Tag: Politiki

  • Ndi muri gahunda z’umutoza rwose – Sibomana Patrick Papy

    Umukinnyi w’umunyarwanda ukinira Young Africans muri Tanzania, Sibomana Patrick Papy avuga ko atazi aho inkuru zirimo kumuzana mu Rwanda ziri guturuka cyane ko we akiri muri gahunda z’umutoza w’iyi kipe Luc Eymael.

    Uyu musore usoje umwaka we wa mbere muri Young Africans, avuga ko yatunguwe no kuba arimo abona inkuru zimugarura mu Rwanda kandi agifite amasezerano muri iyi kipe.

    Yabwiye ISIMBI ko avugana n’umutoza ndetse ko yamweretse ko ari muri gahunda ze z’umwaka utaha w’imikino bityo ko gutandukana na yo bitarimo.

    Yagize ati“njyewe ndacyafite amasezerano hano muri Young Africans, nta kibazo na kimwe. Umutoza ndi muri gahunda ze cyane turavugana, ibyo bindi simbizi.”

    Yinjiye muri Young Africans umwaka ushize wa 2019 avuye muri Mukura VS, yayisinyiye imyaka 2 ubu akaba asoje umwaka we wa mbere.

    Mu mikino nyafurika ya CAF Champions League, yayikiniye imikino 6 ayitsindira ibitego 2, ni mu gihe muri shampiyona afite ibitego 5 ndetse n’imipira 3 yavuyemo ibitego.

    Umusaruro we muri Yanga

    Papy ngo nta gahunda yo kuva muri Tanzania afite

    Ngo umutoza Luc Eymael amufite muri gahunda

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Musanze FC yasinyishije abakinnyi 6, babiri na bo bari hafi

    Ikipe ya Musanze FC yaraye isinyishije abakinnyi 6 barimo batatu basanzwe bakinira iyi kipe mu gihe abandi 3 ari bashya bazaba bayikinira umwaka utaha w’imikino.

    Iyi kipe yo mu Majyaruguru y’u Rwanda ikaba yaratangiye kwitegura umwaka w’imikino utaha isinyisha umutoza Seninga Innocent.

    Ku mugoroba w’ejo hashize ni bwo ibi byose byabaye, muri Faradja Hotel i Musanze, babanje kongera amasezerano bahereye kuri Mussa Ally Sova wari usigaje umwaka ariko iyi kipe ihita imwongerera amasezerano y’imyaka 2. Dushimumugenzi Jean kimwe na Habyarimana Eugene bari basoje amasezerano bongerewe imyaka 2.

    Myugariro wo ku ruhande rw’ibumoso usoje amasezerano muri Sunrise FC, Niyonsuti Gad bakunze kwita Evra yabimburiye abandi kuba yasinyira Musanze FC amasezerano y’imyaka 2.

    Ndizeye Innocent [Kigeme], wakiniraga Mukura VS na we yaraye asinyiye ikipe ya Musanze FC amasezerano y’imyaka 2.

    Rutahizamu wa Heroes FC, umwe mu basore bigaragaje umwaka ushize w’imikino, Munyeshyaka Gilbert uzwi nka Lukaku ni umwe mu bo Musanze yasinyishije amasezerano y’imyaka 2.

    Ba rutahizamu Fred Kyambadde na Samson Ikwecuku bo bakaba banze gusinya badahawe amafaranga, Musanze FC na yo ibasaba ko bagomba kuzana impapuro zibarekura zivuye mu makipe bakiniraga ‘release letter’, bakaba bazitumyeho biteganyijwe ko zibageraho uyu munsi bagahita basinyira Musanze FC

    Evra usoje amasezerano muri Sunrise yamaze gusinyira Musanze FC

    Kigeme(w’imihondo) yasinye muri Musanze FC imyaka 2

    Moussa Ally Sova yongereye amasezerano muri Musanze FC

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Imvo n’imvano y’inyandiko yitiriwe Rucagu imugaragaza nk’uwari ufitiye abatutsi urwango rukomeye

    Rucagu Boniface yakunze kurangwa mu myanya ya politiki myinshi, guhera mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, dore ko guhera mu 1984 kugeza mu 1994 yari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda. Nyuma ya Jenoside yagiye agirirwa icyizere na Perezida Kagame, akaba yarabaye Perefe w’icyahoze ari Ruhengeri ndetse aza no kuba Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, nyuma aza kuba umuyobozi mukuru w’Itorero ry’igihugu, ubu akaba ari umwe mu bagize Urwego Nginshwanama rw’Inariribonye z’u Rwanda.

