Tag: Ubuzima

  • Trump yise Coronavirus “Kung flu” ashaka kuninura u Bushinwa #RwOT #Rwanda #SEVENTEEN_LeftnRight


    Perezida Donald Trump yise Coronavirus “Kung flu”, izina rishya yayihaye
     ashaka kumvikanisha ko ari virus yakomotse mu Bushinwa, imvugo ikomeje 
    kunengwa n’abantu benshi ko ihembera ibikorwa by’ivangura.
    Icyorezo cya Coronavirus kimaze guhitana abantu bagera ku bihumbi 119 muri Leta 
    Zunze Ubumwe za Amerika. Mu bikorwa bya mbere kuva aho iki cyorezo cyibasiye
     igihugu cye byo kwiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora 
    ateganyijwe mu Ugushyingo, byabereye mu Mujyi wa Tusla muri leta ya Oklahoma, 
    ababishinzwe batanze udupfukamunwa mu bantu bari bitabiriye ariko bake nibo 
    batwambaye.
    Trump yanenzwe ku bwo guhuriza abantu benshi hamwe muri stade ku buryo bishobora
     gukwirakwiza Coronavirus. Yavuze ko impungenge zagizwe kuri iki gikorwa zari 
    zikwiye kuba zaranagizwe ku myigaragambyo yadutse mu gihugu mu minsi 
    ishize yamagana ubugizi bwa nabi bwa polisi kuko ngo nayo yahuruzaga abantu 
    benshi.
    Ati “Ntushobora kubumva bavuga ngo ntabwo bambaye udupfukamunwa.”
    Ni mu gihe ubushakashatsi bwakunze kugaragaza ko haba hari amahirwe menshi 
    kuba abantu bari ahantu hamwe hafunganye bashobora kwandura Coronavirus kurusha 
    abari hanze.
    Trump yakomeje avuga ku ijambo Covid-19, risobanura Coronavirus Disease 2019, 
    rikoreshwa nk’impine y’agakoko gatera iyi ndwara ka SARS-CoV-2. Yavuze ko ari 
    izina ryahawe iyi virus rigakwira ku Isi hose mu kwirinda kuyita virus y’Abashinwa.
    Ati “Ni icyorezo gifite amazina menshi, gifite amazina menshi kurusha ibindi 
    byorezo mu mateka. Nacyita Kung Flu. Natanga amazina 19 atandukanye.”
    Kung Flu, izina rishya Trump yahaye Covid-19, rininura u Bushinwa busanzwe 
    bufite imirwano ishingiye kuri gakondo yitwa Kung fu.

    source : igihe.com

  • Abarwayi bashya ba Coronavirus biyongereyeho batandatu bagera kuri 646 #rwanda #RwOT

    Minisiteri y’Ubuzima, yatangaje ko mu Rwanda habonetse abantu batandatu bashya banduye icyorezo cya Coronavirus bituma umubare w’abamaze kwandura mu gihugu ugera kuri 646 mu gihe abakize bo biyongereyeho batatu bakagera kuri 350.
  • Nukurikiza aya mabanga nta kabuza uzabana n’uwo ukunda akaramata #RwOT




