Tag: uburezi

  • Ibizamini by’ikoranabuhanga bigamije guca ruswa n’ikimenyane – REB #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Leon Mugenzi/REB
    Leon Mugenzi/REB

    Umuyobozi w’ishami rishinzwe iterambere n’imicungire y’abarimu muri REB, Leon Mugenzi, atangaza ko ibizamini bikozwe mu ikoranabuhanga bizajya birangira buri mukandida azi amanota ye, azi niba akomeza mu kiciro gikurikiyeho cyangwa yatsinzwe.

    Mugenzi avuga ko ibizamini bikozwe mu ikoranabuhanga kandi bizafasha kwihutisha igihe cyo gukosora impapuro, rimwe na rimwe byakururaga ibibazo bishingiye ku kimenyane na ruswa.

    Agira ati “Ibi bizamini umuntu azajya arangiza gukora ahite abona amanota ye nta byo kuvuga ngo uyu ni mushiki wanjye ni we watsinze neza, uyu ni runaka nari muzi, mbese ikoranabuhanga rizadufasha guca burundu ikimenyane n’akarengane”.

    Mugenzi avuga ko ubuyobozi bw’akarere n’abakozi ba REB bazakomeza gukorana barambagiza abayobozi b’ibigo by’amashuri mu buryo batoranywa hakemezwa abazakora ibizamini.

    Agira ati “Nta cyahindutse kuri Sitati igenga abayobozi b’ibigo by’amashuri kuko icyo twongeyemo ni uko umuntu watoranyijwe tumugereranya n’abandi bagenzi be. Abakomeje kugaragaza ibibazo ni abari abayobozi b’agateganyo, hari n’abatanze ibirego, ariko mu itoneshwa twaciye mu gihugu ntabwo twakwemera ko umuntu atoneshwa kuko kuyobora ikigo cy’amashuri ntabwo twapfa kwemerera ubonetse wese”.

    Abihaye Imana ni bo bonyine batarebwa n’ibizamini by’abifuza kuyobora ibigo by’amashuri

    Mugenzi avuga ko Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryo muri 2015 rivuga ku masezerano y’amashuri y’abanyamadini na Leta mu ngingo ya gatandatu isobanura ko mu kigo cy’abihaye Imana iyo bifuza ko ukiyobora aba uwihaye Imana hatangwa umukandida mu bihaye Imana akemererwa kuyobora ikigo atiriwe akora ibizamini.

    Iyo ikigo cy’abihaye Imana gishaka gushyiraho umuyobozi w’ikigo cy’ishuri w’umuyoboke w’idindi, icyo gihe REB isaba abakandida batatu igatoranyamo urusha abandi akaba ari we wemezwa kuyobora ikigo ariko na we agomba gukora ikizamini, ibyo bivuze ko mu bigo by’abihaye Imana n’ubundi hazakurikizwa iryo teka.

    Agira ati “Niba uwihaye Imana ari we uzayobora ikigo yaba padiri, pasiteri cyangwa Shehe abo bazemezwa nk’abayobozi b’ibigo badakoze ibizamini, icyo gihe ariko hanarebwa ubushobozi bwabo ntabwo ari ugufata uwo ari we wese. Na ho ku bayoboke b’ayo madini bashaka kuyobora ibigo bazakora ibizamini ariko tuzaka urutonde rw’abakandida mu bigo by’abihaye Imana maze uwatsinze kurusha abandi muri abo batatu abe ari we uyobora ikigo”.

    Mugenzi avuga ko ubu ibizamini mu bindi bigo bigiye kuba bisubitswe kugira ngo ikoranabuhanga ryibande cyane ku bizamini by’abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri, aho biteganyijwe ko umuntu azajya ajya imbere ya mudasobwa agasubiza ibibazo byashyizwemo akarangiza gukora abona n’amanota ye.

    Ku bijyanye n’abakomeje kugaragaza ko batishimiye uburyo bw’ibizamini ngo byaba biterwa n’uko ari ugutinya gusa ibizamini, ariko ikigamijwe mu bizamini ari ugukorera mu mucyo, kuko n’ubundi gutoranya abazakora ibizamini bazemererwa bitewe n’uko bashoboye nk’uko akarere kazajya kaba kabibonye.


    source : https://ift.tt/3lPNqTP

  • MIFOTRA yabaye ihagaritse gutanga akazi mu bigo bya Leta kugira ngo ishake abarimu 13,000 #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo (MIFOTRA) yabaye isubitse gahunda yo guha akazi abandi bakozi ba Leta kugira ngo yibande ku bikorwa byo gushaka abarimu bagomba gutangirana n'umwaka mushya w'amashuri wa 2021-2022.

