Tag: Ubuzima

  • Umwana w’umukobwa w’imyaka 12 yashyingiwe abagabo babiri mu kwezi kumwe #rwanda #RwOT

    By Umwanditsi
    Kenya: Umwana w'umukobwa w'imyaka 12 yashyingiwe abagabo 2 mu ...

    Mu gihe mu mategeko ya Kenya gushaka uri munsi y’imyaka 18 ari icyaha gihanwa n’amategeko, ntabwo byabujije ko umwana w’umukobwa w’imyaka 12 y’amavuko yahatiwe na se umubyara gushaka umugabo w’imyaka 51 y’amavuko. Aha, uyu mwana yaje kuhatoroka aza kongera gushaka undi mugabo w’imyaka 35 y’amavuko ariko aza gutabarwa.
    Umubyeyi w’umugabo w’uyu mwana (Se), utuye mu karere ka Narok mu burengerazuba bw’umurwa mukuru Nairobi, yamuhatiye gushaka umugabo w’imyaka 51. Umwana yaje gutoroka, ariko azakongera guhatirwa kurongorwa n’undi mugabo w’imyaka 35, mbere yuko atabarwa n’impirimbanyi iharanira uburenganzira bw’abana ifatanyije n’abategetsi.
    Muri Kenya, gushaka umuntu uri munsi y’imyaka 18 y’amavuko ni icyaha gihanwa n’amategeko. Impirimbanyi y’umugabo uharanira uburenganzira bw’abana, avuga ko yahawe amakuru ajyanye n’uwo mukobwa ubwo yari mu gikorwa cyo gutabara undi mukobwa.
    Joshua Kaputah wo mu ishyirahamwe ‘Narok County Peace Association’ yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ati: “Se yamuhaye umugabo ukuze ngo amurongore. Nta yandi mahitamo yandi yari afite atari ukurongorwa n’umugabo muto mu myaka kuri uwo [wundi]”.
    Bwana Kaputah yongeyeho ko ubukene n’ifungwa ry’amashuri kubera iki cyorezo cya coronavirus byagize uruhare mu kwiyongera kw’ishyingirwa ku gahato ry’abana b’abakobwa.
    Yagize ati: “Imiryango imwe irashonje kandi gutekereza ko ushobora kubona inka ebyiri cyangwa eshatu z’inkwano ni ibintu bitera igishuko cyane”.
    Muri Kenya gushaka imburagihe bihagaze gute?
    Gushyingira abakobwa batarageza igihe ni ikibazo giteye inkeke muri Kenya mu bwoko bw’aba Maasai bagendera cyane ku migenzo gakondo nkuko bivugwa n’umunyamakuru wa BBC Peter Mwai uri i Nairobi.
    Yongeraho ko abakobwa b’aba-Maasai bakunze gufatwa nk’ubutunzi na ba se cyangwa ababarera, bagashyingirwa ku mugabo watoranyijwe na se, na we agahabwa inka nk’ingurane.
    Leta imaze igihe irwanya uwo mugenzo, ariko uracyariho, ahanini bitewe n’uburyo butanoze bwo gushyira mu bikorwa amategeko asanzwe ariho.
    Hari uwari watabwa muri yombi?
    Ikinyamakuru The Standard gitangaza ko nyuma yaho umukwe wa mbere yari amaze gutanga inka enye z’inkwano, umukobwa yanze gushakwa n’uwo mugabo se yamuhatiraga, ariko akubitwa na babyara be b’abagabo.
    Icyo kinyamakuru gisubiramo amagambo y’uwo mukobwa agira ati: “Naratorotse kandi kubera ko ntashoboraga gusubira mu rugo kwa data kubera ubwoba bwuko yanyihaniza, nishyingiye rwihishwa ku mugabo w’imyaka 35, wari [usanzwe] warashatse”.
    Bwana Kaputah yavuze ko se w’uwo mukobwa yaje kumenya aho aherereye, akamusubiza kuri wa mugabo w’imyaka 51. Ubwo Bwana Kaputah yahageraga aherekejwe n’abategetsi, uwo mugabo yari yamaze kuzimira/guhunga.
    Polisi ya Kenya iri gushakisha se w’uwo mukobwa n’abo bagabo babiri bari bashatse uwo mwana, bose ubu bihishe, nkuko ibitangazamakuru byo muri Kenya bibivuga.
    Nibahamwa n’icyaha, bashobora gufungwa imyaka itanu bagacibwa n’amande ya miliyoni imwe y’amashilingi ya Kenya (ni agera kuri miliyoni 10 mu mafaranga y’u Rwanda), cyangwa bagahanishwa kimwe muri ibyo bihano.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com
  • Ubutumwa bwa Melania Trump Umugore wa Perezida Donald Trump Mu kw’irinda COVID-19 #RwOT #Rwanda

