Tag: Umutekano

  • Ukraine: Zelensky yaburiye abasirikare ba Russia bari ku ruganda rw'ingufu kirimbuzi #rwanda #RwOT

    Perezida wa Ukraine yaburiye ko abasirikare b'Uburusiya abo ari bo bose barasa ku ruganda rugoswe rw'ingufu za nikleyeri rwa Zaporizhzhia bazaraswaho n'inzego z'umutekano.

    Mu ijambo avuga buri joro yavuze ku wa gatandatu, Volodymyr Zelensky yavuze ko umusirikare uwo ari we wese w'Uburusiya urasa kuri urwo ruganda cyangwa urasira kuri urwo ruganda azaba uwo “kuraswaho mu buryo bwihariye” na Ukraine.

    Yanashinje Uburusiya guhindura urwo ruganda ikigo cya gisirikare no kurukoresha nk'”igikangisho cya nikleyeri”.

    Uburusiya bwafashe urwo ruganda mu kwezi kwa gatatu nyuma y'imirwano ikomeye.

    Ni rwo ruganda rwa mbere runini rw'ingufu za nikleyeri i Burayi, kandi ruri ahantu h'ingenzi mu mujyi wa Nikopol wo mu majyepfo ya Ukraine.

    Abakozi mu bya tekinike b'Abanya-Ukraine baracyakoresha urwo ruganda, nubwo rwigaruriwe n'Uburusiya.

    Muri iki cyumweru, uru ruganda rwarashweho n'imbunda za rutura, Uburusiya na Ukraine buri ruhande rushinja urundi kuba ari rwo rwarashe kuri urwo ruganda.

    Mu ijambo rye rya nijoro ari mu murwa mukuru Kyiv, Zelensky yavuze ko Uburusiya burimo gukora “ubushotoranyi buhoraho” mu kurasa kuri urwo ruganda.

    Yavuze ko abasirikare bari kuri urwo ruganda barukoresheje nk'ibirindiro byabo byo kurasiramo umujyi wa Nikopol n'umujyi bituranye wa Marganets.

    Yagize ati: “Buri musirikare w'Uburusiya urasa ku ruganda, cyangwa akarasa yikinze ku ruganda, agomba kumva ko ahinduka uwo kuraswaho mu buryo bwihariye n'ubutasi bwacu, inzego z'umutekano zihariye zacu, igisirikare cyacu”.

    Yongeyeho ko “buri munsi” kwigarurira urwo ruganda kw'Uburusiya “kongera inkeke y'iyoherezwa ry'ingufu [zarwo] ku Burayi”.

    Ubutasi bwa gisirikare bwa Ukraine na bwo bwashinje Uburusiya ubushotoranyi mu gushyira igifaru cyigendesha cya Pion hanze y'umujyi uri hafi aho, no kugisiga irangi mu mabara y'ibendera rya Ukraine, mu kugerageza guhindanya isura (izina) ya Ukraine.

    Muri iki cyumweru, iperereza rya BBC ryahishuye ko abakozi benshi b'Abanya-Ukraine bo kuri urwo ruganda bakora bacunzwe n'abarinzi bitwaje intwaro, kandi bagakorera mu buryo bugoye cyane.

    Ku wa kane, ba minisitiri b'ububanyi n'amahanga bo mu bihugu bikize cyane ku isi bihuriye mu itsinda rya G7, basabye ko Uburusiya buva kuri urwo ruganda ako kanya.

    Kuburira kwabo kwunze mu bikubiye mu matangazo y'ikigo mpuzamahanga cy'umuryango w'abibumbye cy'ubugenzuzi bw'ingufu za nikleyeri (IAEA), yasabye ko harangira “ibikorwa bya gisirikare byose bishyira mu kaga umutekano wa nikleyeri”.

    Umunyamabanga mukuru wa ONU António Guterres yaburiye ko uko ibintu bimeze kuri urwo ruganda bishobora “kugeza ku makuba”.

    Ariko Uburusiya bwakomeje guhakana buvuga ko nta kibi bwakoze kuri uru ruganda.

