Tag: Politiki

  • RDF n’Ingabo za Mozambique bagabye igitero gikomeye ku nyeshyamba mu gace ka Mbau – #rwanda #RwOT

    Ibyumweru bibiri bishize byabaye iby’urugamba rukomeye kuri abo barwanyi dore ko aribwo batsimbuwe mu birindiro bikuru byabo mu gace ka Mocímboa da Praia.

    Ni nyuma y’urugamba rukomeye rwagabwe, Ingabo z’u Rwanda zimwe zinyuze mu gace k’Amajyaruguru izindi mu Burengerazuba. Zimwe zari ziyobowe na Brig Gen Pascal Muhizi zaturutse ahitwa Palma mu gihe izindi ziyobowe na Lt Col James Kayiranga zaturutse ahitwa Awasse.

    Amakuru agera kuri IGIHE ni uko Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique, zatangiye kugaba ibitero mu bice izo nyeshyamba zahungiyemo. Kamwe mu duce ni akitwa Mbau, kakaba kari mu duce tungana na 10% dusigaye mu maboko y’izo nyeshyamba nk’uko Gen Maj Innocent Kabandana aherutse kubibwira IGIHE.

    Bivugwa ko izo ngabo zijya gutera Mbau, zaturutse mu bice bya Mocímboa da Praia, izindi zituruka Mueda ahari ibirindiro by’ingabo z’u Rwanda. Zose zaturutse mu mpande ebyiri ku buryo byazibashishije gutangatanga abo barwanyi.

    Agace kari kuberamo urugamba muri iki gihe ni ishyamba, bigoye kurigeramo na cyane ko risanzwe ribamo inyamaswa z’inkazi nk’uko bamwe mu baganiriye na IGIHE bamenyereye ako gace babitangaje.

    Bivugwa ko mbere y’igitero cyo kuri uyu wa Gatatu, habanje ibitero by’indege muri iryo shyamba bigamije gutatanya izo nyeshyamba ku buryo zitsinsurwa mu buryo bworoshye.

    Urufaya rw’amasasu rwarimishijwemo kuri abo barwanyi kuri uyu wa Kabiri.

    Usibye Mbau, akandi gace bivugwa ko gasigaye mu maboko y’izo nyeshyamba ni akitwa Siri I na Siri II.

    Muri uru rugamba, ahamaze kubohorwa hahita hasigara mu maboko y’abapolisi akaba aribo bahacungira umutekano mu gihe abasirikare bo bakomeza imbere barwana.

    Umutwe w’iterabwoba urwanira muri Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado witwa “Ahlu Sunnah Wa-Jama” gusa imbere mu gihugu abaturage bawita “Al Shabaab”.

    Bivugwa ko ujya gutangira, hari abantu baturutse mu mahanga [hatangwa urugero kuri Tanzania], bagatangira kujya baha abaturage amafaranga kugira ngo bikenure.

    Muri uko kubaha amafaranga, ni nako babigishaga ibijyanye n’idini ya Islam, intego ni uko intara ya Cabo Delgado yari guhinduka icyicaro gikuru cy’imitwe y’iterabwoba igendera ku matwara akaze y’idini ya Islam.

    Umuyobozi wawo ntazwi, gusa mu bantu benshi baganiriye na IGIHE bahuriza ku kuba ari “umunyamahanga” kandi ko “yahunze igihugu” kuva ubwo u Rwanda rwatangazaga ko rwohereje ingabo muri Mozambique.

    Ku rundi ruhande, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse gutangaza umugabo witwa “Bonomade Machude Omar” uzwi nka “Abu Sulayfa Muhammad” na Ibn Omar nk’abayobozi b’uyu mutwe.

    Hari bamwe mu bashinzwe umutekano bo muri Mozambique babwiye IGIHE ko aba bantu atari bo bayobora iyi mitwe, ndetse hari n’umuturage wavuze ko umwe muri aba amuzi “kuko ari kavukire mu gace ka Palma” mu gihe abawutangije bo baturuka mu mahanga.

    Bamwe mu barwanyi bawo baba bavuga Igiswahili ndetse bafite n’inyandiko zo mu Giswahili. Iyo bica, baba bavuga ngo “Allah Akbar”, hanyuma bagakata abantu imitwe bakayimanika ahirengeye, abagabo bakabakata n’ubugabo bwabo.

