Tag: Politiki

  • Mozambique : Abari bakuwe mu byabo n’ibyihebe baravuga imyato ingabo z’u Rwanda #rwanda #RwOT

    Muri quatrier ya Mkulalino mu karere ka Palma mu Majyaruguru ya Mozambique, Smaili Mohammed, umusaza w’imyaka 64 amaze igihe yarahungishirije umuryango we mu cyaro.

    Amaze kumva ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique zimaze kwirukana ibyihebe mu gace yari atuyemo, yaje kureba uko ibintu byifashe.

    Smaili agize amahirwe asanga inzu ye igihari maze ahita atangira gukubura.

    Yarebye iruhande abona abapolisi b’u Rwanda bacunga umutekano, ibyishimo byamurenze ahita afata telefone ngo ahamagare abagize umuryango we bahamusange.

    Ariko agiye guhamagara yasanze nta mafaranga afitemo. Ibyishimo byongeye ku musaga ubwo umupolisi w’u Rwanda yamuhaga ikarita yo guhamagara.

    Nyuma y’akanya gato, abagore babiri binjiye muri aka gace bagenda bareba uko ibintu byifashe. Umwe muri bo yatangarije umunyamakuru wa RBA uri muri Mozambique, Jean Pierre Kagabo ko bategereje ko Leta yabahamiriza ko umutekano wagarutse bagatahuka.

    Muri rusange abatuye akarere ka Palma baragaraza inyota yo kugaruka mu byabo.

    Umwe muri aba baturage Augustino Fernando agaragaza imbamutima ze, ku ruhare rw’inzego z’umutekano z’u Rwanda mu kugarura umutekano mu gihugu cye cya Mozambique.

    Ubusanzwe umujyi wa Palma uri ku mwaro w’inyanja ariko ibyihebe byawusize ari umusaka.

    Uretse ingo z’abaturage zabaye amatongo, inzu z’ubuyobozi ndetse n’ibikorwa remezo bitandukanye byarangiritse bikomeye.

    Inkuru y’ibohorwa ry’uturere twari twarigaruriwe n’ibyihebe iratuma abaturage barushaho gushakisha amakuru y’aho bari batuye ari nako batangaza ko bashaka gutahuka.

    Inkuru dukesha RBA

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Mozambique-Abari-bakuwe-mu-byabo-n-ibyihebe-baravuga-imyato-ingabo-z-u-Rwanda

  • Afurika ntikwiye kuba nk’umwana w’inyoni utegereza guhora atamikwa-Perezida Kagame – #rwanda #RwOT

    Afurika ni umugabane utunzwe n’inkunga z’amahanga ndetse ibi bishimangirwa n’uburyo ingano yayo yagiye izamuka mu myaka yashize.

    Mu 1970, ibihugu bya Afurika biri Munsi y’Ubutayu bwa Sahara, byahawe inkunga ifite agaciro ka miliyari 1.7$, ariko yaje kugera kuri miliyari 49.2$ mu 2017. Muri uwo mwaka ishoramari uyu mugabane wakiriye ryari miliyari 24.6$ rivuye kuri miliyoni 700$ mu 1970.

    Perezida Kagame yavuze ko atatunguwe no kuba ibihugu birimo u Bwongereza byarafashe icyemezo cyo guhagarika inkunga bigenera Afurika, avuga ko ikwiye kwiga uburyo bwo kubaho mu gihe inkunga zizaba zihagaritswe.

    Ati “Ntibyantungura. Ikibazo si ugukuraho inkunga, ntegereje ko zizagabanuka zikagera kuri zero. Umunsi umwe bizabaho, byaba bikozwe n’u Bwongereza ndetse n’ibindi bihugu. Ibi bishimangira igitekerezo cyanjye cy’uko inkunga zitakubakirwaho iterambere rirambye, nubwo zikenewe mu kubaka ubushobozi buzashoboza abantu kubaho batazikeneye, cyangwa abazikera bakagenda baba bacye uko ibihe bishira.”

    Perezida Kagame yavuze ko atari ikibazo kuba ibihugu bindi ndetse n’imiryango mpuzamahanga byagira uruhare mu kubaka iterambere rya Afurika, ariko asobanura ko biba ikibazo iyo abazanye ibyo bikorwa by’iterambere batangiye gutegeka Abanyafurika uburyo bitwara.

    Ati “Ku ruhande rumwe, ni ibintu byiza [kuba ibihugu, imiryango mpuzamahanga n’abantu ku giti cyabo] bafitiye ishyaka Afurika, bakaba bifuza kuyifasha [mu rugendo rw’iterambere]. Ibyo ndabishima. Icyo ntakunda ni urundi ruhande ruha abantu uburenganzira bwo kuvuga no gukora ibintu nk’aho ari Abanyafurika. [Iyo bibaye] ndibaza nti ‘turi he?’”

    Perezida Kagame yavuze ko Abanyafurika bakwiye kugira uruhare mu bibakorerwa ariko ashimangira ko birushaho kuba byiza iyo bibafitiye akamaro.

    Yakomeje ati “Nta kibazo mfite ku bitekerezo bituruka hanze ya Afurika, ndetse n’imishinga y’iterambere ariko kuki tutakorana ku buryo Abanyafurika bafata inshingano mu kugaragaza ibyo bakeneye ndetse n’ibitekerezo byabo. Rimwe na rimwe bishobora no kugira uruhare mu guteza imbere iyo mishinga. Niba imishinga y’iterambere igenewe Afurika, ni ingenzi ko Abanyafurika bagira uruhare muri ibyo bikorwa aho kugira ngo abandi babe ari batanga ibitekerezo byabo kuri Afurika.”

    Perezida Kagame yavuze ko imyitwarire yo gutegereza icy’abandi bagenera Afurika imeze nk’uko ibyana by’inyoni bitegereza kugaburirwa

    Ati “Afurika ntishobora kuba nk’ibyana by’inyoni byicara gusa bifunguye umunwa kugira ngo [abandi] baze batamike Afurika. Ntekereza ko atari byo.”

