Tag: Ubuzima

  • Côte d’Ivoire: Hamaze kuboneka abantu babiri barwaye Ebola #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuntu wa kabiri wagaragayeho Ebola ni umunya Guineyakazi w’imyaka 18 wabonetse mu mujyi wa Abidjan, wageze muri Côte d’Ivoire ku itariki ya 11 kanama 2021.

    Abo barwayi barimo kwitabwaho kwa muganga mu gihe gahunda yo gukingira Ebola abakora mu rwego rw’ubuzima muri icyo gihugu yatangiye ku wa mbere.

    AFP dukesha iyi nkuru iravuga ko abatuye mu gace k’ubucuruzi uyu munyagineyakazi yashyikiyemo, bose bahise bahabwa urukingo rwa Ebola ejo ku wa kabiri.

    Ni mu gihe kandi mu gihugu uyu mugore yaturutsemo cya Guineya, na ho harimo gushakishwa abantu bose baba barahuye na we mbere y’uko yerekeza muri Côte d’Ivoire.

    Ebola yibasiye ibihugu bya Afrika y’Iburengerazuba guhera mu mpera z’umwaka wa 2013 kugera muri 2016, ikaba yarahitanye abantu basaga 11.300, Guineya ubwayo ikaba yari yihariye 2.500 by’abishwe na Ebola.

    source : https://ift.tt/2W4JtC0

  • Umwanda mu mujyi wa Rubavu ugiye kuba amateka – #rwanda #RwOT

    Ibi Guverineri Habitegeko yabigarutseho ku wa 17 Kanama 2021, ubwo Akarere ka Rubavu kishimiraga ibyagezweho mu mihigo y’umwaka wa 2020/2021, igikorwa cyahuriranye no gusinya umuhigo w’isuku.

    Habitegeko yabwiye abayobozi b’aka karere ko bitumvikana ukuntu kunganira Kigali kakabaye kagaragaramo umwanda, abasaba gushyira hamwe ngo bakemure iki kibazo.

    Ati’’Uyu mujyi wahawe amahirwe yo kuba wakunganira Kigali ariko iyo urebye muri rusange ubona hari byinshi byo gukora cyane cyane mu bijyanye no kunoza umuco w’isuku muri uyu mujyi, niyo mpamvu byagarutsweho cyane kuko ntabwo wavuga umujyi wunganira Kigali kandi hakigaragara utubazo tumwe na tumwe tw’umwanda hirya no hino. Isuku irahari muri rusange ariko haracyari ibyo kunoza.”

    Ikibazo cy’isuku nke mu Mujyi wa Rubavu nticyagarutsweho na Guverineri Habitegeko gusa kuko n’Umuyobozi wa Diviziyo ya gatatu mu Ngabo z’Igihugu ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba, Gen Maj Alex Kagame yavuze ko isuku itakabaye ihigirwa kuko ari umuco, asaba abahize guhindura amateka umwanda ugaragara mu Mujyi wa Rubavu ugacika.

    Ati’’Isuku niwo muhigo udakenera ingengo y’imari, isuku ni ikintu cyo guhozaho uhereye ku mubiri w’umuntu njye numva yakabaye iboneka ahantu hose, umuntu wese ayifite, ahantu hasukuye, ingo zisukuye, imihanda ikubuye. Iyo tugeze aho gusinyira umuhigo w’isuku ni ukuvuga ko haba harimo akantu katagenda neza kandi hano muri Rubavu biraboneka henshi n’iyo ugiye ukabona amashashi ahari, ukareba ibyatsi byameze mu bibanza cyangwa se urebye abana bari ku mihanda uko basa. Ubwo mubihigiye nihagire ibihinduka’’.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco yavuze ko ikibazo cy’umwanda cyagarutsweho n’abayobozi bakuru cyagiye giterwa n’amakosa yagiye akorwa mu bihe byahise, yemeza ko kigiye kuba amateka.

    Ati’’Mu byukuri ntabwo wavuga ngo umwanda hari ikindi cyawuteraga kidasanzwe ahubwo ni ubukangurambaga bwari buri hasi ariko ubu abaturage turi kumwe mu rugamba.”

    Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko uyu muhigo uzahera mu ngo z’abaturage mu midugudu, utugari n’imirenge. Bimwe mu bizakorwa harimo gutera ibiti n’indabo ku mihanda, mu mahoteli, restaurant no mu bigo nderabuzima.

    Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Habitegeko François yasabye abayobozi b’Akarere ka Rubavu gukemura ikibazo cy’umwanda kikigaragara mu mujyi

    Umuyobozi wa Diviziyo ya Gatatu y’Ingabo z’Igihugu ikorera mu Ntara y’Uburengerazuba, Gen Major Alex Kagame yavuze ko isuku yagakwiye kuba ubuzima bwa buri munsi

    Abayobozi b’Akarere ka Rubavu bari bitabiriye uyu muhango bavuze ko bagiye gushyira imbaraga mu bikorwa byo kurwanya umwanda ukigaragara muri aka karere

    source : https://ift.tt/37V8dyM

  • Covi-19: U Rwanda rugiye kwakira inkingo zatanzwe na Amerika #rwanda #RwOT

    U Rwanda ruritegura kwakira doze 488,370 z'urukingo rwa Covid-19 rwo mu bwoko bwa Pfizer rwahawe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Izi nkingo zirimo doze  188,730 muri doze miliyoni  500 Perezida wa Amerika Joe Biden  yemeye gutanga muri gahunda ya Covax yo gufasha  ibihugu bikennye biri hirya no hino ku Isi ubwo yari mu nama y'ibihugu birindwi bikize ku Isi (G7) yabereye mu Bwongereza muri Kamena 2021. Ndetse n'izindi ibihumbi 300 ziri muri gahunda cyihaye yo gukomeza gufasha ibihugu bikennye nk'uko Bloomberg yabyanditse.

    Biteganyijwe ko izi nkingo zizoherezwa muri iki cyumweru.

    Minisiteri y'Ubuzima ikomeje ibikorwa byo gukingira hibandwa cyane ku kubanza abafite ibyago byo kwandura Covid-19 kurusha abandi.

    Kugeza ubu hamaze gukingirwa abantu 951.795 mu gihugu hose nk'uko imibare ya Ministeri y'ubuzima yo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021 ibigaragaza.

    Guverinoma Y'u Rwanda  yihaye intego yo gukingira abantu benshi bashoboka aho biteganyijwe ko nibura uyu mwaka uzarangira hakingiwe abagera kuri 30% mu gihe umwaka utaha wa 2022, byitezwe ko uzarangira hakingiwe 60% kugira ngo nibura habe hari icyizere cyo gusubira mu buzima busanzwe.

    The post Covi-19: U Rwanda rugiye kwakira inkingo zatanzwe na Amerika appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/08/18/covi-19-u-rwanda-rugiye-kwakira-inkingo-zatanzwe-na-amerika/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=covi-19-u-rwanda-rugiye-kwakira-inkingo-zatanzwe-na-amerika

  • Abantu 8 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda abandi 557 barayandura #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri,abantu 8 barimo abagore 2 n'abagabo 6,bishwe n'icyorezo cya Covid-19, bituma abamaze gupfa bagera kuri 977.

    Uyu munsi habonetse abarwayi bashya 557 ba COVID19 mu Rwanda.Abasezerewe mu bitaro ni 88 mu gihe ababihawe ari 12.

    Inzego z'ubuzima ziraburira abaturarwanda kwitwararika kuko mu Gihugu hageze ubwoko bwa COVID-19 yihinduranyije bwitwa Delta bugize hafi 60% y'ubwandu bushya, bukaba bwandura vuba kandi bugatuma abantu banaremba vuba ndetse bamwe bakagira n'ibyago byinshi byo kubura ubuzima.

    Ku wa 11 Kanama 2021, Guverinoma y'u Rwanda yafashe ingamba nshya zijyanye no kwirinda COVID-19 zirimo ko ingendo zibujijwe guhera saa mbiri z'ijoro (8:00 PM) kugeza saa kumi za mugitondo (4:00 AM). Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa moya z'ijoro (7:00 FM).

    Minisiteri y'Ubuzima igaragaza ko ubwandu bw'icyorezo bukiri ku kigero gikabije kuko hari uduce aho ubwandu bukiri hejuru ya 5% n'aho bwatangiye kugabanyuka berekeza munsi y'icyo kigero, mu gihe ubwandu budakanganye buba buri munsi ya 3%.

    Mu gihe u Rwanda rutaragera nibura ku rugero rwa 60% bagomba gukingirwa, buri wese arasabwa kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ari yo gusiga intera ya metero, kwambara neza agapfukamunwa no gukaraba intoki kenshi bakoresheje amazi meza n'isabune cyangwa alukolo yabugenewe.

