Tag: Politiki

  • Perezida Kagame na Tshisekedi bari mu biganiro muri Angola #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Repuburika iharanira Demokari ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi, bageze i Luanda muri Angola mu nama (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/perezida-kagame-na-tshisekedi-bari-mu-biganiro-muri-angola

  • Hassan Sheikh Mohamud yongeye gutorerwa kuyobora Somaliya #rwanda #RwOT

    Itora ryakozwe n'abantu 328 bagize inteko ya Somalia kubera impungenge z'umutekano zituma hataba amatora rusange, ariko umwe muri bo ntiyatoye.

    Sheikh Mohamud yagize amajwi 214, atsinda Farmajo wagize amajwi 110.

    Aya matora adasanzwe agaragaza umutekano mucye wa Somalia n'ikibazo cya demokarasi.

    Ibyayavuyemo byaranzwe no kugaruka kwa Sheikh Mohamud wabaye perezida wa Somalia hagati ya 2012 na 2017 mbere y'uko atsindwa na Farmajo.

    Aya matora yabaye yageze ku kiciro cya gatatu, nyuma y'uko akererejwe mu gihe cy'amezi hafi 15 kubera guhangana kw'abategetsi n'ibibazo by'umutekano.

    Ibyavuye mu matora bimaze gutangazwa Sheikh Mohamud yahise arahira, bituma abamushyigikiye mu murwa mukuru batangira ibyishimo birimo no kurasa mu kirere. Atorewe manda y'imyaka ine.

    Iki gihugu cyugarijwe n'izamuka ry'ibiciro by'ibiribwa n'ibitoro kubera intambara ya Ukraine.

    Leta ishyigikiwe n'Ubumwe bwa Africa mu kurwanya al-Shabab aho bwoherejwe abasirikare bagera ku 18,000.

    Ariko mu myaka igera kuri 15 ishize ntibarashobora kugarura umutekano ndetse Somalia iheruka amatora rusange mu 1969.

    Icyo gihe hakurikiye coup d'etat, ubutegetsi bw'igitugu, n'intambara z'amoko n'imitwe y'abahezanguni.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/hassan-sheikh-mohamud-yongeye-gutorerwa-kuyobora-somaliya

  • Perezida Vladimir Putin yahaye Gasopo igihugu icyo aricyo cyose cyashaka kwinjira mu ntambara arimo #rwanda #RwOT

    Perezida w'Uburusiya Vladimir Putin, yaburiye ko igihugu icyo ari cyo cyose kigerageza kujya mu ntambara yo muri Ukraine kizahura n'igisubizo 'cyihuta nk'umurabyo'.

    Mu ijambo ribonwa nk'irikomoza kuri misile zo mu bwoko bwa ballistic ndetse n'intwaro z'ubumara za nikleyeri, Putin yagize ati: 'Dufite ibikoresho byose umuntu n'umwe adashobora kwirata ko afite… tuzabikoresha nibiba ngombwa'.

    Ibihugu by'inshuti za Ukraine byongereye intwaro biyiha, Amerika ikaba yarasezeranyije gutuma Ukraine itsinda Uburusiya. Abategetsi bo mu burengerazuba (Uburayi n'Amerika) bavuga ko Uburusiya burimo guhura n'imbogamizi mu bikorwa byabwo mu burasirazuba bwa Ukraine.

    Mu cyumweru gishize, Uburusiya bwagabye igitero kinini cyo gufata akarere ka Donbas nyuma yuko bukuye ingabo mu turere two mu nkengero y'umurwa mukuru Kyiv. Ariko nkuko umutegetsi umwe abivuga, abasirikare b'Uburusiya 'barimo kugorwa no gutsinda ukwirwanaho gukomeye kwa Ukraine kandi barimo gutakaza abasirikare'.

    Mu yandi makuru, akanama k'umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi (EU/UE) kashinje Uburusiya gushyiraho ibikangisho nyuma yuko buhagaritse kohereza gaz (gas) muri Pologne (Poland) na Bulgaria.

    Perezida w'ako kanama Ursula von der Leyen yavuze ko byerekana 'ukutizerwa' kw'Uburusiya nk'igihugu kigurisha ibitoro.

    Ibiro bya Perezida w'Uburusiya — Kremlin — byavuze ko Uburusiya bwahatiwe kugira icyo bukoze kubera 'ingamba zitari iza gicuti' z'ibihugu byo mu burengerazuba.