    Ni irihe shingiro ry’abagereranya u Rwanda na Silcon Valley?

    U Rwanda rufite isura nshya, kuko ari kimwe mu bihugu bifite umuvuduko mu iterambere, umwihariko mu kubaka ubukungu bwihagazeho, kizwi ku isuku, guteza imbere ihame ry’uburinganire n’ibindi bituma amahanga agitangarira.

    Nk’Umukuru w’Igihugu, Perezida Kagame yagize uruhare rufatika muri ibi bikorwa, nubwo “Iyo ibintu bigenda neza, bisa nk’aho nta ruhare na ruto nagize mu gutuma [ibyo byagezweho bishoboka”, nk’uko yabiteyemo urwenya mu kiganiro kirekire yagiranye na New African Magazine.

    Muri iki kiganiro, Perezida Kagame yavuze ko umwanya afite nk’Umukuru w’Igihugu, utuma yiga amasomo atandukanye mu buryo butoroshye.

    Ati “Niga amasomo buri munsi kandi mu mwanya ndimo [nk’Umukuru w’Igihugu] niga amasomo mu buryo bukomeye. Buri gihe iyo ibintu bigenze nabi, ninjye unengwa kandi ntabwo byanze.”

    U Rwanda kandi ni kimwe mu bihugu bifite umuvuduko uri hejuru mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, aho umubare w’abakoresha internet wavuye kuri miliyoni 1.4 mu 2016 ukagera kuri miliyoni 4.1 muri uyu mwaka.

    Ni mu gihe ibikorwaremezo birimo imiyoboro ya flbre optic ituma ikoranabuhanga rishobora gukoreshwa, rigeze kuri 96% by’ubuso bw’igihugu.

    Uyu muvuduko uri hejuru mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ni wo watumye u Rwanda rutangira kugereranywa na Silicon Valley yo muri Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Aka gace gafatwa nk’igicumbi cy’ikoranabuhanga ku rwego rw’Isi, kakabarizwamo ibigo bikomeye nka Google, Facebook n’ibindi bikomeye.

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rufite intego yo guteza imbere ikoranabuhanga, ariko rudakwiye kwifuza kuba nka Silicon Valley.

    Ati “Twishimira kwigira kuri Silicon Valley cyangwa mu bindi bice [byateye imbere mu ikoranabuhanga] ariko ntukwiye kwifuza kuba nk’undi muntu. Ukwiye kuba uwo uri we ariko ukiga kwigeza ku rwego wifuza kugeraho. Ibyo tubona ku Isi ni uko [iterambere mu ikoranabuhanga] rishingira ku bushobozi n’ubumenyi bw’abantu. Rero bishingira mu guteza imbere urwego rw’uburezi ndetse n’ubumenyi mu Rwanda, ari nabyo bizatugeza ku cyo twifuza kugeraho.”

    Perezida Kagame kandi yavuze ko u Rwanda ruri gushora imari mu gushyiraho ibizatuma urubyiruko rubyaza umusaruro ikoranabuhanga riri mu gihugu.

    Ati “Turi gushora imari mu rubyiruko, abahungu n’abakobwa, abagabo n’abagore, ndetse no gushyiraho uburyo bashobora kwiga, no kubona amafaranga yo gushyira mu bikorwa ibyo bifuza gukora.”

    Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rufite inshingano yo kubyaza umusaruro amahirwe ruhabwa, ati “Tubabona nk’ejo hazaza. Navuga ko ingamba zishyirwaho na Leta zijyanye no guteza imbere urubyiruko ndetse no kurufasha kuba aho bifuza ndetse n’aho igihugu cyifuza ko baba bari.”

    “Ariko urubyiruko ni rwo rugomba guhitamo icyo rwifuza kuba n’aho rwifuza kuba. Ibyo bituma baba igice gikomeye cy’iryo terambere. Ni bo bagomba kuba nyambere, bagomba kumva ko bagira uruhare muri iryo terambere. Ntabwo ari ingamba z’iterambere cyangwa Leta byatuma ibintu bishoboka.”

    U Rwanda kimwe n’ibindi bihugu byinshi bya Afurika, rugizwe n’urubyiruko rwinshi, aho abarenga 60% by’abatuye u Rwanda bari munsi y’imyaka 30.

    Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rwa Afurika rukwiye kubyaza umusaruro amahirwe y’iterambere ari kuri uyu mugabane

    source : https://ift.tt/3fTCti2

  • Santrafurika: Umuyobozi w’abapolisi bari mu butumwa bwa UN arashima imyitwarire y’abapolisi b’u Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri uru ruzinduko CP Bizimungu yakiriwe n’umuyobozi w’iryo tsinda, CSP Claude Bizimana, yamweretse imbago zose z’ikigo areba imibereho y’abo bapolisi n’uko bakora akazi bashinzwe muri icyo gihugu.

    CP Bizimungu yashimye uko yasanze aba bapolisi babayeho. Mu ijambo rye yagarutse ku kinyabupfura n’uko basohoza inshingano zabo, yabasabye gukomeza kurangwa n’ubunyamwuga bwo ku rwego rwo hejuru ndetse no gukomeza kurangwa n’indangagaciro.

    Yagize ati “Murasabwa gukomeza kurangwa n’ikinyabupfura no gukora kinyamwuga kuko ni byo bizabafasha gusohoza neza ubutumwa mwoherejwemo n’umuryango w’abibumbye. Bagenzi banyu bababanjirije bitwaye neza namwe murasabwa kugera ikirenge mu cyabo ndetse mukaba mwanabarusha”.

    Uwo muyobozi w’abapolisi bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Santrafurika yasezeranyije iryo tsinda ry’abapolisi b’u Rwanda ubufasha bwose bazakenera kugira ngo basohoze neza inshingano barimo.

