Tag: Ubuzima

  • Abaganga babiri bo ku Bitaro bya BAHO International bafunzwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    RIB yavuze ko uwo murwayi wapfuye ari umugore wari ufite imyaka 54 ( amazina ye yagizwe ibanga) akaba yarapfuye ku itariki 9 Nzeri 2021, ubu abashinzwe ubugenzacyaha bakaba barimo gukora akazi kabo, ngo bamenye uburyo uwo murwayi yapfuyemo.

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Thierry B. Murangira, aganira na KT Press yagize ati “Abakekwaho icyaha ni abagabo babiri b’abaganga, harimo umuganga w’abagore (Gynecologist) ndetse n’ushinzwe gutera ibinya (Anesthetist) . Ibizava mu iperereza, bizatangazwa nyuma ” .

    Icyo kibazo kibaye mu gihe mu mezi abiri ashize ibyo Bitaro bya ‘Baho International’ biherereye i Kigali byagize ikibazo cyateje impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga.

    Ku itariki 10 Nyakanga 2021, umuturage wari ufite ikibazo icyo gihe, yakizamuye abinyujije ku rubuga rwa Twitter avuga ko, abaganga bamuhaye gahunda yo kubonana na we saa yine za mu gitondo, ariko aho kumwakira ku masaha bari bamuhaye, bamwakira saa saba.

    Mu gihe abantu batandukanye bakoresha imbuga nkoranyambaga bariho bavuga kuri icyo kibazo ku buryo butandukanye, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwanenze ibitaro bya ‘Baho International ‘ kuba badafata umwanya ngo barebe ibyo abakiriya babavugaho, babikoreshe mu gukosora ibyo abakiriya bagaragaje nk’ibibazo bibabangamiye.

    Tariki 12 Nyakanga 2021, Umuyobozi wa RDB, Clare Akamanzi, abinyujije ku rubuga rwa Twitter, yagize ati “ Ni gute wahinduka, niba udashobora no gufata umwanya ngo wumve ibibazo ugezwaho, nyuma ngo unabikurikirane ? Uku guceceka no kutagira icyo umuntu ashaka gutangaza, ntabwo ari byiza mu mitangire ya serivisi ”.

    Nyuma y’iminsi ibiri ikibazo kivuzweho cyane, ndetse igitutu cy’imbuga nkoranyambaga, cyatumye ibitaro bya ‘Baho international’ bafata umwanya wo gusaba imbabazi, babinyujije mu nyandiko, bavuga ko basaba imbabazi kubera uburyo bakiriye ibibazo bagejejweho binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

    Kayibanda Joseph, Umuyobozi w’ ibitaro bya ‘Baho International’ yagize ati “ Twe, Ibitaro bya ‘Baho International(BIH)’, turashaka gusaba imbabazi rubanda, cyane cyane abakiriya bacu batakiriwe neza, muri iyi minsi ya vuba aha ”.

    Kugeza ubu, hategerejwe ko Minisiteri y’ubuzima itangaza ibyo yagezeho mu igenzura yakoze , nyuma y’uko Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije, abwiye abantu ko Minisiteri ayoboye igiye gukora igenzura ryihuse kuri ibyo bitaro bya ‘Baho International’ bakareba uko imitangire ya serivisi imeze ndetse n’ireme ry’ubuvuzi batanga.

    source : https://ift.tt/3C3x7JH

  • #COVID19: Abantu 5 bitabye Imana, abamaze gukingirwa doze zombi ni 932,692 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 5 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1,158. Abitabye Imana ni umugore 1 n’abagabo 4, abarembye ni 18.

    Kuri uwo munsi ahabonetse abanduye icyo cyorezo benshi ni mu Karere ka Nyagatare (128), Nyamasheke (63), mu Mujyi wa Kigali (35) na Gicumbi (30) nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.

    source : https://ift.tt/3E5w9P1

  • Abarwara Malaria mu Rwanda bagabanutseho miliyoni eshatu mu myaka itanu ishize – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu ubwo hatangizwaga ku mugaragaro igikorwa cyo gutera imiti yica imibu itera Malaria, cyatangirijwe mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Kirehe.

