Tag: Sport

  • Ingano y’amafaranga Joachiam Ojera ashaka guha Rayon Sports ngo yigendere ikomeje kwibazwaho – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ingano y'amafaranga Joachiam Ojera ashaka guha Rayon Sports ngo yigendere ikomeje kwibazwaho

    Rutahizamu w'umugande ukinira ikipe ya Rayon Sports Joachiam Ojera ushaka gusohoka muri iyi kipe yasekeje abantu nyuma y'amafaranga ashaka guha Rayon Sports kugirango yigendere Kandi yo yaramutanzeho menshi.

    Hashize iminsi Ojera ataragaruka mu myitozo nyuma yo guhabwa ikiruhuko ngo ajye gusura abavandimwe mu gihugu cya Uganda. Uyu musore yahamagarwaga n'ubuyobozi ariko kwitaba telephone ntabikore kugeza aho yeruye akavuga ko ashaka gutandukana na Rayon Sports.

    Ojera yaje kuvugana na Namenye Patrick usanzwe ari SG wa Rayon Sports ndetse amusaba ko yatandukana na Rayon Sports nubwo ubuyobozi butabyumva. Uyu musore twamenye amakuru ko yabwiye ubuyobozi ko ashaka guha Rayon Sports milliyoni 5 gusa ariko ubuyobozi bw'iyi kipe bwabyumviye kure buramwangira.

    Ojera ushaka kwerekeza mu buhinde yaguzwe n'abafana ba Rayon Sports milliyoni zirenga 17 asinya umwaka umwe none ashaka gusohoka muri iyi kipe mu mezi 5 yonyine atanatanze nibura 1/2 cy'amafaranga yaguzwe.

     

     

    Source : https://yegob.rw/ingano-yamafaranga-joachiam-ojera-ashaka-guha-rayon-sports-ngo-yigendere-ikomeje-kwibazwaho/

  • “Hagize ubigerageza yahava ajya mu buruhukiro bw'abapfuye”! Uwayezu Jean Fidele Perezida wa Rayon Sport – YEGOB #rwanda #RwOT

    Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yavuze ko abantu bagerageje gukubita umunyamabanga wa Rayon Sports, Patrick Namenye ari we bibayeho uwabikoze na we yahava ari umurambo.

    Ni mu kiganiro n'itangazamakuru cyagarukaga ku buzima bwa buri munsi iyi kipe irimo kunyuramo.

    Yavuze ko hari abantu batishimiye uburyo ikipe iyobowemo kuko batakibona aho bamenera ngo bayiryemo amafaranga mu nzira zitari nziza.

    Abo ngo ni bo birirwa bakora amanama hirya no hino muri Kigali bacura umugambi wo kumukubita n'umunyamabanga we, Patrick Namenye.

    Yakomeje avuga ko abaheruka kubigerageza ari we babikoze uwabikoze yahava ajya muri Morgue (uburuhukiro bw'abapfuye).

    Ati 'iyo bahansanga ngo bankubite, nava aho njya muri Polisi kuvuga ngo nakoze ibi kubera nitabaraga cyangwa banyendereje ariko unkubise wahava ujya muri morgue, morgue murayizi?'

    'Ubwo buterahamwe bugarutse muri Stade ngo uje gukubita abantu kubera ko ikipe itsinzwe? Mu Rwanda ubuyobozi bwarahindutse.'

    Atangaje ibi nyuma y'uko nyuma y'umukino w'umunsi wa 16 wa shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda wabaye tariki ya 12 Mutarama 2024, Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi United 2-1, bivugwa ko hari umufana wa Rayon washatse gukubita umunyamabanga wa Rayon Sports, Patrick Namenye nubwo hari andi makuru avuga ko yanamukubise.

    Source : https://yegob.rw/hagize-ubigerageza-yahava-ajya-mu-buruhukiro-bwabapfuye-uwayezu-jean-fidele-perezida-wa-rayon-sport/

  • Messi yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w… – #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuwa Mbere tariki 15 Mutarama nibwo mu murwa mukuru w’u Bwongereza i Londres haberaga ibirori byo gutanga ibihembo bitandukanye bya FIFA ku bakinnyi bitwaye neza mu mwaka ushize wa 2023.