    CP Bizimungu ku itariki ya 27 Kamena 2021, ni bwo yatangiye inshingano zo kuyobora Polisi y’Umuryango w’Abibumbye (UNPOL), igizwe n’abapolisi baturuka mu mahanga bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri kiriya gihugu (MINUSCA), umwanya ukunze kwitwa Police Commissioner (D-2), uwo mwanya CP Bizimungu yawusimbuyeho Umufaransa, Gen Pascal Champion wari uwumazeho imyaka ibiri.

    Iryo tsinda CP Christophe Bizimungu yasuye ryageze muri icyo gihugu ku itariki ya 15 Mata uyu mwaka, rigizwe n’abapolisi 140 barimo abagore 30 n’abagabo 110.

    U Rwanda ni kimwe mu bihugu bifite abapolisi benshi muri kiriya gihugu mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, hariyo amatsinda 3 agizwe n’abapolisi 460 (FPUs) n’abandi 29 bajyayo mu butumwa bwihariye bw’umuryango w’abibumbye (IPOs).

    source : https://ift.tt/37AWmGe

  • Santrafurika: Umuyobozi w’abapolisi bari mu butumwa bwa UN arashima imyitwarire y’abapolisi b’u Rwanda (RWAFPU MINUSCA) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri uru ruzinduko CP Bizimungu yakiriwe n’umuyobozi w’iryo tsinda, CSP Claude Bizimana, yamweretse imbago zose z’ikigo areba imibereho y’abo bapolisi n’uko bakora akazi bashinzwe muri icyo gihugu.

    CP Bizimungu yashimye uko yasanze aba bapolisi babayeho. Mu ijambo rye yagarutse ku kinyabupfura n’uko basohoza inshingano zabo, yabasabye gukomeza kurangwa n’ubunyamwuga bwo ku rwego rwo hejuru ndetse no gukomeza kurangwa n’indangagaciro.

    Yagize ati “Murasabwa gukomeza kurangwa n’ikinyabupfura no gukora kinyamwuga kuko ni byo bizabafasha gusohoza neza ubutumwa mwoherejwemo n’umuryango w’abibumbye. Bagenzi banyu bababanjirije bitwaye neza namwe murasabwa kugera ikirenge mu cyabo ndetse mukaba mwanabarusha”.

    Uwo muyobozi w’abapolisi bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Santrafurika yasezeranyije iryo tsinda ry’abapolisi b’u Rwanda ubufasha bwose bazakenera kugira ngo basohoze neza inshingano barimo.

    CP Bizimungu ku itariki ya 27 Kamena 2021, ni bwo yatangiye inshingano zo kuyobora Polisi y’Umuryango w’Abibumbye (UNPOL), igizwe n’abapolisi baturuka mu mahanga bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri kiriya gihugu (MINUSCA), umwanya ukunze kwitwa Police Commissioner (D-2), uwo mwanya CP Bizimungu yawusimbuyeho Umufaransa, Gen Pascal Champion wari uwumazeho imyaka ibiri.

    Iryo tsinda CP Christophe Bizimungu yasuye ryageze muri icyo gihugu ku itariki ya 15 Mata uyu mwaka, rigizwe n’abapolisi 140 barimo abagore 30 n’abagabo 110.

    U Rwanda ni kimwe mu bihugu bifite abapolisi benshi muri kiriya gihugu mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, hariyo amatsinda 3 agizwe n’abapolisi 460 (FPUs) n’abandi 29 bajyayo mu butumwa bwihariye bw’umuryango w’abibumbye (IPOs).

    source : https://ift.tt/3ABtYAf

  • Kwiyunga k’u Rwanda n’u Burundi, umunsi mubi ku barwanya ubuyobozi bwarwo – #rwanda #RwOT

    Abenshi mu bakurikiranira hafi politike yo mu karere bavuga ko kuba u Rwanda n’u Burundi byakwiyunga bivuze ibintu bitatu: Kongera guhahirana mu buryo busesuye, kugenderana kw’abaturage b’ibihugu byombi ndetse n’ubufatanye mu bya gisirikare hagamijwe kubungabunga umudendezo w’ibihugu byombi.

    Kuba u Rwanda rwari rumaze iminsi rudacana uwaka n’u Burundi byagiye byuririrwaho n’abarwanya ubuyobozi bwarwo, ugasanga baragaba ibitero bitandukanye baturutse ku butaka bw’iki gihugu. Ibi bitero birimo icyagabwe muri Gicurasi 2021 i Bweyeye muri Rusizi.

    Muri Kamena 2020 na bwo abarwanyi nk’aba baturutse i Burundi bateye ibirindiro by’Ingabo z’u Rwanda biherereye mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru.

    Bane muri izo nyeshyamba barishwe. Aho barasiwe kandi habonetse ibisigazwa by’amasasu byinshi na zimwe mu ntwaro bahataye zirimo imbunda, grenade n’amasasu.

    Umuntu yavuga ko guhera mu 2018 u Rwanda rutigeze rubona agahenge biturutse ku nyeshyamba za FLN zagiye zitera ziturutse mu Burundi. Ibi bitero byibasiraga mu bice bihana imbibi n’Intara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba mu Rwanda.

    Kuba u Burundi bwarakunze kuba icyanzu ku bashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda binemezwa n’umusesenguzi muri politike akaba n’Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Ismael Buchanan.

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yavuze ko ibihugu byombi biramutse byiyunze byaba bivuze ko bigiye kurandura iki kibazo.

    Ati “Mu rwego rw’umutekano twavuga ko hari ibintu bishobora kuba byahinduka kubera ko twaba tugiye mu mibanire myiza kandi ntabwo wabana n’igihugu kigufitiye umwanzi. Numva ko u Burundi ku ruhande rwabwo hari ibyo busabwa gukora kugira ngo ayo mahoro abe yasubira mu bikorwa.”

