Tag: Politiki

  • Ibitaravuzwe ku gitero cya FLN muri Nyungwe: Umunsi Sankara yigamba gufata mpiri abasirikare ba RDF – #rwanda #RwOT

    Ubwo yari asoje ibirori byabereye mu Karere ka Rusizi, yakije imodoka ye y’ivatiri yerekeza mu Mujyi wa Kigali. Icyo gihe, yari kumwe n’abantu batatu.

    Urugendo rwabo ntirwabahiriye kuko bageze mu Ishyamba rya Nyungwe bagwa mu gico cy’abarwanyi ba FLN bakurwa mu modoka bamburwa ibyo bafite byose ndetse imodoka barimo icanirwaho ikibiriti, iratwikwa.

    Icyo gihe ngo hashize umwanya batabarwa n’Ingabo z’u Rwanda, ariko ngo hari abari bamaze kwicwa no gukomereka kuko umuhanda watembagamo umuvu w’amaraso.

    Me Ndutiye Yussuf iyo abara inkuru ayivuga nk’ibintu byamubayeho ejo hashize. Yabwiye IGIHE ko kuri uwo munsi bafashwe bari hafi gusohoka muri Nyungwe.

    Ati “Nari ndi muri taxi voiture yanjye ntwayemo abantu batatu tuvuye i Rusizi, turaza tugiye kurangiza ishyamba hasigaye nk’ibilometero 10 twageze ahantu ngiye kubona mbona abantu bafite imbunda bagera muri 15. Mbabonye bari mu muhanda mbona bari gutanga ibimenyetso ngo duhagarare ariko bari no kurasa mu kirere mpita mpagarara, baraza badukura mu modoka tuvamo.’’

    Yavuze ko muri ako kanya yahise abona inyuma yabo hari indi modoka ya coaster yavaga i Rusizi iri gushya.

    Yakomeje ati “Nta wundi muturage wari uri aho hafi, numvaga umwana w’umukobwa arimo gutaka, ati ‘muntabare ndi gushya’; nkabona abo bantu ntacyo bibabwiye.’’

    Icyo gihe yahise abona ko abo barwanyi nta mpuhwe bafite. Akiri muri icyo gihirahiro, we na bagenzi be bahise bakurwa mu modoka, bananyagwa ibyo bari bafite byose.

    Me Ndutiye na bagenzi be bategetswe kumanuka mu ishyamba ariko we ageze imbere abacunga ku jisho anyura mu nzira inyuranye n’iyo banyuzemo.

    Ati “Burya hari ukuntu ureba umuntu ukuntu afashe imbunda, ukuntu ahagaze, uko ari gutanga amabwiriza byose ubishyira hamwe ukareba igisubizo cyagufasha ako kanya. Nahise manuka muri Nyungwe ariko uruhande bambwiye ncamo, nca ku rundi ruhande, manutse mbona nguye mu kintu kimeze nk’icyobo; yari indi manga, hari hanini hari n’ibyatsi byinshi cyane.’’

    Avuga ko yageze epfo mu ishyamba ahagana saa kumi n’imwe butangiye kwira, akebutse inyuma ye asanga nta muntu umureba n’imbere abona nta we ukoma.

    We yafashe indi nzira ngo adahura n’abandi bari babwiwe ko bari imbere; yaje kugera ahantu hari igiti gisa n’icyariwe acyinjiramo kuko yahabonaga ubwihisho.

    Mu byo Me Ndutiye yibuka icyo gihe ni uko abo barwanyi banyuze hafi y’aho yari yihishe batuka Leta, bacunaguza abo bafashe.

    Ati “Bagendaga bababwira ngo bahora bababeshya ngo ntitwagera aha none twahageze. Bavugaga ko bashaka gukuraho Leta bagashyiraho indi.’’

    Amakuru Me Ndutiye yamenye ni uko inyeshyamba za FLN zarwanaga n’ingabo z’u Rwanda, zanyuze aho ku muhanda ziri gucunga umutekano zikazisanga aho, bakazirasa.

    -  Intandaro yo kwigamba kwica abasirikare b’u Rwanda kwa FLN

    Igitero cyo muri Nyungwe cyagabwe hashize igihe, FLN binyuze mu wari Umuvugizi wayo, Nsabimana Callixte wiyise Sankara [waje gutabwa muri yombi, ndetse akaba akurikiranyweho ibyaha 17 bifitanye isano n’iterabwoba] yigamba ko uyu mutwe watangije intambara yeruye ku Rwanda.

    Sankara yavugaga ko Ishyamba rya Nyungwe ririmo imitwe itatu ari yo Ingabo za FLN, Ingabo za Kagame n’ingabo z’Abarundi zirwanya ubutegetsi bwa Gen. Evariste Ndayishimiye.

    Mu biganiro yanyuzaga kuri YouTube yagize ati “Kuva twabinjirana mu Ishyamba rya Nyungwe, turabarasa tukongera tukigendera.’’

    Me Ndutiye avuga ko iki gitero bagabweho kikiba haciyeho umunsi umwe Sankara atangira kwigamba ko bafashe n’abasirikare b’u Rwanda.

    Uyu mugabo ubusanzwe yabaye mu gisirikare cy’u Rwanda, yanakimazemo imyaka 15 mbere yo gusezera mu 2008. Umunsi afatwa rero yari afite amakarita arimo iy’umwuga we w’umwavoka ariko mu modoka ye harimo ikarita yakoreshaga akiri umusirikare.

    Iyo karita ni yo Sankara yagize iturufu yo kuvuga ko abarwanyi ba FLN banafashe ingabo z’u Rwanda muri Nyungwe.

    Me Ndutiye ati “Hari akandi kantu ntavuze Sankara ni we wakavuze, nigeze kuba umusirikare mvamo, kumwe uba ufite ubukarita bwagiye busaza sinzi ako bafashe. Sankara yavuze ko bamubwiye ko bafashe umusirikare akababaza ati ‘ese uwo mwafashe ari hehe mumufotore’, bakamwereka ikarita gusa ariko njye nari nabacitse ntibabashije kumbona.’’