    Bashimuta abagore n’abana bakajya kubatoza intambara, abandi bakabagira abagore babo n’abazajya babafasha imirimo cyangwa se babatwaza imizigo. Ku bagore, ubuhamya bwinshi IGIHE yabonye ni uko batwara “abeza ku isura” gusa.

    Ibitero byagabwe Mbau n’Ingabo ziturutse Mocimbao da Praia hamwe n’izari ziturutse Mueda

    source : https://ift.tt/3k4XqaX

  • Ibyaganiriweho n'abagize Guverinoma mbere y'uko bajya mu kiruhuko #rwanda #RwOT

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame yayoboye Inama y'Abaminisitiri idasanzwe yize ku ngingo zitandukanye zirimo kugenzura gahunda yo gukingira icyorezo cya Covid-19 n'izindi ngingo zirimo ijyanye n'ingabo z'u Rwanda zoherejwe mu mahanga.

    Mu itangazo ryashyizwe hanze uyu munsi,Inama y'Abaminisitiri idasanzwe yateranye yaganiriye ku ngingo zinyuranye zirimo:

    Gahunda yo gukingira Covid-19 mu gihugu; Abanyarwanda 951,795 bamaze gukingirwa

    Impapuro mpeshamwenda za Eurobond Guverinoma iherutse gushyira ku isoko ry'u Burayi zaguzwe miliyoni 620 $.

    U Rwanda rwohereje Ingabo na Polisi mu bihugu birimo Centrafrique na Mozambique mu rwego rwo kugarura amahoro n'umutekano no guhashya ibikorwa by'iterabwoba ariyo mpamvu rwiyemeje gukomeza gufatanya n'ibi bihugu kurinda umutekano wabyo.

    Ku rundi ruhande, nyuma y'ingamba zafashwe mu rwego rwo kwirinda ko Covid-19 ikomeza gukwirakwira, Guverinoma y'u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kugerageza kwihutisha gahunda yo gukingira, aho ubu hamaze gukingirwa abaturage 8,5%, muri bo 5,4% bahawe doze imwe na ho 3,1% bakaba bamaze guhabwa ebyiri.

    Minisiteri y'Ubuzima iherutse gutangaza ko hafi 50% by'abatuye mu Mujyi wa Kigali bamaze guhabwa urukingo. Barimo abamotari, abashinzwe umutekano, abanyamakuru n'abandi bafite ibyago byinshi byo kwandura cyangwa bakazahazwa n'icyorezo ndetse n'abarengeje imyaka 40.

    Abagize Guverinoma bagiye mu kiruhuko kizarangira kuwa 31 Kanama 2021.

    Itangazo rirambuye:


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/abagize-guverinoma-bakoze-inama-mbere-y-uko-bajya-mu-kiruhuko

  • Burundi: Abakozi 8 bo mu biro bya Prezida ndayishimiye bahagaristwe mu kazi #rwanda #RwOT

    Abakozi bakuru 8 bo mu biro by'umukuru w'igihugu cy'Uburundi bahagaritswe mu kazi mu gihe cy'iminsi 15

    Abahagaritswe barimo abashinzwe gutangaza amakuru n'abandi, bashinjwa amakosa arimo gukererwa ku kazi.

    Amakuru ava mu biro by'umukuru w'igihugu avuga ko ibiro by'abo bifunze. Icyemezo cyo kubahagarika cyafashwe n'umukuru w'igihugu,Evariste Ndayishimiye.

    Uwabonye n'amaso ye ibiro by'abakozi bamwe na bamwe muri Prezidansi, yavuze ko ushinzwe gutangaza amakuru Willy Nyamitwe, umujyanama mukuru Charles Nkusi, ushinzwe iby'ingendo Godefroid Bizimana, uwahoze ari umuvugizi w'umukuru w'igihugu J.Claude Karerwa Ndenzako n'abandi, yabwiye Ijwi ry'Amerika ko ku miryango y'ibyo biro hamanitse itangazo ryanditseho ko 'abo bakozi bazagaruka ku kazi nyuma y'iminsi 15, uhereye kuri uyu wa mbere tariki 16 Kanama'.

