Tag: Politiki

  • Perezida wa Sena y'u Rwanda n'iy'u Burundi bahuje urugwiro ubwo bahuriraga I Vienne #rwanda #RwOT

    Aba bombi baganiriye ku mubano w'ibihugu byombi.Aba bayobozi bishimira ubushake bwa Politiki n'intambwe imaze guterwa mu kunoza umubano hagati y'u Rwanda n'u Burundi.

    Perezida wa Sena y'u Rwanda n'iy'u Burundi biyemeje gutsura umubano ku rwego rw'Inteko Zishinga Amategeko, no gushyigikira Guverinoma z'Ibihugu mu bushake zifite bwo gukemura ibibazo bibangamiye umubano w'Ibihugu byombi.

    Perezida wa Sena y'u Rwanda akaba yaboneyeho gutumira mugenzi we mu nama y'inteko zishinga amategeko Inter-Parliamentary Union izabera i Kigali mu Ukwakira 2022.

    Mu mpera z'icyumweru gishize, Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame, yavuze ku mubano w'u Rwanda n'u Burundi ugenda urushaho kunozwa hashingiwe ku bushake n'imbaraga byashyizwe mu kuvugurura uwo mubano ku mpande z'ibihugu byombi, mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru n'abaturage.

    Kuva mu 2015,nta munyarwanda werekezaga mu Burundi mu gihe nta n'Umurundi wazaga mu Rwanda.Icyakora umukino waraye uhuje u Rwanda muri Volleyball n'u Burundi wabaye uwa mbere wongeye guhuza ibi bihugu byombi.

    Amakimbirane y'u Rwanda n'u Burundi yahereye mu 2015, ubutegetsi bwa buri ruhande bwagiye bushinja urundi kugambirira kubugirira nabi.

    Mu myaka micye ishize ubwo byari bikomeye habayeho no kurasana kwa hato na hato hagati y'ingabo z'ibi bihugu ku bice byegereye imipaka.

    Kuva mu mpera z'umwaka ushize abaperezida berekanye ubushake bwo kongera kubana neza, mu mezi macye ashize bavuze amagambo meza no kugenderanira kwa politiki biratangira.

    Mu kwezi kwa karindwi, u Rwanda rwohereje minisitiri w'intebe mu birori by'ubwigenge bw'u Burundi, Perezida Evariste Ndayishimiye yavuze ko ibi ari “nk'igitangaza [Abarundi] babonye”.

    Ubu u Burundi nabwo bwohereje ikipe y'igihugu mu gikombe cya Africa i Kigali, ibintu byasaga n'ibidashoboka mu myaka ishize ubwo ubushyamirane bwari burimbanyije.

    Bikomeje kunugwanugwa kandi ko mu gihe cya vuba aha hazaba urugendo rw'umutegetsi mukuru wo mu Burundi mu Rwanda.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/perezida-wa-sena-y-u-rwanda-n-iy-u-burundi-bahuje-urugwiro-ubwo-bahuriraga-i

  • Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k'ubumwe bw'Abanyarwanda kuko nibo babusenya #rwanda #RwOT

    Kuva aho Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w'Intebe rivuga ko Perezida Kagame yashyizeho Dr Jean Damascene Bizimana nka Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu yahise yibasirwa n'abari inyuma y'umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, abahakanyi bayo ndetse n'izindi ntagondwa zikigendera mu murongo wa Hutu Pawa.

    Muri abo twagaruka kuri Ingabire Victoire ndetse na Jambo asbl, ishyirahamwe rigizwe n'abakomoka kuri ba ruharwa bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Impamvu nyamukuru bibasira Dr Bizimana ni uko ari urumuri rumurikira abamunzwe n'ingengabitekerezo ya Jenoside aho bamwe bahinduka abandi bagakomera k'umurage w'ababyeyi babo nka Victoire Ingabire cyangwa se Jambo asbl.

    Dr Bizimana ni inararibonye, asobanukiwe neza nicyo kuba Umunyarwanda bivuze, yakoze ibishoboka byose yambika ubusa abahembera amacakubiri n'ivangura ndetse n'ingengabitekerezo ya Jenoside akaba ariyo mpamvu bamwibasira nkuko Hutu Pawa yibasiraga uwabashaga kubereka ko umugambi w'urwango ntacyo rumaze mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi nyuma bakabizira. Aha twavuga nka Agathe Uwilingiyimana, Nzamurambaho Frederic, Maitre Ngango, Kavaruganda n'abandi.

