Tag: Ubuzima

  • Abantu 9 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda abandi 890 barayandura #rwanda #RwOT

    Uyu munsi habonetse abarwayi bashya 448 ku bipimo 6,880 byafashwe mu masaha 24 ashize.

    Uyu munsi hasezerewe abantu 10 mu gihe abahawe ibitaro na bo ari 10. Abakingiwe mu Rwanda nabo ni 544.

    Inzego z'ubuzima ziraburira abaturarwanda kwitwararika kuko mu Gihugu hageze ubwoko bwa COVID-19 yihinduranyije bwitwa Delta bugize hafi 60% by'ubwandu bushya, bukaba bwandura vuba kandi bugatuma abantu banaremba vuba ndetse bamwe bakagira n'ibyago byinshi byo kubura ubuzima.

    Ku wa 30 Nyakanga 2021, Guverinoma y'u Rwanda yavanyeho Gahunda ya Guma Mu Rugo mu Mujyi wa Kigali no mu Turere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro.

    Ni mu gihe indi Mirenge igera kuri 50 yo mu tundi Turere yashyizwe muri Guma Mu Rugo kuko ifite ubwandu buri hejuru cyane, yo ikomeje kubahiriza ayo mabwiriza, na ho ahandi hose ingendo zikaba zibujijwe guhera saa kumi n'ebyiri z'umugoroba kugeza saa kumi n'imwe za mugitondo.

    Ingendo hagati y'Umujyi wa Kigali n'lntara ndetse n'Uturere tw'lgihugu zirasubukuwe, uretse izo kujya no kuva mu Mirenge 50 iri muri Gahunda ya Guma mu Rugo.

    Minisiteri y'Ubuzima igaragaza ko ubwandu bw'icyorezo bukiri ku kigero gikabije kuko hari Utugari dutandukanye ubwandu bukiri hejuru ya 5% mu gihe ubwandu budakanganye buba buri munsi ya 3%.

    Mu gihe u Rwanda rutaragera nibura ku rugero rwa 60% bagomba gukingirwa, buri wese arasabwa kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ari yo gusiga intera ya metero, kwambara neza agapfukamunwa no gukaraba intoki kenshi bakoresheje amazi meza n'isabune cyangwa alukolo yabugenewe.

    Imibare yo ku rwego mpuzamahanga igaragaza ko abamaze gutahurwaho iki cyorezo kuva cyagera ku Isi bamaze kurenga miliyoni 202, barimo miliyoni 182 bakize n'abasaga miliyoni 4 babuze ubuzima.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-9-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-890-barayandura

  • Nyagatare: Gusangira imiti n’isaza ry’inzitiramibi mu byatumye Malariya yiyongera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abitangaje nyuma y’aho itsinda rya RBC, abayobozi mu nzego z’ibanze ndetse n’Ibitaro bya Nyagatare, barimo kwigira hamwe icyateye izamuka rya Malariya muri ako karere.

    Avuga ko muri Kamena 2020, abarwayi 1,423 ari bo bavuwe indwara ya Malariya, ni mu gihe kandi muri Kamena 2021, havuwe abarwayi 11,206 muri bo babiri bitaba Imana.

    Dr Ndayambaje avuga ko benshi mu bagaragaweho iyi ndwara ari mu kiciro kuva ku myaka itanu kugera ku 18.

    Avuga ko abaturage bamaze gusura, bababwiye ko bafite ikibazo cy’inzitiramibu zashaje bityo batakiziraramo, kujya kuvoma amasaha y’ijoro n’imyaka ihingwa hafi y’ingo.

    Ati “Hari abakubwira ko inzitiramibu zashaje uretse ko harimo no kuzikoresha nabi kuko indwara igaragara mu bana kuva ku myaka itanu kugera ku 18 bigaragaza ko imiryango imwe bataziraramo. Hari kandi abajya ku mavomo amasaha y’ijoro bityo bikaba byakoroha kuribwa n’umubu”.

    Akomeza agira ati “Gusiba ibinogo no gutema ibihuru bikikije ingo byo twasanze atari ikibazo kuko ari mu zuba ariko twabonaga ibyobo babumbiyemo amatafari y’inkarakara bidasibye, ukibaza nyine ko imibu yakororokeramo. Na ho ibihuru iyo ugeze muri iki gihe baba bafite ibigori bituma hari ibihuru biri hafi y’ingo”.

    Dr Ndayambaje avuga ko ikindi hari aho basanze imiti ibura kandi umuturage agomba kuvurirwa ku mujyanama w’ubuzima ndetse no kudafata imiti neza aho hari abayisangira ari babiri.

    Agira ati “Hari aho wasangaga wenda hari imiti ibura kandi umuturage agomba kuvurirwa ku mujyanama w’ubuzima. Hari ingamba yo kureba aho bipfira mu buryo bwo kugeza imiti ku bajyanama b’ubuzima, niba umuntu arwaye imiti imugereho ku gihe”.

    Yakomeje agira ati “Ariko hari n’ikindi kibazo cyagaragaye cyo kudafata imiti neza kuko hari aho twasanze abana babiri basangira imiti, iyo na yo ikaba ari indi ngamba tugiye gukoraho kugira ngo habe ubukanguramba bwo kwigisha umuturage gufata neza imiti yahawe”.

