Tag: uburezi

  • Nyamagabe: Impungege ku barenga 900 bashobora guta ishuri – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w'Akarere ka Nyamagabe Wungirije Ushinzwe Iterambere ry'Imibereho Myiza y'Abaturage, Uwamariya Agnes, yavuze ko batahita bavuga ko bavuye mu ishuri burundu kuko babyita batyo iyo umwaka ushize undi ugataha.

    Mu Kiganiro 'Sobanuza' cya Radio Salus, Umwariya yavuze ko abo bana biga nabi ku buryo bigaragaraga ko bataye ishuri.

    Ati 'Dusoje umwaka dufite abana bagera hejuru ya 900 bigaragara ko batari mu ishuri ariko ibyo dutangira kubirebera mu buryo abana basiba.'

    Yavuze ko imibare bafite ibereka ko mu bwitabire bwo kwiga abana bari ku kigero cya 99% biga neza, bisobanuye ko 1% risigaye ari abana bafite imyitwarire ibaganisha mu kuva mu ishuri.

    Yagaragaje ko mu bituma bava mu ishuri harimo abana bakuru bagiye biga nabi aho usanga nk'ufite imyaka 15 yiga mu wa kabiri w'amashuri abanza; amakimbirane mu miryango n'ibindi.

    Yavuze ko hari kurebwa uko abo biga bakuze bajyanywa mu mashuri y'imyuga bashaka cyangwa mu masomero y'abakuze.

    Ikindi yagaragaje gituma abana batiga ni uko baba barabyawe n'abangavu batewe inda imburagihe, bakabasigira ba nyirakuru bakajya gushakisha ubuzima mu mujyi.

    Hari n'abana babona imiryango yabo irimo ubukene kandi itabitayeho bagahitamo kujya gushakisha imirimo ibafasha kubona imibireho n'amafaranga.

    Uwamariya yavuze ko hari n'abana babona ibibazo biri mu miryango yabo bakayihunga bakajya kuba mu muhanda kandi bari basanzwe ari abanyeshuri.

    Ibyo bibazo nibyo bari guhangana nabyo kugira ngo abo bana basubizwe mu ishuri bige mu buryo birambye byabanje gukemurwa.

    Mu Karere ka Nyamagabe hagaragara amashuri abanza 86, ayisumbuye 60 n'ay'imyuga arindwi.

    Abanyeshuri biga nabi biganisha ku kuva mu ishuri biganje mu mashuri abanza n'ayisumbuye.

    Mu Karere ka Nyamagabe hari impungege z’uko abarenga 900 bashobora guta ishuri

    [email protected]


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyamagabe-impungege-ku-barenga-900-bashobora-guta-ishuri

  • Ibyabaye ku munyeshuri wibye inkoko ya mama we kugirango yishyure amafaranga y’ishuri biratangaje – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu gihugu cya Nigeria haravugwa amakuru atangaje y'umwana w'imyaka 15 wagerageje kwiba inkoko y'umubyeyi kugira ngo yishyure amafaranga y'ishuri ,kuri ubu uyu mwana yafashijwe kubona minerivali n'ibikoresho by'ishuri.

    Umunyeshuri uzwi ku izina rya Lawrence Murimi yari yibye inkoko ya mama we aziko izamwishyurira amafaranga y'ishuri kuko ku ishuri bari bamwirukanye.

    Nyuma y'icyemezo cy'umuyobozi w'ishuri ryisumbuye rya Kangaru cyo kutemera uwo muhungu ku ya 19 Gicurasi, abayobozi baje guterana maze bamushakira inkunga maze uyu mwana agaruka mu ishuri.Umuyobozi w'ishuri Koech nawe yamwakiriye neza n'amafoto yagaragaye kuri interneti amwerekana afasha uyu muhungu kwambara inkweto nshya bamuguriye.

    Mama wa Lawrence wari wuzuye umunezero yashoboraga kubona umwana we amwenyura mu gihe abandi bakozi nabo bifatanije n'umuyobozi guha ikaze Lawrence.

