Tag: Politiki

  • Museveni yemeye ko Igihugu cye cyakira impunzi 2.000 ziturutse muri Afghanistan ku busabe bwa USA #rwanda #RwOT

    Nk’uko tubikesha BBC, itsinda rya mbere ry’abanya-Afghanistan 500 byitezwe ko bagera ku kibuga cy’indege cya Entebbe mu masaha ari imbere ku wa Kabiri.

    Minisitiri ushinzwe impunzi muri Uganda, Esther Anyakun yatangaje ko Perezida Yoweri Museveni yemeye kwakira abaturage 2 000 ba Afghanistan abisabwe na Amerika.

    Yongeyeho ko nibahagera basuzumwa Covid-19 ubundi bagashyirwa mu kato. Ibisabwa byose n’ibikenewe bizatangwa na leta ya Amerika.

    Nibagera muri Uganda baraba ari impunzi za mbere zihunze ibibazo muri Afghanistan zigeze mu gihugu cya Africa.

    Uganda ifite amateka mu kwakira impunzi – ni igihugu gisanzwe gicumbikiye impunzi zirenga miliyoni imwe zahunze ibihugu byazo kubera intambara cyangwa ibindi bibazo.

    Muri Uganda impunzi ziba mu nkambi cyangwa muri rubanda. Zimwe zihabwa amasambu zikemererwa no gukora.

    Ivomo : BBC

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Politiki/article/Museveni-yemeye-ko-Igihugu-cye-cyakira-impunzi-2-000-ziturutse-muri-Afghanistan-ku-busabe-bwa-USA

  • Igisubizo cya Ambasaderi Karega ku bashinja u Rwanda ko rukijijwe na zahabu ya RDC – #rwanda #RwOT

    Ni mu gihe mu bitangazamakuru byo muri RDC hakunda kugarukwa ku nkuru zivuga ko amabuye y’agaciro atunganywa mu nganda z’u Rwanda aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi u Rwanda rukaba rushoza intambara muri iki gihugu kugira ngo ruyabone.

    Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 14 Kanama 2021, Amb. Karega yavuze ko ibirego bishingiye ku mabuye y’agaciro nta shingiro bifite.

    Yavuze ko bitangaje kuvuga ko u Rwanda rushoza intambara kugira ngo rubashe kubona amabuye y’agaciro mu gihe nta n’imwe rwigeze rurwana igamije kwigarurira cyangwa kwegukana ikirombe icyo ari cyo cyose.

    Ambasaderi Karega yakomeje avuga ko igitangaza bamwe ari uburyo u Rwanda rufite inganda zitunganya amabuye y’agaciro, bagakeka ko rwo rutayagira.

    Yagize ati “Ni ukuri koko u Rwanda rutunganya zahabu, coltan na gasegereti kandi ni byo birya abantu mu mitwe nkurikije ibyo numva mu bitangazamakuru bitandukanye bavuga ngo ni gute batunganya ibintu batagira? Muramutse muguze ikintu runaka mukagitunganya, ikibazo kiri he? Abakora imodoka ko bakoresha ibyuma, ababikora ni bangahe? Dutunganya ayo tugura mu bindi bihugu haba muri RDC cyangwa ahandi.”

    Zahabu si umwihariko wa RDC gusa

    Ambasaderi Karega yasobanuye ko zahabu atari umwihariko wa RDC gusa, ko itunganyirizwa mu Rwanda iva mu bindi bihugu birimo Ghana na Zambia, igatunganywa ikongera koherezwa mu mahanga kandi ko bidakorwa na leta ahubwo ari abashoramari bahisemo gushora imari mu rwego rw’ubucukuzi.

    Yavuze ko u Rwanda rwatejwe imbere no gushyira ingufu mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi, uburezi, inganda zirimo izikora telefone n’ibindi.

    Yavuze ko abarushinja gukizwa n’amabuye ya Congo ari abagamije kuruharabika gusa.

    Ambasaderi Karega yavuze ko ibyo u Rwanda rukora byose bikorwa mu mucyo. Kuba haba hari abakwihisha inyuma bagakora ubucuruzi bwa magendu, Karega yavuze ko byo bishoboka cyane kuko magendu no mu bihugu byateye imbere ihaba.

    Ati “Ntabwo dushobora guhakana ko hatari za magendu, no mu bihugu bimaze igihe muri demokarasi nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyangwa u Bufaransa irahaba. Icyakora, u Rwanda nta rimwe rurishora mu bucuruzi butemewe muri Congo, ibyo rukora byose biragaragara.”

