Tag: Ubuzima

  • Miss World: 17 banduye Covid-19 mbere yuko i… – #rwanda #RwOT

    Ikinyamakuru Primera Hora cyatangaje ko bitaramenyekana uko byagenze kugira ngo bandure icyorezo cya Covid-19, n'ubwo kugeza ubu abategura Miss World batangaza ko abakobwa barindwi (7) ari bo bamaze gushyira mu kato.

    Iri rushanwa rirasozwa mu ijoro ry'uyu wa Kane tariki 16 Ukuboza 2021 ahitwa Coliseo muri Teritwari ya Puerto Rico, aho umunya-Jamaica, Toni-Ann Singh aza gutanga ikamba ku musimbura we.

    Ni ku nshuro ya 70 iri rushanwa riba. Mu 2020 ryasubitswe kubera icyorezo cya Covid-19, bituma Toni-Ann Singh aba Nyampinga wa mbere mu mateka y'iri rushanwa utindanye ikamba.

    Umuvugizi wa Minisitiri w'Ubuzima muri Puerto Rico, Lisdian Acevedo yavuze ko kugeza ubu '17 ari bo banduye Covid-19', ariko ko ejo 'hashize bari barindwi (7). Avuga ko mu banduye harimo abakobwa bahataniye ikamba n'abari mu ikipe itegura iri rushanwa.

    Acevedo yavuze ko n'ubwo 'nta n'umwe urembye ku buryo yajyanwa mu bitaro, ariko bose bagomba kumara iminsi 10 bari mu kato.'

    Umuyobozi Mukuru wa Miss World Organizations, Julia Morley yabwiye ikinyamakuru Primera Hora ko umukobwa wanduye Covid-19 atari bugaragare mu muhango wo gutanga ikamba, ariko ko 'niba ari we utsinda azagutangazwa'.

    Julia yavuze ko bazi neza ibihe Isi irimo byo guhangana na Covid-19, ari nayo mpamvu bafashe amashusho buri mukobwa, bityo ko ariyo ashobora kwifashishwa mu gutanga ikamba mu gihe uwo mukobwa yaba atabonetse kubera Covid-19.

    Ati 'Akanama Nkemurampaka karongera kanyuze amaso mu mashusho y'abo bakobwa ku buryo kayashingiraho gafata umwanzuro.'

    Mu Ugushyingo 2021, Botino wari uhagarariye u Bufaransa muri Miss Universe yategetswe kumara iminsi 10 mu kato nyuma y'uko yanduye Covid-19.

    Uyu mukobwa yabashije kugera mu bavuyemo uwegukana ikamba rya Miss Universe 2021. Imbere y'abari bakuriye umuhango wo gutanga ikamba, yavuze ko ibihe yanyuzemo yanduye Covid-19 'byatumye ndushaho gushikama'.


    17 bari muri Miss World 2021 barimo abari mu irushanwa n'abakozi nibo banduye Covid-19

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/112651/miss-world-17-banduye-covid-19-mbere-yuko-ikamba-ritangwa-112651.html

  • Breaking: Miss World 2021 yagombaga gusozwa k… – #rwanda #RwOT

    Amakuru y’isubikwa rya Miss World 2021 yitabiriwe n’abakobwa barimo umunyarwandakazi Ingabire Grace, yemejwe mu kanya gato gashize n’Ubuyobozi bw’iri rushanwa mu itangazo rirerire ribisobanura neza. Abategura iri rushanwa batangaje ko babaye basubitse iri rushanwa kubera impamvu z’ubuzima n’umutekano w’abakobwa baryitabiriye, abakozi n’abayobozi baryo n’umuryango mugari.

    Irushanwa rya Miss World rizongera gusubukurwa nyuma y'iminsi 90 ribere Puerto Rico nk'uko byari biteganyijwe. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y'inama yahuje abategura irushanwa rya Miss World, inzobere mu by'ubuganga n'inzego zishinzwe ubuzima muri Teritwari ya Puerto Rico' hemezwa ko irushanwa rizongera gusubukurwa nyuma y'iminsi 90.

    Julai Moley ati 'Twizera ko abakobwa bacu bahataniraga ikamba bazongera kugaruka bagahatanira ikamba. Bari bamaze gukura bariremyemo n'umutima wo gukundana.'

    Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohotswe mu ijoro ry'uyu wa Kane tariki 16 Ukuboza 2021, Miss World Organizations yatangaje ko abahatanaga bose n'abafite aho bari bahuriye n'irushanwa bagiye kujya mu kato hagakurikizwa ingamba zijyanye n'iby'ubuzima hanyuma 'hazakurikizwa izindi ngamba tuzagirwa n'inzobere mu by'ubuzima zizatuma abakobwa basubira mu bihugu byabo'.