    Igihembo kiba gitegerejwe kurusha ibindi ni icy’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi mu bagabo. Byarangiye cyegukanwe na Lionel Messi unaheruka kwegukana Ballon d’Or ye ya 9.

    Mu matora yakozwe n’abatoza, abanyamakuru, abafana ndetse n’abakapiteni b’abamakipe y’ibihugu, uyu mukinnyi yanganyije na Erling Haaland amajwi aho buri umwe yagize amajwi 48 ariko nk’uko bigaragara byarangiye hagendewe ku kintu cyo kwegukana igikombe cy’Isi cya 2022 cyaberaga muri Qatar.

    Muri aya majwi Lionel Messi yabonye, yiganjemo abakapiteni b’amakipe y’ibihugu naho abandi benshi bitoreye rutahizamu wa Manchester City. 

    Nubwo uyu munya-Argentine yegukanye iki gihembo ntabwo yari ahari, akaba yagifatiwe n’umunyabigwi Thierry Henry.

    Umukinnyi waje nyuma y’aba babiri banganyije amajwi, ni Kylian Mbappé wa Paris Saint-Germain we akaba afite amajwi agera kuri 35.

    Mu mwaka ushize Lionel Messi akiri muri Paris Saint-Germain yatsinze ibitego 9 muri Paris Saint-Germain anatwarayo igikombe cya shampiyona.

    Nyuma yuko yerekeje muri Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ikipe ya Inter Miami ho mu mikino 7 yakinnye yatsinzemo ibitego 7.

    Kuri Erling Haaland mu marushanwa yose yatsinze ibitego 52 anatwarana na Manchester City ibikombe 3 birimo icya Premier League, Champions League na FA Cup.

    Mu bindi bihembo byatanzwe mu bagore, Ununya-Espagne Aitana Bonmati ukinira FC Barcelona niwe wagizwe umukinnyi mwiza kurusha abandi. 

    Umutoza mwiza yagizwe Pep Guardiola naho umunyezamu mwiza agirwa Ederson wa Manchester City. 

    Mu bagore, umutoza mwiza yagizwe Sarina Wiegman utoza ikipe y’igihugu y’u Bwongereza naho umunyezamu mwiza aba Mary Earps ukinira ikipe y’igihugu y’u Bwongereza na Manchester City.

    Lionel Messi niwe wegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza wa FIFA muri 2023

    Uburyo abakinnyi 3 ba mbere batowe 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138625/messi-yegukanye-igihembo-cyumukinnyi-mwiza-wa-fifa-muri-2023-ahigitse-haaland-138625.html

  • Gufata ku nda, kuyobora indi manda – Perezida… – #rwanda #RwOT

    Ni ikiganiro cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mutarama 2024, kibera ku cyicaro ry’umuryango wa Rayon Sports giherereye mu Karere ka Kicukiro ahazwi nka Ziniya. Ni ikiganiro cyatangiye ku isaha ya saa 15:25 gikerereweho iminota 25 kubera imvura yabanje kugwa. 

    Perezida wa Rayon Sports yatangiye aha ikaze itangazamakuru ndetse agaruka ku makipe ane aba mu muryango wa Rayon Sports, mu buryo bwo kwinjiza neza itangazamakuru mu kiganiro.

    Mu buryo bwimbitse Uwayezu Jean Fidele yatangiye agaruka ku buzima bw’ikipe ya Rayon Sports y’abagabo ndetse yemeza ko itarava ku gikombe, ari nako aboneraho asaba imbabazi abafana.

    Yagize ati: “Duhereye ku ikipe y’abagabo, twatangiye imikino yo kwishyura, gusa twitwara nabi kuko twaratsinzwe. Nk’ikipe nkuru ishaka igikombe duhora dushaka gutsinda, ariko ntabwo byaduhiriye”. 

