Tag: Ubuzima

  • Davido akomeje gukusanya amafaranga azafashis… – #rwanda #RwOT

    David Adedeji Adeleke wamamaye ku izina rya Davido mu muziki, ni umwe mu bahanzi ba Afro Beat bagezweho ku mugabane wa Afurika no hanze yaho. Uyu muhanzi uyoboye abahanzi bakize muri Afurika, aherutse gutangiza igikorwa cyo gukusanya amafaranga yo gufashisha imfumbyi zo muri Nigeria. Kuri ubu akomeje gukangurira abantu bafite umutima wo gufasha, ko batanga amafaranga muri iki gikorwa avuga ko cyizafasha abana benshi b’imfumbi babayeho nabi.

    Mu kwezi gushize, nibwo Davido yatangije iki gikorwa ubwo yizihizaga isabukuru ye agasaba abafana n’abahanzi bagenzi be, ko niba bashaka kumwifuriza isabukuru nziza bakwitanga amafaranga bakayamwoherereza maze nawe akayafashisha imfumbyi. Mu buryo butangaje, icyifuzo cya Davido cyarasubijwe yohererezwa akayabo ka miliyoni 40 z'ama Naira mu gihe cy’amasaha abiri gusa. Aya mafaranga akaba yarahise ajya kuyafashisha ikigo cyirera abana b’imfumbyi.

    Kuri ubu Davido yongeye kwibutsa abantu abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yibutsa abantu ko iki gikorwa cyo gufasha imfumbyi kigikomeje ndetse abibutsa n’imibare bakoherezaho amafaranga, anatangaza ko ku itariki 20/12/2021 aribwo bazahitamo ikigo cy’imfumbyi bazatera inkunga bagafasha abana baho gusoza umwaka neza. Ikinyamakuru Daily Africa, cyatangaje ko Davido afite intego yo gukusanya miliyoni 250 akaziha ibigo by’imfumbyi.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/112487/davido-akomeje-gukusanya-amafaranga-azafashisha-imfumbyi-112487.html

  • Kayonza: Yatewe icyuma n'indaya nyuma yo kubura ayo kuyishyura #rwanda #RwOT

    Umugabo w'imyaka 36 wo mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Mukarange, yaraye atewe icyuma n'umukobwa ukora umwuga w'uburaya nyuma yo kumusambanya akabura ubwishyu bari bumvikanye.

    Ibi byabereye mu Mudugudu wa Buhondi mu Kagari ka Kayonza mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza.

    Amakuru avuga ko uyu mugabo yegereye uyu mukobwa ukiri muto bemeranywa ibiciro, umugabo ngo yararanye na we aho akodesha mu gitondo yisatse abura amafaranga yo kwishyura bararwana birangira umugabo akomerejejwe anatabarwa n'abaturanyi b'aho uyu mukobwa aba.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mukarange, Gatanazi Longin, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkruu ko koko ibi byabayeho ariko ngo umugabo yakomeretse mu buryo bworoheje.

    Yagize ati 'Ni umukobwa w'imyaka 22 ukora uburaya, yakiriye umukiliya w'umugabo w'imyaka 36, bagira ibyo bumvikana, amaze kugira ibyo akora yanga kumwishyura, bahise barwana uyu mukobwa amutera icyuma gusa amukomeretsa mu buryo bworoheje.'

    Uyu muyobozi yavuze ko abaturanyi bumvise barwana bahita baza kumutabara atarongera kumujomba icyuma, ngo bahise bahamagara irondo ry'umwuga riratabara, umugabo ahita ajyanwa ku kigo nderabuzima kuvurwa mu gihe uwo mukobwa yahise ajyanwa kuganirizwa.

    Yavuze ko abantu badakwiriye kwihorera mu gihe hari ubahemukiye ahubwo bakwiriye kwegera ubuyobozi bukabafasha gukemura ikibazo.

