Tag: Ubuzima

  • COVID-19: Insengero n’ imihango y’ubukwe harimo gusaba byakomorewe, Amasaha ntarengwa y’ingendo yashyizwe saa Mbili #rwanda #RwOT

    Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba nshya zo guhangana na COVID-19 aho insengero zahawe uburenganzira bwo gukora mu gihe bimwe mu bikorwa birimo ubukwe byakomorewe.

    Iyi Nama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Kanama 2021, yayobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

    Nyuma yo gusuzuma imiterere y’icyorezo hanzuwe ko havugururwa ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’Icyorezo cya COVID-19.

    Muri zo harimo ko amasaha yo gutaha yavuye saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba ashyirwa saa Mbili z’ijoro.

    Mu myanzuro mishya yatangajwe, yagennye ko insengero zahawe uburenganzira bwo gukora kuko zujuje ibisabwa mu kwirinda COVID-19, zemerewe kwakira 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

    Inama y’Abaminisitiri kandi yanakomoreye imihango y’ubukwe harimo gusaba, ishyingirwa rikorewe imbere y’Ubuyobozi bwa Leta n’irikorewe mu nsengero. Ibi bikorwa ariko bizajya 'byitabirwa n’abantu batarenze 50.'

    Ikomeza igira iti 'Iyo byabereye ahantu hasanzwe hemerewe gukorerwa ibirori ntibirenza 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye. Abitabiriye iyo mihango bagomba kwerekana ko bipimishije COVID-19 mu masaha 72 mbere y’ibyo bikorwa, kandi bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19.”

    Ibikorwa birimo restaurants byakomorewe aho zemerewe kongera kwakira abakiliya ariko ntizirenze 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu. Restaurants zakira abicaye hanze zemerewe kwakira abagera kuri 50% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

    Ubusanzwe restaurants zakoraga ariko abazigana bagahabwa amafunguro bakayatahana (take aways).

    Ingamba zashyizweho zizubahirizwa mu gihugu hose guhera ku wa 12 Kanama kugeza ku wa 1 Nzeri 2021.

    Ingamba zizubahirizwa mu gihugu hose:

    a. Ingendo zirabujijwe guhera saa Mbili z’ijoro (8:00 PM) kugeza saa Kumi za mu gitondo (4:00 AM). Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa Moya z’ijoro (7:00 PM)

    b. Ibiro by’Inzego za Leta bizakomeza gufungura, ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi batarenze 50% by’abakozi bose, abandi bakozi bagakorera mu rugo, ariko bakagenda basimburana.

    c. Ibikorwa by’Inzego z’abikorera bizakomeza, ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi batarenze 50% by’abakozi bose, abandi bagakorera mu rugo, ariko bakagenda basimburana.

    d. Inama zikorwa imbonankubone (physical conferences) zizakomeza. Umubare w’abitabira Inama ntugomba kurenga 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateranira. Abitabiriye Inama bose bagomba kugaragaza ko bipimishije COVID-19.

    e. Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zemerewe gutwara abantu batarenze 75% by’umubare w’abantu zagenewe gutwara. Abatwara imodoka zitwara abagenzi barasabwa kugenzura ko amadirishya afunguye kugira ngo zigeremo umwuka uhagije ndetse n’uko abagenzi bahana intera.

    f. Moto n’amagare byemerewe gukomeza gutwara abagenzi. Abatwara moto n’amagare barasabwa kubahiriza amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya Covid-19 buri gihe.