    Source : https://yegob.rw/ibyabaye-ku-munyeshuri-wibye-inkoko-ya-mama-we-kugirango-yishyure-amafaranga-yishuri-biratangaje/

  • Abanyeshuri 400 basoje amasomo y'ubukerarugendo muri Kaminuza ya Cornell – #rwanda #RwOT

    Iyi gahunda yatangijwe igamije guhugura abanyeshuri banyuranye bakora mu bukerarugendo, cyangwa bifuza kubukora kinyamwuga, binyuze mu kubigisha ndetse no kubaha ubumenyi bukenewe mu kunoza iterambere ry'urwo rwego cyane ko u Rwanda rwifuza kurushingiraho mu iterambere ryarwo.

    Mu gihe habura iminsi mike ngo u Rwanda rwakire inama ikomeye izahuza Abakuru b'ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango w'Ibihugu bivuga ururimi rw'Icyongereza, CHOGM, Kaminuza ya Cornell yasohoye icyiciro cya gatanu cy'abanyeshuri 400 biteguye guhangana ku isoko ry'umurimo nubwo muri bo hari abasanzwe bakora muri hoteli.

    Umuhango wo ku bashyikiriza impamyabushobozi wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Gicurasi 2022, ubera muri Kigali Serena Hotel witabirwa n'abarimo Umuyobozi Mukuru w'Ishuri rikuru ry'u Rwanda ry'Imyuga n'Ubumenyingiro, Dr. Sylvie Mucyo, Umuyobozi ushinzwe Imibereho y'Abanyeshuri muri 'Cornell Institute of Food and Beverage Management', Alex M. Susskind, Umuyobozi w'Agateganyo w'Ishami ry'Ubukerarugendo muri RDB, Ariella Kageruka n'abandi batandukanye.

    Aba banyeshuri bamaze amezi agera ku 10 biga amasomo y'ubukerararugendo mu ngeri zitandukanye hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse bahabwaga n'imikoro bagakorana n'abandi bagenzi babo bari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gusa hari n'igihe abahanga baturutse muri iyi Kaminuza bazaga mu Rwanda.

    Abanyeshuri bagaragaza ko kwiga muri porogaramu za Kaminuza ya Cornell bizashyira ishyiga ry'inyuma ku bukerarugendo bw'u Rwanda, ndetse bikazamura urwego rw'itangwa rya serivisi.

    Wibabara La Reine yagize ati 'Kimwe mu bintu nigiyemo ni ugutanga serivisi nziza ku bakiliya kandi no guhuza inshingano zo kwakira abantu no gukorera hamwe na bagenzi banjye. Kimwe mu bikunze kutugora ni ugukorera hamwe nk'ikipe kandi ari ingenzi.'

    Munyengabe Ingabire Nicole wanyuze mu byiciro byabanje yagarageje ko batiga gusa ngo babone impapuro cyangwa impamyabushobozi, ahubwo bahakura ubumenyi bwisumbuye bubafasha kwitwara neza mu kazi kabo.

    Ati 'Kuba dufite iyi gahunda dufite amahirwe akomeye, ntabwo uyu munsi bivuze kubona impamyabumenyi gusa ahubwo bivuze ko twabonye ubumenyi kandi buzadufasha muri byinshi.'

    Mu ijambo ry'Umuyobozi wa MasterCard Foundations mu Rwanda, Rica Rwigamba, yashimye cyane umusanzu wa porogaramu Hanga Ahazaza mu guteza imbere urubyiruko.

    Yashimiye ubufatanye bw'iyi Kaminuza mu guteza imbere ibirebana n'amahoteli n'ubukerarugendo, asaba abarangije gukomeza guhesha ishema igihugu batanga serivisi zinoze nk'uko babyigishijwe.

    Umuyobozi w'Agateganyo w'Ishami ry'Ubukerarugendo muri RDB, Ariella Kageruka, yagaragaje ko ubukerarugendo buri gushyirwamo imbaraga hagamijwe guhindura imikorere.

    Yavuze ko nubwo Covid-19 yagize ingaruka zikomeye ku bukerarugendo bw'u Rwanda, binyuze mu ngamba zigenda zifatwa zirimo no guhugura ababukora, bizeyeoguhindura isura yabwo mu gihe gito kiri imbere.

    Kugeza ubu hifuzwa ko u Rwanda ruzagira ubukerarugendo bwo muri za parike, ubukerarugendo bwibanda ku kwakira inama mpuzamahanga n'ibikorwa bitandukanye nk'imikino yo ku rwego mpuzamahaga kandi bijyana n'imitangire inoze ya serivisi.

