Tag: Politiki

  • Kenya:Visi Perezida Ruto yahawe abarinzi 257 barimo n'abarinda inkoko ze #rwanda #RwOT

    Visi Perezida w'igihugu cya Kenya William Ruto hamwe n'imitungo ye acungiwe umutekano n'abapolisi 257, harimo bane barinze aho yororera inkoko ze, nk'uko bivugwa na leta y'iki gihugu.

    Minisitiri w'Ubutegetsi mu gihugu wa Kenya Fred Matiang'í yabwiye komite ishinzwe umutekano mu nama y'inteko ishinga amategeko ko nijoro ku wa gatatu izi mpinduka zakozwe mu bashinzwe gucunga umutekano wa Ruto ari “igikorwa gisanzwe”.

    Abakunzi be barinubira izi mpinduka ku itsinda ry'abapolisi barinda Ruto, na cyane ko we na Perezida Uhuru Kenyatta badacana uwaka.

    Minisitiri Matiang'í avuga ko mu ba polisi barinda Ruto harimo 74 badasanzwe bashinzwe kurinda umukuru w'igihugu.

    Bamwe mu bapolisi bashyizwe ku kibuga cy'indege kugira ngo barinde kajugujugu za Ruto 2, nk'uko bivugwa na Matiang'i.

    William Ruto, n'abakunzi be barinubira iyi myanzuro iherutse gufatwa, bakavuga ko ishobora gutuma umutekano we uhungabana, kandi ko ari imyanzuro ifite impamvu za politike.

    Minisitiri Matiang'i ati: “Dushyize ku ruhande ibivugwa, Nyiricyubahiro Visi Perezida ni we muntu wa mbere wari ucungiwe umutekano mu mateka y'igihugu tugereranyije n'abandi babaye muri uyu mwanya”.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/kenya-visi-perezida-ruto-yahawe-abarinzi-257-barimo-n-abarina-inkoko-ze

  • Imirenge 10 yari muri Guma mu rugo yakuwemo #rwanda #RwOT

    Imirenge 10,irimo iyari imaze igihe iri muri gahunda ya Guma Mu rugo yakuwemo, abaturage bayituye basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID19 .

    Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu yavuze ko imirenge yakuwe muri Guma mu rugo irimo uwa Tumba na Gishamvu yo mu karere ka Huye, Byimana mu karere ka Ruhango, Rukara, Mwiri, Nyamirama na Murundi yo mu karere ka Kayonza na Muhura, Remera na Kageyo yo mu karere ka Gatsibo.

    Mu mpera za Nyakanga uyu mwaka,nibwo Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu yatangaje ko imirenge 50 yo mu duce dutandukanye mu gihugu by'umwihariko mu twashyiriweho gahunda ya Guma mu Karere twashyizwe muri Guma mu rugo y'iminsi 14.

    Icyemezo cyo gushyira imirenge muri Guma mu rugo cyafashwe hashingiwe ku isesengura ryakozwe n'lnzego z'buzima ku miterere y'uburyo icyorezo cya COVID-19 gihagaze mu gihugu no kugira ngo uduce dukomeze gukurikiranwa neza.

    Minaloc yibukije abatuye mu mirenge yakuwe muri Guma mu Rugo gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/imirenge-10-yari-muri-guma-mu-rugo-yakuwemo

  • AKARAYIFUMBWE EP#83:Ese Minisiteri y'ubumwe bw'Abanyarwanda ifite izihe nshingano #rwanda #RwOT

    Tubararikiye ikiganiro AKARAYIFUMBWE EP#83 kigaruka kuri Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda yaraye ihawe Abayobozi! Umunyabufundu ufite se wishwe ku Ngoma ya Kayibanza azira kuba Umututsi bise ikitso cy'Inyenzi zateraga icyo gihe yabaye Minisitiri naho Umudamu ufite Se wahamwe n'ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 agakatirwa burundu adahari aba Umunyamabagna Uhoraho! Ese iyi Minisiteri izibanda ku biki? Izakora ibiki bitakorwaga mbere? Tubane muri iki kiganiro!.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/akarayifumbwe-ep-83-ese-minisiteri-y-ubumwe-bw-abanyarwanda-ifite-izihe