    G. Resitora zemerewe kongera kwakira abakiriya ariko ntizirenze 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu. Resitora zakira abakiriya bicaye hanze zemerewe kwakira abantu ku kigero cya 50% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

    h. Utubari twose tuzakomeza gufunga.

    i. Insengero zahawe uburenganzira bwo gukora kuko zujuje ibisabwa mu kwirinda COVID-19, zemerewe kwakira 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

    j. Abagenzi bose binjira n’abasohoka mu gihugu bakoresheje Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali bagomba kuba bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 (PCR test) mu gihe cy’amasaha 72 mbere y’uko bahaguruka, kandi bakubahiriza amabwiriza y’Inzego z’Ubuzima yo kwirinda COVID-19.

    k. Ibikorwa by’ubukerarugendo bizakomeza, hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Muri ibyo bikorwa harimo amahoteli, abashinzwe kuyobora ba mukerarugendo (tour operators) na serivisi zo gutwara ba mukerarugendo. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na RDB.

    1. Ibikorwa bya Siporo y’umuntu ku giti cye n’izikorerwa hanze abantu bategeranye bizakomeza. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na Minisiteri ya Siporo.

    m. Ibigo bikorerwamo imyitozo ngororamubiri (gyms and fitness centers) bizafungura mu byiciro. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na Minisiteri ya Siporo.

    n. Imihango y’ubukwe harimo gusaba, ishyingirwa rikorewe imbere y’Ubuyobozi bwa Leta n’irikorewe mu nsengero birasubukuwe, ariko bikitabirwa n’abantu batarenze 50. Iyo byabereye ahantu hasanzwe hemerewe gukorerwa ibirori (licensed event venues), ntibigomba kurenza 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye.

    Abitabiriye iyo mihango bagomba kwerekana ko bipimishije COVID-19 mu masaha 72 mbere y’ibyo bikorwa, kandi bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 (gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, gukaraba intoki, kwambara agapfukamunwa neza).

    o. Umubare w’abitabira ikiriyo ntugomba kurenza abantu 10 icyarimwe. Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 20.

    p. Ibikorwa by’imikino y’amahirwe bizakomeza gufunga.

    Source:Igihe.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/COVID-19-Insengero-n-imihango-y-ubukwe-harimo-gusaba-byakomorewe-Amasaha.html

  • Imirenge 10 muri 50 niyo gusa yagumishijwe muri Guma mu rugo #rwanda #RwOT

    Itangazo rya Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu-MINALOC ryakurikiye iry'ibyemezo by'inama y'Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu, ikayoborwa na Perezida Kagame, rigaragaza ko mu mirenge 50 yari imaze iminsi 14 muri Guma mu rugo, icumi gusa niyo yagumishijwemo naho 40 ishyirwa mu buzima busanzwe.

    Dore uko itangazo rya Minaloc ribisobanura:

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/imirenge-10-muri-50-niyo-gusa-yagumishijwe-muri-guma-mu-rugo/

  • AMAKURU MASHYA: Ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri yo ku wa 11 Kanama_ inkuru irambuye #rwanda #RwOT

    Inama y' Abaminisitiri yateranye , kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Kanama 2021 , iyobowe na Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame.

    Nyuma y'igihe hirya no hino mu gihugu uduce tumwe na tumwe turi muri gahunda ya Guma mu Rugo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry' icyorezo cya COVID19, nyuma y'isesengura ryakozwe n'inzego z'ubuzima hashyizweho ingamba zikurikira:

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/11/amakuru-mashya-ibyemezo-byinama-yabaminisitiri-yo-ku-wa-11-kanama_-inkuru-irambuye/

  • MINALOC yagumishije imirenge 10 muri Guma mu rugo indi 40 ikurwamo #rwanda #RwOT

    Imirenge 10 yo mu turere dutandukanye tw'Igihugu yakomeje gahunda ya Guma mu rugo izagera tariki 31 Kanama 2021.

    Ni mu gihe indi mirenge 40 yakuwemo ikaba yubahiriza amabwiriza mashya nk'uko yashyizweho n'Inama y'Abminisitiri kuri uyu wa Gatatu taliki ya 11 Kanama 2021.

    Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu ivuga ko byatewe n'uko hakigaragara ubwandu bwa COVID19 bukiri hejuru.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/minaloc-yagumishije-imirenge-10-muri-guma-mu-rugo-indi-40-ikurwamo

  • Dr Emile Bienvenu yagizwe Umuyobozi wa Rwanda FDA – #rwanda #RwOT

    Inama y’Abaminisitiri yo kuri uyu wa 11 Kanama 2021, yayobowe na Perezida Kagame ni yo yashyizeho Dr Bienvenu Emile nk’umuyobozi mushya wa Rwanda FDA.

    Itegeko rigena inshingano, imiterere n’imikorere ya Rwanda FDA rivuga ko iki kigo aricyo kigenzura imiti, inkingo, ibiribwa by’abantu n’amatungo byahinduriwe umwimerere n’ibindi bikomoka mu mubiri w’umuntu cyangwa itungo bikoreshwa mu buvuzi nk’imiti, ibyongera n’ibyongerewe intungamubiri.

    Kigenzura kandi ibintu bihumanya, imiti ikomoka ku bimera, ibinoza kandi bisukura umubiri birimo umuti, ibikoresho byo mu buvuzi bw’abantu n’amatungo, itabi n’ibirikomokaho, imicungire y’imiti n’ibiribwa bitujuje ibisabwa, imiti ikorwaho igeragezwa ku bantu no ku matungo.

    Mu bindi iki kigo gishinzwe harimo kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza y’ubuziranenge ajyanye no gukora, kubika, kugurisha, gukwirakwiza, gukoresha, gutumiza no kohereza mu mahanga, ibirango, ibipfunyiko n’ibindi.

    Dr Bienvenu wahawe kuyobora Rwanda FDA ni umuhanga mu bijyanye n’imiti [Pharmacist] aho afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza, Master’s yavanye muri Kaminuza ya Western Cape muri Afurika y’Epfo.

    Afite Impamyabumenyi y’Ikirenga, PhD, mu bijyanye n’Ubuvuzi [Medical Science], yavanye muri Kaminuza ya Gothenburg yo muri Suède.

    Mbere yo guhabwa inshingano nk’Umuyobozi wa Rwanda FDA, Dr Bienvenu yanyuze mu mirimo itandukanye.

    Dr Bienvenu uretse kuba amaze igihe kinini yigisha muri Kaminuza y’u Rwanda, mu Ishami ry’Ubuvuzi, ni n’Umuyobozi ushinzwe guhanga udushya muri iyi kaminuza kuva mu 2017.

    Yigeze no kuba Umuyobozi w’Agateganyo wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe Amasomo n’Ubushakashatsi.

    Dr Bienvenu kandi yakoze muri Kaminuza y’Ubuvuzi ya Muhimbili [Muhimbili University of Health & Allied Sciences] yo muri Tanzania mu 2016.

    Kuva mu 2011 kugeza 2013, yari umukozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC.

    Uyu mugabo ni umwe mu bagize inama z’ubutegetsi mu bigo bitandukanye aho ari Umuyobozi w’Inama y’ubutegetsi mu Kigo gishinzwe Ubuziranenge, RSB, kuva mu 2009 ndetse yabayaye umwe mu bagize Inama y’Ubutegetsi y’Ibitaro bya Gisirikare kuva mu 2012 kugeza 2018.

    Dr Bienvenu ni umushakashatsi wibanda cyane ku bijyanye n’imiti ndetse akaba mu 2006 yarakoranye na Minisiteri y’Ubuzima mu bijyanye no gushyiraho inyandiko y’ibipimo n’amabwiriza ngenderwaho mu buvuzi n’imiti.

    Dr Bienvenu yagizwe Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kugenzura Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda

    Dr Charles Karangwa ni we wari umaze igihe ari Umuyobozi w’Agateganyo wa Rwanda FDA

    source : https://ift.tt/3sh0uVd

  • Abantu 9 bahitanwe na Covid-19 abandi 619 barayandura mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu,abantu 9 aribo bishwe n'cyorezo cya Covid-19, bituma umubare w'abamaze gupfa ugera kuri 920. Abapfuye n'abagore 8 n'umugabo 1.

