Tag: Politiki

  • Mukeka Clémentine yakiriye Ambasaderi wa Indonesia ucyuye igihe mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Amb Ratlan Pardede wari ahagarariye igihugu cye mu Rwanda kuva mu 2017, akaba yari afite icyicaro i Dar es Salaam muri Tanzania. Kuri uyu wa 25 Kanama 2021, ni bwo yasezeye Minisitiri Mukeka.

    Abayobozi bombi bagiranye ibiganiro byagarutse ku mubano mwiza uri hagati y’ibihugu by’u Rwanda na Indonesia, banakomoza kuri gahunda zihari zo kwagura ubufatanye n’ubuhahirane mu rwego rw’ubukungu.

    Umubano wa Indonesia n’u Rwanda watangiye ubwo hashyirwagaho abahagarariye inyungu z’ibihugu byombi, uw’u Rwanda afite icyicaro muri Singapore mu gihe uwa Indonesia afite icyicaro muri Tanzania.

    Ni umubano waje gutanga umusaruro kuko bamwe mu Banyarwanda bagiye kwiga muri icyo gihugu bahamya ibyiza bahakuye.

    Indonesia yahaye abanyeshuri b’Abanyarwanda buruse mu myaka itandukanye ndetse kugeza ubu u Rwanda ni cyo gihugu cya mbere kibona izo buruse muri Afurika.

    Indonesia itera inkunga u Rwanda mu nzego zitandukanye harimo ingufu z’amashanyarazi, ubuhinzi, ubukerarugendo, uburezi n’ibindi.

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Mukeka Clémentine na Amb Ratlan bagiranye ibiganiro byihariye

    Mukeka Clémentine yashyikirije Amb Rotlan Pardede impano nyuma yo kumusezera

    source : https://ift.tt/3guoi3e

  • Guinea: Perezida wa Guinea-Bissau yakuriye inzira kumurima Leta zunze ubumwe za America #rwanda #RwOT

    António Indjai wabaye Umugaba Mukuru w'Ingabo muri Guinea-Bissau kuva mu 2010 kugeza mu 2014 akurikiranyweho ibyaha bijyanye n'uruhare yagize mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi cyabaye muri Mata 2012. Uretse ibi kandi uyu mugabo arashakishwa n'inkiko zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho ashinjwa kugira uruhare rukomeye mu bucuruzi bw'ibiyobyabwenge ku Isi. Leta Zunze Ubumwe […]

    The post Guinea: Perezida wa Guinea-Bissau yakuriye inzira kumurima Leta zunze ubumwe za America appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2021/08/25/guinea-perezida-wa-guinea-bissau-yakuriye-inzira-kumurima-leta-zunze-ubumwe-za-america/

  • Ingabo z'u Rwanda n'iza Mozambike zarokoye abantu basaga 100 bari barashimuswe n'ibyihebe #rwanda #RwOT

    Ingabo za Mozambique (FDS) hamwe niz'u Rwanda mu mpera z'iki cyumweru zakijije abantu barenga 100 bari bajyanywe bunyago n'ibyihebe i Mbau, no mu karere ka Mocimboa da Praia, Cabo Delgado,nk'uko Rádio Moçambique ibitangaza.

    Abarokowe biganjemo abasaza n'abana, bakuwe mu ishyamba ry'ibiro by'ubuyobozi bwa Mbau, nyuma y'igitero no kwigarurira kimwe mu birindiro by'abarwanyi b'iterabwoba.

    Amakuru aturuka mu bakozi bakuru b'ingabo z'igihugu cya Mozambique avuga ko kuri ubu imbogamizi ihari ari ukubura ibiribwa byo kugemurira abo baturage.Iyo raporo ikomeza ivuga ko kuri ubu hari akazi ko gukangurira abaturage gutunganya amazi, hagamijwe gukumira indwara z'impiswi.

    Mu cyumweru gishize nibwo izi ngabo zombi zahuje imbaraga mu guhashya ibi byihebe byiyitirira Al Shabab byarashe inyeshyamba mu ishyamba rya Mbau.