  • Ibikubiye mu butumwa Amb. Nyiramatama yahaye… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu ni bwo Ambasaderi Nyiramatama yasuye ikipe y'igihugu mu mwiherero mbere y'umukino wa Mali, abibutsa ko baje bahagarariye igihugu kandi Abanyarwanda bose babahanze amaso, abasaba gukoresha imbaraga zabo zose bagakotana gitwari, bagahesha ishema igihugu.

    Amb. Nyiramatama yasabye Abakinnyi kwitanga batizigamye, abizeza ko Abanyarwanda bose babari inyuma kandi babafatiye iry'iburyo, abasaba kutabatenguha.

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu saa Tatu zuzuye, ku kibuga Stade Adrar mu mujyi wa Agadir muri Maroc, harabera umukino wa mbere mu ijonjora rya kabiri mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2022, uhuza Mali n'u Rwanda.

    Mali niyo yakira uyu mukino wagombaga kubera i Bamako, ariko mwimurirwa muri Maroc kubera isanwa ry'ibibuga byo muri Mali.

    Abakinnyi b'u Rwanda bameze neza kandi biteguye guhatana muri uyu mukino basabwamo byibura inota rimwe imbere ya Mali.

    Uretse Rafael York utarabona ibyangombwa bisabwa byo gukinira u Rwanda, utaza kugaragara muri uyu mukino, abandi bakinnyi bose nta numwe ufite imvune, barahari kandi bameze neza.

    Nyuma y'uwo mukino Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda izakira Kenya tariki ya 05 Nzeri 2021 mu mukino w'umunsi wa kabiri mu itsinda E uzabera kuri Stade ya Kigali.


    Amb.Nyiramatama yasuye abakinnyi b’Amavubi mbere yo guhura na Mali

    Amb. Nyiramatama yasabye abakinnyi b’Amavubi kwitanga batizigamye ku mukino bahuramo na Mali

    Amb. Nyiramatama na Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier Mugabo

    Abakinnyi b’Amavubi biteguye gukotana imbere ya Mali

    Abakinnyi 11 Umutoza Mashami Vincent abanza mu kibuga ku mukino wa Mali

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109093/ibikubiye-mu-butumwa-amb-nyiramatama-yahaye-abakinnyi-bamavubi-mbere-yo-kwesurana-na-mali-109093.html

  • Abatalibani bishimiye intsinzi batwara amasanduku ariho amabendera y'Ubushinwa,Ubufaransa n'Amerika #rwanda #RwOT

    Aba batalibani bakoreye ikiriyo ibi bihugu nko kwerekana ko begukanye intsinzi nyuma yo guhirikwa ku butegetsi muri za 90.

    Gusubira ku butegetsi kw'Abatalibani nyuma y'imyaka 20 bari mu ntambara kwatumye bamwe mu baturage b'iki gihugu bagira ubwoba batangira guhunga.

    Abatalibani bari bikoreye amasanduku ariho amabendera ya US,Ubushinwa na Amerika ndetse n'irya NATO,bazenguruka umujyi Khost bafite n'amabendera yabo.

    Amafoto yagaragaje Abatalibani bifotoje bari mu ndege zatawe ndetse bazengurutse imijyi itandukanye babyina intsinzi.

    Perezida Biden yohereje ingabo hafi 6000 gufata ikibuga cy'indege kugira ngo zihagararire ibikorwa byo guhungisha Abanyamerika n'abandi banyamahanga, hamwe n'abanya Afghanistan bakoranye n'ingabo mpuzamahanga.

    Abantu ibihumbi n'ibihumbi bisutse ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Kabul bashaka kurira indege zarimo zihungisha abantu.

    Mu ijambo ry'ejo ku wa kabiri, Perezida Biden yashimiye ingabo kuri iki gikorwa cyo guhungisha abantu benshi mu gihe gito, ahita yemera ko azakomeza gahunda yo gucyura Abanyamerika bakiri muri Afghanistan bifuza kuvayo- bose hamwe bakaba basaga 200.