    Iki cyemezo gifashwe nyuma y'uko inzego z'ubuzima muri Teritwari ya Puerto Rico zemeje ko abakobwa 17 bahataniye ikamba rya Nyampinga w'Isi 2021 banduye icyorezo cya Covid-19.

    Ikinyamakuru Primera Hora cyatangaje ko bitaramenyeka uko byagenze kugira ngo aba bakobwa bandure icyorezo cya Covid-19 n'ubwo kugeza ubu abategura Miss World batangaza ko abakobwa barindwi (7) ari bo bamaze gushyira mu kato.

    Ni ku nshuro ya 70 iri rushanwa riba. Mu 2020 ryasubitswe kubera icyorezo cya Covid-19, bituma Toni-Ann Singh aba Nyampinga wa mbere mu mateka y'iri rushanwa utindanye ikamba.

    Umuvugizi wa Minisitiri w'Ubuzima muri Puerto Rico, Lisdian Acevedo yari yavuze ko kugeza ubu 'abakobwa 17 ari bo banduye Covid-19', ariko ko ejo 'hashize bari barindwi (7). Avuga ko mu banduye harimo abakobwa bahataniye ikamba n'abari mu ikipe itegura iri rushanwa.

    Acevedo yavuze ko n'ubwo 'nta n'umwe urembye ku buryo yajyanwa mu bitaro ariko bose bagomba kumara iminsi 10 bari mu kato.'

    Abakobwa bagera kuri 17 bari muri Miss World 2021 banduye Covid-19

    Itangazo rishimangira isubikwa rya Miss World 2022

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/112654/breaking-miss-world-2021-yagombaga-gusozwa-ku-mugoroba-wuyu-wa-kane-yasubitswe-112654.html

  • Nyarugenge : Imodoka yakoze impanuka iruhukira mu nzu y’Ubucuruzi #rwanda #RwOT

    Iyi mpanuka yabaye ahagana saa saba z’amanywa kuri uyu wa kane tariki 16 Ukuboza 2021, imodoka y’ivatiri yakoze impanuka idasanzwe iboneza mu nyubako ya CHIC mu gice cyo hasi ahari ibikorwa bya RODAS, imbere ya parikingi iteganye n’umuhanda werekeza ku kigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare.

    Iyo modoka yaje iboneza aho abantu binjirira, igonga ushinzwe umutekano (Isco), irakomeza yinjira mu iduka ricuruza ibintu bitandukanye na ho isangamo umuntu, ariko ku bw’amahirwe ntawe yahitanye usibye kubakomeretsa bikabije.

    Ababonye iyo mpanuka iba barimo abashinzwe gupakurura ibicuruzwa baketse ko uwari utwaye iyo modoka ashobora kuba yari yasinze cyangwa yari afite indarane, kuko urebye uburyo yaje ikinjira muri CHIC, ubona ko atari ukubura feri.

    Umwe mu bari muri iyo modoka yanze kugira icyo atangariza abanyamakuru, naho umwe mu bakora mu iduka iyo modoka yangije, we yavuze ko yari asohotse, agaruka bamuhamagaye ngo aze arebe ibibaye.

    Amafoto : Kigali Today

    Source : http://www.ukwezi.rw/1-1/Amakuru-anyuranye/article/Nyarugenge-Imodoka-yakoze-impanuka-iruhukira-mu-nzu-y-Ubucuruzi

  • Rubavu : Umusore yagiye koga mu Kivu bamubuza ararohama arapfa #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 15 Ukuboza, 2021 mu Murenge wa Gisenyi, Akagari ka Nengo mu Karere ka Rubavu.

    Amakuru avuga ko uyu musore yabanje kujya mu mazi ariko abari hafi y’ikiyaga barababurira kuko byakekwaga ko atazi koga nibwo bimutse bajya kogera ahandi maze ahita arohama.

    Mugenzi we abonye ko arohamye yatabaje abaturage ngo bamufashe kumurohora ariko basanze yamaze gupfa.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco yavuze ko impanuka nk’iyi zidasanzwe kugaragara kuko haba hari abashinzwe gucunga umutekano wo mu mazi.

    Agira inama abagana ikiyaga cya Kivu kujya babanza kumenyesha inzego zibishinzwe.

