Tag: Umutekano

  • Hamenyekanye impamvu Inkotanyi zahisemo gutangiza urugamba tariki ya 01 Ukwakira 1990 #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cy'umunsi nk'uyu tariki 1 Ukwakira 1990, isasu rya mbere ryavugiye i Kagitumba muri perefegitura y'Umutara (ubu ni muri Nyagatare), riba imbarutso y'inzira ndende yo gutaha ku bihumbi by'Abanyarwanda bari bamaze imyaka isaga 30 barameneshejwe iwabo.

    Ni umunsi wahinduye amateka y'u Rwanda, biba ihurizo rikomeye kuri Leta ya Juvenal Habyarimana wari umaze igihe yarinangiye, avuga ko 'igihugu cyuzuye' ku buryo kitabona aho gutuza abacyo bari mu buhungiro.

    Iyi tariki ya 1 Ukwakira yari imaze iminsi itegerezanyijwe amatsiko n'abasore n'inkumi b'Inkotanyi, bari baramaze kubona ko inzira y'ibiganiro itagishoboka, ahasigaye ari inzira y'umuriro.

    Mu mateka ya RPA n'ay'u Rwanda muri rusange, itariki 1 Ukwakira nta gisobanuro cyihariye yari ifite mbere ya 1990, nubwo FPR Inkotanyi n'ingabo zayo batapfuye kuyihitamo gusa.

    Mu gitabo 'A Thousand Hills: Rwanda's Rebirth and the Man Who Dreamed It' cy'umunyamakuru Stephen Kinzer, agaragaza ko gutoranya iyo tariki byari bisobanuye byinshi muri icyo gihe.

    Guhera kuwa Gatandatu tariki 29 no ku Cyumweru tariki 30 Nzeri 1990, ku cyicaro gikuru cya Loni i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hari hateraniye inama mpuzamahanga yiga ku bibazo byari byugarije abana ku Isi.

    Mu bakuru b'ibihugu na Guverinoma 71 bari bitabiriye, hari harimo Perezida Habyarimana na Yoweri Museveni wa Uganda. FPR Inkotanyi yari ibizi neza ko aba bakuru b'ibihugu bibiri bazaba bakiri muri Amerika kuwa Mbere tariki 1 Ukwakira 1990.

    Umunyamakuru Kinzer avuga ko ku ruhande rw'u Rwanda, byari bigoye kwisuganya ngo ingabo zibone amabwiriza ahagije yo kurwanya ingabo zabateye, nk'uko byakagenze Perezida ari mu gihugu.

    Benshi mu ngabo za RPA zatangije urugamba, bari basanzwe ari abasirikare mu ngabo za Uganda barangajwe imbere Gen Major Gisa Fred Rwigema.

    Ntabwo babaga hamwe, bari bari mu bice bitandukanye bya Uganda, kandi kugira ngo igitero gikunde bagombaga kuba bari hamwe.

    Rwigema wari Umugaba Mukuru Wungirije w'Ingabo za Uganda nta buryo bundi yari kubona bwo kwimura abasirikare abavana mu birindiro bimwe abajyana ahandi, adafatiranye Museveni ari hanze y'igihugu.

    Ibyo nabyo Kinzer avuga ko byorohejwe n'uko tariki 9 Ukwakira, ari yo tariki Uganda yizihirizaho umunsi w'ubwigenge. Bivuze ko abasirikare bagombaga kuvanwa mu birindiro bimwe na bimwe hakiri kare, bakajya kwitegura imyiyereko yo ku munsi w'ubwigenge.

    Muri ayo matariki byoroheye abagaba b'ingabo za RPA kwimuriramo n'ingabo zifite inkomoko mu Rwanda, zibasha gukusanyirizwa hamwe nta wundi Muyobozi mu ngabo za Uganda ubiciye iryera kuko byakorwaga nk'uburyo bwo kujya kwitegura umunsi w'ubwigenge.

    Kinzer ati 'General Fred Rwigema yamenyesheje Museveni ibyo kwimura ingabo. Kubera ko Museveni ari we wari umukuriye yari i New York, nta wundi musirikare wari gutinyuka kumubaza uburyo akusanya abasirikare ibihumbi bibiri ahantu hamwe bafite inkomoko mu Rwanda. Rwigema yabategetse kugenda bagana ku mu bice byegereye umupaka w'u Rwanda ngo bitegure urugamba.'