    Yongeraho ko gufata nabi imiti biri mu bituma indwara igira ubudahangarwa kuri iyo muti.

    Dr. Eddy Ndayambaje avuga ko na none bagiye gukurikirana kumenya niba koko n’imibare itangazwa ari yo ndetse banakomeze ubukangurambaga mu baturage kugira ngo indwara ya Malariya icike.

    Imirenge itanu ari yo Rwimiyaga, Karangazi, Nyagatare, Rwempasha na Matimba yihariye 85% by’abagaragaweho indwara ya Malariya.

  • COVID-19 yabangamiye uburenganzira bw'abanyamakuru mu kubona amakuru no kuyatara #rwanda #RwOT

    Mu bihe bya Covid-19, bamwe mu banyamakuru bavuga ko uburenganzira bwabo bwo kubona amakuru butubahirizwa ngo babashe kubona amakuru no kuyatara, bityo babashe kuyatangariza abaturage nk'uko mbere byakorwaga iki cyorezo kitaraza.

    Mu bihe bisanzwe abafite mu nshingano gutanga amakuru ku banyamakuru mu bigo bitandukanye n'undi wese wifuzaga gutanga amakuru, batumagaho itangazamakuru bakariha amakuru ajya kugezwa ku bandi baturage kimwe n'uko umunyamakuru we yajyaga gutara amakuru mu buryo butamugoye ya kenera umuyobozi akamubona.

    Kuri ubu hari amakuru bakenera bakayabura bitewe n'ingamba zo kwirinda Covid-19 nka za Guma Murugo, Guma Mukarere ndetse no gukenera uwaguha amakuru akabura ndetse na bamwe mu bayobozi ugasanga batemera kuyatanga.

    Bamwe mu banyamakuru, bavuga ko bitaborohera kubona amakuru ku cyorezo cya Covid-19 kandi ari uburenganzira bwabo bwo kuyabona, kuyatara no kuyatangaza nkuko amategeko abiteganya.

    Umwe mu banyamakuru witwa Nshimyumukiza Janvier uzwi ku izina rya Popote ubwo yari mu kiganiro kuri Radiyo Royal Fm cyavuga ku myitwarire y'umunyamakuru mu bihe bya Covid-19 mu kubona no gutara amakuru, yagaragaje ko hari amakuru batabona nyamara bagakwiye kuyabona batiriwe bategereza urupapuro rw'umuhondo rusohokaho imyanzuro y'ibyemezo by'inama y'abaminisitiri.

    Yagize ati: Mu bibazo byambere bihari nuko abantu badafite amakuru ku cyorezo cya corona virusi. Hari ibintu byinshi umuntu aba yibaza kuri iki cyorezo ntabibonere ibisubizo, ntavuge ngo nzajya ntegereza ibyasohotse ku rupapuro rw'umuhondo. Hari byinshi abantu bibaza ku ndwara z'ibyorezo bagakwiye kubonaho amakuru'.

    Akomeza ati' Iyo hari indwara z'ibyorezo amakuru menshi aba ari ay'ibihuha, iyo rero ibihuha bihari n'umunyamakuru akaba nta makuru afite kuri byo ngo abashe kwigisha umuturage, ntushobora no kubageraho, nawe nta makuru ubifiteho, Ntabwo bihagije ko Minisitiri yajya kugitangazamakuru kimwe akaba ariho atangira amakuru, ugasanga amakuru arimo aratangwa n'abantu badafite amakuru ahagije ku cyorezo'.

    Umuhuzabikorwa wa Paxpress, Umuryango w'abanyamakuru baharanira amahoro, Twizeyimana Albert Baudouin wari umutumirwa nawe muri icyo kiganiro yavuze ko Hakwiye kubaho uburyo bworohereza umunyamakuru kugera ku makuru nkuko muzindi nzego bikorwa nko mu nzego z'ubuzima uko boroherezwa mu rugendo kugira ngo bagere ku ivuriro n'umunyamakuru agomba kurindwa agahabwa bus-imodoka imufasha kugera ku nkuru.

    Albert yagize ati: Birakwiye ko umunyamakuru arindwa kandi akarindwa n'itegeko. Tumaze kubona ko hari aho henshi ku isi uko itangazamakuru rikorwa niho umunyamakuru akwiriye kurindwa by'umwihariko. Duhereye nko kuri Covid-19 abaganga bahabwaga bus zibageza kubitaro, nibyo rwose birakwiye biranihutirwa ariko hakwiye ko haboneka na bus nk'icumi zitwara abanyamakuru mu Rwanda kugira ngo bagere ku nkuru baze bazitangaze mu binyamakuru byabo'.

    Avuga kandi ko hari hakwiye ko hongererwa ubushobozi ibitangazamakuru kuko 'tubonako iyo umuyobozi runaka yavuze ibitangazamakuru bibitangaza abantu bakabimenya'. Rero birakwiye ko mu byukuri uwo munyamakuru arindwa kandi akarindwa n'itegeko iyo itegeko ridahari bisa nk'aho ari ubuzima busanzwe.