    Umukuru w'igihugu cya Amerika yashyigikiye yivuye inyuma icyemezo cye cyo gucyura ingabo.

    Biden yagize ati: “Ntabwo nari gukomeza intambara itarangira. Intambara muri Afghanistan ubu irarangiye”.

    Avuga ko Amerika itari ikeneye ingabo muri kiriya gihugu kugira ngo yirwanirire.


    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/abatalibani-bishimiye-intsinzi-batwara-amasanduku-ariho-amabendera-y-ubushinwa

  • Dr Bizimana yagizwe Minisitiri w’Ubumwe bw’A… – #rwanda #RwOT

    Perezida Paul Kagame yashyizeho aba bayobozi bashya ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 111, iya 112 n’iya 116. Dr Jean Damascene Bizimana wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) yagizwe Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (Minister of National Unity and Civic Engagement) iyi akaba ari Minisiteri nshya mu Rwanda.

    Abandi bayobozi bashyizweho na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame barimo; Mr. Johnston Busingye wari Minisitiri w’Ubutabera mu Rwanda akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu gihugu cy’u Bwongereza nyuma y’imyaka 8 yari amaze muri Minisiteri y’Ubutabera, Mr. Francis Gatare wagizwe Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu bijyanye n’Ubukungu;

    Amb. Yamina Karitanyi wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda, Dr. Fidele Ndahayo wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ingufu za Atomike, Ms. Clarisse Munezero wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu ndetse na Dr. Thierry Mihigo Kalisa wagizwe ‘Chief Economist at the National Bank of Rwanda’.

    Amakuru y’impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Abayobozi bashya bahawe inshingano n’Umukuru w’Igihugu, yatangarijwe mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente ari nawe wariteyeho umukono mu izina rya Perezida Paul Kagame.

    Johnston Busingye yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

    Dr Jean Damascene Bizimana yagizwe Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda

    Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109072/dr-bizimana-yagizwe-minisitiri-wubumwe-bwabanyarwanda-busingye-agirwa-ambasaderi-wu-rwanda-109072.html

  • IBYAKOZWE N'INTUMWA EP#38:Ubuzima bwa Col (Rtd) TWAHIRWA Ludoviko uzwi ku izina rya “DODO wasezerewe mu gisirikare arengana #rwanda #RwOT

    TUBARARIKIYE IKIGANIRO IBYAKOZWE N'INTUMWA EP#38 kigaruka ku buzima bw' Inkeragutabara y'Umuherwe Col TWAHIRWA Ludoviko uzwi ku izina rya “DODO”! Uko yasezerewe mu Gisilikali igitaraganya bikavugwa nyuma ko yarenganye, uko yayoboye Rayon, uko yageze muri ATRACO abayihoranye bagahora bataka, uko yashinze ATRACO n'uko yasenyutse, ibi byose hamwe n'ibindi tubane muri iki kiganiro!

    IBYAKOZWE N'INTUMWA EP#38: Col (Rtd) TWAHIRWA DODO! Inkeragutabara y'Umuherwe! Yasezerewe arengana!

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/ibyakozwe-n-intumwa-ep-38-ubuzima-bwa-col-rtd-twahirwa-ludoviko-uzwi-ku-izina

  • Ingabo za nyuma za Amerika zavuye muri Afghanistan #rwanda #RwOT

    Indege ya gisirikare ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuye ku kibuga cy'indege cy'i Kabul, ikimenyetso cy'uko intambara yari imaze imyaka 20 kandi itabonwa kimwe irangiye. Iyi niyo ntambara ndende cyane mu mateka ya Amerika.

    Abategetsi bavuga ko indege ya nyuma C17 yahagurutse I Kabul nyuma ya saa sita z'ijoro, tariki 31 Kanama 2021 itwaye uhagarariye Amerika. Bavuga kandi ko ibikorwa byo gufasha abo bose batashoboye kuva mu gihugu biciye mu buryo bwa diplomasi bizakomeza.