    Aba barwanyi babajije abantu bari mu kamodoka k’ubururu, ariko uwasubije mu bari bafashwe asubizwa ko bashaka “umuntu witwa Ndutiye wari uyirimo.”

    Me Ndutiye yakomeje ati “Na we [uwabajijwe] yahise agira ngo hari indi gahunda mfitanye na bo ikomeye ariko bari bibeshye. Ni bwo bahise batangaza ko bafashe abasirikare, ubwo ninjye bavugaga.’’

    Ahagana saa Moya ni bwo Me Ndutiye yumvise amajwi ya moteri z’imodoka ku muhanda ruguru, agerageje kureba asanga n’ingabo za RDF zahageze zitabaye.

    Ubwo yageraga ku muhanda ni bwo yasanze hari inkomere nyinshi, abandi bapfuye n’imodoka ye yahiye. Mu bantu batatu bari kumwe, umwe na we yarabacitse, abandi babiri barabajyana ariko na bo baza kubarekura nyuma yo kwanga kwiyunga na bo.

    Me Ndutiye ndetse n’inkomere zose bahise bajyanwa mu bitaro bya Kaduha ari naho baraye bitabwaho, abagize ikibazo bahabwa ubuvuzi.

    Tariki ya 15 Ukuboza 2018 ni bwo Me Ndutiye Yussuf n’abandi bantu bari kumwe bakuwe mu modoka igeze mu Nyungwe, iratwikwa

    source : https://ift.tt/2WgpSyR

  • DR Congo: Gushinja umugore wa Perezida kunyereza imfashanyo byatumye atabwa muri yombi #rwanda #RwOT

    Umuntu wa kabiri wo mu muryango urwanya ruswa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yatawe muri yombi i Goma nyuma yuko uyu muryango ugize ibyo ushinja umugore wa Perezida, bifitanye isano no kunyereza inkunga yagenewe abakuwe mu byabo n'iruka ry'ikirunga cya Nyiragongo.

    Umuryango 'Lutte Pour Le Changement' (LUCHA), washinje umuryango uyobowe na Denise Tshisekedi, Madamu wa Perezida Félix Tshisekedi, kunyereza imfashanyo igenewe abagizweho ingaruka n'iruka ry'ikirunga cya Nyiragongo mu kwezi kwa gatanu. Uwo muryango uyobowe na Madamu Denise wahakanye ibyo birego.

    Ghislain Muhiwa yatawe muri yombi ku cyumweru mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bw'igihugu, mu ntara ya Kivu ya ruguru ubu itegekwa n'igisirikare.

    Mugenzi we Parfait Muhani nkuko BBC ibitangaza, yatawe muri yombi mu kwezi kwa karindwi na we kubera iyo mpamvu, akaba ategereje kuburanishwa n'urukiko rwa gisirikare.

    Umuryango LUCHA uvuga ko Bwana Muhiwa yatawe muri yombi ku busabe bw'umwunganizi mu mategeko wa Madamu Denise, nkuko bitangazwa na radio RFI.

    Ariko hari abakora mu rwego rw'ubucamanza bavuze ko yafunzwe kuko mu kwezi kwa gatandatu atitabye ubucamanza bwa gisirikare — bwafashe inshingano z'ubucamanza bwa gisivile muri iki gihe, bigatuma ubu yari yarashyiriweho urupapuro rwo kumuta muri yombi.

    Mu gihe ubucamanza bwa gisirikare bwari bwarabuze Ghislain Muhiwa, mu kwezi gushize bwari bwataye muri yombi mugenzi we Muhani, wamaze gushinjwa guharabikana no kuba mu itsinda ry'abagizi ba nabi.

    Umuryango LUCHA wamaganye icyo uvuga ko ari ukwibasira bikomeye impirimbanyi n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi birangwa muri iki gihugu kuva mu mezi macye ashize, nkuko bitangazwa na RFI.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/dr-congo-gushinja-umugore-wa-perezida-kunyereza-imfashanyo-byatumye-atabwa-muri-yombi/

  • Tony Blair avuga ko ari 'Ubucucu' gukura ingabo za Amerika muri Afghanistan #rwanda #RwOT

    Tony Blair wahoze ari Minisitiri w'Intebe w'Ubwongereza avuga ko ingingo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo gukura ingabo zayo muri Afghanistan ari iy’'ubucucu', ibi yabivuze mu ijambo yashyikirije ubwa mbere kuva Kabul yigaruriwe n'aba Taliban mu cyumweru gishize.

    Abinyujije ku rubuga rwe nkuko BBC ibitangza, Tony Blair yavuze ko guta Afghanistan n'abanyagihugu bayo 'biteye agahinda, ni akaga kandi ntibyari bikenewe'.

    Blair ni we wari Minisitiri w'Intebe w'Ubwongereza igihe iki gihugu gitera Afghanistan, kiri kumwe na Amerika mu 2001, inyuma y'ibitero byo ku wa 11 Nzeri 2001. Avuga ko imitwe y'abarwanyi yose yiyitirira idini rya Islam izaryoherwa cyane kubona ingabo mpuzamahanga zivuye muri Afghanistan.

    Blair avuga ko ari 'nkenerwa ko ingabo z'Ubwongereza ziguma muri Afghanistan 'gushyika abo bose bifuza guhunga bavanywe muri icyo gihugu'.

    Tony Blair ari kumwe n'ingabo z'Ubwongereza mu ntara ya Helmand mu 2006.

    Uyu wahoze ayoboye ishyaka ry'Abakozi (Labour) avuga ati : 'Dutegerezwa guhungisha kandi tugaha indaro/Tugacumbikira abo bose dufiteho ububasha, abo banya Afghanistan badufashije kandi twakoranye, kandi bafite uburenganzira bwo gukingirwa/kurindwa'.

