Skip to content

Webrwanda Backend

    • Sample Page

Tag: Ubuzima

  • Minisante yinjiye mu kibazo ‘cy’imikorere mibi n’akarengane’ mu bitaro bya Ruhango n’ibya Gitwe – #rwanda #RwOT

    Ku wa 19 Gicurasi 2021 ni bwo abakozi 14 bo mu rwego rw’ubuzima bimuwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango (barindwi muri bo bimuriwe mu Bitaro by’Akarere bya Gitwe bavanwe mu Bitaro by’Intara bya Ruhango, abandi batanu bimuwe mu bitaro by’Intara bya Ruhango bavanwe mu Bitaro by’Akarere bya Gitwe) ariko nyuma yaho bamwe muri bo bandikira Minisiteri y’Ubuzima bayisaba kurenganurwa.

    Minisiteri y’Ubuzima imaze kubona amabaruwa arimo iyo Akarere ka Ruhango kanditse kayisaba ko abo bakozi bimurwa n’amaburuwa ibyo bitaro byombi byandikiye akarere bikagezaho urutonde rw’abakozi basabirwa kwimurwa ndetse n’ayo abo bakozi bayandikiye basaba kurenganurwa, yashyizeho itsinda rijya gucukumbura ako karengane.

    Minisiteri y’Ubuzima yafashe umwanzuro wo kohereza itsinda ry’abakozi bayo batanu mu Karere ka Ruhango ku wa 14- 16 Nyakanga 2021 bacukumbura icyo kibazo bagitangaho raporo.

    Iryo tsinda ryasesenguye impamvu ziri inyuma yo kwimurwa kw’abo bakozi, rikorana inama n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango ndetse n’ubuyobozi bw’ibitaro byombi.

    Mu byakozwe harimo kuganiriza abakozi bimuwe; gusuzuma niba hari abakozi babirenganiyemo kugira ngo barenganurwe no kureba ibibazo bijyanye n’imitangire y’amasoko ndetse n’imyishyurire ya serivise mu bitaro by’Intara bya Ruhango.

    Ibyavuye mu isesengura rya Minisiteri y’Ubuzima

    Raporo yakozwe n’iryo tsinda igaragaza ko Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro by’Intara bya Ruhango, Dr Namanya William, yasabiye abo bakozi kwimurwa kubera imyitwarire mibi yabarangaga.

    Yavuze ko “Kuva yagera mu Bitaro bya Ruhango mu mpera za 2019, yasanze hari itsinda ry’abakozi ryananiranye ndetse rituma hari abandi badakora neza. Yongeyeho ko abo bakozi bagiye bagirwa inama ariko ntibahindura imyitwarire, bityo biba ngombwa ko asaba ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango kwimura abo bakozi kugira ngo abasigaye babashe gukora neza.”

    Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Gitwe, Habituza Benjamin, we yabwiye iryo tsinda rya Minisitei y’Ubuzima ko abakozi yohererejwe n’Akarere ka Ruhango baturutse ku Bitaro by’Intara babayeho nabi bitewe n’uko imiryango yabo idatuye hafi aho bikaba bibasaba gutega moto bikabatwara amafaranga menshi y’urugendo.

    Yavuze “Ko bakiriye abakozi barindwi baturutse ku bitaro by’Intara bya Ruhango aho bari boherejwe n’Akarere ka Ruhango kandi bakaba babayeho nabi kuko abenshi imiryango yabo idatuye i Gitwe, ugasanga bifata umwanya kugira ngo batege moto basubirayo, ingendo bakora zikaba ndetse zibatwara n’amafaranga menshi.”

    Umuyobozi ushinzwe Imari n’ubutegetsi mu Bitaro bya Gitwe yabwiye itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ko abo bakozi bimuwe batarabisabye kandi batabyishimiye.

    Yerekana ko nta gihamya kigaragaza impamvu nyamukuru bagombaga kwimurwa kuko bose ntawigeze agira ikibazo cy’imyitwarire mibi mu kazi.

    Ati “N’umukozi wari ushinzwe Nursing (Ag Director of Nursing) yarimuwe ariko nta kosa ry’imyitwarire mibi yari afite, byose byari mu magambo.”

    Umuvugizi w’Ibitaro bya Gitwe, we yabwiye itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ko hari bakozi bahoraga bagumura abandi bababuza kwikingiza, ibyo bifatwa nk’aho ari imyitwarire mibi, nyamara abajijwe niba harabayeho kubandikira asubiza ko bitigeze bikorwa ndetse yemera ko ari ikosa.

    Abajijwe n’iryo tsinda impamvu yagendeweho kugira ngo batoranye abo bakozi batanu basabiwe kwimurwa, yasubije ko atigeze yita ku kubyinjiramo kuko byakozwe n’umuyobozi w’ibitaro.