    Uyu mwanzuro wafashwe mu gihe Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko umwaka utaha uzatangirana na taliki ya 11 Ukwakira 2021, hakaba hakenewe abarimu basaga 13,000 bagomba kwigisha mu bigo by'amashuri bisaga 650 biherereye mu bice bitandukanye by'Igihugu.

    Iyo gahunda yatangajwe mu ibaruwa yagenewe abayobozi bakuru batandukanye muri MIFOTRA, ikaba yarashyizweho umukono na Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo Rwanyindo Kayirangwa Fanfan washimangiye ko ikeneye umwihariko kugira ngo ikoranwe ubushishozi.

    Yagize ati: 'Hashingiwe ku Ingengabihe y'Amashuri Abanza, Ayisumbuye n' ay'Imyuga n'Ubumenyingiro y'Umwaka w'Amashuri 2021/2022, nagira ngo mbamenyeshe ko indi myanya y'akazi ka Leta ibaye ihagaritswe by'agateganyo kugeza igihe amashuri azatangirira.'

    Uyu mwanzuro wafashwe kugira ngo ishyirwa mu myanya ry'abarimu bashya rihabwe umwihariko kandi rikoranwe ubushishozi mu mucyo no mu bwisanzure, cyane ko byitezwe ko ubusabe bw'abifuza guhatanira iyo myanya bushobora kurenga 40,000.

    Abarimu basaga 13,000 bagiye gushyirwa mu myanya nyuma y'aho buri Karere kagaragaje ibyuho gafite mu mashuri, bakaba bazahita bashyirwa mu bigo byabasabye.

    Ni gahunda irimo gukorwa ku bufatanye bwa Minisiteri y'Uburezi (MINEDUC), Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Uburezi bw'Ibanze mu Rwanda (REB), n'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Amashuri y'Imyuga n'Ubumenyingiro (RTB) nyuma y'aho Uturere twari twasabye abarimu 14,120 barimo n'abayobozi.

    REB ivuga ko icyuho ahanini cyatewe n'abarimu bagiye basezera akazi babonye andi mahirwe y'imirimo, abajya mu kiruhuko cy'izabukuru, abagiye birukanwa bitewe n'impamvu zitandukanye ndetse n'abahuye n'ibibazo by'uburwayi bituma batabasha gukomeza kwigisha.

    Gahunda yo kwinjiza abarimu bashya mu kazi yitezweho nanone kuziba icyuho cy'abarimu bakenewe mu byumba by'amashuri bishya byubatswe guhera mu mwaka wa 2020, hagamijwe kugabanya ubucucike mu mashuri no kugabanya umubare w'abanyeshuri ku mwarimu kugira ngo ajye yoroherwa no gukurikirana imyigire ya buri wese umunsi ku wundi.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/uburezi/article/mifotra-yabaye-ihagaritse-gutanga-akazi-mu-bigo-bya-leta-kugira-ngo-ishake

  • Hatanzwe icyizere ko umushinga w’Ishuri Rikuru ry’Ubukerarugendo n’amahoteli ugiye kuzahurwa – #rwanda #RwOT

    Uyu mushinga wari wadindiye ndetse hari impungenge zo guteza leta igihombo gikomeye nk’uko byagaragajwe muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2019/20.

    Iyi raporo yerekana ko mu 2015 WDA yasinye amasezerano yo gutangiza Ishuri Rikuru ry’amahoteli i Kigali (Hospitality Management Institute:HMI), aya masezerano akaba yaragombaga kurangira mu 2019 n’ishuri rimaze kuzura.

    Igihe cy’amasezerano cyarangiye ku wa 30 Werurwe 2019, ibikorwa byo kubaka iri shuri bitaragera ku musozo ndetse muri raporo yatanzwe, nta gahunda yabonekaga y’uburyo imirimo izasubukurwa kubera ko WDA byari byarayinaniye.

    Kugeza ku wa 1 Ukwakira 2020 amasezerano afite agaciro ka 2.446.877.824 Frw yarahagaritswe biturutse ku kuba uwahawe isoko ryo kubaka iryo shuri yarananiwe gukomeza imirimo.

    Ni mu gihe WDA yari yaramaze kumwishyura 2.058.566.626 Frw bingana na 84% by’agaciro k’isoko ryose.