    Ni byiza rero kumenyana neza cyane cyane ku bashakanye. Impamvu ni uko mu buzima bwabashakanye, kumenya bihagije umuntu bigira uruhare runini mu bibazo by’ubuzima bwabo, byaba ibibazo by’iterambere, iby’uburwayi, n’ibindi.
    Iyo umaze kumenya ibyerekeye uwo mwashakanye ugomba no kugira ubushobozi bwo gutuma mufatanya gukemura ibibazo by’ubuzima musangiye, mugihe mufata icyemezo cyo kugira icyo mukora cyangwa kutagikora, bigomba gushingira kukuba muziranye. Nibyiza ko mu mibereho ya buri munsi, umuntu wese mu bashakanye atizirikana ubwe gusa ahubwo azirikana na mugenzi we.
    1. Guhitamo neza
    Guhitamo uwo muzarushingana si ikintu cyoroshye kuko ni icyemezo ufata wamaze kwiyemeza ko utazabyicuza. ni ikintu gisaba kubanza kubitekerezaho kandi hari ibyo ugenderaho bitewe n’ uko wiyizi kuko ugomba kumenya ko igihe uzahura n’ ingorane uzabyirengera.
    Igihe cyose uzashaka uwo utihitiyemo bizakugora kuko uzananirwa kwakira ingorane uzahura nazo.
    Mu bazaguhitiramo uwa mbere ni Imana, uwa kabiri ni umutima wawe. Niba umutima wawe ari mwiza, ihitamo ryawe rizaba ryiza, niba umutima wawe ari mubi, n’ihitamo ryawe rizaba ribi.
    2. Kumenyana no kujya inama
    Guhora abantu babwirana ko bakundana sibyo byubaka urugo, ahubwo ni igihe cyo kwica ku ngeso n’imico imwe n’imwe itajyanye n’uwiyemeje gushinga urugo. Ni igihe umusore n’inkumi banoza urukundo rwabo, umwe akifungurira undi, bakabwirana nta kwishisha, ibyo buri wese akunda n’ibyo yanga ; bakamenyana. Ni igihe cyo kwibaza niba ukuze byo kuba wakubaka urugo mu byiza no binaniza byarwo. Ni igihe cyo kurebera hamwe icyabatera guhirwa.
    3. Kwemeranwa
    Mbere yo kwiyemeza gushinga urugo ugomba kubanza kwemera uwo mugiye kubana, ukamwera uko Imana yamuremye ndetse n’ uko ateye, kuko buri wese afite uko yaremwe gutandukanye na Mugenzi we, ukemera ibyiza n’ ibibi bya mugenzi wawe kuko byose byuzuzanya kandi buriwe se niko aremwe.
    4. Kuba wujuje imyaka yo gushaka
    Ibihugu byinshi bigira amategeko arebana no gushaka aho usanga barashyizeho imyaka yo kugirango wemererwe gushaka. mu Rwanda itegeko riteganya imyaka 21.
    igihe cyose utaruzuza iyi myaka Leta igufata nkaho utaragira ubukure bwo kuba wabasha kubaka urugo ngo rukomere.
    5. Gutekereza ku nshingano ugiye kwinjiramo
    Igihe cyose uteganya kubaka urugo rwawe ugomba kubanza kumenya ko ari ubuzima butandukanye n’ ubwo wari ubayemo kandi ko n’ inshingano zitandukanye bityo ukiyemeza kwakira inshingano nshashya ndetse umuntu atatinya kuvuga ko zitoroshye.
    6.Kwemera kuba Umugabo/ Umugore
    Kwitwa Umugabo/ Umugore ntibigaragarira mu myambaro umuntu yambaye ahubwo ni ukuba wuzuza inshingano zawe koko nk’ umugabo cyangwa umugore nyawe.
    7.Kwihangana
    Urugo rwubakwa no kwihangana, ukamenya ko umuntu mugiye kubana mutandukanye muri byose bityo uba ugomba kwihahanganira ibyo yakora bikubangamiye nawe akihanganira ibyawe bimubangamiye.
    Umwanzuro: Kugirango ubane neza n’uwo mwashakanye, kandi umugaragarize urukundo, ukwiye kumenya ibimwerekeye. Ibyo akunda ibyo yanga, ibimubabaza, ibimushimisha, uko yabayeho kugirango mu mibanire yanyu atabaho aremerewe n’imyanzuro ufata ahubwo anezezwe no kubana nawe mwuzuzanya.

    Source : Isimbi.rw
  • USA:Umuforomokazi yanduje coronavirus abirabura benshi,750 barapfa mu rwego rwo kwihorera #RwoT

