Tag: Ubuzima

  • Abahitanwe na Covid-19 mu Rwanda bamaze kurenga igihumbi #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu, abahitanywe n'icyorezo cya Covid-19 mu Rwanda ari 9 bituma abamaze gupfa mu Rwanda bagera ku 1,005.Abapfuye uyu munsi n'abagore 3 n'abagabo 6.

    Uyu munsi habonetse abarwayi bashya 380 batahuwe mu bipimo 12,772. Bivuze ko nyuma y'igihe kinini igipimo cy'ubwandu cyageze kuri 3%. Abasezerewe ni 3 mu gihe 19 bahawe ibitaro.

    Inzego z'ubuzima ziraburira abaturarwanda kwitwararika kuko mu gihugu hari ubwoko bwa COVID-19 yihinduranyije bwitwa Delta bugize hafi 60% y'ubwandu bushya, bukaba bwandura vuba kandi bugatuma abantu banaremba vuba ndetse bamwe bakagira n'ibyago byinshi byo kubura ubuzima.

    Ku wa 11 Kanama 2021, Guverinoma y'u Rwanda yafashe ingamba nshya zijyanye no kwirinda COVID-19 zirimo ko ingendo zibujijwe guhera saa mbiri z'ijoro (8:00 PM) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 AM). Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa moya z'ijoro (7:00 FM).

    Ni mu gihe Imirenge 10 yakomeje gushyirwa muri Guma Mu Rugo kuko ifite ubwandu buri hejuru cyane, mu gihe indi 40 yatangiye kubahiriza amabwiriza mashya asanzwe.

    Ingendo hagati y'Umujyi wa Kigali n'lntara ndetse n'Uturere tw'lgihugu zirasubukuwe, uretse izo kujya no kuva mu Mirenge iri muri Gahunda ya Guma mu Rugo.

    Minisiteri y'Ubuzima igaragaza ko ubwandu bw'icyorezo bukiri ku kigero gikabije kuko hari uduce aho ubwandu bukiri hejuru ya 5% n'aho bwatangiye kugabanyuka berekeza munsi y'icyo kigero, mu gihe ubwandu budakanganye buba buri munsi ya 3%.

    Mu gihe u Rwanda rutaragera nibura ku rugero rwa 60% bagomba gukingirwa, buri wese arasabwa kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ari yo gusiga intera ya metero, kwambara neza agapfukamunwa no gukaraba intoki kenshi bakoresheje amazi meza n'isabune cyangwa alukolo yabugenewe.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-bamaze-kurenga-igihumbi

  • Kuki abantu bari guhitamo kwiyahura nk’igisubizo cya nyuma cy’ibibazo bafite? #rwanda #RwOT

    Hashize iminsi humvikana inkuru z’abantu bakomeje kwiyahura mu bice bitandukanye mu gihugu , ubwiyongere bw’abakomeje kwiyambura ubuzima bwatumye abantu bamwe batangira kugira ubwoba bibaza impamvu iri gutuma abantu bafata igikorwa cyo kwiyahura nk’igusubizo cya nyuma cy’ibibazo bafite.

    Imibare y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima ivuga ko abantu miliyoni imwe biyahura ku isi buri mwaka, bivuze ko buri masegonda 40 hari umuntu wiyahura.

    Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima mu Rwanda, RBC, bugaragaza ko imibare y’abafite indwara zo mu mutwe iri hejuru, ubu bushakashatsi bwakozwe hagati ya 2017 na 2018, bugaragaza ko muri 2018, abantu 223 500 bagiye kwa muganga bashaka ubufasha ku bibazo bifitanye isano n’indwara zo mu mutwe.

    RBC ivuga ko mu bakoreweho ubushakashatsi, abagera kuri 85.6% bagiye kwizuzumisha basanzwe biyiziho ibimenyetso by’indwara zo mu mutwe. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), risobanura indwara zo mu mutwe nk’imyitwarire idasanzwe y’ibitekerezo, amarangamutima, ibyiyumviro, imyitwarire n’ibindi nk’ibyo bishobora kugaragara ku muntu mu gihe runaka.

    Mu bakoreweho ubushakashatsi na RBC, abafite indwara y’agahinda gakabije bihariye 11.9% by’abarwaye indwara zo mu mutwe mu Rwanda, ikaba ari yo ya mbere yibasiye benshi mu gihugu, abenshi mu bamaze gufatwa n’izi ndwara zikamara igihe kirekire, zigira ingaruka ku buzima bwabo , mu gihe zitavuwe neza usanga hari ubwo bahitamo kwiyahura mu gihe nta bufasha babonye.