    Mugisha Emmanuel, umuyobozi mu rwego rw'abanyamakuru bigenzura (RMC) yavuze ko hakenewe cyane uburyo bwo guhuza abayobozi n'itangazamakuru kugira ngo rihabwe amakuru kandi ko bishoboka cyane hatiriwe habaho guhuza abantu imbona nkubune.

    Mugisha yagize ati' Itangazamakuru rikwiye koroherezwa mu kubona amakuru rikabigira ibyaryo ku ruhembe rirasaniraho ariko rigashyigikirwa mu buryo bwo guhabwa ubumenyi no mu buryo bw'ubushobozi bw'ibifatika kugira ngo ribashe gukora iyo nshingano neza nkuko tubona muzindi nzego zitandukanye bikorwa. Amakuru nashorwemo imari kandi bikorwe mu buryo buri strategic bikorwe mu buryo butuma umunyarwanda wumva Radiyo ureba televiziyo, usoma amakuru mu bitangazamakuru abona amakuru nyayo Atari ibihuha'.

    Abanyamakuru bamenye inshingano zabo guhugura abaturage, gutambutsa amakuru abaturage bakeneye, boroherezwe kubona amakuru kugirango ayo makuru babona babafashe kuyageza kuri rubanda, barinde rubanda kumva ibihuha, habeho uburyo bwo guhuza abayobozi n'abanyamakuru kuko byakuraho ko abayobozi batazongera guhamagarwa kenshi basubiramo ibyo bavuze, ahubwo hakabaho igihe cyo guhura n'inzego z'ubuzima ndetse n'izindi niyo byaba rimwe mu kwezi bitewe n'umwanya bashobora kubona.

    Isabella Iradukunda Elisabeth

    Source : https://www.intyoza.com/covid-19-yabangamiye-uburenganzira-bwabanyamakuru-mu-kubona-amakuru-no-kuyatara/

  • Abantu 7 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda abandi 650 barayandura #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu taliki ya 6 Kanama 2021, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko COVID-19 yahitanye abantu 7 bituma abamaze gupfa bagera kuri 881.Abapfuye n''abagore 4 n'abagabo 3.

    Abanduye Covid-19 bashya ni 650 babonetse mu bipimo 9,813 mu gihe mu cyumweru cyose habonetse abarwayi 5,111.

    Uyu munsi hasezerewe abantu 28 bakize, mu bitaro hinjiramo 18.Abakingiwe ni 20,794.

    Inzego z'ubuzima ziraburira abaturarwanda kwitwararika kuko mu Gihugu hageze ubwoko bwa COVID-19 yihinduranyije bwitwa Delta bugize hafi 60% by'ubwandu bushya, bukaba bwandura vuba kandi bugatuma abantu banaremba vuba ndetse bamwe bakagira n'ibyago byinshi byo kubura ubuzima.

    Ku wa 30 Nyakanga 2021, Guverinoma y'u Rwanda yavanyeho Gahunda ya Guma Mu Rugo mu Mujyi wa Kigali no mu Turere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro.

    Ni mu gihe indi Mirenge igera kuri 50 yo mu tundi Turere yashyizwe muri Guma Mu Rugo kuko ifite ubwandu buri hejuru cyane, yo ikomeje kubahiriza ayo mabwiriza, na ho ahandi hose ingendo zikaba zibujijwe guhera saa kumi n'ebyiri z'umugoroba kugeza saa kumi n'imwe za mugitondo.

    Ingendo hagati y'Umujyi wa Kigali n'lntara ndetse n'Uturere tw'lgihugu zirasubukuwe, uretse izo kujya no kuva mu Mirenge iri muri Gahunda ya Guma mu Rugo.

    Hari abatari bake bibaza niba uwarwaye COVID-19 akayikira aba akeneye kuyikingiza, bamwe bibwira ko kuyirwara bituma umubiri wabo ugira ubudahangarwa ku buryo urukingo rudakenewe.

    Iyi ni imyumvire ikwiye guhinduka kuko uwarwaye iyi ndwara akayikira na we aba agomba kwikingiza.

    Dr Nsanzimana Sabin Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), yasobanuye impamvu uwakize COVID-19 utarakingiwe na we agomba kwikingiza.

    Mu butumwa yatanze bwatambukijwe ku mbuga nkoranyambaga, Dr. Nsanzimana yagize ati: 'Kurwara COVID-19 bishobora kugusigira abasirikare bake b'ubwirinzi mu mubiri wawe. Ubushakashatsi bumaze igihe bukorwa bugaragaza ko umuntu warwaye COVID ashobora no kongera kuyirwara, na hano mu Rwanda turabafite bayirwaye inshuro zirenze imwe, si benshi ariko barahari binasobanuye ko ubwirinzi wakuye ku kuyirwara buri hasi cyane y'ubwirinzi wakura mu rukingo'.

    Yongeyeho ati: 'Ni na yo mpamvu dushishikariza abantu bahuye na COVID bakayikira batarakingirwa ko na bo babona urwo rukingo kugira ngo rubongerere ubudahangarwa buke bari bafite ndetse runabarinde kongera guhura n'iyo ndwara'.