    Abandi barebwa n'iyi ngingo nk'uko amakuru yo kwizerwa abivuga ni Albert Nasasagare, yahoze ari umukuru w'abashinzwe kugenderera umukuru w'igihugu, Jean Marie Rurimirije, Pascal Barandagiye, wahoze ari minisitiri w'ubutabera na colonel Firmin Mukwaya. Abo bose uko ari 8 itegeko ry'umukuru w'igihugu ryerekana ko ari abakozi mu bisata bitandukanye mu biro kwa Prezida Evariste Ndayishimiye.

    Umwe mu bari kuri urwo rutonde yabwiye Ijwi ry'Amerika ko intandaro y'ibihano bahawe ari ugusiba cyangwa gukererwa ku kazi.

    Kuwa gatanu ushize, hakiri kare mu gitondo, uwo mutegetsi yabwiye Ijwi ry'Amerika ko umuyobozi mukuru mu bya gisivile ( Chef de Cabinet civile) mu biro by'umukuru w'igihugu, Gabriel Nizigama, yasuye ibiro bitandukanye mu ngoro y'umukuru w'igihugu yitiriwe Ntare Rushatsi iri mu mujyi wa Bujumbura.

    Amakuru Ijwi ry'Amerika dukesha iyi nkuru ryabonye yemeza ko Gabriel Nizigama atari yateguje abakorera muri ibyo biro. Icyo gihe umukuru w'igihugu yari mu rugendo rw'akazi mu Ntara za Gitega, Mwaro, Bururi n'ahandi.

    Umwe mu bahawe ibyo bihano akeka ko umukuru w'igihugu ari we watumwe umuyobozi mukuru mu bya gisivire 'kureba uko abakozi batandukanye bakora akazi iyo umukuru w'igihugu adahari'.

    Ibihano aba bategetsi bahawe bizarangirakuwa 2 Nzeri nk'uko itangazo 'Note circulaire' mu rurimi rw'igifaransa riri ku miryango bakoreramo ribivuga.

    Uwabonye iri tangazo yemeje ko bose bahawe urupapuro rubahana rusinyweho n'umunyamabanga mu biro by'umukuru w'igihugu.

    Ijwi ry'Amerika ryashatse kumenya byinshi kuri iyi nkuru maze ribaza umuvugizi w'umukuru w'igihugu,Madamu Evelyne Butoyi ariko ntacyo yashatse kubivugaho kuko n'ubutumwa yahawe n'umunyamakuru w'iki gitangazamakuru ntiyabusubije.

    Uwavuganye n'Ijwi ry'Amerika ni Jean Claude Karerwa Ndenzako, wahoze ari umuvugizi w'umukuru w'igihugu ubu wahinduriwe imirimo.

    Mu magambo make yagize ati : 'Mwiriwe, Ibijyanye n'abakozi bo muri Présidence bibazwa Umuvugizi wa Présidence. Yitwa Evelyne Butoyi'. Twamubajije amakuru avuga ko na we ari kuri urwo rutonde rw'abahanwe,asubiza ati : 'Kubyemeza cyangawa kubihakana, naba ninjiye mu kazi k'umuvuzi w'ibiro by'umukuru w'igihugu'.

    Ingendo umukuru w'igihugu amaze iminsi akorera I Bujumbura, i Gitega ku murwa mukuru wa politike n'ahandi,akunda gushinja abakozi ba leta kudakora neza akazi kabo.

    Yaherukaga guhana ku mugaragaro bamwe mu bakozi ba leta,aho mu kwezi kwa gatandatu yirukanye ku kazi umuyobozi w'ikigo OTRACO gisuzuma kikanatanga ibyangombwa by'imodoka.

    Perezida Ndayishimiye yavuze ko yirukanye umuyobozi w'iki kigo, Albert Maniratanga kuko yari yemeye gukwirakwiza amashami y'icyo kigo mu ntara zitandukanye z'igihugu ariko ntibikorwe.