    Kugeza ubu ibitera abantu kwiyahura mu Rwanda ni byinshi ndetse harimo n’ibishingiye ku mateka y’igihugu cyacu ariko tugarutse ku bihe turimo muri iyi minsi, ntabwo twakwirengagiza icyorezo cya Covid-19 cyagize ingaruka ku mibereho y’abantu batandukanye bituma bamwe babura ibyiringiro by’ubuzima bw’ejo hazaza bishobora kubakururira gufata icyemezo cyo kwiyahura.

    Muri Raporo NISR yashyizwe hanze yitwa 'Rwanda Vital Statistics Report 2019′ yagaragazaga ko mu 2019, imiryango 8941 mu Rwanda yemerewe n’inkiko gutandukana, ni imibare yazamutse cyane kuko mu 2018 hari hatanzwe gatanya 1311, ni ukuvuga ko zikubye inshuro 6.8. kandi iyi ni imibare y’ababa babashije kujya mu buyobozi gusa, abatandukanira mu buriri n’abatajya mu buyobozi ntibaba babariwemo.

    Aya makimbirane y’abashakanye nayo agira ingaruka zikomeye mu muryango ndetse zishobora gutuma hari abafata icyemezo cyo kwiyahura.

    Ubundi bushakashatsi bwashyizwe hanze n’ikigo cy’ibarurishamibare bwo mu mwaka wa 2014/2015, bugaragaza ko mu Rwanda abakobwa bageza imyaka 19 y’ubukure, muri bo 15% bafashwe ku ngufu, mu mibare iherukwa gutangazwa n’urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB), ruvuga ko mu mwaka ushize wa 2020 abantu abasaga ibihumbi 4,452 bafashwe batangira gukurikiranwaho icyo cyaha.

    Iyo urebye iyi mibare y’abafatwa ku ngufu, bikugaragariza ko iki kibazo giteye ubwoba kandi ingaruka zacyo zigera ku muryango wose cyane uwabikorewe iyo abadakurikinywe ngo ahumurizwe nawe aba ashobora gufata umwanzuro wo kwiyahura kubera ipfunwe.

    Mu by’ukuri ibitera abantu kwiyahura ni byinshi ntabwo twabivugaho muri iyi nkuru yacu ngo tubirangize, ariko dushingiye ku bushakatsi bwavuzwe hejuru n’ibimaze iminsi bivugwa mu binyamakaru, bigaragaraza ko ikibazo cyo kwiyahura kimaze gufata indi ntera mu gihugu cyacu.

    Abahanga mu buvuzi bw’indwara zo mu mutwe bagaragaza ko umubare munini w’abantu biyahura ngo babanza kugera aho bumva ari bonyine nubwo yaba akikijwe n’abantu 5,000 cyangwa se abana n’abantu, ariko we ngo aba yumva nta muntu bari kumwe kandi zimwe mu ngaruka za Covid-19 yazanye harimo n’uko yashyize abantu mu kwihugiraho no kudahura n’abandi.

    Birakwiye ko amadini n’amatorero, imiryango itegamiye kuri Leta ndetse n’umuryango muri rusange bafata iya mbere hagatangizwa uburyo bwo kuganira cyane ku mbamutima (emotion) z’inshuti zabo , abagize umuryango ndetse n’abo basengana, abo bakorana n’abandi babari hafi kugira ngo umuntu amenye uko undi amerewe.

    Iyo umuntu ababaye ukamuba hafi, nyuma y’icyumweru ashobora gutangira kureba ku buryo bwagutse, akabona ibindi bisubizo mu gihe yabonaga nta na kimwe. Birakwiye ko abantu bagomba kwitondera no kudafata nk’ibisanzwe umuntu uvuga ko ashobora kwiyahura.

    Ese hari aho umuntu yakura amahoro?

    Abantu benshi bararushye kandi ahantu hose, hari ubwo umuntu avuga ati’ Ndamutse ndongowe/ ndongoye nkagera mu rugo rwanjye nagira amahoro’. Ariko se abantu bose bageze mu ngo zabo bose bararuhutse? Si bose.