    Ubumwe bw'Abanyarwanda bwahozeho mu binyejana byinshi u Rwanda rukiri igihugu kigari rutaramburwa ibice byarwo n'abakoloni, aho rwageraga za Masisi, Rutshuru, Bufumbira, Minembwe n'ahandi. Ubwo bumwe bwashenywe n'abakoloni bashyiraho politiki yo gucamo ibicemo Abanyarwanda kugeza bafashije abatarashakaga ubwigenge gushinga ishyaka rya PARMEHUTU.

    Abavuga nabi Dr Bizimana, umunyamategeko uzi byimbitse n'amateka y'u Rwanda ni abambari ba MDR-PARMEHUTU cyane cyane ababakomokaho cyangwa abuzukuru babo. MDR PARMEHUTU na MRND ni amashyaka yakuriye mucyiswe ubumwe bw'Abahutu, ariko ubumwe bw'Abahutu ntibushoboka ahubwo hashoboka ubumwe bw'Abanyarwanda. Abashaka ubumwe bw'ubwoko ni abakuriye mu ngengabitekerezo.

    Iyo Ingabire avuga ubumwe bw'Abanyarwanda aba ashaka kuvuga ubumwe bw'Abahutu. Twibutse ko yayoboye ishyaka ryambere (RDR) ryahuzaga imitwe yose yijanditse muri Jenoside yakorewe Abatutsi nyuma yuko bahungiye mucyahoze ari Zayire ariyo Kongo-Kinshasa yubu.
    Ingabire uvuga ku bumwe bw'Abanyarwanda ntabwo yigeze yitandukanya na rimwe n'icyaha kuko nubu ari hanze kubera imbabazi za Perezida wa Repubulika Paul Kagame. Iyo atamubabarira iyi Minisitieri ari kunenga umuyobozi wayo yari kubyumvira kuri Radiyo akiri muri gereza. Ingabire kandi ntiyigeze yitandukanya n'ibikorwa by'umubyeyi we Therese Dusabe ahubwo ahora amuvugira amugaragaza ko nta cyaha afite bamubeshyera. Kuri Ingabire abarokotse nibo banyabyaha kuko 'babeshyera' umubyeyi we, ibi abisangiye na benshi mu bafite ababyeyi babo bafungiye Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ubumwe bw'Abanyarwanda bugomba gutangirira mu kwigira amateka y'u Rwanda uko yagenze nta kuyaca ku ruhande. Icyo nicyo Ingabire na Jambo asbl badashaka kuko abambika ubusa agaragaza uruhare rwabo kuva muri 1959 kugeza muri 1994 ubwo umugambi wo kurimbura Abatutsi washyirwaga mu bikorwa. Uwo ari we wese ucukumbura amateka Ingabire Victoire n'abambari be bamwita umuhezanguni kuko avuga ibyo badashaka kumva. Bameze nka Gahini ubwo Imana yamubazaga aho murumuna we Abel ari kandi yamwishe.

    Iyo tuvuga amateka, tukavuga amazina y'abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bikorogoshora ababarimbuye n'ababashyigikiye barimo Ingabire dore ko intego kwari uko umuhutu azavuka akabaza uko umututsi yasaga. Ku bijyanye n'ubumwe bw'Abanyarwanda, Ingabire Victoire na jambo asbl ni abo ni abanyeshuri igihe baba bashaka guhinduka.

    The post Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k'ubumwe bw'Abanyarwanda kuko nibo babusenya appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/ingabire-victoire-na-jambo-asbl-nta-somo-batanga-kubumwe-bwabanyarwanda-kuko-nibo-babusenya/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=ingabire-victoire-na-jambo-asbl-nta-somo-batanga-kubumwe-bwabanyarwanda-kuko-nibo-babusenya

  • Perezida Kagame yagaragaje ubufatanye nk’intwaro yo guhangana n’ibibazo birimo ingaruka za Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa 7 Nzeri 2021, mu Nama ya mbere y’Umuryango uhuza bimwe mu bihugu byo muri Afurika n’Akarere ka Caraïbes [Africa-CARICOM Summit].

    Ni inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga yayobowe na Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya yitabirwa n’abarimo Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, Paul Kagame w’u Rwanda, Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma.

