Tag: Sport

  • Rutahizamu uhetse Rayon Sports ashobora gusinyira ikipe isanzwe ikora mu jisho iyi kipe arimo ubuyobozi ntibutagira icyo bukora kare – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rutahizamu uhetse Rayon Sports ashobora gusinyira ikipe isanzwe ikora mu jisho iyi kipe arimo ubuyobozi ntibutagira icyo bukora kare

    Muri uku kwezi kwa mbere nibwo biteganyijwe ko ikipe ya Rayon Sports irarangiza amasezerano yari ifitanye na rutahizamu Moussa Esenu ukomoka mu gihugu cya Uganda.

    Uyu mukunnyi umaze gutsindira Rayon Sports ibitego bitari bicye, Amakuru aravugwa ko ashobora gusinyira ikipe ya AS Kigali imaze iminsi isinyishije n'ubundi umuzama w'iyi kipe Hakizimana Bohneur.

    Moussa Esenu tariki 31 mutarama 2024 nibwo arasoza amasezerano ye, bivuze ko Rayon Sports niramuka ikoze ikosa rikomeye nimwongerere ashobora gusinyira indi Kandi amaze igihe afasha iyi kipe mu buryo bukomeye.

    Source : https://yegob.rw/rutahizamu-uhetse-rayon-sports-ashobora-gusinyira-ikipe-isanzwe-ikora-mu-jisho-iyi-kipe-arimo-ubuyobozi-ntibutagira-icyo-bukora-kare/

  • Bidasubirwa Rayon Sports isaha n’isaha iratangaza ko yasinyishije umukinnyi ufatwa nk’ukomeye mu banyarwanda bakina muri Shampiyona uyu mwaka – YEGOB #rwanda #RwOT

    Bidasubirwa Rayon Sports igiye gusinyisha umukinnyi ufatwa nk'ukomeye mu banyarwanda bakina muri Shampiyona uyu mwaka

    Umukinnyi ukina mu kibuga hagati w'umunyarwanda ndetse wakinaga mu ikipe ya Kiyovu Sports Niyonzima Olivier Sefu agiye gusinyira ikipe ya Rayon Sports nyuma y'iminsi bivugwa.

    Uyu mukinnyi wakiniye ikipe ya APR FC ndetse na Rayon Sports, amakuru YEGOB twamenye ni uko Sefu isaha ni saha aratangazwa nk'umukinnyi wa Rayon Sports bidasubirwa.

    Mu ikipe ya Kiyovu Sports yakiniraga haravugwamo ubukene budasanzwe kugeza naho umwe mu bayobozi b'iyi kipe yabyitangarije avuga ko ubukene arimo kubona muri Kiyovu Sports atigeze abubona kuva yayimenya.

    Iki gishobora no kuba ari cyo kigiye gutuma Niyonzima Olivier Sefu wari kapiteni w'iyi kipe yerekeza muri Rayon Sports ihora ihanganye na Kiyovu Sports kuva kera. Ntabwo uyu gusa ari we urasohoka muri Kiyovu Sports ahubwo na Mugunga Yves yamaze kumenyesha iyi kipe ko atazongera kuyikinira.

    Source : https://yegob.rw/bidasubirwa-rayon-sports-isaha-nisaha-iratangaza-ko-yasinyishije-umukinnyi-ufatwa-nkukomeye-mu-banyarwanda-bakina-muri-shampiyona-uyu-mwaka/

  • Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4 #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw'ikipe ya AS Kigali bwatangaje ko umunyezamu Adolphe Hakizimana wahoze akinira Rayon Sports ari umukinnyi mushya wayo.

    Hakizimana Adolphe wari wageze ku musoza w'amasezerano ye muri Gikundiro atandukanye nayo yari ayimazemo imyaka ine ayikinira.

    AS Kigali yaguze Hakizimana bitewe n'uko umukinnyi wayo wa mbere kuri uwo mwanya agiriye imvune ikomeye, uwo akaba ari Kimenyi Yves wavunikiye mu mukino wa shampiyona bakinaga na Musanze FC.

    Nyuma yaho atangajwe nk'umukinnyi mushya wa AS Kigali, abinyujije ku rubyga rwe rwa Instagram , Hakizimana Adolphe yashimiye ikipe ya Rayon Sports yari amazemo imyaka ine.

    Yagize ati 'Mfashe uyu mwanya mbashimira ku bw'urukundo mwanyeretse muri iyi myaka 4 twari tumaranye mwarakoze kunyakira mukambera umuryango.'