    Abajijwe impamvu yohereje urupapuro rudafite nimero (numero de reference) yasubije ko atari azi ko iyo nimero itariho, ngo ni ikosa ryabaye kandi ngo nta mukozi yigeze yandikira ahubwo yandikiye Akarere ka Ruhango aba ari ko kabandikira.

    Uwahoze ari Umuyobozi w’agateganyo w’Ibitaro bya Gitwe, Dr Nyarwaya Aimable, yabwiye itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ko imyanzuro yafashwe yo kwimura abo bakozi yashingiye ku biganiro yagiranye n’Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango hamwe n’inama zatanzwe kuri icyo kibazo.

    Gusa ariko ngo urutonde rwazanywe n’akarere babasaba gusinya, ariko bisabwa atakiri mu nshingano z’ubuyobozi bw’ibitaro, umuyobozi mushya yanga kubisinya.

    Raporo iti “Hanyuma Dr Nyarwaya Aimable n’Umuvugizi w’Ibitaro bya Gitwe barasinya kubera uburyo Ubuyobozi bw’Akarere bwabashyiragaho igitutu cyo kubikora. Akaba ari yo mpamvu urwandiko rwagiye mu karere rutari rufite nimero ya reference.”

    Itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ryaganirije buri mukozi wimuwe hagamijwe kumenya icyo batekereza ku cyemezo cyabafatiwe no kumenya niba hari ikindi kibyihishe inyuma.

    Abaganirijwe bose bavuze ko batunguwe no kwimurwa kandi byatangiye kubagiraho ingaruka mbi mu mibereho no mu kazi bashinzwe.

    Uwitwa Niyitegeka Charlotte yavuze ko “Yahamagawe bimutunguye abwirwa kwitaba ku karere agahura na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza atazi impamvu. Yageze ku karere atungurwa ngo guhabwa ibaruwa imwimura, gusa kubyakira ngo byaramunaniye ntiyongera gusinzira bituma ajya kwivuza kuri CARAES Ndera. Gusa ngo ubu yagize amahirwe Minisiteri y’Ubuzima yamwohereje CHUK.”

    Undi witwa Uwamahoro Claudine we yavuze ko akimara kubona ibaruwa imwimura yatunguwe bimuviramo n’ikibazo cy’ihungabana.

    Itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ryanagiriye n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango ku wa 17 Nyakanga 2021, Umuyobozi w’ako karere asobanura ko bafashe umwanzuro wo kwimura abo bakozi ku bitaro byombi, bashingiye ku mpamvu z’inyungu z’akazi, ariko yemera ko abakozi bashyizwe mu kazi na Minisiteri y’Ubuzima yabimuye atabifitiye ububasha, bityo akaba ategereje umwanzuro w’iyo minisiteri.

    Umwanzuro wavuye mu isesengura

    Nk’uko raporo yo kwa 29 Nyakanga 2021 yakozwe ibigaragaza, nyuma yo gusesengura imiterere y’ibibazo mu bitaro byombi itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ryavuze ko ryasanze Ibitaro by’Intara bya Ruhango bifite ikibazo cy’imiyoborere mibi idakurikije amategeko, bityo bikaba biri gutuma hagaragamo ibibazo by’imicungire mibi y’abakozi hamwe n’umutungo.

    Hari aho bagira bati “Ikigaragara neza ni uko urutonde rw’abakozi batanzwe ngo bimurwe byari mu rwego rwo kubikiza, dore ko nta makosa yo kwica akazi bigeze bakurikuranwaho mu buryo bukurikije amategeko.”

    Uretse kuba itsinda rya Minisiteri y’Ubuzima ryatanze inama ko abakozi bimuwe basubizwa aho bari basanzwe bakorera, mu isesengura ku bibazo biri mu Bitaro by’Intara bya Ruhango ryasanze umukozi ushinzwe amasoko (Procurement Officer) n’umucungamari mukuru (Ag. Chief Accountant) ari abakozi bakora kinyamwuga, bagerageje uko bashoboye kugira ngo amategeko yubahirizwe hagamijwe kudahombya Leta, bityo bikaba ari ngombwa ko bagarurwa.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango yagiriwe inama yo gusubiza abakozi uburenganzira bwabo bagasubira aho bari basanzwe bakorera kuko muri dosiye zabo nta kigaragaza imyitwarire mibi no kubangamira imitangire ya serivise nk’uko byagaragaye mu nzandiko z’abayobozi b’ibitaro byombi.

    Gusa abakozi babangamiwe no kuba basubira ku bitaro bari basanzwe bakoreraho, bibaye ngombwa bakwimurirwa ahandi mu buryo bukurikije amategeko mu rwego rwo gukora batekanye.

