Tag: Sport

  • Stade Amahoro ishobora guhindurirwa izina, impamvu ikirango cyayo kigomba guhinduka #rwanda #RwOT

    Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS) yavuze ko impamvu ikirango cya Stade Amahoro kigomba guhinduka ari uko basanze kitajyanye n’igihe bigendanye n’uburyo iyi nyubako irimo kuvugururwamo.

    Ejo hashize ku wa Gatanu, Minisiteri ya Siporo yashyize hanze itangazo rishishikariza buri munyabugeni ubishaka gukora ikirango gishya cya Stade Amahoro kigaragaza intego z’iyi stade zishingiye kuri siporo n’imyidagaduro.

    Buri wese akaba agomba kohereza ibirango (logos) bitatu biherekejwe n’inyandiko isobanura mu buryo bwumvikana igihangano cye gishushanyije hifashishijwe mudasobwa kandi kigomba kuba ari umwimerere.

    Uhatana agomba kuba afite byibuze imyaka 18 kandi asanzwe akora ubuhanzi mberajisho bwifashishije ikoranabuhanga rya mudasobwa no kuba yumva neza akamaro k’ikirango cya Stade Amahoro. Uwa mbere azahembwa miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda n’aho uwa kabiri ahambwe ibihumbi 500.

    Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zephanie yavuze ko impamvu yo guhindura iki kirango ari uko basanze kitakijyanye n’igihe.

    Ati “guhindura ikirango (logo) hari icyo twari dufite tubona ku mpamvu zinyuranye kigomba guhinduka, harimo ibijyanye n’ibyo twitwa IP uburyo kiba cyarakozwe, ibigikoze, uwayikoze n’ibikiranda, ni ibyo ng’ibyo nta kindi kidasanzwe.”

    Yakomeje avuga ko kugeza ubu izagumya yitwa Stade Amahoro ariko bishoboka ko ryanahinduka mu gihe haboneka nka sosiyete ishaka kuyitirirwa ikaba yagura “Naming Right”, izina ryahinduka.

    Ati “izina ni ririya ariko ibintu by’inzu z’imikino cyangwa imyidagaduro, buriya ushobora kugira izina ariko iyo bibaye ngombwa ushobora no kurihindura si igitangaza, uko biriya bikorwaremezo bikora ushobora no kujya mu masezerano ukaba wagira icyo twita ‘naming rights’ cyangwa ukaba wagira irindi zina.”

    “Mwarabibonye iyo twari dufite mbere yitwa Kigali Arena, leta y’u Rwanda igiye mu masezerano na…(yitiriwe banki imwe mu Rwanda), si igitangaza ko na stade nayo bushobora gucya ikitwa irindi zina kuko ibikorwaremezo leta nubwo iba yabishyizemo amafaranga ku kijyanye no kubicunga hazamo abikorera bafite ubunararibonye kugira ngo barusheho gufatanya na leta kubibungabunga.”

    Kuva muri Werurwe 2022, Stade Amahoro irimo kuvugururwa aho biteganyijwe ko muri Gicurasi 2024 izaba yuzuye. Izaba yakira abantu ibihumbi 45 ivuye ku bihumbi 25.

    Iyi ni yo yari isanzwe ari logo yayo, igomba guhinduka

    Stade Amahoro irimo kuvugururwa

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/stade-amahoro-ishobora-guhindurirwa-izina-impamvu-ikirango-cyayo-kigomba-guhinduka

  • Polisi y'u Rwanda yihariye imidali mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Mutarama, muri BK Arena i Remera mu Karere ka Gasabo, habereye umuhango wo gusoza imikino yaberaga mu Rwanda, ihuza abapolisi bo mu bihugu bigize umuryango w'abayobozi ba Polisi mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba (EAPCCO Games).

    U Rwanda rwitwaye neza rubasha gutsinda imikino 9 kuri 13 yitabiriwe muri iri rushanwa ribaye ku nshuro ya Kane.

    Ku nsanganyamatsiko igira iti: 'Guteza imbere ubufatanye bwa Polisi mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka binyuze mu mikino n'imyidagaduro', iyi mikino yitabiriwe n'amakipe yo mu bihugu 8 muri 14 bigize umuryango.