    'Nshima Imana yampaye amahirwe yo gukinira Equipe ikomeye ya RAYON SPORTS, Mwandeze neza ndakura mumpa amahirwe yo gukina mu cyiciro cya mbere.'

    Ndashimira Ubuyobozi, Abatoza banjye n'abakinnyi twabanye muri iyi myaka 4 yose. Aho nakosheje ndahasabira imbabazi mbikuye ku mutima.'

    'Urugwiro n'urukundo mugira muzabigumane, Nanjye bizaguma ku mutima wanjye, ndabifuriza ibyiza mu bihe biri imbere, nzaba ndi umufana wanyu, igihe ntakinnye namwe.'

    'Mwarakoze cyane kandi amahirwe masa ku hazaza'.

    Hakizimana Adolphe w'imyaka 21 y'amavuko asanzwe kandi umwe mu banyezamu ikipe y'igihugu y'u Rwanda.

    The post Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/umunyezamu-hakizimana-adolphe-werekeje-muri-as-kigali-yashimiye-rayon-sports-yari-amazemo-imyaka-4/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=umunyezamu-hakizimana-adolphe-werekeje-muri-as-kigali-yashimiye-rayon-sports-yari-amazemo-imyaka-4

  • Umukinnyi wa APR FC nyuma yumujinya amaze iminsi aterwa n’umutoza yasabye ubuyobozi ko bwamutiza mu ikipe ikomeye hano mu Rwanda – YEGOB #rwanda #RwOT

    Biragoye ko bamwohereza yo! Umukinnyi wa APR FC nyuma yumujinya amaze iminsi aterwa n'umutoza yasabye ubuyobozi ko bwamutiza mu ikipe ikomeye hano mu Rwanda

    Rutahizamu w'ikipe ya APR FC, Bizimana Yanick yasabye ubuyobozi bw'iyi kipe ko bwamurekura akigira mu ikipe ya Mukura Victory Sports bitewe ni uko nta mwanya ahabwa na Thierry Froger utoza iyi kipe.

    Uyu mukinnyi umwaka ushize niwe wari uyoboye ubusatirizi bw'ikipe ya APR FC ndetse anasoza ari we ufite ibitego byinshi muri iyi kipe birenga 8 ariko kugeza ubu umutoza mushya wa APR FC Thierry Froger yanze kumugirira icyizere ngo amuhereze umwanya.

    Uyu rutahizamu ubona abahabwa amahirwe yo gukina ntakintu bamurusha, twamenya amakuru ko yasabye ubuyobozi ko yatsizwa muri Mukura Victory Sports akajyayo kwigaragaza kugirango yongere abone indi kipe Kandi ikomeye.

    Mukura Victory Sports isanzwe ifitanye ubushuti na APR FC dushobora kubona na Bizimana Yanick ayerekejemo dore ko hari n'abandi batijweyo mu myaka ishize barimo na Imanishimwe Djabel ndetse ahita anagira amahirwe yerekeza hanze y'u Rwanda.

     

     

    Source : https://yegob.rw/umukinnyi-wa-apr-fc-nyuma-yumujinya-amaze-iminsi-aterwa-numutoza-yasabye-ubuyobozi-ko-bwamutiza-mu-ikipe-ikomeye-hano-mu-rwanda/

  • Azabagora! Umukinnyi watandukanye na Rayon Sports nyuma yo kuyihesha ibikombe yatangaje amagambo akomeje kuvugisha benshi  – YEGOB #rwanda #RwOT

    Azabagora! Umukinnyi watandukanye na Rayon Sports nyuma yo kuyihesha ibikombe yatangaje amagambo akomeje kuvugisha benshi.

    Umunyezamu w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi Hakizimana Adolphe uherutse gutandukana n'ikipe ya Rayon Sports yari amazemo imyaka ine yose akinira akerekeza muri AS Kigali yagiye ku mbuga nkoranyambaga ze maze atangaza amagambo menshi ashimira Rayon Sports ibyo yamugejejeho mu myaka ine yose ayimazeno aboneraho no gutangaza ko azayifana igihe atakinnye bisobanuye ko azayigora igihe cyose azabari mu kibuga.