    Ibitaro by’Akarere bya Gitwe byacukumbuwemo akarengane ku bakozi n’imiyoborere mibi

    [email protected]


    August 2, 2021
  • CDC to Withdraw EUA for COVID-19 Test; FDA Revokes Three Other EUAs for Non-Use, Agency Clearance #Rwanda #RwOT

     NEW YORK — The US Centers for Disease Control and Prevention said last week it is withdrawing the Emergency Use Authorization for its test for the detection of SARS-CoV-2 while recommending that clinical labs that had been using its test transition to a test that can differentiate the coronavirus from influenza viruses.



    Meanwhile, The US Food and Drug Administration has revoked Emergency Use Authorizations for SARS-CoV-2 tests from three other companies.

    In a notice, the CDC said it was withdrawing its CDC 2019 Novel Coronavirus Real-Time RT-PCR Diagnostic Panel, which was the first test to receive an EUA for detecting SARS-CoV-2, after Dec. 31, 2021. It was providing advanced notice of its plans so that clinical labs would have enough time to choose another test. 

    Additionally, CDC encouraged the labs to choose a multiplexed test that can be used to detect and differentiate SARS-CoV-2 from influenza viruses. Such tests began hitting the market last fall but had limited use because of a flu season that was almost non-existent. With much of the global economy reopened and more lax social distancing practices, however, some experts are expecting a busier upcoming flu season, potentially making such multiplexed tests valuable tools.

    In the meantime, the FDA revoked EUAs for SARS-CoV-2 tests developed by Gravity Diagnostics, Curative, and BioFire Diagnostics.

    The Gravity COVID-19 Assay, which is designed to detect the SARS-CoV-2 N gene, first received FDA EUA in June 2020. The FDA said last week that Gravity had requested that the EUA be revoked since it is no longer using the assay at its clinical lab after transitioning to another test.

    In November, Covington, Kentucky-based Gravity received FDA EUA for a test that detects the SARS-CoV-2 N, ORF1ab, and S genes.

    The Curative SARS-Cov-2 Assay — formerly the Curative-Korva SARS-Cov-2 Assay — was authorized by the FDA in April 2020. Early this year, however, the agency issued an alert warning patients and healthcare providers about the risk of false negatives with the test.

    At the time, San Dimas, California-based Curative — which acquired the test’s codeveloper KorvaLabs in mid-2020 — disagreed that the test had performance issues. However, last week the FDA revoked the test’s EUA at the request of the company, which said it was transitioning away from using the test at its lab.

    The BioFire Respiratory Panel 2.1 received EUA from the FDA in May 2020. About a year later, the Salt Lake City-based company secured de novo clearance for the test, resulting in the FDA revoking the EUA.


    Source : https://www.genomeweb.com/molecular-diagnostics/cdc-withdraw-eua-covid-19-test-fda-revokes-three-other-euas-non-use-agency

    July 27, 2021
  • Covi-19: Mu minsi 617 ku Isi yahitanye Miliyo… – #rwanda #RwOT

    Mu minsi 617 buri wese utuye kuri uyu mubumbe uriho ibinyabuzima yibaza ibi bibazo; Agapfukamunwa se kamfasha kwirinda Covid-19? Gukaraba intoki se birahagije ngo mbe nirinze Covid-19? Kudahura n'inshuti n’avandimwe se byandinda Covid-19? Urukingo se rwo rurahagije cyangwa amasengesho ni yo azafasha Isi kwigobotora ingoyi ya Covid-19?. Igisubizo gitangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, ni uko kubahiriza ingamba yashyizeho zo kwirinda iki cyorezo byafasha Isi guhashya Covid-19.

    Kuri uyu munsi wa 617 mu bantu bamaze kwandura covid-19 akagera kuri 18.07% ni abanya-Amerika, naho mu bamaze guhitanwa n'iki cyorezo Leta Zunze Ubumwe za America ifite akagera kuri 15.01%. N’ubwo iki gihugu cya Amerika cyazahajwe n'iki cyorezo magingo aya ibikorwa byose byasubiye mu buryo cyane ko benshi muri bo bakingiwe n’ubwo hari n’uruhande rw'abandi banze kwikingiza ndetse banavuga ko batemera ko Covid-19 ibaho.

    Ku rundi ruhande, mu Bushinwa aho iki cyorezo cyaturutse abarwayi bose barangana na 92,529 bivuze ko abantu banduye iki cyorezo mu Bushinwa bangana na 0.047% by'abakirwaye bose ku Isi, muri iki guhigu muri aba barwaye iki cyorezo abagera kuri 4,636 cyarabahitanye.


    Covid-19 ni cyorezo kimaze kuyogoza umudendezo w’abatuye Isi 

    Mu mwaduko w'iki cyorezo benshi mu bakungu ndetse n'abandi b’ibikomerezwa ku Isi bacyeresheje iki cyorezo ndetse abandi bakajya bavuga ibyitwa nk'ibihuha by'uko hari umuntu runaka cyangwa itsinda runaka rishobora kuba riri inyuma y'ikwirakwira ry'iki cyorezo ndetse ko iri tsinda cyangwa uyu muntu ko yaba afite inyungu nyinshi zihije.