    Mu birometero nka bitanu utarinjira Mbau, ingabo z'u Rwanda zasakiranye n'umutwe w'ibyihebe biri hagati ya 80-100, bihatakariza abarwanyi 11.

    Aba barwanyi bari barahungiye muri Mbau,ubwo bateshwaga icyicaro gikuru cyabo cya Mocimboa da Praia bakubiswe inshuro n'ingabo z'u Rwanda n'iza Mozambike.

    Mbau ni agace kari mu bilometero 45 uvuye Mocimboa da Praia. Ni ahantu hari amashyamba akomeye ameze nk'ayo muri Nyungwe. Byakunze kuvugwa ko izo nyeshyamba zihifashisha nk'aho zikorera imyitozo.

    Ku wa Gatanu w'iki Cyumweru nibwo igikorwa cyo gufata ako gace cyagezweho nyuma y'imirwano yari ihamaze iminsi. Yahereye mu bice bya Chinda n'ahandi.

    Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda, Col Rwivanga Ronald, yabwiye IGIHE ko nubwo Mbau yafashwe, ibikorwa byo kurwanya iyi mitwe bikomeje.

    Ati 'Twahafashe kandi twabakuye muri ako gace, ariko ntibivuze ko ibikorwa birangiye, birakomeje.'

    Ibyumweru bisaga bibiri bishize byabaye iby'urugamba rukomeye kuri abo barwanyi dore ko aribwo batsimbuwe mu birindiro bikuru byabo mu gace ka Mocímboa da Praia.

    Ni nyuma y'urugamba rukomeye rwagabwe, Ingabo z'u Rwanda zimwe zinyuze mu gace k'Amajyaruguru izindi mu Burengerazuba. Zimwe zari ziyobowe na Brig Gen Pascal Muhizi zaturutse ahitwa Palma mu gihe izindi ziyobowe na Lt Col James Kayiranga zaturutse ahitwa Awasse.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/ingabo-z-u-rwanda-n-iza-mozambike-zarokoye-abantu-basaga-100-bari-barashimuswe

  • Aba mbere bahungishijwe muri Afghanistan bazanwa mu Rwanda bari mu nzira #rwanda #RwOT

    Aba mbere bategerejwe mu Rwanda, ni abakobwa 250 biga mu ishuri ry’imiyoborere ryitwa School of Leadership Afghanistan (SOLA).

    Shabana Basij-Rasikh washinze iri shuri yanyujije ubutumwa kuri twitter ko bariya bakobwa bari mu nzira ibaganisha mu Rwanda.

    Yagize ati 'Buri wese ari mu nzira inyura muri Qatar, yerekeza mu gihugu cy’u Rwanda, aho duteganya gutangirira amasomo y’amezi atandatu mu mahanga ku banyeshuri bacu bose.'

    Aba bakobwa 250 bari kumwe na bamwe mu bakozi ba ririya shuri ku buryo bariya banyeshuri bazagera mu Rwanda bagakomeza gukurikirana amasomo yabo.

    Yavuze ko bariya bantu bahagurutse i Kabul ku Cyumweru mu buryo bugoranye dore ko igitsinagore ari bamwe mu bantu bafitiye impungenge umutwe wa Taliban usanzwe ufite amahame azwiho gukandamiza igitsinagore.

    Shabana Basij-Rasikh yagize ati 'Icyo nasaba isi, ni iki 'Ntimukure amaso yanyu kuri Afghanistan. Ntimugoheke na gato nubwo ibyumweru bigenda bihita. Murebe abo bakobwa kandi mu kubikora, muzaba murimo kubashinganisha ku bafashe ubutegetsi’.'

    Uyu muyobozi wa ririya shuri avuga ko bari gukora ibishoboka byose kugira ngo abakobwa baryigamo bajye gukomereza amasomo ahandi ariko ko hari icyizere ko bazagaruka mu Gihugu cyabo.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Aba-mbere-bahungishijwe-muri-Afghanistan-bazanwa-mu-Rwanda-bari-mu-nzira

  • Afghanistan: US iri kotswa igitutu ku gihe ntarengwa cyo guhungisha abavayo #rwanda #RwOT

    Bijyanye n'amasezerano yagiranye n'aba Taliban, Amerika igomba kuhava bitarenze ku itariki ya 31 y'uku kwezi kwa munani.

