Tag: Umutekano

  • Umuraperi Danny Nanone yatawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwemeje ko rwafunze umuraperi Danny Nanone aho akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomretsa ku bushake.

    Uyu muraperi akaba yaraye atawe muri yombi mu ijoro ryakeye tariki ya 19 Nzeri 2022 aho akurikiranyweho gukubita umugore w’imyaka 30 bitewe n’amakimbirane bagiranye.

    Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, Dr. Murangira B Thierry yagize ati “Nibyo koko, aracyekwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake umugore w’imyaka 30”.

    Danny Nanone akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB Kicukiro mu gihe iperereza rigikomeje.

    Mu gihe yahamwa n’icyaha, yahanwa n’itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

    Iri tegeko rivuga ko uwahamijwe iki cyaha n’Urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu ry’amafaranga atari munsi ya miliyoni eshanu ariko zitarenze miliyoni 10Frw.

    Danny Nanone yatawe muri yombi

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/umuraperi-danny-nanone-yatawe-muri-yombi

  • Nigeria yafashe cocaine ya mbere nyinshi mu mateka yayo #rwanda #RwOT

    Urwego rwa Nigeria rurwanya ibiyobyabwenge ruvuga ko rwafashe cocaine isa nkaho ari yo ya mbere nyinshi ifashwe mu mateka y'iki gihugu.

    Ni toni 1.8 ya cocaine, igereranywa ko ifite agaciro ka miliyoni zirenga 278 z'amadolari y'Amerika (miliyari 292 uyavunje mu mafaranga y'u Rwanda).

    Yatahuwe mu nzu ibikwamo ibicuruzwa mu karere ka Ikorodu, mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw'umujyi munini w'ubucuruzi wa Nigeria, Lagos.

    Ibyo biyobyabwenge byari bihunitswe mu mifuka 10 yo gukorana urugendo hamwe no mu ngoma 13, nkuko byatangajwe n'ikigo cya Nigeria cyo kurwanya ibiyobyabwenge kizwi nka 'National Drug Law Enforcement Agency' (NDLEA).

    Abagabo bane b'Abanya-Nigeria, bafite imyaka 69, 65, na babiri bafite imyaka 53, batawe muri yombi mu bice bitandukanye bya Lagos.

    Umunyamahanga na we yafunzwe, mu cyo ikigo NDLEA kivuga ko cyari “igikorwa cyahujwe neza kandi kigendeye ku makuru y'ubutasi” cyakozwe mu minsi ibiri.

    Ikigo NDLEA kivuga ko abo bagabo bari barimo guteganya kugurisha ibyo biyobyabwenge ku baguzi b'i Burayi, muri Aziya no mu bindi bice byo ku isi.

    Bridagiye Jenerali Mohammed Buba Marwa (Rtd), yashimiye abashinzwe umutekano, bakoranye na bagenzi babo bo muri Amerika muri icyo gikorwa.

    Itangazo ry'iki kigo risubiramo amagambo ye agira ati: “Uku gufatwa ni amateka yanditswe mu gushegesha ibico by'abacuruza ibiyobyabwenge kandi ni na gasopo ikomeye ko bose bazafatwa niba bananiwe kubona ko umukino wahindutse”.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/nigeria-yafashe-cocaine-ya-mbere-nyinshi-mu-mateka-yayo

  • General wari ushinzwe kurwanya M23 yatawe muri yombi ashinjwa ibyaha birimo kugambirira kugirira nabi Tshisekedi #rwanda #RwOT

    Amakuru dukesha ikinyamakuru vraies-infos.net, avuga ko ifatwa rya Lieutenant Général Philemon Yav Irung, ryamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Nzeri 2022.

    Iki kinyamakuru kivuga ko Lt Gen Philemon Yav Irung yahise ajyanwa muri Gereza ya Makala iri mu zikomeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Umunyamakuru Steve Wembi yanditse agira ati 'Lt Gen Philemon Yav Irung uyu munsi yajyanywe muri Gereza ya Makala Pavillon 8. Impamvu yatumye afatwa : Kugambirira kugirira nabi Igihugu n’umukuru wacyo.'

    Mbere yuko ahabwa kuba komanda w’Ibikorwa bya Gisirikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, yari umuyobozi w’ibikorwa bya FARDC bya Zone ya gatatu.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Amakuru-anyuranye/General-wari-ushinzwe-kurwanya-M23-yatawe-muri-yombi-ashinjwa-ibyaha-birimo-kugambirira-kugirira-nabi-Tshisekedi

  • DR Congo: Ingabo za Ukraine zari muri MONUSCO zatashye nyuma y'imyaka 10 #rwanda #RwOT

    Abasirikare ba Ukraine bari mu butumwa bwa ONU bwo kugarura amahoro muri DR Congo babuvuyemo barataha ku busabe bwa leta yabo, nk'uko bitangazwa na MONUSCSO.