    WDA yari yaramaze kwakira ibikoresho byagombaga gukoreshwa muri HMI bifite agaciro k’ibihumbi 513 286 by’amayero ni ukuvuga hafi 488.099 153 Frw, byari birimo kwangirika mu bubiko kubera ko byari byarabuze icyo bikora mu gihe isuzuma ryakorwaga.

    Iki kigo kandi cyatahuweho kwishyura agera kuri 474 150 852 Frw yishyuwe ikigo cy’abanyamahanga kuri serivisi bitagaragara niba zaratanzwe.

    Nyuma y’idindira ry’uyu mushinga, wahawe undi rwiyemezamirimo (Reserve Force).

    Ubwo abahoze ari abayobozi ba WDA bitabaga PAC, Eng. Gatabazi yavuze ko rwiyemezamirimo amaze kunanirwa yasezerewe acibwa n’amande arenga miliyoni 280 z’amafaranga y’u Rwanda maze bagirana amasezerano na rwiyemezamirimo mushya kuri ubu ukomeje imirimo.

    Kugeza ubu ibikorwa byo gukomeza iyi nyubako ziri mu mabako ya Rwanda Polytechnic, bikaba birimbanyije nk’uko Umuyobozi ushinzwe abakozi n’imari, Aimable Nsabimana, yabivuze.

    Ati “Ibikorwa bimaze gushyirwa mu nshingano zacu twagiranye amasezerano n’undi rwiyemezamirimo ukomeza akazarangiza inyubako (Reserve Force).Imirimo yatangiye muri Kamena hagati bikaba biteganyijwe ko izarangira mu kwezi kwa 12 uyu mwaka nihatagira igihinduka, imirimo igeze kure.”

    Mu myanzuro yahawe Minisiteri y’Uburezi n’Inteko ishinga Amategeko, Umutwe w’abadepite harimo kugaruza amafaranga y’ingwate rwiyemezamirimo yari yatanze, kubyaza umusaruro ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni zisaga 500 Frw, byaguzwe birimo ibyari kuri WDA no mu mashuri y’imyuga (TVET) haherewe ku byashoboraga kwangirika.

    Eng. Gatabazi yavuze ko ibyo bikoresho bimeze neza, gusa abadepite ntibizera ukuri kwabyo kuko mbere yari yagaragaje ko hari ibishobora kwangirika.

    HMI ni ishuri ryari ryitezweho umusanzu mu gukemura ibibazo bya serivisi zicumbagira mu rwego rw’amahoteli mu Rwanda no gufasha mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’igihugu yo gushyira imbaraga mu bukerarugendo bushingiye ku nama.

    Byari biteganyijwe ko ryagomgaba kuzaba rifite porogaramu z’amahugurwa mu by’amahoteli n’ubukerarugendo ku bari mu mwuga hakanatangirwa amasomo atuma uwaryizemo ahabwa impamyabushobozi yo ku rwego rwa Diploma. Inyubako zaryo zadindiye ziherereye mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

    Ikigo cyari gifitanye amaseserano na WDA mu itangizwa ry’uyu mushinga bivugwa ko ari Ishuri ry’Aba-Souisse ryitwa ‘Les Roches International School of Hotel Management.’ Mu byo cyagombaga gukora harimo gutanga amahugurwa mu by’amahoteli n’imicungire yayo mu Rwanda.

    Hari icyizere ko ibikorwa byo kubaka Ishuri Rikuru ry’Ubukerarugendo n’amahoteli bizaba birangiye mu mpera z’uyu mwaka

    source : https://ift.tt/3lFyaZI

  • REB irahugura abakurikirana abanyeshuri hagamijwe guhashya imyitwarire mibi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ayo mahugurwa aje, nyuma y’aho hari ibikorwa bigaragaza imyitwarire mibi byakozwe n’abanyeshuri mu mashuri atandukanye mu minsi ishize ya vuba.

    Ni amahugurwa yatangirijwe mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba, yitabirwa n’abagera kuri 45, ariko bikazakomeza ku buryo hazahugurwa abagera kuri 500.

    Intego y’ayo mahugurwa ahanini, ngo ni uguhugura abo bashinzwe imyitwarire y’abanyeshuri mu bigo by’amashuri, uko bajya bakemura ibibazo bijyanye n’imyitwarire mibi y’abanyeshuri (indiscipline cases), uko batega amatwi abanyeshuri bakumva ibyo bifuza, uko babafasha mu kubikemura ndetse no gutanga raporo ku buyobozi bw’ishuri.