    Uko gufunga ibitoro kwa kompanyi Gazprom ya Leta y'Uburusiya gukurikiye kuba Pologne na Bulgaria byaranze kuriha gaz mu mafaranga y'Uburusiya azwi nk'ama-roubles.

    Ibyo Perezida Putin yari yabisabye mu kwezi kwa gatatu, mu gufasha kuzahura agaciro k'iryo faranga ryashegeshwe n'ibihano Uburusiya bwafatiwe n'ibihugu byo mu burengerazuba.

    Perezida Putin yavuze ayo magambo ku wa gatatu ubwo yari arimo kugeza ijambo ku badepite b'Uburusiya mu mujyi wa St Petersburg uri mu majyaruguru. Yagize ati: 'Niba umuntu uvuye hanze agerageje kwinjira muri Ukraine agateza inkeke ku migambi y'Uburusiya, igisubizo cyacu kizihuta nk'umurabyo'.

    Akomeza ati' Dufite ibikoresho byose [byo gusubiza] umuntu n'umwe adashobora kwirata ko afite. Kandi ntituzaba turimo kubirata, tuzabikoresha nibiba ngombwa'.

    Perezida Putin nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, yongeyeho ko ibyemezo byose ku bizaba biri muri icyo gisubizo cy'Uburusiya byamaze gufatwa — ntiyagira andi makuru atanga.

    Uburusiya bwateye Ukraine ku itariki ya 24 y'ukwezi kwa kabiri uyu mwaka wa 2022, nuko mu gihe cy'iminsi yakurikiyeho Perezida Putin ategeka igisirikare cy'igihugu cye gutegura ku rwego rwo hejuru ubwirinzi bw'intwaro za nikleyeri.

    Abasesenguzi bamwe bumvikanisha ko ibikangisho nk'ibyo ari uburyo bwa Putin bwo kugerageza kuburira inshuti za Ukraine kutarushaho kugira uruhare mu ntambara.

    Perezida Putin yavuze iryo jambo hashize umunsi umwe ibihugu byo mu burengerazuba bikoreye inama mu Budage, bisezeranya kongera imfashanyo ya gisirikare biha Ukraine.

    Minisitiri w'ingabo z'Amerika Lloyd Austin yasezeranyije kunyeganyeza 'ijuru n'isi' mu rwego rwo gutuma Ukraine itsinda intambara.

    Mu bihe bya vuba aha bishize, habayeho kwiyongera kw'umubare w'ibyo ibihugu byo mu burengerazuba byiyemeje kongera nk'imfashanyo ya gisirikare biha Ukraine, birimo nk'Ubudage bwatangaje ko buzayoherereza ibifaru 50 birasa indege, mu cyabaye guhindura gukomeye gahunda yabwo.

    intyoza

    Source : https://www.intyoza.com/perezida-vladimir-putin-yahaye-gasopo-igihugu-icyo-aricyo-cyose-cyashaka-kwinjira-mu-ntambara-arimo/

  • Perezida Kagame yakiriwe n’Umwami wa Jordanie #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2022, yageze mu Mujyi wa Aqaba aho yakiriwe n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II, ni mbere y’inama (…)

    Source : https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/perezida-kagame-yakiriwe-n-umwami-wa-jordanie

  • Perezida Kagame yakiriye abayobozi mu Ihuriro ry'ibigo bishinzwe serivisi z'imari #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye abayobozi  bo mu Ihuriro ry'ibigo mpuzamahanga bishinzwe kumenyekanisha serivisi z'imari bari mu Rwanda, mu nama y'ubutegetsi ya 3 y'iri huriro.

    Ihuriro ry'ibigo mpuzamahanga bishinzwe kumenyekanisha serivisi z'imari ryashinzwe mu mwaka wa 2018 rikaba rifite icyicaro i Buruseli mu Bubiligi.

    Iri huriro rifite intego yo gutuma habaho imikoranire n'ubufatanye hagati y'ibigo bishinzwe kumenyekanisha serivisi z'imari hirya no hino ku isi.

    Kugeza ubu iri huriro rifite ibigo binyamuryango 20, aho u Rwanda rwinjiye muri iri huriro mu mwaka wa 2020.

    Mbere y'uko aba bayobozi bahura na Perezida Kagame, bagiranye ibiganiro na Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel wabashimiye ku ba barahisemo gukorera inama y'ubutegetsi mu Rwanda.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri kandi, aba bayobozi bahuye n'abayobozi b'ikigo mpuzamahanga cya Kigali gishinzwe kumenyekanisha serivisi z'imari z'u Rwanda.

