida Tshisekedi yimye agaciro ayo mareshyamugeni, ahakanira Museveni.

    Tariki 02 Nzeri uyu mwaka, Perezida Museveni yahamagaje abahagarariye ibihugu byabo muri Uganda, abasaba kumufasha gushyira igitutu kuri Perezida Tshisekedi akemera ko ingabo za Uganda zijya mu gihugu cye, ariko kugeza ubu byarananiranye, ari nayo mpamvu ashakisha uburyo bwose bwatuma ajyayo ku ngufu.

    Guhatanira kohereza ingabo muri Kongo, Museveni abishakira ibintu nka bibiri. Kimwe ni ukujya gusahura umutungo kamere w'icyo gihugu afatanyije n'imitwe abeshya ko azaba agiye kurwanya. Ikindi ni ugukoresha ubutaka bw'icyo gihugu ngo ahungabanye umutekano w'u Rwanda, dore ko mu burasirazuba bwa Kongo hasanzweyo imitwe y'iterabwoba ihora irota gutera u Rwanda.

    Imwe muri yo ni FDLR, abarwanyi ba RNC ya Kayumba Nyamwasa, n'indi isanzwe ifashwa na Uganda. Imyaka ibaye myinshi Perezida Museveni acura imigambi mibisha yo guhungabanya umutekano w'u Rwanda, kandi ntiyabigezeho. N'ubu rero amayeri arimo yaratahuwe. Nakomeze ibisasu byica abaturage ashinzwe kurinda, kandi umunsi uzagera babimuryoze.

    The post Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n'ahandi bikitirirwa imitwe y'iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/ubutegetsi-bwa-uganda-mu-ikinamico-yo-gutega-ibisasu-i-kampala-nahandi-bikitirirwa-imitwe-yiterabwoba-kandi-uri-ugushaka-urwitwazo-rwo-kwinjira-muri-kongo-no-kwikiza-abatavuga-rumwe/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=ubutegetsi-bwa-uganda-mu-ikinamico-yo-gutega-ibisasu-i-kampala-nahandi-bikitirirwa-imitwe-yiterabwoba-kandi-uri-ugushaka-urwitwazo-rwo-kwinjira-muri-kongo-no-kwikiza-abatavuga-rumwe

  • Uganda: Ibindi bisasu 2 byaturikiye ahantu hatandukanye mu mujyi wa Kampala #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 16 Ugushyingo 2021, Hafi y'ahakorera Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda haturikiye ibisasu bibiri, Galaxy Radio yatangaje ko igisasu kimwe cyaturikiye ahazwi nko kuri 'Kooki Towers', ikndi kuri Jubilee.

    Igisasu kimwe cyibasiye inyubako irimo iriya sosiyete yubwishingizi, hanyuma umuriro wakurikiyeho ufata imodoka zari ziparitse hanze.

    Nk'uko byatangajwe na TV y'igihugu, UBC, ngo bamwe mu badepite bagaragaye bimurwa vuba na bwangu mu nyubako y'inteko ishinga amategeko.

    Amashusho yashyizwe hanze n'umwe mu bari aho igisasu cyaturikiye, yerekanaga umwotsi uzamuka uvuye aho igisasu cyaturikiye hafi ya polisi.

    Polisi ntiyahise igira icyo ibivugaho, kandi ntibiramenyekana niba ibyo biturika ari ibisasu byatewe n'abagizi ba nabi. Nta jambo ryigeze rivugwa ku bahitanwe n'iki kibazo.

    Abayobozi ba Uganda barasaba abaturage kuba maso nyuma y'ibisasu biturika bikomeje guterwa guhera mu byumweru bishize.

    Ku ya 23 Ukwakira, umuntu umwe yarapfuye abandi bagera kuri barindwi barakomereka kubera igisasu cyaturikiye muri resitora iherereye mu nkengero za Kampala.

    Amatsinda yunze ubumwe n'umutwe wa IS bashinjwe kuba inyuma y'ibi bitera Leta ivuga ko ari iby'iterabwoba.