    Guhera tariki 30 Nzeri, nibwo amakamyo yuzuye abasirikare yatangiye kwisuka mu Karere ka Ankole kari mu Majyepfo ya Uganda, mu bice byegereye umupaka w'u Rwanda.

    Abasirikare baje bitwaje intwaro nyinshi ziganjemo izo bari basahuye bubiko bw'intwaro bwa Uganda.

    Ahagana saa yine z'igitondo tariki 1 Ukwakira byose bimaze kujya ku murongo, nibwo itegeko ryatanzwe bambuka umupaka wa Kagitumba, bwa mbere baba bakandagiye ku butaka bw'u Rwanda bahoraga babwirwa mu nkuru.

    Mu minota mike bari bamaze kwigarurira ako gace kari karinzwe n'abasirikare ba Leta mbarwa.

    Iyi tariki niyo yabaye imbarutso y'urugamba rwamaze imyaka ine, rusozwa no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi tariki 4 Nyakanga 1994 ubwo Leta yayikoraga yaneshwaga, hagatangira inzira yo kubaka u Rwanda rushya rumaze imyaka 28.

    IVOMO: IGIHE

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/hamenyekanye-impamvu-inkotanyi-zahisemo-gutangiza-urugamba-tariki-ya-01

  • Musanze: Ibyangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga bikomeje kwiyongera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage bo mu Karere ka Musanze, bakomeje kwibaza amaherezo y’imvura nyinshi ivanze n’umuyaga, ikomeje kuhagwa ubudasiba, kugeza ubwo amazu 65 yari amaze (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/musanze-ibyangijwe-n-imvura-ivanze-n-umuyaga-bikomeje-kwiyongera

  • Cabo Delgado: Uburyo RDF yabohoje Umujyi wa Mocimboa da Praia (Video) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mocimboa da Praia ni kamwe mu turere tubiri tw’Intara ya Cabo Delgado muri Mozambique turinzwe n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, ari zo Ingabo na Polisi by’u (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/umutekano/hanze-y-igihugu/article/cabo-delgado-uburyo-rdf-yabohoje-umujyi-wa-mocimboa-da-praia-video

  • RIB yatahuye abantu bari bagiye gucuruza abakobwa muri Oman #rwanda #RwOT

    Muri iyi nkuru RBA dukesha iyi nkuru yaganiriye n’umwe mu banyarwanda bahuye n’iki kibazo n’uburyo yabashije kugaruka mu Rwanda nyuma yo kujyanwa mu gihugu cya Oman.

    RIB ivuga ko nubwo imibare y’abafatirwa mu cyaha cyo gucuruza abantu igenda igabanuka, abantu badakwiye kwirara ahubwo bakirinda amayeri yose akoreshwa n’ abacuruza abantu babizeza ibyiza mu mahanga.

    RIB ivuga ko byumwihariko muri uku kwezi kwa Cyenda yatahuye abantu bari bari kugerageza kujya gucuruza abakobwa muri Oman, ariko bahita babagarura mu gihugu nkuko byasobanuwe na Peter Karake ushinzwe kurwanya iterabwoba muri uru rwego.

    RIB igaragaza kandi ko kubera imiterere mibi y’akazi kanahabanye nako baba basezeranyijwe iyo babonye utabaza wese bihutira kumugarura mu gihugu.

    Mu mwaka wa 2018 habonetse ibirego by’iki cyaha 49, muri 2019 haboneka ibirego 53, muri 2020 haboneka 33, naho mu mwaka wa 2021 haboneka 27, muri uyu mwaka kugeza ubu hamaze kuboneka ibirego byiki cyaha 20.

    Ibi bivuze ko mu myaka ine ishize habonetse ibirego 182, birimo abakorewe iki cyaha 302 barimo abakobwa 231 n’ abahungu 71.

    Muri aba abagera kuri 106 bagiye kugurishwa babeshywa akazi, mu gihe 76 bagiye babeshywe ubukwe cyangwa Urukundo.

    Abacurujwe bagaruwe mu Rwanda ni 56, benshi bakaba baravuye mu bihugu birimo Kuwait 19, Uganda 06, Saudi Arabia 7 na Oman 7.

    RIB ikaba isaba abantu gushishoza cyane cyane mu gihe bizezwa ibitangaza nabantu bahuriye ku mbugankoranyambaga bataziranye imbonankubone.

