Tag: Ubuzima

  • Covid-19 yahitanye abantu 7 mu Rwanda abandi 224 barayandura #rwanda #RwOT

    Abarwayi bashya babonetse ni 224 bangana na 1.3% by'ibipimo byafashwe mu masaha 24.Uyu munsi abantu 36,872 ni bo bahawe doze ya 2 y'urukingo.

    Abaturarwanda barashishikarizwa kubahiriza amabwiriza atangwa n'inzego z'ubuzima mu gukumira ikwirakwira ry'icyorezo, ari yo kwambara agapfukamunwa neza, guhana intera, gukaraba intoki kenshi bakoresheje amazi meza n'isabune cyangwa gukoresha alukolo yabugenewe.

    Ikibazo cy'imyumvire ishingiye ku myemerere kiri mu bitera kwiyongera kwa Covid-19 nkuko byagaragajwe n'ubushakashatsi bwakozwe n'Ikigo cy'Igihugu cy'Ubuzima (RBC).

    Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko imyumvire ishingiye ku myemerere ituma bamwe basanisha COVD-19 n'imperuka y'Isi, ko gukingirwa ari ukwakira Ikimenyetso cy'inyamaswa cyangwa umugambi wo kumaraho abantu ku Isi n'ibindi.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima ushinzwe ubuvuzi bw'Ibanze Lt Col Dr. Mpunga Tharcisse, yashimangiye ko impamvu iyo myumvire itaracika burundu ahanini biterwa n'uruhare rw'abayobozi b'amadini n'amatorero, kuko ari bo bayobora intekerezo n'imyitwarire y'abayoboke babo.

    Yagize ati: 'Mu madini n'amatorero, abafitemo ibihuha bishingira ku bayobozi ubwabo kuko ni bo babigisha, mu nsengero nta mukirisitu ubaza ijambo ibyo wamubwiye ni byo ajyana; ni ukuvuga ngo we ntabwo afite umwanya wo kujya impaka. Uwamwigishije ni we turimo kuzana ahangaha tukamubwira tuti ariko we yarakingiwe, afite ubwo bwirinzi? Nagire uruhare atere intambwe yo kwigisha ko utarakingirwa agomba kwirinda akarinda n'abandi kuko atabikoze gutyo n'ubundi bazarwara, nibarwara bashobora no gutakaza ubuzima.'

    Yakomeje avuga ko amadini n'amatorero afite uruhare rukomeye mu guhangana n'iki cyorezo, cyane ko Abanyarwanda hafi ya bose bizera Imana. Yongeyeho kandi ko abanyamadini n'amatorero bakwiye kumenya ko abo COVID-19 yica ari bagenzi babo bityo imyumvire ituma batirinda idashobora kubakingira ibyago byo kwandura, kuremba no kubura ubuzima.

    Umuyobozi wungirije w'Impuzamadini n'Amatorero mu Rwanda (RIC), akaba na Mufti w'u Rwanda Sheikh Hitimana Salim, na we yashimangiye ko icyorezo cya COVD-19 kitazi imyumvire n'imyemerere y'abantu n'ibindi bibatandukanya nk'ubwenegihugu, ibara ry'uruhu n'ibindi, ari na yo mpamvu ntawukwiye kubyitwaza ngo arenge ku mabwiriza yashyiriweho kwirinda.

    Yavuze ko nk'abahagarariye imiryango ishingiye ku myemerere bamaze gutera intambwe yo kuba bandebereho bikingiza, kandi bubahiriza amabwiriza yose agamije kubungabunga ubuzima, bakaba bakomeje urugendo rwo kubikangurira abo bayobora.

