Tag: Politiki

  • Icyo Ambasaderi w’u Bwongereza atekereza ku ifungurwa rya BBC, urubanza rwa Rusesabagina n’ibindi – #rwanda #RwOT

    Ambasaderi Daair wasimbuye Joanne Lomas, ni umugabo ufite inararibonye mu bya politiki mpuzamahanga, aho amaze imyaka 20 muri ako kazi, ndetse si mushya muri Afurika kuko yakoze mu bihugu nka Misiri, Sudani ndetse Se umubyara akaba afite inkomoko muri Tanzania.

    Daair umaze ukwezi mu Rwanda, amaze kugira ishusho ngari ku isura y’u Rwanda kuko yatembereye muri Pariki y’Akagera, ndetse yanamaze kwerekana amarangamutima ye ku muziki w’u Rwanda, aho yavuze ko Album nshya ya Rita Kagaju, ‘Sweet Thunder’, iri kubica bigacika mu bikoresho bimufasha kwidagadura iwe.

    Uyu mugabo yavuze ko azi byinshi ku Rwanda, nk’igihugu cyihuta mu iterambere, ndetse gifite ubuyobozi bufite intego, ashimangira ko intego ye ‘ari ugukomeza kubaka umubano mwiza binyuze mu guteza inzego zirimo uburezi, guhanga imirimo, kongera ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi ndetse no guhangana n’ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe’.

    Rusesabagina ntiyaba agatotsi hagati y’umubano w’u Bwongereza n’u Rwanda

    Nyuma y’ifatwa n’izanwa mu Rwanda rya Paul Rusesabagina, bamwe mu badepite b’u Bwongereza bavuze ko uburyo uyu mugabo yafashwemo butubahirije amategeko mpuzamahanga, ndetse basaba ko adakwiye kuburanishwa ahubwo akwiye kurekurwa.

    Ni mu gihe nyamara ibitero by’iterabwoba byakozwe n’umutwe wa FLN wari Ishami rya gisirikare ry’Impuzamashyirahamwe MRCD yari ikuriwe na Rusesabagina, byatumye ibihugu birimo u Bwongereza biburira abaturage babyo bashoboraga gukorera ingendo mu gice cy’Amajyepfo ashyira Iburengerazuba bw’u Rwanda, ari na cyo gice ibi bitero byabereyemo.

    Ambasaderi Daair yavuze ko imibanire hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda ihagaze neza, ku buryo urubanza rumwe rutatuma ibintu byose bihinduka, gusa ashimangira ko buri muntu wese, utari Rusesabagina gusa, akwiye guhabwa ubutabera bwuzuye imbere y’amategeko.

    Yagize ati “Ikintu cy’ingenzi kuri twe, ni uko buri muntu wese, bitari umuntu runaka gusa, abona ubutabera bwuzuye igihe ari imbere y’amategeko. Ikintu cy’ingenzi ni uburyo urubanza rugenda, hagakurikizwa amategeko mu buryo bwuzuye. Sinavuga ku mwanzuro w’urubanza, ntekereza ko biri mu maboko y’urukiko.”

    Uyu mugabo kandi yavuze ko adatekereza ko urubanza rumwe rushobora guhungabanya umubano mwiza usanzwe hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda.

    Ati “Sintekereza ko urubanza rumwe rwahindura imibanire y’ibihugu by’inshuti. Gusa nanone [uru rubanza] ni urugero rwiza rw’uko dushobora kuba inshuti, ariko tukanagira ibyo tutumvikanaho, iyo ibihugu bifitanye umubano mwiza, bishobora kubwizanya ukuri no [kutumvikana ku bintu bimwe na bimwe], ariko icy’ingenzi ni uko ubufatanye bukomeza.”

    Amaherezo y’abakekwaho Jenoside bacyihishe mu Bwongereza

    Mu mpapuro zirenga 1.100 zatanzwe n’u Rwanda mu bihugu bicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bacyihishe mu mahanga, eshanu muri zo zatanzwe mu Bwongereza kuva mu 2007.

    Izo mpapuro zigenewe abarimo, Celestin Ugirashebuja, Charles Munyaneza, Emmanuel, Celestin Mutabaruka na Vincent Bajinya.

    Mu 2008, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatsinze urubanza rwari rugamije kugarura aba bagabo mu Rwanda, ariko inkiko zo mu Bwongereza ziza kwemeza ko batagomba koherezwa mu Rwanda mu 2009, nyuma yo kwanzura ku bujurire bwari bwatanzwe n’aba bagabo.

    Mu 2017, Urukiko Rukuru rw’u Bwongereza rwemeje ko hari ibimenyetso simusiga byerekana ko aba bagabo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko ko batazoherezwa mu Rwanda kuko ‘byaba ari ukubangamira uburenganzira bwabo’.