    Umuforomokazi w’umunyamerika yavuze uburyo yanduje ku bushake coronavirus abirabura bo muri Amerika benshi bashoboka ku buryo abagera kuri 750 bamaze gupfa mu rwego rwo guhorera urupfu rwa musaza we wishwe arashwe n’abanyamerika b’abirabura ubwo barangiza bakamwambura amafaranga bakajya kuyaguramo ibiyobyabwenge.
    Uyu muforomokazi utarashatse ko umwirondoro we utangazwa bitewe n’uko atinya ko yafungwa kubera uburemere bw’ibyo yakoze asabira imbabazi,yandikiye ikinyamakuru 24jours ubuhamya bw’uko yanduje abanyamerika b’abirabura coronavirus ku buryo imaze guhitana 750 abandi bakaba bakirwaye.
    Yandikiye icyo gitangazamakuru agira ati”Mwaramutse mfite ubuhamya bw’ibyo nakoze bitari byiza na gato.Nzi ko mutangaza ubuhamya bw’abasomyi banyu baboherereje.Nizere ko mutangaza ibyo kugira ngo nshobore kwigobotora umutwaro wo kubyikorera njyenyine
    Sinshaka ko umwirondoro wanjye muwutwngaza ndabinginze kuko nshobora gufungwa bitewe n’ibyo nakoze.Kuva icyorezo cya coronavirus cyatangira kushe benshi mu gihugu cyanjye cya Leta zunze ubumwe z’Amerika. Nabuze umukunzi wanjye kubera iyi coronavirus kandi sinzi uko yayanduye.
    Musaza wanjye yakubiswe anaraswa n’itsinda ry’abanyamerika b’abirabura ubwo yari avuye ku kazi atashye iwe bamwiba amafaranga kugira ngo bagure ibiyobyabwenge.Musaza wanjye yari nk’umubyeyi mama na papa kuri njye kandi yari byose nari mfite.Bakimara kumwica narababaye cyane ndarakara ndahira ko nzamuhorera byanze bikunze.
    Kuva musaza wanjye yishwe n’abanyamerika,nafashe umwanzuro ko ngiye gukwiragiza iyi coronavirus mu banyamerika b’abirabura benshi bashoboka kugira ngo nabo bumve ububabare nahuye nabwo bwo kubura uwo nakundaga.Byaranyoroheye gukwirakwiza virusi ku bantu benshi bashoboka, ariko ntabwo nabigaragaza hano kuko ntashaka ko abandi babikora.
    Nkurikije imibare,nanduje virusi ku Banyamerika barenga 750, Abenshi muri bo bakaba bari bageze mu za bukuru.Ntabwo nishimiye kubivuga hano ariko bwari bwo buryo bwonyine bwo guhorera urupfu rw’umuntu nabonaga ko ari papa na mama.
    Nsohoye ibi bindimo bitewe n’ibyo umupolisi Derek yakoreye George Floyd. Nyuma y’ibyumweru by’imvururu na videwo nyinshi nabonye kuri interineti zivuga uburyo Abirabura b’Abanyamerika bafatwa na polisi, ubu nibwo namenye ko bahohoterwa.
    Ariko mu by’ukuri,ikintu cyatumye Abanyamerika birabura bahuye n’ibintu bitandukanye byatumye bamera uko bameze ubu.kandi iki cyuho cyasize benshi muribo batabasha kwiga maze bibatera kwishora mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge.
    Nanze Abanyamerika b’abirabura mbaziza ubusa kandi ndicuza cyane ibikorwa byanjye kandi nizeye ko bazambabarira byose.Kuva natangira gukora mu bitaro, nahitanye benshi batabarika.Kandi nakoze ibyo bitewe no kubura musaza wanjye”.
    Yavuze ko yanditse uku kwicuza no kwatura afite agwlahinda n’amarira menshi Kandi “nzi ko Abanyafurika b’abanyamerika ari abantu beza”.
    Asoza asaba abayobozi batowe Muri Amerika ko bagomba kuvugurura ibintu byinshi kugira ngo habeho uburinganire muri iki gihugu.Bityo ngo guhera ubwo, azafasha Abanyafurika b’Abanyamerika ku buryo bwose bushoboka.
  • Kamonyi: Hari aho amwe mu mabwiriza yo kwirinda Covid-19 adashoboka(amafoto) #RwoT