    Abayitabiriye baganiriye ku buryo bwo gukoresha amahirwe aboneka mu kwishyira hamwe mu bijyanye n’ubucuruzi n’ishoramari, iterambere, umuco, ubufatanye mu guhangana n’ibibazo by’imihindagurikire y’ibihe, ibibazo by’ubutagondwa n’iterabwoba n’ibindi.

    Perezida Kagame yavuze ko gushyiraho uru rubuga rwo kuganiriraho hagati y’ibihugu bya Afurika na Caraïbes, ari umwanya mwiza wo kuganira ku bibazo byugarije uturere muri rusange.

    Ati “Gushyiraho urubuga ruhoraho rw’ibiganiro hagati ya Afurika na Caraïbes ntabwo ari ibyo kwishimira gusa, ahubwo byaje bikenewe.”

    Yakomeje agira ati “Duhuzwa n’amateka amwe no kuba hari ibyo dusangiye ariko tunahuriye ku bibazo birimo ubusumbane mu bucuruzi, ubushobozi buke bwo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe ndetse no guharanira kugira urwego rw’ubuzima rwiyubatse.”

    Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko utwo duce twombi duhuriye ku rugamba rwo gushaka ubushobozi bwo kuzahura ubukungu bwashegeshwe n’icyorezo cya Covid-19.

    Ati “Uturere twacu dukeneye ubushobozi bwo gutera inkunga gahunda yo kuzahura ubukungu bwashegeshwe n’icyorezo cya Covid-19. Iki nicyo gihe cyo kwagura ubufatanye hagati y’uturere twacu ndetse by’ingenzi, abaturage bacu.”

    Perezida Kagame yibukije ko hari inama ya COP-26 izaba yiga ku mihindagurikire y’ibihe, iteganyijwe kubera muri Ecosse mu Ugushyingo ndetse n’iy’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zigize Commonwealth, CHOGM izabera i Kigali mu 2022.

    Yakomeje agira ati “Twese turi abanyamuryango b’umuryango mushya w’ibihugu bya Afurika, Caraïbes na Pacifique. Ishyirwaho ry’iri tsinda mu buryo butwibutsa agaciro ko kwishyira hamwe mu nyungu z’ubukungu bwacu n’abaturage.”

    Perezida Kagame yavuze ko Afurika na Caraïbes hari byinshi bashobora gusangizanya birimo ukwigiranaho n’ibindi.

    Iyi nama ya mbere ya Africa-CARICOM yagombaga kuba yarabaye mu 2020, iza gusubikwa ku mpamvu z’icyorezo cya Covid-19. Byitezwe ko iyi nama isiga igaragaje amahirwe y’ishoramari n’ubucuruzi hagati ya Afurika na Caraïbes, ubufatanye mu guhashya ibibazo byugarije Isi birimo icyorezo cya Covid-19 n’imihindagurikire y’ibihe.

    Uyu muryango uhuza Afurika na Caraïbes [Africa-CARICOM], ubarizwamo ibihugu 15 n’ibindi bitanu bitari ibinyamuryango bihoraho.

    Perezida Kagame yavuze ko ubufatanye hagati ya Afurika na Caraïbes ari ingenzi cyane kuko utwo duce duhuje ibibazo

    source : https://ift.tt/3BNLkdG

  • Afghanistan: Abaturage biganjemo abagore bari mu myigaragambyo ikaze yo kwamagana ubutegetsi bw' Abatalibani #rwanda #RwOT

    Muri Afghanistani, abantu amagana, biganjemo cyane cyane abagore, bakoze imyigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi bw'Abatalibani.

    Imyigaragambyo y'abagore uyu munsi i Kabul ikurikiye indi bakoze ejo kuwa mbere mujyi wa Mazar-i-Sharif, mu majyaruguru y'Afghanistani, n'indi barimo mu cyumweru gishize mu mujyi wa Herat, uri mu burengerazuba bw'igihugu.

    Abagore bo muri Afghanistani bafite impungenge cyane ko Abatalibani bazambura uburenganzira bwabo bwose, nk'uko byari bimeze ku ngoma yabo ya mbere yariho kuva mu 1996 kugera mu 2001.

    Imyigaragambyo y'uyu munsi i Kabul yabereye cyane cyane imbere y'ambasade ya Pakistani, igihugu barega ko gishaka gutegeka Afghanistani inyuma y'Abatalibani, inshuti magara za Pakistani.

    Ejo, Lieutenant-General Faiz Hameed, umuyobozi w'inzego z'ubutasi z'igisilikare cya Pakistani, zizwi ko zifite ingufu cyane mu butegetsi bwayo, yari mu ruzinduko i Kabul kuganira n'Abatalibani.