    “U Burundi bwagiye buba indiri y’abantu banyuraga hariya bakanyura ku mupaka ari mu ishyamba rya Nyungwe n’ahandi bakaza gutera u Rwanda n’u Burundi kandi ntibwabihakanaga ko abantu bari kubutaka bwabwo nubwo bakundaga kuvuga ko babatorotse abatazi aho banyuze. Ibyo rero mu mibanire bizatuma u Rwanda rwongera kubana n’u Burundi ku buryo bashobora gukorera hamwe bakaba bahangana n’ibyo bintu kuko ari ku Burundi bitera ibibazo ari no ku Rwanda bitera ibibazo.”

    Dr Ismael Buchanan yakomeje avuga ko ikibazo cy’abagaba ibitero mu Rwanda baturutse mu Burundi gikomeye kuko u Rwanda rudashobora kubakurikirana.

    Ati “Ntabwo ari ukuvuga ko ari ikibazo gikomeye cyangwa cyoroshye. Iyo tugeze ku busugire bw’Igihugu ureba ubutaka bwawe ntabwo ureba ubutaka bwo hanze. Ni ikibazo gikomeye kuba umuntu yagutera ntushobore kuba wamukomezanya cyangwa ngo ube wamutera aho ari.”

    “Uko byagenda kose n’iyo yaba abuza umutekano ku mupaka gusa yinjira agasubirayo cyangwa se hari abaturage bagenda baburirwa irengero, ni ikibazo gikomeye ku gihugu.”

    Yavuze ko mu gihe ibihugu byombi bizaba byiyunze neza hashobora kuzabaho ubufatanye mu byagisirikare bugamije guhashya aba barwanyi.

    Indi nyungu iri mu kwiyunga kw’ibi bihugu byombi mu mboni za Dr Ismael Buchanan, ni uko impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda zizarushaho gutahuka bityo n’ababa bazivamo bakiyemeza kurwanya Leta y’u Burundi bakabura icyanzu.

    Uretse ibijyanye n’umutekano, Dr Buchanan yavuze ko kwiyunga k’u Rwanda n’u Burundi kuzatuma abaturage b’ibihugu byombi bongera kugenderanirana ndetse n’ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi bukongera kuzamuka.

    Kwiyunga k’u Rwanda n’u Burundi bifatwa nk’undi munsi mubi ku barwanya Leta y’u Rwanda kuko uwa mbere wo bawugiyemo ubwo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iyobowe na Félix Antoine Tshisekedi yiyemezaga kubarwanya yivuye inyuma bamwe baricwa, abandi barafatwa ku buryo n’abasigaye babayeho bihishahisha.

    Ese hari icyizere cyo kwiyunga koko ?

    Umubano w’u Rwanda n’u Burundi wajemo agatotsi mu 2015 ubwo ibihugu byombi byatangiraga gushinjanya gucumbikira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwabyo.

    Kuva iki gihe, nta mwaka wigeze ukorwamo ibikorwa cyangwa ngo uvugwemo imbwirwaruhame n’impande zombi zigaragaza ko hari icyizere cy’uko ibibazo byaba bigiye gukemuka nk’uyu mwaka wa 2021.

    Icyezere cy’uko ibibazo biri hagati y’u Rwanda n’u Burundi byaba bigiye gukemuka cyatangiye kuzamuka ku wa 1 Gicurasi 2021 ubwo hateranaga Inama ya Komite Nyobozi y’Umuryango wa FPR Inkotanyi.

    Perezida Kagame wari uyiyoboye yavuze ko umubano w’u Rwanda n’u Burundi uri kugenda ujya mu buryo nubwo hari hashize igihe ibi bihugu bidacana uwaka.

    Yagize ati “Abaturanyi bacu, ni bane gusa tumeranye neza usibye wenda nk’umuturanyi umwe gusa. Kera bari babiri, uwa kabiri navuga igihugu cy’amajyepfo, u Burundi ubu turi mu nzira yo gushaka uko twumvikana ariko ngira ngo ubu twe n’Abarundi turashaka kubana kandi nabo bamaze kwerekana iyo nzira.”

    Umuntu yavuga ko kuva Evariste Ndayishimiye yatorerwa kuyobora u Burundi ibintu byatangiye kujya mu buryo ugereranyije n’uko byari bimeze ku butegetsi bwa Nyakwigendera Pierre Nkurunziza.

    Byagiye bigaragara haba mu biganiro hagati y’ibihugu byombi, yaba ibyahuje ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’ibyahuje abakuru b’inzego zishinzwe iperereza mu gisirikare bigamije guhanahana amakuru mu guhashya umwanzi washaka guhungabanya umutekano.

    Iri jambo ritanga icyizere rya Perezida Kagame ryaje rikurikira iryo mugenzi we yavuze mu ntangiriro z’uyu mwaka agaragaza ko afite icyizere cy’uko umubano w’ibihugu byombi uzongera ukaba mwiza.

    Iki cyizere cyarushijeho kwiyongera ku wa 1 Nyakanga 2021 ubwo Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente yagaragaraga mu mubare w’abashyitsi benshi bari bitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 59 ishize u Burundi bubonye ubwigenge.

    Mu mbwirwaruhame Perezida Ndayishimiye yatanze uyu munsi yavuze ko ko hagiye gufungurwa “igitabo gishya” mu mubano w’u Rwanda n’u Burundi.

    Yavuze ko kuba u Rwanda rwifatanyije n’u Burundi mu kwizihiza ubwigenge ari akanyamuneza ku Barundi. Ati “Nagira ngo mbamenyeshe ko uyu munsi ari uw’akanyamuneza ku Burundi, ndabizi ko nta Murundi n’umwe utanezerewe kuri uyu munsi kuko na bene wacu bo mu gihugu cy’abaturanyi cy’u Rwanda baje aha kudushyigikira.”