    Imba mutima z'umunyezamu mushya wa AS Kigali Hakizimana Adolphe nyuma yo kuva muri Rayon Sports:

    Bimwe mu byo abakunzi b'uyu mukinnyi bamukurira ku rubuga rwa Instagram bagiye batangaza bamwifuriza ishya n'ihirwe:

    Source : https://yegob.rw/azabagora-umukinnyi-watandukanye-na-rayon-sports-nyuma-yo-kuyihesha-ibikombe-yatangaje-amagambo-akomeje-kuvugisha-benshi/

  • APR FC ishobora kwisanga igayitse bikomeye nishaka kwirengagiza cyangwa abakunzi bayo bakongera kugira icyizere – YEGOB #rwanda #RwOT

    APR FC ishobora kwisanga igayitse bikomeye nishaka kwirengagiza cyangwa abakunzi bayo bakongera kugira icyizere cy'ikipe yabo

    Ikipe y'ingabo z'igihugu hano mu Rwanda APR FC kuri uyu wa mbere iracakirana n'ikipe ya Singda fountain get mu gikombe cyitwa Mapinduzi cyiri kubera muri Zanzibar.

    Ikipe ya APR FC imaze iminsi yerekeje muri iki gihugu muri tombora y'uko amakipe azahura yisanze iri kumwe na Singda fountain Gate, Simba SC ndetse na Jumhuli. Ni itsinda rishobora kutayorohera dore ko iratangira ikina na Singda itarapfa gutsinda ibarizwamo rutahizamu w'umunyarwanda 'Kagele Medie'.

    Izi kipe zombi ntabwo zimaze guhura imikino myinshi kuko umwe gusa niwo zahuye mu gikombe cyitwaga Kagame Inter Club Cup 2018 tariki 29 z'ukwezi kw 6, umukino urangira APR FC itsinzwe ibitego 2-1.

    APR FC itarayigirirwa icyizere n'abakunzi bayo kugeza ubu mu mikino mpuzamahanga bijyanye ni uko ijya yitwara iyo yagiye kuyikina. Umukino iyi kipe iheruka ni uwo yanyagiwe n'ikipe ya Pyramid FC ibitego 6-1 abakunzi bayo bamarana agahinda iminsi itari micye.

    Abacyeba ba APR FC bategereje kureba uko iyi kipe igiye kwitwara muri iki gikombe nyuma yuko ijyanye abakinnyi bashya itakoresheje mu mikino ibanza ya shampiyona barimo Kategaya Elie, Mbonyumwami thaiba ndetse n'abandi b'abanyampahanga batandukanye bajyanwe mu igeragezwa.

    Source : https://yegob.rw/apr-fc-ishobora-kwisanga-igayitse-bikomeye-nishaka-kwirengagiza-cyangwa-abakunzi-bayo-bakongera-kugira-icyizere/

  • Rayon Sports yirangayeho none AS Kigali ibatwaye umukinnyi ukomeye uri mu bari bayihetse kugeza ubu – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rayon Sports yirangayeho none AS Kigali ibatwaye umukinnyi ukomeye uri mu bari bayihetse kugeza ubu

    Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru nibwo ikipe ya AS Kigali yabyutse itangaza ko yasinyishije umuzamu Hakizimana Adolphe wari umaze iminsi muri Rayon Sports ndetse anayihetse.

    Uyu muzamu amaze iminsi nta myitozo akora muri Rayon Sports ndetse wabonaga ko ibiganiro n'ubuyobozi bw'iyi kipe bisa nkaho bitari gukorwa nyuma yo kurangiza amasezerano none AS Kigali imaze iminsi igariye Perezida Shema Fabrice yahise imusinyisha.

    Rayon Sports kugeza ubu isigaranye abazamu 2 ari no Simone Tamale hamwe na Hategekimana Bonheur utarabonaga umwanya kugeza ubu.

    Source : https://yegob.rw/rayon-sports-yirangayeho-none-as-kigali-ibatwaye-umukinnyi-ukomeye-uri-mu-bari-bayihetse-kugeza-ubu/

  • Ubwatsi bw'ubukorano bugezweho bwashyizwe muri stade Amahoro, batangiye kubutera amazi, bisanzwe bikorwa nko muri stade z’iburayi – VIDEWO  – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 20 Ukuboza 2023, nibwo Stade Amahoro iri kubakwa kuri hatangiye gushyirwamo ubwatsi bw'ubukorano bugezweho mvaburayi.

    Ubu bwatsi batangiye kubutera amazi aturuka hasi mu kibuga, ibintu bisanzwe bikorwa nko muri sitade z'Iburayi.

    Imirimo yo kwagura iyi stade izarangira muri Mata 2024 itwaye akayabo ka miliyari 160 Frw ikazajya yakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza.

    Ubu bwatsi bw'ubukorano buje bukurikira intebe na zo ziri gushyirwamo, hakaba hategerejwe no gutunganya umwanya wo gukoreramo siporo yo gusiganwa ku maguru izaba izengurutse ikibuga.