    Yagize ati: 'Ndabanza gushima Igihugu cyacu cyabashije kutubonera inkingo ndetse natwe nk'abanyamadini tukabasha kugenerwa ayo mahirwe. Twarikingije rero kandi RIC yarabikurikiranye, n'icyiciro cyari gisigaye mu minsi ishize cy'abantu bakora mu nzego zihura n'abantu benshi cyane na bo mu minsi ishize bararangije nta kibazo dufite. Ariko mbere y'uko twikingiza gahunda z'ubukangurambaga twazitangiye rugikubita icyorezo kikigera mu Gihugu cyacu.'

    Yakomeje ashimangira ko abafite imyumvire idasesenguye ikomeza gushora ubuzima bw'abantu mu kaga, ashimangira ko RIC irimo gutegura uko yahura na bamwe mu bagaragaza ubutagondwa kugira ngo baganirizwe banerekwe ko iki cyorezo kititaye ku bumenyi budahagije umuntu agifiteho.

    Umuyobozi w'Umuryango World Relief uhagarariye ibikorwa by'amadini n'amatorero mu guteza imbere imibereho myiza y'abaturage Moses Ndahiro, yavuze ko bafatanyije na Minisiteri y'Ubuzima bagahura n'abayobozi kugira ngo bafatanye kongera imbaraga mu rugamba rwo guhangana n'iki cyorezo harimo no kurwanya imyumvire idindiza urwo rugamba.

    Nubwo hakiri abafite imyumvire idahwitse, Leta y'u Rwanda izirikana uruhare rw'amadini n'amatorero mu rugamba rwo guhangana n'icyorezo cya COVID-19 kuko yakoranye ibakwe mu gutanga urugero rwiza ashyira mu bikorwa ingamba zose zigamije kurinda no kurinda abayoboke kuva icyorezo cyagera mu Gihugu.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/covid-19-yahitanye-abantu-7-mu-rwanda-abandi-224-barayandura

  • Abanyarwanda 1,352,078 bamaze guhabwa dose ebyiri z’urukingo rwa Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Mu bipimo 17,179 byafashwe, abantu 224 basanzwemo icyorezo cya Covid-19, mu gihe abashya binjiye mu bitaro bagera kuri batandatu, bituma umubare w’abarembye ugera kuri 23.

    Abitambye Imana uyu munsi ni abantu barindwi, bituma umubare w’abamaze kwitaba Imana bagera kuri 1,206.

    Abarwaye muri rusange bagera kuri 2,568.


    source : https://ift.tt/3hLkHi0

  • Umusore yapfuye nyuma yo gukoresha viagra ngo yemeze inkumi. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umusore wo muri Nigeria yitabye Imana nyuma yo kunywa ibinini byongera umurego igitsiba(viagra) ngo yemeze umukobwa bari bagiye kuryamana.

    Amakuru ya Kenyi daily News avuga ko uyu mugabo yafashe Viagra (Meinnah) ikabije kandi akayigerageza yiteguye umukobwa w'inshuti ye uzwi nka Precious i Agbor, muri Leta ya Delta muri Nigeria.

    Uyu mugabo utatangajwe amazina, yateguye ibintu byose mu cyumba cye kugira ngo ashimishe umukunzi ariko ikibabaje ni uko yatakaje ubuzima atamushimishije. Umukobwa avuga ko yasanze umukunzi we yari yamaze kunywa ibinini ngo igitsina cye kigume guhagarara.

    Precious waryamanye n'uyu mugabo yagize ati: 'Tugeze mu cyumba n'ijoro, twatse ibiryo. Umugabo yatse yam porridge wenyine njyewe antegeka kurya indomie (noode). Twembi twararyamye nyuma ya saa kumi n'imwe za mu gitondo dukora imibonano mpuzabitsina. Nyuma, twembi twongeye kuryama ariko igitsina cyigihagaze'.

    Ati 'Umuseke utambitse, mbyuka mva mu cyumba cya hoteri, ngerageza kumukangura ngo ampe amafaranga nemeranijwe nawe ariko nsanga yapfuye'.

    Precious yavuze ko yagerageje kumushyira amazi mu maso no kuyamusuka ariko ntacyahindutse, ahitamo gutabaza.