    “Twizeye neza ko kuva ubu hari igitabo u Burundi n’u Rwanda twari tumaze imyaka twandika ubu tugiye kugisoma kugira ngo dutangire igice gishyashya. Iki ni icyizere cy’uko kiriya gitabo twari tumaze iminsi twandika tugifunguye ngo tugisomere hamwe, hanyuma tugifunge ubundi dutangire igice kindi cy’icyo gitabo twavuga ko ari ubucuti bushya. Twizeye ko ibya kera turi kubisoza hagiye kuza ibishya.”

    Uretse gushimira Edouard Ngirente, Perezida Ndayishimiye yanavuze ko amuhaye ubutumwa bw’ishimwe agomba kumugereza kuri Perezida Kagame n’Abanyarwanda.

    Umuhate ibihugu byombi bishyira mu kongera kubana ugaragazwa kandi n’uko ku wa 30 Nyakanga 2021, u Rwanda rwashyikirije Leta y’u Burundi abarwanyi 19 b’umutwe wa RED Tabara bafatiwe muri Nyungwe muri Nzeri 2020. Ni abarwanyi u Burundi bwari bumaze iminsi busaba kugira ngo bagezwe imbere y’ubutabera kubera ibyaha batandukanye bashinjwa kuba barakorewe ku butaka bw’iki gihugu.

    Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwa Twitter, Perezida Ndayishimiye, yashimye u Rwanda rwamushyikirije abo barwanyi kugira ngo bashyikirizwe ubutabera.

    Ikindi kimenyetso cyiza cyabonetse kuwa Gatanu tariki 6 Kanama ubwo Guverineri w’Intara ya Kayanza mu Burundi yahuraga na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo mu Rwanda, bagahurira mu murenge wa Ruheru muri Nyaruguru, bakaganira ku mubano w’intara zombi ndetse u Burundi bugashyikiriza u Rwanda abaturage barindwi bari bamaze iminsi bafatiweyo kuko bambutse binyuranyije n’amategeko.

    Icyo gihe Guverineri wa Kayanza, Cishahayo Remy, yijeje u Rwanda ko nta muturage we cyangwa undi wese uzava mu Burundi agiye kugirira nabi u Rwanda.

    Yagize ati “Abanyarwanda twabizeza ko nta nkozi y’ibibi izava mu Burundi ngo ize gutera u Rwanda, uwo ntituzamwihanganira kandi natwe twizeye ko nta nkozi y’ikibi izava mu Rwanda ngo ize gutera u Burundi.”

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice yavuze ko ibyakozwe n’ubuyobozi bw’Intara ya Kayanza, ari ikimenyetso cy’uko umubano mwiza wahoze uranga ibihugu byombi uri kuzahuka.

    Yavuze ko imibanire myiza by’umwihariko hagati y’Intara ayoboye n’iya Kayanza, ari ingenzi kuko bizatuma abayobozi b’inzego z’ibanze ku mpande zombi babasha kujya bakemura ibibazo byoroheje bidasaba imbaraga nyinshi kandi bagahanahana amakuru

    Uwo munsi kandi, intumwa z’u Burundi zaje mu Rwanda zizanye ibinyobwa mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda kwizihiza umunsi w’Umuganura.

    Umwaka ushize ubwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yahuriraga na mugenzi we w’u Burundi, Albert Shingiro ku mupaka wa Nemba mu Bugesera

    Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente aganira na mugenzi we w’u Burundi, Alain-Guillaume Bunyoni mu birori byo kwizihiza ubwigenge bw’u Burundi

    Hashize igihe hari ibimenyetso ko umubano w’ibihugu byombi ushobora kongera kuba mwiza, aha Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yaganiraga na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente

    Abayobozi ku mpande zombi bagiye bagirana ibiganiro mu bihe bitandukanye, aha Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yari yahuye na mugenzi we w’u Burundi, Albert Shingiro

    Guverineri Kayitesi aganira na Cishahayo ubwo bari bageze mu murenge wa Ruheru

    Guverineri Cishahayo na Kayitesi biyemeje gukomeza guhanahana amakuru ku nyungu z’umutekano n’iterambere ry’ibihugu byombi

    Abanyarwanda barindwi bafatiwe i Burundi bambutse binyuranyije n’amategeko, basubijwe mu gihugu cyabo

    Abaturage basabwe kwirinda kwambuka mu buryo butemewe n’amategeko mu gihe imipaka itarafungurwa

    Mukamisha Verediana, ni umuturage washyikirijwe inka ye yari yafatiwe i Burundi

    Mu kwifatanya n’Abanyarwanda ku munsi w’Umuganura, Abarundi baje bazanye icyo kunywa

    U Rwanda narwo rwakirije Abarundi ibinyobwa bitandukanye mu kwifatanya nabo kwizihiza Umuganura

    Guverineri Kayitesi na Cishahayo basezeranyeho biyemeje gukomeza guhanahana amakuru arimo n’ay’umutekano

    Guverineri Cishahayo Remy yijeje ko nta muturage we cyangwa undi wese mu Burundi uzava muri icyo gihugu agiye kugirira nabi u Rwanda

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yavuze ko ibyakozwe n’ubuyobozi bw’Intara ya Kayanza, ari ikimenyetso cy’uko umubano mwiza wahoze uranga ibihugu byombi uri kuzahuka

    U Rwanda rwagiye rugabwaho ibitero bitandukanye n’abarwanyi baturutse i Burundi, uyu ni umwe mu bari bagize itsinda ryagabye igitero i Bweyeye, akaraswa n’Ingabo z’u Rwanda

    U Rwanda rwashyikirije u Burundi abarwanyi 19 b’umutwe wa Red Tabara biba ikindi kimenyetso cy’uko umubano w’ibihugu byombi ugana aheza

    source : https://ift.tt/3xz79uP

  • Afurika ishobora gucikamo ibice kubera Isiraheli #rwanda #RwOT

    Impuguke muri Politiki Mpuzamahanga zisanga mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe(AU) hashobora kuvuka umwuka mubi wa Politiki, biturutse ku bwumvikane bucye hagati y'ibihugu binyamuryango, ku ngingo yo kwinjiza Isiraheli muri AU nk'indorerezi.