    Hari igihe umuntu avuga ati’Ndamutse mbonye imodoka nkareka kugendesha amaguru, wenda naruhuka’. Ariko se nta bantu baruhiye mu modoka nziza bagenda bata amarira?

    Bitewe nicyo utarageraho hari igihe utekereza ko n’ukigeraho aribwo uzabona amahoro ariko hari benshi bageze kubyo wifuza ariko babuze amahoro, hari n’abandi bafite ibiri munsi y’ibyawe bafite amahoro.

    Hari abantu bagendana ibikomere bikomeye bidashoborwa komorwa n’undi muntu wese uretse Yesu wenyine .

    Yesu yaravuze ati 'Mwese abarushye n’abaremerewe, nimuze munsange ndabaruhura. Mwemere kuba abagaragu banjye munyigireho, kuko ndi umugwaneza kandi noroheje mu mutima, namwe muzabona uburuhukiro mu mitima yanyu, kuko kunkorera kutaruhije, n’umutwaro wanjye utaremereye.'Matayo 11:28-30

    Birashoboka iri somo warisomewe cyangwa ukarisoma inshuro zirenze imwe ariko yaba mbere na nyuma yo kurisoma, nta cyahindutse mu buzima bwawe . Uyu munsi ndakwinginga ngo wemere wakire Yesu mu buzima bwawe bundi bushya niwe wenyine waguha amahoro yo mu mutima.

    Yesu ni we uzabwira ibibazo byawe ntakumvire ubusa nk’umwana w’umuntu , ni we utazakuburira umwanya w’ibibazo byawe . Mugerageze uyu munsi ni we wakuruhura akagutura umutwaro w’ibibazo ufite.

    Yesu yaravuze ngo 'Mbasigiye amahoro, amahoro yanjye ndayabahaye. Icyakora simbaha nk’uko ab’isi batanga. Imitima yanyu ntihagarare kandi ntitinye.' Yohana 14:27

    Wowe wafashe uyu mwanya ugasoma iyi nkuru ndakwifuriza kugira amahoro Yesu atanga ndetse no guhumurizwa nawe kuko iyi si yuzuyemo ibicantege byinshi. Yari mwene so URINZWENIMANA Mike

    Source: Igihe.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Kuki-abantu-bari-guhitamo-kwiyahura-nk-igisubizo-cya-nyuma-cy-ibibazo-bafite.html

  • Abafite ubumuga barifuza gufashwa kubona inkingo za Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi ushinzwe ibijyanye no kubaka ubushobozi mu Bumwe Nyarwanda bw’Abafite Ubumuga, Mukarusine Claudine, yabwiye Newtimes ko bacye mu bafite ubumuga ari bo bamaze kugerwaho n’inkingo za Covid-19.

    Yagize ati “Ibi biterwa n’uko bamwe baba bari mu ngo badashobora kugera ku bigo nderabuzima cyangwa ahandi hatangirwa inkingo, ariko bamwe barabisobanuriwe ko batari mu cyiciro cy’imyaka y’abaturage bagenewe inkingo.”

    “Benshi bafite ibibazo by’ubuzima bishobora gutuma bandura kimwe n’abandi bose. Hamwe n’abafatanyabikorwa bacu, tuzakomeza kubakorera ubuvugizi kugira ngo babone inkingo.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga, Emmanuel Ndayisaba, yavuze ko bari gukora ibishoboka kugira ngo abafite ubumuga bakingirwe byihutirwa.

    Ati “Mbere inkingo zari nke ariko ubu ziri kugenda ziboneka. Twemeranyijwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima ko zizahabwa buri muntu mu bafite ubumuga uhereye ku myaka 15 kandi tuzagerageza kubasanga mu ngo zabo bakingirwe.”

    Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuvuzi rusange, Dr Mpunga Tharcisse, yavuze ko abafite ubumuga bari mu cyiciro cy’abafite intege nke bakwiye guherwaho mu ikingira.

    Ati “Twatangiye gukingira urugo ku rundi, muri ubwo buryo n’ingo zabo tuzazigeraho. Iyi gahunda yatangiriye i Kigali ariko turateganya kuyikomeza no mu bindi bice by’igihugu.”