    Iri tsinda rimaze igihe kinini rirwanya ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni umaze igihe kinini.

    Polisi ivuga ko ikindi gisasu cyaturitse nyuma y'iminsi ibiri muri bisi itwara abagenzi cyahitanye gusa umwiyahuzi.

    Ndetse na mbere y'ibyo bitero, guverinoma ya Leta zunze ubumwe za Amerika yari yaburiye ubuyobozi bwa Uganda ko intagondwa 'zishobora kugerageza kugaba ibitero' muri iki gihugu cya Afurika y'Iburasirazuba.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/uganda-ibindi-bisasu-2-byaturikiye-ahantu-hatandukanye-mu-mujyi-wa-kampala

  • Huye : Polisi yafashe abantu 7 barimo umugore benga inzoga zitemewe za Muriture #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko abaturage bo muri iriya mirenge batanze amakuru ko hari bagenzi babo bakora inzoga zitemewe zizwi ku izina rya Muriture ndetse zikaba zigira ingaruka ku mutekano.

    SP Kanamugire yagize ati 'Tukimara kumenya ayo makuru twatangiye ibikorwa mu Tugari n’Imidugudu bari batubwiye muri iriya Mirenge.'

    Mu Karere ka Huye mu kagari ka Nyakagezi, Umudugudu wa Kamutima mu rugo rwa Sinayobye Callixte w’imyaka 36 hafatiwe litiro 240 za muriture, mu rugo rwa Mutegaraba Emertha w’imyaka 50 hafatiwe litiro 240 naho Nkunzimana Jean Bosco w’imyaka 39 yafatanywe litiro 120.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje avuga ko igikorwa cyakomereje mu Kagari ka Rukira, Umudugudu wa Agacyamu.

    Mu rugo rwa Nsanzabaganwa Joseph w’imyaka 34 hafatiwe litiro 80 ariko we aracika, kwa Hategekimana Eric w’imyaka 30 hafatiwe litiro 120 nawe aracika na Claver yaracitse ariko iwe hafatirwa litiro 70.

    Ni mu gihe mu Murenge wa Kigoma mu Kagari ka Gishihe, Umudugudu wa Karambi ku bufatanye bw’inzego z’ibanze na Polisi hakozwe igikorwa nanone cyo kurwanya inzoga zitemewe mu rugo rwa Uwimbabazi Jean Marie Vianney w’imyaka 32 hafatiwe litiro 70 ariko ahita acika.

    SP Kanamugire yavuze ko bariya bose bakoraga iriya nzoga ndetse bakanayicuruza, yongeye gukangurira abaturage kwirinda ziriya nzoga zitemewe kubera ko zigira ingaruka mbi ku buzima bw’uzinywa ndeste no ku mutekano mu baturage.

    Yagize ati 'Turashimira abaturage baduhaye amakuru ariko tunakangurira abaturage kwirinda ziriya nzoga kuko zikorwa mu bintu bitazwi bishobora kubagiraho ingaruka mu buzima. Ikindi kandi uwanyoye ziriya nzoga niwe usanga akora ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa n’ibindi bitandukanye.'

    Ziriya nzoga zahise zimenwa hakurikiraho gushakisha abacitse kugira ngo bahanwe.

    Ingingo ya 5 y’Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Huye-Polisi-yafashe-abantu-7-barimo-umugore-benga-inzoga-zitemewe-za-Muriture

  • Uganda : Ubuzima i Kampala bwahungabanye kubera ibisasu bibiri byahaturikiye #rwanda #RwOT

    Amashusho akomeje gucicikana ku mbuga Nkoranyambaga, agaragaza ibyotsi by’umukara byinshi by’aho habereye iri turika harimo hafi y’Inteko Ishinga Amategeko.

    Aya mashusho agaragaza abantu benshi bakangaranye biruka bahunga ahabereye ririya turika rikomeye nk’uko byemezwa n’abari aho ryabereye.