    Ikindi ni uko abavuga aya makuru akunze gufatwa nk’agumura rubanda. Bivugwa ko aba baherwe bashinjwa umugambi w'icyorezo ntabwo baba bashaka ko rubanda rugufi rugira icyo rumenya, gusa ibi byose byaburiwe gihamya ari nayo mpamvu rubanda rw'abatuye Isi basabwa kumvira ibigo bishinzwe ubuzima by'ibihugu byabo ndetse n'ishami ry'umuryango w’abibumbye rishinzwe ubuzima.

    Iminsi ibaye 617 kuva umuntu wa mbere yagaragarwaho icyorezo cya Covid-19 cyashyize Isi ku ngoyi. Ni icyorezo cyaserukiye mu Burasirazuba bw'Isi mu gihugu cy'u Bushinwa mu mujyi w'ubucuruzi wo mu ntara ya Hubei'Wuhan', icyakora magingo aya aha muri Wuhan ubu ibijyanye na Covid-19 ni inkuru mbarirano.

    Kuva iki cyorezo cyagera ku Isi ndetse bikaza kwemezwa n'ishami ry'umuryango w’abibumbye rishinzwe ubuzima OMS/WHO rikemeza ko ari icyorezo mpuzamahanga, kugoheka kw’abatuye Isi byabaye ingume.

    Ku rundi ruhande hari abantu bitotombera Leta zabo bavuga ko hari ibyo zanga gukora cyangwa ibindi bigakorwa zitarebye impande zose, gusa nanone harimo ababa bigiza nkana batabanje kureba uburemere bw'iki cyorezo ndetse n'urukundo Leta zabo zibafitiye zanga ko iki cyorezo kibicira kubamara.

    Ese kuki leta zitareba imibare y’abicwa n'inzara cyangwa ibindi byorezo? 

    Mu rutonde ruheruka gusohoka rwerekanako nibura buri munota umwe ku Isi abantu 11 bapfa bazize inzara, ni ukuvuga mu gihe cy’isaha imwe abagera kuri 660 baba bamaze gupfa hirya no hino ku Isi bishwe n'inzara. Abagera kuri 15,840 nibura ku munsi barapfa bishwe n'inzara. Ubaze iyi minsi ishize Covid-19 igeze ku Isi nibura inzara imaze guhitana Miliyoni zirenga 9 (9,773,280) naho Covid-19 muri iki gihe imaze guhitana abantu 4,174,039.

    Nyuma y’uko hamaze kugaragara ko icyorezo cya Covid-19 gisa n’aho kidakanganye uhereye kuri bimwe mu bindi byorezo birimo Inzara ndetse n’ibindi bizahaza cyane ari naho dusangamo na Malaria, ibihugu byinshi birasa n’ibiri kugenda bisa n’ibitera ishoti ingambi zikakaye zo kwirinda iki cyorezo.

    Ibihugu bimwe byatangiye kwirinda gushyira imbara mu gukomeza gukaza umurego kuko byabonye ko ingaruka zava mu gukaza ingamba zishobora kuza zirusha ubukana ibyo Covid-19 yakabaye yarakoze.

    Aha ni naho inzobere n'abakwiza amakuru benshi bakunze kwita iyobyamyumvire (Conspiracies) bahera bavuga ko hari abantu cyangwa agatsiko k’abantu runaka bashaka indonke biturutse mu guteza akaga Isi n’ubwo nta muntu n’umwe cyangwa ubumenyi runaka buhishura aya makuru.

    Magingo aya hari ibihugu byakozwemo n'iki cyorezo gusa nyuma biza kugicogoza hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse n'ubuvuze buhambaye!

    Hari ibihugu binyuranye byageze aho bifata iki cyorezo nk'indwara itazapfa gukira ndetse binitegura kuzabana nayo hirindwa kugira uwo babangamira. Aha twavuga nk'igihugu cy'u Bwongereza giherutse gutangaza aya makuru ko nta muntu kizongera gushyira ku nkeke kubera Covid-19 ndetse kuri uyu wa 19 Nyakanga abaturage bo mu Bwongereza bagaragaye bari kwishimira ifungurwa ry'utubyiniro n’utubari mu birori byari bizingatiwe n'imvura y'inzoga nyuma yo kugobotorwa ingoyi yo guhora bambaye udupfukamunwa.

    Ibihu 5 bifite abwaryi benshi ba Covid-19 ku Isi; United States of America, India, Brazil, Russia, France

                                 Delta Covid-19 Variants 

    Magingo aya, benshi mu batuye Isi bamaze gusa n’abarambirwa inkuru yose igaruka ku cyorezo cyane ko benshi kubera ibibazo yabateje basigaye bumva inkuru zayo nk'ikintu kibi mu matwi yabo. Mu bihugu byinshi abaturage bakunze guteza imvururu zigamije gukurirwaho amabwiriza agenga iki cyorezo. 