    Nubura mu Rwanda habarurwa abafite ubumuga basaga ibihumbi 400 bafite kuva ku myaka itanu kuzamura.


    source : https://ift.tt/3D2NCH7

  • Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena #rwanda #RwOT

    Mu nyubako ya Kigali Arena iherereye mu mugi wa Kigali hateganyijwe kuzaberamo imikino y'amarushanwa atandukanye yo ku rwego Nyafurika, icyari kitezwe cyane ni ukumenya neza niba koko abafana bazitabira iyo mikino, kugeza ubu igisubizo ni yego, kuko abategura aya marushanwa bemeje ko abafana bazitabira iyi mikino.

    Uhereye ku itariki ya 24 Kamena 2021, mu Rwanda harabera irushanwa Nyafurika ry'umukino wa Basketball rizwi nka Afrobasketball rigomba guhuza ibihugu 15 biturutse ku mugabane wa Afurika ndetse n'u Rwanda ruzakira iyi mikino, ishyirahamwe ry'umukino w'intoki mu Rwanda FERWABA bamaze gutangaza ko abafana bemerewe kwinjira muri iyi mikino.

    Nk'uko byatangajwe na Jabo Landry, umwe mubayobozi bashinzwe gutegura iri rushanwa rya Afrobasketball yatangaje ko Kigali Arena izakina abafana 5 000 mu gihe iyi nyibuka yari isanzwe yakira abantu ibihumbi icumi.

    Kimwe n'ishyirahamwe ry'umukino w'intoki wa Volleyball nabo batangaje ko mu irishanwa Nyafurika ry'abagabo ndetse n'abagore rizabera naryo muri Kigali Arena guhera ku itariki ya 5 Nzeri 2021, nabo bemeje ko abafana bazitabira iri rushanwa.

    Icyo aya mashyirahamwe yombi ahuriyeho ku birebana no kwitabira iyi mikino haza abafana, ni uko abafana bazitabira iyi mikino bagomba kuba barakingiwe icyorezo cya COVID-19 byibuze urukingo rumwe ndetse no kuba wapimwe Koronavirusi ibisubizo bigaragaza ko uri muzima.

    Kugeza ubu amakipe y'igihugu akomeje kwitegura, by'umwihariko ku ruhande rw'u Rwanda mu mukino wa Basketball, Misiri yaraye ikinnye umukino wa gishuti n'u Rwanda birangira Misiri itsinze u Rwanda amanota 71 kuri 69.

    Muri Volleyball ho bakomeje umwiherero aho mu bagabo kugeza ubu umwiherero urimo abakinnyi 20 naho ku ruhande rw'abagore bo barimo ari 18.

    The post Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/kwipimisha-no-kuba-warakingiwe-covid-19-ni-bimwe-mu-bizibandwaho-kugirango-abafana-bazitabire-imikino-nyafurika-ya-baskeball-na-volleyball-izabera-muri-kigali-arena/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=kwipimisha-no-kuba-warakingiwe-covid-19-ni-bimwe-mu-bizibandwaho-kugirango-abafana-bazitabire-imikino-nyafurika-ya-baskeball-na-volleyball-izabera-muri-kigali-arena

  • Urubyiruko rw’abakorerabushake: Uruhare rwabo mu kurwanya COVID-19 ni ntagereranywa (Video) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hari bamwe mu baturage babonaga abantu bambaye utu jillets turiho ibirango bya Polisi n’Umujyi wa Kigali bakabikanga. Ese urubyiruko rw’abakorerabushake ni bantu ki?

    Kigali Today yaguteguriye icyegeranyo gikurikira ku ruhare rukomeye rw’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gufasha Abanyarwanda kubahiriza no gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda COVID-19, no mu bindi bikorwa bigamije iterambere ry’igihugu.

    Bikurikire muri iyi video:

    source : https://ift.tt/3mx1vb5

  • Abantu 16 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda abandi 496 barayandura #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kane,COVID-19 yahitanye abantu 16 batumye abamaze gupfa bagera kuri 996 mu #Rwanda. Abapfuye n'abagore 8 n'abagabo 8.

    Abarwayi bashya ni 496 babonetse mu bipimo 11,354. Ni mu gihe abarwayi 8 ari bo basezerewe na ho abandi 22 bahabqa ibitaro. Abakingiwe ni 8,171 bose hamwe baba 969,734.

    Inama y'Abaminisitiri yaraye iteranye yashimiye Abaturarwanda uruhare rwabo muri uru rugamba rwo kurwanya iki cyorezo, ikaba ibasaba kwitabira kwikingiza kuko inkingo zigenda zirushaho kuboneka, ndetse no kwisuzumisha kenshi kugira ngo bagabanye ikwirakwira rya COVID-19.

