Tag: Politiki

  • Abakuru b'ibihugu biri muri EAC bahaye ikaze RDC muri uyu muryango #rwanda #RwOT

    Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahawe ikaze Muryango wa Afurika y'Iburasirazuba (EAC), nyuma yaho iki gihugu kigaragaje ko ubusbawe bwo  kwinjira muri uyu muryango.

    Ubusabe bwa RDC bwasuzumiwe mu nama idasanzwe ya 18, yahuje abakuru b'ibihugu biri muri uyu muryango yateranye hakoreshejwe ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ukuboza 2021.

     Ni inama yari ifite insanganyamatsiko yo 'Kwimakaza ukwishyira hamwe, kwagura ubutwererane.'

    Abakuru b'ibihugu babanje kuganira kuri raporo yemejwe n'abaminisitiri bashinzwe ibikorwa by'Akarere ku kwakira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri EAC.

    Aba bayobozi  b'ibihugu bya EAC bahaye ikaze  Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congomuri EACariko berekana ko hari ibikeneye kunozwa kugira ngo iki gihugu kibe umunyamuryango bidasubirwaho.

    Perezida Paul Kagame yabwiye bagenzi be ko u Rwanda rwishimiye ibimaze kugerwaho mu kwemerera iki gihugu kwinjira muri EAC.

    Yagize ati 'U Rwanda rwishimiye intambwe yatewe mu kwemerera RDC kwinjira muri EAC. Dutegereje umwanzuro w'ibisigaye kwemezwa.''

    Yasabye ko hongerwa imbaraga mu kwihuza kw'Akarere binyuze mu kubaka inzego zihamye, anizeza ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo.

    Yakomeje ati 'Mu gihe dusoza umwaka, turacyahura n'imbogamizi za COVID-19, biradusaba gukorana bya hafi nk'Akarere mu kurinda ubuzima bw'abaturage bacu no guhangana n'ihungabana ry'ubukungu.''

    Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni na we yerekanye ko kwakira RDC mu Muryango w'Ibihugu byo mu Karere, ari intambwe nziza ku kwigobotora ubukoloni.

    Ati 'Ndishimye ko twemeye ko RDC yinjira muri EAC. Amateka yerekana ko Congo ari igice cya EAC, by'umwihariko mu Burazirazuba bwayo, bavuga Igiswahili, tujya no guhuza amoko. Abakoloni ni bo batumye bigenda bityo [dutandukana] ariko ubu ubwo Afurika yigenga turi kubikemura.''

    Yagaragaje ko kwihuza kw'ibihugu byubaka iterambere ry'ubucuruzi, gukemura ibibazo by'abaturage no kubungabunga umutekano w'abantu n'ibintu.

    Intambwe yo kwemerera RDC kwinjira muri EAC ifatwa nk'intsinzi yo kwihuza kwa EAC no kureba amahirwe atabyazwa umusaruro.

    Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan, yavuze ko nyuma y'icyerekezo cyatanzwe ku bigomba kunozwa ngo RDC yinjire muri EAC, bizeye ko bizihuta.

    Yagize ati 'Tuzi agaciro ka RDC mu muryango wacu kuko dufitanye imikoranire ya hafi nk'ibihugu bituranye cyangwa bifitanye umubano mu by'ubucuruzi uzamura iterambere ry'abaturage bacu n'Akarere. RDC igiye kwiyunga n'abavandimwe bayo.''

    Perezida wa RDC, Antoine Félix Tshisekedi, tariki  8 Kamena 2019 ni bwo yandikiye Perezida Paul Kagame wayoboraga EAC, amusaba ko igihugu cye cyakwinjira muri uyu muryango urimo u Rwanda, u Burundi, Uganda, Kenya, Sudani y'Epfo na Tanzania.

    The post Abakuru b'ibihugu biri muri EAC bahaye ikaze RDC muri uyu muryango appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2021/12/22/abakuru-bibihugu-biri-muri-eac-bahaye-ikaze-rdc-muri-uyu-muryango/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=abakuru-bibihugu-biri-muri-eac-bahaye-ikaze-rdc-muri-uyu-muryango

  • Abanyapolitike 2 batavugaga rumwe bakemuriye amakimbirane yabo mu mukino w'Iteramakofe bahuriyemo #rwanda #RwOT

    Abanyapolitike babiri batavugaga rumwe muri Brazil,bahisemo gukemura ibibazo byabo mu murwano ukomeye w'iteramakofe warangiye umwe akubise undi mu gace ka 3.

