Tag: Ubuzima

  • Abafite imyaka 50 kuzamura bagiye guhabwa urukingo rwa gatatu rwa Covid-19 #rwanda #RwOT

    Mu minsi iri imbere abaturarwanda bafite imyaka 50 kuzamura bahawe dose ebyiri z'inkingo za COVID-19, bagiye gutangira guhabwa dose ya gatatu mu rwego rwo kurushaho kubongerera ubwirinzi bw'umubiri.

    IGIHE cyanditse ko dose ya gatatu ku bakuze ishobora gutangira gutangwa mu Ukuboza uyu mwaka.

    U Rwanda si cyo gihugu cya mbere kizaba gitangije gahunda yo gutanga dose ya gatatu y'urukingo rwa COVID-19 isanzwe izwi mu rurimi rw'Icyongereza nka 'booster shot'.

    Ibihugu byinshi byo mu Muryango w'Ubumwe bw'u Burayi, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibyo mu Burasirazuba bwo Hagati, ibyo muri Afurika nka Maroc na Tunisie byatangiye gutanga dose ya gatatu ya Pfizer na Moderna ku barengeje imyaka 65 n'abandi bafite ibyago byinshi byo kuzahazwa n'icyorezo.

    Inzobere mu by'ubuzima zigaragaza ko uko umuntu akura cyangwa akibasirwa n'indwara zidakira ariko ubudahangarwa bw'umubiri bugenda bugabanuka.

    Ni ibintu zishingiraho zemeza ko kubaha dose ya gatatu byafasha imibiri guhangana na COVID-19 by'igihe kirekire. Iyi dose ya gatatu ishobora gutangwa hashize amezi atanu umuntu ahawe iya kabiri.

    Ibihugu byinshi by'i Burayi no mu Burasirazuba bw'Isi byafashe icyemezo cyo gutanga dose ya gatatu ubwo Coronavirus ya Delta yavuzaga ubuhuha.

    Iki cyemezo cyaturutse ku kuba Delta yaradutse mu gihe hari umubare munini w'abaturage bo muri ibi bihugu bari bamaze igihe barahawe dose ebyiri ndetse n'ubushobozi zifite bwo kurinda imibiri yabo bwaratangiye kugabanuka.

    Hafashwe icyemezo cyo gutanga dose ya gatatu cyane ku bakuze kuko ubwirinzi bw'imibiri yabo buba buri hasi bityo bigatuma bibasirwa cyane cyane na COVID-19.

    Iyi dose ya gatatu yatanze umusaruro cyane cyane mu bihugu nka Israel. Nyuma y'ibyumweru bibiri itangiye gutangwa muri iki gihugu kimwe cya kabiri cy'abaturage bafite imyaka 60 bari bamaze kuyihabwa.

    Ubushakashatsi bwakorewe muri Israel bwagaragaje ko guhabwa dose ya gatatu bigira icyo bimarira uyihawe ugereranyije n'uko yari kugumana ebyiri yahawe.

    Bwerekanye ko iyo umuntu ahawe dose ya gatatu y'urukingo rwa COVID-19 rumurinda ku kigero cya 93%, rukamugabanyiriza ibyago byo kuremba ku kigero cya 92% ndetse rukamurinda n'urupfu ruturutse kuri COVID-19 ku kigero cya 81%.

    The post Abafite imyaka 50 kuzamura bagiye guhabwa urukingo rwa gatatu rwa Covid-19 appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2021/11/29/abafite-imyaka-50-kuzamura-bagiye-guhabwa-urukingo-rwa-gatatu-rwa-covid-19/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=abafite-imyaka-50-kuzamura-bagiye-guhabwa-urukingo-rwa-gatatu-rwa-covid-19

  • Rutahizamu w’Amavubi ukina muri Botswana agomba kubagwa #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ukina muri Botswana mu ikipe ya Township Rollers, Iradukunda Jean Bertrand agomba kubagwa imvune yo mu ivi yagize.

    Mu Kwakira 2021 nibwo uyu rutahizamu ukina usatira anyuze ku ruhande yerekeje muri iki gihugu aho yasinyiye iyi kipe amasezerano y’imyaka 2.