    Ubwo iyi ndege ya nyuma yahagurukaga ku kibuga, Abataliban barashe amasasu mu kirere mu rwego rwo kwishimira kuba izi ngabo zari zimaze imyaka 20 muri iki gihugu zigiye.

    Iguruka ry'iyi ndege nkuko BBC ibitangaza, ryabaye igice cya nyuma cy'ibikorwa bya gisirikare bitabonwaga kimwe, byarangiye Amerika isubije Afghanistan abarwanyi b'idini rya Islam yari yashatse kurandurana n'imizi igihe ingabo za Amerika zinjiraga muri icyo gihugu mu 2001.

    Ryarangije kandi igikorwa kidasanzwe cyo guhungisha abantu cyari cyatangiye ku wa 14 z'ukwa munani hashize akanya gato aba Taliban bigaruriye igihugu.

    Umugaba w'ingabo za Amerika mu karere, Jenerali Kenneth McKenzie, avuga ko indege za Amerika n'iz'incuti zayo zashoboye guhungisha abasivire bose hamwe barenga 123.000, bisobanuye ko buri musi bahungisha abarenga 7500.

    Mu ijambo yashyikirije nyuma y'iri tangazo, umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n'amahanga Anthony Blinken i Washington, yavuze ko iki gikorwa cyo guhungisha abantu ari 'igikorwa cya gisirikare, cya diplomasi kandi cy'ubutabazi, gikomeye cyane kandi kiri mu bikorwa bigoye Amerika itari bwigere ikora'.

    Ati: 'Igice gishyashya kiratangiye. Ibikorwa bya gisirikare birarangiye. Hatangiye igikorwa gishyashya mu bijyanye n'imigenderanire'. Ariko, avuga ko ubutegetsi bw'aba Taliban bukeneye kwemerwa ariko ko bizaterwa n'uburyo bashyize mu ngiro ibyo biyemeje hamwe n'ibyo basabwa gukora nko guha abasivire uburenganzira bwabo bwo gusohoka no kwinjira mu gihugu, kurengera uburenganzira bw'abanya Afghanistan bose harimo n'abagore, hamwe no kutaba ubuhungiro bw'imitwe y'iterabwoba.

    Yongeraho ko, n'aho Amerika yafunze by'agateganyo Ambasade yayo i Kabul, ikaba yakomereje ibikorwa byayo ku murwa mukuru wa Qatar, Doha, izakomeza gufasha Abanyamerika n'abanya Afghanistan mu kubaha ibitabo by'inzira bya Amerika, kugira ngo bashobore kuva muri icyo gihugu mu gihe bazaba babyipfuza.

    Perezida Joe Biden yashyikirije ijambo rigufi ashimira abo bose bagize uruhare mu bikorwa byo guhungisha abantu mu misi 17 ishize, anamenyesha ko aza gushyikiriza ijambo igihugu mu masaha ari imbere kuri uyu wa kabiri.

    Abanyamerika bamaze kuva mu gihugu, abarwanyi b'aba Taliban babonetse barimo kugenzura ikibuga cy'indege cy'i Kabul n'ibyacyo, harimo n'ikibanza kirimo indege biboneka ko zasizwe n'Abanyamerika. Bamwe muri abo barwanyi bari bambaye imyenda bafite n'ibikoresho bya gisirikare bya Amerika byatawe.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/ingabo-za-nyuma-za-amerika-zavuye-muri-afghanistan/

  • IBYAKOZWE N'INTUMWA EP#37: Amb.Habineza yashyinguwe!Ese yaba yaraciye amarenga ku rupfu rwe abantu ntibabimenye? #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Kanama 2021,Ambasaderi Habineza Joseph [Joe] yasezeweho bwa nyuma, anashyingurwa mu cyubahiro mu muhango witabiriwe n'abo mu muryango we, inshuti ndetse na bamwe mu bayobozi bakuru b'igihugu.