    Inzego z'ubuzima ziraburira abaturarwanda kwitwararika kuko mu Gihugu hageze ubwoko bwa COVID-19 yihinduranyije bwitwa Delta bugize hafi 60% y'ubwandu bushya, bukaba bwandura vuba kandi bugatuma abantu banaremba vuba ndetse bamwe bakagira n'ibyago byinshi byo kubura ubuzima.

    Ku wa 11 Kanama 2021, Guverinoma y'u Rwanda yafashe ingamba nshya zijyanye no kwirinda COVID-19 zirimo ko ingendo zibujijwe guhera saa mbiri z'ijoro (8:00 PM) kugeza saa kumi za mugitondo (4:00 AM). Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa moya z'ijoro (7:00 FM).

    Mu gihe u Rwanda rutaragera nibura ku rugero rwa 60% bagomba gukingirwa, buri wese arasabwa kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ari yo gusiga intera ya metero, kwambara neza agapfukamunwa no gukaraba intoki kenshi bakoresheje amazi meza n'isabune cyangwa alukolo yabugenewe.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane u Rwanda rwakiriye doze z'inkingo 200,000 zo mu bwoko bwa Sinopharm rwagenewe na Repubulika y'Abaturage y'u Bushinwa. Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda Rao Hongwei ni we washyikirije Minisitiri w'Ubuzima Dr.Ngamije Daniel izo nkingo.

    Izi nkingo zije zikurikira izindi zatanzwe na Leta Zunze Ubumwe z'Amerika (USA) u Rwanda rwakiriye icyiciro cyazo cya mbere ku mugoroba wo ku wa Gatatu.

    Minisitiri w'Ubuzima Dr Daniel Ngamije yashimye Leta y'u Bushinwa ku musanzu itanze mu rugamba rwo guhashya icyorezo cya COVID-19 ashima kandi n'ubufatanye bw'ibindi bihugu mu guhangana n'icyorezo cya COVID-19.

    Yagize ati: 'Iyi nkunga ni umusanzu w'ingirakamaro mu bikorwa byo gukingira u Rwanda rukomeje hibandwa cyane ku byiciro byibasiwe cyane mu gihugu hose.'

    Minisiteri y'Ubuzima ivuga ko izo nkingo zigiye kwifashishwa mu gukingira abaturage bo mu Turere umunani tugaragaramo ubwandu bwinshi bwa COVID-19 kurusha utundi.

    Ambasaderi w' u Bushinwa mu Rwanda Rao Hongwei, yavuze ko iyi nkunga y'inkingo u Bushinwa buhaye u Rwanda ishimangira imibanire myiza ibi bihugu bifitanye, ashimangira ko u Bushinwa bushyigikiye ubushake Leta y'u Rwanda yagaragaje mu guhangana n'icyorezo cya COVID-19.

    Abamaze gukingirwa mu Rwanda bagera hafi kuri miliyoni imwe, muri bo, harimo abaza imbere mu kurwanya COVID-19 n'abafite ibyago byo kuzahazwa nayo kurusha abandi.

    Guverinoma y'u Rwanda irashima by'umwihariko abafatanyabikorwa barimo ibihugu n'imiryango itandukanye bakomeje gutanga inkunga y'inkingo z'inyongera.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-16-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-496-barayandura

  • #COVID19: Mu Rwanda abantu 18 bitabye Imana, abarembye ni 42 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 16 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 996. Abitabye Imana ni bagore 8 n’abagabo 8.

    source : https://ift.tt/3kdixYZ

  • Building Resilient Future Health Systems | UG… – #rwanda #RwOT

    Representing a broad range of interdisciplinary backgrounds and academic experience, this sixth MGHD cohort is notably diverse, with students hailing from twelve countries globally including Rwanda, Nigeria, Pakistan, Kenya, Malawi, Democratic Republic of Congo, Zimbabwe, Sierra Leone, Uganda, Burundi, Ethiopia, and Liberia.

    The MGHD'21 Commencement represents the culmination of an intensive year at UGHE, with learning centered on quality, innovation and science. The master's curriculum deliberately knits together the often-siloed areas of global health, including research development, epidemiology, implementation science, One Health, gender equity, history, anthropology, entrepreneurship, leadership, and business management, ensuring its graduates become holistic thinkers and changemakers. 