    Biteganyijwe ko binyuze mu mikoranire ya MasterCard Foundations na Kaminuza ya Cornell muri gahunda ya Hanga Ahazaza, urubyiruko rugera ku bihumbi 30 ruzahabwa ubumenyi mu birebana n'ubukerarugendo ndetse rukanahabwa impamyabushobozi zo ku rwego mpuzamahanga.

    Umuyobozi wa MasterCard Foundations mu Rwanda, Rica Rwigamba, yashimye cyane umusanzu wa porogaramu Hanga Ahazaza mu guteza imbere urubyiruko

    Umuyobozi w'Agateganyo w'Ishami ry'Ubukerarugendo muri RDB, Ariella Kageruka, yagaragaje ko ubukerarugendo buri gushyirwamo imbaraga hagamijwe guhindura imikorere

    Umuyobozi ushinzwe Imibereho y'Abanyeshuri muri 'Cornell Institute of Food and Beverage Management', Alex M. Susskind, yitabiriye iki gikorwa

    Munyengabe Ingabire Nicole wanyuze mu byiciro byabanje yagarageje ko batiga gusa ngo babone impapuro cyangwa impamyabushobozi, ahubwo bahakura ubumenyi bwisumbuye bubafasha kwitwara neza mu kazi kabo

    Abanyeshuri 400 basoje amasomo y’ubukerarugendo binjiye ku isoko ry’umurimo mu Rwanda

    Byari ibyishimo ku banyeshuri basoje amasomo yabo

    Abanyeshuri bashyikirijwe impamyabumenyi zabo

    Amafoto: Yuhi Augustin


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyeshuri-400-basoje-amasomo-y-ubukerarugendo-muri-kaminuza-ya-cornell

  • Abadepite bahamagaje Minisitiri w'Uburezi kubera Amashuri ya siyanse atagira Laboratwari #rwanda #RwOT

    Inteko Ishinga Amategeko yahamagaje  Minisitiri w'Uburezi, gusobanura uko amashuri yigisha Siyansi atagira Laboratwari.

    Abadepite babivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Gicurasi 2022, ubwo batangaga Raporo  y'ingendo rusange bakoze mu turere twose tugize intara n'umujyi wa Kigali, harebwa imibereho y'abaturage hanasuzumwa ishyirwa mu bikorwa ry'imishinga y'iterambere.

    Ikibazo cy'amashuri yigisha siyansi n'ikoranabuhanga atagira ibikoresho, ni kimwe mu byagaragajwe n'Abadepite batanze raporo mu ngendo hirya no hino mu gihugu.

    Izi ntumwa za rubanda zagaragaje ko nta musaruro wakwitegwa kuri aba baneshuri biga muri ubu buryo, ari nayo mpamvu banzuye ko minisitiri w'uburezi agomba kubitaba agatanga ibisobanuro.

    Depite Edda Mukabagwiza, Visi Perezida w'Umutwe w'Abadepite ushinzwe amategeko gukurikirana no kumenya ibikorwa bya Guverinoma, agaragaza ibibazo by'ingutu byagaragaye cyane mu myubakire y'amashuri.

    Yagize ati 'Hari ikibazo cya ba Rwiyemezamirimo bubatse ibyumba by'amashuri batarishyurwa, nk'urugero kuva mu 2013, mu murenge wa Mushubi  mu Karere ka Nyamagabe ndetse n'ahandi. Ku birebana n'abana bataye amashuri, Abadepite bishimiye cyane ubufatanye inzego zose zabishyizemo ari ababyeyi, ari abayobozi b'inzego zibanze n'ibigo by'amashuri kugira ngo hagarurwe abana benshi bari barataye amashuri, mu byukuri iki ni igikorwa gikomeza.'

    Depite Edda Mukabagwizaakomeza agira ari 'Ariko ibibazo byagaragayemo ni ukuba umubare w'abana bataragaruka ku ishuriusanga amashuri awuzi ndetse n'inzego zibanze ziwuzi, ariko Ugasanga ubuyobozi bw'inzego z'ibanze n'ubw'ibigo by'amashuri nta sesengura bwakoze kugira ngo hagaragazwe aho abo bana baherereye n'impamvu batagaruka mu ishuri.'

    Bamwe mu Badepite bakimara kumva ibi bibazo byagaragaye mu mashuri bahise banzura ko minisitiri w'uburezi agomba kwitaba inteko, agasobanura ingamba bafite  mu rwego rwo gukemura ibi bibazo.