    Akarere ka Kirehe mu 2016 kari gafite abaturage ibihumbi 270 bari barwaye Malaria, 650 bari barwaye iy’igikatu. Iyi mibare yaragabanutse cyane mu 2020/2021 kuko abayirwaye bari ibihumbi 25 mu gihe aka Karere kiyemeje kuyirandura burundu.

    Ku rwego rw’igihugu ho mu 2016 abari barwaye Malaria mu Rwanda bari miliyoni 4.5 mu gihe mu 2020/2021, abayirwaye bageze kuri miyoni imwe n’ibihumbi 400.

    Umuyobozi w’Ishami ryo kwirinda no gukumira Indwara mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Tuyishime Albert, yavuze ko Malaria ari ikibazo gihangayikishije Isi yose muri rusange.

    Yasobanuye ko mu mwaka wa 2016 u Rwanda rwagize Malaria nyinshi cyane aho abagera kuri miliyoni 4.5 bayirwaye mu gihugu hose.

    Yakomeje agira ati “Muri abo bayirwaye twagizemo ibihumbi 18 barwaye Malaria y’igikatu, uko bagenda baremba n’umubare w’abahitanwa nayo wariyongereye, twagizemo abagera kuri 700 babuze ubuzima. Gusa kubera ingamba zitandukanye twafashe mu mwaka ushize wa 2020/2021 uwo mubare waragabanutse ku buryo twagize miliyoni imwe n’ibihumbi 400.”

    Dr Tuyishime yavuze ko abarwaye Malaria y’igikatu bavuye ku bihumbi 18 bagera ku 2500, abahitanwa na yo babaye 96 bavuye kuri 700. Yasobanuye ko iryo gabanuka ryatewe n’ingamba zitandukanye zirimo kuvura abaturage benshi no kwirinda no gukoresha abajyanama b’ubuzima.

    Ati “Mu ngamba rero zitandukanye zidufasha mu kuyirwanya harimo gutera imiti yica imibu aho kuri ubu tuyitera mu turere 12 tuzahaye cyane kurusha utundi.”

    Yavuze ko ubushobozi budahagije ku buryo Leta yatera igihugu cyose gusa ahamya ko nabyo bizagerwaho, yavuze ko kandi kuba abaturage bahabwa inzitiramibu bituma abantu barwaraga Malaria bagabanuka.

    Uhagarariye USAID mu Rwanda no mu Burundi, Jonathan Kamin, yavuze ko yishimiye uburyo u Rwanda rukoresha abajyanama b’ubuzima mu kurwanya Malaria n’izindi ndwara, yavuze ko gutera imiti yica imibu bizafasha cyane mu kugabanya abayirwara ku kigero kiri hejuru cyane.

    -  Gutererwa imiti yica imibu byirukanye Malaria mu baturage

    Bamwe mu baturage baganiriye na IGIHE bavuze ko kubaterera imiti yica imibu byatumye batarwara Malaria mu myaka itanu ishize.

    Mukankuranga Donatille utuye mu Mudugudu wa Kabeza mu Kagari ka Gahama mu Murenge wa Kirehe, yavuze ko we n’umuryango we baheruka kurwara Malaria mu myaka itanu ishize.

    Ati “Uyu muti baduterera udufasha mu kurwanya imibu, mbere batarawuduterera imibu yaraduteraga ikadutera Malaria, abana bakarwaragurika cyane ariko nyuma yo gutangira kuduterera ubu ntabwo iwanjye barongera kurwara.”

    Umujyanama w’Ubuzima mu Murenge wa Kirehe witwa Kaberuka Froduard, we yavuze ko agereranyije umubare w’abamugana asanga banduye Malaria ari bake cyane ugereranyije no mu myaka itanu ishize, ibi ngo byatewe nuko bose batererwa imiti yica imibu bakanarara mu nzitiramibu ziteye imiti.