    Uyu munsi kandi,mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 619 ba COVID19 mu bipimo 11,270.Abasezerewe mu bitaro ni 19 mu gihe ababyinjiyemo ari 20.Abakingiwe uyu munsi ni 48,660.

    Akarere ka Kayonza niko kaje imbere mu barwayi bashya ba COVID19kuko kagize abantu 73.

    Ibihuha n'amakuru ayobya ko inkingo za Covid-19 zitera ubugumba cyangwa gukuramo inda biracyakwirakwira kuri murandasi.

    Abaganga bitondera cyane ibyo babwira ababyeyi batwite gufata, bityo mbere inama yabo yari uko batafata urukingo.

    Ariko ubu, nyuma y'ubushakashatsi amakuru menshi y'uko nta mpungenge rubateye yarabonetse, bityo inama bari batanze irahinduka, babasaba nabo kwikingiza (kuko kurwara Covid utwite bishyira inda mu kaga).

    Twarebye kuri bimwe mu byavuzwe cyane – n'impamvu ari ibinyoma.

    Inyigo yerekana ko urwo rukingo rwikusanyiriza mu mirerantaga – Ikinyoma

    Iyi ngingo yavuye ku kudasobanukirwa amakuru y'ubushakashatsi bwakorewe mu Buyapani.

    Ubwo bushakashatsi bwarimo gutera imbeba doze nyinshi cyane y'urukingo kurusha ihabwa abantu (inshuro 1,333 kurenzaho).

    Ingana na 0.1% gusa by'iyo doze ni yo yagiye mu mirerantanga (ovaries/ovaires) y'imbeba, amasaha 48 nyuma yo kuyiterwa.

    Bitandukanye cyane – 53% nyuma y'isaha imwe na 25% nyuma y'amasaha 48 – yari ikiri ahatewe urukingo (ku bantu, ubusanzwe ni ku kaboko).

    Ahandi hantu kuri benshi urukingo rujya ni mu mwijima, cyangwa igitigu mu Kirundi, (16% nyuma y'amasaha 48) ubundi ufasha kuvana imyanda mu maraso.

    Urukingo rwa Covid ruba rurimo ibice by'iyi virus byahinduwe (proteins), bifasha ubwirinzi bw'umubiri kurwanya iyo virus igihe yaba igeze mu mubiri.

    Abakwije iriya nkuru bafashe umubare mu by'ukuri unyuranye cyane n'ikigero cyabonetse mu mirerantanga y'imbeba.

    Urugero ruto rw'urukingo rugera mu mirerantanga mu gihe cy'amasaha 48 nyuma yo gukingirwa, uko urukingo rugenda ruva mu kaboko rukwira ahandi mu mubiri.

    Ariko, nta bimenyetso byerekana ko ruba rukifitemo ibice bya virus yahinduwe.

    Abavuga biriya bavuga kandi ko ibyavuye muri ubwo bushakashatsi byasohotse nta bushake (leak), ariko mu by'ukuri byatangajwe ku mugaragaro kandi biboneka kuri murandasi.

    Amakuru avuga ko urukingo rutera kuvanamo inda – Ikinyoma

    Hari ibyatangajwe muri Amerika no mu Bwongereza ko urukingo rufitanye isano no gukuramo inda.

    Benshi bashobora kuvuga ibimenyetso bagize nyuma yo gukingirwa. Ariko buri wese ntabwo ahitamo kubitangaza muri 'system' zashyizweho n'ibihugu bitandukanye.

    Hari abavuze ko bakuyemo inda – ni ibintu bibabaje bisanzwe bibaho – ariko ntibisobanuye ko byatewe no guterwa urukingo.

    Ubushakashatsi bwabonye ko urugero rw'abakuyemo inda mu bantu bakingiwe ari urusanzwe ruboneka mu bantu bose muri rusange – 12.5%.