    Ndetse na Vladimir Rogov, umutegetsi washyizweho n'Uburusiya muri ako gace, yanditse ku rubuga rwa Telegram ko abasirikare ba Ukraine barimo kurasa kuri urwo ruganda.

    Minisiteri y'ububanyi n'amahanga y'Uburusiya yavuze ko yigaruriye urwo ruganda mu gukumira ko hagira ibintu by'ubumara birusohokamo mu gihe cy'imirwano muri ako karere.

    Abategetsi bo muri iyi minisiteri bakorera muri ONU basabye ko haba inama yihutirwa y'akanama k'umutekano ka ONU yo kwiga ku kuntu ibintu bimeze kuri urwo ruganda. Iyi nama izabera i New York ku wa kane.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/ukraine-zelensky-yaburiye-abasirikare-ba-russia-bari-ku-ruganda-rw-ingufu

  • Nyarugenge: Yafashwe agiye gukorera abantu batatu ikizamini cya permis – #rwanda #RwOT

    Uwafashwe yari asanzwe ari umwarimu mu ishuri ryigisha amategeko y'umuhanda no gutwara ibinyabiziga rikorera mu mujyi wa Kigali.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko iki gikorwa kinyuranyije n'amategeko, cyagizwemo uruhare n'abandi bantu babiri barimo n'umupolisi nawe ukirimo gukorwaho iperereza.

    Yagize ati 'Yafashwe ubwo yageragezaga gukorera abantu batatu, ikizamini cyo kubona uruhushya rw'agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga kuri mudasobwa.'

    Yakomeje agira ati:'Hari umupolisi ukekwaho kuba ari we wamufashije kwinjira mu cyumba gikorerwamo ikizamini, hatagenzuwe ko yujuje ibisabwa, uyu nawe yamaze gufatwa. Undi wa gatatu nawe ucyekwaho gufatanya nabo ni umwarimu ku ishuri rimwe n'iryo yakoreragamo kirimo gushakishwa.'

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, yavuze ko mu fatwa ry'uwo muntu, bamusanganye nomero zo kwiyandikisha (Kode) z'abantu batatu yari agiye gukorera ikizamini cy'uruhushya rw'agateganyo nyamara asanzwe afite uruhushya rwa burundu rwo mu rwego rwa B, nk'uko iperereza ribigaragaza.

    Amaze gufatwa, yatangaje ko bariya yari agiye gukorera ibizamini, bari bamwemereye amafaranga atatangaje ingano yayo.

    Yashyikirijwe urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza ku byaha akurikiranyweho mu gihe hagikomeje ibikorwa byo gufata abacyekwaho kubigiramo uruhare.

    CP Kabera yaboneyeho umwanya wo kuburira abagitekereza kubona impushya zo gutara ibinyabiziga banyuze mu nzira z'ubusamo zibashora mu gukora ibyaha.

    Ingingo ya 277 yo mu itegeko riteganya ibyaha n'ibihano byabyo muri rusange, iteganya ko umuntu wese ku bw'uburiganya wihesha, ukora cyangwa ukoresha atabikwiye, impapuro z'inzira zikoreshwa mu gihugu cyangwa ku bajya mu mahanga, impamyabumenyi cyangwa impamyabushobozi, urupapuro rw'amanota, impushya zo gutwara ibinyabiziga n'izindi mpapuro cyangwa inyandiko cyangwa ibyemezo bitangwa n'inzego zabigenewe; aba akoze icyaha.

    Iyo ahamijwe n'urukiko gukora kimwe muri ibyo bikorwa, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni eshatu.

    Ingingo ya 4 yo mu itegeko no 54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rirwanya ruswa, ivuga ko; umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira mu buryo ubwo aribwo bwose, indonke iyo ariyo yose aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kuva ku myaka 5 ariko kitarenze imyaka 7 n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri 3 kugeza kuri 5 z'agaciro k'indonke yatse cyangwa yakiriye.

    Uwafashwe yahise ashyikirizwa RIB


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyarugenge-yafashwe-agiye-gukorera-abantu-batatu-ikizamini-cya-permis

  • M23 yafashe utundi duce inagota ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo, FDLR na FARDC berekeje i Goma #rwanda #RwOT

    Goma 24 News yatangaje aya makuru kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Kanama 2022 ko uduce twa Bukima, Kabaya na Kanombe turi mu maboko ya M23.