    Mu kiganiro cy’amajwi n’amashusho ikinyamakuru Ukwezi cyagiranye na Rucagu Boniface, twamubajije ku nyandiko imaze igihe ikwirakwizwa n’abavuga ko barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, iyo nyandiko ikaba yarasohotse mu kinyamakuru Kangura No 46 yo muri Nyakanga 1993. Iyo nyandiko igaragaza Rucagu nk’umudepite wari ufitiye urwango abatutsi ndetse warangwaga n’Ingengabitekerezo kirimbuzi ya Jenoside, nyamara uyu muyobozi yagaragaje ko ibi ari ibyo bamwitiriye ndetse anatugaragariza ibimenyetso bifatika ashingiraho agaragaza ko bamubeshyera.

    REBA VIDEO Y’IBYO TWAGANIRIYE NA RUCAGU HANO:

    Rucagu avuga ko iyi nyandiko bamubeshyera yayirwanyije ariko imyaka 27 ikaba ishize bakiyimwitirira. Rucagu avuga ko akimara kubona iyi nyandiko, yahise arwana no kuyivuguruza akandika inyandiko iyirwanya tariki 21 Nyakanga 1993. Muri iyi nyandiko dufitiye kopi, Rucagu avugamo ko bamubeshyeye kandi yareze iki kinyamakuru Kangura n’umwanditsi mukuru wacyo Ngeze Hassan, akavuga ko bashakaga kumuteranya n’abatutsi ndetse n’abandi baturage muri rusange.

    Iyi ni ibaruwa Rucagu yandikiye abasomyi ba Kangura yamagaya iyi nyandiko bamwitiriraga

    Ikindi Rucagu yadutangarije ni uburyo Ngeze Hassan wari wanditse iyi nyandiko, yagiye kumusaba imbabazi ku ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko (CND) ndetse akanemera gusohora inyandiko ivuguruza iyo yari yanditse, yasohotse muri nimero ikurikiraho yasohotse muri Kangura No 47. Aha Ngeze Hassan yivugiraga ko yasabye imbabazi Rucagu Boniface anagaragaza ko inyandiko yatangajwe mbere idakwiye guhabwa agaciro.

    Iyi ni inyandiko yo muri Kangura No 47 aho Ngeze Hassan yasabaga imbabazi abasomyi yemeza ko yabeshyeye Rucagu

    Ikindi Rucagu Boniface yadutangarije ni uko umunyamakuru Sam Gody Nshimiyimana wakoraga itangazamakuru mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi na nyuma yo kuyirokoka akarikomeza, nawe icyo gihe mu 1993 yasohoye inkuru yagaragazaga ko Rucagu arengana kuko inyandiko yari yasohotse muri Kangura No 46 bari bayimwitiriye. Inyandiko yasohotse mu kinyamakuru yakoreraga icyo gihe dufitiye kopi nayo igaragaza ko uwo munyamakuru yahuye na Rucagu arimo gukwirakwiza inyandiko yamagana ibyari byatangajwe na Kangura.


    Sam Gody Nshimiyimana nawe yanditse mu kinyamakuru cye agaragaza ko Rucagu bamubeshyera

    REBA VIDEO Y’IBYO TWAGANIRIYE NA RUCAGU HANO:

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Imvo-n-imvano-y-inyandiko-yitiriwe-Rucagu-imugaragaza-nk-uwari-ufitiye-abatutsi-urwango-rukomeye

  • Umurundikazi wari uhagarariye OMS/WHO muri Guinée Equatoriale yirukanwe ashinjwa ibinyoma