    UGHE's position in the rural north of Rwanda affords students the opportunity to learn from and live among Burera District communities which, in turn, helps them critically examine the challenges faced by the communities they live in, through cultural, historical and societal analysis.

    'We are proud of our students, whom we have equipped with the knowledge and skills to be among the leaders who will help transform the world and promote the conditions for equitable, quality, and holistic health service delivery for all. The world needs such global health experts, especially today given the current global situation, with climate change leading to natural disasters such as heat waves, droughts, floods, and forest fires. These natural disasters have several consequences, among others, increased hunger and malnutrition, mass displacement, a more precarious situation for the lives of vulnerable people, and increased risks for illness such as those linked to poor management of environmental, animal, and human health that we have seen with COVID-19 and its catastrophic global consequences. All of these facts are rolling back gains in population health outcomes, and our students are equipped to stop and reverse this trend. '– Prof. Agnes Binagwaho, Vice Chancellor, University of Global Health Equity

    In alignment with robust national measures to curb COVID-19 transmission, UGHE was pleased to offer learning in a blended learning format, combining online training via a sophisticated e-learning platform, COVID-19 compliant field visits, and dynamic classroom study leveraging the state-of-the-art facilities on campus. With authorization from the Government of Rwanda, Butaro Campus remained open and operational during the pandemic thanks to robust prevention measures enforced onsite, ensuring critical learning continued uninterrupted. Like their alumni predecessors, this year's intake benefitted from tailored training from UGHE's network of world-class faculty, as well as well as community and faith-based leaders, community health workers and, of course, their diverse cohort.

    'The role of our students as the future's global health changemakers is now more critical than ever as emerging diseases have and continue to threaten the lives of the most vulnerable. Our students leave with the resolute commitment and competency to provide an equitable voice for the historically unvoiced and underserved, and the educational tools to fulfil this challenging, yet pivotal role in the development and innovation of global health systems.' — Prof. Abebe Bekele, Deputy Vice Chancellor of Academic & Research Affairs, University of Global Health Equity

    UGHE's educational mission, and its growing network of alumni, is more vital than ever. The COVID-19 crisis has disproportionately impacted vulnerable populations globally, exacerbated shortages of trained health professionals, and highlighted the need for increased research and manufacturing capacity in low-and middle-income countries to bolster development of life-saving drugs, equipment and now, vaccines. Educating the next generation of compassionate health leaders, skilled clinicians, innovative researchers, scientists, and implementers is critical to driving this forward. This year's graduates depart UGHE equipped with the needed skills and expertise to not only repair inequitable health systems, but also to strengthen them, leveraging firsthand learnings from Rwanda's successful crisis response.

    'We have always prepared ourselves to react according to the science of the day and the need to keep our working teams galvanised to navigate new territory and to always serve our students, employees, contractors and the surrounding community with quality, security, while keeping them safe. During the last year and half, UGHE has constantly evaluated and responded to each challenge posed by the COVID-19 pandemic. We have continuously thought innovatively about organisational structure, supporting all of us so that we could thrive in the face of global uncertainty by planning with a delicate balance for equitable solutions for immediate positive outcomes for all, while securing the future. We are proud to have done it and to have secured continuous authorisation for UGHE to remain safely operational with quality and equity as our guides.' — Rogers Muragije, Deputy Vice Chancellor, Administrative and Financial Affairs, University of Global Health Equity

    In respect of COVID-19 measures, this year's Commencement will be the second to take place virtually, welcoming friends, families, and supporters of the graduates to celebrate the significant milestones this cohort has achieved despite uncertain global circumstances. A small event will take place on campus.

    UGHE are honored to welcome an esteemed line-up of speakers to the ceremony, the elected student representatives, the Hon. Minister of Health, Dr. Daniel Ngamije, the Hon. Minister of Education, Dr. Valentine Uwamariya, and a keynote address from Dr John Nkengasong currently serves as the first Director of the Africa Centres for Disease Control and Prevention (Africa CDC). UGHE's Chancellor, Dr. Paul Farmer, Vice Chancellor, Prof. Agnes Binagwaho, the Dean of the School of Medicine and Deputy Vice-Chancellor of Academic & Research Affairs, Prof. Abebe Bekele, Deputy Vice Chancellor of Administrative & Financial Affairs, Rogers Muragije, Dr. Rex Wong, Associate Professor and Director, Bill and Joyce Cummings Institute of Global Health will also speak to audiences within the ceremony.