    Yagize ati “Numva neza uburemere bw’iki kibazo, Leta yambwiye neza uburemere gifite ndetse n’abantu ku giti cyabo barabimbwiye, rero ndumva uburemere bwabyo. Gusa iki ni ikibazo kiri mu butabera, uburyo urwego rw’ubutabera bukora mu Bwongereza, ntabwo bwemera ko inzego za politiki zinjira mu mikorere y’inkiko. Ntabwo byatanga umusaruro mwiza mu gihe byagaragara ko Leta iri kwivanga mu mikirize y’urubanza…ndabyumva ko byatinze, ariko [inzira z’ubutabera] zitwara igihe kirekire.”

    Nta cyizere cyo gufungura Ishami ry’Ikinyarwanda rya BBC mu bihe bya vuba

    Mu 2015, Leta y’u Rwanda yafunze Ishami ry’Ikinyarwanda ry’Ikigo cy’Itangazamakuru cy’u Bwongereza, BBC. Icyo gihe Leta yashinjaga icyo kigo kunyuzaho filime yiswe ‘Untold Story’, ikubiyemo amakuru ahakana akanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

    Ambasaderi Daair yagaragaje uruhare rwa BBC muri Afurika, ati “Mbabajwe n’uko bikimeze gutya [BBC igifunzwe], ntekereza ko BBC yagize uruhare rwiza muri Afurika, nk’ubu umubyeyi wanjye yakoresheje BBC nka bumwe mu buryo bwo kwihugura mu rurimi rw’Icyongereza, kandi ntekereza ko n’abandi bantu bayibyaje umusaruro mu kwiga Icyongereza no kumenya amakuru.”

    Uyu muyobozi ariko nta cyizere yatanze ku gihe iri Shami rishobora kuzafungurirwa, ati “Sinari mpari muri 2015 ngo nkurikirane iki kibazo, ariko ntekereza ko BBC igifite agaciro, nizeye ko dushobora kuzongera [kuyumva mu Kinyarwanda] hano [mu Rwanda]. Ntacyo navuga kuri iyi ngingo aka kanya ariko ndizera ko tuzakomeza kuganira kuri iki kibazo.”

    Uyu muyobozi kandi yijeje ko imyiteguro y’Inama y’Ibihugu biri mu Muryango wa Commonwealth ikomeje kugenda neza, kandi ko ‘hari icyizere cy’uko izaba mu mwaka utaha’ bitewe n’ibikorwa byo gukingira biri kuba hirya no hino ku Isi.

    Uyu mugabo yavuze ko u Bwongereza bwiyemeje kuzatanga inkingo ‘miliyoni 100 bitarenze Kamena umwaka utaha, kandi miliyoni 80 zikazashyirwa muri gahunda ya Covax igamije gusaranganya inkingo, ku buryo u Rwanda n’ibindi bihugu bizayungukiramo.

    Ambasaderi mushya w’u Bwongereza mu Rwanda, Omar Daair, yavuze afite intego yo guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, binyuze mu guteza imbere uburezi, ubucuruzi n’ibindi bikorwa by’iterambere

    source : https://ift.tt/3giSYEC

  • Burundi: Minisitiri w'Intebe yamaganye ibyo kugirana umubano mwiza n'u Rwanda #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru, Minisitiri Bunyoni,yavuze ko yarangije kureba aho abaminisitiri be bagejeje bashyira mu bikorwa imigambi ya leta.

    Alain Guillaume Bunyoni yavuze ko umubano w'u Burundi n'u Rwanda “itaragenda neza kuko ibyo twasabye u Rwanda n'ubu ntirurabitanga.”

    Mu kwezi kwa karindwi, umukuru w'igihugu cy'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yavuze ko ari “igitangaza” kubona u Rwanda rwoherezaMinisitiri w'intebe,Edouard Ngirente, kuruhagararira mu birori byo kwizihiza imyaka 59 u Burundi bubonye ubwigenge.

    Alain Guillaume Bunyoni yagarutse ku byo u Burundi bwashinje u Rwanda kuva mu 2015 harimo guha icumbi abashatse guhirika ubutegetsi mu Burundi mu 2015

    Alain Guillaume Bunyoni yavuze ko abari bateguye guhirika ubutegetsi “guhera kuri general Godefroid Niyombare bageze mu Rwanda bakirwa nk'abami , ibyo birazwi”.

    Yagize ati”Ntacyo bakora hariya mu Rwanda ngo twebwe Abarundi ntitukimenye kuko dufiteyo incuti, tuvuga ururimi rumwe, ibyo rero ni ibintu bisanzwe bigaragara.”

    Ibyo u Rwanda rushinjwa n'u Burundi rurabihakana ,ahubwo narwo rushinja u Burundi ko abarurwanya bo mu mu mutwe wa FLN batera bava mu Burundi aho bafite ibirindiro.

    Alain Guillaume Bunyoni, muri icyo kiganiro yabonetse akeye mu maso yambaye ishati yera,karavati itukura na costume yirabura.