    Yagaragaje ariko ko umuntu urwaye COVID-19 adafata urukingo akiyirwaye kuko ubudahangarwa mu mubiri we buba bukiri kwirwanaho; busa nk'aho butari hamwe, bityo kubwongeramo urukingo bikaba bitafasha uwo murwayi.

    Ikindi ni uko uwayikize na we hari igihe aba agomba gutegereza kugira ngo ahabwe urukingo. Dr Nsanzimana ati: 'Ndetse na nyuma yo gukira COVID-19 hakwiye gutegerezwa nibura ukwezi kumwe mbere yo guhabwa urukingo'.

    Avuga ko iminsi 30 ari yo yumvikanyweho uwakize iki cyorezo agomba gutegereza kugira ngo ahabwe urukingo rwacyo.

    Yanasobanuye ibirebana n'uko umuntu ashobora kwandura virusi SARS_CoV_2 itera COVID-19 ariko ntimutere ubu burwayi nyirizina. Ibi ni na byo ngo bikunze kuba ku bantu babonye urukingo. Iyo bagize ibyago bakandura, usanga bafite amahirwe yo kutarwara COVID-19.

    Ati: 'Twagiye tubibona, inkingo zose n'ubundi ntabwo zigeza ku 100%, ni 95%, … Bivuga ko ushobora kuyandura ariko kurwara COVID-19 byo mu bigaragara, mu nkingo nyinshi zihari biri kure. Ushobora kwandura SARS_CoV_2 ariko nturware COVID-19 ngo ujye no mu bitaro kubera iyi ndwara nyirizina'.

    Nk'uko Dr Nsanzimana Sabin yabisobanuye, ijambo COVID-19 risobanura uburwayi buterwa n'imwe muri virusi za Koronavirusi yitwa SARS_CoV_2. Ni kimwe n'uko SIDA ari uburwayi buterwa na virusi yitwa HIV.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-7-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-650-barayandura

  • Sobanukirwa uko wakwitwara nyuma yo gukingirwa Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Twibukiranye zimwe mu mpinduka zigaragara ku bantu bahawe urukingo n’ubwo zitaba zimwe ku bantu bose.

    Yaba dose ya mbere cyangwa iya kabiri, hari abagira bimwe muri ibi:

    • Kurwara umutwe
    • Kumva ubabara ukuboko kwateweho urushinge
    • Kugira intege nke
    • Kugira umuriro
    • Gutengurwa
    • Kugira isesemi

    Ibi ni bimwe mu byo umuntu akwiriye kumenya no kwitaho nyuma yo guhabwa urukingo rwa Covid-19.

    • Imirire iboneye ni ngombwa cyane kugira ngo izamure ubudahangarwa bw’umubiri bityo n’izo ngaruka zigaragara mu gihe gito zigashira vuba zitazahaje uwikingije. Iyo abahanga mu by’imirire bavuze ‘imirire iboneye’ baba bavuze amafunguro akungahaye ku byubaka umubiri, ibirinda indwara n’ibitera imbaraga.
    • Ni byiza kwirinda amafunguro akungahaye ku mavuta nka pizzas, hamburgers n’ibindi bisa nka byo nk’uko Umunyamerika w’umuhanga mu by’imirire, Dr Todd Born, yabitangarije ikinyamakuru Huffington Post. Dr Todd avuga ko ari byiza kwibanda ku mafunguro arimo imboga, impeke, imbuto, n’ibindi bikungahaye kuri za poroteyine kugira ngo habeho gukangura umubiri nyuma yo gufata urukingo rwa Coronavirus.

    Ese ntacyo byatwara kuba umuntu yakingirwa Covid-19 yanyweye inzoga cyangwa akazinywa nyuma yo gukingirwa

    Inkuru ya Dailmail ivuga ko abahanga mu by’ubuvuzi bavuga ko ari byiza kugenzura ingano y’inzoga umuntu anywa haba mbere ndetse na nyuma yo guhabwa urukingo rwa Covid-19.

    Iyi nkuru ivuga ko inzoga zishobora gutuma urukingo rucika intege bityo intego yarwo yo guha umubiri ubudahangarwa ntigerweho neza.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru New York Times, Dr Ilhem Messaoudi, uyobora ikigo cy’ubushakashatsi kuri za virusi muri kaminuza ya California, yahumurije abantu avuga ko abanywa inzoga ntibarenze ibirahure bibiri ku munsi badakwiye kugira ubwoba.

    Nk’uko Dr Todd akomeza abivuga, ibyo abantu basabwa kugira ngo bagire ubuzima bwiza mu bihe bisanzwe ni na byo byitabwaho cyane nyuma yo gukingirwa Covid 19, aho avuga ko ari byiza kunywa cyane, byumwihariko amazi n’icyayi kitarimo isukari, ahubwo ku bafite isesemi kikarungwa na tangawizi.

    Ese ntacyo byatwara mu gihe umuntu wakingiwe afashe ibinini bigabanye ububabare mbere cyangwa nyuma yo gukingirwa?