    Amahari mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe yazamutse muri Nyakanga  ubwo Komisiyo y'uyu muryango  yemezaga ko nyuma y'imyaka 20, Isiraheli igiye kugaruka mu muryango nk'indorerezi.

    Ibihugu Botswana, Afurika y'Epfo, Namibia n'ibindi, ni bimwe mu byikomye  Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat, bimushinja gufata icyemezo cyo kwakira Isiraheli nk'indorerezi mu muryango, nta we agishije inama.

    Imyitwarire ya Isiraheli ku gihugu gituranyi cya Palestine ni imwe mu mpamvu igaragazwa nk'ituma hari ibihugu bya Afurika  bitifuza  kubona Isiraheli iba indorerezi mu Muryango wa  Afurika yunze Ubumwe.

    Dr Ismael BUCHANAN ni mpuguke muri Politiki mpuzamahanga yagize ati'Indorerezi ntabwo ari ikibazo ni itegeko riteganwa rirahari, ariko  ugasanga abenshi ntibabivugaho rumwe  bakurikije nuko bavuga ko Isiraheli kuba isa nk'itsikamira Palestine biragaragaza ko  kuyizana muri Afurika, itari n'igihigu cyo muri Afurika, ni ukuvuga ngo ntabwo yubahiriza uburenganzira bw'ikiremwamuntu, ntabwo yubahiriza ihame rya demokarasi, ni byinshi cyane bagenda barega.'

    Dr. Buchanan yakomeje agira ati 'Nibyo wenda bashingiraho bavuga ko hari itegeko yishe (Perezida wa AU). Kubera ko indorerezi iyo ufite ikibazo mu gihugu cyawe, tuvuge warahiritse ubutegetsi cyangwa se hari ikibazo cy'umutekano mucye, ntabwo bashobora kukwemerera kuba indorerezi kubera ko  hari amahame uba utujuje.'

    Ubusanzwe igihugu cya Isiraheli cyahoranye umwanya w'indorerezi muri AU ariko kiza kuwutakaza muri muri 2002, ubwo icyitwaga Umuryango w'Ubumwe bwa Afurika (OUA) cyasenyukaga, gisimburwa na Afurika yunze Ubumwe (AU).

    Tariki 22 Nyakanga 2021, ni bwo Ambasaderi wa Israel muri Ethiopia, Aleligne Admasu, yatanze ubusabe bw'igihugu cye bwo kongera kwinjira muri AU nk'indorerezi.

    Flash yabajije impuguke mubabanyi n'Amahanga icyo Afurika yunze Ubumwe yungukira  mu kugira Isiraheli mu muryango nk'indorerezi.

    Dr. Buchanan yagize ati 'Isi ni ubufatanye nicyo ibereyeho. Si no muri AU, no mu muryango mukuru tujya twumva wa UN, harimo naho ibihugu by'indorerezi. Na Palestine mujya mwumva buriya nayo iri muri biriya, Vatican nayo irimo. Nkumva rero atari muri Afurika bibaye  ahubwo no ku Isi hose  bigenda biba.'

    'Ariko  rero ikigaragara ni uko icyo gihugu  kiza kubana n'uwo muryango  kubera inyungu bagikuraho, kubera ibitekerezo n'ubunararibonye  icyo gihugu kiba gifite  kugira ngo gifashe iyo miryango  kiba kigiyemo.' Dr. Buchanan niwe ukomeza

    Abanditsi batandukanye bagaragaza ko Isiraheli isanzwe ifitanye umubano mu bya diplomasi n'ibihugu 46 bya Afurika, ndetse bikaba bifitanye ubufatanye mu nzego zitandukanye z'iterambere n'ubucuruzi.

    Kubw'ibyo hari abanga ibihugu bigize Afurika yunze Ubumwe bikwiye kwicarana bikaganira bikumva kimwe inyungu iri mu kugira Isiraheli mu muryango nk'indorerezi.

    Dr. Ismael Buchanan impuguke muri Politiki mpuzamahanga arakomeza abisobanura 'Bishobora guteza ikibazo kuko bishobora gucamo ibice ibihugu bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Ahubwo nibarebe ibiganiro byahaba  mu kumvisha ibi bihugu  inyungu Isiraheli  ifite atari inyungu y'Ibihugu bimwe mu muryango wa AU ku buryo byabangamira  ibindi bisigaye.'

    Dr. Buchanan akomeza agira ati' Ubwo rero bitangiye kugenda biba 7,8,9,10 bikazamuka, hari ikibazo bagomba kwicara bagacyemura nk'umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Batarebye inyungu za buri gihugu ahubwo barebye  inyungu rusange icyo Isiraheli  mu kuza muri AU icyo bivuze ku Banyafurika no ku mugabane wa Afurika.'

    Umubano wa Isiraheli na Afurika wakunze gukomwa mu nkkora n'agatotsi kakunze kuvuga mu mubano wayo n'ibihugu bya Afurika bituwe ahanini n'Abayisilamu benshi.

    Icyakora mu myaka yashize, Isiraheli yagiye ivugurura umubano wayo n'ibihugu bya Chad, Guinea, na Sudani kuri ubu byanamaze kwinjira mu masezerano yitiriwe 'Abraham Accords' mu mezi macye ashize, ndetse bitangaza ko byavuguruye umubano wabyo n'iki gihugu.

    Guha ikaze Isiraheli muri AU nk'indorerezi  bigaragzwa nkibizafasha impande zombi, mu gufatanya mu rugamba rwo guhangana n'icyorezo cya Covid-19, ndetse n'intambara z'iterabwoba zugarije umugabane wa Afurika.