    Meya wa Borba, Simão Peixoto, yatumiwe mu mukino w'iteramakofe na mugenzi we batumvikanaga Erineu da Silva wahoze ari umujyanama.Iyi ntambara yasabwe muri Nzeri uyu mwaka.

    Bwana Silva ukoresha izina rya Mirico, ngo yaba yararakariye uyu muyobozi w'akarere avuga ko yananiwe kurinda parike iri hafi y'umugezi wa Madeira maze yibasira Peixoto.

    Peixoto yemeye ibyasabwe ashyira amashusho ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yiteguye kurwanya Silva.

    “Erekana isura yawe! Umuyobozi w'akarere abwiye Silva. Umuyobozi w'akarere ka Borba yahise yoroshya ijwi nyuma yuko bamwe mu bamutoye bavuze ko imyitwarire ye idakwiriye umuyobozi batowe. Peixoto yabwiye abantu ko atazitabira guterana amagambo kubanziriza intambara yo muri ring.

    Ku rubuga rwe rwa Facebook yagize ati: “Ntabwo ndi indwanyi yo ku muhanda…”. “Ndi umuyobozi w'akarere ka Borba.” Ariko] niba ashaka kurwana… twiteguye kurwana… mpora ntsinda. “

    Amaherezo imirwano yabaye mu rukerera rwo ku cyumweru, tariki ya 12 Ukuboza, abantu babarirwa mu magana bishyura kuyireba.

    Peixoto yinjiye mu kibuga ahagana mu ma saa munani n'igice z'urukerera akikijwe n'abamushyigikiye kandi yambaye igitambaro cy'umukara cyanditseho “Yesu”.

    Umuyobozi w'akarere yagaragaye afite ubwoba bwinshi,ubwo yari agiye guhangana na mukeba we mu ntambara yamaze iminota 13.

    Ikipe ya Peixoto yatangaje umukino imbonankubone. Mu masegonda ya mbere, umuyobozi w'akarere w'imyaka 39, yakubise Silva hasi. Ariko Silva, uzwi ku izina rya Mirico w'imyaka 45, yarahagurutse.

    BNC Amazonas yagize ati: “Nyuma y'uduce dutatu tw'umukino, umuyobozi wa Borba ntiyashoboye kugenda kubera umubare w'amakofe yakubiswe n'uwo bari bahanganye “.

    Urundi rubuga rwo mu karere, Fato Amazônico rwatangaje ruti: 'Umuyobozi w'akarere yakubiswe ikofe akarinda amenyo karagwa.'

    Peixoto yaje gutsinda umukino nyuma y'agace ka gatatu k'uyu murwano wiswe “Intambara ya Borba”. Fato Amazônico yagize ati: “Igitangaje, Mirico yatsindiwe mu manota.”

    Abafana bavugije induru,bararira mu rwego rwo kwamagana abari bayoboye umukino,batangaje ko umuyobozi w'akarere ariwe watsinze.


    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/abanyapolitike-2-batavugaga-rumwe-bakemuriye-amakimbirane-yabo-mu-mukino-w

  • Jacob Zuma umaze amezi atatu arekuwe agiye gusubizwa muri Gereza #rwanda #RwOT

    Urukiko rwo muri Afurika y’epfo rwafashe iki cyemezo, ruvuga ko irekurwa rye ryashingiye ku mpamvu zidakurikije amategeko.

    Igihe amaze hanze ya gereza ntigikwiye kubarirwa mu gifungo cy’amezi 15 yakatiwe, nkuko byategetse n’urukiko rwo mu murwa mukuru Pretoria.

    Zuma yarekuwe ku itariki ya 5 y’ukwezi kwa cyenda ku mpamvu y’uburwayi butatangajwe, ariko itangazo ry’abakuru ba gereza ryavuze ko yafunguwe hagendewe kuri raporo ya muganga.