    Source : https://yegob.rw/umusore-yapfuye-nyuma-yo-gukoresha-viagra-ngo-yemeze-inkumi/

  • Covid-19 yahitanye abantu 5 mu Rwanda abandi 488 barayandura #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri, COVID-19 yahitanye y'abagore 4 n'umugabo 1 bagejeje abamaze gupfa ku 1,180 mu Rwanda.

    Abarwayi bashya babonetse babaye 488 bangana na 3.7% by'ibipimo byafashwe.

    Uyu munsi abantu 54,324 bahawe doze ya kabiri y'urukingo rwa COVID-19.Abasezerewe ni 7.

    Inzego z'ubuzima ziraburira buri wese kwitwararika kuko mu Gihugu hari ubwoko bwa COVID-19 yihinduranyije bwitwa Delta bugize hafi 60% y'ubwandu bushya, bukaba bwandura vuba kandi bugatuma abantu banaremba vuba ndetse bamwe bakagira n'ibyago byinshi byo kubura ubuzima.

    Ku wa 1 Nzeri 2021, Guverinoma y'u Rwanda yafashe ingamba nshya zijyanye no kwirinda COVID-19, aho mu Mujyi wa Kigali ingendo zibujijwe guhera saa yine z'ijoro (10:00 PM) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 AM) . Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa tatu z'ijoro (9:00 PM).

    Ahandi mu Gihugu, ingendo zirabujijwe guhera saa tatu z'ijoro (9:00 PM) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 AM) (Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa mbiri z'ijoro (8:00 PM)). Icyakora mu Turere twa Burera, Gicumbi, Kirehe, Ngoma, Nyagatare, Nyamasheke, Nyaruguru na Rwamagana dufite imibare y'abandura COVID-19 iri hejuru kurusha ahandi, ingendo zirabujijwe guhera saa mbiri z'ijoro (8:00 PM) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 AM). Muri utwo turere, ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa moya z'ijoro (7:00 PM).

    Ingendo hagati y'Umujyi wa Kigali n'lntara ndetse n'Uturere tw'lgihugu zizakomeza gukora, ndetse imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zemerewe gutwara abantu bangana na 75% by'umubare zemerewe gutwara.

    Mu gihe u Rwanda rutaragera nibura ku rugero rwa 60% bagomba gukingirwa, buri wese arasabwa kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ari yo gusiga intera ya metero, kwambara neza agapfukamunwa no gukaraba intoki kenshi bakoresheje amazi meza n'isabune cyangwa alukolo yabugenewe.


    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/covid-19-yahitanye-abantu-5-mu-rwanda-abandi-488-barayandura

  • Yemeye gucibwa ukuguru kugira ngo arokore umwana yari atwite [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Kathleen Osborne yavuze inkuru ishimishije yukuntu yagombaga gucibwa ukuguru kugirango aha umwana we amahirwe yo kubaho.

    Ku nshuro ya gatatu, Kathleen w'imyaka 28 bamusanganye kanseri, ariko nanone yari atwite amezi ane, nubwo atari abizi.

    Nyuma yo gukorerwa MRI, abaganga bamubwiye ko afite amahitamo 2 ariyo gukuramo inda kugira ngo atangire imiti ya Chemotherapy cyangwa kwemera gucibwa ukuguru akamurokora.

    Nyuma y'umunsi umwe, Kathleen, amaze kubitekerezaho cyane, yahisemo ko bamuca ukuguru kw'iburyo kugira ngo akureho kanseri y'amagufwa.

    Kumubaga byagenze neza, kandi Kathleen yibarutse umwana we Aida-May nyuma y'ibyumweru umunani abazwe.

    Kathleen agira ati: 'Nishimiye ko nafashe icyemezo cyo gutakaza ukuguru kwanjye kuko byampaye umukobwa wanjye.

    Iyo ntaba naraciwe ukuguru icyo gihe, nari kubura umwana wanjye kandi ngafata imiti byashobokaga ko idashobora no gukiza ukuguru kwanjye nyuma.