    Iki kinyamakuru gikomeza kigira kiti 'Nanone kandi Rumangabo [ikigo cya gisirikare] na cyo cyagoswe na M23. FARDC na FDLR bari guhunga berecyeza i Goma.'

    Aya makuru kandi yanemejwe n’umugaba mukuru wa M23, Gen Sultan Makenga wavuze ko M23 iri kugenzura utwo duce dutatu two muri Rutshuru kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri nyuma y’imirwano ikomeye yabaye hagati y’uyu mutwe na FARDC ndetse n’abarwanyi yiyambaje.

    Utu duce two muri Gurupoma ya Gisigari twafashwe na M23 mu gihe ku wa Mbere tariki 01 Kanama 2022 FARDC ifatanyije n’iyo mitwe bagabye ibitero ku birindiro bya M23 biherere muri Bisoke na Kalisimbi.

    Amakuru atangwa n’umwe mu bakurikiranira hafi iyi mirwnao imaze iminsi, yemeza ko M23 yanamaze kugota ikigo cya gisirikare cya Rumangabo gisanzwe gicunzwe na FDLR aho bamwe mu barwanyi bayo banabuze uko bahunda.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Amakuru-anyuranye/article/M23-yafashe-utundi-duce-inagota-ikigo-cya-Gisirikare-cya-Rumangabo-FDLR-na-FARDC-berekeje-i-Goma

  • RDC yitandukanyije n'abaturage iha isezerano rikomeye MONUSCO #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya ku wa Kane tariki 28 Nyakanga yatangaje ko igihugu cye kigomba kongera imbaraga mu mikoranire yacyo n'ingabo ziri mu butumwa bwa Loni.

    Nubwo abaturage ba RDC bakomeje imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO ndetse no kuyisaba kubaviramu gihugu,Guverinoma ya RDC yo yemeje ko hakwiriye kongerwa imikoranire nayo nkuko Bwana Muyaya yabivuze mu kiganiro n' Umuyobozi w'agateganyo ushinzwe ibikorwa by'ubutumwa bwa MONUSCO, Khassim Diagne.

    Patrick Muyaya yavuze ko rimwe mu masomo akomeye bakuye mu myigaragambyo yakozwe muri iki cyumweru, ari ukuvugurura no kongera imbaraga mu mikoranire na MONUSCO.

    Yagize ati 'Isomo rya mbere twakuyemo, nkeka ko dukeneye kongera imbaraga byumwihariko mu bikorwa by'ibanze nko mu rwego rwa politiki, mu by'ibikorwa bya gisirikare ndetse no mu guhanahana amakuru.'

    Patrick Muyaya kandi yavuze ko abaturage bakwiye kwirinda ibikorwa nk'ibi by'urugomo kuko bigira ingaruka ku mpande zombi yaba uruhande bamagana ndetse na bo ubwabo.

    MONUSCO yahakanye ko ingabo zayo zarashe mu baturage bariho bigaragambya bayamagana, yemeza ko hari gukorwa iperereza ku bagize uruhare mu mpfu z'abaguye muri iyi myigagambyo yabaye muri iki cyumweru.

    Yagize ati 'Ndagira ngo mbivugire aha ko kuva iyi myigaragambyo yatangira nari ndi kumwe n'ingabo zacu na Komana w'ingabo. None ndashaka kubahamiriza ukuri mbihagazeho ko MONUSCO itigeze irasa mu kivunge cy'abigaragambya.'

    Yakomeje agira ati 'Aka kanya kugira ngo nshyire umucyo hanze, tugiye gutangiza iperereza. Iryo perereza ni ryo rizatuma tumenya ahaturutse amasasu.'

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/rdc-yitandukanyije-n-abaturage-iha-isezerano-rikomeye-monusco

  • Yishe umukunzi we amuhoye kumena telefoni ye ya iPhone #rwanda #RwOT

    Umunyeshuri w'imyaka 22 uzwi nka Gift Oloku, yishwe n'umukunzi we kubera iPhone ye yamenye.