    By Umwanditsi

    Ni mu Murenge wa Musambira, aho isoko rirema kuwa Gatanu. Isoko ni isoko, guhana intera ( Social Distancing) nibura ya Metero haba mu bacuruzi, haba mu baguzi bigaragara ko bidashoboka ubuyobozi butabigizemo uruhare. Kuri uyu wa 05 Kamena 2020, intyoza.com yageze muri iri soko, aho n’amazi yagenewe gukaraba amenwa isoko rikirimo, abarirema bakinjira nk’abarema isoko bisanzwe.
    Ubwo intyoza.com yageraga muri iri soko mu ma saa cyenda aho byakabaye risa n’iririmo guhundura cyangwa se abantu bagabanuka, nibwo ahubwo benshi bari baririmo, begeranye, ikigero cyo kwambara agapfukamunwa nacyo kiri hasi, nta bayobozi bureba iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda Covid-19 uretse uvugira muri Megafone na DASSO baje bumvise ko umunyamakuru ari mu isoko bagatangira kwibutsa abantu guhana intera no kwambara agapfukamunwa uko bikwiye, hari n’ababwiye umunyamakuru ko bakibagiwe.
    Mu isoko Musambira, iby’agapfukamunwa buri wese abikora uko abishaka.
    Ahashyizwe amazi yo gukaraba naho habiri muri gatatu, yakuweho isoko rikirimo n’abantu bakiryinjiramo ku buryo iyubahirizwa ry’amabwiriza ya Leta mu kwirinda iki cyorezo bigaragarira buri wese ko biri hasi. Abacuruzi ku kigero cy’ibihe bisanzwe niko bagicuruza, bamwe bati” ntawe usiba uretse impamvu bwite”. Ibi ni mu gihe amabwiriza avuga ko nibura 1/2 cy’abari basanzwe aribo bemererwa.
    Bamwe mu barema isoko kimwe n’abacuruzi bavuga ko hari ibidashobora gukunda nko kuba isoko ryaremwa na 1/2. Ibi ngo biragoye kuko nta rutonde rw’abasanzwe barirema ruhari ku buryo bafite n’uko batumwaho ngo mwe muzaze aba ntibazaze.
    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musambira, Madame Mpozenzi Providence abajijwe n’umunyamakuru impamvu amwe mu mabwiriza yo kwirinda Covid-19 atubahirizwa, n’impamvu amazi yakuweho isoko rikirema ndetse no guhana intera( Social distancing) bikaba ntabyo, yavuze ko iby’amazi ngo iyo yakuweho ubwo hakoreshwa za kandagira ukarabe nubwo mu isoko nyirizina ntazihari.
    Aha, abazaga mu isoko nta gukaraba kuko ikidomoro cy’amazi bari bagitwaye isoko rikirema.
    Ati” Ahasigaye buriya bakoresha za kandagira ukarabe basanga mu maduka kuko ntabwo biriya bihahora. Social Distancing yo dushyiramo imbaraga mu gitondo, haba hari abantu benshi cyane ariko nyuma ya saa sita iba ihari kuko hose mba mbona ko nta kibazo gihari ahubwo. Iyo bigeze i saa cyenda biba ari ibisanzwe nta kibazo cyo kwegerana kiba gihari, ntabwo twabyubahiriza 100% nkuko tubyifuza ariko tuba twashyizemo imbaraga”.
    Aho ubona hatose hari amazi bakaraba, ariko bayakuyeho isoko rikirema. 
    Aha naho ni kwirwinjiriro ruri hafi ya Sitasiyo ya Polisi n’ikigobnderabuzima. Amazi yahakuwe hakiri kare.
    Munyaneza Theogene / intyoza.com

  • Brazil yasibye imibare yayo ku rubuga rugaragaza uko Covid-19 ihagaze ku isi #Rwanda #RwOT

     