    Mu gihe cy'icyumweru rimaze ribera ku bibuga bitandukanye mu Mujyi wa Kigali no mu Karere ka Bugesera, u Rwanda rwegukanye imidali ya Zahabu mu mukino w'umupira w'amaguru, umukino w'intoki wa Volleyball, Handball na Basketball.

    Mu yindi mikino u Rwanda rwatsinze harimo Volleyball yo ku mucanga, taekwondo, iteramakofe, Karate no kumasha.

    Kenya yabashije kwitwara neza mu gusiganwa ku maguru, yegukanye umwanya wa Kabiri muri rusange itsindira umudali wa silver, Uganda uba iya mbere mu mukino wa netball itsindira umudali wa bronze.

    Umuhango wo gusoza iyi mikino wayobowe na Minisitiri w'umutekano w'imbere mu gihugu, Alfred Gasana, witabirwa n'abandi banyacyubahiro barimo Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye, Minisitiri w'ingabo, Maj. Gen. Albert Murasira, Komiseri Mukuru wa Polisi ya Ethiopia akaba n'umuyobozi wa EAPCCO, Demelash Gebremicheal Weldeyes, Umugaba Mukuru w'ingabo z'u Rwanda Jean Bosco Kazura, n'abahagarariye Polisi zo mu bihugu bigize EAPCCO.

    Umuhango wabimburiwe n'umukino w'intoki wa Handball wahuje u Rwanda na Uganda, urangira u Rwanda rutsinze ibitego 41 kuri 27 bya Uganda rwegukana n'igikombe muri uyu mukino ku nshuro ya kane kuva iyi mikino yatangira mu mwaka wa 2017 rwikurikiranya.

    Minisitiri Gasana yavuze ko imikino yubaka umurunga w'ubufatanye bwa Polisi zo mu bihugu binyamuryango.
    Yavuze ko imikoranire hagati y'abakinnyi n'abafana babo ifasha mu kubahuza no guhanahana amakuru atuma habaho imikorere myiza.

    Yagize ati:' Ubufatanye buhamye hagati y'inzego zishinzwe iyubahirizwa ry'amategeko nibwo bushobora gutuma akarere k'Afurika y'Iburasirazuba kagira umutekano mu buryo burambye ari nawo soko y'iterambere. '

    Yakomeje agira ati:' Ku makipe yahuriye mu mikino itandukanye, intego yari ugushimangira ubufatanye bwa Polisi binyuze mu mikino kandi byagezweho bityo buri wese atahukanye intsinzi. '

    IGP Namuhoranye yavuze ko imikino yagaragaje ko abapolisi bayitabiriye bafite ubushake, kwiyemeza, disipulini ndetse no kudacika intege mu gihe baharanira kugera ku ntego.

    Yagize ati:' Mu myaka ishize hakinwa imikino ya EAPCCO, yahindutse inkingi ikomeye y'ubufatanye bw'inzego za Polisi mu karere, ifasha mu kwagura imikoranire y'ibihugu binyamuryango. '

    Yavuze ko abitabiriye imikino babonye umwanya wo kumarana igihe, baramenyana kandi bagirana ubucuti buzabafasha gukorana mu bihe bizaza ari nayo yari intego yayo.

    Umuyobozi wa EAPCCO, CG Demelash Gebremicheal Weldeyes, nawe yavuze ko imikino yatekerejwe hagamijwe kurushaho kongera ubufatanye mu rwego rwo guhangana n'ibyaha ndengamipaka bihangayikishije isi yose kuri iki gihe.

    Ati:'Duhurira mu mikino kugira ngo turusheho kumenyana no gushimangira ubufatanye bw'inzego z'umutekano mu karere. Gutsinda no gutsindwa n'ubwo byose bibaho ariko ntibibuza ko intego y'irushanwa igerwaho yo guharanira gufatanyiriza hamwe mu kurwanya ibyaha ndengamipaka bishobora kugira ingaruka mu bihugu binyamuryango bitandukanye. '

    The post Polisi y'u Rwanda yihariye imidali mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/polisi-yu-rwanda-yihariye-imidali-mu-mikino-ya-eapcco-yari-imaze-icyumweru-ibera-mu-rwanda/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=polisi-yu-rwanda-yihariye-imidali-mu-mikino-ya-eapcco-yari-imaze-icyumweru-ibera-mu-rwanda

  • Cristiano Ronaldo yoherereje indege yuzuyemo… – #rwanda #RwOT

    Abantu barenga ibihumbi 47 bamaze gupfa naho abandi miliyoni 5 ntaho kuba bafite, nyuma y’ikiza cy’umutingito uremereye wibasiye Turkey na Syria.