    Dr Victoria Male, umuhanga mu by'inkingo n'ubuzima bw'imyororokere wo kuri Kaminuza ya Imperial College London, avuga ko 'system' yo kuvuga uko umuntu amerewe ari ingenzi mu kumenya ingaruka zindi z'urukingo ubusanzwe zitaba kenshi rusange.

    Iyo 'system' ni yo yatumye hamenyekana ikibazo cyo kwipfundika kw'amaraso byabaye ku bantu bacyeya kubera urukingo rwa AstraZeneca.

    Inkingo ntizashingirwaho mu kureba ibibazo n'ubundi bisanzwe mu bantu – nk'impinduka mu mihango, gukuramo inda, cyangwa ibibazo by'umutima, kuko n'ubundi bibaho hari ugukingirwa cyangwa kutabayeho.

    Kereka gusa mu gihe mu bakingiwe habaho gukuramo inda kurenze igipimo gisanzwe mu batarakingiwe – ibi byatuma habaho ubushakashatsi bwihariye – kandi ibyo ntibirabaho.

    Inkingo zishobora kwibasira ingobyi (placenta) – Nta gihamya

    Ubusabe bwo gusinyaho bwakwiriye cyane buvuye kuri Michael Yeadon, umushakashatsi muri siyansi watangaje andi makuru ayobya ajyanye na Covid, buvuga ko ibice bya coronavirus yahinduwe (proteins) biri mu nkingo za Pfizer na Moderna bisa n'ibyitwa syncytin-1, biri mu bikora ingobyi ikuriramo umwana mu nda.

    Yeadon avuga ko ibi bishobora no gutera ibirinda umubiri (antibodies) by'iyi virus gusenya inda ikiri kwiyubaka.

    Inzobere zimwe zivuga ko ibi bishobora kuba ari yo nkomoko y'igitekerezo cyose ko inkingo za Covid zitera ubugumba.

    Mu by'ukuri, syncytin-1 n'ibice bya coronavirus yahinduwe biri mu rukingo birasa, cyo kimwe n'ibindi bice byinshi bizwi nka 'proteins' – niba umubiri koko wibeshya byoroshye gutyo wajya ubwawo wisenya buri gihe uko ugize uburwayi buwutera maze ugakora/ugahabwa ubwirinzi (antibodies) bwo kuwurengera.

    Ariko ubu hakusanyijwe ibimenyetso bivuguruza kiriya gitekerezo.

    Umuganga mu birebana n'urubyaro n'ubugumba muri Amerika witwa Randy Morris, washatse gusubiza kuri ibyo yari yumvise, yatangiye gukurikirana abamugana bari gufashwa kubona urubyaro hakoreshejwe ubuhanga bwa IVF, ngo arebe niba urukingo hari impinduka rugira ku mahirwe yabo yo kubona urubyaro.

    Ku bagore 143 Dr Morris yakoreyeho ubushakashatsi, abakingiwe, abatarakingiwe, n'abigeze kwandura Covid, bagize amahirwe ajya kungana yo guterwa igi ry'umwana neza no gukomeza gutwita uko biteganyijwe.

    Iyo nyigo ni ntoya, ariko yiyongera ku bindi bimenyetso byinshi – kandi niba biriya ari ukuri, wakwitega ko nibura biba byarakozweho ubushakashatsi buto nk'ubwo.

    Dr Morris avuga ko abantu bakwiza ubwo bwoba batavuga impamvu bemera ko ibirinda umubiri bikorwa n'urukingo byatera ubugumba ariko ibirinda umubiri bisanzwe bikorwa n'umubiri ubwawo ntibibikore.

    Ikibazo ni; iyo abahanga bari kwihutira gutanga ibimenyetso byo guhumuriza abantu, mu gihe bari gutangaza ibyo bagezeho mu bushakashatsi, abantu kuri Internet baba bahimbye ikindi kintu gishya.