    Perezida Bolsonaro wa Brazil ashinja OMS kubogama akavuga ko ashobora kugera ikirenge mu cya Perezida wa Amerika agahagarika imikoranire na OMS
    Perezida Bolsonaro wa Brazil ashinja OMS kubogama akavuga ko ashobora kugera ikirenge mu cya Perezida wa Amerika agahagarika imikoranire na OMS
    Ibi byakozwe nyuma y’amasaha make Minisitiri w’Ubuzima muri Brazil, atangaje imibare mishya, Perezida Jair Bolsonaro akavuga ko iyo mibare ntaho ihuriye n’ukuri.
    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Bolsonaro yagize ati: “Imibare itangazwa ntaho ihuriye n’ukuri kuri mu gihugu. Turi gufata izindi ngamba zizatuma tumenya imibare ya nyayo kuri iki cyorezo”.
    Ibi byakozwe ku wa Gatandatu tariki 06 Kamena 2020, ubwo imibare y’amezi yose yatanzwe kuri iki gihugu.
    Perezida Bolsonaro ndetse na Minisiteri y’Ubuzima, ntibigeze batangaza impamvu basibye iyo mibare ku rubuga rwashyiriweho gutangaza uko icyorezo cya Covid-19 gihagaze mu bihugu.
    Imibare iheruka, yerekana ko muri Brazil hamaze kwandura abagera ku bihumbi 672, kikaba ari cyo gihugu cya 2 mu kugira abantu benshi nyuma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abasaga ibihumbi 36 bamaze gupfa bazira Covid-19 muri Brazil.
    Inzego z’ubuzima ndetse n’imiryango itari iya Leta muri iki gihugu, ivuga ko n’ubundi imibare itangazwa na Leta ari mike cyane, bagereranyije n’ubukana iki cyorezo gifite muri iki gihugu.
    Source : kigalitoday
  • Brésil yatangaje ko nayo ishobora kwivana muri OMS

    erezida wa Brésil, Jair Bolsonaro, yatangaje ko igihugu cye gishobora kwivana mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, kuko uyu uryango ukomeje kugaragaza ukubogama.



    Bolsonaro yabwiye abanyamakuru ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaze kwivana
    muri uyu muryango, igihugu cye nacyo kirimo kwiga kuri iki cyemezo.
    Yagize ati “OMS igomba gukora mu buryo butarimo kubogama cyangwa natwe
    twivanemo, ntabwo dukeneye abantu bava mu mahanga baza kuduha amabwiriza mu
    bijyanye n’ubuzima.”
    Leta Zunze Ubumwe za Amerika zo zamaze guhagarika imikoranire zari zifitanye na
    OMS.
    Perezida Donald Trump ashinja OMS kunanirwa gukurikirana u Bushinwa mu buryo
    bwitwaye ku cyorezo cya Coronavirus.
    Amerika ni cyo gihugu cya mbere ku isi cyateeraga inkunga nyinshi cyane OMS,
    mu mwaka ushize wa 2019 ikaba yarahaye OMS irenga miliyoni 400 z’amadolari.
    Ikinyamakuru, Folha de S Paul kivuga ko Brésil iheruka guhagarika gutanga
    umusanzu wayo muri OMS mu 2019, aho kugeza ubu iki gihugu gifitiye OMS umwenda
    wa miliyoni 33 z’amadorali ya Amerika.
    Imibare igaragaza ko Brésil isanzwe itanga imisanzu muri OMS igera kuri miliyoni
    14.1 z’amadorali ku mwaka.
    Aljazeera yo ivuga ko Perezida wa Brésil yatangaje aya magambo mu gihe umubare
    w’abandura n’abapfa muri iki gihugu ukomeje kwiyongera kuko kuri uyu wa Gatanu
    gusa abantu bashya banduye barengaga ibihumbi 30, mu gihe abandi barenga igihumbi
     bapfuye umunsi umwe.
    Nubwo iki gihugu cyugarijwe na coronavirus, Perezida Bolsonaro we avuga ko hagomba
    kuvanwaho amabwiriza yose yo kwirinda iki cyorezo.
    Agaragaza ko ingaruka iki cyorezo gifite ku bukungu, ziruta kure izo cyagira ku buzima.
    Umuvugizi wa OMS, Margaret Harris, atangaza ko “Kuvanaho gahunda yo kuguma
    mu rugo n’izindi ngamba zo kurwanya iki cyorezo, aribyo birimo gutuma ubwandu
    bukomeza kwiyongera mu bihugu byo muri Amerika y’Epfo.”
    Kugeza ubu Brésil iza ku mwanya wa Kabiri ku Isi aho ifite abanduye coronavirus
    646 006, naho abamaze gupfa ni 35 047
  • Perezida Magufuli yashimiye abaturage ba Tanzania kutambara Agapfukamunwa