    Yakomeje avuga ko “Nta na rimwe twigeze duteza intambara igamije kwigaruira ikirombe runaka cyangwa amabuye y’agaciro runaka muri RDC. N’ikimenyimenyi, amasezerano na SAKIMA ni yo ya mbere mu bijyanye n’amabuye y’agaciro sosiyete yo mu Rwanda isinyanye n’iya Congo. Ntiwabona sosiyete z’amabuye y’agaciro muri Congo ziyobowe n’Abanyarwanda”.

    Aya masezerano ya SAKIMA Karega yavuze, ni aherutse gusinywa agamije kunoza ubucuruzi bwa zahabu yashyizweho umukono na Société Aurifère du Kivu et du Maniema (Sakima S.A) yo muri Congo, mu gihe uruhande rw’u Rwanda rwari ruhagarariwe na Dither Ltd.

    Ambasaderi Karega yavuze ko kuba u Rwanda rwagira inganda zitunganya amabuye y’agaciro rutayafite ku bwinshi, nta kibazo kirimo.

    Ati“Hari ibinyamakuru bitandukanye njya numva bivuga ngo kuki batunganya amabuye y’agaciro kandi ntayo bagira? None se kuki u Bwongereza butunganya ibikomoka kuri peteroli butayigira?”.

    “Dutunganya amabuye tugura hanze haba muri Congo n’ahandi. Ntabwo zahabu ari umwihariko wa Congo. Urugero, uruganda rukora zahabu mu Rwanda ruyikura no muri Zimbabwe na Ghana, ntabwo zahabu itunganyirizwa mu Rwanda ngo yoherezwe mu mahanga, byanze bikunze igomba kuba ivuye muri Congo.”

    Raporo yakozwe kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu 2020, igashyikirizwa Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano, niyo yashyizwemo iby’uko hari amabuye y’agaciro anyura mu Rwanda agiye kugurishirizwa mu mahanga, bigakorwa n’imitwe yitwaje intwaro muri Congo. U Rwanda rwabyamaganiye kure, rugaragaza ko amabuye yose anyura mu Rwanda aba afite ibiyaranga n’aho yaturutse kandi ku buryo buzwi.

    Ambasaderi Karega yavuze ko u Rwanda rwihaye icyerecyezo 2050 gishingiye ku guteza imbere inzego nyinshi, ku buryo ibijyanye n’amabuye y’agaciro atari byo rurambirijeho gusa.

    Ati “Icyerekezo 2020 cyacu cyageze ku musozo, ubu turi mu cya 2050 kirangamiye iterambere rishingiye ku bushobozi no guhanga udushya. Ni ukuvuga kongerera agaciro ibishobora kongererwa agaciro byose. Tugeregeza kureba ubwoko bwose bw’inganda na serivisi bishobora kwinjiza ariko si ngombwa ko ziba zishingiye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.”

    Agaruka ku biteza umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo, Vincent Karega yavuze ko imitwe yitwaje intwaro yayogoje aka karere ahanini igizwe n’Abanye-Congo kimwe n’abanyamahanga.

    Kuba imwe muri iyo mitwe yacuruza amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko cyangwa mu buryo bwa magendu, yavuze ko ari ikibazo kitabazwa u Rwanda.

    Ati “Ndashaka gusobanura neza ko u Rwanda nka guverinoma nta ruhare na ruto ifite mu bucuruzi ku rwego rw’igihugu cyangwa mpuzamahanga. Guverinoma yacu yorohereza abashoramari baba Abanyarwanda cyangwa abanyamahanga. Si yo ubwayo yivanga mu bikorwa by’ubucuruzi bw’abikorera. Amabuye y’agaciro ya Congo ntabwo yinjira mu isanduku y’u Rwanda, ntacyo yinjiriza u Rwanda kidasanzwe.”

    Mu 2019 nibwo mu Rwanda hatangijwe uruganda rutunganya zahabu rufite ubushobozi bwo gutunganya toni esheshatu ku kwezi.

    Raporo y’Ikigo Impact gikora ubucuruzi bwa zahabu mu Karere, iheruka kugaragaza ko u Rwanda mu 2014 rwatangaje ko rwavanye miliyoni 8,1$ mu mabuye y’agaciro yoherejwe mu mahanga arimo na zahabu, yaje kugera kuri miliyoni 80,06$ mu 2016 naho Ugushyingo 2020 ya Banki Nkuru y’u Rwanda,yagaragaje ko umusaruro wavuye muri zahabu, wazamutseho 754,6%.