    61 Hot Pictures Of Melania Trump Will Make Your Life Great ...

    Ubutumwa bwa Melania Trump Umugore wa Perezida Donald Trump Mu kw’irinda COVID-19 #RwOT #Rwanda

  • Coronavirus ku wa 14 Nyakanga: Amerika, Brésil na Peru; ibihugu byibasiwe cyane ku Isi #rwanda #RwOT

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje kuzamuka mu bwandu bwa Coronavirus aho abantu 3 361 042 aribo bamaze kwandura mu gihe abapfuye bo ari 135 582. Kuri uyu wa mbere ubwandu bushya bwabaye 56 100 mu gihe abapfuye bo ari 377.
  • Coronavirus: Abantu 15 barimo abigisha gutwara ibinyabiziga batawe muri yombi #rwanda #RwOT

    By Umwanditsi
    Abatekamutwe 15 batawe muri yombi bazira kwiba amafaranga kuri ...

    Mu rwego rwo gukomeza kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza ya Leta yo kurwanya icyorezo cya COVID-19, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Nyakanga 2020 Polisi y’u Rwanda ku kicaro cya Polisi mu mujyi wa Kigali i Remera yerekanye abantu 15 barenze ku mabwiriza, harimo abanyeshuri babiri bigaga gutwara imodoka n’abarimu babo babiri.
    Abandi bantu 11 muri aba 15, bafashwe barenze ku isaha ya saa tatu yashyizweho yo kuba buri muturarwanda yageze iwe mu rugo muri ibi bihe bya COVID-19.
    Ndababonye Calixte afite imyaka y’amavuko 36, aremera ko yarenze ku mabwiriza ya Leta agashuka umuturage akajya kumwigisha imodoka kandi bitemewe muri iki gihe cyo kurwanya COVID-19.
    Yagize ati“Abapolisi bamfashe tariki ya 08 Nyakanga ndi kumwe n’umunyeshuri mwigisha imodoka i Remera kuri sitade ntoya (Petit Stade). Namushutse ko twebwe twemerewe kwigisha, muri macye nakoze icyaha cy’uburiganya no kurenga ku mabwiriza ya Leta.”
    Uwase Sandrine afite imyaka 25, avuga ko yashutswe n’umwarimu we wamwigishaga gutwara imodoka ariwe Ndababonye Calixte ndetse na mugenzi we yabajije.
    Ati “Nagize ubushishozi buke sinabaza Polisi kugira ngo menye koko niba kwiga gutwara imodoka byemewe muri ibi bihe. Nabajije mugenzi wanjye yigishije ndetse mbaza n’uriya mwarimu banyemeza ukuntu abigisha imodoka babyemerewe”.
    Ari umwarimu ndetse n’umunyeshuri we bafatanwe baremera ko ibyo bakoze barenze ku mabwiriza ya Leta, bagira inama n’abandi kwirinda ngo batazagwa mu makosa baguyemo. Baremera ko uburyo bwo kwiga gutwara imodoka bushobora gukwirakwiza icyorezo cya COVID-19.
    Bagize bati “Kubera ko iyo wigisha imodoka uba ufite abantu batandukanye baza bafata kuri vola kandi nawe ubigisha uba uyikoraho. Biriya rero birimo ibyago byinshi byo gukwirakwiza Koronavirusi”.
    Nyandwi Papias ari mu bantu 11 bafashwe n’abopolisi muri iki cyumweru barengeje isaha yo kuba bageze mu ngo zabo. Nyandwi avuga ko yafashwe mu ijoro rya tariki ya 8 Nyakanga 2020, abapolisi bamwereka aho ajyana moto yari afite abirengaho ataha iwe mu rugo.
    Yagize ati “Abapolisi bamfatiye hano mu mujyi wa Kigali isaha ya saa tatu nari nayirengejeho iminota 10. Nari ntwaye moto barampagarika banyaka ibyangombwa, bambwira aho njyana moto muri sitade maze sinajyayo ahubwo ndakomeza nditahira”.
    Nyandwi avuga ko igihe cyageze akajya ku kicaro cy’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda agiye kubaza ibyangombwa bye bakamufata ubwo. Yagiriye inama abaturarwanda muri rusange kubahiriza amabwiriza ya Leta yo kurwanya COVID-19 kandi bakanakurikiza amabwiriza bagirwa n’abapolisi.