    Ariko Ubufaransa, Ubwongereza n'Ubudage byazamuye ijwi bivuga ko bishoboka kongeraho ikindi gihe, mbere y'inama ibihuza kuri uyu wa kabiri.

    Byitezwe ko Perezida w'Amerika Joe Biden afata umwanzuro mu masaha 24 ari imbere niba yongera icyo gihe cyo kuhakura ingabo, nkuko umutegetsi yabibwiye ibiro ntaramakuru Reuters.

    Ariko aba Taliban babwiye BBC ko kongera icyo gihe uko ari ko kose byaba ari ukurenga ku masezerano bagiranye n'Amerika, baburira ko hari ingaruka zabaho mu gihe ingabo z'Amerika zaba zihagumye.

    Abantu babarirwa mu bihumbi za mirongo bamaze guhungishwa bakuwe mu murwa mukuru Kabul wa Afghanistan, ariko abandi bashaka guhunga baracyuzuye mu kibuga cy'indege cyo muri uwo mujyi cyangwa hafi yacyo, kikaba kirinzwe n'ingabo z'Amerika n'iz'ibihugu by'inshuti zayo.

    Abantu benshi barimo guhunga, by'umwihariko abakoreye ingabo z'amahanga, babayeho mu bwoba bwuko bakwihimurwaho n'aba Taliban.

    Ubwo bari ku butegetsi hagati ya 1996 na 2001, aba Taliban bagenderaga ku bwoko bw'amategeko atyaye yiyitirira Islam.

    Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Ubufaransa Jean-Yves Le Drian yabwiye abanyamakuru muri Emira Zunze Ubumwe z'Abarabu (UAE) ati: “Duhangayikishijwe n'igihe ntarengwa cyashyizweho n'Amerika cy'itariki ya 31 y'ukwezi kwa munani”.

    “Igihe cy'inyongera kiracyenewe ngo hasozwe ibikorwa bikomeje”.

    Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Ubudage Heiko Maas yavuze ko yaganiriye n'inshuti zo mu muryango w'ubwirinzi bw'Uburayi n'Amerika wa OTAN/NATO, ndetse n'aba Taliban, ku gutuma ikibuga cy'indege cy'i Kabul gikomeza gufungurwa na nyuma y'igihe ntarengwa.

    Inama ya G7

    Kuri uyu wa kabiri, byitezwe ko Minisitiri w'intebe w'Ubwongereza Boris Johnson asaba Amerika kongera icyo gihe ntarengwa, mu nama yo ku ikoranabuhanga ry'iyakure ihuza abategetsi bo mu itsinda ry'ibihugu birindwi bikize ku isi rya G7.

    Minisitiri w'ingabo w'Ubwongereza Ben Wallace yavuze ko Bwana Johnson “agiye kugerageza kuzamura ingingo yo kureba niba Leta Zunze Ubumwe [z'Amerika] zizongera” igihe ntarengwa cyo gukura ingabo muri Afghanistan.

    Ubwongereza bwavuze ko kuba ingabo izo ari zo zose z'amahanga zaguma ku kibuga cy'indege cy'i Kabul, bidashobora gukomeza ingabo z'Amerika zidahari.

    Abajyanama mu bya gisirikare babwiye ibiro bya perezida w'Amerika bya White House ko icyemezo kigomba gufatwa kuri uyu wa kabiri kugira ngo ingabo, n'ibikoresho byazo n'intwaro, zibe zashobora kuhava ku gihe ntarengwa, nkuko bitangazwa na CNN.

    Umutegetsi wo mu gisirikare yabwiye CNN ko niba Bwana Biden yemeje kuhakura ingabo mbere y'igihe ntarengwa, habaho iminsi “micye yindi” yo guhungisha abantu, mbere yuko kugabanya ingabo bitangira, bishoboka ko byabaho mu mpera y'iki cyumweru.