    Daniel Hakizimana

    The post Afurika ishobora gucikamo ibice kubera Isiraheli appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/08/10/afurika-ishobora-gucikamo-ibice-kubera-isiraheli/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=afurika-ishobora-gucikamo-ibice-kubera-isiraheli

  • Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Senegal ufite abayobozi bashya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bwana Patrick Karamaga ahererekanya ububasha na Dr Jovith Ndahinyuka
    Bwana Patrick Karamaga ahererekanya ububasha na Dr Jovith Ndahinyuka

    Ku mwanya wa Perezida wa Komite nyobozi y’Umuryango ACRS hatowe Dr Jovith NDAHINYUKA, ku mwanya wa Visi-Perezida hatorwa Antoinette HABINSHUTI, ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru hatorwa Dr Bellancile MUSABYEMARIYA. Abandi babiri mu bagize Komite nyobozi bagumye mu myanya yabo aribo Yvette UWIMANA, Umubitsi na David KWIZERA wakomeje kuba Umunyamabanga Mukuru wungirije akaba anahagarariye urubyiruko muri Komite nyobozi. Abandi batowe ni Divine UMUHIRE ushinzwe Igicumbi cy’Umuco akaba yungirijwe na Dr Yves RWOGERA MUNANA.

    Uwari Perezida ya ACRS, Bwana Patrick Karamaga, yavuze ko bifuje ko abagize Komite nyobozi basimburwa kuko hari bamwe mu bari bayigize batazajya baboneka kenshi muri Senegal bityo kugirango imirimo y’Umuryango ACRS ikomeze nta nkomyi bikaba ari ngombwa ko basimburwa. Yasobanuye ko abagize Komite nyobozi y’agateganyo batowe b’abari basanzwe bahagarariye abanyamuryango mu nzego zitandukanye harimo abari basanzwe muri Komite, abagize Komite y’Urubyiruko, Igicumbi cy’Umuco n’izindi nzego kubera ibihe by’icyorezo cya COVID isi yose ihanganye nacyo, bigatuma abanyamuryango bose ba ACRS badashobora guhura.

    Yashimangiye ko abasimbuwe bazakomeza kunganira komite nyobozi nshya nk’uko nabo bafashijwe n’abo basimbuye kandi ko komite nshya abanyamuryango bayitezeho umusaruro mwinshi kuko n’ibindi bikorwa byose abayigize babaga babigizemo uruhare rukomeye.

    Perezida wa ACRS Dr Jovith NDAHINYUKA yagaragaje ko Komite ayoboye yiteguye gukomereza aho abababanjirije bari bageze, bagashyira imbaraga cyane mu bikorwa byubaka ubumwe bw’Abanyarwanda batuye muri Senegal, bagakora ibikorwa bishimangira iterambere ry’u Rwanda ndetse no kurushaho gushaka inshuti z’u Rwanda by’umwihariko ko Igicumbi cy’Umuco kizashyira imbaraga zihariye mu kwigisha urubyiruko rw’u Rwanda indangagaciro z’umuco nyarwanda no kurushaho kwitabira gahunda z’Igihugu cyabo.

    Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal, Jean Pierre KARABARANGA yashimye ibikorwa by’indashyikirwa Komite nyobozi icyuye igihe yakoze by’umwihariko uruhare ntagereranywa mu gutegura gahunda ngarukamwaka zirimo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Umunsi wo Kwibohora, Umunsi w’Intwari z’Igihugu, Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore, Umunsi w’Ururimi Kavukire, Umunsi w’Umuganura na gahunda zihariye z’urubyiruko. Yagaragarije abagize Komite nshya ko n’ubwo bamwe ari bashya muri Komite nyobozi ariko bagize uruhare rukomeye mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zitandukanye Ambasade ifatanyamo n’Umuryango w’Abanyarwanda.


    source : https://ift.tt/3CykJ5u

  • Mozambique : Ingabo z’u Rwanda zanditse amateka akomeye zibohoza ahari ibirindiro by’ibyihebe #rwanda #RwOT

    Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza Mozambique, zabohoje uriya Mujyi wa Mocímboa da Praia wari umaze imyaka ibiri ufitwe n’inyeshyamba z’iterabwoba muri iriya Ntara ya Cabo Delgado.

    Mocímboa da Praia ni Umujyi ukomeye cyane kuko ari wo wari ibirindiro bikuru by’inyeshyamba zimaze imyaka itanu mu ntambara n’ingabo za Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado.

    Izi nyeshyamba zari zimaze imyaka irenga ibiri zigenzura uyu mujyi, nyuma yo kuwambura ingabo za Leta mu 2019. Izi nyeshyamba ni zo zagenzuraga ikibuga cy’indege ndetse n’icyambu byo muri uyu mujyi.

    Mu gihe Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza Mozambique zafataga imijyi itandukanye irimo Awasse na Palma, inyeshyamba zatsindwaga zakomeza gusubira inyuma zinjira mu gace ka Mocímboa da Praia, ari naho zashinze ibirindiro.

    Amakuru yemeza ko mbere yo kugaba igitero simusiga kuri izi nyeshyamba, Leta y’u Rwanda yohereje izindi ngabo mu buryo bwihuse kugira ngo zunganire izari zimaze ibyumweru birenga bitatu ku rugamba, aho zifatanyije n’ingabo za Mozambique.

    Ibitero byo kuri izi nyeshyamba byagabwe mu byiciro bibiri, birimo icyanyuze mu Majyepfo n’ikindi cyanyuze mu Majyaruguru y’Umujyi wa Mocímboa da Praia.

    Ku rundi ruhande, Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu mazi zari zimaze iminsi itatu zifashe ibirwa biri mu Nyanja y’u Buhinde, ku buryo bitashoboka ko inyeshyamba zihungirayo.

    Urugamba rwo gutsintsura inyeshyamba mu Mujyi wa Mocímboa da Praia rwafatwaga nk’urushyira iherezo kuri iyi ntambara, nubwo ibikorwa byo gucunga umutekano mu bice byafashwe bizakomeza mu gihe kirekire, kuko zimwe mu nyeshyamba zahungiye mu mashyamba akikije imijyi itandukanye imaze gufatwa.