    Hari imiti ikunze gukoreshwa ndetse igurwa muri Farumasi bidasabye ko yandikwa na muganga, Paracetamol na Ibuprofene.

    Ikinyamakuru Lavoixdunord.fr kivuga ko ari byiza gufata paracetamol nyuma y’urukingo ibimenyetso byarwo byatangiye kugaragara, na bwo mu gihe uwakingiwe yumva atabasha kwihanganira ububabare, kandi ntarenze ibinini bitatu ku munsi.

    Icyakora ngo mbere yo gufata ibuprofene byaba byiza kubanza kubaza muganga, kuko mu biyigize harimo ibyabangamira intego y’urukingo ari yo gutanga ubudahangarwa bw’umubiri.

  • Abantu 10 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda abandi 754 barayandura #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kane taliki ya 5 Kanama 2021, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko abantu 10 bahitanywe na COVID-19 bituma umubare w'abamaze kwicwa n'iki cyorezo ugera kuri 860.Abapfuye n'abagore 4 n'abagabo 6.

    Uyu munsi kandi abanduye ni 754 mu bipimo 14.393 byafashwe hirya no hino mu Rwanda.Umujyi wa Kigali ni wo wabonetsemo abanduye benshi bagera kuri 70.

    Mu gihe u Rwanda rutaragera nibura ku rugero rwa 60% bagomba gukingirwa, buri wese arasabwa kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ari yo gusiga intera ya metero, kwambara neza agapfukamunwa no gukaraba intoki kenshi bakoresheje amazi meza n'isabune cyangwa alukolo yabugenewe.

    Perezida wa Afurika y'Epfo, Cyril Ramaphosa unahagarariye Afurika Yunze Ubumwe muri gahunda yo kurwanya Covid-19, yatangaje ko ibihugu bigize AU byatangiye kohererezwa inkingo zabonetse ku bufatanye na 'African Vaccine Acquisition Trust: AVAT', kuri uyu wa 5 Kanama 2021.

    AVAT ni gahunda yashyizweho na AU ngo hashakwe inkingo za Covid-19 zo kunganira izindi gahunda muri uru rwego zirimo nka COVAX kugera ngo umuhigo wo gukingira 60% by'Abanyafurika ubashe kugerwaho.

    Iyi gahunda ifite abaterankunga mpuzamahanga barimo African Export-Import Bank (Afreximbank), Ikigo Nyafurika gishinzwe kurwanya Indwara (Africa CDC) na Banki y'Isi.

    Ibihugu bigize AU byiyemeje guhuza ubushobozi bwo kugura inkingo maze ku wa 28 Werurwe 2021, AVAT yashyize umukono ku masezerano yo kugura dose miliyoni 220 z'urukingo rwa COVID-19 rwa Johnson & Johnson, ziyongeraho izindi miliyoni 180.

    Impamvu yo guhitamo urukingo rwa Johnson & Johnson zirimo kuba ruhendutse, rubikika neza ndetse rukorerwa ku Mugabane wa Afurika.

    Perezida wa Afurika y'Epfo, Ramaphosa, yagize ati 'Iyi ni intambwe ikomeye yatewe mu bikorwa bya Afurika byo kubungabunga ubuzima n'imibereho myiza y'abaturage bayo. Mu gukorera hamwe no guhuriza hamwe imbaraga, ibihugu bya Afurika byashoboye kubona amamiliyoni ya dose z'inkingo zakozwe hano muri Afurika. Ibi bizatanga umusanzu ukomeye mu kurwanya COVID-19 ku Mugabane wa Afurika kandi bizaba urufatiro rwa Afurika mu mibereho no kuzahura ubukungu.'

    Biteganyijwe ko kuri uyu wa 5 Kanama, icyiciro cya mbere cy'inkingo gitangira kugezwa mu bihugu bigize AU, uku kwezi kukazarangira hatanzwe doze miliyoni 6.4.

    Izi nkingo zizakomeza gutangwa ukwezi kwa 12 kukazashira zimaze kugera ku bihumbi 50 aho biteganyijwe ko hari n'izizatangwa na UNICEF.

    Uku kugura urukingo ni intambwe idasanzwe ku Mugabane wa Afurika. Ni ubwa mbere Afurika ifatanyije isoko rinini ibihugu byose bigize uyu muryango bibigizemo uruhare.

    Bibaye kandi ku nshuro ya mbere ibihugu bigize AU byisunganye ngo bigure inkingo kugira ngo bibungabunge ubuzima bw'abaturage babyo.

    Nibura miliyoni 400 z'inkingo zizakingira kimwe cya gatatu cy'abaturage ba Afurika ndetse zizasiga Afurika hafi mu cya kabiri cy'intego yayo yo gukingira 60% by'abaturage bayo kuko abaterankunga mpuzamahanga biyemeje gutanga inkingo zizaba zisigaye zikenewe binyuze muri gahunda ya Covax.