    Mu kuramutsa abanyamakuru bari bahari yashimiye Imana kuko ikimurindiye ubuzima,yongeraho ko kugeza ku isaha icyo kiganiro cyabereyeho yari ameze neza.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/burundi-minisitiri-w-intebe-yamaganye-ibyo-kugirana-umubano-mwiza-n-u-rwanda

  • Zambia: Perezida mushya Hakainde Hichilema yahoze aragira inka (Byinshi ku buzima bwe) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hakaide Hichilema, Perezida mushya wa Zambia
    Hakaide Hichilema, Perezida mushya wa Zambia

    We yivugira ko ari umuntu usanzwe, wahoze aragira inka ‘cattle boy’, ariko akaza kugira amahirwe. Ayo mahirwe ngo ni yo yifuza kugeza ku bana ba Zambia kugira ngo bagere kure kurusha aho we ageze, cyane ko anabarirwa mu baherwe.

    Mu 2016, Hichilema yiyamamarije kuyobora Zambia, ariko aratsindwa, aho yari afite amajwi 100.000 gusa, mu gihe uwo bari bahanganye Edgar Lungu yari afite amajwi agera kuri Miliyoni.

    Hichilema ubu ufite imyaka 59 y’amavuko, kuri iyi nshuro yatsinze Edgar Lungu bari bahanganye mu matora. Gusa amwizeza ko nta kibazo azagira ndetse adakwiye guhagarika umutima.

    Hichilema si mushya muri Politiki ya Zambia, we ubwe yivugira ko ayirambyemo ndetse akaba amaze gufungwa inshuro 15 kuva yakwinjira muri Politiki.

    Nka Perezida mushya wa Zambia, Hichilema ngo agiye guhangana n’ikibazo cy’ubukungu bw’igihugu buhagaze nabi, kuko ku butegetsi bwa Lungu asimbuye, kimwe cya kabiri cy’abaturage ba Zambia bari munsi y’umurongo w’ubukene, kandi ibyo byari bimeze bityo na mbere y’uko icyorezo cya Covid-19 kigera muri icyo gihugu.

    Mu ijambo yavuze nyuma yo gutorerwa kuyobora Zambia, Perezida Hichilema yagize ati “Dufite inshingano ikomeye yo kungera kuzamura ubukungu bwacu kugeza ku rwego mwifuza. Ni urugendo rukomeye ruzaba rurimo kuzamuka no kumanuka, ariko ndizera ko nidukorana imbaraga n’ishyaka, tuzashobora kubageza ku buzima bwiza”.

    Hichilema ubu uyoboye Zambia nka Perezida mushya, ni umwe mu bantu ba mbere bakize cyane muri icyo gihugu, ariko ngo yabigezeho abikesheje gukora cyane.

    Aganira n’Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa ‘AFP’ yagize ati “Ndi umuhungu waragiraga inka… ni rwo rukundo rwo mu bwana, ndi umuturage usanzwe, ndi umunyafurika usanzwe.

    Mu mbwirwaruhame yagejeje ku baturage ba Zambia nka Perezida mushya tariki 16 Kanama 2021, Perezida Hichilema, ubundi bita ‘HH’ (inyuguti zitangira amazina ye), yibukije uko yajyaga ajya ku ishuri atagira inkweto zo kwambara.

    Yongeraho ati”Nabonye amahirwe, turashaka ko ayo mahirwe agera no ku bana bacu, bakazavamo abantu bakomeye no kurusha HH”.

    Hichilema ngo avuka mu muryanyo ukennye, mu Majyepfo ya Zambia, muri ‘District’ ya Monze, ariko umuhate we wamuhesheje kubona ‘buruse’ ajya kwiga muri Kaminuza ya Zambia.

    Aho muri Kaminuza ya Zambia yahavanye impamyabushobozi ya ‘A0’ mu bijyanye n’ubukungu ‘Economics and business administration’ nyuma aza no gukomeza amashuri ye, abona impamyabushobozi ya ‘MBA’ yakuye muri Kaminuza ya Birmingham mu Bwongereza.

    Nk’uko bitangazwa n’ishyaka rye, Hichilema ku myaka 26 gusa y’amavuko, yari Umuyobozi mukuru ‘CEO’, w’ishami rya Sosiyete Mpuzamahanga y’icungamari muri Zambia.

    Ni uko ngo yatangiye kuzamuka, aza no kugera ku rwego rwo kuba mu bakire ba mbere mu Zambia, kubera ko yakoraga ishoramari mu bice bitandukanye, iby’ubuzima, iby’ubukerarugendo n’ibindi.

    Bamwe mu bakurikira ibya Politiki ya Zambia, bavuga ko intsinzi ya Hichilema mu matora aheruka, ayikesha kwiyegereza urubyiruko n’abaturage borohoje, nawe ngo wasangaga yiyoroheje , akambara imyenda adodesha mu batayeri basanzwe, ubundi akambara amakoboyi n’ibindi.

