Tag: Umutekano

  • Paris: Muhayimana yatakambiye urukiko mbere yuko rujya kwiherera ngo rutangaze igihano ahawe #rwanda #RwOT

    Mu gihe urubanza rwa Muhayimana Claude uregwa ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, rubera mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Gihugu cy'u Bufaransa rusatira umusozo warwo, mbere yuko abagize inteko iburanisha bajyaga kwiherera ngo bafate umwanzuro, uregwa yatakambye, asaba abacamanza ko bakwishyira mu mwanya we mu 1994.

    Kuri uyu munsi wa 19 w'urubanza, umunsi ubanziriza uwa nyuma kuko ruzapfundikirwa kuri uyu wa 17 Ukuboza 2021, Perezida w'urukiko ruburanisha Muhayimana Claude mbere yuko bajya kwiherera, yahaye ijambo uregwa ngo agire icyo avuga, aho mu kuvuga yabaye nk'utakambira urukiko, asaba ko rwaca inkoni izama.

    Mu mvugo Muhayimana yakoresheje, nkuko Umunyamakuru Hakorimaana Gratien woherejwe i Paris n'umuryango w'abanyamakuru baharanira amahoro-Pax Press yabitangarije intyoza.com, avuga ko uregwa asa n'uwasabye urukiko guca inkoni izamba, bakishyira mu mwanya we mu 1994.

    Avuga ko ahabwa ijambo, Muhayimana yasabye ko mu kumufatira umwanzuro, abacamanza bakwishyira mu mwanya we mu 1994. Ati ' Ari mwe mwari gukora iki'!?. Iyi mvugo yakoresheje, ngo ni nayo mvugo umwunganizi we Me Francoise Marthe ku munsi ubanziriza uyu yakoresheje ubwo yasozaga imyanzuro ye ya nyuma kuri uru rubanza.

    Ubwo Muhayimana Claude yamaraga kuvuga amagambo ye, asa n'utakambira urukiko, Perezida w'urukiko mbere yo guhaguruka bajya kwiherera ngo bafate umwanzuro, yamusubije ko ' Ntacyo nagusubiza'. Nta mwanya mu nini washize, ndetse nta bantu benshi bitabiriye nkuko umunsi ubanziriza uyu bitabiriye ndetse urukiko rukuzura.

    Nyuma, abaca urubanza( juges et Jurés) bahise berekeza iyo mu mwiherero kugira ngo bafate umwanzuro, aho baza kuvayo batangaza ibyo Muhayimana Claude ashinjwa, hanyuma bagasubira kwiherera kugira ngo nyuma batangaze ibihano urukiko rumukatiye.

    Uko bigenda nkuko umunyamakurru Hakorimana abivuga, Perezida n'abacamanza baba bateguye ibibazo bagenda basubiza mu buryo bw'amatora uhereye ku cya 1. Muri uru rubanza Perezida yavuze ko bafite ibibazo 100. Abamenyereye iby'uru rukiko bavuga ko ibi bibazo bitegurwa na perezida afatanyije n'abandi bacamanza bamwunganira muri uru rubanza.

    Urubanza rwa Muhayimana Claude, umunyarwanda w'imyaka 60 y'amavuko ariko unafite ubwenegihugu bw'u Bufaransa, rurimo kubera mu rukiko rwa rubanda I Paris mu Gihugu cy'u Bufaransa kuva kuwa 22 Ugushyingo kugeza ku wa 17 Ukuboza 2021. Akurikiranyweho ubufatanyacyaha nk'icyitso muri Jenoside yakorewe Abatutsi hamwe n'ibyaha byibasiye inyokomuntu kubera ko yafashije abigambiriye abasirikare n'interahamwe inshuro nyinshi aho yabatwaraga mu modoka akabageza aho bajyaga kwica Abatutsi mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ku misozi ya Karongi, Gitwa ndetse na Bisesero. Aha Kibuye, ni hamwe mu bice byiswe zone Turquoise, habaga ingabo z'u Bufaransa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/paris-muhayimana-yatakambiye-urukiko-mbere-yuko-rujya-kwiherera-ngo-rutangaze-igihano-ahawe/

  • Ethiopia- Tigray: Hatawe muri yombi abanyamakuru bakora inkuru ku ntambara #rwanda #RwOT

    Abanyamakuru batatu barimo uw'ibiro ntaramakuru by'abanyamerika muri Ethiopia bafunzwe bazira amakuru y'intambara batangaza, bashinjwa guha urubuga umutwe leta ya Ethiopia ivuga ko ari uw'iterabwoba.