    Mbere yuko afungurwa yari afungiye muri gereza ya Estcourt Correctional Centre, mu ntara ya KwaZulu-Natal.

    Uyu mugabo w’imyaka 79 yishyikirije polisi mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka, nyuma yuko abamushyigikiye bari bavuze ko bahangana n’abashinzwe umutekano bakababuza kumufata.

    Ariko gufungwa kwe, kutari kwarigeze kubaho mbere ku wahoze ari Perezida w’Afurika y’epfo, kwateje imyigaragambyo n’ibikorwa by’ubusahuzi byiciwemo abantu barenga 300.

    Nubwo mu 2018 yakuwe ku butegetsi n’ishyaka rye rya African National Congress (ANC), yakomeje kugira abamushyigikiye, by’umwihariko aho avuka mu ntara ya KwaZulu-Natal.

    Zuma yakatiwe igifungo ku itariki ya 29 y’ukwezi kwa gatandatu kubera kwanga gutanga ibimenyetso mu iperereza kuri ruswa yo mu gihe cy’imyaka icyenda yamaze ku butegetsi.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/6/article/Jacob-Zuma-umaze-amezi-atatu-arekuwe-agiye-gusubizwa-muri-Gereza

  • Perezida Museveni yashyizeho Ambasade mushya wa Uganda mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Perezida wa Uganda,Yoweri Kaguta Museveni yashyizeho ba ambasaderi bashya ba Uganda mu bihugu bitandukanye barimo na Maj Gen Robert Rusoke watangajwe nk'uhagarariye iki gihugu mu Rwanda.

    Itangazo rishyiraho aba ba ambasaderi ryashyizweho umukono kuri iki Cyumweru, tariki ya 12 Ukuboza 2021.

    Perezida Museveni yavuze ko aba ba ambasaderi boherejwe mu bihugu bisanzwe by'ibivandimwe na Uganda.

    Maj Gen (Rtd) Robert Rusoke yagizwe ambasaderi wa Uganda mu Rwanda asimbuye Oliver Wonekha woherejwe guhagararira igihugu cye mu Bushinwa.

    Oliver Wonekha yari Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda kuva mu 2017, umwanya yagezeho avuye guhagarira igihugu cye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hagati ya 2013 na 2017.

    Maj Gen Robert Rusoke yagizwe Ambasaderi wa Uganda nyuma y'uko muri Kanama yagaragaye mu basirikare bakuru 14 bafite ipeti rya Jenerali bashyizwe mu kiruhuko cy'izabukuru mu Ngabo za Uganda (UPDF).

    Uyu mugabo n'abandi 37 ni bo bagizwe ba ambasaderi mu gihe abandi bane bagizwe abungirije ambasaderi.

    Uganda yahinduye Ambasaderi wayo mu Rwanda nyuma y'uko ku wa 6 Gicurasi 2021, Ambasaderi w'u Rwanda muri Uganda, Rtd Col Joseph Rutabana, yashyikirije Perezida Yoweri Museveni, inyandiko zimwemerera guhagararirayo igihugu.

    Imyaka ine irashize umubano w'u Rwanda na Uganda urimo agatotsi. Byatangiye mu 2017 ubwo Abanyarwanda batangiraga gutotezwa muri Uganda bikozwe n'inzego z'umutekano, bamwe bagafungwa cyangwa bagatoteza binyuranyije n'amategeko.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/perezida-museveni-yashyizeho-ambasade-mushya-wa-uganda-mu-rwanda

  • Museveni yahakanye guha Abashinwa ingwate y'ikibuga cy'indege #rwanda #RwOT

    Perezida Yoweri Museveni yatangaje ko ishoramari bwite ry'Abashinwa riri kwiyongera muri Uganda mu gihe iry'iburengerazuba riri gutakaza ubushake bwo gushorayo imari.

    Mu kiganiro n'ibiro ntaramakuru Reuters, Museveni yahakanye ko igihugu cye cyaba cyaratanzeho ingwate ikibuga cy'indege mpuzamahanga cyonyine Uganda ifite.

    Yavuze ko Uganda igiye gusinya amasezerano n'abashoramari b'Abashinwa yo gushora imari mu buhinzi no gukora amafumbire, gutunganya amabuye y'agaciro, n'ubudozi.