    Muri iki gihe cy’iyi minsi Coronavirus imaze ku Isi hamaze kugararagara ubwoko bw’iki cyorezo burenga 6 harimo ubwamamaye cyane ari bwo; Alpha, Beta, Gamma, Delta, Lambda, Kappa, Eta…

    Ku ruhande rw'u Rwanda, abaturage bagera kuri 62,328 bamaze kwandura icyorezo cya Covid-19, muri bo 742 yabambuye ubuzima naho abamaze guhabwa inkingo baragera kuri 426,558, abagikize burundu barangana na 44,739. Kuri uyu wa 25 Nyakanga 2021 byatangajwe ko nibura mu Rwanda hamaze kugera ubwoko 6 bwa Covid-19, gusa hari n'ubundi butari bwamenyakana neza.

    Src: Worldmeters.inf, who…
     

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/107958/covi-19-mu-minsi-617-ku-isi-yahitanye-miliyoni-417-ubwoko-burarenga-6-yateje-igihombo-cyam-107958.html

    July 26, 2021
  • RBC ivuga ko Malaria ishobora kuranduka burundu mu Rwanda kubera icyizere cy’urukingo rwayo #rwanda #RwOT

    Uru rukingo ruri gukorwa na Kaminuza ya Oxford yo mu Bwongereza ku bufatanye n’inzobere mu zo muri Burkina Faso, rutanga icyizere ku gipimo cya 77%.

    Uru rukingo kandi ruri kugeragerezwa ku bana 400, rukaba rutanga icyizere cyo hejuru cyo kuba rwakingira iyi ndwara iri mu za mbere zihitana Abanyafurika benshi.

    Mu mpera z’icyumweru gishize, u Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya Malaria wizihirijwe ku kigo Nderabuzi rya Mabera mu Karere ka Bugesera.

    Kwizihiza uyu munsi kandi banabaye umwanya wo gutangiza ubukangurambaga bwo kurwanya Malaria mu Rwanda bufite insanganyamatsiko igira iti 'Kurandura Malaria bihera kuri njye’.

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gisinzwe Ubuzima (RBC), Dr Nsanzimana Sabin wagarutse kuri ruriya rukingo, yavuze ko kurandura Malaria bishoboka kubera na kiriya cyizere cya ruriya rukingo rutanga ku gipimo cya 77%.

    Dr Sabin yagize ati 'Kuba rugiye kuboneka turabishingira ku buryo inkingo ziri kuboneka mu gihe gito, dufatiye ku rugero rw’inkingo za COVID-19 zimaze kuboneka bidasabye igihe kirekire nk’uko byari bisanzwe.'

    Dr Sabin kandi avuga ko ibikorwa byo gutera imiti yica imibu, biri gukorwa neza ku buryo icyo cyizere cyo kurandura Malaria cyagira ishingiro agasaba n’ibindi bice byose kwihutisha ibi bikorwa kuko biri mu bikomeje gutanga umusaruro mwiza muri uru rugamba rwo guhangana na Malaria.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/RBC-ivuga-ko-Malaria-ishobora-kuranduka-burundu-mu-Rwanda-kubera-icyizere-cy-urukingo-rwayo

    April 27, 2021
  • MALARIYA: Urukingo rwo gukingira Malaria rwakorewe muri Oxford muri USA ruratanga ikizere #rwanda #RwOT

    Ubushakashatsi kuri uru rukingo bwatangajwe mu kinyamakuru cya Lancet, bwakozwe ku bana 450 bo muri Burkina Faso, buvuga ko ubu hazakurikiraho igerageza ku bantu benshi kurushaho.

    Malaria yica abantu barenga ibihumbi 400 buri mwaka, benshi muri bo ni abana bo muri Africa yo munsi ya Sahara.

    Kubona urukingo rwa malaria biboneka nk’ibyagoye cyane abashakashatsi mu buvuzi, gusa hari n’abavuga ko batarufashe nk’urwihutirwa cyane.


    Ibi byagezweho na Oxford bishobora kuba intambwe ikomeye.

    Ubu hari urukingo rumwe gusa rwa Malaria – ariko ruyikingira ku gipimo kiri munsi ya 50%.

    Kuri uru rushya, ikiciro cya kabiri cy’igerageza cyerekanye ko rukora ku kigero cya 77%. Ubu ruzajya ku kindi kiciro cyo kugeragezwa ku bantu benshi – mu bihugu bine bya Africa.

    Hafi abantu 5,000 bazaruterwa muri iri gerageza ni abana bo munsi y’imyaka itatu.