    Izi nkingo zirimo gukorerwa ku mugabane wa Afurika na Aspen Pharmacare, ikigo gikora imiti giherereye i Gqeberha muri Afurika y'Epfo.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-10-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-754-barayandura

  • Abaturage ntibavuga rumwe ku byuma bibasuzuma uburwayi bw'imbere mu mubiri #rwanda #RwOT

    Abahanga mu ikoreshwa ry'ibyuma byo kwa muganga bisuzuma ubuzima bw'umuntu nka 'scanner' bahamya ko guca mu cyuma bikurura ingaruka nyinshi harimo no kurwara kanseri, bagatanga ihumure ko hari ubwirinzi bwateganijwe mu rwego rwo gukumira izo ngaruka. Ni mu gihe hari bamwe mu baturage bavugako bitewe impungenge nuko ngo bigabanya iminsi yo kubaho .

    Hirya no hino mu gihugu usanga ku bitaro bitandukanye hari abaturage bagana serivisi zo kwivuza, zirimo n'izo guca mu byuma bireba mu mubiri imbere.

    Iyo uganiriye na bamwe mu bahabwa izi serivisi, bavuga ko baterwa impungenge n'amakuru bumva ko ngo iyo umuntu aciye mu cyuma nka scanner ashobora gukuramo izindi ngaruka zirimo nko kugabanya iminsi yo kubaho cyangwa kurwara kanseri. Icyakora bakifuza ko ababisobanukiwe babaha amakuru nyayo kuko babyumva nk'ibihuha.

    Umwe mu baganiriye n'Umuryango yagize ati ” Numva bavuga ngo iyo umuntu aciyemo niko iminsi ye igagabanuka, nanjye nagiciyemo kenshi bakambwira ko iminsi nari kubaho igenda igabanuka, ubwo rero abantu bose bahamya ko kiriya cyuma ari kibi igihe cyose ugiciyemo ngo niba wari ufite mirongo itanu hagenda havaho umwe umwe ahubwo nk'abaganga babitubwiraho niba hari ingaruka bigira bakajya batugabanyiriza inshuro ducamo.”

    Dr Sendegeya Augustin, Umuganga akaba n'umuyobozi mukuru w'ibitaro bya kaminuza bya butare CHUB avuga ko koko izi ngaruka zishobora kubaho biturutse ku mirasire y'ibi byuma, icyakora agashimangira ko kwa muganga haba hari uburyo bwizewe bwateganyijwe mu kuzikumira.

    Yagize ati “Birumvikana rero ko iyo mirasire yitwa Rayonku kigero runaka ishobora kwangiza ibice bimwe by'umubiri, uturemangingo igahindura imikorere yatwo ikaba yatera indwara ya kanseri, ni ukuvuga ko mu mubiri haba hagiyemo imirasire myinshi.

    Mujya mwumva ibyo bita ingufu za nuclear, iyo habayemo gusohoka ku iyo mirasire myinshi ikajya hanze icyo gihe iba yateza ibibazo bikomeye cyane. Ariko nabamara impungenge ko iyo mirasire dukoresha aba ari mike cyane ku buryo itateza ikibazo.

    Hari n'ubwirinzi tugira aho tubikorera tugerageza ku buryo ya mirasire ikomeze iri muri cya cyumba imbere, abadamu batwite nabo ntabwo dukunze kubikora kuko tuba dufite impungenge zuko hari ikibazo yagira ku mwana atwite, ndetse no kubana bakiri batoya dufite uburyo tubikora tukabakingira, tukabafotora gusa mu magambo make iyo mirasire nibyo ishobora kuba yateza ikibazo iyo ikoreshejwe ari myinshi.

    Kuba bavuga ko bigabanya iminsi yo kubaho ndumva nabyo tubyitaho hagamijwe gukumira izo ngaruka navuze haruguru. “

    Inzobere mu buzima zishimangira ko guca mu cyuma, ari bwo buryo bwizewe bufasha umuntu kumenya neza indwara ziri mu mubiri we, zirimo nk'izo mu mara yo mu nda, umuvuduko w'amaraso, diyabete, kanseri, koroha kw'amagufa, indwara zo mu mutwe nk'ibibyimba, impyiko, n'izindi.

    INKURU YA: Iradukunda Yves

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abaturage-ntibavuga-rumwe-ku-byuma-bibasuzuma-uburwayi-bw-imbere-mu-mubiri

  • Abamotari 46.000 barimo gukingirwa Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’igihugu cyita ku Buzima ‘RBC’, nibura abantu bagera ku 300.000 ni bo bazakingirwa mu gihe cy’ukwezi n’igice, uhereye ku itariki 3 Kanama 2021 ubwo hatangizwaga ubwo bukangurambaga bwo gukingira abantu bari mu byiciro bitandukanye harimo n’Abamotari.

    Ibikorwa byo gukingira birabera muri ‘Camp Kigali’, ku ‘Kibuga cya Expo’ i Gikondo, ndetse no ku bigo nderabuzima, bita cyane cyane ku bantu bafite imyaka 40 kuzamura.

    Iyo gahunda igamije ko hakingirwa abantu batanga serivisi zituma bahura n’abantu benshi ku buryo byatuma bandura Covid-19 ku rusha abandi.

    Abamotari ndetse n’abakozi ba za hoteri bari muri ibyo byiciro by’abagomba gukingirwa Covid-19 hatitawe ku myaka bafite. Abagore batwite ndetse n’abonsa na bo bari muri ibyo byiciro by’abagomba gukingirwa Covid-19.