    Kuri uyu wa Gatanu, Perezida wa Tanzaniya, John Pombe Magufuli, yashimiye 


    Abanyatanzaniya kuba batambara agapfukamunwa mu ruhame, bigaragaza mu bundi


    buryo buhangayikishije bwo kutubahiriza byimazeyo amabwiriza yo kurwanya 


    Coronavirus yashyizweho n’umiryango wita k’ubuzima ku isi (OMS). Perezida Magufuli 


    ubwo yagezaga ijambo ku mbaga y’abantu i Dodoma, yatangiriye abashimira ku kuba 
    batambaye udupfukamunwa, akomeza anenga abatwambara avuga  ko ari tubi cyane ugereranije
     n’amabere yataye isura. Yagize ati:Ubwo Coronavirus yatangiraga, bavuze ko tuzakusanya 
    imirambo mu mihanda ariko twasenze iminsi itatu gusa none Coronavirusi yarashize. 


    Muri Dar es Salaam hari abarwayi bane gusa. Iyo ndebye kuri iyi mbaga, nshimishijwe no kubona 
    mutambaye kiriya kintu (agapfukamunwa). Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko aherutse
     kuntangaza mbona yicaye wenyine ku ntebe ya Perezida w’inteko ariko yambaye 
    agapfukamunwa, reka twige kwiringira Imana.


    Perezida John Pombe Magufuli yihanangirije abenegihugu bose mu gihugu kwanga no
     kumenyesha umuntu wese utanga udupfukamunwa tw’ubuntu, avuga ko abanzi b’igihugu 
    bateganya gukwirakwiza virusi binyuze muri utwo dupfukamunwa twandujwe, ati:


    Ndashaka kubaburira ko bumwe mu buryo bashobora gukoresha mu gukwirakwiza corona ari 
    ukwanduza udupfukamunwa bakazibazanira. Reka twige gukara, niba umuntu aguhaye 
    agapfukamunwa, kange umubwire ajye kukambara iwe hamwe n’umugore n’abana be, 
    hari abantu bashaka kutuvangira. Niba ugomba kukambara, kora akawe murugo.


    Nabwiye abayobozi ba leta gufata umuntu wese bazabona akwirakwiza udupfukamunwa 
    kugira ngo batubwire aho twagenzuriwe. Ni ikihe gitangaje kuri icyo kintu (agapfukamunwa)
     kandi gisa n’ibere rimwe ryaciwe ku mubiri.


    Bivugwa ko Tanzania ifite umubare mwinshi w’abanduye coronavirus, ariko guverinoma ya 
    John Pombe Magufuli yatangaje ko yatsinze iyi virusi nubwo yanze gutangaza amakuru kuri 
    Covid19. Muri iki gihugu, amakuru ku bijyanye n’iyi ndwara aheruka gushyirwa ahagaragara 
    ku mugaragaro kuwa 29 Mata 2020.


    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/perezida-magufuli-yashimiye-abaturage-ba-tanzania-kutambara-agapfukamunwa

  • Umurundikazi wari uhagarariye OMS/WHO muri Guinée Equatoriale yirukanwe ashinjwa ibinyoma


    By Umwanditsi

    03.06.2020, Malabo, Guinée Equatoriale
    Igihugu cya Guinée Equatoriale cyategetse ko uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) ava muri icyo gihugu. Intandaro yo kwirukana uyu murundikazi, ni ibinyoma ashinjwa mu gutangaza mibare kuri Covid-19 muri iki gihugu.
    Ibiro ntaramakuru AFP bisubiramo amagambo akubiye mu nyandiko ya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’ibyavuzwe n’umukozi wo muri OMS muri iki Gihugu.
    Leta ya Guinée équatoriale, ishinja Dr Triphonie Nkurunziza “gutanga imibare itari ukuri” ijyanye n’uko icyorezo cya coronavirus gihagaze mu gihugu.
    Amagambo ya Pascual Obama Asue, Minisitiri w’Intebe wa Guinée équatoriale, yagejeje kuri sena ku wa gatanu ushize akaza no gutangazwa kuri televiziyo y’Igihugu, yasubiwemo agira ati: “Nta kibazo dufitanye na OMS, dufitanye ikibazo n’uhagarariye OMS i Malabo [umurwa mukuru wa Guinée équatoriale]”.
    Ibiro ntaramakuru AFP bisubiramo amagambo y’umukozi wa OMS i Malabo agira ati:
    “Leta yamusabye [Dr Triphonie Nkurunziza] kugenda, twabonye inyandiko bikubiyemo – ashinjwa gutangaza imibare itari ukuri ya Covid-19”.
    Ntacyo Dr Triphonie Nkurunziza yari yatangaza ku mugaragaro. BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko uyu Dr Nkurunziza Triphonie akiri i Malabo kubera ko nta ndege ihamukura ihari, nkuko AFP ibivuga, yongeraho ko imibare itangazwa na OMS n’itangazwa na Leta kugeza ubu ari imwe muri icyo gihugu.
    Kugeza ubu imibare igaragaza ko abantu 1,306 ari bo bamaze kwemezwa ko banduye coronavirus muri icyo gihugu, 12 muri bo imaze kubica naho 200 barayikize.
  • Akamaro k’imibonano mpuzabitsina mu buzima