    Ati 'Tugira inama abantu aho bagera n’aho batagera. Mu gihe abantu bagiye koga bagomba kubanza kwiyambaza abantu bahashyizwe babafasha kugira ngo bababwire ahantu batagomba kurenga ngo babe bahatakariza ubuzima bwabo.'

    Uyu Muyobozi yavuze ko uwari kumwe na nyakwigendera yahise atabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) sitasiyo ya Gisenyi kugira ngo hakorwe iperereza ko nta ruhare yabigizemo.

    Ni mu gihe umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro Bikuru bya Gisenyi kugira ngo ukorerwe isuzuma.

    Source : http://www.ukwezi.rw/1-1/Amakuru-anyuranye/article/Rubavu-Umusore-yagiye-koga-mu-Kivu-bamubuza-ararohama-arapfa

  • Uburwayi bukomye bwa MrP bwatumye igitaramo cya P Square cyo kwiyunga gisubikwa #rwanda #RwOT

    Mu butumwa Peter Okoye uzwi muri PSquare nka Mr P yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yatangaje ko yagerageje ibishoboka ngo agarure akabaraga none bibasabye ko igitaramo kigizwa inyuma.

    Ati' Bimaze iminsi bingoye cyane kugerageza gutora akabaraga mu buribwe ,umuriro ndetse no gucika intege umubiri wose, Twari twishimiye kubaha igitaramo cyiza tariki 18 Ukuboza 2021 , gusa umubiri wanjye wanze urananira nkarenzaho imyitozo ikarishye ya buri kanya , situdiyo nayo byanze byasabye ko numvira amabwiriza y'abaganga yo kuruhuka , kongera kubaka umubiri wanjye nzasubira ubuzima ku murongo muzima.

    Ikintu cya mbere nihutiye gukora ni ukwipimisha icyorezo cya Covid-19 gusa ku bw'amahire basanze ndimuzima ndashimira umuvandimwe Rudeboy(P Square) , umuryango wanjye n'ikipe yanjye bambaye hafi bakanyihanganira mu gihe narindi kunyura muri Ibi byose .

    Amakuru meza ahari nuko ibi tugiye kubikosora , ubundi tubahe igitaramo cy'imbaturamugabo ku munsi wa noheri tariki 25 Ukuboza 2021'

    Igitaramo cya PS quare cyari ku itariki 18 Ukuboza kimuriwe tariki 25 Ukuboza 2021.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/uburwayi-bukomye-bwa-mr-p-bwatumye-igitaramo-cya-p-square-cyo-kwiyunga

  • Haiti: Abantu basaga 62 bapfiriye mu mpanuka y'ikamyo itwara lisansi yahiye #rwanda #RwOT

    Abantu bagera kuri 62 bapfuye ubwo ikamyo yikoreye ibikomoka kuri peteroli yaturikaga igahita ishya muri Haiti mumujyi wa Cap-Haitien kuri uyu wa kabiri.

    Abashinzwe gutabara ahabaye impanuka bavuga ko iyi mibare ishobora kwiyongera cyane kuko ari benshi bahiriye muri aka kaga.

    Umuyobozi wungirije w'uwo mujyi, Patrick Almonor, yavuze ko abatari bake bakomeretse kandi abarenga 50 bishwe n'umuriro. Avuga kandi ko iyo kamyo yakoze impanuka ubwo umushoferi wayo yarimo ahunga kugira ngo atagonga ipikipiki yari mu nzira.

    Abantu bapfuye ni abarimo baragenda n'amaguru ku muhanda, bihutiye kuvoma lisansi, isanzwe ari imari ishyushye mu murwa mukuru Port-au-Prince.

    Almonor yavuze ko amazu hafi 40 muri ako gace yahiye ashya, ariko nta mibare yatanzwe y'ababa bayahiriyemo.

    Mu mezi ashize, imodoka zitari nke zitwaye ibitoro zatewe n'amabandi yitwaje intwaro basaba amafaranga kugira ngo barekure abashoferi bazo.

    (AFP)

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/haiti-abantu-basaga-62-bapfiriye-mu-mpanuka-y-ikamyo-itwara-lisansi-yahiye

  • Omicron yamaze kugaragara mu Rwanda…Abaturarwanda barasabwa iki ? #rwanda #RwOT

    Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubuzima mu gicuku cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021.

    Iri tangazo ritangira rigira riti 'Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko binyuze mu gusuzuma byimbitse ibizamini by’abagenzi binjira mu Gihugu, mu Rwanda hagaragaye abantu batandatu banduye Virus yihinduranyije ya COVID-19 izwi ku izina rya Omicron.'