    Umuhango wo kumusezera wabereye iwe mu rugo, urangwa n'ubuhamya butandukanye bw'abo mu muryango we n'inshuti ze, bose bagarutse ku bumuntu, urukundo no kwitangira bose byamuranze. Mu bawitabiriye barimo na Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin.

    Ubuhamya bwatanzwe mu muhango wo guherekeza nyakwigendera, bwagarutse ku buzima bwamuranze, uko yabaniye neza bose ndetse n'uko yari umuntu ufitiye akamaro umuryango we n'igihugu muri rusange.

    Nyuma hakurikiyeho umuhango wo kumusengera wayobowe n'abapasiteri bo mu Itorero ry'Aba- Presbytérienne mu Rwanda. Ambasaderi Joe yashyinguwe mu Irimbi rya Rusororo riherereye mu Karere ka Gasabo.

    Habineza Joseph yavutse tariki 3 Ukwakira 1964, muri Segiteri Kayenzi mu Karere ka Kamonyi. Yabyawe na Utumyabahutu Jean na Nyiranzabonitegeka Ziripa. Asize abana bane b'impanga yabyaye inshuro ebyiri. Yari yarashakanye na Justine Kampororo.

    Yakoreye igihugu mu nshingano zitandukanye yagiye ahabwa zirimo kuba Minisitiri w'Urubyiruko, Umuco na Siporo, kuva mu 2004, nyuma aza kuba Minisitiri wa Siporo n'Umuco ndetse yanabaye Ambasaderi w'u Rwanda muri Nigeria.

    Amb Habineza yasigiye benshi urwibutso nk'uwaranzwe no gukunda abantu bose, gukorana umurava mu kazi ke ka buri munsi, kugira abantu inama, gutega amatwi bose aboroheje n'abakomeye ndetse no kwita ku muryango we.

    Tubararikiye IBYAKOZWE N'INTUMWA EP#37: Amb Joseph HABINEZA yashyinguwe! Ese yaba yaraciye amarenga ku rupfu rwe abantu ntibabimenye? Bimwe mu byo Joe azibukirwaho! RIP Joe!

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/ibyakozwe-n-intumwa-ep-37-amb-habineza-yashyinguwe-ese-yaba-yaraciye-amarenga

  • Perezida wa Zambia yirukanye abayobozi bakuru mu Ngabo n’uwa Polisi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida wa Zambiya, Hakainde Hichilema
    Perezida wa Zambiya, Hakainde Hichilema

    Ku cyumweru tariki 29 Kanama 2021, Perezida Hichilema yatangaje abayobozi bashya b’ingabo za Zambia, izirwanira mu kirere n’izishinzwe izindi serivisi imbere mu gihugu ndetse n’abungiriza babo hamwe n’umuyobozi mukuru mushya wa Polisi.

    Abakomiseri bose ba polisi mu karere bakuwe ku mirimo yabo ariko ababasimbuye ntibahise batangazwa, nk’uko bytangajwe na VOA.

    Perezida Hichilema yavuze ko abahawe imirimo mishya bagomba gukorana akazi kabo umutima ushaka, kandi bagakorera igihugu bashishikaye bubahiriza uburenganzira bwa muntu n’ ubwisanzure byubahirizwa.

    Yavuze ko abapolisi bagomba gukora igenzura rikwiye mbere yo gufunga abakekwaho icyaha kandi ko “ntawe ugomba gufatwa mbere y’uko iperereza rirangira”.

    Hichilema watorewe kuba Perezida wa Zambia mu ntangiriro z’uku kwezi ku ntsinzi itoroshye, mu bihe byashize yakorewe ubugizi bwa nabi na Polisi aho yagiye arangwa no gufatwa agafungwa kenshi nyuma yo kugerageza kuba prezida inshuro eshanu (5) atsindwa, akaza gutsinda ku nshuro ya 6.

    Icyakora Perezida Hichilema yari yaragiye asezeranya ko azakemura ibibazo bikomeye byavugwaga mu nzego z’umutekano.


    source : https://ift.tt/3DmJZvU