    Mu ijambo yagejeje ku baturage tariki 16 Kanama 2021, yavuze ko manda ye nirangira azava ku butegetsi mu mahoro.

    Yagize ati” Ndashaka kwizeza abaturage ba Zambia hakiri kare ko, igihe cyacu cyo kuva ku butegetsi nikigera, tuzagenda neza mu mahoro”.

    Perezida Hichilema ngo ni umukirisitu, akomoka mu bwoko bwitwa ‘Tonga’ akaba ari Umugabo wubatse, afite umugore n’abana batatu.


    source : https://ift.tt/3D4AUaT

  • Ababyeyi bagaragaye bari kujugunya abana babo inyuma y'uruzitiro rw'amashanyarazi babahungisha Abatalibani [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Ubuzima bukomeje kuba bubi ku baturage batifuza kuyoborwa n'Abatalibani baherutse gufata igihugu cya Afghanistan kuko hari amashusho yagaragaye ababyeyi bari kujugunya abana babo inyuma y'uruzitiro rw'ikibuga cy'indege cya Kabul kugira ngo babahungishe.

    Abagore bari bafite ubwoba bwinshi,bagaragaye bari kujugunya abana babo babanyujije hejuru y'uruzitiro rwari rwashyizwemo amashanyarazi ku kibuga cy'indege cya Kabul hanyuma bagasaba abongereza bari imbere muri icyo kibuga kubabajyanira ahari umutekano.

    Ibi byabaye ubwo aba Batalibani barasaga amasasu menshi mu bantu bigaragambyaga bashaka guhunga abandi bakabakubita inkoni nyinshi.

    Umuryango wa Hoteli yitwa Baron iri hafi y'ikibuga cy'indege cya Kabul niwo wakoreshwaga n'abanya Afghanistan benshi bashakaga guhungira muri UK.

    Aha hari harinzwe n'abakomando b'Abatalibani batari bafite impungenge zo kurasa uwo ariwe wese ushatse kuhegera.

    Umwe mu basirikare yabwiye The Independent ati 'Abagore bamwe bari bataye umutwe kubera gukubitwa n'abatalibani.Basakuzaga bati 'Tabara umwana wanjye,bakatujugunyira abana.Bamwe mu bana bwagwaga ku nsinga z'amashanyarazi.Byari biteye ubwoba kubibona.Nyuma nta mugabo n'umwe muri twe warize.'

    Abatalibani batangiye kugaragaza ishusho nyayo yabo ku munsi w'ejo kuko bishe abigaragambya,bakubita abantu,baranabahohotera bikabije.

    Nibura abantu 3 bapfuye abandi 6 barakomereka cyane Ubwo abatalibani barekuraga umuriro mu baturage ahitwa Jalalabad mu burasirazuba bwa Afghanistan.





    Abatalibani batangiye Politiki y'urugomo no kwica

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/ababyeyi-bagaragaye-bari-kujugunya-abana-babo-inyuma-y-uruzitiro-rw

  • Senateri Havugimana wavuze ko abiyahura bakwiye kunywa uburozi aho gusimbuka étage yasabye imbabazi – #rwanda #RwOT

    Ibi Senateri yabitangaje mu butumwa yashyize kuri Twitter ku wa 18 Kanama 2021, nyuma y’uko hamenyekanye inkuru y’ Umukarani wagerageje kwiyahura ku nyubako y’isoko ry’Inkundamahoro iherereye i Nyabugogo.

    Kimwe n’abandi Banyarwanda benshi, Senateri Havugimana abinyujije kuri Twitter yagize icyo avuga kuri uku kwiyahura, gusa abantu baza kugaragaza ko ibyo yavuze bidakwiye.

    Muri ubu butumwa yamaze gusiba yavuze ko abubaka inzu bajya bashyiraho utwuma tureture tuzwi nka grillage, kugira ngo bikumire abifashisha inyubako biyahura.

    Senateri Havugimana yavuze ko abagiye kwiyahura bajya bakoresha ubundi buryo.

    Ubu butumwa ntibwakiriwe neza n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bagaragaje ko iyi mvugo ihutaza abafite ikibazo mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe, bityo ikaba idakwiye ku muyobozi uri mu rwego nk’urwe.

    Uwitwa Gedeon yagize ati “Nyakubahwa mu byubahiro byanyu, kugira abantu inama yo kwiyahura bakoresheje ubundi buryo ntibikwiye, ntibikwiye kuvugwa na Senateri. Imbaraga zikwiye gushyirwa mu gukemura ibibazo bituma biyahura, mushyireho uburyo bwo kuganiriza abantu nk’igisubizo kimwe muri byinshi.”

    Nyuma yo kubona ko ibyo yavuze bitakiriwe neza, Senateri Havugima yakomeje gusobanura ibyo yavuze agira ati “Imyubakire y’imiturirwa yahindurwa kugira ngo ntikoreshwe mu buryo bwo kwiyahura. Nko guhera kuri etaje ya gatatu ntibashyireho urubaraza! Naho kwiyahura byo bizahoraho!”