    Abakora uburaya mu Karere ka Kayonza abenshi babarizwa muri koperative bise indatwa nyuma yo kwanga kwitwa indaya, abakuze bayibarizwamo batangiye kwiga imyuga nyuma yo kuvuga ko abakiri bato bari kuza muri uyu mwuga babatwara abakiliya.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/kayonza-yatewe-icyuma-n-indaya-nyuma-yo-kubura-ayo-kuyishyura

  • Umugaba w'ingabo z'Ubuhinde n'abandi bantu 13 barimo umugore we bahitanwe n'impanuka ya kajugujugu #rwanda #RwOT

    Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Buhinde, General Bipin Rawat n'abandi bantu 12, baguye mu mpanuka ya kajugujugu yabereye mu gace ka Tamil Nadu mu majyepfo y'iki gihugu, kuri uyu wa Gatatu.

    Kuri uyu wa gatatu nibwo iyi kajugujugu yari itwaye Jenerali Bipin Rawat w'imyaka 63, yakoze impanuka ihira mu ishyamba riri hafi ya Coonoor, muri Tamil Nadu.

    Uyu mukuru w'ingabo yari kumwe n'umugore we n'abandi bantu 11 mu ndege ya Mi-17V5 yaguye mu ishyamba ryinshi rya Nilgiris.

    Nk'uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza, abantu 13 kuri 14 bari muri iyo ndege bapfuye nyuma y'impanuka.

    Amakuru avuga ko Rawat n'umugore we Madhulika Rawat bari berekeje mu Ishuri Rikuru ry'Ingabo z'Ingabongo atange ikiganiro.

    Umuntu umwe niwe wabashije kurokoka iyi mpanuka ariko afite ibikomerebyinshi aho ari kwivuriza mu bitaro bya Gisirikare, Wellington.

    Ingabo zirwanira mu kirere mu Buhinde zemeje ku rubuga rwazo rwa Twitter urupfu rwa Rawat, umugore we Madhulika n'abandi 11.

    Amashusho yerekanywe mu binyamakuru bitandukanye mu Buhinde yerekanye umwotsi mwinshi waturukaga kuri iyi ndege iri guhira muri iryo shyamba riri nko mu birometero 10 uvuye ku muhanda wegereye mu karere ka Nilgiris.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/ubuzima/article/umugaba-w-ingabo-z-ubuhinde-yahitanwe-n-impanuka-ya-kajugujugu-yahiriye-mu

  • Inkingo zihari zikwiye kuba zifite ubushobozi bwo guhangana na virus nshya ya Omicron-OMS/WHO #rwanda #RwOT

    Inkingo zisanzweho zikwiye kuba zifite ubushobozi bwo kurinda ko Covid iba iy'igikatu (ikaze) ku bantu banduye ubwoko bushya bwayo bwihinduranyije bwa Omicron, nkuko bivugwa n'umutegetsi wo mu ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO).

    Ni nyuma yuko ibipimo bya mbere byo muri 'laboratoire' yo muri Afurika y'epfo kuri ubu bwoko bushya biciye amarenga ko bushobora kudakorwaho byuzuye n'urukingo rwa Pfizer.

    Abashakashatsi bavuga ko habayeho 'kugabanuka cyane' ku kuntu ubwirinzi butangwa n'urwo rukingo buca intege ubu bwoko bushya bwa Covid. Ariko Dr Mike Ryan wo muri OMS yavuze ko nta kimenyetso gihari kigaragaza ko Omicron yashobora gucika inkingo cyane kurusha andi moko ya Covid yihinduranyije.

    Dr Ryan ukuriye ubuvuzi bwihutirwa muri OMS, yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ati: 'Dufite inkingo zitanga umusaruro mwinshi cyane zagaragaje ko zishoboye amoko yose 'ya Covid' kugeza ubu, ku bijyanye n'uburwayi bw'igikatu n'ikigero cy'abacyenera kujya mu bitaro, kandi nta mpamvu ihari yo kwitega ko bitazamera gutyo' kuri Omicron.

    Yavuze ko amakuru y'ibanze aca amarenga ko Omicron idatuma abayanduye baremba cyane kurusha abanduye Delta cyangwa andi moko ya Covid yihinduranyije. Ati: 'Niba hari ikintu ikora, aho yerekeza ni ku kutaba igikatu cyane'.