    Depite Frank Habineza yagize ati 'TVET ziri hirya no hino hari ikibazo cyagaragaye, ntibagira integanyanyigisho, ku buryo batubwiye ko abarimu bashakisha ku giti cyabo bikoreshereza amasomo banditse. Minisitiri w'uburezi azaze adusobanurire.'

    '

    Depite Uwamariya Veneranda yagize ati 'Ibibazo twagiye tugaragaza mu bibazo by'amashuri, iyo turebye ku rwego rw'umurenge dusanga hari umukozi ushinzwe uburezi mu murenge. Ni gute ibibazo bitabonerwa igisubizo?'

    Depite Musolini Eugène yagize ati 'Uburezi bufite ireme harimo gahunda nyinshi, kwigisha umwana kugera ku ikoranabuhanga, ariko ahenshi usanga amashuri atagira umuriro w'amashanyarazi.'

    Visi Perezida w'Umutwe w'Abadepite Edda Mukabagwiza, yavuze ko Minisitiri w'Uburezi atanakwiye gusobanura gusa ibi bibazo biri mu mashuri, ahubwo akwiye no kubazwa urunturuntu mu ishyirwa mu myanya ry'abarimu.

    Yagize ati 'Minisitiri w'Uburezi azahamagarwa, kubera ishyirwa mu myanya ry'abarimu. Ibyo rero bizahuzwa n'ibi ngibi kuko minisitiri w'uburezi ntiyahamagara kabiri.'

    Abagize Inteko Ishinga Amategeko umutwe w'Abadepite, bagaragaje ko  mugihe cy'amezi atandatu ibibazo byagiye bigaragara mu mashuri bigomba kuba byahawe umurongo, kuko Leta iba yashoyemo amafaranga menshi mu rwego rwo kuzamura ireme ry'uburezi.

    Iki kibazo cy'ireme ry'uburezi si n'ubwa mbere kivuzwe mu burezi bw'u Rwanda, kuko igihugu giherutse kwanzura gutumiza abarimu bazaturuka mu mahanga ndetse abazava muri Zimbabwe bazatangira akazi muri Nzeri, 2022.

    AGAHOZO Amiella

    The post Abadepite bahamagaje Minisitiri w'Uburezi kubera Amashuri ya siyanse atagira Laboratwari appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2022/05/07/abadepite-bahamagaje-minisitiri-wuburezi-kubera-amashuri-ya-siyanse-atagira-laboratwari/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=abadepite-bahamagaje-minisitiri-wuburezi-kubera-amashuri-ya-siyanse-atagira-laboratwari

  • Imikino yagaragajwe nk'uburyo bukomeye mu kwigisha umwana – #rwanda #RwOT

    Ku wa Gatanu nibwo Kina Rwanda yahuje abafatanyabikorwa mu guteza imbere kwiga binyuze mu mikino, aho ibigo bigera kuri 20 byahuriye hamwe mu mwiherero ugamije guteza imbere umuco wo gukina.

    Ni ukugira ngo bafatanye kandi bakoreshe ubunararibonye bwa buri kigo, bageze ubutumwa kuri benshi bityo barusheho kumenyakanisha akamaro ko kwiga binyuze mu mikino.

    Uyu mwiherero wateguwe n'ikigo cyitwa Purpose, uyoborwa na Kina Rwanda ifatanyije na UNICEF, VSO, ndetse na VVOB, ukaba wari ufite intego yo guhuriza hamwe abafatanyabikorwa basanzwe bakora cyangwa bazakora ku mishinga igamije guteza imbere kwiga binyuze mu mikino.

    Hari kandi n'imiryango y'abafatanyabikorwa barimo Purpose, VSO, UNICEF, VVOB, Right to Play, Twiga Dukina, ZoraBots Africa Ltd, IEE, Imbuto Foundation, Girl Guides, Umuri Foundation, Wellspring Foundation, A partner in Education (APIE), PCCR, The Play Hub, Teach Rwanda, Agati Library, Amashami Initiative, LEGO Foundation ndetse n'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA).

    Bahuye hagamijwe kungurana ibitekerezo ku buryo bufatika ibi bigo byafatanya mu gutanga ubutumwa bumwe bityo byorohe kugera ku ntego bahuriyeho yo guteza imbere kwiga binyuze mu mikino.