    “Ndasaba imbabazi abafana kuko ntibishimye, kandi natwe ntabwo twishimiye. Turacyarwana kuko igikombe ni isiganwa. Turi gucyemura ibitameze neza, gusa nongera kubasaba imbabazi kandi ntibazacike intege.”

    Uwayezu Jean Fidele yakomeje avuga ku kibazo cy’umutoza mushya ndetse n’ikibazo cy’umutoza Wade wari wasigaranye ikipe. Yagize ati” Umutoza Wade aza yasinyiye kuba umutoza wungirije kandi ubu niyo masezerano agifite. Umutoza mukuru akigenda twamusabye gutoza mu gihe tugishaka umutoza mukuru, kandi yarabikoze.

    Inshingano rero ziba mu byo wasinye kuko ni byo bigena ibyo utegetswe gukora. Niba yarishyizemo kumva ko ari umutoza mukuru akaba atakwemera kungiriza, azatubwira icyo ashaka dukurikize amasezerano”.

    Ku bijyanye n’umutoza mushya, Perezida wa Rayon Sports yavuze ko “twabanje gutinda kubona umutoza mukuru, ariko muri iki cyumweru tuba twamubonye ubundi azungirizwe na Wade.”

    Agaruka ku kibazo cy’abakinnyi bakomoka muri Uganda batinze kugaruka mu kazi, yavuze ko atazi impamvu batinze ndetse ko babahamagaye bakababura kandi ikipe ikaba itari gufata umwanzuro wo kujya kubahiga nk’uhiga inyamaswa.

    HANDA HANO UREBE IGICE CYA MBERE CY’IKIGANIRO


    Aha twari tugeze mu ma saa 16:15 PM gusa Perezida wa Rayon Sports yari agikomeza kuganira n’itangazamakuru ndetse abari mu cyumba cy’uruganiriro bari bagifite byinshi byo kubaza.

    Uko iminota yiyongeraga, niko Perezida Uwayezu Jean Fidele yahinduraga imivugire kugera n’aho yaje kugaruka ku buryo bahangana n’amakipe hafi ya yose ahabwa amafaranga na Leta ariko Rayon Sports ikaba ntacyo ibona.

    Ni imvugo yavuze ababaye ndetse ubona mu maso hahindutse. Yagize ati” Natwe Leta niduhe amafaranga. Ese ubundi kuki batayaduha? Naho twari amabuye, guhangana n’amakipe ahabwa amafaranga. Natwe turi ikipe nk’izindi, Rayon Sports ikoresha amafaranga igenda isarura mu ngo n’ahandi hatandukanye. Natwe nibaduhe amafaranga, ubundi bazatugaye.”

    Hakomeje gushakishwa umutoza Mohamed Wade azungiriza 

    Ntabwo yarekeye aho, kuko Perezida wa Rayon  Sports wari umaze amasaha 2 ari kuvuga, yaje kugaruka ku bantu batifuriza ineza ikipe kubera ko ntacyo bakiyiryamo. 

    Yagize ati: 'Rayon Sports uko yabagaho twese turabizi wajyaga kubona ukabona umuntu, azanye umukinnyi. Hari igihe abantu bose bigeze kuza mu nama ngo bafite abakinnyi.

    Ubu rero ibintu muri Rayon Sports byarahindutse. Uwo SG ku mukino wa Gasogi United, umufana yaraje ashaka kumukubita kuko abari bafite akaboko muri Rayon Sports bazana abakinnyi bakariramo icyo bitaga injyawuro nagisanzemo, ubanza iryo jambo ntari nanarizi. Aho dushyiriye ibintu ku murongo dukora ibintu neza, abari bafite akaboko nabavanagamo injyawuro, birabababaza, ariyo mpamvu yo gushaka kurwana.”

    Uwayezu Jean Fidele yasoje avuga ko kwiyamamariza indi manda 'bizaterwa n’abafana kuko nibumva bakinkeneye, nanjye nkabona mfite umwanya nziyamamaza, ariko nibambwira ngo narakoze ntabwo bashaka ko dukomezanya, nanjye nzabashimira nikomereze.'