    “Ntabwo nari kubona umwana wanjye iyo ntabikora, byari bikwiye rero. “

    Uyu mubyeyi w'abana batatu bamusuzumye bwa mbere kanseri afite imyaka 11 gusa – nyuma yo kubabara ukuguru kw'iburyo muri 2005.

    Kathleen yatewe chemotherapy nyuma yo gusanganwa kanseri y'amagufwa kandi igice kinini cy'ivi cyakuweho, hanyuma n'inkoni ebyiri z'icyuma zinjizzwa mu kuguru.

    Uyu mugore yamenye ko atwite ubwo yari amaze gusanganwa kanseri ahitamo ko bamuca ukuguru kugira ngo abyare umwana we w'umukobwa yifuzaga dore ko yari afite abahungu 2.



    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/yemeye-gucibwa-ukuguru-kugira-ngo-arokore-umwana-yari-atwite-amafoto

  • U Rwanda rwiyemeje guca burundu ‘Hépatite C’ mbere y’uko uyu mwaka urangira #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Igihugu cyose bari muri gahunda yo gupima Hépatite C
    Igihugu cyose bari muri gahunda yo gupima Hépatite C

    Raporo y’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), iragaragaza ko kubera ingamba zashyizweho na Leta y’u Rwanda, abahitanwaga n’iyo ndwara bavuye kuri 4%, ubu bakaba bageze hagati ya 1 na 2% y’abafite iyo ndwara.

    Dr Sabin Nsanzimana, Umuyobozi mukuru wa RBC, avuga ko kubera ingamba zafashwe n’igihugu cyacu mu kuvura iyo ndwara, ibibazo yatezaga birimo na kanseri byagiye bigabanuka ku buryo bufatika.

    Ati “Ibyo iyo ndwara ya Hépatite C yatezaga, birimo na kanseri z’umwijima, ubu zagiye zigabanuka cyane, mu myaka nibura ibiri ishize hamaze kuvurwa abantu basaga ibihumbi 50, bari bafite indwara ya hepatite C bashoboraga guhitanwa nayo, ariko bose barakize hari bake bagishakishwa ngo bavurwe”.

    Arongera ati “Kugira ngo ubone urwaye birumvikana bisaba gupima abantu benshi, tumaze gupima hafi miliyoni eshanu muri miliyoni zirindwi twifuza gupima, mu mezi make asigaye iyi ndwara iraba yacitse kuko ibikoresho birahari n’abayivura barahari”.

    Avuga ko umwaka wa 2021 urangira Hépatite C yaraciwe burundu ati “Abenshi barimo gupimwa, ku buryo uyu mwaka turimo uzajya kurangira twinjira mu mwaka utaha turi mu bihugu byabashije guca burundu indwara ya Hépatite C. Twizeye kuzahiga uwo muhigo ari na ko dutangiye urundi rugamba rwo guhangana na Hepatite B, na yo itoroshye kugeza ubu n’ubwo ifite urukingo ariko nta muti uyikiza burundi irabona”.

    Mu gukomeza kurwanya iyo ndwara, hirya no hino mu gihugu hari gahunda yo kuyipima abantu ku buntu.

    Mu Karere ka Musanze iyo gahunda ikaba yaratangiye tariki 06 Nzeri 2021, aho ibigo nderabuzima binyuranye bikomeje kwakira abaza kwisuzumisha, ku ikubitiro icyo gikorwa gitangirira mu bigo nderabuzima bya Busogo, Kinigi, Muhoza, Rwaza na Nyakinama, aho iyo gahunda yasojwe ku itariki 10 Nzeri.

    Mu cyumweru cya 2 kuva taliki ya 13 kugeza tariki 17 Nzeri 2021, iyo gahunda yakomereje mu bigo nderabuzima bya Karwasa, Bisate, Shingiro, Musanze na Nyange mu Karere ka Musanze.