    Umunya-Bresil General Marcos Da Costa umugaba w'ingabo za MONUSCO yashimye umusanzu ingabo za Ukraine zatanze mu myaka 10 zimaze 'zifasha abaturageba DR Congo'.

    UN igaragaza ko Ukraine yari ifite abasirikare 250 muri MONUSCO, barimo abagore babiri.

    Iri niryo tsinda nini ry'ingabo za Ukraine ziri mu butumwa bwa ONU ryari rigizwe n'abasirikare b'inzobere muri kajugujugu z'intambara, Ukraine kandi yari ifite kajugujugu umunani muri MONUSCO, nk'uko amakuru yayo abyerekana.

    MONUSCO ivuga ko kajugujugu za Ukraine zari zigize hafi 1/3 cya kajugujugu zayo muri DR Congo.

    Muri Werurwe(3) nibwo Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yasinye itegeko rihamagara ingabo zose zagiye mu butumwa bwo kugarura amahoro gutaha zigafasha kurwana intambara n'Uburusiya.

    Inzobere mu byo kubungabunga amahoro icyo gihe zagaragaje impungenge ku bikorwa by'ingabo za MONUSCO mu burasirazuba bwa DR Congo mu gihe ingabo za Ukraine zaba zitashye.

    Ukraine ubu ihugiye mu bitero bya gisirikare byo kwigaranzura Uburusiya mu burasirazuba bwayo.

    Mu minsi ishize ingabo zayo zivuga ko zabashije gusubiza inyuma iz'Uburusiya no kwigarurira ibice bimwe n'imijyi byari byarafashwe n'Abarusiya.

    Perezida Vladimir Putin w'Uburusiya akomoza kuri uku kwigaranzura k'Uburusiya yavuze ko nta kimwihutisha, kandi ko kugeza ubu Uburusiya butarakoresha ingufu zabwo zose.

    MONUSCO, bumwe mu butumwa bwa UN bwo kubungabunga amahoro bunini ku isi, burimo kugenda bufunga gahoro gahoro nyuma y'imyaka 22 muri iki gihugu.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/dr-congo-ingabo-za-ukraine-zari-muri-monusco-zatashye-nyuma-y-imyaka-10

  • Ethiopiya:Jenerali yigambye kwirukansa Abarwanyi ba Tigray #rwanda #RwOT

    Komanda w'abarwanyi bo mu karere ka Tigray kibasiwe n'intambara ko mu majyaruguru ya Ethiopia yavuze ko batakaje umujyi uri hafi y'imipaka y'aka karere n'igihugu cya Eritrea baturanye.

    Liyetona Jenerali Tadesse Worede yabwiye radio yo muri ako karere ko abasirikare ba Ethiopia bafatanyije n'abasirikare ba Eritrea bafashe umujyi wa Sheraro.

    Leta ya Ethiopia na leta ya Eritrea nta cyo zirabitangazaho, kandi kuba itumanaho ridakora muri ako karere byatumye bigora BBC kuba yakwemeza aya makuru mu buryo bwigenga.

    Umujyi wa Sheraro uri mu ntera ya kilometero 50 uvuye ku mupaka.

    Jenerali Tadesse yanavuze ko abasirikare ba leta ya Ethiopia bafashe umujyi wa Addi Arkay, uri ku mupaka hagati ya Tigray n'akarere bituranye mu majyepfo ka Amhara, wari umaze umwaka urenga uri mu maboko y'ingabo za Tigray.

    Jenerali Tadesse yavuze ko abasirikare ba leta ya Ethiopia bafite gahunda yo “kugenzura [imijyi ya] Axum, Adigrat, Shire no kwinjira muri Mekelle [umurwa mukuru wa Tigray]”.

    Yongeyeho ko intego ya nyuma bafite ari “ukwambura intwaro” ingabo za Tigray.

    Yagize ati: “Abaturage ba Tigray bugarijwe n'igitero gihuriweho gishobora kwitwa icya mbere kinini cyane kibayeho kugeza ubu”.

    Impande zombi zirwana muri iyi ntambara zashinjwe ubugizi bwa nabi.

    Leta ya Ethiopia ahanini imaze igihe icecetse ku bijyanye n'amakuru y'imirwano.

    Muri iki cyumweru, umugaba mukuru w'ingabo za Ethiopia, Maréchal Berhanu Jula, yavuze ko abasirikare be “barimo gushobora kuburizamo ibitero byagabwe” n'ingabo za Tigray, ariko ntiyatanga amakuru arambuye.