    Uyu musore wari wagize intangiriro nziza muri iyi kipe yahise agira imvune yo mu ivi ry’iburyo.

    Uyu mukinnyi aheruka gukina umukino ikipe ya Township Rollers yatsinzemo BDF XI 2-0 tariki ya 10 Ugushyingo 2021, akaba yarinjiye mu kibuga asimbura.

    Nyuma nibwo yagize iyi mvune ndetse akaba yabwiye ISIMBI ko agomba kubagwa iyi mvune yo mu ivi mu minsi iri imbere ariko akaba ataramenya umunsi.

    Bertrand agomba kubagwa

    Iradukunda Jean Bertrand aheruka gukina umukino wa BDF XI

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rutahizamu-w-amavubi-ukina-muri-botswana-agomba-kubagwa

  • Umuntu wari ukuze kurusha abandi ku isi yitab… – #rwanda #RwOT

    Ni inkuru y'akababaro mu gihugu cya Philippines nyuma y'urupfu rw'umukecuru witwa Francisca Susano wari ukuze kurusha abandi muri iki gihugu ndetse n'isi yose muri rusange. Uyu mukecuru ukomoka mu gihugu cya Philippines yavutse kuwa 11 Nzeri, 1897 akaba yaritabye Imana ahagana saa kumi n'ebyiri n'iminota mirongo ine n'itanu z'umugoroba, kuwa mbere w'icyi cyumweru.

    Ikinyamakuru Daily Star cyatangaje ko Francisca Susano yitabye Imana ku myaka 124 y'amavuko iwe mu rugo ruri mu mujyi wa Kabankalan mu ntara ya Negros Occidental, muri Philippines.




    Francisca Susano yavutse mu kinyejana cya 19

    Nk’uko byatangajwe n'ikinyamakuru Dailymail, mbere yo guca aka gahigo ku muntu ukuze kurusha abandi ku isi, Guiness World Records yabanje gukora ubushakashatsi mu rwego rwo kumenya imyaka y'uyu mukecuru. Nyuma yaho muri Nzeri uyu mwaka, aza kwandikwa mu gitabo cy'abantu baciye uduhigo ku isi nk'umuntu ukuze kurusha abandi ku isi.

    Amakuru avuga ko hataramenyekana icyo uyu mukecuru wari ukuze kurusha abandi ku isi yazize, gusa bivugwa ko nta kimenyetso na kimwe cya COVID-19 yagaragazaga.

    Francisca, kugera kuri uyu wa Mbere ni we muntu rukumbi wavutse mu kinyejana cya 19 wari ukiri kuri iyi si. Yavutse mu gihe igihugu cya Philippines cyari kikiyoborwa n’ab'Abanya-Espagne ndetse no mu gihe umwamikazi Victoria yari ku ntebe y'ubwami bw'Abongereza.

    Nyuma yo kubura uyu mukecuru wari ukuze kurusha abandi ku isi, ubuyobozi bw'umujyi wa Kabankalan bwatangaje ko bubabajwe cyane no kubura uyu mukecuru kandi ko azahorana icyubahiro ndetse azahora ari icyitegererezo kuri bo.

    Guiness World Records iherutse nabwo gutangaza urupfu rw'umugabo wari ukuze kurusha abandi kw'isi witwaga Don Emilio witabye Imana ku myaka 113, akaba yaritabye Imana nyuma y'iminsi ine gusa akoze isabukuru y'imyaka 113 y'amavuko.

    Urupfu rw’uyu mugabo rwabaye hadashije igihe kinini atangajwe nk'umuntu ukuze kurusha abandi ku isi, kuko yaciye aka gahigo kuwa 30 Kamena, 2021. Urupfu rwe rwababaje abantu benshi ku isi nkuko babigaragaje ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye. 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/111849/umuntu-wari-ukuze-kurusha-abandi-ku-isi-yitabye-imana-ku-myaka-124-yamavuko-111849.html

  • COVID-19 yagaragaje ko Afurika ifite ibibazo- Perezida Kagame yagize icyo asaba Inteko zo muri Afurika #rwanda #RwOT

    Yabuvuze kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Ugushyingo 2021 ubwo yatangizaga inama y’abahagarariye Inteko Zishinga Amategeko z’ibihugu 12 byo ku mugabane wa Africa bihuriye mu muryango wa Commonwealth.