    Yakomeje avuga ko imvugo ye itagamije kwigisha abantu kwiyahura ko ahubwo byahozeho no kuva kera.

    Ati “Mwanyumvise nabi rwose! Kwiyahura byahozeho kuva kera kandi ntibizashira. Ariko uburyo abantu biyahura byo umuntu yagira icyo abikoraho. Ntawe nigishije uko biyahura. Uretse ko n’ibitabo bibivuga byanditswe kuva kera. Ndashaka ko abantu bareka gukoresha imiturirwa biyahura.”

    “Ni ingaruka z’amateka mabi igihugu cyanyuzemo. Ahubwo ubushakashatsi bwagaragaje ko nk’ingaruka za jenoside zo ababyeyi bazisigira ababakomokaho! Abantu bakomeza bakigisha bakaganiriza abahungabanye kurusha abandi.”

    Imyubakire y’imiturirwa yahindurwa kugira ngo ntikoreshwe mu buryo bwo kwiyahura. Nko guhera kuri etaje ya gatatu ntibashyireho urubaraza! Naho kwiyahura byo bizahoraho!

    — Emmanuel Havugimana (@manuhavuga) August 19, 2021

    Mwanyumvise nabi rwose! Kwiyahura byahozeho kuva kera kandi ntibizashira. Ariko uburyo abantu biyahura byo umuntu yagira icyo abikoraho. Ntawe nigishije uko biyahura. Uretse ko n’ibitabo bibivuga byanditswe kuva kera. Ndashaka ko abantu bareka gukoresha imiturirwa biyahura

    — Emmanuel Havugimana (@manuhavuga) August 19, 2021

    Ibi bisobanuro bya Senateri Havugimana byabaye nko kumena lisansi mu muriro, maze abakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeza kumwereka ko ibyo ari kuvuga bidakwiye kandi ko bidatanga igisubizo ku kibazo cy’umubare munini w’abantu bakomeje kwiyahura.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Kanama 2021, Senateri Havugimana abinyujije kuri Twitter yasabye imbabazi avuga ko iki kibazo cyo kwiyahura yagifashe mu buryo budakwiye.

    Ati “Ndasaba imbabazi kubera ubutumwa nanditse kuri Twitter. Ndemera ko iki kibazo cyo kwiyahura n’ubuzima bwo mu mutwe muri rusange gikwiye kwitabwaho, inzego zose bireba zikakiganiraho. Ngiye gufata umwanya wo kurushaho kubisobanukirwa. Nsabye imbabazi ku uburyo nafashe iki kibazo.”

    Ndasaba imbabazi kubera ubutumwa nanditse kuri twitter. Ndemera ko iki kibazo cyo kwiyahura n’ubuzima bwo mu mutwe muri rusange gikwiye kwitabwaho, inzego zose bireba zikakiganiraho. Ngiye gufata umwanya wo kurushaho kubisobanukirwa.Nsabye imbabazi ku uburyo nafashe iki kibazo.

    — Emmanuel Havugimana (@manuhavuga) August 19, 2021

    Uku gusaba imbabazi kwakiriwe neza ndetse abenshi bamwereka ko bamubabariye, ndetse ko bibaho ko umuntu yavuga ikintu atumva uburemere bwacyo neza.

    Bwana Senateri, gusaba imbabazi abanyarwanda nk’umuyobozi wo kurwego uriho nibyiza numara gusobanukirwa no gusoma byinshi ku mpamvu zituma abantu biyaka ubuzima muzafashe yaba muri Sena no mu nteko gutangiza ibiganiro byafasha leta mu kubona uko imibare ya biyahura yagabanuka.

    — Robert Cyubahiro McKenna (@RobCyubahiro) August 19, 2021

    Thx Sir,n’ibisanzwe kwibeshya mugukora reaction kubintu runaka muburyo buhabanye nuko byagakozwe ntagikuba cyacitse.gira amahoro atangwa n’imana yi Rwanda.

    — Habineza Potien (@HPotien) August 19, 2021

    Inzobere zivuga ko iyo habayeho kwiyahura, ababitangaza bakwiriye kwitondera cyane imvugo bakoresha kuko bititondewe na byo bishobora gutera ikibazo, bikaba intandaro yo gushishikariza abandi kwiyahura (suicide contagion).

    Bavuga ko atari byiza kuveba uwiyahuye cyangwa se kubisigiriza kuko bishobora gutuma abandi babitekereza bumva ko ari ibisanzwe cyangwa se ko ari uburyo bwiza bwabafasha gukira akababaro bafite.

    Kuvuga kuri iyi ngingo mu ruhame, inzobere zivuga ko ari byiza kubigaragaza nk’ikibazo cy’ubuzima aho kubifata nk’icyaha cyangwa byacitse.