    Yagize ati: 'Kompanyi z'iburengerazuba zatakaje urugamba; ntizigifite amaso yo kubona amahirwe. Ariko Abashinwa babona ayo mahirwe, maze bakaza, kandi bari gukomanga, bari kuza bashishikaye. Ariko (kompanyi z'iburengerazuba) baratunze cyane. Ntacyo bibabwiye.'

    Kompanyi za leta y'Ubushinwa n'abashoramari bigenga baho bamaze igihe biganje mu ishoramari muri Africa, baguriza ibihugu miliyari z'amadorari nka kimwe mu mushinga wa Perezida Xi Jinping bise Belt and Road Initiative (BRI).

    Ikigo Uganda Investment Authority kivuga ko iki gihugu ari icya gatatu muri Africa mu bihugu bijyamo ishoramari rinini rivuye mu Bushinwa.

    Gusa iyo mikoranire ntiburamo ibihato.

    SRC:BBC

    The post Museveni yahakanye guha Abashinwa ingwate y'ikibuga cy'indege appeared first on IRIBA NEWS.

    Source : https://iribanews.rw/2021/12/08/museveni-yahakanye-guha-abashinwa-ingwate-yikibuga-cyindege/

  • DR Congo: Guverineri wa Kivu y'Epfo yakuweho ashinjwa 'imiyoborere mibi' #rwanda #RwOT

    Guverineri w'intara ya Kivu y'Epfo mu burasirazuba bwa DR Congo yavanyweho n'inteko ishingamategeko.

    Abayigize batoye ko Theo Ngwabidje Kasi aterewe icyizere kubera byinshi bamurega birimo imiyoborere mibi.

    Kasi we yatangaje ko yamaganye ibyakozwe n'inteko abyita “amanyanga yateguwe…dufata nk'urugomo rwa politike rudafite icyo rugeraho”.

    Iyo nteko yateranye kuwa kane mu gihe hari ubushyamirane hagati y'abapolisi na rubanda hanze y'inzu ikoreramo mu mujyi mukuru w'iyi ntara, Bukavu.

    Iyi nteko yari irimo abadepite 33, muri bo 28 batoye bemeza kuvanaho Theo Ngwabidje Kasi.

    Kasi yasabwe gushyikiriza perezida ibaruwa yo kwegura kwe mu masaha 48.

    Kivu y'Epfo yugarijwe n'ibibazo by'umutekano mucye uterwa n'imitwe y'inyeshyamba ishingiye ku moko cyane cyane mu misozi ya Fizi, Mwenga, Minembwe, Uvira n'ahandi.

    Mu kwezi gushize, umujyi wa Bukavu nawo watewe n'inyeshyamba zashatse kuwigarurira zikaneshwa n'abasirikare ba leta, imirwano yaguyemo abantu hafi 10.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/dr-congo-guverineri-wa-kivu-y-epfo-yakuweho-ashinjwa-imiyoborere-mibi

  • Perezida Ramaphosa yavuze ko ibihugu bya Afurika byafunze ingendo bimeze nk'Abakoroni bihutiye gufunga Afurika #rwanda #RwOT

    Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y'Epfo yanenze ibihugu bya Afurika gukora 'nk'abari abakoroni bacu' bifunga ingendo kuri icyo gihugu kubera ubwoko bwa Covid-19 bwitwa Omicron.

    Ibihugu bine bya Afurika biirmo  Mauritius, Seychelles Misiri n'u Rwanda byiyongereye ku bihugu birimo iby'Iburayi na Amerika bifunga ingendo ziva n'izijya mu bihugu by'Afurika y'amajyepfo.

    Perezida Ramaphosa yavuze ibi kuri uyu wa kabiri tariki 30 Ugushyingo 2021,  ubwo yatangiraga urugendo rwe muri Afurika y'iburengerazuba aho byitezwe ko azasura Nigeria, Côte d'Ivoire, Ghana na Senegal mu gushishikariza ubumwe bwa Afurika n'ubucuruzi bwisanzuye.

    Mu kiganiro n'abanyamakuru ageze i Abuja ntiyahishe ko yababajwe n'ibihugu bya Afurika byafashe ingamba zo gufunga ingendo kubera buriya bwoko bushya bwa Covid.