    Mu Rwanda Ikigo cya Rwanda Finance Limited cyashyizweho na Leta kugira ngo giteze imbere urwego rw'imari, kinashyireho ibisabwa byose ngo Kigali ihinduke igicumbi cy'ishoramari mu karere ndetse no muri Afurika.

    @RBA

    The post Perezida Kagame yakiriye abayobozi mu Ihuriro ry'ibigo bishinzwe serivisi z'imari appeared first on IRIBA NEWS.

    Source : https://iribanews.rw/2022/03/22/perezida-kagame-yakiriye-abayobozi-mu-ihuriro-ryibigo-bishinzwe-serivisi-zimari/

  • Perezida Museveni aravugwaho kwanga ko umuhungu we ava mu gisirikare #rwanda #RwOT

    Perezida Yoweli Kaguta Museveni yangiye umuhungu we Lt Gen Muhoozi Kainerugaba gusezera mu gisirikare cya Uganda yari amazemo imyaka 28 .

    Ku munsi w'ejo ku wa Kabiri tariki 9 Werurwe 2022, nibwo Muhoozi yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter ko nyuma y'imyaka 28 yari amaze mu gisirikare cya Uganda, yafashe umwanzuro wo gusezera.

    Umwe mu basirikare bakuru mu ngabo za Uganda yabwiye itangazamakuru ryaho ko nawe iri sezera atakwemera ko ari ukuri. Museveni abyanze, Kainerugaba yaba abaye uwa 2 usezeye uyu muperezida akabyanga,nyuma ya Jenerali David Sejusa umaze imyaka 20 abisaba abyimwa ngo atazajya muri politiki. UPDF act 2005 ivuga ko Lieutenant General asezera afite imyaka 60. Kugira ngo anave mu gisirikare kandi, aba agomba kubanza kugisha inama Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo.

    Ntabwo impamvu yavuye mu gisirikare iramenyekana cyane ko yari akiri muto mu myaka dore ko afite 47.

    Ubutumwa bwe bukimara kujya hanze, bivugwa ko Perezida Museveni yamuhamagaye akamusaba kwisubiraho ku mwanzuro yari yafashe. Ntabwo bizwi niba Muhoozi yarumviye se cyangwa se niba yarakomeje ibyo yari yatangiye.

    Umwaka ushize Muhoozi yari yaciye amarenga yo kuva mu gisirikare. Icyo gihe yavugaga ko niba abasirikare bakuru batazafashwa kubona amacumbi ajyanye n'igihe ku birindiro by'ingabo bya Bombo, azahita ava mu ngabo.

    Muhoozi yari asanzwe ari Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka ndetse yigeze no kuyobora umutwe udasanzwe w'ingabo.

    Abasesenguzi bamwe bavuga ko ibyo Muhoozi atangaza n'ibyo akora muri iki gihe cya vuba byerekana ko yaba afite inyota yo kwinjira muri politiki, iganisha ku gusimbura se ku butegetsi.

    We ubwe, ibi ntacyo arabivugaho.

    Abatavuga rumwe n'ubutegetsi mu myaka ishize bamaganye icyo bise “Muhoozi Project” bavuga ko ari umugambi wa Perezida Museveni – ugiye kumara imyaka 36 ku butegetsi – wo kuzasimburwa n'umuhungu we.

    Ubutegetsi muri Uganda bwagiye buhakana uwo mugambi.

    Mu 2021, Perezida Museveni yatowe kuri manda ya gatandatu y'imyaka itanu, andi matora ateganyijwe mu 2026.

    Gusa ibimaze igihe bitangazwa na Gen Muhoozi Kainerugaba byongeye kugarura impaka za 'Muhoozi Project' muri bamwe mu baturage ba Uganda n'abanyapolitiki.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/perezida-museveni-aravugwaho-kwanga-ko-umuhungu-we-ava-mu-gisirikare

  • U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu byemeranyije ubufatanye mu bya politiki – #rwanda #RwOT

    Aya masezerano yasinyiwe i Dubai mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Gashyantare 2022, aho u Rwanda rwitabiriye Imurika Mpuzamahanga rya Dubai Expo.

    Mu isinywa ry'aya masezerano, u Rwanda rwari ruhagarariwe n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, ushinzwe Umuryango wa Afurika y'Uburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh.

    Ni mu gihe UAE yari ihagarariwe n'Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Sheikh Shakhbout Nahyan Al Nahyan.

    Ibihugu byombi byemeranyije ubufatanye n'imikoranire mu bijyanye n'ubujyanama mu bya politiki nk'uko byatangajwe na Minisiteri z'Ububanyi n'Amahanga ku mpande zombi.