    Inyuma y'iibyumweru bibiri akuweho, amashani y'icyo kigo cya OTRACO yahise akwirakwizwa mu ntara zitandukanye nka Gitega.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/burundi-abakozi-8-bo-mu-biro-bya-prezida-ndayishimiye-bahagaristwe-mu-kazi

  • Perezida Kagame ayoboye Inama idasanzwe y’Abaminisitiri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame ayoboye Inama idasanzwe y
    Perezida Kagame ayoboye Inama idasanzwe y’Abaminisitiri

    Iyo nama kandi iragaruka no ku zindi ngingo zitandukanye, harimo n’ijyanye n’Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kugarura umutekano mu Karere.


    source : https://ift.tt/2W9duR3

  • Centrafrique: CSP Kanyamihigo yatowe nk’umupolisi w’indashyikirwa w’ukwezi – #rwanda #RwOT

    CSP Kanyamihigo ayoboye abapolisi b’u Rwanda 140 bashinzwe kurinda abanyacyubahiro bo muri iki gihugu cya Repubulika ya Centrafrique (PSU), abayobozi b’intumwa z’umuryango w’abibumbye baba muri iki gihugu ndetse bakanarinda bimwe mu bikorwaremezo bikomeye byo muri iki gihugu.

    Nk’uko bigaragara mu kinyamakuru cya MINUSCA (ECHO de la Police) nimero yacyo ya 30 ku rupapuro rwa 28 yasohotse tariki ya 15 Kanama 2021, haragaragara uko CSP Innocent Kanyamihigo n’itsinda ry’abapolisi 140 barimo abagore 22 barimo gusohoza inshingano zabo neza mu gihe gito cy’amezi atatu bamaze bageze muri kiriya gihugu kuva tariki ya 15 Gicurasi.

    Baragira bati ” Innocent, Umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bashinzwe kurinda abanyacyubahiro akomeje kubumbatira imiyoborere myiza n’ubunyamwuga biranga itsinda ayoboye. Iri tsinda ryageze mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye tariki ya 15 Gicurasi 2021 rigizwe n’abapolisi 140 harimo abagore 22.

    Umuhate no kwita ku murimo bashinzwe biranga iri tsinda birifasha kuzuza neza inshingano z’ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye barimo muri Repubulika ya Centrafrique, by’umwihariko uburyo bacungira umutekano abanyacyubahiro bigaragaza imiyoborere myiza ye (CSP Innocent Rutagarama Kanyamihigo).”

    Ubusanzwe iri tsinda ry’abapolisi b’u Rwanda rifite inshingano zo kurinda intumwa zihagarariye z’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye harimo ahatuye intumwa idasanzwe y’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye muri Centrafrique.

    Barinda Perezida w’inteko ishinga amategeko, Minisitiri w’intebe na Minisitiri w’Ubutabera. Iri tsinda kandi rinakora ibindi bikorwa bihuza abaturage n’abapolisi bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri iki gihugu cya Repubulika ya Centrafrique.

    Iri tsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bamaze amezi atatu gusa muri iki gihugu kuko basimbuye bagenzi babo tariki ya 15 Gicurasi 2021, mbere y’uko aba bapolisi bajya mu butumwa bw’umuryango w’Abimbye bahabwa impanuro n’abayobozi bakuru muri Polisi y’u Rwanda.

    CSP Kanyamihigo ayoboye abapolisi b’u Rwanda 140 bashinzwe kurinda abanyacyubahiro bo muri Centrafrique

    CSP Innocent Kanyamihigo yashimiwe uburyo itsinda ayoboye risohoza neza inshingano

    source : https://ift.tt/3k69Ak4

  • Amatora mu nzego z’ibanze agiye gusubukurwa; azatwara miliyari 3 Frw – #rwanda #RwOT

    Ubusanzwe abayobozi b’inzego z’ibanze kuva ku rwego rw’akarere kugeza ku Mudugudu bagira manda y’imyaka itanu. Iheruka yatangiye mu 2016 aho byari biteganyijwe ko igomba kurangira muri Gashyantare 2021.

    Amatora ntiyigeze aba ahubwo Sena yatoye itegeko rivuguruye rigenga amatora ryemerera abayobozi b’ibanze gukomeza inshingano zabo kubera ingamba zo kurwanya Covid-19 zabuzaga ko abantu bahurira hamwe ngo babe batora.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Amatora, Munyaneza Charles, yabwiye New Times ko umwanzuro wa nyuma w’igihe amatora azabera uzafatwa mu mpera z’uku kwezi.