    Umwe muri bo ni Amir Aman Kiyaro, umunyamakuru ufata za videwo ukorera ibiro ntaramakuru Associated Press (AP) byo muri Amerika mu buryo bwa nyakabyizi (budahoraho).

    Abanyamakuru babiri bo muri Ethiopia Thomas Engida na Addisu Muluneh, na bo bafunzwe.

    Polisi ivuga ko abo banyamakuru barenze ku itegeko ry'igihugu ryo muri ibi bihe bidasanzwe no ku itegeko rihana ibikorwa by'iterabwoba.

    Umwanditsi mukuru wa AP Julie Pace yavuze ko ibi ari 'Ibirego bidafite ishingiro'.

    Ibi biro ntaramakuru bivuga ko umunyamakuru wabyo amaze igihe atara amakuru ku mpande zombi ziri mu ntambara.

    Akanama ko kurinda abanyamakuru mu mwuga wabo (Committee to Protect Journalists, CPJ) kamaganye itabwa muri yombi ry'abo banyamakuru, gasaba ko abanyamakuru bose bafungiwe gukora akazi kabo bahita barekurwa.

    CPJ ivuga ko umuvugizi wa polisi Jeylan Abdi yayibwiye ko kuvugana n'umutwe leta ivuga ko ari uw'iterabwoba ari icyaha nkuko bikubiye mu itegeko ry'iki gihugu ryo guhana ibikorwa by'iterabwoba, ko ibyo atari igikorwa cy'itangazamakuru.

    Abanyamakuru benshi bamaze gufungwa muri Ethiopia bijyanye n'amategeko y'iki gihugu y'ibihe bidasanzwe.

    The post Ethiopia- Tigray: Hatawe muri yombi abanyamakuru bakora inkuru ku ntambara appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2021/12/16/ethiopia-tigray-hatawe-muri-yombi-abanyamakuru-bakora-inkuru-ku-ntambara/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=ethiopia-tigray-hatawe-muri-yombi-abanyamakuru-bakora-inkuru-ku-ntambara

  • Rwanda: Ignace Nkaka na Nsekanabo Jean Pierre ba FDLR bakatiwe gufungwa imyaka 10 #rwanda #RwOT

    Urugereko rw'urukiko rukuru ruri I Nyanza rwakatiye igifungo cy'imyaka 10 Ignace Nkaka (La Forge Fils Bazeye) wahoze ari umuvugizi w'umutwe wa FDLR hamwe na Lt Col Jean Pierre Nsekanabo (Abega) wari ushinzwe iperereza muri uwo mutwe.

    Urukiko rwabahamije icyaha cyo kuba mu ishyirahamwe ry'iterabwoba ruvuga ko bo ubwabo biyemereye kuba mu mutwe wa FDLR n'ubwo mu rubanza bavuze ko batari bazi ko ari umutwe w'iterabwoba.

    Mu kwezi kwa 12 mu 2018, aba bagabo bafatiwe ku mupaka wa Bunagana wa Congo na Uganda bivugwa ko bashinjwa ko bari bavuye i Kampala mu nama y'abarwanya ubutegetsi bw'u Rwanda.

    Mu rubanza rwabo rumaze imyaka isaga ibiri, ubushinjacyaha bwabashinje ibyaha byinshi birimo iby'ubugambanyi no kurema umutwe w'ingabo utemewe, kugirira nabi ubutegetsi buriho – kuri Ignace Nkanka hakiyongeraho n'icyaha cyo gukwirakwiza ibihuha.