    KANDA HANO UREBE IGICE CYA KABIRI CY’IKIGANIRO 

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138618/gufata-ku-nda-kuyobora-indi-manda-perezida-fidele-yiniguye-atanga-mwiriwe-na-mwaramutse-yo-138618.html

  • Nshuti Innocent wa APR FC yabonye ikipe nshya #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa APR FC, Nshuti Innocent yamaze gusinyira ikipe nshya ya One Knoxville SC yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Iyi kipe ikina mu cyiciro cya gatatu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Mutarama 2024, ni bwo yemeje ko yamaze gusinyisha Nshuti Innocent.

    Nshuti Innocent ntabwo yajyanye na APR FC muri Mapinduzi Cup kubera ko yari yaramaze kumvikana n’iyi kipe arimo yitegura kuyerekezamo.

    Uyu rutahizamu akaba yarakuriye mu irerero rya APR FC aho yaje kuzamurwa muri APR FC nkuru 2016, 2018 yahise ajya gukina muri Tunisia muri Stade Tunisien, yamazemo umwaka umwe ahita agaruka muri APR FC yakiniraga kugeza uyu munsi.

    Nshuti Innocent yabonye ikipe nshya

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/nshuti-innocent-wa-apr-fc-yabonye-ikipe-nshya

  • KNC Perezida wa Gasogi United yishongoye kuri Rayon Sports avugaka amagambo asesereza abakunzi bayo – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kakooza Nkuliza Charles Perezida wa Gasogi United yishongoye kuri Rayon Sports aheruka gutsinda ibitego 2-1.

    Yagize ati: Ntekereza ko ikibazo gihari, bashobora guhindura umutoza bazaba bahinduye icupa ariko byeri izaba ari yayindi.

    Iyi Rayon Sports niyo baduhuza imikino 5 yikurikiranya najya nyitsinda buri mukino nongeyeho igitego kimwe'.

     

    Source : https://yegob.rw/knc-perezida-wa-gasogi-united-yishongoye-kuri-rayon-sports-avugaka-amagambo-asesereza-abakunzi-bayo/

  • Perezida wa Rayon Sports yasabye imbabazi Aba… – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro n’itangazamakuru kiri kubera ku cyicaro cy’umuryango wa Rayon Sports, Perezida w’uyu muryango yasabye imbabazi avuga ko umukino batsinzwe nabo wabababaje.

    Yagize Ati”Duhereye ku ikipe y’abagabo, twatangiye imikino yo kwishyura, gusa twitwara nabi kuko twaratsinzwe.

    Nk’ikipe nkuru ishaka igikombe duhora dushaka gutsinda, ariko ntabwo byaduhiriye.Ndasaba imbabazi abafana kuko ntibishimye, kandi natwe ntabwo Twishimiye.

    Turacyarwana kuko igikombe ni isiganwa. Turi gucyemura ibitameze neza, gusa nongera kubasaba imbabazi  kandi ntibazacike intege.”

    Uwayezu Jean Fidele yemeje ko batarava ku gikombe cya shampiyona 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138611/perezida-wa-rayon-sports-yasabye-imbabazi-abafana-138611.html

  • Ubwo buterahamwe bugarutse … Unkubise wahava ujya muri ‘morgue’ – Perezida wa Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yavuze ko abantu bagerageje gukubita umunyamabanga wa Rayon Sports, Patrick Namenye ari we bibayeho uwabikoze na we yahava ari umurambo.

    Ni mu kiganiro n’itangazamakuru cyagarukaga ku buzima bwa buri munsi iyi kipe irimo kunyuramo.

    Yavuze ko hari abantu batishimiye uburyo ikipe iyobowemo kuko batakibona aho bamenera ngo bayiryemo amafaranga mu nzira zitari nziza.

    Abo ngo ni bo birirwa bakora amanama hirya no hino muri Kigali bacura umugambi wo kumukubita n’umunyamabanga we, Patrick Namenye.