    Iri tangazo rivuga ko aba bantu ari abagenzi ndetse n’abo bahuye na bo, rikomeza rivuga ko iyi Virusi yihinduranyije ya Omicro izwiho gukwiriakwira mu bantu benshi mu buryo bwihuse igasaba abantu gukaza ingamba zo kwirinda bubahiriza ingamba nshya zashyizweho n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021.

    Rikomeza rigira riti 'Minisiteri y’Ubuzima iributsa Abaturarwanda bose bafite kuba ku myaka 12 ko ari ngombwa kwikingiza iyi virusi [COVID-19] mu buryo bwuzuye no gufata doze ishimangira y’urukingo rwa COVID-19 ku muntu wese ubarizwa mu cyicirio cy’abayigenewe.'

    Minisiteri y’Ubuzima yatangaje iby’iyi virusi yihinduranyije yageze mu Rwanda mu gihe ingamba nshya zafatiwe mu Nama y’Abaminisitiri zakajijwe kuko abagenzi bose bavuye hanze y’Igihugu bagomba kubanza gushyirwa mu kato k’iminsi itatu.

    Izi ngamba kandi zahagaritse ibitaramo by’umuziki no kubyina birimo inzu z’utubyiniro [Night Clubs] ndetse na Karaoke naho konseri zateguwe zikazajya zibanza kwemezwa na RDB.

    Source : http://www.ukwezi.rw/1-1/17/article/Omicron-yamaze-kugaragara-mu-Rwanda-Abaturarwanda-barasabwa-iki

  • Muhanga: Umukobwa arashinjwa kwikuramo inda uruhinja akaruta mu musarani #rwanda #RwOT

    Umukobwa w'imyaka 25 y'amavuko wo mu Kagari ka Remera, Umurenge wa Kiyumba, Akarere ka Muhanga, ukurikiranyweho gukuramo inda agata uruhinja mu musarani, yisobanura avuga ko yagiye mu musarani yakwikanira akumva umwana yituyemo.

    Dosiye y'Ikirego cy'uyu mukobwa ukurikiranyweho icyaha cyo kwikuramo inda, yashyikirijwe Ubushinjacyaha Urwego Rwisumbuye rwa Muhanga mu cyumweru gishize tariki 08 Ukuboza 2021.

    Iki cyaha akekwaho, cyabaye tariki 04 Ukuboza 2021, bigakekwa ko cyaba cyarabereye mu Mudugudu wa Nyanza Akagali ka Remera, Umurenge wa Kiyumba, Akarere ka Muhanga.

    Uyu mukobwa ukekwaho gukora iki cyaha, yari yaratashye iwabo muri aka gace nyuma yo gutererwa inda mu Mujyi wa Kigali aho yari asigaye aba.

    Inkuru dukesha urubuga rw'Ubushinjacyaha Bukuru bw'u Rwanda, ivuga ko uko umunyeyi w'ukekwaho kwivanamo inda yari avuye kuguza amafaranga ngo azabone uko umufasha agiye kubyara, yageze mu rugo asanga ukekwa ntari mu cyumba cye, asohotse asanga ahagaze iruhande rw'umusarani ari gutitira.

    Umubyeyi yarebye umukobwa we abona inda yabaye nto kandi yarabonaga ikuze, ahita akeka ko yaba yayivanyemo, ahita atabaza abaturanyi baraza babona uruhinja mu musarani.

    Ukekwa we avuga ko yashatse kujya mu musarani agaruka mu nzu, yumva mu nda hari kumurya asubirayo arikanira yumva umwana yituyemo.

    Bivugwa ko uyu mukobwa yari yaranze kujya kujya kwipimisha, akaba kandi avuga ko inda ye yari imaze amezi 4, ariko abamubonaga bakaba barabonaga ko ikuze yaba yari yaragejeje igihe cyo kubyara.

    Ukekwa aramutse ahamwe n'icyaha cyo kwikuramo inda ku bushake, yahanishwa igifungo cy'imyaka 3 n'ihazabu ingana n'ibihumbi magana abiri y'u Rwanda, nk'uko biteganywa n'ingingo y' 123 y'Itegeko N°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange.

    RADIO&TV10

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/muhanga-umukobwa-arashinjwa-kwikuramo-inda-uruhinja-akaruta-mu-musarani

  • Nyabugogo: Yari agiye kwiyahurira ku Inkundamahoro kubera impamvu itangaje #rwanda #RwOT

    Umugore wo mu Murenge wa Gahanga ,Akarere ka Kicukiro yatabawe ubwo yari agiye kwiyahurira mu nyubako y'Inkundamahoro iherereye mu Murenge wa Kimisagara ahazwi nka Nyabugogo.