    U Rwanda rufite intego yo kurandura Malaria burundu mu mwaka wa 2024, ibi bikazagerwaho mu gihe abaturage bose bazajya batererwa imiti yica imibu iyitera, kuryama mu nzitiramibu ku baturage bose ndetse gukoresha abajyanama b’ubuzima mu kuvura abaturage n’izindi ngamba nyinshi zagiye zikorwa.

    Mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Kirehe hatangirijwe ubukangurambaga ku gikorwa cyo gutera imiti yica imibu itera Malaria

    Bateye imiti mu nzu y’umuturage

    Umuyobozi w’Ishami ryo kurwanya Indwara muri RBC, Dr Tuyishime Albert, yavuze ko abarwara Malaria bagabanutseho miliyoni eshatu mu myaka itanu

    Abarwara Malaria mu Rwanda bagabanutseho miliyoni eshatu mu myaka itanu ishize

    source : https://ift.tt/3E4Jo2l

  • Ibyo Covid-19 ikoreye ikipe y'U Burundi ni akumiro – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ibyo Covid-19 ikoreye ikipe y'U Burundi iri mu marushanwa ya Volley-ball mu Rwanda si byiza habe na mba. Amakuru dukesha RBA ni uko Umukino wagombaga guhuza Burkina Faso 🇧🇫 n'u Burundi 🇧🇮 (Saa 10h00) mu mikino ya shampiyona ya Afurika ya Volleyball iri kubera mu Rwanda, wasubitswe kubera ubwandu bwa #Covid19 bwabonetse mu bakinnyi b' u Burundi.

    Ikipe y'U Burundi

    Source : https://yegob.rw/ibyo-covid-19-ikoreye-ikipe-yu-burundi-ni-akumiro/

  • Imfungwa n’abagororwa bazakomeza gukingirwa uko inkingo za Covid-19 zigenda ziboneka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga nyinshi muri gahunda yo gukingira abaturage bayo kugira ngo badakomeza kuzahazwa n’iki cyorezo cyibasiye Isi guhera muri Werurwe 2020 aho kimaze guhitana abasaga Miliyoni 4 n’ibihumbi 600 barimo abarenga ibihumbi 177 bo ku mugabane wa Afurika, harimo 1,153 bo mu Rwanda kugeza tariki 09 Nzeri 2021.

    U Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu gukingira abantu benshi kandi bo mu byiciro bitandukanye harimo n’abari muri gereza.

    Umuvugizi w’urwego rw’amagereza mu Rwanda, SSP Gakwaya Pelly Uwera, avuga ko batangira gahunda yo gukingira batangiriye ku bakuze n’abafite indwara zidakira nk’uko byakozwe n’ahandi hatari muri gereza ariko ngo uko inkingo zikomeza kuboneka niko bagenda bakingira n’ibindi byiciro.

    Ati “Uko inkingo zigenda ziboneka natwe turifuza gukingira buri mugororwa wese aho ava akagera agakingirwa kugira ngo turebe ko na bo nk’abandi Banyarwanda uburenganzira bwabo bwose babubona”.

    Muri Gereza 10 ziri mu Rwanda habarirwa imfungwa n’abagororwa basaga ibihumbi 70 barimo abagore basaga gato ibihumbi 5.

    Mu Rwanda hamaze kwakirwa ubwoko bw’inkingo za covid-19 burimo AstraZeneka, Pfizer, Sonipharm hamwe na Johnson & Johnson.

    Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko bafite intengo y’uko uyu mwaka wa 2021 uzajya kurangira mu Rwanda hamaze gukingirwa byibuze 30% by’abagomba gukingirwa naho umwaka utaha ukazarangira byibuze hakingiwe 60%.

    source : https://ift.tt/3hiR87b

  • #COVID19: Abantu 6 bitabye Imana, i Nyaruguru habonetse abarwayi benshi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 6 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1,153. Abitabye Imana ni abagore 3 n’abagabo 3, abarembye ni 15.