    Nk'uko The Mail yabyanditse kuri iki Cyumweru, Cristiano Ronaldo w’imyaka 38 yohereje indege yuzuyemo ubufasha ku baturage bakiri bazima bagizweho ingaruka n’uyu mutingito. Muri iyi ndege harimo ibiribwa, ibyo kuryamaho, ibiringiti, ibitanda, ibiryo by’abana, amata n’ibikoresho byo kwa muganga bifasha mu bikorwa by'ubutabazi.

    Ibi bikorwa by’ubutabazi ku baturage ba Turkia na Syria ntabwo ari ubwa mbere uyu mukinnyi abikoze, kuko no mu minsi yashize yatanze ubufasha bwo gushyira umukono ku myenda ye agikina muri Juventus ubundi ikagurishwa amafaranga yavamo akajya gutanga ubutabazi. Yari yabiganirijweho na Merih Demiral ukomoka muri Turikia, bakinanye muri Juventus.

    Cristiano Ronaldo asanzwe azwiho kugira umutima ufasha bitewe n’ibikorwa yagiye akora mu bihe bitandukanye, yishyuye ibihumbi 69 by’amayero kugira ngo habagwe umwana wari afite ikibazo ku bwonko. 

    Uyu mukinnyi yishyuye kandi ibihumbi 137 by’amayero bijya kurwanya kanseri iwabo muri Portugal, ndetse kandi yanatanze miliyoni 1 y’amayero afasha mu kurwanya icyorezo cya Covid-19 mu gihugu avukamo cya Portugal.

    Uko umutingito wangije amazu y’abaturage

    Cristiano Ronaldo ugira umutima ufasha

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126725/cristiano-ronaldo-yoherereje-indege-yuzuyemo-bufasha-ku-baturage-bazahajwe-numutingito-mur-126725.html

  • Umubiri ni ubusa kandi ntabwo ari moteri – Mugisha Moise agaruka ku cyamukuye mu isiganwa #rwanda #RwOT

    Umukinnyi w’umunyarwanda ukina umukino w’amagare, Mugisha Moise yavuze ko nta kindi cyatumye ava mu isiganwa rya Tour du Rwanda ritarangiye uretse kuba umubiri we wari unaniwe.

    Ku munsi w’ejo hashize ku wa Gatanu ubwo hakinwaga agace ka 6 ka Tour du Rwanda 2023, Rubavu – Gicumbi, benshi batunguwe no kumva ko umwe mu bakinnyi b’ikipe y’igihugu (Team Rwanda) wahabwaga amahirwe yo kwitwara neza yahise ava mu isiganwa.

    Uyu mukinnyi wari wajyanye n’abandi bacitse igikundi, ubwo bari bageze ku kilometero cy’110 yavuye mu isiganwa aho yavuze ko byatewe n’uko umubiri wananiwe.

    Ati “Umubiri wanjye warushye cyane kandi guhatiriza umubiri si byiza, twakoze ibilometero birebire bivunanye, kabone ko njye navuye mu isiganwa nari nasize igikundi (break away) ariko umubiri wanjye wacitse imbaraga biranga mpita mvugira muri radio ko umubiri wanjye byanze ntabashije gukomeza isiganwa.”

    Yavuze ko umubiri ari ubusa yari yakoresheje imbaraga nyinshi rero yanze kugwa hejuru y’igare.

    Ati “Mu by’ukuri ntabwo ari ukuvuga ngo nakoresheje imbaraga nyinshi, umubiri ni ubusa iyo uwukoresheje ibyo utagusabye, mu by’ukuri nari break-away nanabafasha 100% ariko umubiri wagiye umanuka mpita byihorera ngo ntaza kugwa hejuru y’igare, guhatiriza ku igare ni bibi nshobora no gukata ikorosi simbimenye ugasanga ndaguye kandi nta n’umwambaro w’umuhondo ndimo guharanira. “

    Yavuze ko isiganwa ryatumbagiye cyane kuva ryajya ku rwego rwa 2.1 bigora abanyarwanda kwitwara neza, ngo ntawutanga icyo adafite ibyo batanze ni ni byo baba bafite.