    Ibi byabereye mu gace kitwa Isoko gaherereye mu ntara ya Delta muri Nijeriya,Ku wa gatandatu, tariki ya 16 Nyakanga 2022.

    Uyu ukekwaho icyaha witwa Godspower Adegheji w'imyaka 23, ngo yaba yarishe uyu mukobwa akoresheje umuhoro.

    Ku cyumweru, umuvugizi wa polisi muri iyo Leta, DSP Bright Edafe, yemeje ibyabaye mu itangazo yashyize hanze,avuga ko ukekwaho icyaha yatawe muri yombi.

    Nk'uko Edafe abitangaza, ngo ukekwa yishe umukunzi we nyuma yo kwibeshya akamena telefone ye ya iPhone ubwo barwanaga.

    Ati “Uyu ni Godspower Adegheji ukomoka mu karere ka Etevie d'Ozoro, ufite imyaka 23, yishe umukunzi we Gift Oloku w'imyaka 22 muri Ozoro akoresheje umuhoro nyuma yo kumena atabishaka IPhone 11pro max ye igihe barwanaga kubera ko yagiye ahantu atabimubwiye. Yafunzwe.”

    Nk'uko ikinyamakuru The Nation kibitangaza ngo ibibazo byatangiye mu ijoro ryo ku wa gatandatu ubwo ukekwaho icyaha yashinjaga nyakwigendera kumuca inyuma nyuma yo gusohoka atabimubwiye maze havuka imirwano hagati yabo, bimuviramo gupfa.

    Ku cyumweru mu gitondo, ukekwaho icyaha yajyanye umurambo mu bitaro bikuru bya Leta, aho byemejwe ko uwahohotewe yapfuye.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/yishe-umukunzi-we-amuhoye-kumena-telefoni-ye-ya-iphone

  • RIB yataye muri yombi abagabo babiri bashinjwa gutera icyuma no kwambura umusaza bakamusiga ari intere #rwanda #RwOT

    Amakuru avuga ko mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 15 Nyakanga 2022 ari bwo Munyampeta usanzwe utuye mu Mudugudu wa Nyagakombe, Akagari ka Cyimbazi, mu Murenge wa Munyiginya, yari avuye mu kabari ari bwo yatezwe agaco n’abo bagizi ba nabi, baramukubita bamuhindura indembe ndetse banamutera icyuma mu maso.

    Amakuru yaje kumenyekana mu gitondo,cyo ku wa 16 Nyakanga 2022 ubwo abagenzi babonye uwo masaza aryamye ku nzira yabaye intere.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyiginya, Niyomwungeri Richard, yahamije ko abo bagizi ba nabi bahise batabwa muri yombi.

    Yagize ati 'Habanjwe hafatwa umwe kubera ko uyu musaza bamugezeho asa n’uwazahaye, akibasha kuvuga, avuga n’undi na we arafatwa. Abo babiri rero bafashwe,n’ubundi basanzwe ari ibihazi, bajyaga bagira nabi,bakaniba ubundi bagatoroka, tukababura. Ubu barafashwe bari muri RIB, Sitasiyo ya Cyigabiro.'

    Uyu muyobozi yatangaje ko uwahohotewe we arwariye ku Bitaro bya Kanombe mu Mujyi wa Kigali kandi ko ari kwitabwaho n’abaganga mu gihe cya vuba aza gukira.

    Niyomwungeri yasabye abaturage kujya batangira amakuru ku gihe kandi bakagerageza kwicungira umutekano.

    Yagize ati 'Icyo tuba dusaba abaturage ni ukuduha amakuru nta kindi, bakicungira umutekano kandi bagatangira amakuru ku gihe, abantu nk’abo bafite imyitwarire nk’iyo ntibabahishire hanyuma tugafatanya n’izindi nzego z’umutekano.'