    Ibyo byaha bindi ariko urukiko rwavuze ko rusanga batabikurikiranwaho. Rwavuze ko n'ubwo ubushinjacyaha bwagaragaje ko bari mu nzego zo hejuru za FDLR, ntibwavashije kugaragaza ko aribo bateguraga ibitero by'uwo mutwe cyangwa ngo babe bafite ububasha bufatika bwo kubuza igabwa ry'ibitero bya FDLR cyangwa se guhana ababikoze.

    Urukiko ruvuga ko bigaragara ko nta bubasha bari bafite bwo kumenya cyangwa guhagarika ibyari byateguwe n'ubuyobozi bukuru bwa FDLR.

    Mu rubanza abo bagabo bombi bari basabye kurekurwa no kudakurikiranwa mu nkiko bavuga ko kuva bafatwa bafashije inzego zitandukanye z'umutekano baziha amakuru y'ibanze ngo yazifashije mu kumenya imigambi mibisha y'abarwanya ubutegetsi bw'u Rwanda barimo abarwanyi ba FDLR n'indi mitwe iri mu burasirazuba bwa Congo.

    Ikindi kandi ngo bafashije korohereza inzego z'ubutabera muri uru rubanza.

    Icyo nicyo cyahereweho n'urukiko rwavuze ko rubagabanyirije ibihano rukabakatira igifungo cy'imyaka 10 ku cyaha rukumbi cyo kuba mu ishyirahamwe ry'iterabwoba.

    Ku byerekeranye n'ubusabe bwabo mu gusubizwa mu buzima busanzwe nk'uko byagendekeye abandi bari abarwanyi ba FDLR ,urukiko rwavuze ko Ignace Nkaka na Nsekanabo Jean Pierre batarebwa n'iyo ngingo kuko bo bataje mu Rwanda bitandukanyije na FDLR ahubwo bafashwe bakiyirimo.

    Ignace Nkaka wari umuvugizi wa FDLR azwi ku izina rya La Forge Fils Bazeye na Lt Col Nsekanabo Jean Pierre azwi nka 'ABEGA Camara' wari ushinzwe iperereza mu mri uwo mutwe ndetse n'ababunganira ntibari mu rukiko ubwo umwanzuro wafatwaga. Gusa umucamanza yavuzeko bafite iminsi 30 yo kuba bajuririra icyo cyemezo.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubutabera/article/rwanda-ignace-nkaka-na-nsekanabo-jean-pierre-ba-fdlr-bakatiwe-gufungwa-imyaka

  • Mu rubanza rubera i Paris mu Bufaransa, ubushinjacyaha bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana igifungo cy'imyaka 15 kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranyweho #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatatu tariki 15 Ukuboza 2021 nibwo urukiko rw' i Paris mu Bufaransa rwumvise imyanzuro y' ubushinjacyaha n'iy'ubwunganizi bwa Claude Muhayimana, Umunyarwanda ufite n'ubwenegihugu bw'Ubufaransa, akaba aregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

     

     

    Uyu mugabo w'imyaka 60 ashinjwa kuba yarakoresheje imodoka ya Hotel Guest House yatwaraga, akajyana Interahamwe mu bitero binyuranye byaguyemo Abatutsi benshi mu mujyi wa Kibuye no mu nkegero zayo.

    Ubushinjacyaha bwabwiye abacamanza ko bushingiye ku byavuzwe n' abatangabuhamya bashinje Claude Muhayimana, ndetse n'ibimenyetso bimuhamya icyaha, bumusabira gufungwa imyaka 15. Ni mu gihe Me Philippe Meilhac umwunganira mu mategeko asaba ko'umukiliya' we agirwa umwere, ngo kuko nta bubasha yari afite bwo kwanga amabwiriza yo gutwara abicanyi.

    Mu ntangiriro z'urubanza, Impuzamiryango CPCR iharanira Ubutabera n'Inyungu z'Abakotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ari nayo yakomeje guhirimbana kugeza Claude Muhayimana agejejwe mu butabera, yabwiye itangazamakuru ko kubera uburemere bw'ibyaha bimuhama, Claude Muhayimana yagombye guhanishwa gufungwa burundu.