    By Umwanditsi

    03.06.2020, Malabo, Guinée Equatoriale
    Igihugu cya Guinée Equatoriale cyategetse ko uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) ava muri icyo gihugu. Intandaro yo kwirukana uyu murundikazi, ni ibinyoma ashinjwa mu gutangaza mibare kuri Covid-19 muri iki gihugu.
    Ibiro ntaramakuru AFP bisubiramo amagambo akubiye mu nyandiko ya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’ibyavuzwe n’umukozi wo muri OMS muri iki Gihugu.
    Leta ya Guinée équatoriale, ishinja Dr Triphonie Nkurunziza “gutanga imibare itari ukuri” ijyanye n’uko icyorezo cya coronavirus gihagaze mu gihugu.
    Amagambo ya Pascual Obama Asue, Minisitiri w’Intebe wa Guinée équatoriale, yagejeje kuri sena ku wa gatanu ushize akaza no gutangazwa kuri televiziyo y’Igihugu, yasubiwemo agira ati: “Nta kibazo dufitanye na OMS, dufitanye ikibazo n’uhagarariye OMS i Malabo [umurwa mukuru wa Guinée équatoriale]”.
    Ibiro ntaramakuru AFP bisubiramo amagambo y’umukozi wa OMS i Malabo agira ati:
    “Leta yamusabye [Dr Triphonie Nkurunziza] kugenda, twabonye inyandiko bikubiyemo – ashinjwa gutangaza imibare itari ukuri ya Covid-19”.
    Ntacyo Dr Triphonie Nkurunziza yari yatangaza ku mugaragaro. BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko uyu Dr Nkurunziza Triphonie akiri i Malabo kubera ko nta ndege ihamukura ihari, nkuko AFP ibivuga, yongeraho ko imibare itangazwa na OMS n’itangazwa na Leta kugeza ubu ari imwe muri icyo gihugu.
    Kugeza ubu imibare igaragaza ko abantu 1,306 ari bo bamaze kwemezwa ko banduye coronavirus muri icyo gihugu, 12 muri bo imaze kubica naho 200 barayikize.
  • Perezida Kagame yagaragaje ko hakenewe ubufatanye mu guhangana n’ingaruka za COVID19

    Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Kamena 2020, ubwo yari yitabiriye Inama ya Mbere Idasanzwe y’Umuryango uhuza ibihugu bya Afurika, Karayibe, n’ibya Pasifika ‘OACPS’.

    Iyi nama yari iyobowe na Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga [Video Conference], yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za guverinoma babarizwa muri uyu muryango wa OACPS.

    Umukuru w’igihugu yavuze ko ubufatanye aribwo bw’ibanze mu guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID19.

    Yavuze ko “Icyorezo cya Coronavuris kimaze gutwara ubuzima bw’abantu benshi ndetse n’ibikorwa by’ubukungu byarahangirikiye. Biracyagoranye uyu munsi kuvuga ngo ibi bihe bikomeye turimo bizarangira ryari.

    “Hakenewe kandi imbaraga kugira ngo haboneke ubushobozi bwo kubona ibisubizo kuri byinshi mu bihugu bigize uyu muryango wacu.”

    Perezida Kagame yavuze ko ibigo bishinzwe guhangana n’indwara z’ibyorezo muri Afurika bikomeje kugira uruhare mu kubaka ubushobozi bwo gupima abakekwaho iki cyorezo kuri uyu mugabane.

    Avuga kandi ko ibihugu bya Afurika bisabwa gukomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi no gukumira icyorezo ariko hakabaho ubufatanye.

    Perezida Kagame yavuze kandi ko Uburayi buzakomeza kuba umufatanyabikorwa w’ingenzi kuri uyu muryango wa ACP, nk’uko nawo usanzwe ari umufatanyabikorwa w’ingenzi ku mugabane w’Uburayi.

    Yagize ati “Ingaruka za COVD19 zizamara igihe kirekire nyuma yo gutsinda iyi virusi n’urugendo rwo kongera kwiyubaka ruzaba rurerure.”

    Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, yo ku wa Kabiri tariki 2 Kamena 2020, yagaragazaga ko Isi yapfushije abandi bantu ibihumbi 4900 umunsi umwe, abandi barenga ibihumbi 78 barandura.

    Ku mugabane wa Afurika wose hamaze kugaragara abantu 159 838 banduye Coronavirus, abamaze gupfa ni 4 520 naho abakize ni 68 985 .

    Afurika y’Epfo iri imbere mu kugira abafite ubwandu benshi kuko ari 35 812, abamaze gupfa ni 755, ikurikirwa na Misiri ubu ifite abamaze gupfa benshi kuri uyu mugabane kuko bageze kuri 1 052 naho abamaze kwandura ni 27 536.

    Muri Afurika y’Iburasirazuba, Kenya ni cyo gihugu cyugarijwe cyane kuko hamaze kwandura abantu 2 093, hapfuye 71.

    U Rwanda rufite abanduye 384, hamaze gupfa abantu babiri ariko hamaze gukira abandi 269; muri Uganda hari abanduye 489, Tanzania ifite abanduye 509 hamaze gupfa 21, mu Burundi handuye abantu 63 hapfa umwe naho muri Sudani y’Epfo hamaze kwandura abantu 994, hamaze gupfa 10.
    Inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma z’ibihugu bya OACPS yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye inama ya OACPS

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yiga ku ngamba zo kurwanya COVID19 –Amafoto

    Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Kamena 2020, nk’uko byari biherutse gutangazwa n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard mu mpera z’icyumweru gishize.