    Blair, avuga ko ingingo yo kuva muri Afghanistan yatewe n'impamvu za Poritike, akayifata ko yafashwe 'hisunzwe icyivugo cya Poritike cy'ubucucu cyo kurangiza 'intambara zidashira'' — icyivugo cyakoreshwaga na Perezida Joe Biden wa Amerika mu gihe yari mu kwiyamamaza mu matora.

    Amerika ifite umushinga wo kugeza ku wa 31 Kanama 2021 igikorwa cyo kuva ingabo zayo muri Afghanistan, ariko Perezida Biden avuga ko ingabo za Amerika zishobora kuguma muri icyo gihugu inyuma y'icyo gihe kugira ngo zifashe guhungisha abantu.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

     

    Source : https://www.intyoza.com/tony-blair-avuga-ko-ari-ubucucu-gukura-ingabo-za-amerika-muri-afghanistan/

  • Dipolomasi y’ikimwaro; Museveni ari kwitanguranwa nyuma yo kuburira amajyo ku Rwanda – #rwanda #RwOT

    Nk’uko bimaze kumenyerwa, Perezida Museveni yakoresheje iki kiganiro nk’andi mahirwe yo kugaruka ku butwari yakunze kwirata mu bihe by’intambara yabohoye Uganda, nubwo igice kinini cyayo yakimaze yibereye muri Suede na Kenya mu gihe abandi biganjemo Abanyarwanda, bari ku mirongo y’imbere ku rugamba rwahiritse ku butegetsi Idi Amin Dada na Milton Obote, rukimika Museveni ukiburiho kuva mu 1986.

    Museveni yivuze ibigwi karahava asobanura ubutwari bwamuranze ’n’abasore be ku rugamba’ ahera aho akomoza ku ngingo ubusanzwe adakunze kugarukaho cyane, zirimo imyitwarire y’inzego zishinzwe umutekano mu gihugu cya Uganda.

    Uyu muyobozi yavuze ko inzego zishinzwe umutekano za Uganda zidakwiye kubangamira uburenganzira bwa muntu mu gihe iyi mpamvu ari imwe mu zatumye uyu mugabo yegura intwaro akayobora urugamba rwakuyeho ’Leta y’igitugu’ ya Obote’.

    Ibikorwa by’ubugizi bwa nabi no guhohotera abaturage si bishya cyane ku nzego z’umutekano za Uganda, kuko bikunze kugaragara mu bihe bitandukanye, urugero ruheruka akaba ari ibikorwa byazo mu bihe by’amatora ya Perezida aherutse kuba muri icyo gihugu, ndetse n’ibikorwa byo kubahiriza ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

    Muri ibyo bihe, abapolisi n’abasirikare ba Uganda bagaragaye barimo kurasa abaturage ku buryo hari ababiguyemo, abandi babikomerekeramo. Izi nzego kandi zagaragaye zishushubikanya abaturage bashyigikiye uruhande rwa Bobi Wine rutavuga rumwe n’ubutegetsi, rimwe zikabakubita ubundi zikabacucura utwabo, nk’uko byakunze kugarukwaho mu itangazamakuru.

    Museveni ari gukama ikimasa

    Muri iki kiganiro, Perezida Museveni yumvikanye asa nk’unenga imyitwarire y’inzego zishinzwe umutekano mu gihugu cye, akavuga ko ‘imyitwarire yo kubwira nabi abaturage, kubakubita no kubambura uburenganzira bwabo idakwiriye’, mu gihugu kigendera ku mahame yo kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

    Ati “Ikibazo cy’uburenganzira bwa muntu bw’abaturage ba Uganda, iyi ni imwe mu mpamvu NRM yagiye mu ishyamba ikarwana iriya myaka yose kuva mu 1971. Twigisha igisirikare cyacu kugira imyitwarire myiza.”

    Mu kiganiro na IGIHE, umwe mu bakurikiranira hafi ibya politiki yo mu karere yavuze ko ibyo Perezida Museveni asaba inzego z’umutekano, ari nko “Gukama ikimasa” kuko azisaba kugira ubushobozi atazishoyemo.

    Yagize ati “Biriya ni ugukama ikimasa. Ntabwo bishoboka ko inzego z’umutekano zagira ubushobozi n’imyitwarire myiza zitarabitojwe, cyangwa ngo zihabwe ibyo zikeneye byose kugira ngo zikore akazi kazo. Niba inzego z’umutekano zidafite ibyo zikeneye, zizakoresha imbaraga zahawe kugira ngo ziheshe ibyo zikeneye, wibuke ko baba bafite intwaro. Biriya byose byerekana ko nta gitsure bariya basore [abari mu nzego z’umutekano] baba bashyirwaho.”

    Perezida Museveni na we ubwe ntahakana ko igitsure mu nzego zishinzwe umutekano kiri ku rwego rwo hasi, kuko ngo‘abayobozi bo mu nzego zo hejuru mu nzego zishinzwe umutekano, badatanga amabwiriza akwiye ku bakozi bo mu nzego zo hasi.’

    Umusesenguzi yavuze ko imyitwarire mibi y’inzego z’umutekano za Uganda ari karande, ati “Ni ko bakora ibintu byabo, ntabwo bazi ikinyabupfura rwose. Uzarebe uburyo bitwaye ejo bundi mu bihe byo gushyira mu bikorwa ingamba zo kurwanya Covid-19. Birukankanye ababyeyi babakubita inkoni izuba riva, bateye hejuru ibicuruzwa by’ababyeyi bahetse abana mu buryo buteye agahinda, rero mu gihe utatoje inzego z’umutekano neza, ntushobora kuzisaba kugira imyitwarire myiza ngo bishoboke, ntabwo ari ibintu byikora.”

    Ushobora kwibwira ko imyitwarire igayitse iranga inzego z’umutekano imbere muri Uganda, ariko wenda zagera ku ruhando mpuzamahanga, zigapfa agasoni zikigana abandi, mu gihe wenda zitabonye amahirwe yo kwigishwa neza iwabo.