    Umuhango wo gusinya amasezerano ku mpande zombi kandi witabirwe na Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Habyarimana Béata.

    Ibihugu byombi bisanzwe bifitanye umubano n'ubufatanye mu nzego zirimo uburezi aho nko mu 2002 Umuryango Al Maktoun Foundation, wafashishe ibigo by'amashuri birimo Hamdan Bin Rashid Al Maktoum Girls Secondary School for Sciences giherereye i Muhanga na Hamdan Bin Rachid Kimisange Secondary School kiri muri Kigali.

    Hatanzwe n'amahirwe atandukanye ku banyeshyuri b'Abanyarwanda bajya kwiga muri ibi bihugu bigize UAE, aho mu 2018 hagiye 20 naho mu 2019 hagenda 10.

    U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu kandi bifatanye mu bindi birimo ishoramari, ubucuruzi, ubukerarugendo no gutwara abantu n'ibintu mu kirere.

    U Rwanda kandi ni kimwe mu bihugu 192 byitabiriye iri murikagurisha ryatangiye tariki 1 Ukwakira 2021 rikaba rizasozwa ku wa 31 Werurwe 2022 mu Mujyi wa Dubai.

    Prof Nshuti Manasseh ubwo yashyiraga umukono ku masezerano

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane muri UAE, Sheikh Shakhbout Nahyan Al Nahyan ashyira umukono kuri aya masezerano

    U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu byemeranyije ubufatanye mu bya politiki

    Abayobozi ku mpande zombi bagiranye ibiganiro nyuma y’isinywa ry’amasezerano

    Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’u Rwanda yitabiriye umuhango w’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na UAE

    Prof Nshuti Manasseh yahagarariye u Rwanda mu isinywa ry’amasezerano hagati yarwo na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

    Amafoto: Mucyo Serge


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-na-leta-zunze-ubumwe-z-abarabu-byemeranyije-ubufatanye-mu-bya-politiki

  • Colombia: Uwigeze gushimutwa n'inyeshyamba aziyamamariza kuba Perezida #rwanda #RwOT

    Íngrid Betancourt wahoze ari senateri muri Colombia yatangaje ko azongera kwiyamamariza kuba Perezida, nyuma y'imyaka 20 ishize ashimuswe n'inyeshyamba ziharanira impinduka.

    Madamu Betancourt yari arimo kwiyamamaza mu matora ya perezida yo mu 2002 ubwo yashimutwaga n'inyeshyamba zo mu mutwe wa FARC zikamumarana imyaka itandatu.

    Yasezeranyije guhangana na ruswa n'ubucyene mu gihe yaba atsinze aya matora yo mu kwezi kwa gatanu.

    Mu murwa mukuru Bogotá, yabwiye abamushyigikiye ati: “Uyu munsi ndi hano kugira ngo nsoze ibyo natangiye”.

    “Ndi hano kugira ngo mparanire uburenganzira bw'Abanya-Colombia miliyoni 51 batarimo kubona ubutabera, kubera ko tubayeho mu butegetsi buteye mu buryo buhemba [bushimira] abagizi ba nabi”.

    Inyeshyamba za FARC zari umutwe ugendera ku matwara ya gikomunisiti watangije intambara kuri leta ya Colombia yamaze imyaka irenga 50, mbere yuko hagerwa ku gahenge mu 2016.

    Madamu Betancourt, uri mu murongo wa politiki w'ibitekerezo biharanira uburinganire muri sosiyete ariko bitemera impinduka za politiki zahindura sosiyete yose uko yakabaye, yinjiye muri iri hatana mu matora ryamaze kugeramo abandi bakandida barenga 20.

    Gustavo Petro, w'ibitekerezo bishaka impinduka wahoze ari umuyobozi w'umujyi wa Bogotá ndetse wigeze no kuba mu mutwe w'inyeshyamba uharanira impinduramatwara wa M-19, ubu ni we uza imbere mu makusanyabitekerezo.

    Abanya-Colombia benshi bamubona nk'uwasimbura Perezida wa Colombia Iván Duque, w'ibitekerezo bidashaka impinduka zahindura sosiyete yose uko yakabaye, ubu utemerewe kongera kwiyamamaza kubera igihe ntarengwa cya manda imwe y'imyaka ine. Bwana Duque amaze igihe atakaza cyane umubare w'abamushyigikiye.