    Ku rundi ruhande imibare y’Ikigo cy’u Budage gishinzwe umutungo kamere yerekana ko buri mwaka RDC itanga umusaruro wa zahabu ubarirwa hagati ya toni 14 na 20 ku mwaka, zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 543$ na miliyoni 812$.

    U Rwanda rufite inganda zitunganya amabuye y’agaciro arimo na zahabu

    Ambasaderi Vincent Karega yavuze ko zahabu atari umwihariko kuri RDC

    source : https://ift.tt/2W0NeYK

  • Zambia: Urugemdo rwa Hichilema wakuze ari umushumba akaba yatorewe kuba Perezida #rwanda #RwOT

    Ku nshuro ye ya gatandatu yiyamamaza,Hakainde Hichilema, yabaye umukuru wa Zambia nyuma yo gutsindwa amatora inshuro eshanu zose.

    Hichilema yatsinze uwari ukomeye kurusha abandi mu bo bari bahanganye mu matora ariwe Edgar Lungu, amurushije amajwi arenga miliyoni.

    Uyu prezida mushya ni muntu ki? Yafashijwe niki gutsinda nyuma y'izo nshuro zose adatorwa?

    Hichilema, w'imyaka 59, avuga ko ari umuhungu wakuriye ''inyuma y'inka'' hanyuma akaza kuba umwe mu bantu bakize cyane muri Zambia.

    Uwo mukuru w'igihugu watowe yari umukuru w'ishyaka United Party for National Development (UPND),azwi cyane nka HH. Yavukiye mu muryango ukenye, yiga abifashijwemo n'abamurihiye (bourse) kaminuza ya Zambia,nyuma abona impamyabumenyi ya MBA muri kaminuza ya Birmingham mu Bwongereza.

    Yaje gutera imbere abifashijwemo n'ubucuruzi bw'amafaranga, amazu,ubuvuzi hamwe n'ubukerarugendo.

    Yakoresheje ibyo yaciyemo mu buzima kugira ngo yemeze abatora kumuha amajwi.

    Yabwiye abatora ko bakeneye umukire wateye imbere kugira ngo ubukungu butere imbere muri icyo gihugu kirimo cuivre/copper ariko kandi kirangwamwo ubushomeri bwinshi.

    Yanakoresheje kandi ahahise he mu buhinzi kugira ngo yemeze abahinzi bo muri iki gihugu ko ashobora gutuma Zambia iba isoko ry'ibindi bihugu by'akarere.

    Ariko ubushobozi bwe bwo gutorwa n'abatora bakiri bato nibwo bushobora kuba bwamugejeje ku ntsinzi kurusha ibindi.

    Abarenga 50% muri miliyoni zirindwi bari biyandikishije gutora muri Zambia bafite munsi y'imyaka 35. Hafi umwe kuri batanu muri bo nta kazi agira.

    Ishyaka ryari risanzwe ku butegetsi Patriotic Front (PF) ryabugezeho mu 2011 ryemeye ''kuzagabanya imisoro, kongera amafaranga mu mifuka y'abantu n'akazi”.

    Ibyo ntibyabaye ku bantu benshi bakiri bato ariyo mpamvu bahagurutse ku bwinshi baha amajwi Hichilema.

    Bumwe mu buryo bwatumye ahuza n'abakiri bato ni imbuga nkoranyambaga. Ntiyari amatora ya mbere Hichilema ageragejemo gukoresha Facebook na Twitter kugira akurure abatora, ariko ubu yari yongereje imbaraga.

    Ariko yanagerageje gukoresha inzira zitaboneye.

    Mu mwaka ushize yasohoye video yise “The tale of two professionals…” (Inkuru y'abanyamwuga babiri…), yerekana Hichilema nk'umukire ureba kure kandi uzi icyo akora mu gihe uwari perezida Lungu ari umuntu wamariye amafaranga ye mu kabare no mu mazu yo kubyiniramo. Iyo video yahitaga ibaza iti: “Muri aba babiri ni nde usobanutse kurusha undi?”

    Hichilema yanavugiraga kuri izo mbuga nkoranyambaga ibindi bitajyanye na politike,cyane cyane umupira w'amaguru -indi nzira yo guhura n'abatora. Hari igihe yanateraga ubuse n'aba fana ba Manchester United na Arsenal zatsinzwe.