    Aganira n’ikinyamukuru ‘The New Times’, Ngarambe Daniel, Umuyobozi w’urugaga ry’Abamotari mu Rwanda ‘Ferwacotamo’ yavuze ko gahunda yo gukingira Abamotari iziye igihe.

    Kuri we, ngo mu minsi itanu abamotari bose bateganywa gukingirwa mu gihugu bazaba bamaze gukingirwa, ariko ibyo ngo bizaterwa n’uko inkingo zibonetse.

    Biteganyijwe ko abamotari 26.000 ari bo bazakingirwa mu Mujyi wa Kigali, na ho mu Ntara hagakingirwa 20.000.

    Ngarambe yagize ati “Abamotari bishimiye guhabwa inkingo, turashimira Guverinoma yatekereje gukingira Abamotari nka kimwe mu byiciro by’abantu bafite ibyago byo kwandura Covid-19”.

    Abayobozi muri RBC bavuze ko abarimo gukingirwa mu bukangurambaga bwatangiye tariki 3 Kanama 2021, barimo guhabwa urukingo rwa ‘Pfizer’.

    Abamotari bakingiye bavuga ko bishimiye kubona urukingo.

    Mfashijwenimana Jean Baptiste, Umumotari ukorera mu Karere ka Gasabo, yavuze ko mbere yatinyaga urukingo rwa Covid-19 kubera ibihuha yarwumvagaho, ariko ubu ngo azi akamaro karwo mu kumurinda.

    Macumbi Aimable, we ni Umumotari ukorera mu Karere ka Kicukiro, avuga ko ubu nta bwoba agitewe n’urukingo rwa Covid-19.

    Yagize ati “Twajyaga twumva ibihuha byerekeye urwo rukingo, nkumva mfite ubwoba bwo kurwiteza, ariko ubu namenye ko nta ngaruka mbi rwangiraho, ahubwo rundinda”.

    Hashize igihe Guverinoma y’u Rwanda itangiye gukingira abaturage uko inkingo zigenda ziboneka.

    Abayobozi bo muri Minisiteri y’Ubuzima bizeza Abanyarwanda ko gahunda bari bihaye yo gukingira nibura 60% by’Abaturarwanda bitarenze uyu mwaka wa 2021 izagerwaho n’ubwo habanje kubaho ikibazo cy’ibura ry’inkingo.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Lt Col Dr Mpunga Tharcisse, yavuze ko u Rwanda rutegereje inkingo zigera kuri Miliyoni eshatu zizaba zageze mu gihugu bitarenze ukwezi kwa Nzeli 2021.

    Kugeza tariki 3 Kanama 2021, abantu bagera ku 466.522 ni bo bari bamaze gukingirwa ku buryo bwuzuye mu Rwanda, ni ukuvuga bamaze guhabwa doze ebyiri z’urukingo.

  • Musanze: Hari ababyeyi batarasobanukirwa neza amabwiriza ajyanye no konsa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni mu gihe isi yose iri mu cyumweru mpuzamahanga cyahariwe konsa cyizihizwa guhera buri tariki ya 1 kugeza kuya 7 Kanama, mu rwego rwo kugaragaza akamaro ko konsa, aho konsa neza abana bibaha intangiriro nziza y’ubuzima, bikaba ari kimwe mu bikorwa byoroshye, kandi gitanga inyungu kuko hagomba gushakwa uburyo abana bose babaho kandi bagakura neza.

    Igikomeje kugora abaturage muri iyo gahunda, ni ubumenyi n’agaciro baha ayo mabwiriza ajyanye no konsa neza umwana, aho abaganiriye na Kigali Today mu Karere ka Musanze bagaragaje ko bagira imbogamizi mu kubahiriza gahunda ikwiye yo konsa umwana, zirimo ubukene, ubumenyi buke, n’imibanire mibi y’abo bashakanye.

    Ubundi konsa umwana uko bikwiye, biba byiza ari uko bikozwe inshuro umunani ku munsi, kandi bigakoranwa isuku nk’uko bivugwa n’Umuyobozi w’ibitaro bikuru bya Ruhengeri, Dr Muhire Philbert.

    Yagize ati “Umwana umaze kuvuka ntiyagombye kurenza isaha imwe atarashyirwa ku ibere, icyo ababyeyi bagomba kukimenya kuko ari ingirakamaro, aho ayo mashereka ya mbere aba arimo intungamubiri zikomeye zirimo n’ibirinda umwana uburwayi kandi bigafasha wa mubyeyi kubona amashereka imiyoboro iyazana ikabasha gukora neza. Ikindi agomba kureba uburyo azonsa umwana byibura imyaka ibiri, umubyeyi kandi akonsa umwana mu gihe cy’amezi atandatu nta mfashabere”.

    Arongera ati “Guhera ku kwezi kwa gatandatu, nibwo umubyeyi ashaka ikizunganira ibere, kandi umwana akonswa byibura inshuro umunani ku munsi, umwana akonka buri masaha atatu, kandi ntituvuge ngo umwana aronka ku manywa asibe ijoro”.