    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko Polisi y’u Rwanda itazihanganira abantu barenga ku mabwiriza Leta yatanze yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
    Urubuga rwa Polisi dukesha iyi nkuru, rutangaza ko CP Kabera yongeye gusaba abantu bafite ibikorwa byo kwigisha gutwara ibinyabiziga gutegereza kugeza igihe Leta itangiye uburenganzira bagatangira gukora.
    Yagize ati“ Bariya bantu bafashwe bamwe bari mu modoka barimo kwiga gutwara abandi barimo kubigisha. Ntabwo byemewe, iriya mirimo iri mu mirimo itarahabwa uburenganzira bwo gutangira gukora”.
    CP Kabera yibukije abantu ko hari ibyago byinshi byo kwanduzanya icyorezo cya Coronavirus igihe barimo kwiga gutwara ibinyabiziga. Kubera usanga umunyeshuri umwe avaho hakajyaho undi kandi bakoresha imodoka imwe.
    Yanagarutse kubantu bagifite imyumvire mike bakarenga ku mabwiriza ya Leta yo kuba bageze mu ngo zabo saa tatu ndetse banafatwa n’abapolisi bakabirengaho ntibajye aho baberetse.
    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yavuze ko abo kimwe n’abandi barenga ku mabwiriza ya Leta ndetse n’ayo bahabwa n’abapolisi batazihanganirwa bazajya bafatwa bahanwe hakurikijwe amategeko.
    Munyaneza Theogene / intyoza.com
  • Babiri bamaze gufatwa n’abandi turabafata – CP John Bosco Kabera

    Police weigh in on COVID-19 lockdown | The New Times | Rwanda

    Umuvugiza wa Polisi, CP John Bosco Kabera, yabwiye IGIHE ko abantu babiri muri bane batorotse aho bavurirwaga CORONA I Ngoma bamaze gufatwa. Ati “Babiri bamaze gufatwa n’abandi turabafata”

    source : igihe.com instagram

  • Inzara ishobora guhitana abantu benshi kurusha Coronavirus #rwanda #RwOT

    By igihe

    Inzara iturutse ku ngaruka zatewe n’icyorezo cya Coronavirus, ishobora kwica abantu benshi kurusha abazahitanwa n’iki cyorezo nk’uko byatangajwe n’Umuryango Mpuzamahanga uharanira ibikorwa by’iterambere, Oxfam.
  • Education Ministry To Conduct Assignment Of Schools Ahead Of Opening In September #rwanda #RwOT

    By Staff Writer
    From July 7-14, 2020, the Basic Education and TVET Quality Assurance Departments in the ministry of education (MINEDUC) will begin conducting school inspection in public, government aided and private schools to assess the level of school readiness prior to school reopening in September 2020.
    The Ministry announced on Wednesday evening that it will the inspection, which aims to assess measures underway to maintain sch infrastructures and equipment, the implementation status of recommendations from previous inspections.
    Some schools such as Mount Kenya University are currently constructing washing stations ahead of the opening in September
    The Ministry said that the “Assess measures in place  are meant to control the spread of #COVID-19 pandemic when schools reopen (in September).”Schools have been closed in Rwanda since the emergence of the #COVID-19 pandemic. Some schools have been offering classes online.
    Come September 2020, all schools will reopen according to a cabinet resolution.
  • Habonetse abarwayi ba Covid-19 bashya 22 biganjemo abo mu mujyi wa Kigali #rwanda #RwOT