    Yanashimiye abakinnyi ba Zambia bashoboye kujya aho bahembwa amafaranga menshi mumakipe y''i Burayi, harimo Patson Daka, uherutse kujya mu ikipe ya Leicester City, na Fashion Sakala,we wasinyiye Rangers yo muri Ecosse.

    Yanavugaga ku mikino yabo ya gicuti yo kwitegura, agaragara nk'uwitayeho cyane ku buryo Zambia iri gutera imbere mu mupira w'amaguru.

    Lungu nawe yagerageje imyiteguro nkiyo, ariko benshi babonye ko atabikoze ku bushake bwe.

    Hachilema hari n'igihe yakoreshaga ku mbuga nkoranyambaga amagambo adasanzwe yo mu tubari no ku muhanda nka “bally”, ijambo ryo guhamagara umuntu nka so.

    Hashtag nka #BallyWillFixIt yarakoreshejwe cyane mu kugerageza kuvuga ururimi rw'abo mu isoko n'abanyabubari, kugira ngo adakomeza kubonwa nk'umukire wateye imbere gusa.

    Abantu ibihumbi n'ibihumbi by'abari bashyigikiye Hichilema biraye mu mihanda bamaze kumva ko yatsinze, bavuga ngo “Twagiye Bally”.

    Hichilema yagiye afungwa kenshi azira amatwara ya politiki ariko we yabwiye Perezida Lungu asimbuye ko azabaho mu muteka ndetse ko atazaterwa ibyuka biryana mu maso nk'ibyo we yamuteye.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/ubuzima/article/zambia-urugemdo-rwa-hichilema-wakuze-ari-umushumba-akaba-yatorewe-kuba-perezida

  • Zambia: Uwari Perezida Edgar Lungu yemeye ko yatsinzwe amatora batangira gusahura ibyamwitiriwe #rwanda #RwOT

    Perezida ucyuye igihe wa Zambia Edgar Lungu yameye ko yatsinzwe amatora y'umukuru w'igihugu.

    Kuri televiziyo y'igihugu, yatangaje ati: “Ndashaka gushimira umuvandimwe wanjye Hakainde Hichilema kuba yatorewe kuba perezida wa karindwi wa Zambia.”

    Bwana Lungu mbere yari yavuze ko ashobora kuregera mu rukiko ibyavuye mu matora aho yavugaga ko abatavuga rumwe n'ubutegetsi bayakozemo uburiganya.

    Abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga bashimiye Perezida Lungu ku gikorwa babonye nko gutsimbataza demokarasi ya Zambia n'urugero ku bindi bihugu.

    Ishyaka rya Perezida Lungu naryo ryashimiye Hichilema ku ntsinzi ye.

    Mu butumwa ryashyize kuri Facebook, ryanditse riti: “Patriotic Front Party irifuza gushimira perezida watowe, Hakainde Hichilema ku ntsinzi mu matora ya perezida.”

    Iri shyaka ryari rimaze imyaka itandatu ku butegesi, rivuga ko rigiye gufata igihe rikareba ibitaregenze neza.

    Ryatangaje ko “guhererekanya ubutegetsi byatangiye” kandi perezida watowe yamaze kugezwaho abacunga umutekano akwiriye.

    Hichilema yatsinze mukeba we Lungu amurushije amajwi arenga miliyoni.

    Yari inshuro ya gatandatu yiyamamarije gutegeka Zambia. Inshuro eshanu zabanje yaratsindwaga.

    Gusahura ibya Lungu

    Hari amakuru y'uko abashyigikiye perezida watowe bagiye gusahura iguriro rinini ryitiriwe perezida ucyuye igihe Edgar Chagwa Lungu.

    Amafoto agaragaza iguriro rya ECL Mall mu mujyi wa Kitwe ryibasiwe n'abasahuzi yahererekanyijwe cyane benshi banegura ibyo bikorwa.