    Senateri Emmanuel Havugimana yasabye imbabazi kubera imvugo yakoresheje ku biyahura

    source : https://ift.tt/3gfnX4v

  • Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka #rwanda #RwOT

    Mu mpera z'icyumweru gishize Perezida Yoweri K. Museveni yavuze ijambo ryateye benshi kwibaza niba yararikuye ku mutima, icyakora abenshi bakaba basanga ari ibinyoma asanganywe, byo kuvuga ibihabanye n'ibyo atekereza.

    Kimwe mu byo Perezida Museveni yagarutseho, ni uburenganzira bw'abanyamahanga baba muri Uganda, dore ko abantu n'imiryango mpuzamahanga bakomeje kwamagana ihohoterwa baborerwa muri Uganda. Abakunze kwibasirwa n'iyicarubozo bakorerwa n'urwego rw'ubutasi rwa Uganda, CMI, ni Abanyarwanda batabarika bicwa, bagakubitwa, bagafungirwa ahantu hatazwi, bagacuzwa utwabo, mbere yo kuvugunywa ku mupaka wa Uganda n'uRwanda. Aba banyarwanda bashinjwa kuba intasi z'uRwanda, nyamara ntawe urashyikirizwa ubucamanza ngo aburanishwe ku byaha aregwa

    Mu ijambo rye, Perezida Museveni 'yamaganye' ako karengane, karimo gufunga no guhambiriza Abanyamahanga mu buryo butemewe n'amategeko. Aha rero niho benshi batangiye gukeka ko ibyo yavuze atabitewe n'umutimanama, ko ahubwo ashobora kuba amaze kuganzwa n'amajwi menshi amusaba guhagarika ubugome akorera Abanyarwanda.

    Icyakora abasobanukiwe imikorere ya Perezida Museveni, bavuga n'iyo byaba ari ugutinya icyo gitutu, bitamubuza kuvuga ibinyuranye n'ibyo akora, cyane cyane ko ubugome bwa Gen Abel Kandiho utegeka CMI, bujyanye n'amawiriza ya shebuja Museveni.

    Ikinyoma cya Perezida Museveni si icya none. Abamuzi neza bemeza ako ari umuntu ugira amarira y'ingona, ku buryo adatinya kuririra umuntu yishe ubwe, ndetse akanatabara umuryanyo we. Ibi byarabaye ubwo uwari umuvugizi wa Polisi, Andrew Felix KAWEESI yahitanwaga n'ibyegera bya Museveni, biraba ubwo Gen WAMALA KATATUMBA yarusimbukaga agiye kwicwa n'abatumwe na Museveni ndetse umukobwa we akahasiga ubuzima.

    Museveni yasutse amarira ubwo umunyapolitiki ukomeye, Ibrahim KABIRIGA, yicwaga n' inkoramaraso za Museveni, n'ahandi n'ahandi abantu bahitanywe n'inzego za Museveni, ntibimubuze gusuka marira y'ingona, ati : 'Nashenguwe bikomeye n'urupfu rw'intwari yabohoye Uganda, kandi iperereza rikomeye rizagaragaza abicanyi, bahanwe b'intangarugero'.

    Byahe byo kajya! Kandi birumvikana, uperereza ni we mwicanyi.
    N'ubu rero ntihagire Umunyarwanda wirara ngo Perezida Museveni yamaganye akarengane bakorerwa muri Uganda.

    Inama ni ukugabanya ingendo muri icyo gihugu, kuko Umunyarwanda wese uzanga kujya mu mitwe y'itrabwoba nka RNC, FDLR n'indi ishyigikiwe n'ubutegetsi bwa Uganda, nta kabuza azagirirwa nabi. Ururimi rwa Perezida Museveni ntacyo rupfana n'ubwonko bwe, kuko ibyo avuga bihabaye kure n'ibyo akora.

    The post Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/55808-2/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=55808-2

  • Afghanistan:Abakristo bafite ibyago byo kwicwa n’abatalibani #rwanda #RwOT

    Abatuye Afganistan bakekwaho kuba Abakristo bafite ibyago byo kwicwa “ako kanya” n’abatalibani mugihe banze kwihakana Kristo Yesu.

    Iyi miburo yaturutse ku muyoboro wa satellite wa gikirisitu SAT-7, uvuga ko hagaragaye umubare munini uhamagara umurongo wa telefoni w’ubujyanama uturuka muri Afuganisitani aho bifuza cyane gushyigikira ibyiringiro nyuma yo guhura n’ akaduruvayo katejwe n’Abatalibani.

    Perezida wa SAT-7 muri Amerika y’Amajyaruguru, Dr Rex Rogers, yagize ati: “Turimo kumva amakuru yizewe avuga ko Abatalibani basaba telefoni z’abantu, kandi iyo babonye Bibiliya yakuwe kuri murandasi (downloaded Bible) muri telephone cyangwa mudasobwa yawe, bahita bakwica.