    Uru rubanza rwatangiye tariki 22 Ugushyingo uyu mwaka, humvwa abatangabuhamya babarirwa muri 50, barimo n'umugore wa Claude Muhayimana, Mediatrice Musengeyezu, wavuze ko yamwiboneye yica Abatutsi. Harimo kandi abakoranye ibyaha nawe, babyemeye bakanabisabira imbabazi.

    Imyanzuro y'urukiko itegerejwe kuri uyu wa kane, tariki 16 Ukuboza 2021.
    Uru ni urubanza rwa 3 rubunashirije mu Bufaransa abaregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Mu zindi 2 zabanje, abagabo babiri bahoze ari ba burugumesitiri, Tito Barahira na Octavien Ngenzi, bahanishijwe gufungwa burundu, naho Pascal Simbikangwa wari kapiteni mu ngabo zatsinzwe ahanishwa igifungo cy'imyaka 25.

    The post Mu rubanza rubera i Paris mu Bufaransa, ubushinjacyaha bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana igifungo cy'imyaka 15 kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranyweho appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/mu-rubanza-rubera-i-paris-mu-bufaransa-ubushinjacyaha-bwasabiye-umunyarwanda-claude-muhayimana-igifungo-cyimyaka-15-kubera-uruhare-muri-jenoside-yakorewe-abatutsi-akurikiranyweho/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=mu-rubanza-rubera-i-paris-mu-bufaransa-ubushinjacyaha-bwasabiye-umunyarwanda-claude-muhayimana-igifungo-cyimyaka-15-kubera-uruhare-muri-jenoside-yakorewe-abatutsi-akurikiranyweho

  • Jacob Zuma umaze amezi atatu arekuwe agiye gusubizwa muri Gereza #rwanda #RwOT

    Urukiko rwo muri Afurika y’epfo rwafashe iki cyemezo, ruvuga ko irekurwa rye ryashingiye ku mpamvu zidakurikije amategeko.

    Igihe amaze hanze ya gereza ntigikwiye kubarirwa mu gifungo cy’amezi 15 yakatiwe, nkuko byategetse n’urukiko rwo mu murwa mukuru Pretoria.

    Zuma yarekuwe ku itariki ya 5 y’ukwezi kwa cyenda ku mpamvu y’uburwayi butatangajwe, ariko itangazo ry’abakuru ba gereza ryavuze ko yafunguwe hagendewe kuri raporo ya muganga.

    Mbere yuko afungurwa yari afungiye muri gereza ya Estcourt Correctional Centre, mu ntara ya KwaZulu-Natal.

    Uyu mugabo w’imyaka 79 yishyikirije polisi mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka, nyuma yuko abamushyigikiye bari bavuze ko bahangana n’abashinzwe umutekano bakababuza kumufata.

    Ariko gufungwa kwe, kutari kwarigeze kubaho mbere ku wahoze ari Perezida w’Afurika y’epfo, kwateje imyigaragambyo n’ibikorwa by’ubusahuzi byiciwemo abantu barenga 300.

    Nubwo mu 2018 yakuwe ku butegetsi n’ishyaka rye rya African National Congress (ANC), yakomeje kugira abamushyigikiye, by’umwihariko aho avuka mu ntara ya KwaZulu-Natal.

    Zuma yakatiwe igifungo ku itariki ya 29 y’ukwezi kwa gatandatu kubera kwanga gutanga ibimenyetso mu iperereza kuri ruswa yo mu gihe cy’imyaka icyenda yamaze ku butegetsi.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/6/article/Jacob-Zuma-umaze-amezi-atatu-arekuwe-agiye-gusubizwa-muri-Gereza

  • 'Ruharwa Protais Mpiranya ashobora gufatwa mu minsi ya vuba' Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT Serge Brammertz #rwanda #RwOT

    Ku munsi w'ejo, Umushinjacyaha Mukuru ku rwego rwasigariyeho inkiko mpuzamahanga mpanabyaha (IRMCT) ariwe Serge Brammertz yari imbere y'Akanama k'Umuryango w'Abibumbye gashinzwe Amahoro ku Isi aho yatangaga raporo y'akazi yashinzwe.