    Ati “Amanama arabera La Galette, amanama arabera kwa Kamari Tamu Tamu, amanama arabera he… yo gushaka kuza gukubita perezida Jean Fidele wa Rayon Sports na Patrick ngo ni uko dutsinzwe mu kibuga? 1994 murayibuka? Ngo indege yaraguye bica Abatutsi barenga miliyoni, none ngo turatsinzwe bakazamuka Jean Fidele na SG badukubite? Muri Stade muri VIP?”

    Yakomeje avuga ko abaheruka kubigerageza ari we babikoze uwabikoze yahava ajya muri Morgue (uburuhukiro bw’abapfuye).

    Ati “iyo bahansanga ngo bankubite, nava aho njya muri Polisi kuvuga ngo nakoze ibi kubera nitabaraga cyangwa banyendereje ariko unkubise wahava ujya muri morgue, morgue murayizi?”

    “Ubwo buterahamwe bugarutse muri Stade ngo uje gukubita abantu kubera ko ikipe itsinzwe? Mu Rwanda ubuyobozi bwarahindutse.”

    Atangaje ibi nyuma y’uko nyuma y’umukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda wabaye tariki ya 12 Mutarama 2024, Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi United 2-1, bivugwa ko hari umufana wa Rayon washatse gukubita umunyamabanga wa Rayon Sports, Patrick Namenye nubwo hari andi makuru avuga ko yanamukubise.

    Perezida wa Rayon Sports yavuze ko hagize umukubita yahava ari umurambo

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ubwo-buterahamwe-bugarutse-unkubise-wahava-ujya-muri-morgue-perezida-wa-rayon-sports

  • Uko Abakinnyi b’Abanyarwanda bakina hanze bit… – #rwanda #RwOT

    Duhereye muri Kenya, ikipe ya Gormahia ku wa Gatandatu yatsindaga ikipe ya F.C. Kariobangi Sharks igitego 1-0 muri shampiyona. Sibomana Patrick yari yabanje mu kibuga ndetse arangiza n’umukino naho Emery Bayisenge we ntabwo yigeze akina.

    Gormahia FC iracyayoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 40, ikaba izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu ikina na Tusker.

    Muri Tanzania ikipe ya Singida Fountains Gate FC ikinamo rutahizamu w’Umunyarwanda, Kagere Meddie ku wa Gatatu w’icyumweru gishize yasezerwaga na Simba SC mu mikino ya 1/2 muri Mapinduzi Cup kuri Penaliti.

    Ntabwo uyu mukinnyi wakiniye Amavubi yabanje mu kibuga nk’ibisanzwe ariko yaje kwinjiramo asimbuye ndetse aza no kwifashishwa mu gutera Penaliti ariko birangira ayirase bituma ikipe ye isezererwa gutyo.

    Biteganyijwe ko ku munsi w’ejo aribwo Singida Fountain Gate FC izasubira mu kibuga ikina na Tabora United muri shampiyona.

    Ku wa mbere w’icyumweru gishize ikipe ya AS Far Rabat yo muri Morocco ikinamo myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Imanishimwe Emmanuel Manguende yanyagiye FUS Rabat ibitego 4-1 muri shampiyona.

    Uyu mukinnyi w’Umunyarwanda yabanje mu kibuga nk’ibisanzwe ariko umukino ugiye kurangira arasimbuzwa. Kuri ubu AS Far Rabat iri ku mwanya wa 1 muri shampiyona n’amanota 33.

    Muri Algeria mu ikipe ya USM Klenchela ku wa Gatandatu yatsindaga US Souf ibitego 2-0 muri shampiyona. 

    Manishimwe Djabel ukinira muri USM Klenchela ntabwo yabanje mu kibuga ariko yinjiyemo asimbuye ku munota wa 76,kuri ubu iyi kipe iri kumwanya wa 2 muri shampiyona n’amanota 22, ikaba izagaruka mu kibuga ku wa Gatanu ikina na NC Magra.