    Uru rukingo rushya ntabwo ruremezwa. Ariko – ruzaba ari ikintu gishya gitanga ikizere muri uyu mwaka aho abantu bongeye kubona akamaro k’inkingo.

    Umwaka ushize Dr Aimable Mbituyumuremyi ushinzwe ishami ryo kurwanya Malaria mu Rwanda yabwiye BBC ko malaria ikiri ikibazo mu Rwanda.

    Yagize ati: “Nubwo imibare igabanuka, ariko harebwe umubare w’abayirwara, abo yica, n’amafaranga ayitangwaho, malaria iracyari ikibazo gihangayikishije u Rwanda.

    Source : https://imirasire.com/?MALARIYA-Urukingo-rwo-gukingira-Malaria-rwakorewe-muri-Oxford-muri-USA

    April 23, 2021
  • Urukingo rushya rwa Malariya rwagaragaje kwizerwa ku kigero cya 77% #rwanda #RwOT

    Igerageza ry'ibanze ry'urukingo rushya rwa Malaria rwakozwe na kaminuza ya Oxford rirerekana ko rukora ku kigero cya 77%.Ubushakashatsi kuri uru rukingo bwatangajwe mu kinyamakuru cya Lancet, bwakozwe ku bana 450 bo muri Burkina Faso, buvuga ko ubu hazakurikiraho igerageza ku bantu benshi kurushaho.

    Malaria yica abantu barenga ibihumbi 400 buri mwaka, benshi muri bo ni abana bo muri Africa yo munsi ya Sahara.

    Kubona urukingo rwa malaria biboneka nk'ibyagoye cyane abashakashatsi mu buvuzi, gusa hari n'abavuga ko batarufashe nk'urwihutirwa cyane.

    Ibi byagezweho na Oxford bishobora kuba intambwe ikomeye.Ubu hari urukingo rumwe gusa rwa Malaria — ariko ruyikingira ku gipimo kiri munsi ya 50%.

    Kuri uru rushya, ikiciro cya kabiri cy'igerageza cyerekanye ko rukora ku kigero cya 77%. Ubu ruzajya ku kindi kiciro cyo kugeragezwa ku bantu benshi — mu bihugu bine bya Africa.

    Hafi abantu 5,000 bazaruterwa muri iri gerageza ni abana bo munsi y'imyaka itatu.

    BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko uru rukingo rushya ntabwo ruremezwa. Ariko — ruzaba ari ikintu gishya gitanga ikizere muri uyu mwaka aho abantu bongeye kubona akamaro k'inkingo.

    Source : https://impanuro.rw/2021/04/23/urukingo-rushya-rwa-malariya-rwagaragaje-kwizerwa-ku-kigero-cya-77/

    April 23, 2021
  • Urukingo rwa Malariya rwagaragaje kwizerwa ku kigero cya 77% #rwanda #RwOT

    Igerageza ry'ibanze ry'urukingo rushya rwa Malaria rwakozwe na kaminuza ya Oxford rirerekana ko rukora ku kigero cya 77%. Byitezwe ko mu igerageza ryarwo ku cyiciro cya 2 ruzaterwa abantu bagera ku bihumbi bitanu biganjemo abana.

    Ubushakashatsi kuri uru rukingo bwatangajwe mu kinyamakuru cya Lancet, bwakozwe ku bana 450 bo muri Burkina Faso, buvuga ko ubu hazakurikiraho igerageza ku bantu benshi kurushaho.

    Malaria yica abantu barenga ibihumbi 400 buri mwaka, benshi muri bo ni abana bo muri Africa yo munsi ya Sahara.

    Kubona urukingo rwa malaria biboneka nk'ibyagoye cyane abashakashatsi mu buvuzi, gusa hari n'abavuga ko batarufashe nk'urwihutirwa cyane. Ibi byagezweho na Oxford bishobora kuba intambwe ikomeye.

    Ubu hari urukingo rumwe gusa rwa Malaria, ariko ruyikingira ku gipimo kiri munsi ya 50%.

    Kuri uru rushya, ikiciro cya kabiri cy'igerageza cyerekanye ko rukora ku kigero cya 77%. Ubu ruzajya ku kindi kiciro cyo kugeragezwa ku bantu benshi mu bihugu bine bya Africa. Hafi abantu 5,000 bazaruterwa muri iri gerageza ni abana bo munsi y'imyaka itatu.

    Uru rukingo rushya ntabwo ruremezwa. Ariko ruzaba ari ikintu gishya gitanga icyizere muri uyu mwaka aho abantu bongeye kubona akamaro k'inkingo.

    Umwaka ushize Dr Aimable Mbituyumuremyi ushinzwe ishami ryo kurwanya Malaria mu Rwanda yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko malaria ikiri ikibazo mu Rwanda. Yagize ati: 'Nubwo imibare igabanuka, ariko harebwe umubare w'abayirwara, abo yica, n'amafaranga ayitangwaho, malaria iracyari ikibazo gihangayikishije u Rwanda.