    Icyakora siko bigenda, aka wa mwera uturuka ibukuru ugakwira hose. Urugero ruherutse ni urw’ingabo za Uganda ziri mu bikorwa by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe byo kugarura amahoro muri Somalia, mu butumwa buzwi nka AMISOM.

    Kimwe n’izindi ngabo z’ibindi bihugu ziri muri ubwo butumwa, ingabo za Uganda ziri ku rugamba kandi zihanganye n’umwanzi utoroshye kuko yananiye ingabo z’igihugu cya Somalia ubwazo, ku buryo hitabazwa iz’ibindi bihugu.

    Ejo bundi rero itsinda ry’ingabo za Uganda ziri muri AMISOM zagabweho igitero n’umwanzi azita mu mutego ibintu biradogera. Nyuma y’ibi bitero, ingabo za Uganda zararakaye cyane, zirangije zishora mu baturage zibashoramo urufaya rw’amasasu zicamo bamwe.

    Biragoye kwiyumvisha uburyo izi ngabo zitatuye umujinya wazo umwanzi, ibintu biterwa na ya myitwarire mibi yoretse ingabo za Uganda.

    Perezida Museveni yabisobanuye agira ati “Duherutse kugira ikibazo cy’ubwicanyi bwakorewe muri Somalia. Itsinda ry’abasirikare bacu ryishe abaturage. Ngo [abasirikare] bari barakaye kuko bari bafatiwe mu mutego, [bagakwiye kumenya ko bari mu ntambara] niba ushyizwe mu mutego, wakamenye ko ushobora gufatwa igihe uri mu ntambara.”

    Uyu muyobozi yavuze ko abasirikare bagaragaweho iyi myitwarire bamaze gufatwa bagafungwa, ndetse bakaba bategereje gushyikirizwa ubutabera.

    Abanyarwanda bahohoterwa muri Uganda bahagamye Museveni

    Mu buryo buziguye, Perezida Museveni yagarutse ku bikorwa byo guhohotera Abanyarwanda bimaze imyaka myinshi bikorwa n’inzego z’umutekano muri Uganda.

    Ntabwo Museveni yeruye ngo avuge Abanyarwanda mu buryo butomoye, ariko ntawashidikanya ko bagize igice kinini cy’abanyamahanga yavuze kuko hashize igihe kinini Abanyarwanda batuye muri Uganda bahura n’ibibazo birimo gufungwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bagera muri gereza bagakorerwa iyica rubozo, bagakubitirwamo ku buryo benshi bagwayo, abarokotse ku bw’amahirwe bakoherezwa mu Rwanda bamwe ari intere, imitungo yabo n’ubuzima bwose baruhiye imyaka myinshi bikagenda nka Nyomberi.

    Iki kibazo cyarakomeye bigera ubwo Leta y’u Rwanda isaba Abanyarwanda kureka kujya muri Uganda, bitewe n’uko iyo bageze muri icyo gihugu idashobora kugira icyo ikora kugira ngo ibarengere, bityo bakwiye kwirinda kujyayo.

    Perezida Museveni yavuze ko ibikorwa nk’ibyo bihohotera abanyamahanga bidakwiye, ati “Gufungira abantu muri gereza igihe kirekire nta rubanza rubaho, ibyo ntabwo byemewe. Gufunga abantu gutyo gusa, gereza ntabwo ari ubuhunikiro bw’abantu.”

    “Kwirukana abanyamahanga nta rubanza bakorewe, bigomba guhagarikwa, buri wese, kimwe n’abo banyamahanga, agomba gufatwa neza hakurikijwe uko amategeko abigena. Uretse kuba icyo cyuho cyakoreshwa mu kwica uburenganzira bwa muntu, gishobora no gusubiza inyuma igihugu.”

    Umusesenguzo twaganiriye yavuze ko amagambo ya Museveni adasobanuwe ko atewe ipfunwe n’ihohoterwa rikorerwa Abanyarwanda, ahubwo ari uburyo bwo kwitanguranwa kuko ibi bikorwa bishobora gukurura imiryango mpuzamahanga irengera uburenganzira bwa muntu, ikanenga ubutegetsi bwe kuri ibi bikorwa, bityo bikaba byagira ingaruka mbi ku ishusho y’igihugu ayoboye.

    Ati “Buri muntu wese ureba ibikorerwa Abanyarwanda muri Uganda, arabibona neza ko iki gihugu gifite ukuboko mu biri kuba. Ntabwo bishoboka ko abantu benshi kuriya bakorerwa ibikorwa nka biriya igihe kirekire nta kuboko kw’abayobozi kurimo. Rero ibyo Museveni ari gukora ni ukwitanguranwa, aragira ngo umunsi azabibazwa azabone ubusobanuro, avuge ko ‘ibyabaga atari abifitemo uruhare’ kuko yanabyamaganye ku mugaragaro. Ariko icyo twakwibaza, ni impamvu abikoze ubu, kuko iki kibazo kimaze imyaka myinshi, none kuki abivuze ubu?”

    Perezida Museveni ntarya iminwa kuri ibi bibazo yemera ko byugarije igihugu cye, ndetse agashimangira ko byenyegezwa na ruswa yemera ko yamunze inzego ze z’umutekano, dore ko iki gihugu kiri ku mwanya wa 38 mu bihugu 180 mu kugarizwa na ruswa kurusha ibindi, nk’uko ubushakashatsi bwa Transparency International bwo mu mwaka ushize bubyerekana.

    Ati “Nk’ibi byo gusubiza abanyamahanga mu bihugu byabo badaciriwe imanza, numvise ko bishoreshwa na bamwe mu banyabyaha baturimo bifuza kwikubira umutungo w’abo banyamahanga bakorana ubucuruzi. Bafata amafaranga y’abo banyamahanga, ubundi bagakorana n’inzego z’umutekano zamunzwe na ruswa mu kubasubiza mu bihugu byabo, kugira ngo bave mu nzira ntibabangamire ubucuruzi bwabo.”