    Ati “Mu by’ukuri natwe ntimukaturenganye tubaha ibyo dufite, ntacyo dufite icyo dufite ni cyo tubaha nk’abanyarwanda … Iyo ugiye kuva mu isiganwa utekereza byinshi ariko iyi mibiri dukoresha si moteri, nta nubwo nabitekerejeho cyane ibyo wansabye ni byo nakoze”

    Uku kutitwara neza kw’abakinnyi b’abanyarwanda muri Tour du Rwanda cyane iy’uyu mwaka, bamwe bavuga ko imyitozo bahabwa n’umutoza ntacyo yatuma batwara muri Tour du Rwanda hakiyongeraho n’amagare bakoresha atari ku rwego rwiza nubwo Mugisha Moise yavuze ko nta kibazo kirimo.

    Mugisha Moise yavuye mu isiganwa ritarangiye

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umubiri-ni-ubusa-kandi-ntabwo-ari-moteri-mugisha-moise-agaruka-ku-cyamukuye-mu-isiganwa

  • #TdRwanda23: Rwanda Foam iri gutanga impano mu kwizihiza isabukuru y'imyaka 40 (Video) – #rwanda #RwOT

    Rwanda Foam iri gushimira Abanyarwanda muri rusange ku bw'imyaka 40 imaze ibakorera matelas ndetse n'urugendo rwayo rwo guca nyakatsi ku buriri.

    Umuyobozi ushinzwe Imenyekanishabikorwa muri Rwanda Foam, Karekezi Christian, yashimiye Abanyarwanda ku cyizere bagiriye uru ruganda ndetse banakomeje kurugaragariza.

    Yagize ati 'Turabashimira rero kuri icyo cyizere batugiriye, tubabwira ko tudateze kubatenguha nka Rwanda Foam. Nk'abafatanyabikorwa ba Tour du Rwanda tumazemo igihe, twari twateganyije ibihembo bitandukanye aho umuntu agura matela imwe bakamwongera umusego, yagura inini bakamuha imisego ibiri. Iyi poromosiyo yatangiye tariki ya 19 Gashyantare, izarangira tariki 30 Werurwe 2023.”

    Yongeyeho ko impamvu iminsi ya poromosiyo batayigize ihwanye n'iyo isiganwa rimara ari ukubera ko hari n'ababanza kwitegura, kugira ngo babone uko bagura izo matela.

    Yakomeje ati “Twanze kuyigira icyumweru kimwe twumvaga ari gitoya ahubwo duhitamo kuyigira ukwezi n'igice kugira ngo Abanyarwanda bitegure baze bagure banahabwe izo mpano z'imisego.”

    Rwanda Foam muri Tour du Rwanda yaherekejwe n'umuhanzikazi Marina. Aho buri etape isorezwa ni we utanga ibihembo bitandukanye birimo imisego na matelas.

    Karekezi avuga ko “Aho tuzaca hose tuzagenda tubaha ibihembo aho isiganwa risoreza bijyanye n'isabukuru yacu.”

    Rwanda Foam yitabiriye Tour du Rwanda yabaye mu 1989, ariko kuva yaba mpuzamahanga yagiyemo 2016. Uru ruganda rumaze imyaka irindwi ruherekeza iri siganwa rizenguruka igihugu mu kumenyekanisha ibikorwa byarwo.

    Serivisi za Rwanda Foam ziboneka ku bacuruzi barenga 60 bayihagarariye mu gihugu hose. Aharanga umucuruzi haba hari icyapa cy'umuhondo cyayo ndetse nta zindi matelas acuruza. Ushobora no guhaha unyuze kuri www.rwandafoam.com. Iyo uyiguriye ku rubuga, uyigezwaho iwawe ndetse ugahabwa n'inyongera igenerwa abaguriye ku maduka.