    Leta Zunze Ubumwe z'Amerika (USA) muri iki cyumweru ziroherereza u Rwanda doze 488,370 z'urukingo rwa COVID-19 rwa Pfizer zirimo izatanzwe binyuze muri gahunda ya COVAX igamije kugabanya ubusumbane mu gukwirakwiza inkingo ku Isi.

    Bivugwa ko muri izo doze harimo iziri muri miliyoni 500 Amerika yiyemeje gutanga muri iyo gahunda ya COVAX mu nama ihuza ibihugu 7 by'ibihangange ku Isi (G-7) yabaye muri Kamena 2021.

    Inkingo zizoherezwa zirimo doze 188,730 zigize icyo cyiciro cy'inkingo Perezida wa USA Joe Biden yemeje gutanga mu nama ya G-7, mu gihe izindi doze 300,000 zavuye mu bubiko bwa Leta, zikaba zirimo gutangwa nk'imfashanyo

    Byitezwe ko iyo nkunga igiye gushyigikira urugendo rwa Leta y'u Rwanda rwo gukingira umubare munini w'Abanyarwanda mu rwego rwo guhangana n'icyorezo cya COVID-19.

    Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gutangwa doze z'inkingo zisaga 900,000 zirimo izahawe abasaga kimwe cya kabiri cy'abatuye Umujyi wa Kigali nk'uko bigaragazwa n'ubuyobozi bw'Ikigo cy'Igihugu cy'Ubuzima (RBC).

    Leta Zunze Ubumwe z'Amerika zagaragaje umuhate udasanzwe mu gushyigikira u Rwanda mu rugamba rwo guhangana n'icyorezo cya COVID-19 binyuze mu nkunga zinyuranye kuva ku dupfukamunwa, imidi isukura intoki ndetse no ku mashini zongerera umuka abarwayi.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-8-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-557-barayandura

  • #COVID19: Abantu 8 bitabye Imana, abanduye bashya babonetse ni 557 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 8 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 977. Abitabye Imana ni bagore 2 n’abagabo 6.

    Abamaze gukingirwa bose hamwe ni 951,795 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.

    source : https://ift.tt/3jWgXug

  • Muri UR Huye amasomo yabaye ahagaritswe kubera COVID-19 #rwanda #RwOT

    Iki cyemezo cyatangiye kubahirizwa kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Kanama 2021 aho ubuyoboi bw’iri shuri bwagifashe kugira ngo hirindwe urujya n’uruza rw’abanyeshuri barimo abaturura mu Murenge wa Tumba uri muri gahunda ya Guma mu rugo.

    Uyu Murenge wa Tumba uri muri imwe ikiri muri gahunda ya Guma mu rugo kubera umubare munini w’abari gusangwamo ubwandu bwa COVID-19.

    Akarere ka Huye gaherereyemo ririya shami rya Kaminuza y’u Rwanda, kari muri tumwe dukomeje kugaragaragaramo abarwayi benshi ba COVID-19 kuko nko kuri uyu wa Mbere tariki 16 Kanama ari ko kaje ku mwanya wa kabiri aho kabonetsemo abarwayi 41 mu gihe Umujyi wa Kigali waje ari uwa mbere wabonetsemo abarwayi 45.

    Naho ku Cyumweru tariki 15 Kanama 2021, Akarere ka Huye kaje ku mwanya wa mbere kagaragayemo abarwayi 62.

    Nzitatira Wilson, Umuyobozi Nshingwabikorwa muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, yatangaje ko mu Murenge wa Tumba harimo abanyeshuri 2 000 bacumbitse mu Murenge wa Tumba uri kugaragaramo abarwayi benshi.

    Yavuze ko gukomeza kureka abanyeshuri bakajya kwiga baturutse muri uriya Murenge bishobora gutuma inzego z’Ubuyobozi zigorwa no gukurikirana iyubahirizwa rya gahunda ya Guma Mu rugo.

    Yagize ati 'Icyakozwe rero ni ukubahiriza amabwiriza asanzwe ya Guma mu Rugo kugira ngo ubwo bwandu bugabanuke.'

    Yavuze ko kandi badashobora kureka ngo abanyeshuri bacumbikiwe muri Campus ngo bakomeze amasomo kandi hari aband benshi bagomba kubahiriza gahunda ya Guma Mu rugo.

    Yagize ati 'Urumva abantu bagera hafi 2500 bagendagenda ni ikibazo, ni yo mpamvu abasigaye muri Cumpus batari bukomeze kwiga ahubwo bazategereza bagenzi babo.'