    Perezida Kagame yagarutse ku ngaruka zazanywe n’icyorezo cya COVID-19, ati 'Iki cyorezo cyatumye urwego rw’ubuzima rugira umubare munini w’inkunga n’amadeni y’amahanga.'

    Yakomeje agira ati 'Iki cyorezo kandi cyerekanye ko Umugabane wa Africa ufite ibibazo. Iki cyorezo cyahinduye icyerekezo cy’ibyo twari twarinjije, ntabwo byabaye kuri Africa yonyine, ariko tugomba kugira icyo dukora bikagabanuka kuruta ahandi.'

    Yaboneyeho kugaragaza uruhare Inteko Zishinga Amategeko mu gufasha Guverinoma zazo mu kwivana muri izi ngaruka.

    Yagize ati 'Inteko ziracyakeneye kuba ku isonga mu kubaka ubudahangarwa bwa Afurika by’umwihariko mu rwego rw’ubuzima n’ibindi byahungabanya abaturage. Icya mbere ndahamagarira Inteko zose gusinya amasezerano yemeza ishyirwaho ry’Ikigo Nyafurika cyita ku Miti [African Medicines Agency- AMA] cyatangiye gukora.'

    Umukuru w’u Rwanda kandi yagarutse ku isoko rusange rya Africa (AfCFTA) ryemerejwe i Kigali mu Rwanda muri 2018, avuga ko Inteko zifite uruhare runini mu ishyirwa mu bikorwa ry’iri soko.

    Ati 'Bafite uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’Isoko Rusange rya Afurika ndetse n’amasezerano ya Paris ajyanye no kubungabungabu ibidukikije. Byombi bikeneye kugirwamo uruhare n’abagize inteko.'

    Justin Bedan Njoka Muturi, Umunya-Kenya uyoboye Inteko Ishinga Amategeko y’ibiugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, ishami rya Africa, yameje impanuro zatanzwe na Perezida Kagame zigomba kujya mu ngiro.

    Ati 'Iki cyorezo cyatumye dutekereza cyane ku mwanya Umugabane wa Africa ufite ku isi bityo imigambi na politike zacu zigomba kuza zisubiza ibibazo by’imibereho n’ubukungu byugarije uyu mugabane. Imikoranire y’inteko zishinga amategeko n’abaturage bizaduha imbaraga zo kuba ijwi ryabo kandi twizeye ko rizumvikana.'

    Ibi kandi binashimangirwa na donatille Mukabarisa, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda umutwe w’Abadepite, ati 'nk’abayobozi b’Inteko Zishinga Amategeko, abahagarariye rubanda, tukaba n’intumwa zabo ; tugiye kungurana ibitekerezo turebe abagize ibyo bageraho babiratire abandi, ibi ni byo bizaduha imitekerereze mishya, ituma duhinduka imbarutso y’iterambere ry’ubukungu.'

    Iyi nama Ihuje abahagarariye Inteko Zishinga Amategeko zo mu bihugu 12 byo muri Africa bihuriye muri Commonwealth, yitezweho ibisubiza bya bimwe mu bibazo bicyugarije imibereho y’abaturage b’ibi bihugu ikazasoza tariki 28 Ugushyingo 2021.

    Source : http://www.ukwezi.rw/1-1/3/article/COVID-19-yagaragaje-ko-Afurika-ifite-ibibazo-Perezida-Kagame-yagize-icyo-asaba-Inteko-zo-muri-Afurika

  • 'Mu mpera y'iki gihe cy'ubukonje bwinshi buri muntu wese mu Budage azaba yarakingiwe, yarakize cyangwa yarapfuye' #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'ubuzima w'Ubudage yakoresheje amagambo ya mbere akomeye avuze kugeza ubu mu kuburira ku kamaro ko kwikingiza Covid-19.

    Mu kiganiro n'abanyamakuru ku wa mbere mu murwa mukuru Berlin, Jens Spahn yagize ati: 'Mu mpera y'iki gihe cy'ubukonje bwinshi buri muntu wese mu Budage azaba yarakingiwe, yarakize cyangwa yarapfuye'.