    Ubushakashatsi bushya bwo muri Afurika y'epfo — butaragenzurwa n'abahanga bandi bo muri uru rwego rw'ubuvuzi (ibizwi nka peer-review) — bwasanze urukingo rwa Pfizer/BioNTech rushobora kuba rudatanga umusaruro kuri Omicron ku kigero cy'inshuro 40 ugereranyije n'uko rwitwaye ku bwoko bwa mbere bw'iyi Covid.

    Ariko ubushobozi bwa Omicron bwo gucika ubwirinzi butangwa n'urwo rukingo 'ntibwuzuye', nkuko byavuzwe na Profeseri Alex Sigal, impuguke kuri za virusi wo mu kigo Africa Health Research Institute, wanayoboye ubu bushakashatsi.

    Yavuze ko ibyabuvuyemo, bishingiye ku bipimo by'amaraso y'abantu 12, byari 'byiza cyane kurusha ibyo nari niteze kuri Omicron'.

    Profeseri Sigal yavuze ko gukingira, hamwe no kuba abantu bararwaye Covid mbere, bishobora guca intege ubu bwoko bushya bwa Covid. Ibyo bica amarenga ko urukingo rwo gushimangira (booster) rushobora kuba ingirakamaro cyane.

    Abahanga muri siyansi bemeza ko kuba umuntu mbere yari yararwaye iyi virusi, bigakurikirwa no gukingirwa cyangwa urukingo rwo gushimangira, bishobora kongera ikigero cyo guca intege ubu bwoko bushya kandi ko bishobora kuba byarinda abantu ko bayirwara bakaremba.

    Byitezwe ko andi makuru ku ngano y'umusaruro urukingo rwa Pfizer rutanga kuri Omicron atangazwa mu minsi iri imbere. Nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, nta bushakashatsi bukomeye bwari bwatangazwa ku buryo inkingo za Moderna, Johnson & Johnson n'izindi zitwara kuri ubu bwoko bushya bwa Covid.

    Omicron ni bwo bwoko bwa coronavirus bwa mbere bwihinduranyije cyane kugeza ubu. Bwatahuwe bwa mbere muri Afurika y'epfo mu mpera y'ukwezi kwa cumi na kumwe, ubu muri iki gihugu hari ukwiyongera kw'umubare w'abantu bandura Covid inshuro nyinshi.

    Kugeza ubu ku isi hamaze gutangazwa abantu barenga miliyoni 267 basanzemo Covid, n'abarenga miliyoni eshanu imaze kwica kuva iki cyorezo cyatangira mu 2020, nkuko bigaragazwa n'imibare yakusanyijwe na Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika.

    intyoza

    Source : https://www.intyoza.com/inkingo-zihari-zikwiye-kuba-zifite-ubushobozi-bwo-guhangana-na-virus-nshya-ya-omicron-oms-who/

  • Kenya: Umupolisi yishe abantu 6 arangije ariyica #rwanda #RwOT

    Muri Kenya, umupolisi yishe abantu 6 abarashe mu murwa mukuru Nairobi, arangije nawe ariyica nk'uko polisi y'icyo gihugu ibitangaza.

    Uwo mupolisi yarashe umugore we amwicira mu rugo rwabo. Yahavuye atwaye imbunda y'akazi yo mu bwoko bwa AK-47 agiye kuyirashisha abandi bantu bane, nk'uko ishami rishinzwe iperereza muri Kenya ryabitangaje ku rubuga rwa Twitter. Ryavuze ko uwo mupolisi yari yariye karungu atakigendera ku mabwiriza y'akazi asanzwe amugenga.

    Francis Wahome, ukuriye ubuyobozi bwa polisi mu karere ka Dagoretti ko muri Nairobi, yatangaje ko abandi bantu babiri babikomerekeyemo.

    Yanze kugira icyo avuga ku cyateye uwo mupolisi iyo myitwarire. Gusa yavuze ko iperereza rikomeje mu ibanga kandi ririmo ibintu byinshi adashobora gutangariza abanyamakuru.