    Mu kiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, aherutse kugirana n’abanyamakuru, yavuze ko umubano w’u Rwanda na Uganda ukirimo agatotsi, ndetse ko nta kintu kinini kirahinduka kuva ibiganiro byari bigamije kuzahura umubano hagati y’impande zombi byahagarikwa.

    Perezida Museveni aherutse kugaruka ku bikorwa bihohotera abanyamahanga batuye mu gihugu cye, biganjemo Abanyarwanda bamaze imyaka bameneshwa muri icyo gihugu

    Bamwe mu Banyarwanda baberutse kwirukanwa muri Uganda bakajugunywa ku mupaka

    source : https://ift.tt/3ml4sLF

  • AMAKURU MASHYA : Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zifashe akandi gace kari ibirindiro by’ibyihebe #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y’igihe gito, ziriya nyeshyamba zikuwe mu birindo byazo muri kariya gace ka Mocimboa da Praia aho zahise zihungira hariya Mbau.

    Ku wa Gatanu w’iki Cyumweru nibwo igikorwa cyo gufata ako gace cyagezweho nyuma y’imirwano yari ihamaze iminsi. Yahereye mu bice bya Chinda n’ahandi.

    Ingabo z’u Rwanda zateye muri ako gace ziturutse Mocimboa da Praia izindi ziturutse Mueda.

    Kuri uyu wa Gatanu mbere y’uko zinjira Mbau, mu bilometero bitanu ni ho zatangiriye imirwano, zihahura n’ibyihebe biri hagati ya 80 na 100 habera imirwano ikomeye yarangiye ibyo byihebe bikubiswe inshuro, byinshi biricwa, nyuma imirambo 11 ni yo yagaragaye.

    Bivugwa ko hari n’abandi bapfuye nubwo imirambo yabo itagaragaye aho kuko ngo yatwawe n’abo barwanyi, bamwe bagendaga bayikurura n’imigozi.

    Mu bikoresho byafashwe harimo imbunda zo mu bwoko bwa SMG n’ibindi.

    Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col Rwivanga Ronald, yatangaje ko nubwo bamaze gufata kariya gace ariko akazi kagikomeje.

    Ati 'Twahafashe kandi twabakuye muri ako gace, ariko ntibivuze ko ibikorwa birangiye, birakomeje.'

    Ingabo z’u Rwanda zatangiye kurwana ku wa Kabiri, mu nzira zigenda zikabona ahantu abo barwanyi bagiye banyuza imodoka nyinshi bari bafite ubwo bahungaga bava Mocimboa da Praia.

    Mu birometero bitanu utarinjira Mbau, ingabo z’u Rwanda zasakiranye n’umutwe w’ibyihebe biri hagati ya 80-100, habera imirwano ikomeye yarangiye ibyihebe bikubiswe inshuro ndetse bihatakariza abarwanyi 11 n’ibikoresho birimo imbunda za SMG n’ibindi bikoresho.

    RDF yifashishaga imodoka nini z’intambara mu gukura ibyo biti mu muhanda, ahandi ikifashisha imashini mu kubikata. Kamwe mu duce twarimo ibiti byinshi ni ahitwa Naquitengue.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/AMAKURU-MASHYA-Ingabo-z-u-Rwanda-ziri-muri-Mozambique-zifashe-akandi-gace-kari-ibirindiro-by-ibyihebe

  • Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko #rwanda #RwOT

    Self-Worth Initiative-SWI, ni umuryango washinzwe na Sula Nuwamanya afatanyije na Prossy Bonabana ariko mu izina rya Kayumba Nyamwasa (RNC) kugirango babone uko bashakisha abayoboke n'abarwanyi ba RNC.

    Nyuma yaho Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya bahisemo kuva muri RNC kubera ko Frank Ntwali na Kayumba Nyamwasa babasoromagaho amafaranga bakusanyije mu banyamuryango bakishyirira mubifu byabo, bahisemo gushyira imbaraga muri uwo muryango bitaga ko utegamiye kuri Leta Self-worth Initiative kugirango barusheho kubona imibereho.

    Inkuru yabaye kimomo nuko uwo muryango uri kurutonde rw'imiryango 54 yahagaritswe na Leta ya Museveni ariko bikaba byakozwe na Kayumba Nyamwasa yihimura kuri Prossy na Sula kuko bavuye muri RNC igahombya uwo muryango.

    Icyo Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya batamenye nuko Kayumba Nyamwasa avuga rikijyana muri Uganda; bo bagize Imana babahagarikira umuryango gusa kuko utavuze rumwe na Kayumba rimwe na rimwe ahasiga ubuzima; aha twavuga nka Ben Rutabana

    Gusa nanone Kayumba ntiyakwizera Museveni kuko uyu muryango ushobora guhindurirwa izina nkuko bari babikoze bakawita Self Worth development initiative.

    Mu nkuru yacu y'ubushize twabagejejeho uburyo ba Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, bakusanije imikono ya baringa y'abiyita abapfakazi b'Abanyarwanda bafashwa n'uyu muryango kugirango udafungwa, abo ngo nibo bazajya kuvuga ko uriya muryango ubafasha ko abenshi muribo ari abapfakazi, abantu babo bashimuswe n'u Rwanda bari muri Uganda, nyamara ataribyo kuko abo babashije gusinyisha bose bafite imiryango. Gusa babahuma amaso bakabaha udushilingi two kurya kugirango babakoreshe muri izi gahunda za RNC. Ibi byakorewe I Bugolobi muri Kampala ku itariki 9/03/2020 :

    Dore urutode Rushyashya yabashije gutahura

    Ngabirano Gadiyani

    Uwimana Jowani

    Byamugisha Gadi

    Ingabire faina

    Mugisha Rewo

    Niragire Storage

    Nzabandora Muhammad

    Mukagatare Mariyamu

    Mudaheranwa Rajabu

    Nyirandimubanzi Asiya

    Nsegiyumva Abuba

    Mukandayisenga

    Ntirenganya Rewonari

    Mukeshimana Marine

    Mugisha Ibulahimu

    Mbabazi Donata.