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Muri-UR-Huye-amasomo-yabaye-ahagaritswe-kubera-COVID-19

  • Nyaruguru: Abaturage barinubira kugira imiyoboro n’amavomero bitagira amazi – #rwanda #RwOT

    Ibikorwaremezo bishyirirwaho kugira ngo abaturage babashe kugira ubuzima bwiza ariko hari aho usanga ibikorwa byarashyizweho, ntibigire umusaruro bitanga.

    Abaturage bo mu Murenge wa Cyahinda baganiriye na Radio1 bavuze ko nubwo bafite ibikorwaremezo by’amazi igihe kinini bakimara ntayo bafite, bakaba bagorwa no kujya kuvoma mu bishanga n’inzuzi.

    Umwe yagize ati “Dufite ikibazo cy’amazi ntabwo tuzi aho yapfiriye, tubona yarakamye ariko akanyaruka rimwe na rimwe akaza ariko nyuma y’iminsi ibiri akaba aragiye, iyo ntayo dufite tuvoma mu kabande.”

    Undi ati “Ayo mazi nubwo bayazanye usanga tutayabona, bavuga ko ahari kandi ntayo. Iminsi myinshi ntaba ahari, ubu kuva mu kwezi kwa kane nari ntarabona amazi, ejo bundi aje na bwo aba aragiye.”

    Aba baturage bavuga ko batazi impamvu amazi yabo aza agahita agenda, mu gihe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge, Nirere Yvette Aline, asobanura ko ikibazo cy’amazi giterwa n’ibibazo bitandukanye birimo iyangirika ry’imiyoboro iterwa n’ikorwa ry’imihanda n’ibiza.

    Yagize ati “Ikibazo cyari gihari cy’amazi cyaturakaga ku muyoboro dufatiraho wa Nyabimata, ni ikibazo cy’akarere kose; wari warangiritse hashira igihe bari kuwukora, bawurangije bikubitana no kwimura amatiyo y’amazi kubera umuhanda wa kaburimbo.”

    “Ariko hari hashize iminsi abaturage bavoma natwe tuvoma ariko kubera imvura yaguye ni yo mpamvu yongeye akagenda ariko mu byumweru nka bitatu yari ahari.”

    Kuba hari abagifite ibikorwaremezo by’amazi ariko babibona bishobora gukoma mu nkokora gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda, iteganya ko mu 2024 Abanyarwanda bose bazaba baramaze kwegerezwa amazi meza ku kigero cya 100%.

    Abaturage bo mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru barataka ko batajya babona amazi mu buryo buhoraho

    source : https://ift.tt/3g7KW12

  • Abantu 10 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda abandi 435 barayandura #rwanda #RwOT

    IMinisiteri y'Ubuzima yatabgaje Kuri uyu wa Mbere,Iki cyorezo cyahitanye abarwayi bashya 10 bituma abamaze gupfa bagera 969.Abapfuye n 'abagore 5 n'abagabo 5.

    Mu barwaye habonetse abarwayi bashya 435 ba COVID-19 mu Rwanda.Abarembye ni 37, uyu munsi abahawe ibitaro bakaba 11 mu gihe abasezerewe bo ari 7. Abakingiwe ni 8,759.

    Mu cyumwru gishize, Minisitiri w'Ubuzima Dr. Ngamije Daniel na Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu bagaragaje uburyo gukingira umubare munini ari yo mahirwe ya nyuma azafasha abaturage gusubira mu buzima busanzwe, baca amarenga no ku bishobora kuzaba ku bagikerensa ibyo kwikingiza birimo no kuba hari zimwe muri serivisi bizajya bibagora kubona mu gihe zabasaba guhura n'abandi bantu benshi.

    Nyuma y'inkuru yasohotse mu Imvaho Nshya ifite umutwe ugira uti 'Mu Rwanda, hari aho umuntu atazemererwa kwinjira atarikingije COVID-19', hatanzwe ibitekerezo binyuraye bigaragaza ko imyumvire itandukanye ku rukingo rwa COVID-19 itandukanye bitewe n'amakuru y'impuha bamwe bagiye bumva, imyemerere n'ibindi.

    Bamwe bagiye bifashisha imirongo yo muri Bibiliya bagaragaza ko urukingo ruteye impungenge, abandi bakifashisha ubutumwa bagiye bakura ku mbuga nkoranyambaga mu gushimangira ko itangwa ry'urukingo ari intangiriro z'imperuka y'Isi bemeza ko ari gahunda yo kurimbura abantu, abandi ngo ni ugushaka guhindura abantu inyamaswa cyangwa ngo bazapfe bahagaze (Zombies) n'ibindi byinshi.