    Umuturage w'akarere ka Dagoretti witwa Lameck Alaka yavuze ko mbere y'uko uwo mupolisi amisha urusasu ku bantu, imodoka akeka ko ari iya polisi yabanyuzeho, ihagarara imonota 20, nyuma uwitwa Ben arasohoka, afite imbunda ya AK-47 ahita ayisharija abamishaho urusasu.

    Ubuyobozi bwa polisi buvuga ko kugeza ubu uyu mupolisi yari asanzwe akora akazi neza kandi ko imyitwarire nk'iyi itari yarigeze imugaragaraho.

    Umunyamakuru w'ibiro ntaramakuru by'Abongereza (Reuters) yavuze ko abaturage b'aho byabereye batwitse amapine ashaje mu gikorwa cyo kugaragaza uburakari bw'ibyabaye.

    Reuters

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/kenya-umupolisi-yishe-abantu-6-arangije-ariyica

  • Banze gushyingura Pasiteri umaze amezi 3 apfuye ngo bategereje ko azuka #rwanda #RwOT

    Umupasitori uzwi cyane wo muri Afrika yepfo,umaze amezi atatu apfuye,ntarashyingurwa kubera ko umuryango we ugitegereje izuka rye.

    Nk'uko IOL ibitangaza, umurambo wa Pasiteri Siva Moodley uracyabitswe mu buruhukiro bwihariye kuko umuryango we wizeye ko azagaruka avuye mu bapfuye.

    Uyu mukozi w'Imana, washinze Itorero rya Miracle Centre rifite icyicaro i Johannesburg, yapfuye muri Kanama azize indwara. Ariko umubiri we umaze uracyabitse aho gushyingurwa.

    Mu kiganiro na City Press, umuyobozi w'ubwo buruhukiro yavuze ko umuryango wa Moodley n'abagize itorero rye banze kumushyingura aho bari gusengera izuka rye nyuma y'urupfu rwe.

    Yavuze kandi ko ibiganiro n'umuryango wa Moodley bitahagaze,azasaba inama njyanama y'umujyi wa Johannesburg gushyingura pasiteri nk'umukene.

    Nyuma yaje kuvuga kandi ko umuryango wa Moodley wamusabye kutavugana n'abanyamakuru.

    Ati'Afite abavandimwe batatu na bashiki be babiri. Batangajwe n'ibyabaye. Ntibashoboraga kubona umurambo we. Ntacyo bazi ku byabaye. Icyo bazi n'ibivugwa ku mbuga nkoranyambaga. Imbuga nkoranyambaga ze zirakora nkaho akiri muzima kandi azazuka mu bapfuye “, ibi bikaba byavuzwe n'abegereye uyu muryango.

    Bakomeje bati'Yari umuntu w'Imana. Yari umuntu mwiza wubahwa kandi uzwi cyane. Umuryango ugomba gusobanura ibintu agashyingurwa mu cyubahiro. Ndumva ko urupfu rwe rwashegeshe umuryango we,ariko bagomba gukora igikwiye.”

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/banze-gushyingura-pasiteri-umaze-amezi-3-apfuye-ngo-bategereje-ko-azuka

  • Burundi: Inkongi y’umuriro yibasiye gereza ya… – #rwanda #RwOT

    Prosper Bazombanza (Vice president w'Uburundi), yavuze ko 69 bakomeretse, harimo 34 bari kuvurirwa ku bitaro, abandi 35 bakaba bakomeretse byoroheje kandi ko bavuwe bagasubizwa  kuri gereza.
     

    Umwe mu mfungwa yavuze ko imodoka zishinzwe kuzimya umuriro zahageze ariko zigasanga ibyononekara byarangije kononekara, kuko umuriro watangiye bakiryamye kandi wari mwinshi.

    Umuntu utashatse ko amazina ye amenyekana  yavuze ko abaforomo bose bo ku bitaro bikuru bya Gitega bari batumweho kugira ngo bafashe gukuramo abahasize ubuzima n’abakomeretse.

    Gereza ya Gitega ifite ubushobozi bwo gufunga abantu 400 ariko ikaba kuri ubu yari irimo imfungwa zirenga igihumbi, ubwo mu kwa 11 uyu mwaka ACAT-Burundi, Ishirahamwe ryo kurwanya iyicarubozo ryabitangazaga.