    Dr Morris ati: “Ibanga ry'inkuru z'impuha zidafite ishingiro ni uko igihe zibeshyujwe bahindura amazamu [berekeza ku kindi].”


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-9-bahitanwe-na-covid-19-abandi-619-barayandura-mu-rwanda

  • #COVID19: Abantu 9 bitabye Imana, abahawe doze ya mbere y’urukingo ni 48,660 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 9 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 920. Abitabye Imana ni bagore 8 n’umugabo 1.

    Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko ku wa Gatatu abasezerewe mu bitaro ari 19 mu gihe ababyinjiyemo bashya ari 20, abarembye ni 41.

    Abahawe doze ya mbere y’urukingo kuri uyu wa Gatatu ni 48,660 naho abamaze gukingirwa bose bakaba ari 729,130.

    source : https://ift.tt/37CxoGe

  • Menya uko wakwirinda indwara y'ibicurane nuko wayivura – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muri iyi minsi kubera ihinduka ry'ikirere ari abakuru ndetse n'abato bari kurwara ibicurane.

    Ibicurane ni indwara yandura, yibasira imyanya y'ubuhumekero; mu mazuru, umuhogo no mu bihaha, iterwa na virus yitwa myxovirus influenza cg influenzavirus, yandurira mu mwuka igihe uyirwaye yitsamuye, avuze, cg mu matembabuzi nk'amacandwe.

    Virusi ya influenza bitewe n'igihe cy'umwaka igenda ihindagurika.

    Indwara y'ibicurane ikunda kwiganza mu gihe cy'ivumbi cg imvura cyane, yibasira cyane;

    • Abantu badafite ubudahangarwa bukomeye
    • Abana bari munsi y'imyaka 5
    • Abagore batwite
    • Abakuze cyane
    • Abarwaye indwara zigabanya ubudahangarwa nk'asima, umutima, impyiko na diyabete
    • Ababyibushye birenze urugero; barengeje BMI ya 40, cg bafite ibindi bibazo bigabanya ubudahangarwa),

    Niki gitera ibicurane?

    Virusi zitera ibicurane zikwirakwira binyuze mu mwuka (cg umuyaga), uyirwaye ayanduza binyuze mu kuvuga, gukorora cg kwitsamura. Ushobora guhura nizo virusi ako kanya cg zikaba zanyura mu kindi kintu uyirwaye yakozeho nka telephone cg ikindi gikoresho hanyuma ukikora mu mazuru, mu maso cg mu kanwa.

    Ufite iyi virusi ashobora kuyanduza kabone nubwo ibimenyetso byaba bitaragaragara kuri we, kugeza ku minsi 5 nyuma yuko ibimenyetso bibonetse. Bitewe n'umuntu hari n'abashobora kwanduza nyuma y'iminsi 10 ibimenyetso bigaragaye.

    Ibimenyetso by'ibicurane

    Ibimenyetso by'iyi ndwara bikunda kuboneka mu gihe gito umuntu akimara kwandura.

    Bimwe mu bimenyetso bigaragara cyane:

    • Umuriro uri hejuru (akenshi urenga degree 39 cg 40)
    • Kumva umerewe nabi mu mubiri, no gucika intege
    • Kubabara umutwe
    • Inkorora itazana igikororwa
    • Kokera mu muhogo

    Abantu benshi barwaye iyi ndwara barakira nyuma y'icyumweru 1-2 bidasabye imiti. Ku bantu bakuze cyane, abato cg ababura ubudahangarwa bukomeye hari igihe hashobora kuririraho izindi ndwara zikomeye nk'umusonga bikaba byakurura urupfu

    Ibicurane bikunda kuzahaza abo byafashe
    Ibicurane bikunda kuzahaza abo byafashe

    Hari abo ibicurane byibasira cyane kurusha abandi

    Hari ibintu bimwe na bimwe byongera ibyago byo kwibasirwa n'ibicurane, ibyo twavuga:

    • Imyaka: ibicurane biza bitewe n'igihe cy'umwaka byibasira cyane abana bato n'abakuze cyane
    • Aho umuntu aba: abantu bakunze kuba ahantu haba abantu benshi, nabo bakunda kwibasirwa nibi bicurane
    • Ubudahangarwa bworoshye: abantu barwaye kanseri, SIDA, cg bari ku miti yindi y'indwara zikomeye nabo bakunda kwibasirwa
    • Indwara zikomeye: zimwe muri zo twavuga nka asima, diyabete n'indwara z'umutima
    • Gutwita: abagore batwite cyane cyane abageze mu gihembwe cya 2 n'icya 3 bari mu bibasirwa cyane
    • Kubyibuha bikabije: abantu bafite BMI ya 40 no hejuru

    Uburyo wakoresha mu kwivura

    Mu gihe urwaye ibicurane, hari ibyo wakora byagufasha guhangana n'iyi ndwara, muri byo twavuga:

    • Kunywa amazi n'ibindi bisukika byinshi (nk'icyayi, imitobe, igikoma, n'ibindi). Aha wibanda ku bintu bishyushye cyane mu rwego rwo kurwanya umwuma mu mubiri
    • Kuruhuka. Kuruhuka neza kandi bihagije bifasha ubudahangarwa bwawe kugira imbaraga zo kurwanya izi virusi
    • Ushobora gufata imiti yoroshya ibimenyetso. Mu gihe wumva ufite umuriro cg warwaye umutwe ushobora gukoresha paracetamol, ibuprofen cg aspirin (ku bana bato n'abakiri urubyiruko ntibagomba gufata aspirin).
    • Ushobora kandi no kwifashisha imiti irwanya ubwivumbure bw'umubiri imyinshi ikaba iba ari uruvange rw'imiti izimya umuriro hamwe n'iyivura ubwo bwivumbure. Ikunze kuboneka ni nka Coldcap, Doliprex, Febrilex, Dacold, Fervex, Paidoterin, Flucoldex hamwe n'indi inyuranye ikaba habaho iy'abakuru n'abato

    Ni gute nakwirinda indwara y'ibicurane?

    Hari uburyo ushobora kurwanya no kugabanya ikwirakwira ry'ibicurane:

    • Gukaraba intoki. Ni uburyo bwiza bwo kurwanya ikwirakwira ry'indwara nyinshi zitandukanye, ushobora gukoresha amazi n'isabune cg ugakoresha imiti yabugenewe yo kogesha intoki iboneka muri za farumasi hirya no hino"<yoastmark
    • Ipfuke ku mazuru mu gihe witsamura, ku munwa mu gihe ukorora. Ibi bifasha abandi mu gihe urwaye, bikurinda gukwirakwiza virusi zanduza ibicurane
    • Irinde kujya mu ruhame, ahari abantu benshi. Mu gihe indwara y'ibicurane yiganje cyane, bikwirakwira byoroshye ahantu hose hari abantu benshi; nko ku mashuri, mu bigo bitandukanye cg ibiro no mu modoka rusange. Mu gihe urwaye, gerageza byibuze kuguma mu rugo umunsi 1 kugira ngo ugabanye kuba wakwanduza abandi.
    Mu gihe urwaye ibicurane ni ngombwa kuruhuka byibuze umunsi 1
    Mu gihe urwaye ibicurane ni ngombwa kuruhuka byibuze umunsi 1

    SRC: UMUTIHEALTH

    Source : https://yegob.rw/menya-uko-wakwirinda-indwara-yibicurane-nuko-wayivura/

  • Bugesera: Bishimiye gukingirwa Covid-19 kuko ngo n’uwayandura ataremba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mukarwego Claudette wo mu Mudugudu w’Itaba, Akagari ka Kagenge, Umurenge wa Mayange, ni umwe mu babyeyi bonsa wari waje kwikingiza Covid-19 ku Kigo nderabuzima cya Mayange.