    Yavuze ko gushakisha ba ruharwa bagize uruhare mu kurimbura ubwoko Tutsi mu Rwanda bigeze kure nubwo harimo imbogamizi aho ibihugu bimwe na bimwe bidafasha uru rwego mu gukora iperereza ngo bamenyekane aho bari.

    Kuri ruharwa Protais Mpiranya, Serge Brammertz yavuzeko yagiriye urugendo mu gihugu cya Zimbabwe mu kwezi kwa Nzeli uyu mwaka akaba yarabonanye na Visi Perezida w'icyo gihugu Constantino Chiwenga ndetse n'abandi bayobozi batandukanye bakaba baramwemereye ubufasha ubwo aribwo bwose kugirango ruharwa Major Protais Mpiranya abashe gufatwa.

    Ku bijyanye na ruharwa Fulgence Kayishema bivugwa ko ari mu gihugu cy'Afurika y'Epfo, Serge Brammertz yavuze ko igihugu cy'Afurika y'Epfo kigaragaza ubushake buke mu bufatanye bwo gushakisha uyu ruharwa. Yasabye Akanama gashinzwe amahoro ku isi ubufasha kugirango ibi bigerweho.

    Ku bijyanye n'urubanza rwa Kabuga Felesiyani, Umushinjacyaha Mukuru wa IRCMT Brammertz yavuze ko itsinda rishinzwe uru rubanza ryarangije dosiye ndetse bakaba barasubije ibibazo bitandukanye byabazwaga n'umuryango we aho basabaga kurekura imitungo yafatiriwe. Tubibutse ko IRCMT yafatiriye imitungo ya Kabuga kugirango batazayikoresha kugura abatangabuhamya nkuko byagenze mu rubanza rwa Augustin Ngirabatware.

    Yongeyeho ko urubanza rwa Kabuga Felesiyani ari ingenzi cyane mu guha ubutabera inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Mu gusoza Brammertz yagarutse ku bikorwa bitandukanye byo guhakana no gupfobya Jenoside n'ibyaha byibasiye inyoko muntu bikorwa n'amatsinda y'Abanyarwanda baba hanze.

    Yagize ati 'Nyuma y'imyaka isaga 25 haracyari abantu bahakana, bagapfobya ibyemejwe n'inkiko bigaragaza ibyaha bya Jenoside n'ibyaha byibasiye inyoko muntu. Guhakana Jenoside no gusingiza abayikoze bikurura urwango'

    Brammertz yasabye urubyiruko kutikorera umusaraba w'amateka. Ubu butumwa busa n'ubugenewe Jambo asbl nubwo atabavuze mu izina. Tubibutse inkingi za mwamba za Jambo asbl

    Placide Kayumba: Ni we washinze Jambo Asbl ndetse yigeze kuyibera Umuyobozi. Ni umuhungu wa Dominique Ntawukuriryayo wahoze ari Su-Perefe wa Gisagara mu Majyepfo y'u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Mu 2010, Ntawukuriryayo yakatiwe igifungo cy'imyaka 25 n'Urukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda. Ni we wayoboye ubwicanyi ku musozi wa Kibuye ahiciwe Abatutsi basaga 30,000.

    Natacha Abingeneye: Ni we uyoboye Jambo Asbl muri iki gihe.Ni umukobwa wa Juvénal Uwiringiyimana wahoze ari Minisitiri w'Ubucuruzi, wanabaye umunyamuryango w'imena w'ishyaka MRND ryari irya Perezida Juvénal Habyarimana.

    Mu 2005, Urukiko rwa Arusha rwari rukurikiranye Uwiringiyimana ku byaha bya Jenoside ariko yapfuye ataraburanishwa. Muri icyo gihe ariko yafashaga Ubushinjacyaha bwarwo gutanga ubuhamya ku bo bashinjwaga hamwe.

    Ruhumuza Mbonyumutwa: Ni umunyamuryango wa Jambo Asbl akaba mwene Shingiro Mbonyumutwa, umuhungu wa Dominique Mbonyumutwa wabaye Perezida wa mbere w'u Rwanda.