    Ivomo:Umuseke

    Source : http://www.ukwezi.rw/1-1/Amakuru-anyuranye/article/RIB-yataye-muri-yombi-abagabo-babiri-bashinjwa-gutera-icyuma-no-kwambura-umusaza-bakamusiga-ari-intere

  • Abashimuse Padiri John na Donatus barasaba ingwate iryaguye #rwanda #RwOT

    Abashimuse abapadiri babiri bo muri Kiliziya Gatolika ku wa gatanu mu majyaruguru ya Nigeria basabye ingwate nyinshi cyane, nkuko bivugwa n'umukuru w'ishyirahamwe ry'amadini ya gikristu muri Nigeria, Pasiteri John Joseph Hayab.

    Abo bapadiri ni John Mark Cheitnum na Donatus Cleopas,  bashimuswe bafatiweho imbunda aho bari bari mu cyaro cya Yadin Garu muri leta ya Kaduna, nyuma yuko bari bagiyeyo kwitabira igikorwa cya Kiliziya.

    Umukuru wa polisi muri leta ya Kaduna, Ayoku Yekini, yabwiye BBC ko igikorwa cyo kubatabara kirimo kuba kandi ko abashinzwe umutekano 'bari gukurikira' ababashimuse.

    Ntibiramenyekana uwashimuse aba bapadiri.

    Pasiteri Hayab yavuze ko Kiliziya yaho idashobora kubona ingwate irimo gusabwa kugira ngo barekurwe.

    Mbere, iyo ngwate yari yashyizwe kuri miliyoni 50 z'ama-naira (angana na miliyoni 121 mu mafaranga y'u Rwanda), ariko nyuma haza kubaho kumvikana ashyirwa kuri miliyoni 40 z'ama-naira.

    Padiri John Mark Cheitnum (ibumoso) na Padiri Donatus Cleopas bashimuswe ku wa gatanu

    Kuva mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka, abihayimana barenga 10 bo mu madini ya gikristu — biganjemo abo muri Kiliziya Gatolika — bamaze gushimutwa n'abagabo bitwaje imbunda mu bice bitandukanye byo muri Nigeria.

    Abatari munsi ya babiri muri bo bishwe n'ababashimuse.

    Abashimuswe akenshi barekurwa iyo hamaze kwishyurwa ingwate.

    Pasiteri Hayab yamaganye ibikorwa by'ubushimusi bw'abihayimana birimo kwiyongera, avuga ko 'abashimusi batekereza ko abakuru b'amadini bafite amafaranga menshi. Icyo ni ikintu kitari ukuri bishyizemo'.

    Yongeyeho ko ubupadiri ari akazi ko 'kwitanga' katagira umushahara munini.

    Nigeria ihanganye n'inkubiri y'ubwicanyi n'ubushimusi bikorwa n'ibico by'abagizi ba nabi bitwaje intwaro n'intagondwa ziyitirira idini ya Islam.

    Ababikora ahanini bibasira abantu bari mu ngendo mu mihanda no mu turere two mu cyaro tutarinzwe.

    Ubutegetsi bwa Perezida wa Nigeria Muhammadu Buhari burimo kurushaho kunengwa kubera kunanirwa gucyemura ikibazo cy'umutekano mucye kiri henshi mu gihugu, nubwo yahagabye abasirikare babarirwa mu bihumbi.

    @BBC

    The post Abashimuse Padiri John na Donatus barasaba ingwate iryaguye appeared first on IRIBA NEWS.

    Source : https://iribanews.rw/2022/07/17/abashimuse-padiri-john-na-donatus-barasaba-ingwate-iryaguye/

  • Abasore bakekwaho gutera ibyuma umusaza bakam… – #rwanda #RwOT

    Abasore babiri batawe muri yombi kuwa gatandatu tariki ya 16 Nyakanga 2022, bakekwaho gutera ibyuma umusaza wari uvuye mu kabari bakamutaba mu masinde ari muzima.

    Nk'uko bivugwa n’abaturage batuye mu Kagari ka  Cyimbazi mu murenge wa Munyiginya, umusaza witwa Munyampeta Alexandre, mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki ya 15 Nyakanga 2022 yavuye mu kabari  afite telefoni ebyiri, abasore babiri baramukurikira baramufata bamwambura imyenda bamwambura amatelefoni, baramukubita bamuhindura inoge.