    Source : http://www.ukwezi.rw/1-1/Amakuru-anyuranye/article/RIB-yatahuye-abantu-bari-bagiye-gucuruza-abakobwa-muri-Oman

  • Leta ya RDC yafunze abasirikare 75 bakekwaho gufatanya na Gen Philémon Yav #rwanda #RwOT

    Leta ya RDC yafunze abasirikare 75 baregwa ubufatanyacyaha na General Philémon Yav, uheruka gufungwa ashinjwa kugirana umubano na Leta y'amahanga.

    Gen Yav wayoboraga akarere ka gatatu ka gisirikare gahuza intara eshanu za Tshopo, Ituri, Kivu y'Amajyaruguru, Kivu y'Amajyepfo na Maniema, yatawe muri yombi ku wa 19 Nzeri.

    Akekwaho ko yagiranye ibiganiro n'abasirikare bo mu kindi gihugu, ngo abe yafasha umutwe wa M23 kwinjira mu mujyi wa Goma.

    Leta ya Congo ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, rwo rukabyamaganira kure.

    Uretse uyu, umuyobozi w'ibikorwa bya gisirikare muri Ituri, Général Chirimwami, na we aheruka gutabwa muri yombi ahita ajyanwa muri gereza ikomeye ya Makala, i Kinshasa.

    RFI yatangaje ko hari n'abandi basirikare benshi bamaze gutabwa muri yombi mu ntara za Kivu no muri Lualaba, aho ku wa Gatatu tariki 21 Nzeri, abasirikare bakoze isaka ridasanzwe kuri hoteli ya Général Philémon Yav.

    Perezida Tshisekedi yabwiye iki gitangazamakuru ko uyu mugabo akekwaho ibyaha bikomeye by'ubugambanyi n'ibifitanye isano no guha amakuru y'iperereza igihugu cy'amahanga. Yemeje ko iperereza rikomeje.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/leta-ya-rdc-yafunze-abasirikare-75-baregwa

  • Perezida Putin yirukanye umu jenerali ushinzwe ibikoresho bya gisirikare #rwanda #RwOT

    Perezida w'Uburusiya Vladimir Putin yirukanye Jenerali wari ushinzwe kuyobora ibikorwa byo gutanga ibikoresho ku gisirikare cy'iki gihugu byagabanyije umuvuduko muri Ukraine.

    Jenerali Dmitry Bulgakov, wungirije umukuru w'igisirikare cy'Uburusiya, yakuwe ku mwanya we ku wa gatandatu, nkuko minisiteri y'ingabo yabitangaje ku rubuga rwa Telegram.

    Iyi minisiteri yavuze ko uyu Jenerali, w'imyaka 67, “yarekuwe” kugira ngo abone uko ajya mu kandi kazi.

    Azasimburwa na Koloneli Jenerali Mikhail Mizintsev, wayoboye igikorwa cy'Uburusiya cyo kugota umujyi uri ku cyambu (ikivuko mu Kirundi) wa Mariupol muri Ukraine.

    Jenerali Bulgakov yari ashinzwe ibikoresho by'igisirikare cy'Uburusiya kuva mu mwaka wa 2008.

    Ndetse ni we wari ushinzwe gutuma igisirikare cy'Uburusiya gikomeza kugerwaho n'ibikoresho nyuma yuko abasirikare babwo bagabwe muri Syria mu mwaka wa 2015.

    Ariko bamwe mu babikurikiranira hafi bavuga ko mu mezi ya vuba aha ashize yashyizwe ku ruhande mu Burusiya, benshi bakamwegekaho ko ari we watumye habaho ikibazo gikomeye cyo kugeza ibikoresho ku basirikare, cyabangamiye gutera intambwe kw'Uburusiya, kigasiga abasirikare babwo bafite ibikoresho bicyeya.

    Mu mezi ya vuba aha ashize, byabaye ngombwa ko Uburusiya bwegera Koreya ya ruguru na Iran – ebyiri mu nshuti busigaranye – kugira ngo bubone imbunda zindi za rutura hamwe n'indege zigenda nta bapilote bazirimo zizwi nka drones.

    Kwirukanwa kwa Bulgakov bibaye nyuma y'amashusho yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga yerekana abashya bamaze kwinjizwa mu gisirikare cy'Uburusiya bahabwa imbunda zaguye ingese (zishaje).

    Abategetsi bo mu Burusiya bashyigikiye intambara, bakiriye neza kwirukanwa kwe no gushyirwa kuri uwo mwanya kwa Koloneli Jenerali Mizintsev.