    Ubudage buhanganye n'inkubiri ya kane y'ubwandu bwa coronavirus. Abanduye barimo kwiyongera byihuse kandi n'ibitaro byinshi byamaze kuzura.

    Ni kimwe mu bihugu byo mu Burayi bw'uburengerazuba bifite igipimo kiri hasi cyane cy'abamaze gukingirwa, 68% ni bo bamaze gukingirwa byuzuye mu Budage.

    Ikigero cy'ubwandu mu Budage ni cyo cya mbere kiri hejuru cyane bugize kuva iki cyorezo cyatangira.

    Inzobere mu buvuzi zaburiye ko iyi nkubiri ishobora kuba iya mbere mbi cyane ibayeho muri iki gihugu kugeza ubu.

    Jens Spahn

    Mu masaha arenga 24 ashize, handuye abashya 30,643 — barengaho 7,000 ku bo mu cyumweru gishize. Iki kigero cy'ubwandu ni kimwe mu biri hejuru cyane ku isi.

    Hitezwe gushyirwaho ingamba zikaze kurushaho zizatuma abantu batakingiwe bangirwa kugera ahantu hamwe na hamwe, ndetse n'amwe mu masoko (isoko) azwi cyane yo mu Budage acururizwaho ibijyanye n'umunsi mukuru wa Noheli yakuweho.

    Bwana Spahn yavuze ko adashyigikiye ko gufata inkingo za Covid bigirwa itegeko, ariko ko kwikingiza ari 'inshingano ijyanye no gushyira mu gaciro' kuko igira ingaruka ku bandi bantu.

    Yagize ati: 'Ubwisanzure buvuze gufata inshingano, kandi hari inshingano ku muryango mugari [sosiyete] yo gukingirwa'.

    Uyu Minisitiri w'ubuzima yavuze ko ubwoko bwa Covid yihinduranyije bwandura cyane bwa Delta ari bwo burimo gutera ubu bwandu bwinshi mu gihugu, kandi ko 'uwo ari we wese udakingiwe, mu mezi macyeya ari imbere, azandura cyangwa abure ubwirinzi'.

    Muri icyo kiganiro n'abanyamakuru, Bwana Spahn yanamamaje urukingo rwa Moderna rukorerwa muri Amerika, avuga ko ari agahebuzo mu nkingo, mu gihe hari ibyago ko umubare munini w'abacyeneye urukingo rukorerwa mu Budage rwa Pfizer/BioNTech ushobora gutuma ruba rucye cyane mu bubiko.

    Yaburiye ko doze zigera kuri miliyoni 16 z'urukingo rwa Moderna zishobora guta agaciro mu mezi macyeya ari imbere mu gihe zaba zidakoreshejwe.

    Ubudage bwiteze ko bitarenze mu mpera y'iki cyumweru umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi (EU/UE) wemeza inkingo ku bana bafite kuva ku myaka itanu kugeza kuri 11.

    Kuva iki cyorezo cyatangira, mu Budage abantu barenga 99,000 bamaze gupfa, naho abarenga miliyoni 5.4 banduye Covid-19.

    SRC:BBC

    The post 'Mu mpera y'iki gihe cy'ubukonje bwinshi buri muntu wese mu Budage azaba yarakingiwe, yarakize cyangwa yarapfuye' appeared first on IRIBA NEWS.

    Source : https://iribanews.rw/2021/11/23/mu-mpera-yiki-gihe-cyubukonje-bwinshi-buri-muntu-wese-mu-budage-azaba-yarakingiwe-yarakize-cyangwa-yarapfuye/

  • Ubudage: Minisitiri w'ubuzima yavuze amagambo akarishye atera ubwoba abaturage banze kwikingiza Covid-19 #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'ubuzima w'Ubudage yakoresheje amagambo ya mbere akomeye avuze kugeza ubu mu kuburira ku kamaro ko kwikingiza Covid-19.

    Mu kiganiro n'abanyamakuru ku wa mbere mu murwa mukuru Berlin, Jens Spahn yagize ati: “Mu mpera y'iki gihe cy'ubukonje bwinshi buri muntu wese mu Budage azaba yarakingiwe, yarakize cyangwa yarapfuye”.