    Kuri uwo munsi ahabonetse abanduye icyo cyorezo benshi ni mu Karere ka Nyaruguru (60), Rwamagana (40), Gicumbi (34), mu Mujyi wa Kigali (34) n’i Karongi (33) nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.

    source : https://ift.tt/2X9HFYo

  • U Rwanda rurateganya korohereza abantu kubona ibinini birinda umuntu kwandura VIH – #rwanda #RwOT

    Umwaka ushize wa 2020 nibwo hatangiye igeragezwa ry’ibi binini mu Rwanda, bitangirira mu bigo nderabuzima icumi byo mu Mujyi wa Kigali ngo harebwe ubushobozi bifite bwo kurinda umuntu kwandura VIH, nyuma bibone gukwirakwiza hose nkuko bitangazwa na The New Times.

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, gitangaza ko kugeza ubu ibi binini bimaze kugera mu bigo nderabuzima 192 mu gihugu hose, aho biri kugeragerezwa ku bafite ibyago byinshi byo kwandura virus itera SIDA.

    Umukozi wa RBC mu Ishami rishinzwe kurwanya SIDA, Ayingoma Jean Pierre, yagize ati “Ubu amatsinda y’abantu bahabwa ibyo binini ni abashakanye umwe ufite HIV undi ntayo, aho utayifite abifata kugira ngo atayandura. Irindi tsinda ni iry’abakora akazi k’uburaya kuko baryamana n’abantu benshi kandi inshuro bakoresha agakingirizo zikaba ari nke.”

    “Irya Gatatu ni iry’ababana bahuje ibitsina kuko nabo baba bafite ibyago byinshi byo kwandura aka gakoko cyangwa se batanazi uko bahagaze.”

    Ayingoma akomeza avuga ko mu gihe igeragezwa ry’ibi binini rirangiye, bazatangira kureba uko byashyirwa muri ‘pharmacie’ hirya no hino mu gihugu ndetse no mu bigonderabuzima ku buryo buri wese ubishaka yabibona.

    Umuyobozi mu Muryango Uharanira Guteza Imbere Ubuzima (HDI), Ingabire Emery Jocelyne, avuga ko hari porogaramu bafite igenewe aba bantu bafite ibyago byinshi byo kwandura VIH, akaba ariyo yifashishwa mu kubamenya no kubaha ubufasha bukenewe nko guhabwa ibi binini.

    Ati “Ni iby’ingenzi ko dutangirira kuri aya matsinda, kuko nk’urugero, abakobwa cyangwa abagore bakora akazi k’uburaya bafite ibyago bya kwandura VIH ku rugero rwa 45.8% mu gihe ku bandi bantu basanzwe ari 3%.”

    Ikigo gishinzwe kurinda no kurwanya indwara, CDC, gitangaza ko ibinini bya PrEP bifite ubushobozi bwo kurinda VIH ku rugero rwa 99% igihe ‘byafashwe neza hakurikijwe amabwiriza ya muganga’ gusa ubushobozi bw’uyu muti bushobora kuba buke bitewe n’uko ufatwa cyane ku bawitera bakoresheje inshinge.

    Imibare yo mu 2019 ya RBC igaragaza ko ikigero cyo kwandura VIH/SIDA mu Rwanda kiri kuri 3% ndetse ko habarurwa abantu bakuru 21o.200 bafite VIH, aho benshi muri bo ari abagore.

    U Rwanda ruri guteganya uburyo ibinini bya PrEP byakwirakwiza muri za Pharmacie no mu bigo nderabuzima kugira ngo ubishaka wese abibone

    source : https://ift.tt/3nvPPpx

  • Sobanukirwa byinshi byagufasha kurinda ibihaha no gutuma bikora neza. #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Menya uko warinda ibihaha
    Menya uko warinda ibihaha

    Ibihaha ni byo bituma umubiri ubasha kwakira umwuka mwiza uwufasha gukora neza no guhumeka umwuka wa oxygène. Si ibyo gusa, kuko ibihaha bifite akandi kamaro karenze ako, kuko bikora umurimo wo kuyungurura uburozi n’ibindi bintu byakwangiza umubiri biwinjiramo binyuze mu myanya y’ubuhumekero.