    Nubwo yamamaye mu mahanga, Madamu Betancourt yakomeje kubaho atigaragaza cyane mu ruhame kuva yatabarwa n'igisirikare cya Colombia mu 2008. Ategerejwe n'urugamba rukomeye mu matora y'icyiciro cy'ibanze rwo kugira ngo atsindire guhagararira urugaga rw'amashyaka – arimo n'irye rya Green Oxygen – ahuje umurongo mugari w'ibitekerezo.

    Mu gihe ayo matora yo mu cyiciro cy'ibanze asigaje amezi abiri, byitezwe ko aziyamamaza nk'umukandida wazana ubwiyunge muri iki gihugu aho abaturage barenga miliyoni icyenda bibaruje (biyandikishije) muri leta nk'abagizweho ingaruka n'intambara.

    Madamu Betancourt yari arimo yerekeza mu gikorwa cyo kwiyamamaza mu mujyi wa San Vicente del Caguán ku itariki ya 23 y'ukwezi kwa kabiri mu 2002, ubwo yahagarikwaga kuri bariyeri (barrière), agashimutwa n'inyeshyamba za FARC.

    Mu myaka itandatu yamaze yarashimuswe aba mu ishyamba ry'inzitane muri Colombia, yakorewe ubugizi bwa nabi n'abamushimuse, mbere yuko ba maneko b'igisirikare cya Colombia babaga mu nyeshyamba za FARC bashobora kumutabara mu kwezi kwa karindwi mu 2008.

    Nyuma yaho yamaze igihe kinini aba mu mahanga mu Bufaransa hamwe n'umuryango we.

    Inyeshyamba za FARC zarwanye n'ingabo za leta ya Colombia mu ntambara yamaze imyaka irenga 50, yiciwemo abantu barenga 200,000.

    Uwo mutwe hamwe na leta bashyize umukono ku masezerano y'amahoro mu 2016, nyuma yaho ubona umwanya mu nteko ishingamategeko, ariko hari imitwe imwe iwukomokaho ikiri mu ntambara na leta ya Colombia.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/colombia-uwigeze-gushimutwa-n-inyeshyamba-aziyamamariza-kuba-perezida

  • Uganda: Dr Besigye yashyize ahagaragara gahunda y'ibikorwa bya 2022, birimo no gukuraho ubutegetsi bwa Museveni #rwanda #RwOT

    Umunyapolitiki utarahiriwe no gufata ubutegetsi nk'uko yabyifuje Dr Kiiza Besigye, yavuze ko mu minsi 10 ya mbere ya 2022 hari ibikorwa ategura byo kwibutsa ubutegetsi bwa NRM ko agishaka kubukuraho.

    Ikinyamakuru Daily Monitor cyanditse ko uyu mugabo wiyamamaje Kane kose atsindwa, yavuze ko ihuriro ry'abatavuga rumwe n'ubutegetsi riticaye ubusa rikisuganya ngo ryirukane Museveni ku butegetsi.

    Bwana Besigye udasobanura icyo bazakora cyabaha ubutegetsi, yavuze ko ibi bikorwa byo kwereka amakarita atukura ubutegetsi, buzibanda ku bikorwa byinshi kandi biteguye.

    Uyu mugabo wahoze ari umuganga wa Perezida Museveni, yavuze ko amashyaka menshi yashyigikiye uyu mugambi.

    Uyu munyapolitiki amaze iminsi azenguruka igihugu cyose, yumvisha abaturage ko bagomba kumushyigikira bagakuraho perezida Museveni yita umunyagitugu kandi bitarenze muri 2022.

    Bwana Besigye yiyamamaje kane kose ku mwanya wa perezida atsindwa na Perezida Museveni.

    Muri 2011 yari yavuze ko abona Perezida Museveni atazakurwa ku butegesti n'amatora, avuga ko atazongera kujya mu cyo yitaga ikinamico

    Icyakora muri 2016 yarongeye ariyamamaza nabwo aratsindwa, bimuha umuhurwe muri 2021 ntiyagaruka.

    Icyo gihe yari yatangaje ko afite ubundi buryo azavana Museveni ku butegetsi, ariko ntacyakozwe.

    The post Uganda: Dr Besigye yashyize ahagaragara gahunda y'ibikorwa bya 2022, birimo no gukuraho ubutegetsi bwa Museveni appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2021/12/22/uganda-dr-besigye-yashyize-ahagaragara-gahunda-yibikorwa-bya-2022-birimo-no-gukuraho-ubutegetsi-bwa-museveni/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=uganda-dr-besigye-yashyize-ahagaragara-gahunda-yibikorwa-bya-2022-birimo-no-gukuraho-ubutegetsi-bwa-museveni