    Yagize ati “Twagize ibiganiro byinshi tureba aho icyorezo cya Covid-19 kigana ariko kugeza ubu turabona bishoboka ko amatora yaba bitarenze uyu mwaka.”

    Munyaneza yavuze ko amatora agomba kubaho kubera ko umusaruro w’abari mu myanya kandi bararangije bigaragara ko ugenda uba muke.

    Kugeza ubu ibikoresho by’amatora byaraguzwe, lisiti z’itora zaravuguruwe ndetse urutonde rw’abakandida rwarakiriwe kugeza ku ya 22 Mutarama nk’uko Komisiyo y’Amatora ibisobanura.

    Imyanya igera ku 340 ni yo ihatanirwa ikaba irimo iy’abakuru b’Imidugudu, Njyanama z’Utugari, Imirenge n’Uturere (uretse utwo mu Mujyi wa Kigali) wongeyeho abahagarariye ibyiciro byihariye birimo abagore, urubyiruko, n’abafite ubumuga.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Amatora, Munyaneza Charles, yatangaje ko umwanzuro w’igihe amatora azabera uzamenyekana mu mpera z’uku kwezi

    source : https://ift.tt/3srUBVi

  • Awasse, agace Ingabo z’u Rwanda zarwaniye iminsi ine n’abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba ivumbi rigatumuka – #rwanda #RwOT

    Kuri iki kibuga, hari Abapolisi b’u Rwanda bafatanya n’aba Mozambique kugicungira umutekano amanywa n’ijoro nyuma y’uko cyambuwe imitwe y’iterabwoba. Aho urahava ugakora urugendo rw’ibilometero birenga 25 rukugeza ahitwa Sagal, ahari inkambi y’Ingabo z’u Rwanda.

    Winjiye muri iyi nkambi, uhingukira ku mahema mato aba ari mu mpande n’impande ari nayo abasirikare bifashisha iyo bashatse kuruhuka.

    Aha niho urugamba rwo kubohora intara ya Cabo Delgado by’umwihariko gufata Umujyi wa Mocimboa da Praia rwatangiriye ku ngabo z’u Rwanda zaciye mu Burengerazuba.

    Twibukiranye ko rwagabwe runyuze mu byerekezo bibiri, kimwe cyo mu Majyaruguru aho Ingabo zaturutse Afungi zinyura Palma zigera Mocimboa da Praia ziyobowe na Brig Gen Pascal Muhizi izindi zihaguruka Mueda zinyura Awasse zihurira n’izindi Mocimboa de Praia ziyobowe na Lt Col James Kayiranga.

    Ingabo z’u Rwanda zageze Awasse hashize iminsi mike inyeshyamba zimereye nabi Ingabo za Leta ku buryo hari n’igifaru zatwitse.

    Kuva Mueda kugera Macimboa da Praia, hose habereye imirwano ikaze. Iya mbere yabereye mu gace kitwa Diaca, zimaze kuhansinsura umwanzi ziza gusanga imbere ahitwa Awasse ariho hari ibirindiro bye bikomeye.

    Awasse zaharwaniye ubutaruhuka iminsi ine. Urugamba rwatangiye ku wa 23 Nyakanga, Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zirahakambika ariko umunsi ku wundi inyeshyamba zigakomeza kwisuganya zishaka kuhisubiza.

    Major Fred Habarugira ni umwe mu basirikare b’u Rwanda bari bahari icyo gihe ndetse yahageze mu ba mbere, imbunda ye itangira kurekura urufaya rw’amasasu.

    Ati “Awasse byari ibirindiro bikuru by’umwanzi, cyane cyane bimufasha kugira ngo ahuze ingabo ze mu byerekezo bitandukanye. Iki cyerekezo mureba haruguru kijya muri Komine yitwa Muidumbe, Macomia na Mbau ariho yari afite ibirindiro bye bikuru, hano hakurya hakaba ikindi cyerekezo cyitwa Panjele Mitope naho yari ahafite ibirindiro bivuze ko ariho hari izingiro ry’ibikorwa byose.”