    The post Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/kayumba-nyamwasa-yihimuye-kuri-prossy-bonabana-na-sula-nuwamanya-ahagarikisha-swi-umuryango-bashakiragamo-amaramuko/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=kayumba-nyamwasa-yihimuye-kuri-prossy-bonabana-na-sula-nuwamanya-ahagarikisha-swi-umuryango-bashakiragamo-amaramuko

  • Ambasaderi wa Amerika muri Tanzania yavuye mu… – #rwanda #RwOT

    Kuwa kabiri tariki ya 17 Kanama 2021 amafoto ya Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Tanzaniya yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga ari kugura ikigori ubwo yari arimo gutembera ibice bimwe na bimwe bya Tanzania. Ubwo yari ari mu nzira yerekeza Iringa yaje kubona abana bacuruza ibyo kurya birimo: ibirayi, ibijumba, ibisheke n’ibigori byokeje ahita agura ikigori.

    Amb. Donald Wright avuga ko yaguze ikigori kandi ko yashimishijwe n’ibice yari yatembereyemo, ati “Naguze ikigori cyokeje. Nashimishijwe cyane n’ubwiza bw’ahantu nyaburanga muri kariya gace k’igihugu ndetse n’ubucuti bwa buri wese duhuye. Tanzaniya ni nziza  rwose”.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108777/ambasaderi-wa-amerika-muri-tanzania-yavuye-mu-modoka-ajya-kugura-ikigori-cyokeje-ku-muhand-108777.html

  • Yabanje gukeka ko yagambaniwe: Ijoro ry’amaganya kuri Gitifu Nsengiyumva wamishweho amasasu na FLN – #rwanda #RwOT

    Ibintu byari byashyushye i Moscow, ari nako bimeze i Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, aho abakunzi ba ruhago bari bateranye bishyuye amafaranga yabo make, ngo bakurikirane imyitwarire ya Misiri, imwe mu makipe mbarwa yari ahagarariye Umugabane wa Afurika.

    Abaturage badakunda umupira w’amaguru bari biriwe bahinga dore ko aka gace gatuwe cyane n’abakora ubuhinzi cyane ubw’ingano n’ibirayi; bo bari baguye agacuho basinziriye.

    Muri ayo masaha ashyira saa mbili z’umugoroba ku isaha ya Kigali, mu Ishyamba rya Nyungwe mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’u Rwanda, inyeshyamba z’Umutwe w’Iterabwoba wa MRCD/FLN zari zirekereje, zitegereje akanya gusa ngo zigabe igitero cy’iterabwoba mu baturage ba Nyabimata.

    Nsengiyumva Vincent ni we wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabimata. Umunsi wari wiriwe neza, akazi ari ibisanzwe uretse ko yagasoje ahagana saa moya n’igice z’umugoroba, nyuma y’amasaha menshi ari mu nama yakoranye n’ikipe yari yaturutse ku karere, isuzuma aho imihigo igeze.

    Ubwo yari arangije inama n’intumwa zo ku karere, yakije imodoka ye yikoza gato mu gasantere ka Nyabimata ngo arebe uko umutekano wifashe, akomeze ajye mu rugo kuruhuka dore ko yagombaga kuzindukira i Kibeho mu yindi nama.

    Ku gasantere ka Nyabimata koko yasanze ibintu bishyushye, abenshi bakurikiranye umupira wahuzaga u Burusiya na Misiri. Ni umupira warangiye u Burusiya bwihagazeho nka ya nkoko iri iwabo ishonda umukara, ipfunyikira Misiri ibitego bitatu kuri kimwe.

    Gitifu Nsengiyumva wari umaranye umwaka n’abaturage ba Nyabimata, muri ako gasantere yahamaze akanya gato areba umupira, akomereza mu rugo kuwureberayo kuko yari ananiwe.

    Mu kiganiro na IGIHE, Nsengiyumva yavuze ko agatotsi kaje kumufata akajya kuryama, akangurwa na telefone y’umuturage wamuhamagaye ari nabwo inzira y’umusaraba y’iryo joro ribi mu buzima bwe yatangiraga.

    Ati “Mu gihe nari nsinziriye naje kumva telefone isonnye, ndayitaba. Ni umugabo nari nzi yitwaga Aloys wacururizaga ku gasantere , arambwira ati ‘hari abantu bari gukubita abaturage ariko bari kuvuga ngo ni abasirikare’. Ndamubaza nti ‘ese abo bantu uri kubabona?’ Arambwira ati ‘nanjye ndi mu cyumba ntabwo ndi kubabona’.Nti ‘ese ni abasirikare cyangwa ni abandi bantu?’ Arambwira ati ‘bari gukubita abaturage ngo baze kukwerekana, ni wowe bashaka’.”

    Nsengiyumva amaze kuvugana na Aloys, birumvikana nk’undi muntu wese yarikanze ariko yiyemeza kubyuka akajya kureba ibibaye muri uwo murenge utari usanzwemo umutekano muke.

    Ati “Namaze kubyuka nkiri mu cyumba, numva amasasu aravuze, ndavuga nti umenya habaye ikibazo. Mu gihe nari nkifashe urufunguzo rw’imodoka, numva imirindi myinshi y’abantu biruka ari benshi.”

    Itara ryo mu ruganiriro ryari rizimije ariko iryo hanze riri kwaka. Nsengiyumva yegereye urugi, mbere yo gukingura akuraho irido ngo arebe ba nyir’iyo mirindi iteye ubwoba yumvise, asanga ni abantu benshi bafite imbunda.