    Kuri ubu, i Kabul hari abasirikare 5,800 b'Amerika.

    Nkuko White House ibitangaza, abantu hafi 10,900 ku wa mbere bahungishijwe bakurwa i Kabul, hagati ya saa tanu n'igice z'amanywa (11h30) na saa tanu n'igice z'ijoro (23h30) zo ku isaha yo muri Afghanistan.

    Amerika yahungishije, inafasha guhungisha, abantu bagera hafi ku 48,000 kuva hatangira guhungisha abantu n'indege ku bwinshi ku itariki ya 14 y'uku kwezi kwa munani, nkuko White House ibivuga.

    Amafoto yo ku kibuga cy'indege cya Dulles cy'i Washington, yerekana Abanya-Afghanistan bagera muri Amerika.

    Aba Taliba bagerageje kugaragaza isura yo gutanga ihumure ku Banya-Afghanistan bahisemo kuguma mu gihugu, babasaba gufasha mu kongera kubaka igihugu.

    Umuvugizi w'aba Taliban Suhail Shaheen yabwiye BBC ko abantu bafite inzandiko z'inzira (passports) bazakomeza kwemererwa kuva mu gihugu mu ndege z'ubucuruzi nyuma y'igihe ntarengwa cyo kuhava kw'ingabo z'amahanga.

    Yagize ati: “Turashaka ko baguma mu gihugu ariko niba bashaka kugenda, bashobora kugenda”.

    Guhungisha abantu mu ndege byatangiye ubwo aba Taliban bageraga i Kabul nyuma yo kwigarurira ibice hafi ya byose bya Afghanistan mu kanya nk'ako guhumbya, Amerika imaze gufata icyemezo cyo kuhakura ingabo.

    Agace kamwe konyine mu gihugu gasa nk'akatarigarurirwa n'aba Taliban ni akarere ka Panjshir kari mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Kabul. Ni indiri y'abatavuga rumwe n'aba Taliban bavuga ko bafite abantu babarirwa mu bihumbi biteguye gukomeza imirwano.

    Aba Taliban bari bahiritswe ku butegetsi n'ingabo z'amahanga zirangajwe imbere n'iz'Amerika, nyuma y'ibitero muri Amerika by'umutwe wa al-Qaeda byo ku itariki ya 11 y'ukwezi kwa cyenda mu 2001. Hakurikiyeho intambara yamaze imyaka 20.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/afghanistan-us-iri-kotswa-igitutu-ku-gihe-ntarengwa-cyo-guhungisha-abavayo

  • AKARAYIFUMBWE EP#82:Niki cyihishe inyuma y'iyirukanwa rya Avocat wa RUSESABAGINA! Ibivugwa n'ibitavugwa! #rwanda #RwOT

    Avocat umuryango wa Rusesabagina wari wamwoherereje yarahambirijwe! Ni iki cyari kihishe inyuma y'iyi dosiye! Me Gashabana ayifitemo uruhe ruhare? Ese ibivugwa hari aho bihuriye n'ibyabaye muri kiriya cyumweru Avocat Vincent Lurquin yari yajemo akanahambirizwamo? Tubane muri iki kiganiro!

    AKARAYIFUMBWE EP#82: Ikihishe inyuma y'iyirukanwa rya Avocat wa RUSESABAGINA! Ibivugwa n'ibitavugwa!

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/akarayifumbwe-ep-82-niki-cyihishe-inyuma-y-iyirukanwa-rya-avocat-wa

  • Leta y'u Rwanda yemeye kwakira impunzi z'Abanya Afghanistan #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo yabwiye Ikinyamakuru Taarifa dukesha aya makuru ko u Rwanda rwemeye ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za America zikomeje gushakira abaturage bo muri Afghanistan aho bahungishiriwa.