    Ibihaha rero, kimwe n’izindi ngingo zigize ubuzima bwa muntu nk’umutima n’impyiko, bihura n’indwara nyinshi n’ibindi bibazo binyuranye, cyane cyane mu bihe by’icyorezo nka Covid-19.

    Ni gute byarindwa ibyo byago bigasigasirwa?

    Kugira ngo ibihaha bikore neza kandi birindwe, umuntu agomba kumenya kwita ku mirire ye, kubikoresha (Imyitozo ngororangingo), gusukura aho uba, kwirinda imyuka ihumanya ikirere n’ibindi.

    1. Kurinda ibihaha

    Kwirinda kunywa itabi, kwirinda guhumeka imyuka yo mu kirere yanduye, kwivuza indwara zo mu buhumekero, gukingura amadirishya n’imiryango byibuze mu gihe cy’iminota 20 ku munsi kugira ngo hinjire umwuka mwiza ndetse no gusukura kenshi aho uba urwanya ivumbi.

    Ni byiza kwambara agapfukamunwa (mask) mu gihe urimo gukora imirimo yatuma uhura n’ibihumanya ibihaha (gukubura ahari imikungungu cyangwa ivumbi, mu gihe urimo gukoresha imiti isukura irimo ibihumanya,…)

    2. Kubikoresha

    Gukora imyitozo ngororamubiri (kugenda n’amaguru ariko wihuta), kugenda ku igare mu gihe cy’iminota 30 byibuze inshuro eshatu mu cyumweru.

    3. Gusukura ibihaha

    Gukora imyitozo ya Yoga izwi nka “Khapalabati”, mu gihe cy’iminota iri hagati y’itatu n’itanu byibuze inshuro eshatu mu cyumweru.

    Uko ikorwa: Kwicara neza umugongo urambuye (wemye) ugashyitsa ibiganza ku bibero. Guhumeka inshuro ebyiri winjiza umwuka binyuze mu mazuru ukawusohora binyuze mu kanwa. Ibi bikorwa umuntu ashonje cyangwa se nyuma y’amasaha hagati y’abiri n’atatu amaze kurya.

    4. Kwita ku mafunguro ufata

    • Ibishyimbo

    Mu bishyimbo harimo intungamubiri zinyuranye zituma biba ifunguro ry’ingenzi. Muri izo ntungamubiri iy’ingenzi ku buzima bw’ibihaha ni vitamini B9 (folate cyangwa folic acid). Ubushakashatsi bwagaragaje ko iyi vitamini ifasha umubiri guhangana na COPD, iyi ikaba indwara ya karande yangiza ibihaha cyane.

    • Ifi za salmon

    Izi fi zikungahaye ku binure bya omega-3, ibi bizwiho kurwanya kubyimbirwa mu mubiri, by’umwihariko ku bihaha.

    Asima ni imwe mu ndwara zo kubyimbirwa kw’ibihaha, kandi mbi cyane. Rero kuba iyi omega-3 ifasha mu guhangana no kubyimbirwa bituma ibyo ibonekamo biba ibyo kurya byiza mu guhangana na yo no kurinda ko ihora igaruka. Ahandi iyi omega-3 iboneka ni mu bunyobwa.

    • Inkeri

    Inkeri zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi harimo vitamini E, polyphenols, ibirwanya uburozi mu mubiri na anthocyanins. Ibi byose bizwiho kurwanya kanseri zinyuranye bityo bikaba bituma inkeri zifasha mu gutuma bitarwara kanseri bikanabirinda indwara zabifata ziterwa na mikorobi.

    • Tangawizi

    Iki kirungo kiri mu biza ku mwanya wa mbere mu gufasha imikorere myiza y’ibihaha. Impamvu nyamukuru ni uko tangawizi ifite ingufu zo gusohora imyanda mu nzira z’ubuhumekero. Iyi myanda ni yo itera ibibazo mu bihaha byanatera kanseri. Gukoresha tangawizi birwanya kubyimbirwa na kanseri byo mu bihaha.