    Hashize ibyumweru bitatu imirwano yongeye kubura, ikuraho agahenge kari kamaze amezi atanu.

    Kandi nubwo hakomeje kwiyongera ubusabe bwuko imirwano ihosha, imirwano yo ikomeje gutangazwa mu bice bitandukanye.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/etiopiya-jenerali-wa-tplf-arigamba-kwirukansa-a%EF%BB%BFbarwanyi-ba-tigray

  • Polisi y’ u Rwanda yasezeye ku bapolisi bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 13 Nzeri 2022, Polisi y’u Rwanda, yasezeye ku mugaragaro ku bapolisi 155 bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru mu muhango wabereye ku (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/polisi-y-u-rwanda-yasezeye-ku-bapolisi-bagiye-mu-kiruhuko-cy-izabukuru

  • Benin yasabye u Rwanda umusada mu kurwanya ibyihebe biyugarije #rwanda #RwOT

    Leta ya Benin yatangiye ibiganiro na Guverinoma y'u Rwanda, bigamije gusaba inkunga y'ibikoresho n'ubunararibonye mu guhangana n'ibyihebe bigendera ku matwara ya Kiyisilamu bimaze gushinga ibirindiro mu majyaruguru y'Igihugu.

    Umuvugizi wa Perezidasi ya Benin Wilfried Houngbédji, yabitangarije Ibiro Ntaramakuru by'Abafaransa (AFP), ashimangira ko Ingabo za Benin zoherejwe muri ako Karere k'Amajyaruguru mu guhangana n'imitwe y'iterabwoba yigaruriye ibice bitandukanye by'ibihugu by'abaturanyi ari byo Nigeria ndetse na Burkina Faso.

    Bivugwa ko ibyo mitwe y'iterabwoba igaba ibitero ku basivili, ikabasahura, igatwika ibyabo ndetse ikanarenzaho kugaba ibitero ku nzego z'umutekano. Ubufatanye bw'u Rwanda na Burkina Faso bwitezweho gufasha mu kongerera imbaraga ingabo za Benin zoro mu birindiro.

    Yagize ati: 'Nk'uko bimeze kuri Niger na Burkina Faso, turimo kuganira n'u Rwanda mu birebana n'inkunga y'ibikoresho no kutwungura ubumenyi no kusangiza ubunararibonye. Ariko amasezerano ashobora gusinywa ntaho azaba agaragaza iyoherezwa ry'ingabo z'u Rwanda.'

    Ayo makuru yaje akurikira inkuru yatangajwe n'Ikinyamakuru Africa Intelligence, cyibanda ku nkuru za Politiki n'ubukungu zicukumbuye zo muri Afurika cyagaragaje ibiganiro bikomeje hagati ya Kigali na Cotonou bigamije kohereza amagana y'ingabo z'u Rwanda mu Majyaruguru ya Benin.

    Icyo gitangazamakuru cyatangaje ko umubare w'ingabo z'u Rwanda ukwiriye kuba wateganywa mu cyiciro cya mbere ubarirwa muri 350, kigakomeza kinahamya ko ushobora no kwikuba kabiri.

    Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga, yatangarije AFP ko adashobora kugira byinshi avuga kuri iyo ngingo, ariko yemeza ko hasanzwe haari umubano n'ubufatanye mu bya gisirikare hagati y'ibihugu byombi.

    Umugaba w'Ingabo za Benin Gen. Fructueux Gbaguidi, aheruka kuzindukira mu Rwanda muri Nyakanga ishize, aho yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Rwanda bigamije gushimangira umubano w'ibihugu byombi mu bya gisirikare.

    Ibihugu bikora ku Nyanja y'Atalantika nka Togo, Ghana na Côte d'Ivoire, bikomeje gushaka imbaraga n'ubumenyi mu bya gisirikare mu rwego rwo kurinda imipaka yabyo na Mali, Niger na Burkina Faso nyuma y'ibihe bidasanzwe byaranzwe n'ibitero by'inyeahyamba.

    Ibyo bihugu bihangayikishijwe n'uko haba hari imitwe y'ibyihebe yatangiye gushaka abayoboke mu baturage babyo.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/benin-yasabye-u-rwanda-umusada-wo-kurwanya-ibyihebe-biyugarije

  • Ukraine yatangiye kwisubiza uturere twari twarigaruriwe n'Uburusiya #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Ingabo mu Bwongereza iremeza ko Ukraine irimo gutera intambwe igaragara mu kwisubiza uturere dutandukanye Uburusiya bwari bwarigaruriye.