    Yagize ati 'Mu cyubahiro mbigomba, bifite impamvu zabyo ariko twifuza kugirana ibiganiro nabyo. Twifuza ko bitagakoze nk'abahoze ari abakoroni bacu bihutiye gufunga Afurika.'

    Ibihugu, cyane cyane bikize, byafashe ziriya ngamba ku mpamvu zo kwirinda ikwirakwira ry'ubwoko bushya bwa Covid-19  bwatangajwe n'ishami ry'umurynago w'abibumbye ryita ku buzima OMS nk'ubuteye impungenge.

    Ku bihugu bya Afurika nabyo byabikoze, Ramaphosa yavuze ko 'bibabaje cyane kuba nabyo byaragiye muri ibyo', yongeraho ko atari umwanzuro ushingiye kuri Siyansi.

    Perezida Ramaphosa yasabye ibyo bihugu gukuraho ingamba byafatiye abagenzi bo muri Afurika y'amajyepfo avuga ko zizagira ingaruka ku bukungu bw'ako karere.

    Hagati aho, ikigo gishinzwe kurwanya indwara z'ibyorezo muri Nigeria cyemeje ko habonetse abantu babiri ba mbere bafite Omicron, bari mu bavuye muri Afurika y'Epfo mu cyumweru gishize.

    Ibihugu bya Arabia Saoudite na Brazil nabyo byatangaje ko byabonye abantu ba mbere banduye Omicron.

    Naho ikigo Danish Patient Safety Authority cya Denmark cyatangaje ko cyabonye umuntu wanduye Omicron wari mu gitaramo cyitabiriwe n'abantu barenga 1,600 kuwa gatandatu tariki 27 Ugushyingo 2021, mu majyaruguru y'iki gihugu.

    Denmark yari isanzwe yaremeje abantu bane banduye Omicron, bose bari baraje bavuye muri Afurika y'Epfo.

    The post Perezida Ramaphosa yavuze ko ibihugu bya Afurika byafunze ingendo bimeze nk'Abakoroni bihutiye gufunga Afurika appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2021/12/01/perezida-ramaphosa-yavuze-ko-ibihugu-bya-afurika-byafunze-ingendo-bimeze-nkabakoroni-bihutiye-gufunga-afurika/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=perezida-ramaphosa-yavuze-ko-ibihugu-bya-afurika-byafunze-ingendo-bimeze-nkabakoroni-bihutiye-gufunga-afurika

  • Libya: Umuhungu wa Gaddafi yangiwe kuba umukandida ku mwanya wa Perezida #rwanda #RwOT

    Umuhungu w'uwahoze ari perezida wa Libya Col Muammar Kadhafi yakuwe ku rutonde rw'abashaka kuba abakandida mu matora y'umukuru w'igihugu ateganyijwe tariki 24 Ukuboza (ukwa 12).

    Komisiyo y'amatora yangiye abakandida benshi kuri uyu mwanya barimo Saif al-Islam Kadhafi, ivuga “impamvu z'amategeko”, nk'uko ibinyamakuru byaho bibivuga.

    Kadhafi yari yateje impaka nyuma y'uko atangaje ko azahatanira kuba perezida.

    Arashakishwa n'Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha kubera ibyaha by'intambara n'ubwicanyi acyekwaho ubwo se yari akiri ku butegetsi.

    Gusaba guhatanira uwo mwanya kwa Khalfa Haftar nako kwateje impaka zikomeye mu gihugu kuko aregwa ibyaha bikomeye mu nkiko za Amerika, ariko ntabwo bizwi neza niba nawe ari mu bangiwe kwiyamamaza.

    Abashinjacyaha ba gisirikare muri Libya basabye komisiyo y'amatora kwanga kandidatire za Kadhafi na Haftar kugeza basubije ibibazo ku byo baregwa.

    Kugeza ku munsi ntarengwa wo kuwa mbere, abantu 60 bari batanze inyandiko basaba guhatanira kuba perezida.