    Stade Amahoro I Remera.#RwandaWorks 🙏 pic.twitter.com/ewWjG2hCRk

    — Aminadab Ndayisenga (@aminallyly13) December 20, 2023

    Source : https://yegob.rw/ubwatsi-bwubukorano-bugezweho-bwashyizwe-muri-stade-amahoro-batangiye-kubutera-amazi-bisanzwe-bikorwa-nko-muri-stade-ziburayi-videwo/

  • Higanjemo aba Manchester United! Abakinnyi 11… – #rwanda #RwOT

    Harabura amasaha macye ubundi umwaka wa 2023 ugashyirwaho akadomo. Niyo mpamvu twifashishije ikinyamakuru cya ESPN ngo turebere hamwe abakinnyi 11 batengushye amakip yabo mu gihugu cy’u Bwongereza.

           Andre Onana

    Umunyezamu w’ikipe ya Manchester United ni umwe mu batengushye abantu muri uyu mwaka ubwo yavaga mu ikipe ya Inter Milan mu mpeshyi y’uyu mwaka atanzweho agera kuri miliyoni 43.8 z’Amapawundi yitezweho byinshi ariko ntiyahita abitanga.

    Manchester United yamuzanye nyuma yuko we na Inter Milan bari bamaze kugera ku mukino wa Champions League bumva ko azahita asimbura David de Gea, gusa ntibyakunze bitewe n’amakosa aremereye yagiye akora agatuma rimwe na rimwe bahita batsindwa.

          Reece James 

    Myugariro w’ikipe ya Chelsea, Reece James yatengushye ikipe ye ndetse n’abafana muri rusange bitewe n’ukuntu yagiye avunika cyane.

    Uramutse ugiye kureba muri uyu mwaka wa 2023 nta na rimwe yigeze akina imikino 6 yikurikiranya kubera ko yabaga yavunitse. Reece James niwe kapiteni akaba na myugariro wa mbere w’iburyo, gusa imvune zaramuzonze cyane zituma adakina dore ko n’ubu yavunitse bikaba biteganyijwe ko azakira mu kwezi kwa 3 k’umwaka utaha.

           Eric Dier 

    Eric Dier ni umwe mu bakinnyi bari bafite umwanya wo kubanzamo mu ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza na Tottenham Hotspur mu mwaka washize wa 2022, ariko kuva 2023 yatangira yatengushye abantu dore ko atakibona umwanya wo gukina.

    Kuva ikipe ya Tottenham Hotspur yazana umutoza mushya Ange Postecoglou, Eric Dier yakinnye imikino 2 gusa ya Premier League abanza umwe mu kibuga naho undi ajyamo asimbuye kandi mu mwaka ushize w’imikino yari yarabanje mu kibuga imikino 31 muri Shampiyona.

           Josko Gvardiol

    Mu mpeshyi y’uyu mwaka ni bwo ikipe ya Manchester City yasinyishije Jusko Gvardiol imutanzeho miliyoni 77.6 z’amapawundi imukuye mu ikipe ya RB Leipzig yo mu Budage ari umwe muri ba myugariro bakomeye ku mugabane w’Iburayi.

    Kuva uyu mukinnyi ukomoka muri Croatia yagera muri Manchester City ntabwo byari byakunda ko abona umwanya wo kubanzamo bihoraho bijyanye nuko umwanya akinaho wa nyawo wa Centre-back uriho abandi bakinnyi nka Rúben Dias, Manuel Akanji na John Stones none niyo akinnye anyuzwa ku ruhande rw’ibumoso kandi yari yitezweho kuzahita afatisha.

          Marc Cucurella

    Marc Cucurella ntabwo azibagirwa ameze neza mu ikipe ya Brighton muri 2022, ikipe ya Chelsea iri kumushaka na Manchester City iri kumushaka ndetse yo iri gukuba inshuro 2 amafaranga Chelsea yatangaga kugira ngo yegukae uyu myugariro w’iruhande rw’ibumoso.

    Byarangiye iyi kipe yo ku kiraro ariyo imwegukanye gusa yarayitengushye cyane muri uyu mwaka wa 2023 bijyanye n’ibyo abantu bari bamwitezeho. Birasa nk’aho ubushobozi bwe mu ikipe ya Chelsea butizewe kubera ko ku mukino bakinagamo na Manchester United yabanje mu kibuga, gusa igice cya mbere kirangira yahise asimbuzwa.