    Mu butumwa yanditse kuri Twitter, Perezida watowe Hakainde Hichilema yaburiye abari kwangiza iby'abandi kubihagarika.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/zambia-uwari-perezida-edgar-lungu-yemeye-ko-yatsinzwe-amatora-yemera-no

  • Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y'amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y'iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y'u Rwanda ! #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa mbere, tariki 16 Kanama 2021, Leta ya Uganda yongeye gusohora ikinamico yasekeje benshi, ubwo yatangazaga ko ngo hari Abanyarwanda 4 bafatiwe ahitwa Kyazanga muri district ya Lwengo mu bikorwa by'ubutas

    Icyangaje ababonye iyi kinamico mbi, bibajije ukuntu Leta ya Uganda yafashe 'abagizi ba nabi b'Abanyarwanda', iminsi igashira ari 4 ntacyo inzego zayo z'umutekano zitangaje, ahubwo igategereza ko byandikwa mu kinyamakuru cyitwa 'softpower News', bizwi ko gikorera mu kwaha kwa Gen Abel Kandiho utegeka CMI, rya bagiro rikorerwamo iyicarubozo ku Banyarwanda . Ibi biragaragaza neza ko ibi birego ari ibipapirano, hagamijwe gusa gukomeza guharabika uRwanda, no guhohotera Abanyarwanda b'inzirakarengane bari muri Uganda.

    Mu bimenyetso ngo bigaragaza ko abafashwe ari intasi z'uRwanda, ni indangamuntu y'uwitwa Justin Mugabo n'ikarita ye imusezerera mu ngabo z'uRwanda, ndetse n'indangamuntu y'umugore we, Uwimana Egiddie, Nta kintu na kimwe kigaragaza aho aba bantu bahuriye n'inzego z'iperereza z'uRwanda, uretse ibitekerezo bya Gen Kandiho na shebuja Museveni.

    Muri Uganda ndetse no mu bihugu byinshi hagenda, hanatuye Abanyarwanda benshi barimo n'abasezerewe mu ngabo, kimwe n'uko mu Rwanda hari abahoze mu gisirikari cya Uganda, Ibyo se bibagira intasi z'igihugu iki n'iki, ku buryo bahohoterwa nta kindi na kimwe kibahamya icyaha?
    Abanyarwanda b'inzirakarengane bari muri Uganda ku mpamvu zinyuranye, zirimo z'ubucuruzi no gusura inshuti n'abavandimwe, dore ko hari n'abavukiye muri icyo gihugu kubera amateka, bakaba bakinafiteyo imiryango.

    Ni ibisanzwe kandi ku bihugu by'ibituranyi, aho usanga abaturage bagenderana, bagahahirana, yemwe bakanashyingirana. Ibyo ni nabyo bituma bitwaza ibibaranga nk'indangamuntu, kuko ntacyo baba bikeka.

    Hari Abanyarwanda ibyegera bya Perezida Museveni, birangajwe imbere na Gen Kandiho, bishishikariza abandi kwinjira mu mitwe y'iterabwoba nka RNC, FDLR n'indi ishyigikiwe na Leta ya Uganda. Ababyemeye bagiye kubonera akaga mu ntambara batazigera batsinda. Abatarapfuye bafashwe mpiri, abandi bari mu buzima butari ubwa kimuntu mu mashyamba ya Kongo.

    Abenshi ariko ni abanze kwishora mu mugambi mubisha wo kugambanira igihugu cyabo cy'uRwanda, cyane ko n'ababyemeye bitabaguye amahoro. Abo bateye utwatsi ibyifuzo bya Museveni rero ni aba bahimbirwa ibyaha by'ubutasi, bagakorerwa iyicarubozo rya kinyamaswa: Kwicwa, gukubitwa, gufungirwa ahantu hadakwiye ikiremwamuntu ndetse hatazwi, gucuzwa utwabo, mbere y'uko bajugunywa ku mupaka w'uRwanda, nta n'urubanza rubaye ngo rugaragaze ibyaha byabo.

    Utetse ko binabangamiye uburenganzira bwa muntu, binanyuranyije n'amahame y'Umuryango w' Ibihugu b'Afrika y'Uburasirazuba, ateganya iby'urujya n'uruza n'ubuhahirane hagati y'abaturage bo muri uwo muryango, kandi bigakorwa mu mudendezo.

    Uko iminsi ihita ubutegetsi bwa Perezida Museveni burarushaho kurebwa nabi cyane, haba mu mahanga, haba n'imbere mu gihugu kubera ruswa no guhohotera abaturage batabwishimiye, Mu kurangaza Abagande rero, Museveni n'ibyegera bye bagerageza gushaka uwo bashinja kuba nyirabayazana w'ibibazo byabo. Ishyari n'ubugome bafitiye uRwanda nibyo bibashora mu makinamico y'urukozasoni, nubwo abanya Uganda n'isi yoze bamaze kubitahura

    Bisanzwe bizwe ko Perezida Museveni ari kabuhariwe mu kubeshya, ariko ibinyoma avuga ku Rwanda byo biranyagisha, Abakimufitiye agatima nyamara bamwibutse ko kugambanira uRwanda buri gihe bigaruka nyirabyo.