    Madamu Yolande Makolo avuga ko nta myanzuro myinshi irafatwa kuri iki cyemezo cyo kwakira izi mpunzi gusa yemeje gusa ko bemeye ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

    Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko hari ibihugu 13 byemeye kwakira by'igihe gito abantu bari kuvanwa muri Afghanistan. Ni ukuvuga abatujuje ibisabwa bituma bahita batuzwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Ibyo bihugu ni Albania, Canada, Colombia, Costa Rica, Chile, Kosovo, North Macedonia, Mexico, Poland, Qatar, u Rwanda, Ukraine na Uganda.

    Ku wa 15 Kanama 2021 nibwo umurwa mukuru wa Afghanistan, Kabul, waguye mu maboko ya Taliban, ubwo Perezida w'icyo gihugu Ashraf Ghani yari yamaze guhunga.

    Ni amateka yisubiyemo kuko Taliban yafashe ubutegetsi nyuma y'imyaka 20 ibukuweho n'ingabo za Amerika, Abanyamerika batangiye gusubira iwabo ihita ibwisubiza.

    Hari n'ibindi bihugu 12 byemeye ko bazahanyura mbere y'uko bajyanwa ahandi.

    Ibyo ni Bahrain, u Bwongereza, Denmark, u Budage, u Butaliyani, Kazakhstan, Kuwait, Qatar, Tajikistan, Turikiya, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu na Uzbekistan.

    Biheruka gutangazwa ko nibura hari Abanyamerika 15,000 n'abaturage ba Afghanistan babarirwa hagati ya 50,000 na 60,000 bakoranaga bakeneye guhungishwa mu maguru mashya.

    Kugeza ku Cyumweru Amerika yari imaze kuvana muri Afghanistan abaturage 28,000, mu gikorwa mu buryo bw'ibanze byatangajwe ko kizageza ku wa 31 Kanama, ndetse ngo gishobora kongerwa.

    Ingabo za Amerika zifatanyije n'iz'ibindi bihugu nk'u Budage n'u Bwongereza ni zo zirinze ikibuga cy'indege mu murwa mukuru Kabul.

    Itangazo ryasohowe rivuga ko hagomba gukoreshwa indege 18 zirimo enye za United Airlines; eshatu za American Airlines, Atlas Air, Delta Air Lines na Omni Air n'ebyiri za Hawaiian Airlines.

    Kubera ubwoba bwo gutinya Abatalibani,bamwe mu baturage bahisemo kwiyahura bitendeka ku ndege z'Abanyamerika zigiye guhaguruka kugira ngo bahunge gusa bamwe bagiye bahanuka bagahita bapfa.

    Mu bapfuye harimo umusore wakiniraga ikipe y'igihugu y'Afghanistan y'abakiri bato mu mupira w'amaguru.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/leta-y-u-rwanda-yemeye-kwakira-impunzi-z-abanya-afghanistan

  • U Rwanda rwemeye ubusabe bwa USA bwo kwakira impunzi zivuye muri Afghanistan #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yabwiye Ikinyamakuru Taarifa dukesha aya makuru ko u Rwanda rwemeye kiriya Cyifuzo cyatanzwe na Leta Zunze Ubumwe za America zikomeje gushakira abaturage bo muri Afghanistan aho bahungishiriwa.

    Uyu muvugizi wa Guverinoma mushya, Yolande Makolo avuga ko nta byinshi biratajya ku murongo kuri iki cyemezo cyo kwemera kiriya cyifuzo gusa ngo u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za America bazaganira uko cyashyirwa mu bikorwa.

    Ku ikubitiro, Igihugu cya Uganda ni cyo cyabaye icya mbere ku mugabane wa Africa kwemera kwakira impunzi ziri guhungishwa muri kiriya gihugu cya Afghanistan.

    Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko hari ibihugu 13 byemeye kwakira by’igihe gito abantu bari kuvanwa muri Afghanistan. Ni ukuvuga abatujuje ibisabwa bituma bahita batuzwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Ibyo bihugu ni Albania, Canada, Colombia, Costa Rica, Chile, Kosovo, North Macedonia, Mexico, Poland, Qatar, u Rwanda, Ukraine na Uganda.