         Enzo Fernández

    Mu ntangiriro z’uyu mwaka nibwo Enzo Fernández yinjiye mu ikipe ya Chelsea ariwe mukinnyi uhenze mu mateka ya Premier League atanzweho agera kuri miliyoni 105 z’amayero avuye mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal.

    Impamvu Chelsea yabikoze ni ukubera ukuntu yari yitwaye mu mikino y’igikombe cy’Isi cya 2022 ari kumwe n’ikipe ye y’igihugu ya Argentine, gusa kuva yageramo yarayitengushye cyane kubera ko kugeza ubu amaze gukina imikino 35 akaba yaratsinzemo ibitego 2 n’imipira 2 yabivuyemo muri Premier League.

         Kalvin Phillips 

    Umukinnyi w’Umwongereza ukina ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya Manchester City nawe yatengushye ikipe ndetse n’abafana muri rusange muri uyu mwaka wa 2023 bitewe n’ubuhanga yari afite akurwa mu ikipe ya Leeds United mu mpeshyi y’umwaka ushize.

    Nubwo yatwaranye nayo ibikombe birimo icya Premier League, Champions League na FC Cup gusa yari yarabanje mu kibuga imikino 4 gusa. Kuva uyu mwaka w’imikino watangira wo amaze gutangira mu kibuga umukino umwe gusa ndetse byamaze kwemezwa ko mu kwezi kwa mbere ku mwaka utaha azagurishwa.

         Mason Mount

    Mu mpeshyi y’uyu mwaka umukinnyi wa mbere ikipe ya Manchester United yasinyishije ni Mason Mount imuguze agera kuri miliyoni 55 z’Amayero mu ikipe ya Chelsea ndetse ahita ahabwa kuzajya yambara nimero 7 yambawe n’ibirangirire muri iyi kipe nka Cristiano Ronaldo.

    Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati ageze muri iyi kipe y’amashitani atukura ntabwo ibintu byagenze neza kubera ko amaze gukina imikino 8 yonyine nubwo yagize ikibazo cy’imvune.

    Usibye no muri Manchester United ahubwo no mu ikipe y’Igihugu Mason Mount yatengushye abafana be kubera ko ntabwo yigeze ahamagarwa na rimwe mu ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza kandi yari asanzwe ahamagarwa.

                Antony 

    Kugeza ubu muri uyu mwaka w’imikino ntabwo uyu munya-Brazil Antony aratsinda igitego na kimwe mu ikipe ya Manchester United  Kandi yatanzweho agera kuri miliyoni 85 z’amayero ava mu ikipe ya Ajax mu mpeshyi y’umwaka ushize.

    Mu kwezi kwa 2 muri uyu mwaka ubwo yatsindaga igitego kiza FC Barcelona mu mikino ya 1/4 ya Europa League, abafana ba Manchester United bahise batangira gutekereza ko azakora ibihambaye ariko byarangiye abatengushye dore ko umwaka ushize w’imikino warangiye mu kwezi kwa 6 yatsinze ibitego 2 anatanga mipira 2 ivamo ibitego muri Premier League.

         Marcus Rashford

    Mu mikino 16 ya mbere muri uyu mwaka wa 2023, Marcus Rashford yatsinzemo ibitego 14 afasha Manchester United gutwara igikombe cya Carabao Cup no kurangiza ku mwanya wa 3 muri shampiyona.

    Abafana ba Manchester United bumvaga ko iyi mibare myiza azayikomezanya no muri uyu mwaka w’imikino gusa kugeza ubu afite ibitego 3. Nubwo yatangiye umwaka neza ariko birangiye atengushye abafana ba Manchester United.

       Mykhailo Mudryk

    Nk’uko byagenze ku bakinnyi barimo Enzo Fernández, no kuri Mykhaylo Mudryk niko byagenze atangwaho akayabo k’amafaranga kugira ngo yinjire mu ikipe ya Chelsea.

    Ikipe ya Arsenal niyo yabanje kumushaka ariko ikipe ya Chelsea ihita imubanyuza mu myanya y’intoki ihita imutwara imutanzeho agera kuri miliyoni 88 z’amapawundi imukura mu ikipe yakinagamo ya Shakhtar Donetsk mu kwezi kwa mbere muri uyu mwaka.

    Akigera muri iyi kipe yo ku kiraro abafana bari bamwitezeho byinshi ariko bisa nk’aho yabatengushye kuko kugeza ubu afite ibitego 3 mu mikino 32 yakinnye.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138137/higanjemo-aba-manchester-united-abakinnyi-11-batengushye-amakipe-yabo-muri-2023-138137.html