    Malaria mu Rwanda/ imibare ya RBC:

    2018 — 19:

    • Abayirwaye: miliyoni 3.9
    • Abo yishe: 270

    2019 — 20:

    • Abayirwaye: miliyoni 2.5
    • Abo yishe: 180

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/urukingo-rwa-malariya-rwagaragaje-kwizerwa-ku-kigero-cya-77/

    April 23, 2021
  • Ngoma: Polisi yarashe umusore wafatiwe mu kabari yarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 akayirwanya

    Polisi yarashe uwashakaga gutoroka ahita apfa, mugenzi we aratoroka -  Kigali Today

     Ibi byabaye mu ijoro ryakeye ryo ku itariki 30 Kanama 2020 ahagana saa 20h30 z’ijoro mu Murenge wa Zaza mu Kagari ka Nyagasozi.

    Amakuru avuga ko uyu musore kimwe n’abandi benshi basanzwe mu rugo rw’umuturage yarahahinduye akabari, nuko mu gihe babasohoragayo we afata amacupa ashaka kuyakoresha arwanya inzego z’umutekano.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Zaza, Singirankabo Jean Claude yabwiye IGIHE ko uyu musore yari asanzwe yarananiranye atega abaturage mu muhanda akabambura abandi akabakubita, nijoro ngo bamusanga mu kabari ashaka gukubita icupa umupolisi.

    Yagize ati “Ni umuturage w’umusore wari warananiranye, yarwanyije inzego z’umutekano, hari ahantu bari barimo kunywera bamusohoye ashaka kuzana amacupa ngo ayakubite komanda mu mutwe, byabaye nka saa 20h30 z’ijoro.”

    Gitifu Singirankabo yakomeje avuga ko uyu musore yari asanzwe yarananiranye ari igihazi, aho yirirwaga akubita abaturage abandi akabambura ibyabo. Yasabye abanyarwanda gukomeza kubahiriza amabwiriza yashyizweho na leta yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

    Kuri ubu umurambo wa nyakwigendera wajyanwe mu bitaro bya Kibungo mbere yuko ushyingurwa.

    Source : igihe.com

    August 31, 2020
  • Coronavirus – DR Congo: Bagiye mu mihanda bishimira ikurwaho ry’ibihe bidasanzwe #Rwanda #RwOT

    RDC : Scènes de liesse au siège du MLC à Kinshasa après l ...

    Amatsinda y’abantu muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo yaraye yigabije imihanda yo mu murwa mukuru Kinshasa, mu kwishimira ko Perezida Félix Tshisekedi atangaje ko igihe cy’amezi ane cy’ibihe bidasanzwe kirangiye.


    Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo y’igihugu, Perezida Tshisekedi yanatangaje ingengabihe y’ukuntu ibikorwa by’ubukungu bizagenda bisubira mu buryo gahoro gahoro, harimo no gufungura amabanki, amaduka, za ‘restaurants’ n’utubari, guhera kuri uyu wa gatatu.
    Gutwara abantu n’ibintu, guhurira ahantu ha rusange, inama n’ibikorwa by’iminsi mikuru nabyo byahawe uruhushya.
    Amashuri, za kaminuza n’ibindi bigo by’uburezi byatangajwe ko bizafungura imiryango ku itariki ya gatatu y’ukwezi gutaha kwa munani.
    Ni mu gihe insengero, ibibuga by’imikino, ibibuga by’indege n’imipaka ihuza DR Congo n’ibindi bihugu byo bizafungurwa ku itariki ya 15 y’ukwa munani.

    Ibihe bidasanzwe muri DR Congo byari byashyizweho ku itariki ya 24 y’ukwezi kwa gatatu ubwo umubare w’abanduye wari urimo kwiyongera bikomeye.
    Mu mibare yatangajwe y’ubwandu bushya yo mu byumweru bibiri bishize, hagaragaye igabanuka ry’abandura iki cyorezo muri iki gihugu.
    Kugeza ubu muri DR Congo hamaze gutangazwa abantu 8,543 banduye Covid-19, muri bo 196 yarabishe, nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins ibigaragaza.
    Iyi virusi imaze kugera mu ntara 14 muri 26 zigize DR Congo (intara 25 n’umujyi wa Kinshasa nawo ufatwa nk’intara), kuva ku itariki ya 10 y’ukwa gatatu ubwo umurwayi wa mbere yatangazwaga.
    Perezida Tshisekedi yavuze ko ingamba zo kwirinda coronavirus – zirimo nko guhana intera hagati y’umuntu n’undi ndetse no kwambara agapfukamunwa mu gihe uri ahari abandi bantu – zikomeje.