    Awasse uyu munsi hari Ingabo z’u Rwanda nyinshi zigenzura ko abarwanyi b’uwo mutwe w’iterabwoba batakongera gushaka guhungabanya umutekano. Iyo uhageze, ubona ibifaru byinshi yaba iby’Ingabo n’ibya Polisi binyuranyuranamo.

    Haracyari ibisigazwa by’ibintu byangijwe n’iyo mitwe, nka Station y’Amashanyarazi yatangaga umuriro mu nkengero za Diaca, Awasse, Chitunda, Ntotwe n’ahandi.

    Ku wa 28 Nyakanga 2021, Ingabo z’u Rwanda zahiciye inyeshyamba eshanu zizambura n’imbunda umunani. Imbunda zakoreshwaga n’abo barwanyi ziriho amazina yabo nka AbdulKarim, Black n’andi.

    Zabaga zitwaje amashoka, ibyuma ndetse n’imbunda zirimo izo mu bwoko bwa AK47,RPG na Machine Gun. Ibyuma nibyo zifashisha zikata abantu imitwe zikayimanika ku biti ahirengeye.

    Muri aka gace niho hakomerekeye umusirikare w’u Rwanda ndetse mu nzira ajyanwa kuvurirwa Afungi, izo nyeshyamba zitega abari bamujyanye zibarasaho ariko birwanaho ahubwo bicamo babiri.

    Major Habarugira ati “Twaharwaniye iminsi ine kugeza ubwo umwanzi atsimbuwe biba ngombwa ko tujya no kurasa epfo iyi ku kiraro kugira ngo tumubuze gukomeza kuza hano noneho biba ngombwa ko n’izindi ngabo zacu zari mu bice bya Palma zimanuka agasa n’aho arashwe mu byerekezo bibiri.”

    Ku itariki 24 Nyakanga kugera kuri 2 Kanama, imirwano nibwo yari ikaze muri ako gace kugeza ubwo inyeshyamba zikuriwe mu nzira bikaba n’impamvu yo gufata Mocimboa da Praia, icyicaro gikuru cyazo.

    Umwe mu bapolisi bo muri Mozambique yabwiye itangazamakuru ko bwa mbere yumva ibikorwa by’iyo mitwe y’iterabwoba, yari ahitwa Mocimboa da Praia ku buryo atasobanukiwe neza.

    Ati “Barabanje batwika inzu, bica abantu babakase imitwe nk’inka.”

    Jesus ni umusirikare mu Ngabo za Mozambique wagereranya na Special Forces zo mu Rwanda. Yavuze ko kuva aho batangiye gukorana n’Ingabo z’u Rwanda, ibintu byinshi byahindutse kubera amakuru y’ubutasi zibaha.

    Ati “ Baje hano kudufasha, baduha amakuru akomeye ajyanye n’umwanzi, akazi kabo ku rugamba ni ntagereranywa, baduha amakuru meza y’ubutasi kandi badufashije kugaruza Mocimboa de Praia.”

    Ubu nibura 90% by’Intara ya Cabo Delgado biri mu maboko y’Ingabo za Leta n’iz’u Rwanda. Ibice bisigaye ni Siri I na Siri II ndetse na Mbau.

    Ku Kibuga cy’Indege cya Mueda, hari imodoka nyinshi za gisirikare zangijwe n’abarwanyi bo muri iyi mitwe y’iterabwoba

    Hari n’ibifaru by’Ingabo za Mozambique byangijwe n’ibyo byihebe

    Ibyo byihebe byafatanywe imbunda n’ibisasu byo mu bwoko butandukanye

    Station y’amashanyarazi ikwirakwiza umuriro mu gace ka Awasse yatwitswe n’ibyo byihebe

    Awasse hakambitse ingabo z’u Rwanda nyinshi zifatanya n’iza Mozambique mu gucunga umutekano w’ako gace

    Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bafatanya muri aka kazi umunsi ku wundi

    Imodoka nini zifashisha intwaro ziba zinyuranyuranamo muri ako gace

    Abapolisi b’u Rwanda bifashisha ibifaru by’ubururu muri aka kazi

    source : https://ift.tt/3iWvuXJ

  • Hamenyekanye impamvu yatumye Abatalibani bafata Afghanistan mu kanya gato banakoresheje imbunda ziciriritse #rwanda #RwOT

    Mu byumweru bicye bishize, abarwanyi b'aba Taliban, ahanini bitwaje imbunda ziciriritse za AK-47, banyanyagiye muri Afghanistan urebye nta kibazo gikomeye bahuye na cyo.