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ko “Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri igamije gusesengura ingamba zafashwe mu kurwanya ikwirakwira rya COVID19 no kuganira ku bihe biri imbere mu kurwanya iyi virusi.

    Mu byari biteganyijwe gusuzumwa muri iyi nama harimo kureba niba hasubukurwa ingendo zihuza Intara n’Umujyi wa Kigali ndetse na moto zitwara abagenzi.

    Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 18 Gicurasi 2020, yari yemeje ko ingendo zihuza intara n’Umujyi wa Kigali zongera gusubukurwa ku wa 1 Kamena ndetse ko ari nawo munsi moto zitwara abantu zagombaga kwemererwa kongera gukora.

    Gusa ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 31 Gicurasi 2020, itangazo ryo mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ryaje rivuga ko ibi byose bikubujijwe harategerezwa ibizava mu nama yo kuri uyu wa Kabiri.

    Iri tangazo ryavugaga ko impamvu ingendo zitahise zifungurwa tariki 1 Kamena nk’uko byari byaratangajwe ari uko hakozwe isesengura hagamijwe gukomeza kurinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID19 giterwa na Coronavirus, ingendo zihuza Intara n’Umujyi wa Kigali ndetse na moto zitwara abagenzi bagasanga bigomba kuba bifunzwe.

    Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yatangarije RBA ko impamvu hafashwe icyemezo cyo kudasububukura ingendo z’abamotari n’izihuza Intara n’Umujyi wa Kigali, byatewe no kuba hari ubwandu bushya bwagaragaye mu Karere ka Rusizi, aho hagaragaye abantu 5.

    Minisitiri Ngamije yavuze ko gusubukura ingendo bitari gukorwa hatabanje gusesengura neza kugira ngo harebwe ingamba zafatwa zatuma abantu batakwandura.

    source https://webrwanda.com/Perezida_Kagame_yayoboye_Inama_y’Abaminisitiri_yiga_ku_ngamba_zo_kurwanya_COVID19_–Amafoto_1591218532543339.html

  • Nsabimana Callixte ‘Major Sankara’ agiye gusubira imbere y’Urukiko

    Biteganyijwe ko Nsabimana azitaba Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruzaburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka mu Karere ka Nyanza.

    Amakuru agera ku UKWEZI avuga ko Urubanza rwe ruzaburanishwa hifshishijwe ikoranabuhanga kubera kwirinda icyorezo cya Covid 19.

    Uyu mugabo ashinjwa ibyaha by’Ubugambanyi, Kurema umutwe w’ingabo utemewe cyangwa kuwujyamo, Gukora iterabwoba ku nyungu za politiki, Gukora no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba.

    Akurikiranyweho kandi Gutanga amabwiriza mu gikorwa cy’iterabwoba, Kuba mumutwe w’iterabwoba, Kugambana no gushishikariza abandi gukora iterabwoba,

    Sankara wamamaye cyane mu itangazamakuru mpuzamahanga no ku rubuga rwa YouTube aho yigambaga ko ariwe wagabye ibitero bitandukanye muri Nyungwe no mu karere ka Nyaruguru.

    Uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu Rwanda, Dr Richard Sezibera yatangaje bwa mbere ku wa 30 Mata 2019, ko uyu Sankara yafashwe ari mu Rwanda kandi agiye gushyikirizwa ubutabera.

    Taliki 17, Gicurasi, 2019 uyu musore yiretswe itangazamukuru n’Urwego rw’ubugenzacyaha, RIB.

    Nyuma y’igihe gito yaje kwitaba urukiko rw’ibanze rwa Gasabo ndetse abwira umucamanza ko ibyaha aregwa abyemera kuko kubihakana byaba ari ukwigiza nkana kuko ‘n’inyoni n’ibisiga byo mu kirere byaza bikamushinja.’

    Mu iburanisha riheruka rya tariki 28 Mutarama 2020, Nsabimana Callixte yari yatangiye kwiregura ku byaha 17 yari akurikiranyweho icyo gihe.

    Yiregura ku cyaha cyo kwiha ipeti rya Majoro yavuze ko ataryihaye ahubwo yarihawe na bagenzi be nk’umuntu wari ugiye kuba umuvugizi w’inyeshyamba ngo ntabwo yagombaga gukora aka kazi ari umusivire.

    Avuga ko igitero cy’I Nyabimata cyo ku itariki 19 Kamena 2018 Sankara yagaragaje ko atari akizi ko ahubwo yakimenyeye mu nama yabaye cyarabaye. Ngo inyeshyamba za FLN yavugiraga ntabwo muri gahunda zari zarihaye harimo kwigaragaza, ngo ahubwo ibyo byajemo nyuma yo kubona ko ibitero bagaba Kayumba Nyamwasa abyiyitirira akabisabisha inkunga.