    Hari n’ibindi bihugu 12 byemeye ko bazahanyura mbere y’uko bajyanwa ahandi, ari byo Bahrain, u Bwongereza, Denmark, u Budage, u Butaliyani, Kazakhstan, Kuwait, Qatar, Tajikistan, Turikiya, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Uzbekistan.

    Kuva umutwe wa Taliban wafata kiriya gihugu cya Afghanistan ndetse ubutegetsi bwa kiriya gihugu bukemera kuwubererekera bukawuha Igihugu, bamwe mu baturage bakomeje kuvanwa muri kiriya gihugu.

    Perezida Biden wanenzwe na benshi kuba yarakuye ingabo za Leta Zunze Ubumwe za America muri kiriya Gihugu ku buryo ari byo byatumye Abatalibani bagifata, yavuze ko icyemezo cyo kuzikurayo cyari mu buryo buboneye kandi ko cyari gikwiye.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/U-Rwanda-rwemeye-ubusabe-bwa-USA-bwo-kwakira-impunzi-zivuye-muri-Afghanistan

  • Tanzania: Perezida Samia yanenzwe gukoresha imvugo isesereza abagore_ inkuru irambuye #rwanda #RwOT

    Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan arimo kunengwa ku mbuga nkoranyambaga kubera kuvuga ko bamwe mu bakinnyi b'abagore b'ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru bafite 'mu gatuza harambuye' kandi ko batabereye kuba bashakwa.

    Yabivugiye mu biro bye i Dar es Salaam ubwo yakiraga umudari watsindiwe n'ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru y'abari munsi y'imyaka 23, mu irushanwa ryo mu karere k'Afurika y'uburasirazuba no hagati (CECAFA) ry'uyu mwaka.

    Yavuze ko nubwo abo bagore bahesheje ishema igihugu batsindira imidari, bamwe muri bo nta mahirwe bafite yo kubona abagabo kubera ukuntu bameze.

    Avuga ku ikipe y'abagore y'umupira w'amaguru, yagize ati: 'Tubazanye hano tukabatondesha umurongo, ku bafite mu gatuza harambuye, ushobora gutekereza ko ari abagabo — ko atari abagore'.

    Yavuze ko nubwo bamwe muri abo bakinnyi bamaze gushaka abagabo, benshi muri bo batarabashaka, 'kandi kubera ukuntu bameze, ubuzima bw'abashakanye… ni inzozi gusa [kuri bo]'.

    Perezida Samia yavuze kandi ko abakinnyi barimo kubaho ubuzima bugoye nyuma yo gusoza akazi kabo ko gukina, asaba abategetsi gukora kuburyo ubuzima bwabo bwa nyuma yo gusezera ku mikino bwitabwaho.

    Yavuze ko ubwo buzima bugora abagore by'umwihariko 'aho amaguru yabo aba ananiwe, iyo bamaze gusezera ku mukino'.

    Hari bamwe ku mbuga nkoranyambaga bakomeje kunenga ayo magambo ye. Umwe mu bakoresha Twitter yatangaje igice cy'ijambo rya Perezida Samia, arinenga gukoresha 'amagambo asesereza' ikipe y'abagore:

    Maria Tsehai yanditse kuri Twitter ati: 'Ibi ni byo 'perezida wa mbere w'umugore' afite byo kuvuga ku bandi bagore barimo guhangana n'ababafata uko batari bagakina umupira kinyamwuga!'

    Harry Mwala we ati: 'Ibyo avuga si ukuri!! Yashyize muri rusange nta gihamya ya siyansi afite ku bakinnyi b'abagore bafite mu gatuza harambuye no kutagira ubwiza no ku bijyanye no kuvamo abashakwa!! Ntabwo avuga gusa ibitari ukuri ahubwo yongeye no kubeshya!'

    Inkuru ya BBC

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/23/tanzania-perezida-samia-yanenzwe-gukoresha-imvugo-isesereza-abagore_-inkuru-irambuye/