    Now, at a time when their skills are needed most, they enter a new chapter as global health leaders, eager to apply their learnings and enact fundamental change in their respective communities, and around the world to contribute to create resilient health delivery system. They join an MGHD alumni network of leaders who situate the institution at the forefront of a collective struggle to advance health equity and accelerate the dissemination of discovery and innovation in global health.

    UGHE looks forward to welcoming a new intake of master's students this September representing 13 countries globally, who will continue to drive forward this mission.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108753/building-resilient-future-health-systems-ughe-graduates-its-sixth-cohort-from-its-master-o-108753.html

  • Ibintu 7 ugomba kwirinda nyuma yo kurya – #rwanda #RwOT

    Ibyo ugomba kwirinda nyuma yo kurya

    1.Irinde koga nyuma yo kurya

    Iyo ukimara kurya, igogorwa rikenera imbaraga zihagije ndetse n'amaraso aba atembera mu bice by'urwungano ngogozi.

    Iyo woze, cyane cyane amazi ashyushye, amaraso atemberera mu bice by'inyuma (ahagana ku ruhu) mu rwego rwo kugabanya ubushyuhe, bityo igogorwa rikagenda nabi.

    Ugomba gutegereza byibuze iminota 30 nyuma yo kurya, ukabona koga.

    2.Irinde kunywa icyayi gishyushye

    Icyayi kibonekamo ibinyabutabire byitwa tannin, bishobora kubuza proteyine wariye kwinjira mu mubiri. Iyo unyweye icyayi nyuma yo kurya, bishobora kubuza kandi umubiri kwinjiza ubutare (iron/fer) bityo ukaba wagira ikibazo cyo kugira ubutare bucye mu maraso (anemia)

    3.Gukora siporo

    Umubiri ukenera umwanya uhagije wo gukora igogorwa ry'ibyo wariye mbere yo gukora imyitozo ngorora mubiri kabone naho byaba ari ukugenda (walking). Iyo ukoze siporo ukimara kurya, igogorwa rigenda nabi, bikaba byatera gutumba inda, kugaruka kw'aside yo mu gifu, kuruka ndetse no kubuza umubiri kwinjiza intungamubiri.

    Ni ngombwa gutegereza byibuze amasaha macye nyuma yo kurya, ukabona gukora sport.

    4.Kuryama ukimara kurya

    Kuryama ukimara kurya bishobora gutera ibibazo bitandukanye mu gifu. Ibikunze kugaragara ni ugutumba, kumva ibintu bivuga mu nda cyangwa se no gusinzira nabi.

    Ni byiza gutegereza byibuze amasaha 2 nyuma yo kurya, ukabona kuryama.

    5.Kwirinda kunywa amazi akonje

    Amazi akonje abangamira bikomeye ndetse agacamo hagati igogorwa cyangwa se icagagurwa ry'ibyo uba wariye, bihinduka uduce duto dushobora kwinjira mu maraso (intungamubiri) kugira ngo bijye gutunga ingirangingo n'uturemangingo dutandukanye.

    Niba ufite inyota mu gihe uri kurya, wanywa amazi ashyushye (y'akazuyazi) kuko yo afasha mu igogorwa.

    6.Kunywa itabi

    Hari abantu bakunda itabi, yamara kurya akumva ashatse kurenzaho itabi. Ibi ni amakosa akomeye, kuko iyo unyweye itabi ukimara kurya, nicotine iboneka mu itabi ihura n'umwuka wa oxygen uba ukenewe ari mwinshi nyuma yo kurya. Bikaba byakora uburozi bukomeye kurusha mu bihe bisanzwe, ari nabwo buvamo kanseri zitandukanye.

    7.Kurya imbuto ukimara kurya

    Bimenyerewe mu mico itandukanye, ko barya imbuto bakimara kurya. Nyamara nubwo bikorwa na benshi, ntibikuraho ko ari ikosa. Imbuto zikenera enzymes (ibi ni ibinyabutabire byitabazwa mu igogorwa) zazo zihariye, iyo uziriye ukimara kurya, bitera igifu kutabasha gukamura neza intungamubiri mubyo uba wariye.

    Ni byiza kurya imbuto igihe mu gifu nta kindi kintu kirimo, nibwo intungamubiri zinjira neza.

    Src:www.healthline.com

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108734/ibintu-7-ugomba-kwirinda-nyuma-yo-kurya-108734.html