    Ahagana saa sita z'amanywa yo kuri uyu wa Gatanu tariki a 10 Ukuboza 2021,nibwo uyu mugore w'abana batatu yashatse kwiyahura asimbutse mu igorofa ya Gatanu.

    Uyu mugore wafatanywe ibaruwa yari yanditse avuga ko yafashe icyemezo cyo kwiyahura kubera ko yasanze Isi ishaririye.

    Ubuyobozi bwa bw'Inkundamahoro bwabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko camera zishinzwe umutekano w'iyi inyubako ari zo zerekanye amashusho y'uko uyu mugore ashaka kwiyahura, abashinzwe umutekano bahita bajya kuburizamo iki gikorwa.

    Uyu mugore we yabwiye IGIHE ko yari agiye kwiyahura kubera ko yasanze isi ntacyo imumariye n'ubuzima bumushaririye.

    Yagize ati 'Ikibazo mfite n'uko hari ibintu mba mbona nkeneye nakwihaye kuva mfite amaboko n'amaguru n'umutwe, nubwo abantu bakunda kunyita umusazi ndi muzima pe!. Njya nkurura ubuzima bwanjye nkabona nta cyiza cy'isi.'

    Uyu mugore yavuze ko ari ubwa gatatu yari agerageje kwiyahura ariko ko yaganirijwe, agahumurizwa akerekwa ko adakwiye kwiheba no gushaka kwivutsa ubuzima.

    Ngo yahise ahindura igitekerezo yari afite, anasaba abafite icyo gitekerezo kukireka.

    Inkuru ya IGIHE

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/nyabugogo-yari-agiye-kwiyahurira-ku-inkundamahoro-kubera-impamvu-itangaje

  • Umugore yagurishije umwe mu bana b'impanga be kugira ngo agure ibyokurya #rwanda #RwOT

    Umubyeyi wo muri Afuganisitani yahatiwe kugurisha umwe mu mpanga ye kugira ngo agaburire undi mu gihe ikibazo cy'ibiribwa gikomeje gukara mu gihugu.

    Nk'uko ikinyamakuru Mail Online kibitangaza, ngo uyu mugore w'imyaka 40 ukomoka mu ntara ya Jawzjan yo mu majyaruguru, yagurishije umwana we w'uruhinja,undi muryango wabuze urubyaro ku madorari 104 mu rwego rwo gushaka uko agurira umuryango we ibiryo bihagije kugira ngo babeho andi mezi atandatu.

    Kwigarurira ubutegetsi kw'Abatalibani muri Kanama uyu mwaka byasenye ubukungu,bituma benshi mu banya Afghanistan bahura n'inzara ikomeye.

    Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rivuga ko kimwe cya kabiri cy'abaturage ba Afuganisitani bafite ibyago byo kwicwa n'inzara muri iki gihe cy'itumba, ikibazo cyarushijeho kuba kibi bitewe n'uko imiryango myinshi y'abatabazi yahunze igihugu igihe guverinoma yakurwagaho.

    Ikibazo cy'uyu muryango cyavumbuwe na Save the Children, bagifite abakozi hasi bagaburira ibiryo bamwe mu baturage babikeneye cyane.

    Aganira n'abakozi bashinzwe ubutabazi, nyina w'umwana yavuze ko yibarutse impanga – umuhungu n'umukobwa – hashize amezi ane cyangwa atanu, nyuma gato yo kuva mu murima wabo kubera amapfa.

    Umugore yasobanuye ko yabanje gutegura gahunda yo kurera abo bana bombi, ariko ntabashe kubona ibiryo bihagije kuri umwe cyane ko ubusanzwe abana bagaburirwa umutsima, ndetse rimwe na rimwe amata y'ifu.

    Umugabo we w'imyaka 45 akora akazi kinjiza idorari 1 ku munsi. Aya mafranga ntashobora kubagaburira iminsi 2.

    Umuhungu wa kabiri w'imfura na we akora ku isoko ribegereye, nyina avuga ko asunika amagare akoreshwa mu gutwara ibicuruzwa.

    Ariko kubera ko akiri muto,abacuruzi bakunda guhitamo gukoresha abana bafite imbaraga,akenshi ngo usanga adafite akazi.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/umugore-yagurishije-umwe-mu-bana-b-impanga-be-kugira-ngo-agure-ibyokurya