    Hagati aho, Ingabo z’Umuryango w’Iterambere mu bihugu biri mu Majyepfo ya Afurika, SADC, nazo ziri kwitegura kwinjira ku rugamba mu gukomeza guhashya izi nyeshyamba. Amakuru avuga ko izi ngabo ziri bugere mu birindiro byazo kuri uyu wa Mbere.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/Mozambique-Ingabo-z-u-Rwanda-zanditse-amateka-akomeye-zibohoza-ahari-ibirindiro-by-ibyihebe

  • Akinwumi Adesina yashimye ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique – #rwanda #RwOT

    Abinyujije ku rubuga rwa twitter, Dr Adesina yashimiye byimazeyo ingabo z’u Rwanda ku bwo kubohoza ago gace.

    Ati “Nta mutekano, nta terambere rishobora kubaho. Ndagushimiye Perezida Kagame ku bw’imiyoborere yawe itangaje kandi irangwa n’ubwitange.”

    Yakomeje avuga ko ibikorwa byo kwirukana imitwe yitwaje intwaro muri Mozambique n’uduce yigaruriye tukabohozwa bitari ishema kuri icyo gihugu gusa, ahubwo no kuri Afurika muri rusange.Ati “U Rwanda rwongeye gushimisha Afurika.”

    Kuva saa tanu zo kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Kanama 2021, ni bwo ingabo z’u Rwanda zasoje urugamba rwo kubohoza Mocímboa da Praia yari imaze imyaka hafi itanu yarigaruriwe n’abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro.

    Hihutiwe gufatwa Ikibuga gito cy’Indege n’icyambu gikomeye cyo muri aka gace, ku buryo mu gihe gito hongera gukoreshwa.

    Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique, Brig Gen Muhizi Pascal, yabwiye IGIHE ko icy’ingenzi kwari ugukura umwanzi aho yashyize ibirindiro hanyuma hagakurikiraho kumuhiga aho aherereye.

    Yagize ati “Aha ni ho mu karere ka Mocímboa, ni cyo cyari icyicaro cy’umwanzi, ni ho yari afite ubuyobozi, ni ho yari yarigaruriye. Ibyo yakoraga byose agaba ibitero ni aha yagarukaga ku birindiro bye. Ni umujyi yari yarabohoje abamo igihe kirekire kirenga imyaka itanu.”

    Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Mozambique mu ntangiriro za Nyakanga 2021 ku busabe bwa Perezida w’icyo gihugu, Filipe Nyusi. Intego yari iyo kwirukana imitwe y’iterabwoba imaze imyaka ihungabanya umutekano waho.

    Hari hitezwe ko zifatanya n’iz’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) ariko zo zatinze kuhagera zinahageze ntizahita zitangira gutanga ubufasha.

    Dr Akinwumi Adesina, yavuze ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zongeye kugarurira Afurika akanyamuneza kubera ibikorwa byazo muri Mozambique

    Nyuma yo gufata Mocímboa da Praia muri Mozambique, ingabo z’u Rwanda zahakajije umutekano

  • Amb. Mukangira yashyikirije Perezida wa Maldives impapuro zimwemerera guhagararirayo u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ambasaderi Mukangira yakiriwe mu biro by’Umukuru w’Igihugu wa Maldives kuri uyu wa 8 Kanama 2021, nyuma yo kugirana ibiganiro n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga y’icyo gihugu, Ahmed Khaleel.

    Minisitiri Ahmed Khaleel kandi ni we wabanje kwakira kopi z’impapuro zisabira Amb Mukangira guhagararira u Rwanda muri iki gihugu kibarizwa mu Majyepfo ya Aziya, mu Nyanja y’u Buhinde.

    Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ya Maldives yatangaje ko Minisitiri Abdulla Shahid na Amb Mukangira bagiranye ibiganiro byibanze ku kunoza umubano n’ubufatanye bw’ibihugu byombi.

    Itangazo ry’iyi minisiteri rigira riti “Bombi bashimangiye ko mu izina rya guverinoma bahagarariye bazakomeza gukorana bya hafi mu kongera imbaraga mu mubano w’ibihugu byombi n’ubufatanye.”

    Minisitiri Khaleel yavuze ko ari iby’ingenzi gukomeza kugirana ibiganiro hagati y’ibihugu byombi biganisha ku bufatanye mu ngeri zirimo gutwara abantu n’ibintu, uburobyi, ubuhinzi n’ubukerarugendo.

    U Rwanda na Maldives bisanzwe bifitanye amasezerano mu bya dipolomasi yashyizweho umukono muri Nzeri 2019, aho ibihugu byombi byagaragaje ko byifuza gukorana no kunoza imibanire yabyo n’abaturage b’ibi bihugu.

    Muri Nyakanga 2019 kandi Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yakiriye uwabaye Perezida wa Maldives, Mohamed Nasheed, bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye hagati y’ibihugu byombi.

    Maldives yabonye ubwigenge mu 1965 ibukomoye ku Bwongereza. Ni igihugu giherereye mu Nyanja y’Abahinde kigizwe n’imisozi 1000, ibintu gisangiye n’u Rwanda.

    Ubukerarugendo n’uburobyi biri mu byatumye ubukungu bwa Maldives butera imbere mu myaka ishize, byatumye iva mu bihugu byari mu nzira y’amajyambere mu 1965 ubu ikaba iri mu bihugu bifite ubukungu buciriritse.

    Maldives ifite ubuso bwa kilometero kare ibihumbi 298 ariko igice kinini gikozwe n’amazi mu Nyanja y’Abahinde, umusaruro mwinshi uva mu burobyi no mu bukerarugendo. Imibare iheruka igaragaza ko gituwe n’abaturage 530.953.

    Amb Mukangira yashyikirije Perezida wa Maldives impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu

    Abayobozi ku mpande zombi banagiranye ibiganiro byibanze ku buryo bwo kunoza umubano w’u Rwanda na Maldives

    Ambasaderi Mukangira Jacqueline yakiriwe i Maldives