    Mbarushimana Nelson, Umuyobozi mukuru wa REB yagize ati “Tubafitiye icyizere, mushobora kuba abantu bazana impinduka nziza mu bijyanye n’imyitwarire mu mashuri, turababonamo ubushobozi bwinshi bwo kuba mwabikora. Imyitwarire myiza y’abanyeshuri ni ingenzi cyane kandi igomba kuba ari yo ishyirwa imbere. Mugomba kubitangaho umusanzu wanyu”.

    Ayo mahugurwa yateguwe ku bufatanye n’imishinga itandukanye harimo, “Inspire, Educate and Empower Rwanda (IEE)’, ‘VVOB-education for development’, na ‘World Vision’.

    Ibibazo bya vuba aha bijyanye n’imyitwarire mibi, byagaragaye ku banyeshuri batandatu bo mu Kigo cya ‘ESECOM Rucano TVET School’ mu Karere ka Ngororero, mu Ntara y’ Iburengerazuba, aho bakatiwe gufungwa iminsi 30 nyuma y’uko ubushinjacyaha bubashinje kwangiza umutungo w’ikigo cy’ishuri, mu gihe bari barangije ibizamini bya Leta, ku itariki 29 Nyakanga 2021. Mu kwezi gushize kwa Kanama 2021, byavugwaga ko iperereza kuri icyo kibazo rikomeje.

    Dr. Thierry Murangira, umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda ‘RIB’, ku itariki 29 Nyakanga 2021, yabwiye itangazamakuru ko abo banyeshuri nyuma yo kurangiza ibizamini bya Leta, bagiye mu kabari, hanyuma mu gutaha bagaruka bamwe muri bo basinze, basenya uruzitiro rw’aho bararaga mu kigo cy’ishuri.

    Amazina y’abanyeshuri bakurikiranywe kubera icyo kibazo ntiyatangajwe muri raporo, ariko byavuzwe ko bose bafite hagati y’imyaka 18 na 25 y’amavuko.

    Dr Murangira yagize ati “Basenye uruzitiro rw’aho barara, bagezemo imbere batwika ibitanda. Ntituzigera twihanganira uwo ari we wese ukora ibyaha nk’ibyo, abantu bagombye kubyirinda kuko bihanwa n’amategeko”.

    Dr. Murangira avuga ko kwangiza umutungo w’undi ubigambiriye bihanishwa ibihano biteganywa n’ingingo ya 186 yo mu gitabo cy’amategeko mpanabyaha mu Rwanda.

    Iyo umuntu ahamijwe icyo cyaha, ngo ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri, ariko kitarengeje amezi atanu, hakiyongeraho n’amande atari munsi y’ibihumbi magana atatu by’Amafaranga y’u Rwanda (300.000Frw), ariko atarengeje ibihumbi magana atanu by’Amafaranga y’u Rwanda (500.000 Frw) cyangwa se kimwe muri ibyo bihano.

    Uwahamwe n’icyaha cyo gusenya, we ngo ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarengeje imyaka itanu, hakiyongeraho amande ya Miliyoni eshatu z’Amafaranga y’u Rwanda, ariko atarengeje miliyoni eshanu.

    Ahandi hagaragaye ikibazo cy’imyitwarire mibi y’abanyeshuri, ni ku ishuri ryitwa ‘Gakoni Adventists college’ aho abanyeshuri bigaragambije muri Gashyantare 2021, muri uko kwigaragambya, ngo abanyeshuri basenye amadirishya y’amashuri bigiramo.

    Mushyikirano Joseph, umwe muri abo barimo guhabwa amahugurwa na REB, yavuze ko imyitwarire myiza y’abanyeshuri yagombye kureberwa mu bice bitatu harimo, Sosiyete, Umuryango n’Ishuri.

    Mushyikirano yagize ati “Imyitwarire y’umunyeshuri igaragarira ku ishuri, ariko uko bitwara biba ari umusaruro wa sosiyete n’umuryango. Abana bo muri iyi minsi bashaka kwigana ibyo ari byo byose babona kuri Televiziyo .”

    source : https://ift.tt/3lncDF3

  • Kaminuza y'u Rwanda yemeye ko yahombeje Leta Miliyoni 40 #rwanda #RwOT

    Kaminuza y'u Rwanda yemereye Komisiyo ishinzwe gukurikirana iby'imari n'umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), ko yanze kwishyura ba Rwiyemezamirimo kugeza ubwo bayireze igacibwa arenga miliyoni 40 z'amafaranga y'u Rwanda.