    Ingabo za Ukraine zemeza ko zigaruriye umujyi wa Izyum. Uburusiya nabwo bwemeje ko bwavuye muri uwo mujyi, ariko buvuga ko bwahavuye ku bushake bwabwo.

    Abasesenguzi batangaza ko kwisubiza umwo mujyi wa Izyum ari intambwe ikomeye kuri Ukraine, kuko biganisha ku kwigarurira inzira Uburusiya bwacishagamo ibikoresho n'ibiryo by'abasirikare babwo bamaze amezi arenga atandatu ku rugamba muri Ukraine.

    Uturere imirwano yakazemo turimo akarere ka Donetsk. Abasesenguzi bakeka ko Uburusiya bushobora kohereza izindi ngabo muri ako karere kari mu maboko ya Ukraine, muri gahunda yo gukazayo ibitero.

    IJWI RY'AMERIKA

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/ukraine-yatangiye-kwisubiza-uturere-twari-twarigaruriwe-n-uburusiya

  • Kigali: Polisi yafashe abantu 3 ibacyekaho kwigana no gukoresha inyandiko mpimbano #rwanda #RwOT

    Ku wa Gatanu, tariki ya 9 Nzeri, Polisi y'u Rwanda, mu Mujyi wa Kigali, yafashe abantu batatu bacyekwaho kwigana no gukoresha ibyangombwa bitangwa mu buryo bwemewe n'amategeko n'ibigo bitandukanye birimo ibya Leta n'ibyigenga.

    Mu bafashwe harimo babiri bakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto ari bo; bitwazaga uruhushya rubemerera gutwara abagenzi rw'uruhimbano n'icyemezo cy'ubwishingizi bwa moto cya Radiant cy'icyiganano.

    Ubusanzwe uruhushya rwo gutwara abagenzi kuri moto rutangwa n'Ikigo cy'igihugu gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA)

    Undi watawe muri yombi, akuriranyweho kuba ari we wiganaga ibi byangombwa bafatanywe akabibagurisha.

    Umuvugizi wungirije wa Polisi y'u Rwanda, Chief Superintendent of Police (CSP) Africa Sendahangarwa Apollo yavuze ko kugira ngo bafatwe byaturutse kuri bamwe mu baturage bamenye amakuru bakayashyikiriza Polisi.

    CSP Africa yagize ati 'Hashingiwe ku makuru yizewe ku bikorwa byabo binyuranyije n'amategeko, Polisi yabanje gufata babiri bakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto, nyuma yo kubasangana impushya zibemerera gutwara abagenzi n'ibyemezo by'ubwishingizi by'ibyiganano byanditse kuri moto zabo.'

    Yakomeje agira ati 'Bakimara gufatwa bahishuriye Polisi ko ibyo byangombwa babiguze umwaka ushize n'undi muntu wahise ashakishwa nawe arafatwa, basatse mu nzu ye habonekamo ibindi byangombwa by'ibyiganano birimo ibyemezo by'ubwishingizi bwa moto 6 n'ibyemezo by'uruhushya rwo gutwara abagenzi kuri moto bigera kuri bine.”

    CSP Africa yunzemo ati 'Hahise hakurikiraho kugenzura ku bufatanye na RURA n'ikigo cy'ubwishingizi cya Radiant, biza kugaragara ko ibyangombwa bafatanywe bitari ku rutonde rw'ibyatanzwe mu buryo bwemewe n'amategeko bityo ko ari ibyiganano.'

    Umwe mu bafashwe yavuze ko umwe yishyuye ibihumbi 15 Frw kugira ngo abone ibyo byangombwa naho mugenzi we avuga ko yamuhaye ibihumbi 30 Frw.

    Aba bose uko ari batatu, bashyikirijwe Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) kugirango hakomeze iperereza ku byaha bakurikiranyweho.

    CSP Africa yaburiye abijandika muri bene ibi bikorwa binyuranyije n'amategeko, ashimira kandi uruhare rw'abaturage batanga amakuru y'abacyekwaho gukora ibyaha.

    Ingingo ya 276 yo mu itegeko riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange ivuga ko , Umuntu wese uhimba cyangwa uhindura mu buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko cyangwa ikindi kintu cyanditseho igitekerezo, ashyiraho umukono cyangwa igikumwe bitari byo, yonona inyandiko cyangwa imikono, asimbuza abantu abandi, ahimba amasezerano, imiterere y'ingingo zayo, igitegetswe gukorwa cyangwa icyarangije kwemeranywa, aba akoze icyaha

    Umuntu wese, ku bw'uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n'ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk'uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

    Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/kigali-polisi-yafashe-abantu-3-ibacyekaho-kwigana-no-gukoresha-inyandiko