    Abaturage bigaragambyaga basakabaka ngo “Ntidushaka guverinoma iyobowe na Pakistani. Pakistani, dusohokere mu gihugu. Turashaka Afghanistani yigenga.”

    Abasilikari b'Abatalibani barashe amasasu menshi mu kirere kugira ngo babasanze. Naho abanyamakuru barimo bakurikirana imyigaragambyo batangaje ko aba basilikari bataye muri yombi bamwe muri bo, bakubise n'abandi, banabambura ibikoresho byabo by'akazi.

    IJWI RY'AMERIKA

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/afghanistan-abaturage-biganjemo-abagore-bari-mu-myigaragambyo-ikaze-yo

  • Icyizere kuri Raporo isabira RDC kwinjira muri EAC – #rwanda #RwOT

    Biteganyijwe ko muri uku kwezi aribwo aba baminisitiri ba EAC bazaterana bagasuzuma bwa nyuma raporo bakabona kuyemeza bityo RDC igahabwa ikaze muri uyu muryango wari usanzwe ugizwe n’ibihugu by’u Rwanda, Kenya, Tanzania, Uganda, u Burundi na Sudan y’Epfo.

    Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Dr. Peter Mathuki, mu kwezi gushize yabwiye abanyamakuru ko kwakira RDC muri uyu muryango bigeze kure ndetse raporo itegerejwe gusuzumwa n’Akanama k’Abaminisitiri.

    Kuri uyu wa Mbere tariki 6 Nzeli 2021, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh, yabwiye New Times ko uretse kuba iyo raporo yarakozwe ariko inatanga icyizere.

    Ati “Yego raporo irateguye kandi itanga icyizere. Vuba abagize Akanama k’Abaminisitiri bazahura kugira ngo bemeze iyo raporo hanyuma bayohereze ku bakuru b’ibihugu abe aribo babyemeza.”

    Yakomeje agira ati “Inama izaterana muri uku kwezi ku itariki izemezwa n’ibihugu binyamuryango.”

    Inama y’uyu muryango yo ku wa 27 Gashyantare, niyo yasuzumye ubusabe bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwo kwinjira muri EAC ndetse kuva ubwo hatangiye gukorwa raporo isuzuma niba koko iki gihugu cyujuje ibisabwa.

    Itsinda rigizwe n’impuguke eshatu zo muri buri gihugu kinyamuryango n’abandi bantu babiri batanzwe n’icyo gihugu gisaba kwinjira mu muryango batangiye gukora ubushakashatsi bwo kugenzura niba koko RDC yahabwa ikaze muri EAC.

    Mu byagenzuwe n’iryo tsinda harimo imiterere y’iki gihugu giherereye mu Burengerazuba bw’u Rwanda, bagenzura ibijyanye n’ubukungu bwacyo, amategeko mpuzamahanga kigenderaho ndetse n’ay’imbere mu gihugu ndetse n’ibindi bigenga amasezerano ashyiraho muri EAC.

    Muri ayo masezerano ashyiraho EAC ateganya ko kugira ngo igihugu gishya cyakirwe mu muryango kigomba kwemera amahame uyu muryango ugenderaho arimo imiyoborere myiza, demokarasi, amategeko, kubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ubutabera no gutanga imisanzu isabwa mu kongerera ubushobozi akarere.

    Ikindi kigenderwaho mu kwemerera igihugu kwinjira muri EAC harimo aho giherereye cyane ko kugeza ubu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihana imbibi n’ibihugu byose bibarizwa muri uyu muryango.

    Urugaga rw’Abacuruzi mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, East African Business Council, EABC) rugira inama ubuyobozi bw’uyu muryango guha ikaze RDC kuko ari igihugu gifite isoko rinini ku bikorerwa mu nganda nto n’iziciriritse muri uyu muryango.

    Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo isanzwe ari umufatanyabikorwa w’ibihugu bitandukanye bya EAC mu bijyanye n’ubucuruzi harimo n’u Rwanda.
    Inyigo yakozwe umwaka ushize igaragaza amahirwe y’ubucuruzi muri RDC, yagaragaje ko ibicuruzwa bivanwa muri iki gihugu mu 2019 byari bihagaze agaciro ka miliyari 6,6$.

    Muri uwo mwaka ibyo aka karere kohereje muri RDC byari bifite agaciro ka miliyoni 855,4$.