    Ubuyobozi bwa Kaminuza bwabwiye PAC ko bwahakuye isomo ndetse ko batazongera gutinda kwishyura abo babereyemo imyenda.

    Inkuru irambuye ni mu kanya……

    The post Kaminuza y'u Rwanda yemeye ko yahombeje Leta Miliyoni 40 appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/09/14/kaminuza-yu-rwanda-yemeye-ko-yahombeje-leta-miliyoni-40/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=kaminuza-yu-rwanda-yemeye-ko-yahombeje-leta-miliyoni-40

  • UR yahawe miliyoni 55$ zo gukoresha mu burezi bw’abakobwa, abafite ubumuga n’impunzi – #rwanda #RwOT

    Aya mafaranga yatanzwe na Mastercard Foundation binyuze mu bufatanye bw’imyaka 10 yagiranye na Kaminuza y’u Rwanda.

    Ibi bikorwa biri muri gahunda ya ‘Mastercard Foundation Scholars Program’ yatangijwe mu 2012 yo guteza imbere abayobozi b’ahazaza ha Afurika binyuze mu guhugura abana baturuka mu miryango itishoboye, kubafasha kubona amahirwe yo kwimenyereza umwuga n’ubujyanama.

    Binyuze muri iyi gahunda abasaga ibihumbi 40 bamaze gufashwa. Mastercard Foundation ifite intego yo gufasha urubyiruko rw’Abanyafurika miliyoni 30 cyane cyane abagore n’abakobwa kubona akazi gatuma bahaza ibyifuzo byabo bitarenze mu 2030.

    Ubu bufatanye bushya buzafasha Kaminuza y’u Rwanda kwagura ubushobozi bwayo mu bijyanye no gutanga uburezi budaheza kandi buharurira inzira urubyiruko.

    Umuyobozi Mukuru wa Mastercard Foundation, Reeta Roy, yavuze ko ari ishema kuba Kaminuza y’u Rwanda yabaye umufatanyabikorwa w’iyi gahunda y’uyu muryango.

    Ati “Tunejejwe no kuba Kaminuza y’u Rwanda yabaye umufatanyabikorwa wa Mastercard Foundation Scholars Program, intego na gahunda by’iyi kaminuza bihuye cyane n’intego z’igihugu, niyo mpamvu ubu bufatanye ari ingenzi kuko buzafasha urubyiruko kwitegura kujya mu mirimo itandukanye no gukemura ibibazo bitandukanye byo mu buzima.”

    Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda, Professor Alexandre Lyambabaje, yavuze ko bahisemo gukorana na Mastercard Foundation kuko bashyigikiye icyerekazo cyayo.

    Ati “Kaminuza y’u Rwanda yemera icyerekezo cya Mastercard Foundation, iyo niyo mpamvu twafashe umwanzuro wo gukorana n’uyu muryango hagamijwe kwagura ibikorwa byacu byo gutoza abayobozi bazana impinduka ndetse n’abarangiza kaminuza bashobora kwihangira umurimo ndetse tukabatoza no kuzana impinduka ku Mugabane wa Afurika.”

    Prof Lyambabaje yavuze ko intego za ‘Mastercard Foundation Scholars Program’ zihuye n’icyerekezo cy’Igihugu, yemeza ko inyungu izazana zizagera ku bantu benshi.

    Mastercard Foundation ikorana n’imiryango ifite intego yo gufasha urubyiruko muri Afurika ndetse n’Imiryango yasigajwe inyuma yo muri Canada kugera ku murimo ubyara inyungu kandi uhesheje ishema abawukora.

    Ni kimwe mu bigo binini kandi byigenga mu isi bifite intego yo kuzahura ubumenyi no guteza imbere ishoramari. Iki kigo cyashinzwe na Mastercard mu mwaka wa 2006 nk’ikigo cyigenga gifite Inama y’Ubutegetsi yacyo ndetse n’imicungire yihariye.

    Kaminuza y’u Rwanda yahawe miliyoni 55$ zo gukoresha mu burezi bw’abakobwa, abafite ubumuga n’impunzi

    source : https://ift.tt/3huFeay

  • Ikoranabuhanga rigiye gukemura ikibazo cyo gutinda gushyira mu myanya abarimu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mugenzi Leon avuga ko ikoranabuhanga rizihutisha kubona abarimu bakenewe
    Mugenzi Leon avuga ko ikoranabuhanga rizihutisha kubona abarimu bakenewe

    Ubwo buryo butandukanye n’ubwari busanzwe bukoreshwa bwo gutanga ibizamini byanditse ku mpapuro kuko ngo bwatinzaga gukosora no gutangaza abatsinze, ubu buryo bushya bwo umwarimu cyangwa umuyobozi w’ikigo cy’ishuri uzakora ikizamini azajya arangiza gukora ahita amenya n’amanota ye.