    Mu gusangira ubumenyi n'ubunararibonye binyuze muri iri huriro, aba bafatanyabikorwa bagiye kurushaho kwegera abagenerwabikorwa babo mu buryo bunoze.

    Malik Shaffy Lizinde, uhagarariye Purpose, umwe mu miryango yateguye uyu mwiherero yasobanuye ko iki gikorwa kije mu gihe cy'ingenzi.

    Yagize ati “Tuzi ko ubu hari imiryango myinshi ikora mu byo guteza imbere kwiga binyuze mu mikino. Gusa ntabwo twagera kuri byinshi buri wese akomeje gukora ukwe. Hari byinshi twageraho dufatanyije. Uyu mwiherero rero icyo ugamije ni ugushimangira ubwo bufatanye.”

    Ibi kandi byagarutsweho na Lieve Leroy uhagarariye VVOB avuga ko hari ibikorwa byinshi biri gukorwa n'abafatanyabikorwa batandukanye bikaba ari yo mpamvu hakenewe ko barushaho kunga ubumwe mu gutanga ubwo butumwa kugira ngo bazane impinduka mu buryo burambye.

    Ibigo byitabiriye uyu mwiherero kandi byavuze ku mpamvu babona iki gikorwa kiziye igihe.

    Alphonse Nshimiyimana wo muri Inspire, Educate and Empower (IEE Rwanda) yavuze ko iyi ari intangiriro nziza yo kurushaho gukorana byimbitse.

    Yagize ati 'Mu guhuza abafatanyabikorwa batandukanye, uyu mwiherero watumye twemeranya ku butumwa tuzajya dutanga bikaba bizatuma ibikorwa byacu birushaho kugirana isano.'

    Yonah Nyundo wo muri UNICEF na we yongeyeho ko ibi bizafasha mu mikoranire na Leta.

    Ati “UNICEF ikorana na leta ku rwego rw'igihugu haba mu gushyiraho amabwiriza ndetse no gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje. Dufite ubushobozi bwo kuba twakoresha ingufu z'ubu bufatanye mu kurushaho gushyigikira ibikorwa Leta yimirije imbere.”

    Mu gufatanya gutegura uyu mwiherero, Kina Rwanda, UNICEF, VSO na VVOB bemera ko iki gikorwa ari uburyo bwiza bwo kugira ngo ubutumwa rusange bahuriyeho bujye buhabwa ababyeyi ndetse n'abandi bantu bita ku bana mu buryo bunoze.

    Ibi kandi bikazatuma bagera ku bantu benshi, bityo bakarushaho kuzana impinduka nziza muri sosiyete y'u Rwanda binyuze mu mikino.

    Benjamin Karenzi uhagarariye Zorabots Africa Ltd yavuze ku buryo iki gikorwa cyafasha mu itangwa ry'amasomo ya siyansi (STEM).

    Agira ati 'Icyo dushyira imbere ni ugufasha mu buryo amasomo ya STEM atangwa mu ishuri. Dutegura amahugurwa atandukanye y'ibijyanye n'ikoranabuhanga mu by'amarobo (robotics), kandi nzishimira gufatanya n'abafatanyabikorwa bari hano kugira ngo amasomo ya STEM ajye atangwa mu buryo bushimishije kurushaho hifashishije uburyo bw' imikino.'

    Jimmy Mulisa washinze UMURI Foundation na we yavuze ku kamaro k'uyu mwiherero ku miryango ikorera ku rwego rw' abaturage.

    Ati 'Nk'ikigo gikorana n'abaturage, hari byinshi twakora kubera uyu mwiherero twigiyemo byinshi. Ubu natwe twakoresha ubutumwa bw'iri huriro, bityo tugatanga umusanzu wacu mu kuzana impinduka twese tugamije kugeraho.'

    Basoza uyu mwiherero, abafatanyabikorwa bemeranyije ku murongo ngenderwaho ndetse n'ibikorwa bifatika biteganyijwe mu mezi 12 ari imbere.

    Ikindi kandi, abafatanyabikorwa bahuriye muri uyu mwiherero bunguranye ibitekerezo bitandukanye, byabaye intangiriro yo kugira ubutumwa rusange bazajya batanga kugira ngo birinde gukoresha imbaraga nyinshi bakora ikintu kimwe buri wese ukwe, ahubwo byorohe kurushaho kugira impinduka muri sosiyete.