    The post Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y'amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y'iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y'u Rwanda ! appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/leta-ya-uganda-ikomeje-amakinamico-mabi-umunyarwanda-wese-uri-muri-icyo-gihugu-wanze-kujya-mu-mitwe-yiterabwoba-perezida-museveni-amwita-intasi-yu-rwanda/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=leta-ya-uganda-ikomeje-amakinamico-mabi-umunyarwanda-wese-uri-muri-icyo-gihugu-wanze-kujya-mu-mitwe-yiterabwoba-perezida-museveni-amwita-intasi-yu-rwanda

  • Zambia: Perezida Edgar Lungu yemeye gutsindwa amatora, ashimira Hichilema wamutsinze #rwanda #RwOT

    Perezida ucyuye igihe wa Zambia Edgar Lungu yemeye ko yatsinzwe amatora y'umukuru w'igihugu. Kuri televiziyo y'igihugu, yatangaje ati: 'Ndashaka gushimira umuvandimwe wanjye Hakainde Hichilema kuba yatorewe kuba perezida wa karindwi wa Zambia'. Perezida watowe, iyi yari inshuro ya Gatandatu yiyamamariza umwanya w'umukuru w'Igihugu.

    Bwana Lungu mbere yari yavuze ko ashobora kuregera mu rukiko ibyavuye mu matora aho yavugaga ko abatavugarumwe n'ubutegetsi bayakozemo uburiganya.

    Abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga bashimiye Perezida Lungu ku gikorwa babonye nko gutsimbataza demokarasi ya Zambia n'urugero ku bindi bihugu. Ishyaka rya Perezida Lungu naryo ryashimiye Hichilema ku ntsinzi ye.

    Mu butumwa ryashyize kuri Facebook, ryanditse riti: 'Patriotic Front Party irifuza gushimira Perezida watowe, Hakainde Hichilema ku ntsinzi mu matora ya Perezida'.

    Iri shyaka nkuko BBC ibitangaza, ryari rimaze imyaka itandatu ku butegesi, rivuga ko rigiye gufata igihe rikareba ibitaragenze neza. Ryatangaje ko 'guhererekanya ubutegetsi byatangiye' kandi ko Perezida watowe yamaze kugezwaho abacunga umutekano akwiriye.

    Hichilema yatsinze mukeba we Lungu amurushije amajwi arenga miliyoni. Yari inshuro ya gatandatu yiyamamarije gutegeka Zambia. Inshuro eshanu zabanje yaratsindwaga.

    Gusahura ibya Lungu

    Hari amakuru y'uko abashyigikiye Perezida watowe bagiye gusahura iguriro rinini ryitiriwe Perezida ucyuye igihe Edgar Chagwa Lungu. Amafoto agaragaza iguriro rya ECL Mall mu mujyi wa Kitwe ryibasiwe n'abasahuzi yahererekanyijwe cyane benshi banegura ibyo bikorwa.

    Mu butumwa yanditse kuri Twitter, Perezida watowe Hakainde Hichilema yaburiye abari kwangiza iby'abandi kubihagarika. Ishami ry'urubyiruko ry'ishyaka United Party for National Development (UPND) rya Hichilema ryasabye abayoboke baryo kwishimira intsinzi mu mahoro.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/zambia-perezida-edgar-lungu-yemeye-gutsindwa-amatora-ashimira-hichilema-wamutsinze/

  • Minisitiri Biruta yashyikirije umuhungu wa Idriss Déby ubutumwa bwa Perezida Kagame – #rwanda #RwOT

    Mu butumwa Perezidansi ya Tchad yashyize hanze binyuze kuri Twitter yavuze ko Biruta yashyikirije Gen Mahamat Idriss Deby Itno ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame.

    Iti “Perezida w’Akanama ka gisirikare kayoboye Tchad mu nzibacyuho Gen Mahamat Idriss Deby yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Vincent Biruta. Amuzaniye ubutumwa buturutse kuri Perezida Kagame.”

    Perezidansi ya Tchad ntiyigeze itangaza ibikubiye muri ubu butumwa Perezida Kagame yageneye Gen Mahamat Idriss Deby.