    Ndererimana Olivier, Umuganga ushinzwe gukurikirana indwara zandura mu bitaro bikuru bya Ruhengeri, arasaba abaturage gushishikarira kuza kwisuzumisha iyo ndwara, ati “Turasaba abaturage gushishikarira kuza kwisuzumisha izi ndwara z’umwijima, zo zitandukanye n’izindi kuko ushobora kuzimarana igihe kirekire utazi ko uzirwaye, umuntu akazaza kwa muganga yaramaze gusenzegera abaganga batakibasha kugira icyo bamumarira, kandi kwisuzumisha ni ubuntu n’uwo dusanze arwaye tumuvurira ku buntu”.

    Abenshi mu bitabiriye kwikingiza ni abagore
    Abenshi mu bitabiriye kwikingiza ni abagore

    Ibikomeje kugaragara hirya no hino ku bigo nderabuzima mu Karere ka Musanze, ni uko umubare w’abajya kwisuzumisha Hépatite C ukiri hasi, aho n’abitabira usanga ari abagore gusa.

    Ubwo Kigali Today yageraga mu kigo nderabuzima cya Karwasa mu Murenge wa Cyuve mu ku wa Mbere tariki 13 Nzeri 2021, yasanze mu bari bamaze kwipimisha bakabakaba 60, abagabo ari batatu mu gihe abandi bose ari abagore, urubyiruko rwo rukaba rudakozwa iyo gahunda yo kwipimisha.

    Byukusenge Selvator, Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Karwasa, avuga ko biteye impungenge kuba harakozwe ubukangurambaga, ariko ku munsi wa mbere wo gusuzuma umubare w’ubwitabire ukaba ukomeje kuba hasi.

    Ati “Ku munsi wa mbere, ubwitabire buracyari hasi tugeze sa sita tutarapima abagera kuri 60, n’abarimo kwitabira ni abagore na bo biganjemo abakuze, ntabwo urubyiruko rurimo kwitabira, n’abagabo ubwitabire buri hasi kuva mu gitondo twakiriye bake cyane. Icyo dusaba abaturage ni ukubyaza umusaruro aya mahirwe bahawe, kuko ni igikorwa cyateguwe ku rwego rw’igihugu, aho RBC, baje kuduha umusada kugira ngo abantu bose basuzumwe, turabasaba kwitabira”.

    Uwo muganga, yavuze ko uje kwivuza bisanzwe bikaba ngombwa ko umuganga agusabira ikizamini uri buze kwishyura, ibiciro biba biri hejuru cyane kandi no kuyivura bigahenda, ni mu gihe ubu abari kwitabira barimo gusuzumwa ku buntu n’uwo basanze arwaye akitabwaho.

    Byukusenge Selvator Umuyobozi w
    Byukusenge Selvator Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Karwasa

    Avuga ko kwipimisha biri mu buryo bwo kwirinda, ngo aho Hépatite C yandurira ari na ho SIDA yandurira, ni ukuvuga mu mibonano mpuzabitsina idakingiye, no guhuza amaraso n’umuntu uyirwaye.

    Avuga ko kumenya uko uhagaze bifasha, anenga abataza kwisuzumusha mu gihe inzego z’ibanze n’abajyanama b’ubuzima batahwemye gukora ubukangurambaga bwimbitse bwo ku bibamenyesha.

    Icyo kigo nderabuzima cya Karwasa giteganya gupima abantu bagera ku bihumbi icyenda, mu gihe ku munsi wa mbere byageze saa sita batarapima abagera kuri 60.

    Abenshi mu baturage baje kwipimisha bagaragaje uburyo babyishimiye kandi babiha agaciro, aho ngo impamvu nyamukuru yabazanye ari ukumenya uko ubuzima bwabo buhagaze, nk’uko babitangarije Kigali Today.