    Uwo wamusimbuye – usanzwe yarafatiwe ibihano n'Ubwongereza kubera uruhare rwe rwo kuyobora igotwa rya Mariupol – bishoboka ko azakirwa neza n'abahezanguni mu gushyigikira intambara.

    Koloneli Jenerali Mizintsev, Abanya-Ukraine benshi bahimbye “Umubazi [kubaga] w'i Mariupol”, yanayoboye abasirikare b'Uburusiya muri Syria, anashinjwa gutegura ibikorwa byo kumisha ibisasu byashyize hasi umujyi wa Aleppo.

    Mu kwezi kwa gatatu, ubwo minisiteri y'ububanyi n'amahanga y'Ubwongereza yatangazaga ibihano yafatiye Koloneli Jenerali Mizintsev w'imyaka 60, yavuze ko yakoresheje “amayeri yo kwamaganwa” ndetse akora “ubwicanyi ndengakamere” mu ntambara yo muri Ukraine no mu ntambara yo muri Syria.

    Uku guhindura abakozi kwa Putin kubaye mu gihe hari amakuru avuga ko uyu Perezida w'Uburusiya ubu ari we ubwe wafashe inshingano yo kuyobora intambara, ndetse akaba yatangiye we ubwe guha amategeko abajenerali bari ku rugamba muri Ukraine.

    Abategetsi bo muri Amerika babwiye CNN ko “uburyo bw'ubuyobozi bw'ingabo budakora neza” i Moscow kandi bukomeje kurushaho kumera gutyo, bwatumye Putin agira uruhare rwo mu bikorwa rurushijeho muri iyi ntambara.

    Mu kwezi gushize, abategetsi bo muri minisiteri y'ingabo z'Ubwongereza bumvikanishije ko Putin yashyize ku ruhande (mu kato) Minisitiri w'ingabo z'Uburusiya Sergei Shoigu, nyuma yuko abategetsi bo ku rwego rwo hejuru bo muri minisiteri y'ingabo batangiye gukwena (kunenga) “ubuyobozi budatanga umusaruro kandi butazi aho ibintu bigeze” bwa Jenerali Shoigu.

    Hagati aho, ikinyamakuru The New York Times cyatangaje ko Putin yimye uruhushya abakuru b'ingabo rwo kuva mu mujyi wa Kherson wo mu majyepfo, abasirikare ba Ukraine barimo gusatira gahoro gahoro.

    Icyo kinyamakuru cyasubiyemo amagambo y'abakora mu butasi bw'Amerika bavuga ko uko kubangira kuhava kwateje kugabanuka kw'ishyaka (umurava) mu basirikare b'Uburusiya bari muri uwo mujyi.

    Ahanini, abo basirikare baciriwe (bahagarikiwe) imiyoboro inyuramo ibikoresho, bakaba bacungira gusa ku ruhererekane rw'amateme (iteme) bakoze yo kuba bifashishije, kugira ngo bashobore kubona ibindi bikoresho.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/perezida-putin-yirukanye-umu-jenerali-ushinzwe-ibikoresho-bya-gisirikare

  • Musanze: Imbogo 2 zarashwe nyuma yo gukomeretsa umusaza #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Musanze mu Murenge wa Shingiro,mu kagari ka Mugali ,umudugudu wa Kabeza imbogo 2 zavuye muri pariki zikomeretsa umusaza uri mu kigero cy'imyaka 65.

    Izi mbogo zahise ziraswa mu gihe uwo zahitanye yahise ajyanwa mu bitaro bikuru bya Ruhengeri arimo kwitabwaho.

    Si ubwa mbere imbogo yinjiye mu karere ka Musanze igakomeretsa abantu kuko tariki ya 29 Gicurasi 2022, imbogo yatorotse Pariki y'Igihugu y'Ibirunga irasirwa mu Murenge wa Muko wo mu Karere ka Musanze imaze gukomeretsa abantu batatu.

    Iyi mbogo yinjiye mu Mujyi wa Musanze inyuze mu Murenge wa Cyuve yinjira muwa Muhoza imanuka ahitwa Nyamagumba, Kabaya yinjira mu Murenge wa Muko mu Kagari ka Kivugiza mu Mudugudu wa Susa ari naho yarasiwe.