    Impirimbanyi y'uburenganzira Leila Ben Khalifa w'imyaka 46, niwe mugore rukumbi uri mu bifuza guhatana.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/libya-umuhungu-wa-gaddafi-yangiwe-kuba-umukandida-ku-mwanya-wa-perezida

  • Sweden: Minisitiri w'intebe wa mbere w'umugore yeguye ku munsi wa mbere #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'intebe wa mbere w'umugore wa Sweden yeguye ku mirimo ye nyuma y'amasaha make ashyizweho, nk' uko BBC dukesha aya makuru yabitangaje.

    Nk' uko amakuru akomeza abivuga dukura kuri kiriya kinyamakuru twavuze haruguru nuko ku wa gatatu, Magdalena Andersson, yatangajwe nka Ministri w'Intebe ariko hashize igihe gito cyane ahita yegura. Ibi byatewe nuko rinwe mu mashyaka yari amushyigikiye rya Green Party, ryamukuyeho amaboko.

    Indi mpamvu kandi yatumye yegura ni uko inteko nshingamategeko yanze gutora ingingo y'imari yari yashyize ku meza maze ahubwo ikitorera ingingo y'imari y'abatavugarumwe n'ubutegetsi.

    Rimwe mu mashyaka ryari rimushyigikiye, Green Party, ryavuze ko ridashobora kwakira ingengo y'imari 'yateguwe muri ubwo buryo'.

    Madamu Andersson yavuze ko yizeye ko azagerageza kongera kuba minisitiri w'intebe.

    Madamu Anderson yari yatorewe kuba Ministri w'intebe kubera ko mu mategeko ya Sweden, ntabwo uba ukeneye abagutora benshi kugirango utsinde. Ahubwo uba ukeneye ko umubare w'abakurwanya utaruta umubare w'abatakurwanya.

    Sweden ni kimwe mu bihugu biri ku isonga mu guteza imbere uburinganire ku isi yose. Itorwa ry'uyu mugore ryari ryazanye ibyishimo byinshi ariko ntanamaze umunsi umwe gusa ategeka.


    Mbere yaho ku wa gatatu, abadepite benshi bahagurutse mu guha icyubahiro Magdalena Andersson (iburyo) mu nteko ishingamategeko izwi nka Riksdag ubwo yari atowe nka Minisitiri w'intebe

    Source : https://impanuro.rw/2021/11/25/sweden-minisitiri-wintebe-wa-mbere-wumugore-yeguye-ku-munsi-wa-mbere/

  • Libya: Umuhungu wa Col Muammar Kadhafi yangiwe kwiyamamariza kuba Perezida #rwanda #RwOT

    Umuhungu w'uwahoze ari Perezida wa Libya Col Muammar Kadhafi yakuwe ku rutonde rw'abashaka kuba abakandida mu matora y'umukuru w'igihugu ateganyijwe tariki 24 Ukuboza (ukwa 12).

    Komisiyo y'amatora mu Gihugu cya Libya, yangiye abakandida benshi kuri uyu mwanya barimo Saif al-Islam Kadhafi, ivuga 'impamvu z'amategeko', nk'uko ibinyamakuru byaho bibivuga.

    Saif al-Islam Kadhafi yari yateje impaka nyuma y'uko atangaje ko azahatanira kuba perezida. Arashakishwa n'Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha kubera ibyaha by'intambara n'ubwicanyi acyekwaho ubwo se yari akiri ku butegetsi.

    Gusaba guhatanira uwo mwanya kwa Khalfa Haftar nako kwateje impaka zikomeye mu gihugu kuko aregwa ibyaha bikomeye mu nkiko za Amerika, ariko ntabwo bizwi neza niba nawe ari mu bangiwe kwiyamamaza.

    Abashinjacyaha ba gisirikare muri Libya nkuko BBC ibitangaza, basabye komisiyo y'amatora kwanga kandidatire za Kadhafi na Haftar kugeza basubije ibibazo ku byo baregwa.

    Kugeza ku munsi ntarengwa wo kuwa mbere, abantu 60 bari batanze inyandiko basaba guhatanira kuba Perezida. Impirimbanyi y'uburenganzira Leila Ben Khalifa w'imyaka 46, niwe mugore rukumbi uri mu bifuza guhatana.

    intyoza

    Source : https://www.intyoza.com/libya-umuhungu-wa-col-muammar-kadhafi-yangiwe-kwiyamamariza-kuba-perezida/