    • Tungurusumu

    Tungurusumu ifite byinshi itumariye gusa icy’ingenzi ni uko ituma umubiri w’umuntu hari ‘enzyme’ ukora. Iyi enzyme ikaba ifasha umubiri n’ibihaha gusohora imyanda n’ibitera kanseri birimo. Ibi bituma Tungurusumu iba ingenzi mu kubisukura no gukuramo ibitera kanseri.

    • Karoti

    Muri zo dusangamo carotenoids, zizwiho guhangana na kanseri y’ibihaha. Kugirango uzibone zihagije bisaba ko karoti uzihekenya aho kuziteka. Gusa n’iyo waziteka wakwirinda kuzikaranga bityo ibyiza byazo bikakugeraho uko bingana.

    • Amapera

    Imbuto n’imboga bikize kuri vitamini C ntibirinda kanseri gusa ahubwo binafite ubushobozi bwo guhangana na virusi, bikaba rero bizwiho by’umwihariko guhangana n’umusonga, indwara y’ibihaha yibasira cyane abana bari munsi y’imyaka 5. Amapera rero akaba akungahaye kuri vitamini C bityo bikaba ari byiza kutabura ipera ku byo kurya.

    • Pome

    Mu gihe izindi mbuto ari nziza mu kurinda umubiri zikoresheje vitamini C izirimo, pome zo zikize ku bisukura umubiri hamwe na fibre. Ubushakashatsi bwerekanye ko kurya pomme bigabanya ibyago byo kurwara indwara z’ubuhumekero, ndetse bavuga ko pome imwe ku munsi yakurinda kujya kwa muganga.

    • Ikinzari

    Mu birungo by’ibinzari habamo ‘curcumin’ kuva kera izwiho kurinda no kuvura kanseri. Uretse ibi kandi binafasha mu kurwanya kubyimbirwa bityo bikarinda asima n’izindi ndwara zibasira ibihaha.

    • Amazi

    Kunywa amazi ni ingenzi kandi ni byiza mu buzima. Icyokora kugira amazi mu bihaha byo ni uburwayi, ariko kuba umubiri ufite amazi ahagije ni byiza kuri byo kuko abifasha gusohora imyanda n’uburozi.


    source : https://ift.tt/3heAVQc

  • Abantu 6 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda abandi 483 barayandura #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Nzeri 2021, COVID-19 yahitanye abantu 6 barimo umugore 1 n'abagabo 5, bagejeje abamaze gupfa ku 1,147.

    Abarwayi bashya babonetse ni 483 bangana na 3.9% by'ibipimo byafashwe mu masaha 24.

    Uyu munsi abarwayi basezerewe mu bitaro ni 4 mu gihe abashya babihawe ari 16.Abakingiwe uyu munsi ni 2,247 bagejeje abamaze gukingirwa kuri 1,666,457 barimo 920,197 bamaze guhabwa doze ya 2 y'urukingo.

    Inzego z'ubuzima ziraburira buri wese kwitwararika kuko mu Gihugu hari ubwoko bwa COVID-19 yihinduranyije bwitwa Delta bugize hafi 60% y'ubwandu bushya, bukaba bwandura vuba kandi bugatuma abantu banaremba vuba ndetse bamwe bakagira n'ibyago byinshi byo kubura ubuzima.

    Ku wa 1 Nzeri 2021, Guverinoma y'u Rwanda yafashe ingamba nshya zijyanye no kwirinda COVID-19, aho mu Mujyi wa Kigali ingendo zibujijwe guhera saa yine z'ijoro (10:00 PM) kugeza saa kumi za mugitondo (4:00 AM) . Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa tatu z'ijoro (9:00 PM).