    Rwanda Foam imaze kuba ubukombe mu gukora no gucuruza matelas z'umwimerere. Mu ijoro ryo ku wa 27 Gashyantare 2022, yabaye ikigo cya mbere mu bucuruzi bwa matelas 'Mattress of the year'' muri Consumers Choice Awards (CCA) itegurwa n'Ikigo Kalisimbi Events. Ibi bihembo bihabwa ibigo bitanga serivisi nziza mu kwakira ababigana.

    Rwanda Foam iri mu baterankunga ba Tour du Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/tdrwanda23-rwanda-foam-iri-gutanga-impano-mu-kwizihiza-isabukuru-y-imyaka-40

  • Umutoza wa Etincelles Fc yahishuye ko abakinn… – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro yahaye itangazamakuru nyuma y'uyu mukino, kandi yavuze ko hari ubwo umuntu agutanga mu izamu nyuma ukaza kwigarura. Yagize ati: 'Biba cyane hari ubwo umuntu agutanga mu kibuga akagutanga izamu. Byatugizeho ingaruka ariko babyitwayemo neza'.


    Nyuma yo kubazwa impamvu ikipe ye yatangiranye intege nke, umutoza wa Etincelles Fc yasubizanyije uburakari bukomeye, abaza umunyamakuru impamvu yemera amakuru avuga ko ikipe imeze neza nyamara abakinnyi be bagiye kwicwa n'inzara. Ati: 'Njye ndashaka kukubaza icyizere utanga ni ikihe nk'umunyamakuru? Kuko niba babatangariza amakuru mukayemeza mutabanje kubaza ngo mumenye ukuri, ubwo namwe mutanga amakuru atuzuye.

    Iyo morale uvuga abakinnyi bafite ni iyihe? Niba umuntu uri i Kigali abwirwa ngo 'Ikipe imeze neza' kandi ataribyo? Ikipe ntabwo imeze neza. Abakinnyi ntabwo bameze neza mu mutwe, abakinnyi banjye ntabwo bari 'Motive'. Niba barababwiye ko bahembwe ntabwo bari bahembwa. Ntabwo twishyuye kuko twahembwe'.

    Yakomeje agira ati: 'Iyo utangaje ko ikipe imeze neza icyo gihe uba ubeshyera abakinnyi n'ikipe, ukaduteranya n'abafana kandi utazi ibibazo biri mu ikipe. Mujye mutwegera mbere aho kudutera ibikwasi. Ikipe ifite ibibazo byinshi'.

    Uyu mutoza ntabwo ari ubwa mbere avuze ku kibazo cy'iyi kipe akitsa cyane ku mushahara w'abakinnyi, dore ko avuga ko kugeza ubu atazihanganira ko abakinnyi be babaho badahembwe, kugeza ubwo yavuze ko mu gihe batari bahembwa akazi ke katazakorwa neza.

    Ku ruhande rw'ikipe ya Etincelles, bavuga ko ikibazo cy'amafaranga abakinnyi baberewemo kigihe gukemurwa, na cyane ko ubuyobozi bw'Akarere ka Rubavu bwabahaye icyizere.
    Jacques Tuyisenge yagowe n’ikibuga cyane.





    Akuki wa As Kigali yakorewe ikosa 


    Abafana bagiye baza gake gake






    Abasifuzi babanje kwishyushya


    Uyu mukino wahuje ikipe ya As Kigali na Etincelles Fc wabereye kuri Stade Umuganda, ari naho umutoza wa Etincelles Bizumuremyi Rajab yatangarije aya magambo. Uyu mukino warangiye amakipe anganyije 2 kuri 2 mu mukino wari utoroshye.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126428/umutoza-wa-etincelles-fc-yahishuye-ko-abakinnyi-be-bagiye-kwicwa-ninzara-asaba-ubuyobozi-k-126428.html

  • CAF yahaye umugisha icyifuzo cya FERWAFA, yatangaje abasifuzi bazasifura umukino w’Amavubi na Benin #rwanda #RwOT

    Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, yamaze kwemeza ko Stade Huye yujuje ibisabwa ku buryo izakira umukino w’itsinda L mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika wo u Rwanda ruzakiramo Benin.