    Umukozi ushinzwe ubujyanama muri REB, Mugenzi Leon, avuga ko gukoresha ikoranabuhanga mu bizamini bitazagira uwo bigora kuko hashyizweho ibigo bazakoreramo ibizamini n’abazabafasha igihe habaho ikibazo cy’ikoranabuhanga.

    Agira ati “Aho bazakorera ibizamini hashyizwe ibikoresho bihagije bizifashishwa kandi n’ubu abarimu mu turere twose bashobora kugana kuri ibyo bigo bagasaba akazi mu buryo bw’ikoranabuhanga, ugize ikibazo agafashwa”.

    Mugenzi avuga ko umwaka w’amashuri uzatangira ku itariki ya 11 Ukwakira 2021 kandi abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri bazaba babonetse ,ku buryo ntacyo bizahungabanya ku itangira ry’amashuri.

    Umukozi ushinzwe ikoranabuhanga muri Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo, Mico Darius, avuga ko ikoranabuhanga rizifashishwa mu gukora ibizamini rifite ubushobozi bwo kwakira abantu benshi basaba akazi rigahita rinasuzuma ibya ngombwa bisabwa ku buryo ari na yo izasohora urutonde rw’abemere gukora.

    Agira ati “Ikoranabuhanga ryacu rifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 10 icyarimwe, rikaba rinafite ubushobozi bwo gusuzuma amadosiye y’abemerewe gukora ibizamini noneho hagasuzumwa neza abemerewe ku buryo byihutisha gutoranya amadosiye, ntawe uzabigiriramo ikibazo”.

    Mico avuga kandi ko ikoranabuhanga rigiye kujya ryifashishwa mu rwego rwo gutanga amanota ku bushobozi bw’umwarimu n’uko akora akazi ke, aha bikaba bisaba ko umwarimu azajya ashyira imihigo muri sisiteme noneho uko agenda akora ari na ko azajya asabwa kugira ibyo yuzuzamo kugira ngo hazasuzumwe uko yesheje imihigo ye ahabwe amanota.

    Iryo koranabuhanga kandi rizifashishwa mu gushyira mu myanya abarimu bakenewe kwigisha mu bigo by’imyuga n’ubumenyingiro, hakaba harimo gutegurwa n’irindi koranabuhanga rizafasha kujya hasuzumwa no kugenzura imikorere ya mwarimu.


    source : https://ift.tt/3llIq9f

  • Inkuru nziza ku barimu bose bashya bakeneye akazi. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ikigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi REB cyatangaje ko hashyizwe hanze Imyanya y'akazi yose mu m'uburezi ndetse n'amabwirizwa arebana no kwapplyinga , guhera kuwa 10/09/2021

    REB ikaba yamenyesheje abantu bose ko yashyize ku mugaragaro imyanya mishya y'akazi y'abarimu, abayobozi b'ibigo by'amashuri ndetse n'abandi bakozi bakora mu bigo by'amashuri. Ushaka kubona urutonde rurambuye rw'iyo myanya yakwifashisha iyi link yatanzwe hasi aho abanza kwiyandikisha cyangwa akinjira kuri konti ye iri kurubuga rwa mifotra.

    https://e-recruitment.mifotra.gov.rw/#/welcome

    Source : https://yegob.rw/inkuru-nziza-ku-barimu-bose-bashya-bakeneye-akazi/

  • Imbogamizi mu myigire y’abanyeshuri bo mu cyaro mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ubwo mperuka kuganira n’Umuyobozi waryo, yambwiye ko impamvu gahunda itabagezeho ari uko nta mashanyarazi bafite ndetse nta n’umuhanda uhagera.

    Ati “Ntabwo [iyo gahunda] irahagera kubera ko ari mu cyaro. Buriya dufite ikibazo cy’umuhanda, nta muhanda uhagera, nta mashanyarazi dufite; izo zose zabaye impamvu zituma tutabasha kugerwaho n’iyo gahunda.”

    Muri Gashyantare uyu mwaka nabwo nageze ku Rwunge rw’Amashuri rwa Akimitoni ruri i Nyabihu nsanga abanyeshuri baharangirije icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye binubira kuba bagiye kwinjira mu cya kabiri bataramenya gukoresha mudasobwa.