    Ati “Nakuyeho irido mpita mbona abantu benshi cyane bahagira, imbunda zabo ari nyinshi wagira ngo ni imirizo y’imbeba. Kubera ko mu nzu itara ryari rizimije haka iryo hanze, ryaramuritse bo barambona, kurekura rya rido birananira.”

    Batangiye kumuvunderezaho ibitutsi, bamubwira ko ako gace kafashwe atakiri umuyobozi.

    Ati “Byari ibitutsi nyandagazi, ibitutsi byo kwerekana ko byarangiye kuri njye .”

    N’ubwoba bwinshi, yigiriye inama yo kujya guca ku rugi rwo mu gikari kuko yumvaga bari buhagere yaharenze, asanga naho hari abandi bamutegereje.

    Ati “Buriya no gupfa, bishoboka ko umuntu apfa mbere y’uko ubuzima bugenda. Ibitekerezo byahise bigenda, ibyo ni byo mperuka, ubwo bandasaga mu mutwe nkagwa.”

    Yaketse ko yagambaniwe

    Haciye umwanya Nsengiyumva aryamye hasi mu ruganiriro, yarashwe mu mutwe ariko we atabizi. Yagaruye ubwenge amatwi atumva neza ariko akumva hari ibintu bimuri hejuru bihonda.

    Yatangiye gukururuka gake gake, ajya mu cyumba aryama hasi. Impamvu atumvaga ko yarashwe, amaraso yari agishyushye. Amaze guhora, yatangiye kumva ko hari icyabaye kuko hari ingingo zimwe zatangiye kwanga gukora.

    Ati “Njya gukura akaboko mu mutwe ngo ngahindure nshyireho akandi, ni bwo nagiye kumva ndyamye mu bintu bimeze nk’ibyondo. Akaboko kanga kuva ku mutwe, nkakuyeho numva nkoze ku bintu ntazi ibyo aribyo, ni bwo natangiye kubabara.”

    Mu rugo rwa Gitifu Nsengiyumva yabanaga na Mulindangabo Callixte wari umukozi we. Amaze kuraswa ari ku gitanda, ni bwo Mulindangabo yamugezeho, amubwira ko abarasaga bagiye ariko undi ntamwizere agira ngo aje kumuhorahoza.

    Ati “Nahise numva abantu bose bangambaniye, nkatekereza abaturage twirirwanye, abo twirirwa dukorera, nkibaza abo baturage bose banteraniye kandi ntawe nagiriye nabi, simbyakire.”

    “Umwana arambwira ati ‘ba bantu barasaga mbonye birutse, ati ariko mbonye n’abantu baje kuvoma amazi kuri robinet yacu’. Ndatekereza nti ‘ubwo [abaturage] bumvise ko napfuye none baje no kwivomera amazi ariko n’uwo mwana ntangira kutamwizera. Ntangira gutekereza ko agiye kumfata ngo anshyire bene wabo.”

    Mulindangabo w’imyaka 27 ubusanzwe na we uvuka i Nyabimata; yafashe Gitifu Nsengiyumva, amumanura gahoro gahoro muri ako gace k’imisozi, amuhamagariza abakecuru babiri n’umusaza umwe bari bari hafi aho, baramusindagiza bamugeza kwa muganga i Nyabimata.

    IGIHE yabajije Nsengiyumva impamvu atahise ahamagaza inzego z’umutekano akimenya ko hari abantu binjiye mu murenge we kandi atabazi, avuga ko byabaye mu kanya gato cyane.

    Ati “Ni ibintu byabaye mu gihe gito cyane. Muri cya gihe nari numvise amasasu, na wa mwanya kujya guhamagara ba bandi bahise bagera iwanjye, ntabwo haciyemo umwanya wo guhamagara ngo runaka. Nahise ntekereza guhamagara Major twabanaga, muri ako kanya ni bwo ibyo bibazo byose byahise biba, mu masegonda make cyane.”

    Amaze koroherwa yaje no kumenya ko hari undi musore izo nyeshyamba zabwiye kujya kuzereka kwa Gitifu zimusanze ku gasantere, arazangira zihita zimurasa.
    Imodoka ye yari yasize ayiparitse ku irembo ari naho inyeshyamba za FLN zayitwikiye. Nsengiyumva avuga ko amakuru y’itwikwa ry’imodoka ye yayamenye hashize iminsi itanu ari mu bitaro.

    Gitifu akigezwa kwa muganga i Nyabimata yahise yoherezwa ku Bitaro bya Munini, bahamuvana bamwohereza CHUB i Huye, mbere yo kujya kuvurirwa mu bitaro byitiriwe Umwami Faysal i Kigali.

    Yabanje kwanga gusubira i Nyabimata

    Tariki 18 Werurwe 2019, kuri Faysal babwiye Nsengiyumva ko noneho yemerewe kuba yasubira mu kazi. Yatekereje gusubira i Nyabimata, yumva umutimanama ntubimwemerera akurikije ibihe bibi yari amaze iminsi ahagiriye.

    Ati “Nkirembye numvaga umuntu yamfata akantwara nkajyayo ariko ntangiye gukira ni bwo nahise mvuga nti oya, hariya hantu sinasubirayo. Nti reka mbanze mfate impumeko neza, menye uko bimeze ntagira n’ikibazo .”

    Yasubiyeyo nyuma, habaye urubanza ruregwamo Nsabimana Callixte wiyise Sankara wari Umuvugizi wa FLN.

    Ati “Twaragiye tugerayo, ndareba abaturage barishima. Twagiye urubanza rwatangiye rwa bariya bafashwe, tunabikurikiranira hamwe, abo twari kumwe babona ko ari ahantu hagendwa hari umutekano.”

    Ntabwo Nsengiyumva yasubiye gukorera i Nyabimata, yahisemo kuguma mu Mujyi wa Kigali kugira ngo nibiba ngombwa ajye ajya kwivuza bimworoheye.

    Kuri ubu ni Gitifu wa Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, umwanya yagiyemo nyuma y’iminsi ayobora Umurenge wa Masaka.