    Umukecuru w’imyaka 80 witwa Nyirabatibuka Makurata ati “Nari naje kwa muganga bisanzwe mbonye hano bari gupima umwijima ndaza nanjye ndipimisha, bamaze kumpima bambwiye ko nta kibazo mfite ko meze neza, numva ndishimye. Kwipimisha ni byiza ubu menye uko mpagaze, iyi yo ndayisimbutse hasigaye igifu”.

    Dr Nsanzimana Sabin, Umuyobozi mukuru wa RBC
    Dr Nsanzimana Sabin, Umuyobozi mukuru wa RBC

    Nyirahabimana Veneranda ati “Numvise ko hano bari gupima umwijima nza kwipimisha, bifite akamaro banadupimiye ku buntu, umugabo wanjye namusize mu rugo ni ngerayo ndamubwira ko nipimishije nawe aze. Kwipimisha ni ingenzi kuko umuntu amenya uko ahagaze”.

    Ni igikorwa kirimo kubera mu gihugu hose, aho mu Majyaruguru kibera mu Karere ka Musanze na Gicumbi, mu Ntara y’Amajyepfo kibera mu Karere ka Kamonyi, Iburengerazuba kirabera mu Karere ka Nyamasheke na Rusizi, mu gihe Iburasirazuba ari mu turere twa Bugezera, Kayonza, Gatsibo, Nyagatare na Ngoma.


    source : https://ift.tt/3953ivP

  • Rubavu: Umupaka w’u Rwanda na RDC ugiye kubakwaho ibikorwa by’isuku bya miliyoni 300 Frw – #rwanda #RwOT

    Ibi byemejwe n’Ubuyobozi bw’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba(EAC), nyuma yo gusura imipaka ihuza Akarere ka Rubavu n’Umujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, dore ko iki gihugu gishobora no guhabwa ikaze muri uyu muryango mu gihe kiri imbere.

    Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, yavuze ko ibikorwa byo kubaka bizamara amezi abiri, bigatwara asaga miliyoni 300 F.

    Ati “Imipaka ya Rubavu izakorana n’uyu mushinga mu bikorwa by’isuku n’isukura, bizafasha urujya n’uruza rw’abantu kwisukura kugira ngo bakomeze ibikorwa byabo ariko birinze icyorezo cya Covid-19. Hazashyirwa n’ibikoresho bigamije gutanga ubutumwa bwibutsa abantu kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.”

    Yakomeje avuga ibikorwaremezo bizubakwa bizashyirwa ahantu hose hakorerwa ubucuruzi bwambukiranya umupaka.

    Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa EAC, Bazivamo Christophe, yavuze ko nubwo ingamba zo kwirinda Covid-19 zorohejwe, ibikorwa nk’ibi byo kwimakaza isuku bizatuma intego yo gufungura imipaka burundu igerwaho.

    Ati “Uburyo bw’ingendo bwarorohejwe ku mipaka ariko dusanga hari hakiri ikintu kibura mu bijyanye n’ibikoresho by’ibanze mu kwirinda iki cyorezo, aho usanga nta mazi ahari, nta hantu ho gukarabira hahari, noneho ugasanga nta buryo bwo kwibutsa abagenzi bari ku byambu no ku mipaka gukomeza kwirinda. Byari ngombwa ko dushyiraho ibikorwa nk’ibi kugira ngo dukomeze turinde abaturage bacu kandi tubashoboze gukomeza ibikorwa byabo by’ubucuruzi.”

    Uyu muyobozi kandi yavuze ko ibikorwa byo kwinjiza RDC mu Muryango wa EAC biri kugenda neza, iki gihugu kikaba gifite ubushake ndetse cyujuje ibisabwa, igikenewe akaba ari ibiganiro hagati y’abakuru b’ibihugu bizashyira mu bikorwa iki cyemezo.

    Uretse u Rwanda na RDC, ibikorwa by’isuku bizashyirwa ku yindi mipaka 12 iri hagati y’ibihugu bya EAC, ibikorwa byose bikazatwara arenga miliyari 2 Frw.