    Ibi bisasu bikekwa ko ari iby’Umutwe w’Iterabwoba wa Al Shabaab, kimwe cyaturikiye mu mujyi rwagati mu gace gakunze gukorerwamo ubucuruzi, mu gihe ikindi cyaturikiye hafi y’Inteko ishinga Amategeko.

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kampala, Iri turika Salim Uhuru yemeje ko ririya turika ryahitanye abantu babiri nubwo Polisi ya kiriya Gihugu ntacyo iratangaza ku byerekeye iri turika.

    Inzego z’umutekano zahise sihutira kugera ahabereye ririya turika, aho hagaragajwe amafoto y’izi nzego ziri gukora iperereza y’icyateye ririya turika zikoresheje imbwa zabihuguriwe.

    Mu kwezi gushize, muri Uganda habaye ibitero by’ubwiyahuzi byahitanye abantu babiri bivugwa ko ari iby’Umutwe wiyita Leta ya Kisilamu.

    Inzego z’umutekano n’iz’ubuyobozi muri uriya Murwa Mukuru, zikomeje gusaba abaturage kwitwararika bakaguma mu ngo ndetse n’abari mu biro bakagumamo kuko hakekwa ko hari ibindi bisasu biri mu bice binyuranye bishobora guturika.

    Amakuru aturuka muri Uganda kandi avuga ko imirimo y’Inteko Ishinga Amategeko ubu yabaye ihagaritswe kubera ririya turika.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Umutekano/article/Uganda-Ubuzima-i-Kampala-bwahungabanye-kubera-ibisasu-bibiri-byahaturikiye

  • Kigali: Abagabo babiri bakurikiranyweho kwica umuntu bamukubise Fer-a beton bahawe igifungo cy'iminsi 30 y'agateganyo #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa mbere urukiko rwibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko Uwitwa Habimana Thomas na Bucyeye Callixte bacyekwaho n'ubushinjacyaha icyaha cyo gukubita no gukomeretsa byaviyemo urupfu uwitwa Munyanyindi Emmanuel, bafungwa iminsi 30 y'agateganyo muri Gereza ya Nyarugenge mu gihe iperereza ry'ubushinjacyaha rigikomeje kubera uburemere bw'icyaha bakurikiranyweho.

    Umucamanza yavuze ko aba bagabo batagomba kurekurwa kuko icyaha bakurikiranyweho urukiko rukibahamije mu rubanza mu mizi bahanishwa igihano cy'igifungo kiri hejuru y'imyaka ibiri.

    Ikindi umucamanza yavuze ko abaregwa ubushinjacyaha bukibakoraho iperereza hanashakishwa ibindi bimenyetso bigize icyaha cyakozwe.

    Intekeko y'umucamanza umwe n'mwanditsi w'urukiko niyo yasomye iki cyemezo Saa cyenda z'igicamunsi none.

    Ubwo Uru rubanza rwasomwaga ubushinjacyaha ndetse n'abaregwa ntabwo bari mu rukiko gusa ubwo haburanwaga ifunga n'ifungurwa kuwa 10 Ugushyingo 2021 Ubushinjacyaha bwari buhagarariwe n'umushinjacyaha umwe ndetse n'abaregwa nabo bari bazanywe mu rukiko.

    Ubwo iburanisha ku ifunga n'ifungurwa ryabaga kuwa 10 Ugushyingo 2021 Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko abo bwazanye imbere y'urukiko icyaha bagikoze kuwa 25 Ukwakira 2021 kikabera mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kimisagara mu kagali ka kamuhoza.

    Habimana Thomas na Bucyeye Callixte bashinjwa ko bakubise Munyankindi Emmanuel Fer-a-beton mu mutwe agahita ajya muri Koma ako kanya bihutira kumujyana mu bitaro bya CHUK biba iby'ubusa kuko kuwa 01 Ugushyingo yashizemo umwuka.