    Bavuga ko akazi katabemerera konsa abana babo uko bikwiye
    Bavuga ko akazi katabemerera konsa abana babo uko bikwiye

    Mu gihe u Rwanda ruri mu cyumweru cyahariwe konsa, abenshi mu baganiriye na Kigali Today, bavuga ko batubahiriza ayo mabwirizwa yagenewe gahunda yo konsa, aho bonsa abana inshuro ziri munsi y’izagenwe n’impuguke mu buvuzi, bitewe n’akazi kenshi kaba kabahugije, imirire mibi y’abo babyeyi aho bamwe babura amashereka ndetse bamwe bakonsa abana batabanje gusukura intoki.

    Nyirarwangano Josephine ati “Bitewe n’imibereho ababyeyi ntibakibona umwanya wo konsa abana, urabyuka ugenda, umwana ukamusigira umukozi utamufite na we agashaka uko yirwanaho, ugasanga bigeze ku mugoroba umwana yonse rimwe. Ibi bikomeje kugira ingaruka ku bana kuko ntibagira imikurire myiza ari na ho hava ikibazo cy’igwingira”.

    Arongera ati “Uragera ku bahinzi byo bigahumira ku mirari, kuko ntibakaraba mbere yo konsa, nanjye ngituye mu cyaro sinakozwaga ibyo gukaraba, maze no gukaraba bagiye kurya ntibabikora, ni ikibazo gikomeye”.

    Nyiramana Emerence ufite umwana w’uruhinja avuga ko iyo yamwonkeje inshuro nyinsi ku munsi amwonsa kane, akavuga ko n’ubwo aba amuhetse aba ari mu kazi ashaka imibereho, bikaba ngombwa ko yibuka konsa umwana ari uko arize kubera inzara.

    Kuri we ngo ikibazo bagira, ni ubumenyi buke kuri gahunda yo konsa umwana, ikindi ngo kubona ibyo kurya ntacyo umugabo amufasha aho iyo yabonye udufaranga atumarira mu nzoga, ibyo byose ngo bigatera ikibazo cyo kubaho nabi, yakonsa umwana rimwe na rimwe akabura amashereka kubera imirire mibi.

    Umwe mubemeza ko amabwiriza yo konsa atubahirizwa
    Umwe mubemeza ko amabwiriza yo konsa atubahirizwa

    Siniragiye Donatha nawe avuga ko akazi kenshi agira ko gucuruza imbuto apagasa, kamwibagiza konsa umwana we akamuha ibere iyo arize mu buryo bwo kumuhoza, avuga ko ubukene ari kimwe mu bimutera atita ku mwana we nk’uko bikwiye.

    Ati “Nk’ubu nta gikoma mperuka nitungiwe n’amazi y’umugezi, umwana ndamushyira ku ibere agakurura ntagite icyo abona, ubukene butumereye nabi, none se uwo mwana koko ubwo azakura neza?

    Iyo nabonye udufaranga ngura ibirayi, iby’ibikoma narabyibagiwe, imirire ni mibi, nk’ubu iyo ngize amahirwe yo kurya akanyama ni kuri Noheli, abakora ubuhinzi bo sinakubwira, aratamika umwana ibere atitaye ko intoki zanduye, ni uko Leta yatwibutse itugenera ibinini by’abana, na ho ubundi inzoka zari kuzabica”.

    Ikindi abo babyeyi bagaragaje ni umubare munini w’abagore bagifite inyumvire yo kwirinda konsa abana, bakemera bakabakamira amashereka kugira ngo amabere yabo atagwa. Ibyo abenshi bafashe nk’ubwirasi ndetse na Dr Muhire Philbert avuga ko, ibyo na we abibona henshi kandi ko byangiza imikurire y’abana.

    Dr Muhire ati “Hari ababyeyi bajya bavuga ngo ntibonsa abana kuko bibahindurira amabere, icyo nababwira batekereze ku buzima bw’abana babo bareke gutekereza ku buzima bwabo bwite. Iyo umubyeyi yabyaye aba yagize abana, aba yavuye mu cyiciro kimwe yageze mu kindi, n’abagabo babyumve niba ufite umugore akabyara aba yabyaye nyine, mwagize abana, bigomba kubaho ntabwo bagomba kugereranywa n’ubuzima bw’abana babo, ababyeyi bamenye ko umwana akenera ibere kandi nta kirisimbura, ni yo mpamvu habaho iki cyumweru cyahariwe konsa”.

    Abana bageze ku mezi atandatu batangira guhabwa inyunganirabere kugeza ku myaka ibiri
    Abana bageze ku mezi atandatu batangira guhabwa inyunganirabere kugeza ku myaka ibiri

    N’ubwo abo babyeyi bagaragaza izo mbogamizi, Raporo y’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana yo mu mwaka wa 2019, igaragaza ko hafi 87% by’ababyeyi b’u Rwanda bonsa neza abana babo, mu gihe cy’amezi atandatu ya mbere y’ubuzima bwabo nta mfashabere, mu gihe 64% by’abana bo mu Rwanda ari bo bahabwa imfashabere nyuma y’amezi atandatu.