    Abandi batewe ubwoba n'amakuru bumva cyangwa basoma y'uko inkingo zaba zitizewe. Uwitwa Nick ati: 'Kwikingiza Ni byiza. Ariko se ubundi muvuga iki ku bantu banga kwikingiza kubera amakuru yacicikanye ko ziriya nkingo zifite ibibazo? Nubwo njye nikingije ariko buriya nk'umuntu nibaza impamvu y'ayo makuru nkumva mfite impungenge. Kandi birashoboka ko baba bafite ukuri nta wamenya.'

    Yagize ati: 'Twakoze ubushakashatsi abantu bataramenya n'uko izo nkingo zikora, hari hakiri n'ibihuha byinshi cyane; 86% by'Abanyarwanda badusubije baravuze ngo niruza Leta y'u Rwanda ikemeza ko rufite ubuziranenge tuzarufata. Tuti se kubera iki? Bati niba baraduhaye inkingo z'abana bacu zirenga 10 abana bazitewe bagakura bakaba ababyeyi, urwa COVID-19 si rwo bazazana ngo rutugirire nabi. Uyu munsi inkingo zaraje abantu baraziteje hari n'abavugaga ngo reka turebe aba mbere ko barwiteza nibabona ntacyo babaye nanjye nzarufata.'

    Yagarutse ku bantu bamwe na bamwe barimo n'abaganga bake cyane bagiye bahindura imyumvire bakisabira gukingirwa, nyuma yo kurwara COVID-19 bakayikira.

    Ati: 'Wenda ni ingero z'ukuri dufite, harimo abarwaye bararemba nyuma bakirutse bati mumpe urukingo byihutirwa. Abanyamadini, n'abandi baravugaga bati reka turebe iyo byerekera, ariko uyu munsi twasubiyemo noneho dusanga nta n'ubwo ari 86% gusa dusanga biri hejuru ya 90%.'

    Asobanura ubutumwa bwatanzwe na Minisitiri w'Ubuzima mu kiganiro yagiranye na RBA, Dr. Nsanzimana yasobanuye ko nta muntu n'umwe mu Rwanda uzahatirwa kwikingiza, agira ati: 'N'ubundi ntituri kubona inkingo zihagije ku buryo twabwira abantu tuti fata urukingo byanze bikunze. Hari benshi bategereje urukingo batari kurubona, banarwifuza pee… Simpamya ko bizaba agahato ariko bizaba nk'icyangombwa gituma ubuzima bukomeza, abantu batagenda bakwirakwiza uburwayi.'

    Ku bijyanye n'imyumvire ikomeje kugaragara kuri bamwe, Dr. Sabin yashimangiye ko kwanga gukingirwa ari uburenganzira umuntu yemererwa n'amategeko ariko ko kubangamira ubuzima bw'abandi na cyo ari icyaha gihanwa n'amategeko.

    Inzego z'ubuzima mu Rwanda zifite icyizere ko iyo myumvire izagenda ihinduka uko abantu bagenda babona amakuru ahagije kandi akwiriye kuri iki cyorezo, uburyo cyihinduranyamo ndetse n'ingaruka kigira ku muntu utarikingiza. Biteganywa ko mu gihe umubare munini uzaba umaze gukingirwa, iki cyorezo kizasigara ari ikibazo ku bantu bake batarabona urukingo.

    Minisiteri y'Ubuzima ivuga ko kugeza ubu mu Rwanda hamaze gukingirwa abakabakaba 900,000 barimo abagera kuri 1/2 cy'abatuye mu Mujyi wa Kigali, ikemeza ko nyuma yo gukingira abari mu byiciro byibasiwe kurusha ibindi hazakurikiraho kugenda hafatwa ibyiciro by'imyaka yo kuva kuri 30 na 20 kumanura.

    Biteganyijwe ko umwaka wa 2022 mu Rwanda hazaba hamaze gukingirwa abasaga 60% by'Abanyarwanda kuri ubu bakabakaba miliyoni 13.


    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/abantu-10-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-435-barayandura

  • Mu Rwanda abantu 969 bamaze kwitaba Imana kubera #COVID19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 10 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 969. Abitabye Imana ni bagore 5 n’abagabo 5.

    Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko ku wa Mbere abasezerewe mu bitaro ari 7 mu gihe ababyinjiyemo bashya ari 11, abarembye ni 37.