    Habimana Thomas ubwo yaburanaga ifunga n'ifungurwa, yahakanye ibyavuzwe byose n'ubushinjacyaha ahubwo asaba urukiko kumurekura by'agateganyo agakurikiranwa ari hanze kuko afite umwirondoro uzwi kandi atuye ndetse ko adashobora gutoroka ubutabera ko n'igihe cyose bwamukenera bwamubonera ku gihe.

    Me Tuyisenge Tito Theogene wunganira Habimana Thomas we yari yabwiye urukiko ko ubundi gukurikirana umuntu afunze atari ihame.

    Uyu munyamategeko ati “ubundi itegeko rivuga ko umuntu ashobora gukurikiranwa adafunze.Ndasaba ko umukiriya wange mu gihe mwazaba mwiherereye mwazamufungura by'agateganyo ahubwo mugategeka inshuro azajya yitaba ubushinjacyaha.”

    Mugenzi we nawe ufunzwe witwa Bucyeye Callixte yemereye urukiko ko yakubise Munyankindi Emmanuel mu rwego rwo gukiza amagara ye kuko nawe yarimo amuhondagura Fer-a-beton mu bitugu.

    Bucyeye yabwiye urukiko ko atigeze akubita Munyankindi Fer-a-beton ko we yamukubise kandagira ukarabe yitabara ko ariko atari azi ko byamuviramo urupfu

    Mu gihe abaregwa bahamwa n'icyaha cyo gukubita no gukomeretsa byaviriyemo uwakubiswe urupfu,bahanishwa igihano cy'igifungo kiri hagati y'imyaka 15 na 20 nk'uko bitegenywa n'ingingo ya 121 y'itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri Rusange.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubutabera/article/kigali-abagabo-babiri-bakurikiranyweho-kwica-umuntu-bamukubise-fer-a-beton

  • Abasirikare babiri ba Uganda bakatiwe urwo gupfa muri Somalia #rwanda #RwOT

    Babiri muri bo bakatiwe urwo gupfa, mu gihe batatu bakatiwe gufungwa imyaka 39.

    Batatu bagomba gucyurwa iwabo muri Uganda kurangirizayo igihano.

    Umuryango w'Ubumwe bwa Africa watangaje ko abo basivili bishwe mu buryo bunyuranyije n'amategeko mu mirwano yabereye ahitwa Golweyn hagati y'abo basirikare na al-Shabab.

    Ingabo z'umuryango w'Ubumwe bwa Africa zimaze imyaka 14 muri Somalia zirwanya umutwe wa al-Shabab ugifite ibirindiro ahanyuranye mu gihugu.

    Hafi 1/3 cy'ingabo za AMISOM ziva muri Uganda, nicyo gihugu gifitemo abasirikare benshi.

    Umwanzuro w'urukiko rwa gisirikare rwa Uganda wo kuwa gatandatu watangajwe hashize ukwezi Ubumwe bwa Africa buvuze ko bushaka kongera ubutumwa bwawo muri Somalia, hategerejwe icyemezo cya ONU/UN na leta ya Somalia.

    Brig Gen Don Nasaba ukuriye ingabo za Uganda muri ubwo butumwa mu itangazo yagize ati: “Ubutumwa bwacu muri Somalia ni ugusenya al-Shabab n'indi mitwe yitwaje intwaro. Mu kubikora, dufite inshingano zo kurengera abaturage.”

    Amakuru avuga ko imiryango imwe y'abiciwe ababo n'abo basirikare yitabiriye urubanza rwateguwe na Uganda rwabereye i Mogadishu mu murwa mukuru wa Somalia.

    Hussein Osman asubirwamo na VOA agira ati: “Twishimiye umwanzuro w'urukiko kandi twizeye ko imiryango yiciwe izahabwa impozamarira.”

    Yabwiye ibinyamakuru byaho ko umwe mu biciwe abantu hamwe n'abasirikare batandatu ba Uganda batanze ubuhamya muri uru rubanza.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/ubutabera/article/abasirikare-babiri-ba-uganda-bakatiwe-urwo-gupfa-muri-somalia