    Ubudage buhanganye n'inkubiri ya kane y'ubwandu bwa coronavirus. Abanduye barimo kwiyongera byihuse kandi n'ibitaro byinshi byamaze kuzura.

    Ni kimwe mu bihugu byo mu Burayi bw'uburengerazuba bifite igipimo kiri hasi cyane cy'abamaze gukingirwa, 68% ni bo bamaze gukingirwa byuzuye mu Budage.

    Ikigero cy'ubwandu mu Budage ni cyo cya mbere kiri hejuru cyane bugize kuva iki cyorezo cyatangira.

    Inzobere mu buvuzi zaburiye ko iyi nkubiri ishobora kuba iya mbere mbi cyane ibayeho muri iki gihugu kugeza ubu.

    Mu masaha arenga 24 ashize, handuye abashya 30,643 – barengaho 7,000 ku bo mu cyumweru gishize. Iki kigero cy'ubwandu ni kimwe mu biri hejuru cyane ku isi.

    Hitezwe gushyirwaho ingamba zikaze kurushaho zizatuma abantu batakingiwe bangirwa kugera ahantu hamwe na hamwe, ndetse n'amwe mu masoko (isoko) azwi cyane yo mu Budage acururizwaho ibijyanye n'umunsi mukuru wa Noheli yakuweho.

    Bwana Spahn yavuze ko adashyigikiye ko gufata inkingo za Covid bigirwa itegeko, ariko ko kwikingiza ari “inshingano ijyanye no gushyira mu gaciro” kuko igira ingaruka ku bandi bantu.

    Yagize ati: “Ubwisanzure buvuze gufata inshingano, kandi hari inshingano ku muryango mugari [sosiyete] yo gukingirwa”.

    Uyu Minisitiri w'ubuzima yavuze ko ubwoko bwa Covid yihinduranyije bwandura cyane bwa Delta ari bwo burimo gutera ubu bwandu bwinshi mu gihugu, kandi ko “uwo ari we wese udakingiwe, mu mezi macyeya ari imbere, azandura cyangwa abure ubwirinzi”.

    Muri icyo kiganiro n'abanyamakuru, Bwana Spahn yanamamaje urukingo rwa Moderna rukorerwa muri Amerika, avuga ko ari agahebuzo mu nkingo, mu gihe hari ibyago ko umubare munini w'abacyeneye urukingo rukorerwa mu Budage rwa Pfizer/BioNTech ushobora gutuma ruba rucye cyane mu bubiko.

    Yaburiye ko doze zigera kuri miliyoni 16 z'urukingo rwa Moderna zishobora guta agaciro mu mezi macyeya ari imbere mu gihe zaba zidakoreshejwe.

    Ubudage bwiteze ko bitarenze mu mpera y'iki cyumweru umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi (EU/UE) wemeza inkingo ku bana bafite kuva ku myaka itanu kugeza kuri 11.

    Kuva iki cyorezo cyatangira, mu Budage abantu barenga 99,000 bamaze gupfa, naho abarenga miliyoni 5.4 banduye Covid-19.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/ubudage-minisitiri-mu-budage-yavuze-amagambo-akarishye-atera-ubwoba-abaturage

  • Tuzakingirwa , tuzakira cyangwa tuzapfa_Minisitiri w'ubuzima w'Ubudage #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'ubuzima w'Ubudage, kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Ugushyingo 2021, yakoresheje amagambo ya mbere akomeye avuze kugeza ubu mu kuburira ku kamaro ko kwikingiza Covid-19 , nk' uko BBC dukesha aya makuru yabitangaje.

    Uyu Minisitiri w'ubuzima w' iki gihugu mu kiganiro n'abanyamakuru ku wa mbere mu murwa mukuru Berlin, Jens Spahn yagize ati: 'Mu mpera y'iki gihe cy'ubukonje bwinshi buri muntu wese mu Budage azaba yarakingiwe, yarakize cyangwa yarapfuye'.