    Imbogo 5 bimaze kumenyekanye ko yapfuye muri uyu mwaka kuko muri Mutarama izindi mbogo ebyiri z'ibimasa zarwanye zikicana.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/musanze-imbogo-2-zarashwe-nyuma-yo-gukomeretsa-umusaza

  • Rubavu: Umusaza yaraye mu ihema nyuma y'uko ubuyobozi buteje cyamunara imitungo ye #rwanda #RwOT

    Umusaza witwa Sekidende Hamisi w'ahitwa Mbugangari mu karere ka Rubavu yaraye mu ihema ndetse agaburirwa n'abaturanyi be nyuma y'uko ubuyobozi bwe buteje cyamunara imitungo ye.

    Nkuko umunyamakuru wa Radio 10,Oswald Mutuyeyezu yabitangaje,uyu musaza ngo yasohowe mu nzu ze kuri uyu wa Gatanu ku ngufu za leta.

    Iyi Cyamunara y'imitungo ye ngo yabaye ikirego kiyihagarikisha kitaraburanwa kuko yabaye le 20/09/2021; urubanza rwo ruba ku wa 23/09/2021 ariko yararutsinzwe.

    Akarere ka Rubavu nako kemeje aya makuru kati “Mwaramutse Oswakim, ibi byabaye, habayeho gushyira mu bikorwa imyanzuro y'Urukiko, kandi ntawe ufite ububasha bwo kuyitambamira uretse Urukiko rwisumbuyeho. Mzee Sekidende twamugira inama yo kuba acumbitse ahandi mu gihe agikurikirana ibye mu nkiko, Murakoze.”

    Akarere kabajijwe icyo kafasha uyu muturage niba nta bushobozi afite,kagize kati “Yegera inzego z'ibanze zimwegereye, agafashwa iyo basanze koko ntabushobozi afite.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/rubavu-umusaza-yaraye-mu-ihema-nyuma-y-uko-ubuyobozi-buteje-cyamunara-imitungo

  • FDLR yanyomoje ibyavuzwe n’Umuvugizi wa Tshisekedi #rwanda #RwOT

    Ubwo yavugaga ku myanzuro yafashwe n’inama yahuje ba Perezida Felix Tshisekedi na Paul Kagame i New York muri leta zunze ubumwe z’Amerika, umuvugizi wungirije wa perezida wa Congo, Tina Salama, yavuze ko umutwe wa FDLR utagikorera ku butaka bw’icyo gihugu.

    Tina Salama yabwiye BBC News Day ko mu gufasha umutwe wa M23 u Rwanda rwateye DR Congo, ibyo leta y’u Rwanda yahakanye kenshi.

    Abajijwe icyo avuga ku mutwe wa FDLR leta y’u Rwanda ivuga ko uhungabanya umutekano warwo, Tina yavuze ko ibyo ari 'indirimbo u Rwanda rusubiramo kuva mu myaka 20 ishize'.

    Ati'[u Rwanda] Bitwaza FDLR ku kibazo cya M23 ariko nakubwira ko ntazi niba leta y’u Rwanda ifite ibihamya ko FDLR igikorera mu burasirazuba bwa DRC.

    'Ubu nakubwira ko nk’uko Perezida Tshisekedi yabivuze ntabwo tugifite FDLR ikorera mu burasirazuba bwa DRC.'

    Mu gihe Tina Salama avuga ko umutwe wa FDLR utagikorera ku butaka bwa RDC, umuvigizi w’uwo mutwe 'Cure Ngoma’, avuga ko ntaho bagiye.

    Yabwiye BBC ati'Twebwe aho turi turahari, nonese twagiye hehe ? Turi mu birindiro byacu turashikamye ntacyahindutse.'

    Ngoma yavuze ko bakurikiranye imyanzuro ya Perezida Tshisekedi na Kagame i New York, bakabifata 'nk’ibikurikira iriya myanzuro y’i Nairobi.'

    Leta y’u Rwanda ivuga ko FDLR ari ikibazo ku mutekano w’akarere n’u Rwanda by’umwihariko, Cure Ngoma we ati 'twabihakanye kuva cyera.'

    Ibihugu by’akarere byemeje gushyiraho ingabo zo kurwanya imitwe yo mu mahanga ikorera muri DRC irimo na FDLR, igihe izi ngabo zizatangira ibikorwa byazo ntabwo kiramenyakana.

    Kuri uwo mwanzuro, Ngoma ati : 'Nibiba ngombwa ko bafata ingamba zo kuturwanya natwe tugomba kwirwanaho birumvikana.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Amakuru-anyuranye/article/FDLR-yanyomoje-ibyavuzwe-n-Umuvugizi-wa-Tshisekedi