    Nk'uko tubikesha ikinyamakuru Iwacu, si ubwa mbere inkongi yibasira iyi gereza  kuko uyu mwaka nabwo indi nkongi yarabaye, gusa ntihagira uhasiga ubuzima.


     

    Abantu batandukanye ubwo barebaga ibyabaye 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/112332/burundi-inkongi-yumuriro-yibasiye-gereza-ya-gitega-yahitanye-abantu-38-abandi-benshi-barak-112332.html

  • Dr Sabin Nsanzimana wayoboraga RBC yahagaritswe ku mirimo ye mu buryo butunguranye #rwanda #RwOT

    Mu itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w'Intebe kuri uyu wa 07 Ukuboza 2021, rivuga ko Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Kagame Paul ashingiye ku itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 112, imuha ububasha bwo gushyiraho no kuvanaho abayobozi b'ibigo bya Leta ndetse n'ibiyishamikiyeho bifite ubuzima Gatozi, yabaye ahagaritse Dr Sabin Nsanzimana ku mwanya w'Umuyobozi mukuru w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuzima-RBC, kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho.

    Dore uko itangazo ryashyizwe kuri Twitter rivuga;

    Dr Sabin Nsanzimana, yari umuyobozi wa RBC guhera mu mwaka wa 2019 ubwo yasimburaga Dr Condo Jeanine. Mbere yo guhabwa uyu mwanya, yari muri iki kigo cya RBC nk'umuyobozi w'ishami rishinzwe kurwanya SIDA.

    intyoza

    Source : https://www.intyoza.com/dr-sabin-nsanzimana-wayoboraga-rbc-yahagaritswe-ku-mirimo-ye-mu-buryo-butunguranye/

  • Kicukiro: Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica umugore we bapfa ibihumbi 500 FRW #rwanda #RwOT

    Amakuru avuga ko aba bombi bari bafite umugambi wo kuzagura isambu mu bwizigame bari bafitanye bugera ku bihumbi 500 Frw, aho bari bafite umushinga muremure wo kwiyubakira inzu yo guturamo.

    Nyuma baje kugirana ubwumvikane bucye, bituma Murebe agenda ariko ajyana na bwa bwizigame, ibi birakaza cyane Kanyamibare ari nabwo yafataga umugambi wo kumwica, nk'uko yabyivugiye mu ibazwa. Kuri ubu uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyarugunga mu gihe iperereza rigikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe ubushinjacyaha.

    Akurikiranyweho icyaha cy'ubwicanyi gihanwa n'ingingo ya 107 y'Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange. Aramutse ahamwe n'iki cyaha, yahanishwa igihano cyo gufungwa burundu.

    RIB yasabye abantu kwirinda amakimbirane, abo binaniye bakayegera kugira ngo ibafashe kuyakemura mu rwego rwo kwirinda ko ashobora kuba intandaro y'ibyaha bihungabanya umutekano w'abaturage.

    Uru Rwego kandi rurasaba ubuyobozi bw'inzego z'ibanze gukurikirana imibanire y'abaturage, imiryango igaragayemo ibibazo ikagaragazwa hakiri kare kugira ngo ikurikiranwe.

    Source:IGIHE

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/kicukiro-umugabo-yatawe-muri-yombi-azira-kwica-umugore-we-wamutwaye-ibihumbi

  • Impamvu itera amaso gutukura nyuma yo koga muri pisine yamenyekanye #rwanda #RwOT

    Ubusanzwe koga si siporo ishobora gutera impanuka yakwangiza ijisho, ariko akenshi iyo abantu bamaze koga by'umwihariko muri pisine, usanga bafite uburyaryate ku maso ndetse amaso yanatukuye.

    Urubuga delgarm dukesha iyi nkuru rwanditse ko ikinyabutabire 'Chlorine' gishyirwa mu mazi mu rwego rwo kuyasukura; ubwayo ntacyo gitwaye ndetse atari nayo ituma amaso y'uwagiye muri ayo mazi atukura ahubwo ikibazo kibaho iyo 'Chlorine' ihuye na 'Nitrogen' iboneka mu nkari, bikabyara ikinyabutabire cya 'Chloramine'.