    Mu gitondo cyo kuwa gatandatu, abahinzi bari bagiye guhinga  basanze abo bagizi ba nabi bacukuye  mu masinde, bamutaba   agihumeka. Ubwo bari bamaze  kumutaburura nibwo yavuze uko byamugendekeye, ndetse n’abamuteye ibyuma bari basanzwe batuye mu mudugudu wa Nyagakombe nawe atuyemo.

    Amakuru atangwa n’abaturage babonye Munyampeta mu murima  yasanzwemo, bavuga ko abamuteye ibyuma ari abasore babiri b’ibihazi  bamukurikiye avuye mu kabari, baramufata bamwambura imyenda banamutera ibyuma mu maso ku buryo amaso yombi yahumye, banamujombye ibyuma ku myanya myibarukiro (Ubugabo).

    Ubuyobozi bw’umurenge wa Munyiginya buvuga ko abakekwaho gutera ibyuma uwo Musaza bafashwe bagashyikirizwa RIB.

    Niyomwungeri Richard, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Munyiginya mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa InyaRwanda.com, yavuze  ko abakekwa bafashwe n’inzego z’ibanze.

    Yagize ati “Ubuyobozi bumaze kumenya ayo makuru twahise dushakisha abo yavuze ko aribo babikoze twifashije irondo ry’umwuga, umwe twahise tumufata nyuma undi nawe yaje kuboneka, bombi twahise tubashyikiriza ubugenzacyaha.”

    Niyomwungeri arakomeza avuga ko abakekwaho gutera ibyuma uyu musaza  bari basanzwe barashyizwe ku rutonde rw’ibihazi, akanasaba abaturage kujya batanga amakuru ku bantu bigize ibihazi.

    Ati”Bariya bombi bari barashyizwe ku rutonde rw’ibihazi. Abaturage turabasaba kujya batanga amakuru abantu b’ibihazi bakamenyekana, kuko iyo bavuzwe kubashakisha dufatanyije n’inzego z’umutekano biratworohera.”

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/119070/abasore-bakekwaho-gutera-ibyuma-umusaza-bakamutaba-agihumeka-batawe-muri-yombi-119070.html

  • Kinshasa : Haravugwa imikwabu irimo kwibasira abacuruzi b’Abanyamahanga cyane cyane abavuga Ikinyarwanda #rwanda #RwOT

    Umuhuzabikorwa wa FEC, Albert Yuma kuri uyu wa 8 Nyakanga 2022 yatangaje ko batanyuzwe n’icyemezo cya Leta ya Kinshasa cyo kubangamira abacuruzi badakomoka muri iki gihugu bakorarera mu murwa mukuru Kinshasa.

    Muri iyi mikwabu irimo gukorwa na Polisi , abacuruzi b’abanyamahanga bari gusabwa icyangombwa kibemerera gukorera ubucuruzi mu gihugu ukibuze ibiciuruzwa bye bigahita bifatirwa nk’uko Ikinyamakuru Media Congo cyabigarutseho.

    Albert Yuma akomeza avuga ko iki gikorwa kirimo gukorwa i Kinshasa kibangamiye abanyamahanga baje mu biruhuko muri iki gihugu. Cyane ko mu mpeshyi hari ababa bavuye mu bihugu byabo baje kumarira ibiruhuko muri iki gihugu.

    Itegeko nomero 18/004 ryo kuwa 13 Werurwe 2018.rivuga ko umunyamahanga wese ukora ubucuruzi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo agomba gusaba ikarita imwemerera gukora ubucurizi. Iyi karita bivuga ko igomba kuba igaragaza impuzandengo y’igishoro watangije ubwo bucuruzi binorohereza ikigo cy’imisoro kugena ingano y’amafaranga asoreshwa.

    Cyakora hari abavuga ko iyi mikwabu iri kwibasira by’umwihariko abacuruzi bavuga Ikinyarwanda kabone nubwo baba ari Abanyekongo bakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Amakuru-anyuranye/article/Kinshasa-Haravugwa-imikwabu-irimo-kwibasira-abacuruzi-b-Abanyamahanga-cyane-cyane-abavuga-Ikinyarwanda