    Abahawe doze ya mbere y’urukingo ku wa Mbere ni 8,759 naho abamaze gukingirwa bose bakaba ari 898,754.

    source : https://ift.tt/2W0215Q

  • Gakenke ku isonga muri Ejo Heza na Mituweli #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Akarere ka Gakenke ni ko kahize uturere twose tw
    Akarere ka Gakenke ni ko kahize uturere twose tw’igihugu mu kwitabira gahunda ya Ejo Heza na Mituweri 2021-2022

    Ni muri raporo yasohotse ku itariki 14 Kanama 2021, aho Akarere ka Gakenke kaza ku mwanya wa mbere muri izo gahunda zombi, bishimisha ubuyobozi bw’akarere n’ubw’Intara y’Amajyaruguru.

    Mu kiganiro Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Déogratias yagiranye na Kigali Today, yavuze ko kuba aba mbere muri gahunda ya Ejo heza no gutanga mituweri, bituruka ku bufatanye abaturage bagirana n’abayobozi.

    Yagize ati “Ibanga rya mbere ni ugusobanurira umuturage gahunda za Leta akazumva, nko muri mituweri tumaze imyaka itanu tuba aba mbere uretse rimwe na rimwe Akarere ka Gisagara hari ubwo kaje imbere tukaba aba kabiri, ariko ibyo twabigize intego. Nko muri Mituweri ibanga dukoresha ni ibimina bya mituweri, aho bigera mu kwezi kwa gatanu tukarasa ku ntego abaturage bakayatangira rimwe, bikazamura imibare mu buryo bwihuse.

    Kuva muri Nyakanga abaturage bamaze gutanga mituweri ku kigero cya 91%, Umuyobozi w’Akarereka Gakenke akaba asaba abasigaye batarayitanga kugira vuba, mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo.

    Yagize ati “Icyo nsaba abaturage nk’uko tugeze kuri 91%, abo icyenda basigaye bishyure kugira ngo bataba umugogoro ku miryango yabo no ku gihugu, kubera ko kwivuza nta mituweri biba bivunanye, Abo mu cyiciro cya mbere bo Leta irabishyurira, abandi bo mu bindi byiciro bo bariyishyurira, ubwo rero turagira ngo bishyure hakiri kare bivuze umwaka wose, aho kwishyura bakerewe bakivuza amezi make”.

    Uwo muyobozi aravuga ko amafaranga amaze kuzigamwa muri gahunda ya Ejo heza mu Karere ka Gakenke, amaze kugera muri miliyoni 300, akaba asaba abaturage gukomeza kwitabira gahunda ya Ejo heza mu kwirinda ko mu gihe bazaba bageze mu zabukuru basabiriza.

    Ati “Muri Ejo heza ni ugushishikariza abatarizigamira kubyitabira, aho kuvuga bya bindi by’urukwavu rukuze rwonka abana, ahubwo abe yarizigamiye aho azaba arya ibye, aho kwanduranya n’abana be na bo baba bifitiye ingorane z’ubuzima bwabo bwa buri munsi”.

    Kuza ku isonga kw’Akarere ka Gakenke, byashimishije Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla, aho ku rubuga rwa twitter yagize ati “Ndashimira byimazeyo Akarere ka Gakenke kugeza ubu kari ku mwanya wa mbere ku rwego rw’Igihugu muri gahunda za Ejo Heza na Mituweli. Ndasaba n’utundi turere tw’Intara y’Amajyaruguru, gufatira urugero kuri ako karere, mu kuzamura ibipimo by’ubwitabire”.

    Muri izo gahunda zombi, uturere dutatu twa mbere ni Gakenke iza ku mwanya wa mbere, ako karere kagakurikirwa na Bugesera, Nyaruguru ikaza ku mwanya wa gatatu aho ikurikirwa na Gicumbi.

    Ni mu gihe uturere tugize Umujyi wa Kigali tuza mu myanya itatu ya nyuma, aho Gasabo ari iya 28, ku mwanya wa 29 hakaba Kicukiro mu gihe Nyarugenge iza ku mwanya wa nyuma.

    Muri Mituweri, ku mwanya wa mbere hari Gakenke iri kuri 88,7%, ku wa kabiri Gisagara ifite 88%, mu gihe Nyaruguru iza ku mwanya wa gatatu na 87,9%, ku myanya ya nyuma hari Gasabo iri ku mwanya wa 28 na 56,1%, ikurikirwa na Kicukiro na 48,2% ku mwanya wa nyuma hakaza Nyarugenge ifite 48%.


    source : https://ift.tt/3AOGKev