    Kuva Gen Mahamat Idriss Deby yatangira kuyobora Tchad ku butegetsi yakunze kugaragaza ubushake bwo gukomeza umubano ubutegetsi bwa se bwari bufitanye n’ibindi bihugu, birimo n’u Rwanda.

    Muri Gicurasi 2021, Gen Mahamat Idriss Deby yohereje mu Rwanda murumuna we akaba n’Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida, Abdelkerim Déby Itno. Muri uru ruzinduko yabonanye na Perezida Kagame ndetse bagirana n’ibiganiro.

    Muri Nyakanga 2021 kandi Gen Mahamat Idriss Deby yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, [Francophonie], Louise Mushikiwabo wamugiriye inama y’uko yazategura amatora anyuze mu mucyo.

    Gén. Mahamat Idriss Déby Itno ni we uyoboye Tchad kuva se, Idriss Déby Itno yakwitaba Imana muri Mata 2021 biturutse ku bikomere by’amasasu yarashwe n’abarwanyi b’umutwe wa FACT utaravugaga rumwe n’ubutegetsi bwe.

    Le Président du Conseil Militaire de Transition,le Général @GmahamatIdi a reçu en audience cet après-midi, le Chef de la diplomatie rwandaise, M. Vincent Biruta. Il est porteur d’un message de son Président Paul Kagamé, au Chef de l’Etat tchadien. pic.twitter.com/sY4N255E4C

    — Présidence Tchad (@PresidenceTchad) August 15, 2021

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta asuhuza Gen Mahamat Idriss Deby Itno

    Minisitiri Biruta yagiranye ibiganiro na Gen Mahamat Idriss Deby Itno

    source : https://ift.tt/3spk55B

  • Zambia: Utavuga rumwe n'ubutegetsi yigaranzuye Edgar Lungu atsinda amatora #rwanda #RwOT

    Komisiyo y'amatora ya Zambia yemeje ko amatora ya perezida yo mu cyumweru gishize uwayatsinze ari umukandida w'abatavugarumwe n'ubutegetsi Hakainde Hichilema.

    Bwana Hichilema yatsinze mukeba we ukomeye, perezida ucyuye igihe Edgar Lungu, amurushije amajwi arenga miliyoni.

    Yari inshuro ya gatandatu Hichilema agerageje gushaka kuba perezida.

    Abamushyigikiye bakomeje kwishimira intsinzi ye mu mihanda y'umurwa mukuru Lusaka.

    Mbere, Perezida Lungu yari yatangaje ko amatora atabaye mu mucyo no mu bwisanzure.

    Yavuze ko indorerezi z'amatora zivuye mu ishyaka rye Patriotic Front zirukanywe ku biro by'amatora, bagasiga amajwi nta kirengera.

    Mu kumusubiza, ishyaka United Party for National Development rya Hichilema ryavuze ko ibyo byatangajwe ari “igikorwa cya nyuma cy'akababaro cy'ubutegetsi buvuyeho”.

    Mu kubara bwa nyuma, komisiyo y'amatora yavuze ko Hichilema yatsinze n'amajwi 2,810,777 kuri 1,814,201 ya Lungu mu matora yabaye kuwa kane.

    Abantu bagera kuri miliyoni zirindwi bari biyandikishije gutora.

    Avuga ibyavuye mu matora ari i Lusaka, Esau Chulu ukuriye komisiyo y'amatora yagize ati: “Bityo ntangaje ko uwavuzwe Hichilema aba perezida wa Zambia”.

    Ubutegetsi Lungu amazeho imyaka itandatu bwanenzwe guhonyora uburenganzira bwa muntu, ruswa, ubushomeri bukabije no kunanirwa kuzahura ubukungu.

    Bivugwa ko Hichilema w'imyaka 59 yazamukiye muri ako kababaro ka rubanda itora, yizeza impinduka.

    Ubu afite urugamba rukomeye rwo guhindura ubukungu bw'iki gihugu buhagaze nabi.

    Biteganyijwe ko perezida watowe arahira mu minsi irindwi iri imbere.


    Perezida Hakainde Hichilema Perezida mushya wa Zambia

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/zambia-utavuga-rumwe-n-ubutegetsi-yigaranzuye-edgar-lungu-atsinda-amatora

  • Edgar Lungu wayoboraga Zambia yatsinzwe amatora #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Edgar Lungu
    Edgar Lungu

    Inkuru ya BBC iravuga ko Hichilema yatsinze Edgar Lungu, amurushije amajwi arenga miliyoni.