    Nk' uko amakuru abivuga Ubudage buhanganye n'inkubiri ya kane y'ubwandu bwa Covid19. Abanduye barimo kwiyongera byihuse kandi n'ibitaro byinshi byamaze kuzura.Ni kimwe mu bihugu byo mu Burayi bw'uburengerazuba bifite igipimo kiri hasi cyane cy'abamaze gukingirwa, 68% ni bo bamaze gukingirwa byuzuye mu Budage.

    Ikigero cy'ubwandu mu Budage ni cyo cya mbere kiri hejuru cyane bugize kuva iki cyorezo cyatangira.

    Inzobere mu buvuzi zaburiye ko iyi nkubiri ishobora kuba iya mbere mbi cyane ibayeho muri iki gihugu kugeza ubu.

    Mu masaha arenga 24 ashize, handuye abashya 30,643 — barengaho 7,000 ku bo mu cyumweru gishize. Iki kigero cy'ubwandu ni kimwe mu biri hejuru cyane ku isi.


    Minisitiri w'ubuzima Jens Spahn ntiyariye iminwa ubwo yashimangiraga akamaro ko kwikingiza Covid

    Source : https://impanuro.rw/2021/11/23/tuzakingirwa-tuzakira-cyangwa-tuzapfa_minisitiri-wubuzima-wubudage/

  • Umuraperi Young Dolph w'imyaka 36 yishwe arashwe #rwanda #RwOT

    Umuraperi Young Dolph w' imyaka 36, yarasiwe mu modoka atwaye ubwo yaragiye guhaha kuri Airways Bouolevard i Memphis ahagana mu ma saa saba zijoro kuri uyu 18 Ugushyingo 2021.

    Umuyobozi wa polisi yavuze ko arimo kohereza abapolisi b'inyongera hirya no hino mu mujyi kugira ngo bagerageze gukomeza gukora iperereza ku cyaba kishe uyu musore .

    Urupfu rwe rwemejwe n'abantu batandukanye barimo na Meya wa Memphis, Jim Strickland, wavuze ko biteye agahinda kuba abantu bapfa ari inzirakarengane.

    Yagize ati 'Urupfu rubabaje rwo kurasa umuraperi Young Dolph ni indi mpuruza y'ububabare buzanwa n'ibyaha byo guhohotera abantu. Amasengesho yanjye n'ibitekerezo mbyerekeje ku muryango we n'inshuti.'

    Young Dolph wari ufite imyaka 36 yinjiye mu iguriro rya Makeda's Butter Cookies muri Memphis, umuntu utaramenyekana waje amukurikiye yinjiramo amurasa urufaya rw'amasasu ari narwo rwatumye apfa; nk'uko nyiri iryo guriro Maurice Hill, yabitangarije ikinyamakuru FOX13 cyo mu gace yarasiwemo.

    Young Dolph mu 2016 yamenyekanye cyane mu Mujyi wa Memphis kubera album yise 'King of Memphis'. Iyi album yanabaye iya 49 ku rutonde rwa Billboard 200. Album ye yitwa 'Rich Slave' yabaye iya kane kuri uru rutonde rwa Billboard mu 2020.

    Bamwe mu baraperi bagaragaje ko bashenguwe n'urupfu rw'uyu musore barimo Megan Thee Stallion wakoranye na we mu 2020 indirimbo bise 'RNB'.

    Yanditse kuri Instagram, ati 'Buri muntu unzi azi ukuntu numvaga umuziki w'uyu mugabo buri munsi. Ruhukira mu mahoro munyabigwi nyawe.'

    Gucci Mane na we yanditse ati 'Ruhukira mu mahoro nshuti yanjye Dolph. Ibi byakomerekeje umutima wanjye.'

    Chance the Rapper na we yanditse agaragaza ko mugenzi we yari umuraperi wa nyawe, amwifuriza kuruhukira mu mahoro.

    Muri Nzeri 2017 nabwo Dolph yari yarashwe ariko aza gukira. Muri uwo mwaka byari ubwa kabiri cyane ko muri Gashyantare nabwo yari yarashwe ari mu modoka ntiyagira icyo aba.

    Mu 2019 uyu musore yakomojweho cyane mu itangazamakuru nyuma yo kwibwa imikufi ifite agaciro ka $500.000 [509.932.000 Frw] akavuga ko nta mujinya yigeze agirira abajura bamwibye kuko ari umunyamugisha.