    Source : BBC

    July 24, 2020
  • Umwana w’umukobwa w’imyaka 12 yashyingiwe abagabo babiri mu kwezi kumwe #rwanda #RwOT

    By Umwanditsi
    Kenya: Umwana w'umukobwa w'imyaka 12 yashyingiwe abagabo 2 mu ...

    Mu gihe mu mategeko ya Kenya gushaka uri munsi y’imyaka 18 ari icyaha gihanwa n’amategeko, ntabwo byabujije ko umwana w’umukobwa w’imyaka 12 y’amavuko yahatiwe na se umubyara gushaka umugabo w’imyaka 51 y’amavuko. Aha, uyu mwana yaje kuhatoroka aza kongera gushaka undi mugabo w’imyaka 35 y’amavuko ariko aza gutabarwa.
    Umubyeyi w’umugabo w’uyu mwana (Se), utuye mu karere ka Narok mu burengerazuba bw’umurwa mukuru Nairobi, yamuhatiye gushaka umugabo w’imyaka 51. Umwana yaje gutoroka, ariko azakongera guhatirwa kurongorwa n’undi mugabo w’imyaka 35, mbere yuko atabarwa n’impirimbanyi iharanira uburenganzira bw’abana ifatanyije n’abategetsi.
    Muri Kenya, gushaka umuntu uri munsi y’imyaka 18 y’amavuko ni icyaha gihanwa n’amategeko. Impirimbanyi y’umugabo uharanira uburenganzira bw’abana, avuga ko yahawe amakuru ajyanye n’uwo mukobwa ubwo yari mu gikorwa cyo gutabara undi mukobwa.
    Joshua Kaputah wo mu ishyirahamwe ‘Narok County Peace Association’ yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ati: “Se yamuhaye umugabo ukuze ngo amurongore. Nta yandi mahitamo yandi yari afite atari ukurongorwa n’umugabo muto mu myaka kuri uwo [wundi]”.
    Bwana Kaputah yongeyeho ko ubukene n’ifungwa ry’amashuri kubera iki cyorezo cya coronavirus byagize uruhare mu kwiyongera kw’ishyingirwa ku gahato ry’abana b’abakobwa.
    Yagize ati: “Imiryango imwe irashonje kandi gutekereza ko ushobora kubona inka ebyiri cyangwa eshatu z’inkwano ni ibintu bitera igishuko cyane”.
    Muri Kenya gushaka imburagihe bihagaze gute?
    Gushyingira abakobwa batarageza igihe ni ikibazo giteye inkeke muri Kenya mu bwoko bw’aba Maasai bagendera cyane ku migenzo gakondo nkuko bivugwa n’umunyamakuru wa BBC Peter Mwai uri i Nairobi.
    Yongeraho ko abakobwa b’aba-Maasai bakunze gufatwa nk’ubutunzi na ba se cyangwa ababarera, bagashyingirwa ku mugabo watoranyijwe na se, na we agahabwa inka nk’ingurane.
    Leta imaze igihe irwanya uwo mugenzo, ariko uracyariho, ahanini bitewe n’uburyo butanoze bwo gushyira mu bikorwa amategeko asanzwe ariho.
    Hari uwari watabwa muri yombi?
    Ikinyamakuru The Standard gitangaza ko nyuma yaho umukwe wa mbere yari amaze gutanga inka enye z’inkwano, umukobwa yanze gushakwa n’uwo mugabo se yamuhatiraga, ariko akubitwa na babyara be b’abagabo.
    Icyo kinyamakuru gisubiramo amagambo y’uwo mukobwa agira ati: “Naratorotse kandi kubera ko ntashoboraga gusubira mu rugo kwa data kubera ubwoba bwuko yanyihaniza, nishyingiye rwihishwa ku mugabo w’imyaka 35, wari [usanzwe] warashatse”.
    Bwana Kaputah yavuze ko se w’uwo mukobwa yaje kumenya aho aherereye, akamusubiza kuri wa mugabo w’imyaka 51. Ubwo Bwana Kaputah yahageraga aherekejwe n’abategetsi, uwo mugabo yari yamaze kuzimira/guhunga.
    Polisi ya Kenya iri gushakisha se w’uwo mukobwa n’abo bagabo babiri bari bashatse uwo mwana, bose ubu bihishe, nkuko ibitangazamakuru byo muri Kenya bibivuga.
    Nibahamwa n’icyaha, bashobora gufungwa imyaka itanu bagacibwa n’amande ya miliyoni imwe y’amashilingi ya Kenya (ni agera kuri miliyoni 10 mu mafaranga y’u Rwanda), cyangwa bagahanishwa kimwe muri ibyo bihano.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com
    July 16, 2020
←Previous Page
1 … 52 53 54 55 56 … 58
Next Page→

Webrwanda Backend

Webrwanda Backend

  • Blog
  • About
  • FAQs
  • Authors
  • Events
  • Shop
  • Patterns
  • Themes

Twenty Twenty-Five

Designed with WordPress