    Yari inshuro ya gatandatu Hichilema agerageje gushaka kuba perezida. Abamushyigikiye bakomeje kwishimira intsinzi ye mu mihanda y’umurwa mukuru Lusaka.

    Mbere, Perezida Lungu yari yatangaje ko amatora atabaye mu mucyo no mu bwisanzure.

    Ubutegetsi Lungu amazeho imyaka itandatu bwanenzwe guhonyora uburenganzira bwa muntu, ruswa, ubushomeri bukabije no kunanirwa kuzahura ubukungu.

    Hakainde Hichilema yegukanye intsinzi
    Hakainde Hichilema yegukanye intsinzi

    Bivugwa ko Hichilema w’imyaka 59 yazamukiye muri ako kababaro ka rubanda, abasaba kumutora abizeza impinduka, ubu akaba afite urugamba rukomeye rwo guhindura ubukungu bw’iki gihugu buhagaze nabi.

    Biteganyijwe ko perezida watowe arahira mu minsi irindwi iri imbere.


    source : https://ift.tt/3mbeqz1

  • Zambia: Perezida Lungu aravuga ko amatora atakozwe mu mucyo no mu bwisanzure #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Edgar Lungu
    Edgar Lungu

    Ibyavuye mu matora by’ibanze bigaragaza ko Perezida Edgar Lungu ari inyuma y’uwo bahanganye ukomeye, umunyemari Hakainde Hichilema, umenyerewe mu gihugu ku izina rya “HH” ry’impine y’amazina ye.

    Perezida yavuze ko indorerezi zo mu ishyaka rye rya Patriotic Front zirukanywe mu biro by’itora, bigatuma amajwi asigara atarinzwe.

    Mu kumusubiza, Hakainde Hichilema yavuze ko ibyo Lungu yatangaje ari igikorwa cya nyuma cyo gutakaza icyizere cy’ubutegetsi bucyuye igihe.

    BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko Edgar Lungu urimo gushaka manda ya kabiri y’imyaka itanu, yanavuze ko urugomo rwabaye mu ntara yabuzemo amajwi rwatumye igikorwa cyose [cy’amatora] gihinduka impfabusa.

    Yavuze ko ishyaka rye ririmo gutekereza ku kigiye gukurikiraho. Akanama k’amatora ka Zambia nta cyo kari kabitangazaho.

    Habaye urugomo mu Ntara y’Amajyepfo, iy’Amajyaruguru ashyira Uburengerazuba ndetse no mu Ntara y’Uburengerazuba, nk’uko itangazo rya Perezida Lungu ribivuga.

    Perezida Lungu yakomoje ku iyicwa ry’umukuru w’ishyaka rye rya Patriotic Front wo mu Ntara y’Amajyaruguru ashyira Uburengerazuba ndetse n’iry’indi mpirimbanyi y’urubyiruko yo mu ishyaka rye, mu bushyamirane bwabaye mu ntangiriro z’uku kwezi. Ubwo bicwaga, Perezida Lungu yahohereje ingabo zo kunganira izihasanzwe.

    Indorerezi zo mu muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU/UE) zasohoye raporo y’ibanze ku migendekere y’amatora, zivuga ko amatora yaranzwemo ingamba zitangana zo kugabanya ibikorwa mu kwiyamamaza, kugabanya ubwisanzure bwo guterana no gukora ingendo ndetse no gukoresha nabi kuba ku butegetsi.

    Kugera ku mbuga nkoranyambaga no ku murongo wa internet na byo byarahagaritswe ku wa Kane. Ku wa Gatanu, urukiko rukuru rwo mu murwa mukuru Lusaka rwanzuye ko kugera kuri internet bikwiye gusubizwaho mu buryo bwuzuye.

    Mbere, ibyavuye mu matora byari byitezwe gutangazwa ku wa Gatanu.

    Ariko kubitangaza kuri uwo munsi byarahagaritswe nyuma y’uko zimwe mu ndorerezi nkuru z’amashyaka zinenze akanama k’amatora kugerageza gutangaza ibyavuye mu matora bitaragenzurwa.

    Umukandida ashobora kwanga ibyavuye mu matora atanga ikirego mu rukiko rurinda iremezo ry’itegekonshinga. Ibi bituma umukandida watangajwe ko yatsinze amatora adakoresha ububasha bwe nk’uwatowe kugeza icyo kirego kimaze gusuzumwa.


    source : https://ift.tt/3g2BXOY