    “Muri iki gihe ni akaga gakomeye ku batuye Afganistan kugira ikintu cyose cya gikristo kuri telefoni zabo. Abatalibani bafite abatasi n’abatanga amakuru ahantu hose.”

    Isi itangajwe kandi ihangayikishijwe n’umuvuduko abatalibani bigaruriye nyuma yuko ingabo za Amerika na Nato zimaze kuva.

    Mu bice byinshi by’igihugu, Abatalibani bigaruriye ubutegetsi nta bushobozi bwo kubarwanya buhari.

    SAT-7 PARS irimo gukwirakwiza porogaramu za gikirisitu mu gihugu muri Dari, rumwe mu ndimi ebyiri zemewe na Afuganisitani, na Farsi, ururimi rwumva n’ Abanyafganistan benshi.

    Uyu muyoboro wavuze ko uteganya ko telefoni zitanga inama ziyongera kuri 50% muri uyu mwaka biturutse ku kibazo cy’itotezwa rikorerwa Abakristo.

    Rogers yagize ati: “Kubera ko bitoroshye gushaka abandi bakristu, abizera benshi bo muri Afuganisitani bari bonyine rwose, nta n’undi mukristu n’umwe bavugana.”

    “Umuyobozi waho yagize ati:” Benshi ntibatinyuka kujya mu rusengero rwo mu rugo. Bari bonyine, bafite ubwoba, kandi baratureba. Turi inzira yabo ya nyuma yo kubarengera. “

    Source: www.christiantoday.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Afghanistan-Abakristo-bafite-ibyago-byo-kwicwa-n-abatalibani.html

  • Ibikubiye mu butumwa Perezida Paul Kagame yoherereje Général Mahamat Idriss Déby – #rwanda #RwOT

    Ubu butumwa Umukuru w’Igihugu yabutanze binyuze mu ruzinduko rw’akazi Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Biruta Vincent yagiriye muri Tchad mu mpera z’icyumweru gishize.

    Muri urwo ruzinduko, Général Mahamat Idriss Déby, ku wa 15 Kanama 2021, yakiriye mu biro bye biherereye i N’Djamena, Minisitiri Dr Biruta wari wamushyiriye ubutumwa bwa Perezida Kagame.

    Jeune Afrique yabashije kubona ibikubiye mu ibaruwa Perezida Kagame yandikiye mugenzi we wa Tchad, yatangaje ko bwari bukubiye mu ngingo eshatu z’ingenzi.

    Mbere na mbere, Perezida Kagame yamenyesheje mugenzi we ko ashaka kurushaho kunoza umubano mu nzego zose cyane cyane ubuhahirane n’ubukungu hagati ya Kigali na N’Djamena.

    U Rwanda rufite Ikigo cya Crystal Ventures Ltd, gihurije hamwe ibindi bigo bitandukanye bikora imirimo y’ubucuruzi, rukanagira Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir. Izi ngeri zose zagaragajwe nk’izabyarira umusaruro impande zombi.

    Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yabwiye mugenzi we wa Tchad ko yizeye ubufatanye bukomeye n’abayobozi b’iki gihugu ku kibazo cy’umutekano muke muri Repubulika ya Centrafrique.

    U Rwanda ruherutse koherezayo abasirikare n’abapolisi mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye ndetse na Tchad ifite inyungu zikomeye mu kurinda imipaka yacyo n’iki gihugu cya Centrafrique giherereye mu Majyepfo ya Tchad.

    Perezida Kagame yasoje ubutumwa bwe muri rusange yizeza gufatanya na Mahamat Idriss Déby mu biganiro ku gushakira ibisubizo by’ibibazo bya Afurika ku bijyanye n’iterabwoba cyane cyane muri Afurika yo hagati no mu Majyepfo.

    U Rwanda ruherutse kandi kohereza abasirikare n’abapolisi muri Mozambique mu bikorwa byo kujya guhashya ibyihebe bigendera ku matwara akaze y’idini ya Islam, byazonze iki gihugu.

    Biteganyijwe ko kuva muri Nzeri 2021, Tchad ariyo izahabwa ubuyobozi bw’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano muri Afurika Yunze Ubumwe.

    Tchad ikomeje gutsura umubano n’u Rwanda

    Kuva Gen Mahamat Idriss Deby yatangira kuyobora Tchad ku butegetsi yakunze kugaragaza ubushake bwo gukomeza umubano ubutegetsi bwa se bwari bufitanye n’ibindi bihugu, birimo n’u Rwanda.

    Muri Gicurasi 2021, Gen Mahamat Idriss Deby yohereje mu Rwanda murumuna we akaba n’Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida, Abdelkerim Déby Itno. Muri uru ruzinduko yabonanye na Perezida Kagame ndetse bagirana n’ibiganiro.