    Abari aho kandi bemeranyije ko uyu mwiherero wafasha mu buryo burambye.

    Francois Bisengimana wo muri Right to Play yagize ati 'Uyu miherero uzadufasha kunga ubumwe mu bikorwa byacu ndetse n' ibyo duteganya, bikazafasha mu gutuma kwiga binyuze mu mikino birushaho gutera imbere nubwo umwe mu bafatanyabikorwa yaba atagifite ibikorwa bijyanye n'iyi ngingo.'

    Uyu mwiherero ni ikindi gikorwa kigamije kwagura ubukangurambaga bwo guteza imbere umuco wo gukina mu Rwanda.

    Umwaka ushize, Kina Rwanda yahuguye abakozi bakorera ibitangazamakuru bitandukanye ku buryo bwo gutara amakuru agaragaza kwiga binyuze mu mikino kandi bakomeje no gushyigikira isakazwa ry' izi nkuru binyuze mu biganiro byo ku maradiyo na televiziyo, ikinamico yo kuri radiyo ndetse n'imbuga nkoranyambaga.

    Abari aho kandi bemeranyije ko uyu mwiherero wafasha mu buryo burambye

    Uyu mwiherero ni ikindi gikorwa kigamije kwagura ubukangurambaga bwo guteza imbere umuco wo gukina mu Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imikino-yagaragajwe-nk-uburyo-bukomeye-mu-kwigisha-umwana

  • U Rwanda rwatangije ukwezi kwahariwe umuco mu mashuri – #rwanda #RwOT

    Uku kwezi kwatangijwe ku mugaragaro n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n'Ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard. Ni igikorwa cyabereye mu Ishuri ryisumbuye rya Lycée Notre Dame de Cîteaux, kuri uyu wa 2 Gashyantare 2022

    Bimwe mu bikorwa biteganyijwe muri uku kwezi ni ukwigisha abanyeshuri indangagaciro enye fatizo z'umuco Nyarwanda zirimo gukunda igihugu, ubumwe, ubupfura n'umurimo, aho buri munsi bazajya bazirikana imwe muri izi, bigishwe za kirazira n'amateka y'u Rwanda ndetse bakore n'ibitaramo bya Kinyarwanda.

    Twagirayezu yavuze ko ikigamijwe ahanini ari ugufasha abanyeshuri kuzirikana umuco w'Abanyarwanda kuko ari wo ubahuza.

    Ati 'Uku kwezi kuzafasha abanyeshuri kuzirikana ko icya mbere ari Abanyarwanda, noneho ibindi byose twiga mu mashuri, ari ubumenyi ari ikoranabuhanga n'ibindi bifata ku Bunyarwanda.'

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Umuco, Bamporiki Edouard, witabiriye igikorwa nk'iki muri Groupe Scolaire Kampanga mu Karere ka Musanze, yasabye abarezi gushyira imbere umuco w'u Rwanda mu byo bigisha kuruta ibindi.

    Ati 'Abarezi bo mu gihugu hose ni ababyeyi, ni amizero y'iki gihugu kuko bafite ubukungu bw'u Rwanda, ari bwo bana b'u Rwanda, turabasaba ko mu byo bakora byose basasira u Rwanda, bakarubanza. Nibamara kurubatamika na siyansi izemera n'ibindi byose bazashaka kurenzaho bizemera.'

    Mukamisha Gaju Divine Chloé wiga mu mwaka wa Gatandatu w'Amashuri Yisumbuye muri LNDC yavuze ko imbogamizi bahuraga na zo zigatuma batikamaza umuco Nyarwanda yizeye ko zigiye gukemuka.

    Ati 'Ntabwo ubusanzwe tubona igihe kirekire cyo kwiga ibyerekeye umuco Nyarwanda kuko tumara umwanya munini twiga ibijyanye na siyansi ariko twizeye ko igihe gito twabonaga kigiye kongerwa bitewe n'uko turi mu kwezi k'umuco.'

    Umwarimu wigisha Ikinyarwanda muri iri shuri, Ndayisaba Innocent, yasabye ko muri uku kwezi k'umuco Minisiteri y'Uburezi yabafasha gukemura ibibazo bikigaragara mu myigishirize y'Ikinyarwanda birimo ibitabo bike, amasaha make n'abarimu bakigisha batabifitiye ubushobozi.