    Umuyobozi w’iryo Shuri n’Umuyobozi w’Akarere basobanuye ko hari mudasobwa zigiye kuhagezwa abo bana bakabasha kuzigiraho, kuko “ikibazo cyari icyumba cyo kuzishyiramo none kigiye kuboneka.”

    Ubwo COVID-19 yageraga mu gihugu, amashuri yafunze imiryango amasomo atangirwa ku yakure. Hifashishijwe radio, televiziyo ndetse na internet.

    Ugiye kureba kuri ibyo bikoresho, ibarura riheruka mu 2017 ryerekanye ko imiryango itunze radio mu mijyi iri kuri 91,3%, mu gihe iyo mu cyaro ari 69,6%.

    Ni mu gihe itunze televiziyo mu mijyi yari 35% naho mu cyaro ikaba 4,5%.

    Kwiga ukoresheje internet bisaba telefoni cyangwa mudasobwa. Muri iryo barura abatunze mudasobwa mu mijyi bari 13,1% abo mu cyaro ari 0,9%, naho abatunze telefoni mu mijyi bari 88,6% abo mu cyaro ari 61,7%.

    Si ibyo gusa kuko n’ubundi abafite ibyo bikoresho mu cyaro hari ubwo bidakora neza bitewe n’uko iminara yaho ari mike, bityo ntibabashe kubona itumanaho rigenda neza.

    Ibyo bigaragaza ko inyigisho zagiye zitangwa amashuri afunze abanyeshuri bo mu cyaro batabashije kugerwaho nazo uko byifuzwaga.

    Ibihugu birenga 160 hirya no hino mu Isi byiganjemo ibikiri mu nzira y’amajyambere, bihanganye n’ibibazo byugarije iterambere ry’uburezi mu cyaro.

    Nubwo icyizere cy’uko bwazagera ku rwego rumwe n’ubwo mu mijyi kikiri hasi, buri cyose kigira umuvuno gica kigerageza kurwana urwo rugamba ruteye impungenge nk’uko inzobere mu burezi zibigaragaza.

    U Rwanda ni kimwe muri ibyo bihugu kuko bitatu bya kane by’abarutuye bari mu cyaro, kandi wareba nko ku bwitabire mu mashuri ugasanga abo mu mijyi ni bo baza imbere.

    Ubushakashatsi bwa Gatanu ku mibereho y’ingo mu Rwanda (EICV 5) bwamuritswe mu 2018 bwagaragaje ko abana bo mu mijyi bajyanwa mu mashuri abanza ku myaka igenwe ari 87,3%, abo mu cyaro bakaba 87,7%.

    Iyo bigeze ku kugera mu yisumbuye ku myaka igenwe usanga mu mijyi ari 39,5%, mu cyaro bikaba 19,6 %.

    Iyo nyigo yerekana ko abana bo mu mijyi ari bo bandikishwa mu mashuri kenshi, akaba ari bo badakunze kuyacikiza ndetse akenshi bakagira amanota abemerera kwimuka.

    Nk’uko no mu bindi bihugu bimeze, abanyeshuri bo cyaro mu Rwanda ntibagira amahirwe yo kubona uburezi bufite ireme nk’ayo abo mu mijyi bafite.

    Icya mbere ni uko hari ibyakagombye kubafasha mu myigire bitabageraho neza bitewe n’ibikorwaremezo biba bitaratera imbere.

    Birumvikana ko niba andi mashuri abanza yaregerejwe ibikorwa remezo abana baho bayarangizaga bazi gukoresha mudasobwa kuva mu 2008, ab’i Mburabuturo bo bakaba bakirangiza magingo aya batarabimenya hazabaho ikinyuranyo.

    Inzobere mu burezi akaba n’Umuyobozi Wungirije ushinzwe Amasomo n’Imyigishirize muri Kaminuza ya Kigali, Dr Rusibana Claude, yavuze ko hakenewe kongerwa ibikorwa remezo kugira ngo icyo cyuho kizibwe.

    Ati “Niba ari ukuzamura inyubako bikomatanywe no kuzishyiramo ibikorwa remezo bizikenewemo kugira ngo wa mwana naza kwiga asange ibyo akenera byose bihari.”

    Abarimu binubira kwigishiriza mu cyaro

    Dr Rusibana asanga biterwa n’uko mu mijyi haba hari andi mahirwe menshi bahabona cyane cyane ashingiye ku byo binjiza, bityo ko hashyizweho ingamba zibibafashamo byagabanuka.