    Mbonyumutwa yashyigikiye anatera ingabo mu bitugu ingengabitekerezo y'urwango ku Batutsi yanakomeje gushimangirwa n'abamusimbuye kugeza muri 1994.

    Shingiro Mbonyumutwa yahoze mu ishyaka MDR-Power, ishyaka ry'abahezanguni. Yabaye Umuyobozi Mukuru mu biro bya Minisitiri w'Intebe, Jean Kambanda, mu gihe cya Jenoside.

    Uyu Kambanda yari abereye umukozi, yahagarikiye Jenoside, ashishikariza abaturage gufata intwaro bakajya ku 'kazi' nk'uko bitaga ubwicanyi.

    Liliane Bahufite: Ni umukobwa wa Col. Juvénal Bahufite wahoze ari Umuvugizi w'ingabo z'abajenosideri bari barashinze Leta i Bukavu mu yahoze ari Zaïre (RDC) nyuma yo gutsindwa uruhenu n'ingabo za FPR Inkotanyi.

    Abagize Jambo Asbl bafite ijambo ry'ibanga ryo gushingira ku bwoko ndetse biyita 'Diaspora y'Abahutu'. Ni ingengabitekerezo yaranze amashyaka nka CDR yakwirakwije urwango rwagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Jambo Asbl ifite imbuga za internet ndetse n'imbuga nkoranyambaga ikoresha ikwirakwiza imigabo n'imigambo by'inyeshyamba za FDLR zirimo abasize bahekuye u Rwanda.

    Bivugwa ko abagize aka gatsiko bajya bagirira ingendo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gushaka ubuhamya bwa bamwe mu bagize FDLR , bavayo bakabicisha kuri Youtube.

    Jambo Asbl ifite n'abandi banyamuryango batigaragaza, bakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga.

    The post 'Ruharwa Protais Mpiranya ashobora gufatwa mu minsi ya vuba' Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT Serge Brammertz appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/ruharwa-protais-mpiranya-ashobora-gufatwa-mu-minsi-ya-vuba-umushinjacyaha-mukuru-wa-irmct-serge-brammertz/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=ruharwa-protais-mpiranya-ashobora-gufatwa-mu-minsi-ya-vuba-umushinjacyaha-mukuru-wa-irmct-serge-brammertz

  • US yanze guhana abagabye igitero cya drone cyishe abantu muri Afghanistan #rwanda #RwOT

    Icyo gitero cyabaye mu minsi ya nyuma y'ibikorwa by'Amerika byo guhungisha abantu ibakura mu murwa mukuru Kabul, nyuma yuko aba Taliban bafashe ubutegetsi.

    Umukozi utanga imfashanyo n'abantu icyenda bo mu muryango we, barimo abana barindwi, bapfiriye muri icyo gitero.

    Ubutasi bw'Amerika bwibwiraga ko imodoka y'uwo mukozi utanga imfashanyo yari ifite aho ihuriye n'umutwe w'intagondwa wa IS-K, uyu ukaba ari ishami ryo muri Afghanistan ry'umutwe wiyita leta ya kisilamu (IS).

    Ariko nyuma yaho, Jenerali Kenneth McKenzie ukuriye ibikorwa by'ingabo z'Amerika yavuze ko icyo gitero cyo ku itariki ya 29 y'ukwezi kwa munani cyari “ikosa ribabaje”.

    Igenzura ry'imikorere ryo ku rwego rwo hejuru ryo mu kwezi gushize, ryanzuye ko bidacyenewe ko hatangwa igihano cy'imyitwarire, kuko nta tegeko ryahonyowe, kandi hakaba nta gihamya igaragaza imyitwarire mibi cyangwa uburangare.

    Ibitangazamakuru byinshi byo muri Amerika byatangaje ko iryo genzura ryemejwe ku wa mbere na Minisitiri w'ingabo w'Amerika Lloyd Austin.

    Icyo gitero cya drone cyabaye hashize iminsi umwiyahuzi yiturikirijeho igisasu akica abaturage b'abasivile bagera ku 170 n'abasirikare 13 b'Amerika hanze y'ikibuga cy'indege cya Kabul.