    Uku kwezi k'umuco biteganyijwe ko kuzakorerwa mu mashuri yose kuva ku yisumbuye kumanura, aho nyuma yako buri shuri rizajya rigira umunsi umwe mu kwezi wo kuzirikana Umuco Nyarwanda.

    Ukwezi k’Umuco mu mashuri kwatangijwe ku mugaragaro n’Umunyamabanga wa Leta muri Mineduc ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard

    Abanyeshuri bazajya bigishwa indangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda buri munsi mu gihe cy’ukwezi

    Mukamisha yavuze ko ukwezi k’umuco kuzabafasha kurushaho kumenya Umuco Nyarwanda kuko ubusanzwe bagiraga igihe gito cyo kuwiga

    Ndayisaba wigisha Ikinyarwanda muri Lycée Notre Dame de Cîteaux yasabye ko imyigishirize y’ururimi rw’Ikinyarwanda yashyirwamo ingufu

    Nyuma y’uku kwezi amashuri azajya afata umunsi umwe mu kwezi wo kuzirikana umuco Nyarwanda

    Uku kwezi kwatangirijwe muri Lycée Notre Dame de Cîteaux muri Kigali

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Umuco, Bamporiki Edouard, yatangije ukwezi k’umuco mu Ishuri rya Kampanga mu Karere ka Musanze

    Yasabye abarezi gutamika abana u Rwanda

    Amafoto ya IGIHE: Shumbusho Djasiri

    Andi: MyCulture


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwatangije-ukwezi-kwahariwe-umuco-mu-mashuri

  • Ntibikwiye kuba hari abana basigaye bagera mu yisumbuye batazi kwiyitaho – Musenyeri Filipo Rukamba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Musenyeri Filipo Rukamba

    Musenyeri Filipo Rukamba

    Yanabigarutseho tariki 13 Mutarama 2022, mu nama itegura umunsi w’uburezi gaturika uzizihirizwa ku rwego rw’igihugu i Huye muei Gicurasi 2022.

    Yasabye abayobozi b’ibigo by’amashuri na bo kugira uruhare mu gutoza abana imirimo, kuko umwana utazi kwiyitaho atabasha kwita ku bandi hanyuma ngo azanabitoze abo azabyara.

    Yagize ati 'Kuri iki gihe usanga abana bakiza mu mwaka wa mbere bafite ibibazo byo kwimesera kuko iwabo batabibatojwe, bakagira ibibazo byo kwiyitaho kuko ababyeyi basaba abakozi kubakorera byose.'

    Anavuga ko usigaye usanga hari abagaya kuba hari abana b’abakobwa batazi guteka, batazi gukora utuntu dusanzwe nko gutera igifungo ku mwenda, nyamara baba bazaba ababyeyi, bakagomba kugira urugo rufite isuku, bakagira n’abana bagomba kubitoza.

    Sr Philomène Nyirahuku, uyobora ishuri Notre Dame de la Providence ku Karubanda abana bigamo banaribamo, avuga ko na bo icyo kibazo bakibonye, hanyuma bagashyiraho uburyo abana baje kwiga mu wa mbere batozwa uturimo tw’ibanze na bakuru babo.

    Ati 'Umwana uje mu wa mbere tumuha uwo mu wa gatanu cyangwa mu wa gatandatu, akamubera marraine. Amwigisha gusasa no gukubura, akamwigisha kwiyuhagira no kwimesera, no koza indobo yogeramo. Ibyo byose hari abaza batabizi pe! Yafata umweyo akawushinga aho kuwurambika ngo akubure! Umwaka wa mbere hano, imirimo y’amaboko na yo ni amasomo.'

    Gutoza abana imirimo y’amaboko kandi ngo bituma usanga hari ababyeyi babahamagara babashimira.

    Ati 'Ikinshimisha ni uko nk’umubyeyi agira atya akampamagara ati uzi ko umwana asigaye azi koza urukuta rw’inzu! Ati natwe aratubwira ngo ibirahure birasa nabi, nyamara yaraje atabikora. Kwigisha si siyansi gusa, ahubwo ni ukurera muri rusange.'

    Thadée Nkezumuremyi uyobora GS Cyahinda, rikaba ari ishuri abana bigaho bataha, we avuga ko basanze akenshi abana batazi akarimo na kamwe no kwiga bibagora.