    Yakomeje ati “Icyo aba ashaka ni ukugira ngo yegere amahirwe menshi ashobora kumufasha guhindura akazi cyangwa kubona impamyabumenyi yisumbuye izamufasha gukomeza kubona akazi kisumbuye kurusha ako arimo.”

    Hagaragazwa kandi ko iyo hari abanyamahanga baje kwigisha mu cyaro batazi ururimi kavukire bibangamira imyigire y’abo bana.

    Ibyo byagombye gukemurwa n’uko bake bahakomoka bagira amahirwe yo kurangiza amashuri bagaruka kuhakorera, ariko si ko bigenda ahubwo nabo bajya mu mijyi “gushakirayo imibereho”.

    Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Kanimba Donatille, yavuze ko hakwiye gukorwa inama nyunguranabitekereza ku nzego bireba hakigwa uko icyo kibazo cyitabwaho kuko abenshi mu barimu bemera kwigisha mu cyaro ari abahafite imiryango.

    Ati “Leta yakorana inama n’abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abarimu bo mu cyaro bakigira hamwe ibyakorwa.”

    Kuko mu cyaro haba ababyeyi benshi batize ngo barangize ayisumbuye nibura, usanga batazi uburyo bafasha abana babo kuzamura urwego rw’imyigire ku buryo niba ari no gusubira inyuma bamenya ngo baramusubiza kuri gahunda bate.

    Hari ingero nyinshi z’abana batahana imikoro bagera iwabo ntibabashe kuyikora kuko nta muriro bafite, nta gihe bahawe, cyangwa nta wo kuyibafasha babonye.

    Dr Kanimba yagize ati “Umwana arabyuka akabanza yajya kuvoma amazi asiga mu rugo, bigatuma akererwa ku ishuri.”

    Imbogamizi zagaragajwe haruguru zose ni umwihariko w’abanyeshuri bo mu cyaro, by’umwihariko abiga amashuri abanza.

    Nyamara iyo bajya kuyasoza bahabwa ikizamini kimwe n’abo mu mijyi, hatitawe ku kuba bamwe barahuye nazo abandi batarazigize. Amanota fatizo ku batsinze, nayo agirwa amwe kuri bose.

    Ibihugu bimwe byagiye bihitamo gushyiraho uburyo abana bo mu mashuri abanza bajya bacumbikirwa hafi y’amashuri kuko abo mu yisumbuye benshi bo banabayo. Mu Rwanda ho hari n’abiga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 12 basanzwe bataha iwabo.

    Tanzanie, Jamaica na Papouasie Nouvelle Guinée byigeze gushyiraho ingamba zo guhangana n’icyo kibazo, aho byari byaragennye umubare w’abanyeshuri bo mu cyaro bagomba kuva mu mashuri abanza bajya mu yisumbuye buri mwaka n’abatagomba kurenga mu mijyi.

    Dr Rusibana yasobanuye ko kugira ngo imyigire myiza igerweho bisaba ko haba hari ibikorwaremezo, ubushake bwa mwarimu n’ubw’umunyeshuri,ubushake bw’ababyeyi n’ubwa politiki bwo gushyira ingingo y’imari mu burezi.

    Amashuri yo mu cyaro akunda guhura n’imbogamizi zishingiye ku ibura ry’ibikorwaremezo

    source : https://ift.tt/3AbcL0M

  • Ntibisanzwe, hirukanywe abanyeshuri kubera ko bagaragaye bakina filime y' urukozasoni #rwanda #RwOT

    Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Minisiteri y'Uburezi yaho yatangaje ko yirukanye burundu abanyeshuri batandatu kubera ko baherutse kugaragara mu mashusho bakina filime y'urukozasoni

    Nk' uko byatangajwe n' ikinyamakuru BBC , ngo kwirukanwa kw'abo banyeshuri bivuze ko nta kindi kigo na kimwe mu gihugu gishobora kwemera kubakira.

    Amashusho y'abo banyeshuri basambana yafatiwe hanze y'ikigo bigagaho mu murwa mukuru i Kinshasa. Nubwo batari bari mu kigo, aba banyeshuri bafotowe bambaye imyenda y'ishuri.

    Abahungu batanu n'umukobwa umwe nibo bagaragara muri ayo mashusho.Imiryango irengera uburenganzira bwa muntu yamaganye icyo cyemezo, ivuga ko gihonyora uburenganzira bw'abana.

    Source : https://impanuro.rw/2021/09/10/ntibisanzwe-hirukanywe-abanyeshuri-kubera-ko-bagaragaye-bakina-filime-y-urukozasoni/