    Kuri Hakim Sahabo usanzwe ukina mu ikipe y’abato ya Standard de Liege mu Bubiligi akomeje kwitwara neza ahabwa umwanya mu ikipe nkuru ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bubiligi n’ubundi.

    Ku mukino wa gicuti banganyijemo na Borussia Dortmund ibitego 2-2 ku wa Kabiri, uyu mukinnyi yabanje mu kibuga gusa nyuma aza gusimbuzwa. 

    Ku wa  Gatanu no mu mukino bakinnyemo na Luzern bakayitsinda ibitego 2-1, nabwo yabanje mu kibuga aza gusimbuzwa mu gice cya kabiri.

    Andi makipe yo hanze akinamo Abanyarwanda aracyari mu biruhuko ntabwo arasubukura imikino.

    Hakim Sahabo ukomeje kwitwara neza

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/138584/uko-abakinnyi-babanyarwanda-bakina-hanze-bitwaye-mu-cyumweru-gishize-138584.html

  • Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n'umunsi wa 16 wa shampiyona y'u Rwanda #rwanda #RwOT

    Impera z'icyumweru dushoje nibwo mu Rwanda hakinwaga umunsi wa 16 wa Rwanda Premier League, mu mikino yakinwe, Rayon Sports na Police ntabwo zitwaye neza kuko zose zaratsinzwe.

    Kuwa Gatanu, nibwo kuri Kigali Pele Stadium ikipe ya Rayon Sports yari yakiriye ikipe ya Gasogi United ihatakariza itsinzwe ibitego bibiri kuri kimwe.

    Ni ibitego bibiri byose bya Gasogi United byatsinzwe na Kabanda Serge, ku ruhande rwa Rayon Sports yo yatsindiwe na Héritier Nzinga Luvumbu.

    Kuwa Gatandatu, ikipe ya Mukura VS yo yatsinze Amagaju ibitego bitatu kuri bibiri mu mukino wabere kuri Sitade y'Akarere ka Huye.

    I Nyamirambo kuri Kigali Pele Stadium ikipe ya Gorilla FC yahatsindiye ikipe ya Etincelles FC ibitego bibiri kuri kimwe.

    I Musanze, Etoile de l'Est yo mu karere ka Ngoma yakuye inota rimwe ku ikipe ya Musanze FC nyuma yaho banganyije ubusa ku busa.

    Ni nako ku ikipe ya Bugesera FC yanganyaga n'ikipe ya AS Kigali ubusa ku busa, ni umukino wabereye mu karere ka Bugesera.

    Kuri ki cyumweru, ikipe ya Police FC yari yasuye ikipe ya Sunrise FC ihatsindirwa ibitego bibiri ku kimwe.

    Ku ruhande rwa Sunrise FC, ni ibitego byatsinzwe na Brian Ssali ndetse na Munyagihugu Patrick naho ku ruhande rwa Police FC yo yatsindiwe na Hakizimana Muhadjiri.

    Ikipe ya Muhazi United yari yakiriye ikipe ya Kiyovu SC umukino ubera mur karere ka Ngoma, amakipe yombi akaba yarasoje anganya igitego kimwe kuri kimwe.

    Undi mukino w'umunsi wa 16 wagombaga kuba wari buhuze ikipe ya APR FC na Marines FC , uyu mukino ntabwo wakinwe kuko ikipe y'ingabo z'igihugu aribwo yageze i Kigali avuye muri Zanzibar mu mikino ya Mapimduzi.

    Kugeza ubu APR FC irayoboye n'amanota 33, Police FC ku mwanya wa kabiri n'amanota 31, ikipe ya As Kigali iri ku mwanya wa 15 n'amanota 15 naho Etoile de l'Est iri ku mwanya wanyuma n'amanota 11.

    The post Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n'umunsi wa 16 wa shampiyona y'u Rwanda appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/rayon-sports-na-police-fc-mu-makipe-atarahiriwe-numunsi-wa-16-wa-shampiyona-yu-rwanda/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=rayon-sports-na-police-fc-mu-makipe-atarahiriwe-numunsi-wa-16-wa-shampiyona-yu-rwanda