    Ahandi mu Gihugu, ingendo zirabujijwe guhera saa tatu z'ijoro (9:00 PM) kugeza saa kumi za mugitondo (4:00 AM) (Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa mbiri z'ijoro (8:00 PM)). Icyakora mu Turere twa Burera, Gicumbi, Kirehe, Ngoma, Nyagatare, Nyamasheke, Nyaruguru na Rwamagana dufite imibare y'abandura COVID-19 iri hejuru kurusha ahandi, ingendo zirabujijwe guhera saa mbiri z'ijoro (8:00 PM) kugeza saa kumi za mugitondo (4:00 AM). Muri utwo turere, ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa moya z'ijoro (7:00 PM).

    Ingendo hagati y'Umujyi wa Kigali n'lntara ndetse n'Uturere tw'lgihugu zizakomeza gukora, ndetse imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zemerewe gutwara abantu bangana na 75% by'umubare zemerewe gutwara.

    Mu gihe u Rwanda rutaragera nibura ku rugero rwa 60% bagomba gukingirwa, buri wese arasabwa kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ari yo gusiga intera ya metero, kwambara neza agapfukamunwa no gukaraba intoki kenshi bakoresheje amazi meza n'isabune cyangwa alukolo yabugenewe.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-6-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-483-barayandura

  • Ubuhamya: Abaganga babonaga byarangiye, Julie Imana imusubiza ubuzima kubw’amasenegsho y’abera #rwanda #RwOT

    Mu masaha y’urukerera rwo kuwa 12 z’ukwa 6/ 2013, Reagan w’imyaka 16 yicuye ntiyongera kubasha gusinzira! Ati' Nakangutse nkangutse, mpita nakira terefone yari irimo gusona. Uwo yari mama, mu byo yambwiye byose ni uko yari ankeneyeho ubufasha ngo ntiyabashaga guhumeka.' Reagan yahise amanuka asanga mama we.

    Julie wari warabatswe n’itabi ndetse arwaye na asima, yari arimo guhumeka insigane arembye. Reagan ati'Nahise numva isengesho muri njye ridahagarara mu mutwe wanjye, nti ‘Mana ndakwinginze, ndakwinginze mfasha’, kuko nabonaga mama byamurangiranye agiye gupfa, niko guhita mpamagara kwa muganga baza kumutwara'.

    Mbere y’uko ambiranse igenda, papa wa Reagen yabasabye kugumana n’abavandimwe be, abasaba kwihangana ababwira ko mama wabo aza kumererwa neza akagaruka vuba.

    Ku bitaro ibyo kumererwa neza byari kure. Ibihaha bya Julie kwa muganaga ntacyo babonagamo, nk’uko muganga abisobanura ati' Uko yakomezaga guhumeka tumusuzuma, twabonaga ahumeka nabi! Kandi byagaragaraga ko guhumeka kwe bitameze neza, ibihaha byari byarangiritse. Byabaye ngombwa ko ajyanwa mu ndembe aho yasuzumwe inshuro 3, biza no kugaragara ko arwaye na stroke.

    Kelly umuforomokazi w’imyaka 20 wari mu itsinda ryamwitagaho, nawe yashenguwe n’ubwo burwayi bwa Julie. Yagize ati' Nari ndi ahongaho mugirira impuwe, musezeraho! Hashiraga nk’iminota 10 tukaja kumureba, ariko ubwo ikizere cyose nari mfite cyari kimaze kuyoyoka!' Umuryango wa Julie wateraniye aho ku bitaro binjira mu masengesho. Reagan ati' Hari ubwo twagiraga tuti’ Mana turakwinginze dufashe, turabizi urimo kutureba, turabizi ko uri kumwe natwe, turakwinginze!'

    Byaje kugaragara ko Julie amaraso ye yari yaragize ikibazo cyo gufatana, atarimo gutembera neza. Abaganga bakagaragaza ko amahirwe Julie yahabwaga yo kubaho yari hafi ya ntayo 'Yari mu by’uma bimufasha kongera umwuka, ndetse rwose n’amaraso ye ntiyabashaga gutembera neza!”