    Abayobozi barimo Umunyamabanga Wungirije wa EAC bitabiriye ibikorwa byo gutangiza iyubakwa ry’ibikorwaremezo by’isuku ku mupaka w’u Rwanda na Congo

    source : https://ift.tt/3z6PfAt

  • #COVID19: Abantu 3 bitabye Imana, abamaze gukingirwa doze zombi barenze Miliyoni #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 3 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1,175. Abitabye Imana ni abagore babiri n’umugabo umwe.

    source : https://ift.tt/3hq4Q8n

  • Abantu 3 bahitanwe na covid-19 mu Rwanda abandi 459 barayikira #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere,COVID-19 yahitanye abantu 3 batumye abamaze gupfa bagera ku 1,175 mu Rwanda.

    Abarwayi bashya babonetse ni 459 bangana na 4.5% by'ibipimo byafashwe.Abagiye mu bitaro bashya ni 5 mu gihe abasezerewe ari 3.

    Abasaga miliyoni imwe bamaze guhabwa doze 2 z'urukingo mu Rwanda naho abamaze gukingirwa muri rusange bakabakaba miliyoni 2.

    Ubushakashatsi bwasohotse mu Kinyamakuru cya The Lancet bwagaragaje ko guterwa urukingo rwa gatatu rwa COVID-19 bitaraba ngombwa, bagira inama ibihugu bifite iyo gahunda kuba biyisubitse, hakabanza gukorwa ubushakashatsi bwimbitse kuri iyo ngingo.

    Ibihugu birimo Israel byatangiye gutanga urukingo rwa gatatu ku baturage bose babyifuza, mu gihe ibindi nk'u Bwongereza, u Budage, u Bufaransa, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n'ibindi bitandukanye birimo kurebera hamwe niba bishobora gufata iki cyemezo.

    Mu cyumweru gitaha, Perezida Biden ashobora gushyiraho ibwiriza ryo gutanga urukingo rwa gatatu ku baturage, nyuma y'uko hari ubushakashatsi bwakozwe n'Ikigo gishinzwe ubuziranenge bw'Imiti n'Ibiribwa, FDA, bwagaragaje ko ubudahangarwa bw'umuntu watewe inkingo ebyiri za Pfizer na Moderna bugenda bugabanuka uko iminsi ishira.

    Yavuze ko ari ngombwa ko nyuma y'amezi ari hagati y'atandatu n'umunani, abantu bakwiye guterwa urukingo rwa gatatu rushobora kubongerera ubudahangarwa cyane cyane kuri virus yo mu bwoko bwa Delta ifite ubukana budasanzwe.

    Icyakora ubushakashatsi bwakozwe n'abahanga mu by'inkingo, barimo abasanzwe bakora muri FDA ndetse no mu Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, bwagaragaje ko nubwo ubudahangarwa bw'umuntu wahawe inkingo ebyiri bugabanuka nyuma y'igihe, butajya hasi cyane ku buryo umuntu yaremba cyangwa ngo yicwe na virus yo mu bwoko bwa Delta.

    Aba bashakashatsi bavuze ko bishoboka ko urukingo rwa gatatu ruzakenerwa, ariko bavuga ko ubu ari kare cyane ndetse ko amakuru ashingirwaho hatangwa urukingo rwa gatatu atuzuye neza ku buryo yashingirwaho hafatwa icyemezo gikomeye cyo gutera urukingo rwa gatatu.

    Bavuze ko kandi hataramenyekana neza ingaruka z'urukingo rwa gatatu ku mubiri w'umuntu, kandi ko nabyo bikwiye kubanza kwiganwa ubushishozi mbere y'uko byemezwa ku bantu bose.

    Icyakora aba bashakashatsi bavuze abantu basanganwe ibindi bibazo by'ubuzima, bashobora guterwa urukingo rwa gatatu, ariko ntibikorwe ku bantu bose.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-3-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-459-barayikira