    Ikiganiro Newsnight cya BBC cyabwiwe ko imwe mu mpamvu z'ingenzi zatumye igisirikare cya Afghanistan kirindimuka ari uko umubare nyawo w'abasirikare bari bakigize wari igice gito cy'uwatangazwaga n'abategetsi.

    Perezida w'Amerika Joe Biden yakomeje kugenda avuga ko igisirikare cya Afghanistan cyari kigizwe n'abasirikare 300,000, kandi ko cyahawe miliyoni amagana z'amadolari y'Amerika ku bikoresho n'imyitozo.

    Ariko abantu babiri bari mu myanya ituma bamenya amakuru ya nyayo, babwiye umunyamakuru Richard Watson wa BBC Newsnight ko umubare nyakuri w'abari abasirikare ba Afghanistan wari muto cyane kurusha uwatangazwaga – ko bageraga ku basirikare hafi 50,000.

    Umunya-Afghanistan ubizi mu buryo butaziguye yabwiye ikiganiro Newsnight ko mu nama hamwe n'uwahoze ari Minisitiri w'ububanyi n'amahanga Salahuddin Rabbani, Bismillah Khan Mohammadi wari umaze kugirwa Minisitiri w'ingabo yagaragaje guhangayika atewe no kuba umubare nyakuri w'abasirikare ari 50,000 gusa.

    Undi muntu, inzobere mu bijyanye n'iterabwoba Dr Sajjan Gohel, na we yashyigikiye uwo mubare w'abasirikare 50,000.

    BBC Newsnight ntabwo yashoboye kugenzura uwo mubare – ariko niba ari ukuri, wasobanura impamvu aba Taliban bigaruriye imirwa mikuru y'intara za Afghanistan, na nyuma bagafata umurwa mukuru Kabul, mu buryo bworoshye cyane.

    BBC Newsnight yabajije ibiro bya perezida w'Amerika bya White House niba amakuru y'ubutasi agaragaza ko icyari igisirikare cya Afghanistan cyari kigizwe n'abasirikare 50,000 gusa yareretswe Perezida Biden.

    Umuvugizi wa White House yanze kugira icyo asubiza.

    Inkuru ya BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/hamenyekanye-impamvu-yatumye-abatalibani-bafata-afghanistan-mu-kanya-gato

  • UN irasaba ko muri Mozambique hongerwa imfashanyo mu buryo bwihuse #rwanda #RwOT

    Ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku bimukira ryasabye ko habaho 'kwagura kwihuse' kw'ibikorwa by'imfashanyo no kongerera inkunga ibikorwa byaryo mu ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique.

    António Vitorino, umukuru w'umuryango mpuzamahanga wita ku bimukira (International Organisation for Migration, IOM) uri mu ruzinduko muri Mozambique, yavuze ko ubwo bufasha bucyenewe mu kugoboka abantu babarirwa mu bihumbi amagana bakuwe mu byabo n'umutekano mucye muri ako karere.

    Yagize ati: 'Inyongera nyinshi y'inkunga iracyenewe ngo ifashe mu bicyenewe byo kurengera ubuzima no gukora kuburyo habaho ibisubizo birambye, cyane cyane mbere yuko igihe gitaha cy'imvura n'umuyaga kigera mu kwezi kwa cumi na kabiri'.

    Umukuru wa IOM yasuye akarere ka Metuge, kakiriye abantu bagera hafi ku 125,000 mu barenga 800,000 bataye ingo zabo kuva mu mpera y'umwaka wa 2017.

    Umuryango IOM wavuze ko watanze imfashanyo ku bantu barenga 600,000 mu ntara ya Cabo Delgado hagati y'ukwezi kwa mbere n'ukwa karindwi uyu mwaka, harimo no kububakira aho kwikinga cyangwa mu nkunga yo kongera kwiyubaka no kubaha ibikoresho byo mu nzu.

    BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko uyu muryango uvuga ko ibikorwa byawo biterwa inkunga nkeya.