    Dolph yari mubyara w'umuraperi Juice Wrld na we witabye Imana mu Ukuboza 2019. Asize abana babiri Tre Tre na Ari, yabyaranye na Mia Jaye babanaga.

    Urupfu rwe rwakurikiwe n'inkuru zivuga ko mugenzi we w'umuraperi Yo Gotti, bakunze kugirana amahari yaba ari umwe mu barwihishe inyuma ariko nta gihamya yigeze igaragara.
    Refe:www.dailymail.com

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/umuraperi-young-dolph-w-imyaka-36-yishwe-arashwe

  • Biteye agahinda: umugore yashumitse ubugabo bw'umugabo we burakongoka kubera impamvu itangaje. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugore utagira umutima wa kimuntu ukomoka mu gihugu cya Nigeria yatwitse ubugabo bw'umugabo we amuziza ko yari afite umugambi wo gushaka umugore wa kabiri.

    Ubuyobozi bwa Polisi muri Leta ya Kano bwataye muri yombi uyu mugore Aisha Ali, wasutse amazi abira ku gitsina cy'umugabo we mu rwego rwo kwamagana umugambi we wo gushaka umugore wa kabiri. Ibi byabaye ku wa kane, 11 Nyakanga, mu mudugudu wa Fayen-Fayen, mu gace ka Danbatta. Aisha yakoreye ibya mfura mbi umugabo we Aliyu Ibrahim, aho igitsina cye cyakongotse bikomeye ajyanwa mu bitaro bikuru bya Dambatta.

    Aisha aganira n'abanyamakuru yavuze ko yabitewe n'umujinya ariko akaba yarabisabiye imbabazi. Amakuru ya Vanguaedng avuga ko uyu mugore akimara gukora icyo cyaha yahise ahunga aracika ariko aza gufatwa ashyikirizwa urukiko.

    Source : https://yegob.rw/biteye-agahinda-umugore-yashumitse-ubugabo-bwumugabo-we-burakongoka-kubera-impamvu-itangaje/

  • Kurwanya Kanseri y’Inkondo y’umura : J.Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwarenze intego Isi yihaye #rwanda #RwOT

    Madamu Jeannette Kagame yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Ugushyingo 2021 mu nama y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima yigaga ku kurandura Kanseri y’Inkondo y’umura yibasira ab’igitsinagore.

    Madamu Jeannete Kagame yagarutse ku ntego Isi yihaye yo kurandura iyi kanseri binyuze mu bikorwa byo gukingira abana b’abakobwa ndetse no gusuzuma abagore.

    Yavuze ko kuva muri 2015, mu Rwanda hamaze gusuzumwa abari n’abategarugori barenga ibihumbi 170 barasuzumwe.

    Ati 'Nizeye kandi ko mu gihe nk’iki umwaka utaha iyi mibare izaba yariyongere binyuze mu bafatanyabikorwa bashya bityo tukarushaho kongera umuvuduko.'

    Madamu Jeannette Kagame kandi yavuze ko u Rwanda rwarenze intego z’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima yavugaga ko nibura 90% y’abana b’abakobwa batarengeje imyaka 15 bagomba kuba bakingiwe iriya Kanseri mu buryo bwuzuye.

    Ati 'Intego ikomeye nk’iyi kuyigeraho bisaba imbaraga n’ubushake bw’abagabo n’abagore, ntabwo iyi ntego twayigeraho mu gihe cyose abagore bakomeza kwikorera uyu mutwaro bonyine.'

    Yakomeje agira ati 'Ndongera guhamagarira bagenzi bacu b’abagabo kwifatanya natwe muri uru rugamba.”

    Madamu Jeannette Kagame yavuze ko kuva muri 2011 abana b’abakobwa bari munsi y’imyaka 12 bakingiwe batigeze bajya munsi ya 90%.

    Source : http://www.ukwezi.rw/1-1/17/article/Kurwanya-Kanseri-y-Inkondo-y-umura-J-Kagame-yagaragaje-ko-u-Rwanda-rwarenze-intego-Isi-yihaye