    Muri Nyakanga 2021 kandi Gen Mahamat Idriss Deby yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, [Francophonie], Louise Mushikiwabo wamugiriye inama y’uko yazategura amatora anyuze mu mucyo.

    Général Mahamat Idriss Déby Itno ni we uyoboye Tchad kuva se, Idriss Déby Itno yakwitaba Imana muri Mata 2021 biturutse ku bikomere by’amasasu yarashwe n’abarwanyi b’umutwe wa FACT utaravugaga rumwe n’ubutegetsi bwe.

    Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Mahamat Idriss uyoboye Akanama ka Gisirikare kari ku butegetsi muri Tchad

    Perezida Kagame aherutse kwakira Abdelkerim Déby Itno, Intumwa yihariye akaba n’Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida w’Inama y’Igisirikare y’Inzibacyuho muri Tchad

    source : https://ift.tt/3ghktyd

  • Perezida wa Afghanistan yahungiye muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu – #rwanda #RwOT

    Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ya UAE, niyo yatangaje kuri uyu wa Gatatu ko Perezida Ashraf n’umuryango we bari muri icyo gihugu ndetse ivuga ko guverinoma imuhaye ikaze.

    Itangazo rya Guverinoma ya UAE rigira riti “UAE yakiriye Perezida Ashraf Ghani n’umuryango we binjiye mu gihugu ku mpamvu z’ubutabazi ”,

    Perezida Ashraf yahunze igihugu ku mugoroba wo ku Cyumweru ndetse agenda nta tangazo cyangwa ngo agire icyo avuga ku bijyanye n’ihunga rye cyangwa aho yaba agiye.

    Ambasade y’u Burusiya i Kabul yari yatangaje ko uyu mugabo w’imyaka 72 y’amavuko, yahunganye imodoka enye zipakiyemo amafaranga ndetse n’indege yo mu bwoko bwa kajugujugu nk’uko byatangajwe na Reuters.

    Perezida Ashraf Ghani wahunze igihugu nyuma yo guhirikwa n’aba-Taliban yagaragaye muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

    source : https://ift.tt/2UA7wrS

  • Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 18 Kanama 2021 – #rwanda #RwOT

    1. lnama y’Abaminisitiri yamenyeshejwe aho gahunda zo gukingira no gusuzuma icyorezo cya COVID-19 zigeze mu gihugu hose. Abamaze gukingirwa mu Rwanda bagera hafi kuri miliyoni imwe, muri bo, harimo abaza imbere mu kurwanya COVID-19 n’abafite ibyago byo kuzahazwa nayo kurusha abandi.

    Guverinoma y’u Rwanda irashima abafatanyabikorwa barimo ibihugu n’imiryango itandukanye batanze inkunga y’inkingo z’inyongera. Inama y’Abaminisitiri irashimira Abaturarwanda uruhare rwabo muri uru rugamba rwo kurwanya iki cyorezo, ikaba ibasaba kwitabira kwikingiza kuko inkingo zigenda zirushaho kuboneka ndetse no kwisuzumisha kenshi kugira ngo bagabanye ikwirakwira rya COVID-19.

    Abaturage bose barongera kwibutswa ko ari ngombwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 harimo: gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, kwambara agapfukamunwa neza no gukaraba intoki.

    2. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho ibijyanye n’impapuro mpeshamwenda za Eurobond Guverinoma y’u Rwanda iherutse gushyira ku isoko ry’u Burayi zaguzwe miliyoni 620 z’Amadolari ya Amerika. Aya mafaranga azishyurwa mu gihe cy’imyaka 10 ku nyungu ya 5,5%.

    Izi mpapuro mpeshamwenda zitabiriwe n’abashoramari benshi kuko bagejeje kuri miliyari 1,6 z’Amadolari ya Amerika. Ibi bikaba bigaragaza icyizere abashoramari bafitiye ubukungu n’imiyoborere by’u Rwanda. Amafaranga yavuye muri izi mpapuro mpeshamwenda azakomeza gufasha mu kuzahura ubukungu no kubaka iterambere rirambye.

    3. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho amakuru atandukanye, harimo n’iyoherezwa ry’Ingabo z’u Rwanda muri Repubulika ya Centrafrique ariko by’umwihariko no muri Mozambique. Yamenyeshejwe ko Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique zateye intambwe ishimishije mu kwirukana inyeshyamba mu bice bitandukanye, ibyo bikaba byaratumye umutekano muri ako karere wiyongera.

    Ikindi ni uko mu rwego rw’ubufatanye bwa Afurika n’ubw’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, Guverinoma y’u Rwanda izakomeza gufatanya na Guverinoma ya Mozambique n’abandi bafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano no kwiteza imbere.

    • Ikiruhuko cy’Abagize Guverinoma kizarangira ku itariki ya 31 Kanama 2021.

    Iri tangazo ryashyizweho umukono na Dr. Ngirente Edouard, Minisitiri w’Intebe


    source : https://ift.tt/3yZDYm9