    Icyo gitero cya drone cy'ingabo z'Amerika cyabaye ubwo imodoka y'uwo mukozi utanga imfashanyo – witwa Zamarai Ahmadi – yageraga mu nzira inyuramo imodoka yo mu rugo rwe, ruri kuri kilometero 3 uvuye ku kibuga cy'indege.

    Imodoka y'uwo mugabo yari yabonywe mu rugo rufite aho ruhuriye n'umutwe wa IS-K, kandi ingendo zayo zifite aho zihuriye n'andi makuru y'ubutasi ajyanye n'imigambi y'uwo mutwe ku kindi gitero.

    Iturika ryateje igiturika cya kabiri, mbere abategetsi bo muri Amerika bari bavuze ko cyari gihamya ko iyo modoka yari itwaye ibiturika. Ariko iperereza ryasanze ko bishoboka cyane ko icyo cyaturitse bwa kabiri cyaba cyari itanki (tank) irimo ikinyabutabire cya propane yari iri muri iyo nzira.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/us-yanze-guhana-abagabye-igitero-cya-drone-cyishe-abantu-muri-afghanistan

  • Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro ya Min… – #rwanda #RwOT

    Nyuma y'uko kuwa 10 Ukuboza 2021 Perezida Paul Kagame asubijeho Minisiteri y’Umutekano agashyiraho Bwana Alfred Gasana kuyiyobora, nk'uko kandi biteganwa n’Itegeko Nshinga ryo mu 2003 ryavuguruwe muwa 2015 mu ngingo yaryo 118 ivuga irahira ryabagize guverinoma;

    Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro ya Minisitiri mushya, Alfred Gasana mu muhango uri kubera mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu Village Urugwiro.

    Gasana warahiriye kuba Minisitiri w’Umutekano ni umwe mu bagabo b’inararibonye mu bijyanye n’umutekano, umwanya ashyizweho avuye mu Rwego rw’Igihugu Rushinzwe Umutekano (NISS), aho akaba yari akuriye Agashami Gashinzwe Iperereza ry’imbere mu gihugu, umwanya yari amazeho imyaka isaga icumi kuko yawuhawe mu mwaka wa 2011 nyuma kandi y'uko yari mu bagize Inteko ishingamategeko.

    Si iyo mirimo yonyine yakoze kuko yagiye akora no mu zindi nzego zinyuranye z’igihugu mu bihe bitandukanye.

    Bwana Alfred Gasana yarahiriye inshingano zo kuba Minisitiri muri Minisiteri y’Umutekano, Indahiro yakiriwe na Perezida Paul Kagame nk'uko bigenwa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

    Itangazo ryo kuwa 10 Ukuboza 2021 rishyiraho Minisitiri mushya w’Umutekano, Bwana Alfred Gana

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/112530/perezida-paul-kagame-ari-kwakira-indahiro-ya-minisitiri-mushya-wa-minisiteri-yumutekano-al-112530.html

  • Muhanga: Umukobwa arashinjwa kwikuramo inda uruhinja akaruta mu musarani #rwanda #RwOT

    Umukobwa w'imyaka 25 y'amavuko wo mu Kagari ka Remera, Umurenge wa Kiyumba, Akarere ka Muhanga, ukurikiranyweho gukuramo inda agata uruhinja mu musarani, yisobanura avuga ko yagiye mu musarani yakwikanira akumva umwana yituyemo.

    Dosiye y'Ikirego cy'uyu mukobwa ukurikiranyweho icyaha cyo kwikuramo inda, yashyikirijwe Ubushinjacyaha Urwego Rwisumbuye rwa Muhanga mu cyumweru gishize tariki 08 Ukuboza 2021.

    Iki cyaha akekwaho, cyabaye tariki 04 Ukuboza 2021, bigakekwa ko cyaba cyarabereye mu Mudugudu wa Nyanza Akagali ka Remera, Umurenge wa Kiyumba, Akarere ka Muhanga.