    Tariki 31 Werurwe 2020 nibwo byari biteganyijwe ko iburanisha ryari gusubukurwa Nsabimana Callixte agakomeza kwiregura ku byaha aregwa gusa kuri iyo tariki ntabwo iburanisha ryasubukuwe kubera icyorezo cya covid-19 cyari kimaze iminsi mike kigeze mu Rwanda.

    Mu rubanza rwa Sankara hamaze kugaragaramo abantu batandukanye baregera indishyi z’ibyabo byangijwe n’ibitero bya FLN.
    http://dlvr.it/RXwqc9

  • Serivisi zitafunguwe si uko ba nyirazo tubanga – Prof. Shyaka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday

    Kugeza ubu ariko utubari, insengero, amashuri n’ibindi bikorwa bihuza abantu benshi nk’ubukwe biracyabujijwe.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase, yavuze ko kuba izo serivisi zitafunguwe, atari uko abazifitemo inyungu bibagiranye cyangwa ngo habe harimo urundi rwango, ahubwo ko ibi bikorwa mu kurengera ubuzima bw’abaturage bose.

    Mu kiganiro na Radiyo Rwanda kuri uyu wa 03 Kamena, yagize ati “Serivisi zitarafungurirwa na zo turazizi, kandi si uko ba nyirazo tubanga. Ahubwo hari gahunda zisaba kubanza kongera kugenzurwa, kugira ngo mu gihe zifunguwe zidateza ibindi bibazo. Turacyakomeza kubyigaho, kugira ngo tuzakore ibikwiye bitateza akaga”.

    Yashimiye cyane ba nyiri serivisi kugeza ubu zigifunze, uburyo bakomeza kwihangana no gufatanya na Leta mu kurinda abaturage icyorezo cya Covid-19.

    Yasabye kandi serivisi zafunguye, ko abazigana n’abazitanga bakomeza kuba maso, kuko nubwo bari ku kazi, icyorezo cyo kigihari.

    Serivisi zemerewe gukora

    Ibikorwa by’inzego za Leta n’iby’abikorera bizakomeza, ariko buri rwego rugakoresha abakozi b’ingenzi, abandi bagakomeza gukorera mu rugo.

    Ibikorwa bya siporo y’umuntu umwe cyangwa izindi zikorwa abantu bategeranye (non-contact sports) biremewe. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na Minisiteri ibishinzwe. Icyakora siporo ikorewe mu nyubako z’imyidagaduro (gyms) na siporo mu matsinda zirabujijwe.

    Moto zemerewe gutwara abagenzi, uretse mu turere twa Rusizi na Rubavu. Ibi bikaba bishingiye ku byavuye mu isuzuma ry’inzego z’ubuzima riherutse gukorerwa hirya no hino mu turere. Abatwara moto barasabwa kubahiriza amabwiriza y’isuku no kwambara udupfukamunwa igihe cyose.

    Ingendo hagati y’Intara zitandukanye cyangwa Intara n’Umujyi wa Kigali ziremewe, ariko kujya no kuva mu turere twa Rusizi na Rubavu birabujijwe. Icyakora amakamyo atwaye ibicuruzwa yemerewe kugenda mu turere twose, ariko ntatware abantu barenze babiri.

    Imihango yo gushyingura igomba kujyamo abantu batarenze 30.

    Ishyingirwa rikorewe imbere y’ubuyobozi rizakomeza, ariko rigomba kwitabirwa n’abantu batarenze 15.

    Serivisi zizakomeza gufunga

    Imipaka izakomeza gufungwa, kereka ubwikorezi bw’ibicuruzwa (cargo trucks).

    Abanyarwanda n’abandi bantu basanzwe batuye mu Rwanda bemerewe gutaha, ariko bagahita bashyirwa mu kato (isolation) nk’uko amabwiriza y’ubuzima abiteganya. Abari mu kato biyishyurira ikiguzi cya serivisi zose bahabwa.

    Ingendo mu modoka rusange mu turere twa Rusizi ba Rubavu zirabujijwe.

    Amashuri azakomeza gufunga kugeza muri Nzeri 2020.

    Insengero zizakomeza gufunga.

    Inama n’amateraniro rusange cyangwa mu ngi z’abantu birabujijwe.

    Utubari tuzakomeza gufunga.
    http://dlvr.it/RXwqbl