    Ubushakashatsi bugaragaza ko kwifata bitabangamira ubuzima bw’umuntu, ariko gukora imibonano mpuzabitsina ku bashakanye bifitiye umubiri wa muntu inyugu nyinshi cyane. Mu ngingo z’abahanga zakozwe zerekanye ko gukora imibonano mpuzabitsina n’iyo byaba ku rugero ruke mu cyumweru, hari akamaro bigirira umubiri.

    Nk’uko tubitangarizwa kandi na forbes.com, imwe muri iyo mimaro ni iyi ikurikira:

    1.Kongera ubushobozi bwo guhumurirwa

    Nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina, umubiri urekura umusemburo witwa “Prolactin”. Uyu musemburo utuma uturemangingo two mu bwonko dutuma hiyongera ibice bihererye mu bwonko bishinzwe impumuro.

    2. Kugabanya indwara y’umutima

    Mu bushakashatsi bwakozwe muri Kaminuza ya Queens (Queens University) y’i Belfast, ku bijyanye n’umutima, basanze gukora imibonano mpuzabitsina inshuro eshatu cyangwa nyinshi mu cyumweru bigabanya ibyago byo guhura n’indwara y’umutima.

    3. Kugabanya ibiro

    Buriya ngo gukora imibonano mpuzabitsina na byo ntaho bitaniye no gukora imyitozo ngororamubiri, kuko iyo umuntu arangije rimwe gusa; ibingana no kwiruka mu gihe cy’ iminota 15 kuri Treadmill (igikoresho cya gymnastic umuntu yirukaho atava aho ari).

    4. Kugabanya kwiheba

    Inyigo yakozwe mu mwaka wa 2002, ku bakobwa 233; aba bakobwa baryamanye na bagenzi babo b’abahungu bamwe bambaye udukingirizo abandi batatwambaye. Ku bakobwa bahuye n’abahungu batambaye udukingirizo, basanze ikibazo cyo kwiheba ari gike ugereranyije na bagenzi babo bahuye n’abahungu bambaye udukingirizo. Ibi biterwa n’ umusemburo wa “prostaglandin” uba mu masohoro, ukinjirira mu mukobwa biciye mu myanya ndangagitsina ye. Uyu musemburo ugabanya kwiheba.

    5. Kugabanya ububabare

    Nyuma y’ibyishimo byinshi bibonwa nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina hari umusemburo urekurwa witwa “Ocytocin” ku rugero rukubye inshuro Eshanu ku rwari rusanzwe ruriho. Uyu musemburo na wo utuma harekurwa “endorphins”, ariyo ikuraho ibijyanye n’ububabare; nk’umutwe ukabije. Ku bagore ho hanarekurwa umusemburo, “estrogen” ufite ubushobozi bwo kugabanya uburibwe bubanziriza igihe cy’imihango ku bantu b’igitsina gore.

    6. Kugabanya ibyago byo kurwara ibicurane na Giripe

    Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Wilkes (Wilkes University) yo muri Pennsylvania buvuga ko gukora imibonano mpuzabitsina inshuro imwe kugera kuri ebyiri mu cyumweru byongera 30% urugero rwa “immunoglobin A”, ishinzwe kurinda umubiri.

    7. Gukora neza k’uruhago rw’inkari

    Imibonano mpuzabitsina kandi ituma Uruhago rw’inkari rugira ubushobozi bwo gukora neza.

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!