    Uyu mukobwa ukekwaho gukora iki cyaha, yari yaratashye iwabo muri aka gace nyuma yo gutererwa inda mu Mujyi wa Kigali aho yari asigaye aba.

    Inkuru dukesha urubuga rw'Ubushinjacyaha Bukuru bw'u Rwanda, ivuga ko uko umunyeyi w'ukekwaho kwivanamo inda yari avuye kuguza amafaranga ngo azabone uko umufasha agiye kubyara, yageze mu rugo asanga ukekwa ntari mu cyumba cye, asohotse asanga ahagaze iruhande rw'umusarani ari gutitira.

    Umubyeyi yarebye umukobwa we abona inda yabaye nto kandi yarabonaga ikuze, ahita akeka ko yaba yayivanyemo, ahita atabaza abaturanyi baraza babona uruhinja mu musarani.

    Ukekwa we avuga ko yashatse kujya mu musarani agaruka mu nzu, yumva mu nda hari kumurya asubirayo arikanira yumva umwana yituyemo.

    Bivugwa ko uyu mukobwa yari yaranze kujya kujya kwipimisha, akaba kandi avuga ko inda ye yari imaze amezi 4, ariko abamubonaga bakaba barabonaga ko ikuze yaba yari yaragejeje igihe cyo kubyara.

    Ukekwa aramutse ahamwe n'icyaha cyo kwikuramo inda ku bushake, yahanishwa igifungo cy'imyaka 3 n'ihazabu ingana n'ibihumbi magana abiri y'u Rwanda, nk'uko biteganywa n'ingingo y' 123 y'Itegeko N°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange.

    RADIO&TV10

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/muhanga-umukobwa-arashinjwa-kwikuramo-inda-uruhinja-akaruta-mu-musarani

  • Burera : Umusore yafatanywe Ibilo 1.200 by’amabuye y’agaciro ya magendu yakuye muri Uganda #rwanda #RwOT

    Uyu musore witwa Masengesho Isaac w’imyaka 20 y’amavuko, yafatiwe mu Kagari ka Kiringa mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera ku wa Gatandatu tariki ya 11 Ukuboza.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Burera, Superintendent of Police (SP) Aphrodis Nkundineza yavuze ko Masengesho yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bari babizi ko ayo mabuye ayakura mu gihugu cya Uganda.

    Yagize ati 'Abaturage bari bafite amakuru ko Masengesho ajya mu gihugu cya Uganda agakurayo amabuye y’agaciro mu buryo bwa magendu. Baje guha amakuru Polisi ijya iwe mu rugo aho atuye mu Mudugudu wa Kigote mu birometero 3 uvuye ku mupaka w’u Rwanda na Uganda. Abapolisi basatse mu nzu ye basangamo umufuka urimo ariya mabuye yari yawuhishe mu mwobo muremure yari yaracukuye mu nzu yo mu gikari.'

    Masengesho amaze gufatwa yavuze ko ayo mabuye ari ay’umuntu witwa Christophe utuye mu Karere ka Rubavu, yemera ko yayamukuriye mu gihugu cya Uganda ayazenye mu buryo bwa magendu.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Burera yibukije abaturage ko ibikorwa byose bijyanye n’ubucukuzi ndetse n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bigomba kuba bifitiwe ibyagombwa bitangwa n’inzego z’Igihugu zibishinzwe. Yaburiye abantu bishora mu bikorwa bitemewe n’amategeko ababwira ko abazajya bafatwa bazajya babihanirwa.

    SP Nkundineza yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye Masengesho afatwa asaba n’abandi kudahishira abakora ibinyuranijwe n’amategeko.

    Masengesho n’amabuye yafatanwe yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Cyanika kugira ngo hakorwe iperereza ku bandi bafatanije ubwo bucuruzi bwa magendu.

    Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri Ingingo ya 54 ivuga ko Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya,ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

    Source : http://www.ukwezi.rw/1-1/Amakuru-anyuranye/article/Burera-Umusore-yafatanywe-Ibilo-1-200-by-amabuye-y-agaciro-ya-magendu-yakuye-muri-Uganda