    By Umwanditsi
    Mu itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima rigaragaza imbonerahamwe y’imibare y’uko icyorezo cyifashe mu masaha 24 ashize, rigaragaza ko hapimwe abantu 2,665 bagasangamo abarwayi b’iki cyorezo 22. Iyi mbonerahamwe, igaragaza kandi imibare itandukanye yaba abakize, abakirwaye, abapfuye n’ibipimo bimaze gufatwa.
    Dore uko iyi mbonerahamwe ibigaragaza;
    Munyaneza Theogene / intyoza.com
  • hari imidugudu ibiri n’igice ishobora kuvanwa mu kato mu minsi ya vuba kuko nta bwandu bushya bwa Coronavirus buhari”min w’ubuzima. #rwanda #RwOT

    By Jean Felix BIZIMUNGU
    Kigali: Imidugudu 6 yasubijwe muri gahunda ya Guma Mu Rugo ...
    Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yavuze ko mu isesengura bakoze, hari imidugudu ibiri, n’ikindi gice cy’umudugudu bishobora gukurwa mu kato mu mujyi wa Kigali, nyuma y’iminsi ishyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo.
    Tariki 25 Kamena 2020 nibwo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko imidugudu itandatu yo mu Mujyi wa Kigali mu Turere twa Kicukiro na Nyarugenge, igomba kujya muri guma mu rugo mu gihe cy’iminsi 15, kubera icyorezo cya Coronavirus cyatugaragayemo.
    Iyi midugudu ni uwa Kamabuye, Akagari ka Nyarurama, Umurenge wa Kigarama muri Kicukiro uwa Zuba wo mu kagari ka Nyarurama, Umurenge wa Kigarama muri Kicukiro, uwa Nyenyeri wo kagari ka Bwerankori, Umurenge wa Kigarama muri Kicukiro uwa Rugano wo mu kagari ka Kanunga, Umurenge wa Gikondo muri Kicukiro, uwa Kadobogo mu kagari ka Kigali, Umurenge wa Kigali muri Nyarugenge na Gisenga mu kagari ka Kigali, Umurenge wa Kigali muri Nyarugenge.
    Mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yavuze ko hari imidugudu ibiri n’igice ishobora kuvanwa mu kato mu minsi ya vuba kuko nta bwandu bushya bwa Coronavirus buhari.
    Yagize ati “Dufite icyizere ko hari imwe muri iyo midugudu bigaragara ko nta barwayi tukibonamo ku buryo bishobora gutuma nitumara kubona neza imibare tukayiganiraho na Minaloc, hari imidugudu ibiri ishobora kuvanwa mu kato, n’igice cy’umwe nacyo kikavanwa mu kato hagasigara ikindi.”
    Yakomeje agira ati “ Icyo kindi, ni umudugudu ubangikanye n’umudugudu wa Kamabuye na Zuba muri Gikondo Nyenyeri, uwo mudugudu rero ushobora igice kimwe kuguma muri Guma mu Rugo.”
    Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije yavuze ko bakomeje kongera imbaraga mu bikorwa byo gusuzuma abantu benshi kugira ngo bamenye uko bahagaze no gufata ingamba kugira ngo icyorezo kidakomeza gukwirakwira.
  • Infected Covid Patients forbidden from international Travel #Rwanda #RwOT #VisitRwanda #Kanye

    #Rwanda ‘s airports will reopen for all flights on 1/8/2020 with Ministry ofHealth guidelines in place. *All Passengers show proof of #Covid_19 Negative PCR test taken within 72 hrs, later they will take a 2nd mandatory test and gets results in 24hrs

    Source : Twitter