    Dr Blair wari ukuriye itsinda ry’abaganga ryarimo kumwitaho, yabuze uburyo aributangazemo iyo nkuru mbi ku muryango wa Julie. Muganga ati' Namenye Julie mu myaka 10 ishize kandi igihe mama w’abana banjye yitabaga Imana, Julie ni umwe mu b’ingenzi batubaye hafi by’umwihariko ku bana banjye. Impanga za Julie, nibo bahumurije impanga zanjye'.

    Reagan umukobwa wa Julie ati' Barambwiye ngo mama wanyu ntabwo azakira, gende umusezereho' Tuti ntibishoboka mama wacu aramererwa neza, kubera ko twari twizeye ko Imana iri kumwe natwe'. Imiryango myinshi yari ihangayikishijwe na Julie, aho abarenga ijana bari bateraniye aho mu cyumba ku bitaro basenga, kandi banatanga inkunga zabo aho byari ngombwa. Reagan ati' Abantu basengeraga hamwe, hari n’abasengaga hirya no hino aho bari, n’abo ku rusengero barazaga tugasenera hamwe'

    'Nagiye mu cyumba aho bari bategerereje, nsanga abantu 50 basenga kandi bafite ukwizera kumwe! Bizeye imbaraga z’amasengesho kandi biringiye ko Julie ari bukire nta kabuza, nakubwira ko byari ibintu bitangaje!' Dr Blair

    Igitangaza cyarabaye Julie arakira!

    Julie yaje kubaho iryo joro, ariko abaganga ntabwo bari bafite ikizere kinshi kuri uko gukira kwe, kubera ko atabashaga guhumeka ubwe hatabayeho ibyuma. Ikindi ni uko n’impyiko ze zari zarangiritse. Julie yaje kujyanwa ku bindi bitaro byisumbuyeho, aho Dr Blair yakoranye n’itsinda ry’abaganga 12, ngo barebe uko barokora ubuzima bwa Julie.

    Kuri iyi nshuro, hafi mu gihugu hose abantu barimo kumusengera. Uko ibyumweru byakurikiranye, Julie yagiye azanzamuka' Yagendaga amererwa neza, tukabona ko ibyo byose byari ukubera Imana' Umukobwa we nibyo yavuze. Kera kabaye impyiko za Julie nazo zatangiye kongera gukora neza!

    Hafi mu kwezi kose Julie ari muri koma, yaje gukanguka! Abyivugira muri aya magambo ati' Nkangutse, nta gitekerezo nari mfite cy’aho nari ndi, sinari nzi ibyabaye, sinari nzi iby’umuryango wanjye n’inshuti!'. Julie avuga ko ikintu kimwe yibuka ni uko yari kumwe na Yesu, ati' Sinabona amagambo nabivugamo, kuko aho nari ndi numvaga umunezero, amahoro, numva nshecetse!'

    Nyuma y’amezi atatu atorohewe, Julie yatangiye kujya hanze y’ibitaro. Kugeza uyu munsi ibihaha n’impyiko bya Julie byongeye gukora nk’uko bisanzwe! Ikidi ni uko yabohotse burundu ntakibaswe n’ibiyobyabwenge. Julie, abagize umuryango we, inshuti ze, kongera kubaho kwe babihinira mu kintu kimwe, 'Amasengesho'. ' Ni igitangaza kubona yarakangutse akaba agenda, ubu akaba amwenyura, aseka. Sintekereza ko uyu munsi yari kuba ari aha iyo hatabaho abamusengeye'.

    'Yaba abo nzi n’abo ntazi bansengeye, nzi ko amasengesho ari yo mpamvu yonyine yo kuba ndi hano'. Julie ni ko yihamiriza ubwe. Uko umusi utashye ubutunzi bwa Julie ni umubano wimbitse na Yesu. Ati' Imana irakurinda, ariko ugomba gutuza ugatega amatwi. Nizera ko Imana ari yo itubundikira muri byose, ariko igihe twishingikirije amasengesho nibwo twagera kuri buri kintu cyose dutegereje ku Mana.

    Source: 700 Club Interactive

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Ubuhamya-Abaganga-babonaga-byarangiye-Julie-Imana-imusubiza-ubuzima-kubw.html