    Yagize ati” Hari abavuga ko uru rukingo ngo rutera ibibazo, ariko kuko numvise ko ari urukingo rugurwa amafaranga, hakaba hari n’abarwifuza bakarubura, njyewe nishimiye kuba ndubonye, nta bwoba runteye, ahubwo narushakaga, cyane ko numvise ko uwakingiwe n’ubwo yandura icyo cyago ataremba”.

    Uwimbabazi Emerance w’imyaka 27 y’amavuko, na we wo mu Murenge wa Mayange, yari yaje kwingiza Covid-19 mu cyiciro cy’abagore batwite, avuga ko yahoranaga impungenge yibaza uko byagenda aramutse yanduye Covid-19.

    Ati “Nahoranaga impungenge ko nshobora kwandura Covid-19 isaha iyo ari yo yose, nibaza uko byagenda, ariko ubwo mbonye urukingo bizamfasha, nta makuru menshi ndufiteho, ariko ngo nturemba iyo bagukingiye”.

    Mukagatare Immaculée, ni umukecuru w’imyaka 71 y’amavuko, utuye mu Mudugudu wa Rugando, Akagari ka Kanazi, Umurenge wa Nyamata, avuga ko yaje kwikingiza Covid-19 ngo arebe ko yamara iminsi, kuko ngo yumvise ko urugo rwagezemo Corona virus ntawusigara atayirwaye.

    Ati “Ndikingiza kuko hari icyorezo nyine, ntikinteye ubwoba cyane kuko ntikiza kireba mu irembo ryanjye gusa, ariko ni ngombwa kujyana na gahunda ihari, ubu nambaye agapfukamunwa ntarakavukanye, ariko ndirinda nyine kuko icyo cyorezo ngo ntigisiga n’imfubyi”.

    Ibitaro bya ADEPR-Nyamata, ari byo Bitaro by’Akarere ka Bugesera, byari byatanze urutonde rw’abantu 22,565 bakwiriye gukingirwa muri iki cyiciro, ariko haboneka inkingo 5,652 gusa, nk’uko byasobanuwe na Dr Rutagengwa William, Umuyobozi w’ibyo Bitaro.

    Izo nkingo zabonetse zasaranganyijwe mu bigo nderabuzima byo muri ako Karere, hakurikijwe aho ikigo nderabuzima giherereye, kuko ikigo nderabuzima kiri mu mujyi cyakira abantu benshi kurusha ikiri mu cyaro.

    Kubera ko inkingo ari nkeya ugereranyije n’umubare w’abazikeneye, 70% zagenewe abakuze, abagore batwite n’abonsa, mu gihe 30% zo zagenewe abacuruzi, abakozi ba Leta n’abandi batanga serivisi zibahuza n’abantu benshi.

    Ndayishimiye Aimable, Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Mareba, yavuze ko bari bafite abantu 700 batereje urukingo, ariko ngo babonye inkingo 192 gusa, mu gihe mu Kigo nderabuzima cya Mayange bari batereje 1500 ariko bagahabwa 390, nk’uko byasobanuwe na Harerimana Gaspard Umuyobozi w’icyo Kigo nderabuzima.

    Gahunda yari ihari, kwari ugufata 70% by’inkingo zabonetse bakaziha abakuze cyane, abagore batwite ndetse n’abonsa, abari mu bindi byiciro bagahabwa 30%. Gusa ngo gukingira bizakomeza uko inkingo zizagenda ziboneka, kuko n’ubu ngo hari izo bategereje mu minsi iri imbere nk’uko Dr Rutagengwa yabivuze.

    Dr Rutagengwa William, Umuyobozi w
    Dr Rutagengwa William, Umuyobozi w’ibitaro bya Nyamata


    source : https://ift.tt/3lTxxh5