    Mu by'ukuri rero iyo tuvuye muri pisine amaso yacu yatukuye, biba byatewe na Chloramine.

    Agahu gatwikira ijisho iyo gahuye na 'Chloramine' karababuka noneho bigatuma umweru w'ijisho uhinduka umutuku, 'Chloramine' kandi ituma ijisho ritwikirwa n'akandi gahu gatuma ijisho ryumagara kandi rigatukura, ibyo biba byabaye ku jisho ni byo bita'Keratitis'.

    Abantu benshi bakunze kwibwira ko kuvura iki kibazo hakoreshwa ibitonyanga bigabanya ugutukura kw'ijisho, nyamara uburyo bwiza bwo kuvura iki kibazo ni ugukoresha amarira y'amakorano.

    Amarira y'amakorano atuma ku jisho hirema agahu gafasha ijisho gukira vuba. Naho imikorere y'ibitonyanga bigabanya gutukura kw'ijisho, ubwayo(imikorere) ishobora gutuma ikibazo kirushaho gukomera cyane cyane iyo uhagaritse gukoresha uwo muti.

    N'ubwo bwose abenshi bavuga ko gutukura amaso uvuye kogera muri pisine biterwa n'ingano ya 'Chlorine' iba yashyizwe muri ayo mazi, abashakashatsi bemeza ko iyo atari yo mpamvu nyayo yo gutukura amaso.

    Impuguke mu by'ubuvuzi mu kigo gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, mu nteko isuzuma ubuzima n'imiterere y'amazi n'urwego rw'igihugu rushinzwe pisine muri Amerika, batangaje ko impamvu y'umwimerere itera amaso gutukura ku muntu uvuye koga muri pisine, ari inkari ziba ziri muri iyo pisine.

    Na mbere y'ubu bushakashatsi hari ubundi bwari bwarerekanye ko byibuze mu banyu batanu bajya muri pisine, umwe asiga anyayemo kandi inkari uko zaba zingana kose zisiga uburozi mu mazi.

    Ubushakashatsi buheruka bw'inteko ishinzwe kugenzura ubuzima n'imiterere y'amazi ya pisine muri Amerika, bwagaragaje ko hafi kimwe cya kabiri cy'abanyamerika batekerezaga ko hari imiti yongerwa mu mazi ya pisine ku buryo iyo unyayemo amazi ahita ahindura ibara.

    Muri ubu bushakashatsi, abantu 71% by'abo bwakoreweho, bizeraga ko Chlorine ari yo ituma amaso atukura nyuma yo kuva muri pisine.

    Michele Hlavsa ukuriye gahunda z'ubuzima bujyanye no koga mu kigo gishinzwe kurwanya no gukumira indwara muri Amerika, aganira na today.com muwa 2015 yagize ati 'kuba mu mazi harimo inkari, bituma Chlorine yigirayo bigakora ikindi kintu gituma amaso y'abantu atukura'. Yongeyeho ati 'Gutukura kw'amaso y'umuntu woga ubwabyo ni ikimenyetso cy'uko muri pisine hashobora kuba harimo inkari'.

    Uyu mushakashatsi kandi aburira abantu ababwira ko akenshi impumumuro yumvikana mu mazi ya pisine atari impumuro ya Chlorine ahubwo ari impumumuro y'ibindi binyabutabire bibyarwa n'uruhuririane rwa Chlorine n'inkari ziba zanyawe muri pisine, ibyo bikaba ari nabyo bitera amaso gutukura.

    Gukemura iki kibazo cyo kwanduza amazi ya pisine, abakoresha pisine bagirwa inama yo kubanza gukaraba umubiri wose ndetse no kwihagarika mu bwiherero bwabugenewe mbere yo kwinjira muri pisine.

    Musinga C.

     

     

     

     

     

     

    The post Impamvu itera amaso gutukura nyuma yo koga muri pisine yamenyekanye appeared first on IRIBA NEWS.

    Source : https://iribanews.rw/2021/12/07/impamvu-itera-amaso-gutukura-nyuma-yo-koga-muri-pisine-yamenyekanye/