    Nyuma ya Nsabimana Callixte na Paul Rusesabagina wari Umuyobozi mukuru wa MRCD-FLN yarafashwe, ubu bombi n’abandi bambari babo bagera kuri 20 bategereje umwanzuro w’urukiko ku bihano basabiwe n’ubushinjacyaha.

    Nsengiyumva yavuze ko gufatwa kwa Rusesabagina ari imwe mu nkuru zamushimishije cyane.

    Ati “Rusesabagina uri aho, wiyise igitangaza wumva utazi urwego yiyumvamo noneho ukumva ngo ari i Kigali, ntabwo nabashije kubyumva neza.”

    Yakomeje agira ati “Biriya birafasha kandi biratanga icyizere ko n’undi wese wahirahira ashaka gukora nk’ibyo bariya bakoze, yabona isomo.”

    Nsengiyumva yaregeye indishyi muri urwo rubaza ku bw’imodoka n’indi mitungo ye yangijwe, gusa avuga ko nta cyasimbura ibyo yahombye kubera icyo gitero. Ingano y’ibyo yaregeye ifite agaciro ka miliyoni 75 Frw.

    Ati “Bariya bantu ntacyo umuntu yabifuzaho, nta n’indishyi babona ku byo umuntu yatakaje. Buriya muri uriya mwaka muri Kanama, nagombaga kujya kwiga muri Koreya. Njya mbitekereza nkumva agahinda karanyishe, nkabyihorera.”

    IGIHE yamenye ko nyuma yo kuva i Nyabimata, Gitifu Nsengiyumva yakomeje kubana na Mulindangabo Callixte wari umukozi we wo mu rugo, dore ko ari na we watabaye ubuzima bwe agaharura inzira zatumye agezwa kwa muganga bwangu.

    Nsengiyumva Vincent yishimira ko nubwo ari umwe mu bashegeshwe n’ibikorwa bya FLN, nibura abayobozi bayo bafashwe

    Imodoka ya Nsengiyumva ubwo yatwikwaga mu ijoro rya tariki 19 Kamena 2018

    Nsengiyumva yavuze ko nta ndishyi yasubiranya ibyo yaburiye mu gitero cya FLN i Nyabimata

    source : https://ift.tt/3j4q7FC

  • Abanyarwanda 26 bari bafungiye muri Uganda boherejwe mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu bahagejejwe harimo abagabo 20 abagore bane n’abana babiri barimo uw’imyaka ibiri.

    Bakihagera bapimwe COVID-19 maze 18 bayisanganywe bajyanwa kuvurirwa mu bitaro bya Ngarama, abandi bajyanwa mu kato ahahoze IPRC Nyagatare.

    Ni akato kazamara iminsi irindwi abazapimwa bagasanga ari bazima basubizwe mu miryango yabo.

    source : https://ift.tt/3z5qdCz

  • Uganda yirukanye Abanyarwanda 26 bari bafungiyeyo binyuranyije n’amategeko – #rwanda #RwOT

    Aba Banyarwanda bashyikirijwe Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka rw’u Rwanda, ishami rikorera ku Mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 19 Kanama 2021.

    Aba baturage barimo abagabo 20, abagore bane n’abana babiri, bakigera mu Rwanda bahise bahabwa ubufasha bw’ibanze, bapimwa Covid-19.

    Mu bipimo by’abantu 16 byafashwe habonetsemo 12 bagaragaweho ubwandu bw’iki cyorezo bahita bajyanwa mu kigo cyagenewe gushyirwamo abarwaye Covid-19, mu gihe abandi nabo barabanza gushyirwa mu kato mbere yo kujyanwa mu miryango.

    Abatanze ubuhamya bw’ibyababayeho muri Uganda kuva bafatwa bagaragaje ko bari bafungiye muri Gereza ya Matinda iherereye i Mbarara aho bagiye bakorerwa ibikorwa by’iyicarubozo.

    Kuva uyu mwaka wa 2021 watangira, ku Mupaka wa Kagitumba hamaze kugezwa Abanyarwanda inshuro zirindwi, nyuma y’igihe bafungiye muri Uganda. Muri bo kandi haba harimo abagore, abagabo n’abana bakiri mu mashuri.

    Abakiriwe n’u Rwanda muri izo nshuro barenga 70 barimo n’abana bigaga mu mashuri yisumbuye cyo kimwe n’abagore batandukanyijwe n’abagabo babo bakaza kongera guhurira ku mupaka bose bari bafunzwe nta n’umwe uz’iby’undi.

    Hashize imyaka ikabakaba itanu Abanyarwanda batuye muri Uganda bakunze kwibasirwa n’inzego zishinzwe umutekano muri icyo gihugu, basabwa kwifatanya n’imitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, babyanga bagafungwa bitwa intasi, abagize amahirwe bakajugunywa ku mupaka ari intere.

    Kuva mu mwaka wa 2017, Abanyarwanda bakorera ibikorwa binyuranye muri Uganda batabwa muri yombi, bagakorerwa iyicarubozo bashinjwa kwitwa intasi, hari abasabwa kuyoboka umutwe wa RNC kugira ngo barekurwe, abanze bakagirirwa nabi.

    U Rwanda rwakunze gusaba Uganda kureka ibyo bikorwa rukanayereka gihamya ariko iki gihugu ntikibikozwe kugeza mu ntangiriro za 2019 ubwo rwasabaga Abanyarwanda kwirinda kujya muri iki gihugu kubera kwanga ko bahohoterwa.

    Mu 2019 ibihugu byombi byasinye amasezerano yo guhosha ubwo bugizi bwa nabi ariko uruhande rwa Uganda rusa n’urwinangiye kubahiriza ibyo rusabwa.

    Abanyarwanda 26 bari bafungiye muri Uganda binyuranyije n’amategeko birukanwe ku butaka bw’iki gihugu

    Aba Banyarwanda bashyikirijwe Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka rw’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3B18XiD