    Ati 'Iyo umwana atatojwe gukora inshingano ahawe, no kumvira ntiyumvira, mwalimu yamuha umukoro ugasanga atawukoze.'

    Iyo babibonye ngo batumiza ababyeyi bakajya inama k’uko bagorora umwana.

    Nkezumuremyi anavuga ko ababyeyi bari bakwiye gutoza abana uturimo kuva bakiri batoya kuko bibafasha kuba abantu babasha kwikemurira ibibazo.

    Ati 'Gutozwa imirimo bimwubakamo umuntu ubasha kwikemurira ibibazo, bityo akazabasha gukemura n’iby’abavandimwe ndetse n’iby’abaturanyi.'

    Yongeraho kandi ko gutoza umwana uturimo akiri mutoya bitavuga kumutoza ibimuvuna, kuko ngo ashobora gutozwa kumara kurya agakuraho isahani yaririyeho, igikombe yanywereyemo agatozwa kugishyira ahabugenewe ngo kize kozwa cyangwa na we akakiyogereza, uko agenda akura agatozwa gutunganya uburiri bwe n’icyumba araramo, akanatozwa kwimesera ndetse no kubika imyenda ye neza.

    Source : https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/ntibikwiye-kuba-hari-abana-basigaye-bagera-mu-yisumbuye-batazi-kwiyitaho-musenyeri-filipo-rukamba

  • Ngororero : Abanyeshuri bangije ibikoresho bishimira ko basoje Secondaire bakatiwe imyaka 5, ababyeyi babo barize #rwanda #RwOT

    Aba banyeshuri bagarutsweho cyane mu mpera za Nyakanga ubwo ku mbuga nkoranyambaga hagaragaraga amafoto n’amashusho y’abanyeshuri batandukanye barangije ayisumbuye n’abarangije icyiciro rusange cyayo bagaragaye bakora ibikorwa bidahwitse bishimira iyo ntambwe.

    Bamwe bagaragaye bacagaguye amakayi n’imyenda y’ishuri yabo, abandi bari gutwika amakayi bigiragamo mu gihe abigaga mu ishuri rya ESECOM Rusano, riherereye mu Kagari ka Gatega, Umurenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero, tariki tariki ya 29 Nyakanga 2021, bo banatwitse ibikoresho by’ishuri birimo ibitanda, banamenagura ibirahuri by’inzugi z’amashuri, banasenya uruzitiro rw’aho barara.

    Batandatu bahise batabwa muri yombi ndetse bari bamaze iminsi bakurikiranyweho, ubu bamaze kubihamywa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Ngororero rwanabakatiye gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 5 Frw kuri umwe.

    Abakatiwe ni Ihimbazwe Pontien, Mahoro Emmanuel, Munyabugingo Jean De Dieu, Mwema Mwizerwa Adolphe, Ndayishimiye Sammy na Rurangwa Gasore Christian bose bahamijwe icyaha cyo gusenya inyubako utari nyirayo no kwangiza ikintu cy’undi.

    Ni icyemezo cyasomwe kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukuboza 2021, hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Bamwe mu babyeyi bakimenya imyazuro y’urukiko, bavuga ko ubutabera bwihanukiriye bityo ko bwari bukwiye guca inkoni izamba.

    Umwe mu babyeyi wageze ku cyicaro cy’urukiko aje kureba imyanzuro y’uru rubanza rwasomwe hifashishijwe ikoranabuhanga, avuga ko yatunguwe no kumva Umucamanza amubwira ko abana babo bakatiwe biriya bihano.

    Ati 'Yabimbwiye numva ndikanze cyane kuko njye ibyo bintu yari avuze ntabwo nari mbyiteguye habe na gato, ndamubwira nti 'ngo iki ?’ arambwira ngo 'ni uko bimeze ngo abana banyu mugomba kujya mubashyira kuri discipline [ahita aturika ararira].'

    Akomeza agira ati 'Mu by’ukuri nabaye nk’ufashwe n’amashanyarazi ndicara mu ntebe ibyakurikiyeho nahise numva mfashwe n’ikiniga.'

    ABABYEYI BARARIRA

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/1-1/Amakuru-anyuranye/article/Ngororero-Abanyeshuri-bangije-ibikoresho-bishimira-ko-basoje-Secondaire-bakatiwe-imyaka-5-ababyeyi-babo-barize