    Ugereranya ko ucyeneye miliyoni 58 z'amadolari y'Amerika (agera kuri miliyari 58 mu mafaranga y'u Rwanda) kugira ngo ushobore gutanga ubufasha mu bikorwa byihutirwa ndetse no mu bikorwa bya nyuma y'amakuba.Kuva mu 2017, intara ya Cabo Delgado yaranzwemo ibitero by'imitwe yitwaje intwaro.

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/18/un-irasaba-ko-muri-mozambique-hongerwa-imfashanyo-mu-buryo-bwihuse/

  • Amasomo y’ingenzi abadepite bo muri Nigeria bavanye mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri, tariki 17 Kanama 2021, nyuma yo kugirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Mukabalisa Donatille, mu ruzinduko rw’akazi we n’itsinda ry’abadepite ayoboye bagiriye i Kigali.

    U Rwanda rweretse aba badepite bo muri Nigeria gahunda zitandukanye zashyizweho n’igihugu mu kwimakaza imiyoborere myiza no kuzamura imibereho y’abaturage.

    Mu byo beretswe harimo uko abagore bafite ubwiganze bwa 61.25% mu Nteko, bakaba ari 49 mu gihe abagabo ari 31. Hari kandi ibijyanye na gahunda y’ubumwe bw’Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Mu bindi byagaragarijwe muri ibi biganiro harimo uburyo Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda igira uruhare mu kwimakaza gukorera mu mucyo, kubazwa inshingano kw’abayobozi muri guverinoma ndetse no guharanira ko habaho ikoreshwa neza ry’umutungo wa leta.

    Depite Edward Uchenna Ubosi yavuze ko we n’itsinda bazanye bize byinshi kandi bagiye kubijyana iwabo muri Nigeria bakabisangiza abo basizeyo ku buryo bizafasha mu iterambere ry’igihugu cyabo.

    Ati “Rero ibyo twigiye ku Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, tugiye kubisangiza n’Abanya-Nigeria kuko twabonye ko mu Rwanda hari ibintu byinshi byiza ariko cyane cyane ibintu bijyanye n’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore ndetse n’iterambere ry’u Rwanda ryatunejeje.”

    Yakomeje agira ati “Uko igihugu cyiyubatse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kandi buri muntu wese mu Rwanda ahawe agaciro kuko twishimiye kumva ko n’abafite ubumuga n’urubyiruko na bo bahagarariwe mu Nteko Ishinga Amategeko.”

    Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, yavuze ko uruzinduko nk’uru rushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’abaturage b’ibihugu byombi.

    Ati “Ni ibintu rero twebwe twishimira kandi iyo tubonye Inteko zishinga Amategeko zikomeje kugirana uwo mubano, bifasha kubera ko Inteko Ishinga Amategeko baba bahagarariye abaturage, baba bashinzwe abaturage.”

    Yakomeje agira ati “Iyo rero tubashije gukomeza kugirana uwo mubano, ntabwo ari mu rwego rwo guhura tukagirana ibiganiro gusa hari n’izindi mbuga duhuriramo, ibyo rero uwo mubano uba ugamije buri gihe guteza imbere abaturage b’ibihugu bitandukanye.”

    Ibi biganiro kandi byanitabiriwe n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye barimo Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Imiyoborere, RGB, Dr. Usta Kayitesi, ndetse n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Obadiah Biraro.

    Biteganyijwe ko mu ruzinduko rwabo, Abadepite bo muri Nigeria basura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, ndetse bakaza no gusura Ingoro Ndangamurage y’Urugamba rwo Kubohora u Rwanda no Guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Nigeria, Edward Uchenna Ubosi na mugenzi we w’u Rwanda, Mukabalisa Donatille

    Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille yavuze ko umubano w’ibihugu byombi ukomeje kubakwa binyuze mu bagize Inteko

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Obadiah Biraro, yagaragarije Abadepite bo muri Nigeria uko u Rwanda rukomeje gukumira ikoreshwa nabi ry’umutungo wa Leta

    Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Imiyoborere, RGB, Dr. Usta Kayitesi yagaragaje gahunda za Leta y’u Rwanda zo kwimakaza imiyoborere n’imibereho myiza

    Ibiganiro ku mpande zombi byabereye mu cyumba cy’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura

    source : https://ift.tt/3k2vViq