    Ni nyuma y’uko iyi Stade yari yakiriye umukino wo gushaka itike ya CHAN wo u Rwanda rwasezerewe na Ethiopia, gushaka itikipe y’igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 23, abantu bari batunguwe no kubona CAF ivuga ko itemerewe kwakira imikino mpuzamahanga.

    Icyo gihe FERWAFA yatangaje ko uruhushya bari basabye rwari urw’iyo mikino yarangiye bityo ko basabwa kongera kubisaba bagaragaza ko iri ku rwego rwo kwakira imikino mpuzamahanga.

    Tariki ya 23 Gashyantare, yafashe amashusho n’amafoto by’iyi stade maze ibyohereza muri CAF kugira ngo itange uburengenzira bwo kuzahakirira imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2023.

    CAF ikaba yamaze kwemeza ko iyi Stade izakira umukino wa Benin nk’uko bigaragara mu ngengabihe yasohoye aho uyu mukino Amavubi azawakirira kuri Stade Huye tariki ya 27 Werurwe 2023, ni nyuma y’umukino ubanza uzabera muri Benin tariki ya 22 Werurwe 2023.

    Uyu mukino ukaba wahawe abanya-Somalia kuzawusifura aho umusifuzi wo hagati ari Omar Abdulkadir Artan, umusifuzi wa mbere w’igitambaro akaba Suleiman Bashir Sh. Abdi, uwa kabiri w’igitambaro ni Nour Abdi Mohamed ni mu gihe uwa kane ari Hassan Mahamed Hagi.

    Stade ya Huye yemerewe kwakira umukino wa Benin n’Amavubi

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/caf-yahaye-umugisha-icyifuzo-cya-ferwafa-yatangaje-abasifuzi-bazasifura-umukino-w-amavubi-na-benin

  • Amstel yateye inkunga Tour du Rwanda 2023 yat… – #rwanda #RwOT

    Ni muri gahunda yiswe 'Fun Ride' aho abakunzi ba Amstel batangiye gutembera mu mihanda ya Kigali bari ku igare mu rwego rwo kwitegura byihariye Tour du Rwanda.

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gashyantare 2023, abakunzi ba Amstel batembereye ku magare mu gikorwa cyabereye mu cyanya cya Imbuga City Walk ahazwi nka Car Free Zone mu Mujyi rwagati.

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ‘Fun Ride’ irakomereza iruhande rwa Kigali Arena, aho abakunzi ba Amstel bishimana ku munsi ubanziriza Tour du Rwanda nyir’izina.

    Umuyobozi Ushinzwe iyamamazabikorwa bya Amstel, Manzi Didier, yabwiye InyaRwanda ko iyi gahunda yashyiriweho abakunzi n’abakiliya ba Amstel kugira ngo bishimane biruseho.

    Yagize ati “Twafatanyije na Gura Ride itanga amagare ku bakunzi ba Amstel kugira ngo twishimane. turi kumwe n’inshuti za Amstel twitegura gutangira Tour du Rwanda.

    Yavuze ko mu gufatanya ibikorwa na Tour du Rwanda, Amstel ifite intego yo kuneneza abakiliya. Ati “Intego yacu ni uko habaho ibihe byiza ku bakiliya bacu ‘Provide good times’ nka Amstel kandi dufite intego yo gushyigikira abantu mu iterambere, nyuma tukishimira hamwe.”

    Mu bufatanyabikorwa na Tour du Rwanda, Amstel ifite intero igira iti “100% Pure Malt, 100% Pure Cycling”.

    Muri Tour du Rwanda 2023 izatangira ku ya 19 Gashyantare, Amstel izasangiza ibyishimo abakunzi bayo bo mu Ntara zose z’u Rwanda aho amagare azanyura.

    Amstel yatangiye gufasha abakunzi ba Tour du Rwanda kunogerwa mbere y’umunsi nyirizina

    Abahanga mu kunyonga igare bizihiwe kuri uyu wa Gatanu banakora siporo babifashishijwemo na Amstel

    Amstel itanga ibyishimo mu nzira zose z’ubuzima

    Kanda hano urebe amafoto menshi y’iki gikorwa

    AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126201/amstel-yateye-inkunga-tour-du-rwanda-2023-iri-gutembereza-abakunzi-bayo-ku-magare-amafoto-126201.html