    Kugeza ubu u Bushinwa nicyo gihugu gikora ubucuruzi na EAC kuko ibivanwa mu karere byoherezwayo byihariye 31,2% mu gihe ibyoherezwa muri RDC ari 11,5%.

    Ku rundi ruhande kandi RDC igiye kuruta mu bunini ibihugu binyamuryango bya EAC byose hamwe ubiteranyije. Ni igihugu kandi gikungahaye ku mutungo kamere urimo amabuye y’agaciro.

    Prof Nshuti Manasseh yashimangiye ko hari icyizere ko RDC igiye kwakirwa muri EAC

    source : https://ift.tt/2YtYzlj

  • Abatalibani bemereye Abagore n'Abagabo kwiga bari hamwe #rwanda #RwOT

    Abanyeshuri bo mu mashuri ya Kaminuza muri Afuganistani basubiye mu mashuri nyuma y'aho Abatalibani bafatiye ubutegetsi. Mu mashuri amwe n'amwe, ab'igitsina gore batandukanijwe n'ab'igitsina gabo hakoreshejwe ibitambaro binini cyangwa ibibaho.

    Ibibera mu makaminuza n'ayandi mashuri muri Afuganistani, nkuko VOA ibitangaza,  birimo gukurikiranirwa hafi n'ibihugu by'ibihanganjye. Ni nka kimwe mu bimenyetso bizerekana by'ukuri iby'iyubahirizwa ry'uburenganzira bw'abagore muri iki gihe Abatalibani bagarutse ku butegetsi.

    Bimwe mu bihugu byo mu burengerazuba bw'isi byavuze ko ugutanga imfashanyo no kwemera ubutegetsi bw'Abatalibani bizashingira ku buryo bayobora igihugu, harimo n'uko bafata abakobwa n'abagore.

    Igihe Abatalibani bari ku butegetsi kuva mu 1996 gushyika muri 2001, iryo shyaka ryakumiriye abakobwa, babuzwa kujya mu mashuri, abagore na bo babuzwa kujya muri kaminuza no gukora.

    Ntibyamenyekanye nimba Abatalibani ari bo bategetse ko amashuri agabanywa mo kabiri. Abigisha batari bake bavuze ko batazi neza amategeko Abatalibani bazabaha, nyuma y'ibyumweru bitatu bigaruriye ubutegetsi. (VOA)

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/abatalibani-bemereye-abagore-nabagabo-kwiga-bari-hamwe/

  • Perezida Kagame yahaye inshingano nshya ACP Lynder Nkuranga na Col Jean Paul Nyirubutama #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yagize ACP Lynder Nkuranga Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Abinjira n'Abasohoka mu gihe Col Jean Paul Nyirubutama yagizwe Umunyamabanga Mukuru Wungirije akaba n'Umuyobozi Mukuru ushinzwe Iperereza n'Umutekano byo hanze y'Igihugu

    Mu itangazo ryashyizwe hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Nzeli 2021 na Primature,nuko ACP Lynder Nkuranga yagizwe Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Abinjira n'Abasohoka asimbuye Lt Col François Regis Gatarayiha wagiye kuri uyu mwanya mu 2018.

    Ni mu gihe kandi Col Jean Paul Nyirubutama yagizwe Umunyamabanga Mukuru wungirije akaba n'Umuyobozi Mukuru ushinzwe Iperereza n'Umutekano byo hanze y'Igihugu mu Rwego rw'Igihugu rushinzwe Iperereza n'Umutekano [NISS].

    ACP Lynder Nkuranga wigeze kuba Umuvugizi wungirije wa Polisi y'Igihugu mu 2018, yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Iperereza ryo hanze y'Igihugu mu Rwego rw'Igihugu rushinzwe Umutekano n'Iperereza, NISS. Ni umwanya yagiyeho muri Kanama 2020.

    Muri Kamena 2021 ni bwo kandi Perezida Kagame yafashe icyemezo cyo kuzamura mu ntera Lieutenant Colonel Jean Paul Nyirubutama ahabwa ipeti rya Colonel, agirwa Umunyamabanga Mukuru wungirije w'Urwego rushinzwe Iperereza n'Umutekano (NISS).

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/perezida-kagame-yahaye-inshingano-nshya-acp-lynder-nkuranga-na-col-jean-paul

  • Ingabo zahiritse ubutegetsi bwa Guinea zahaye ubutumwa bukomeye abari bagize guverinoma #rwanda #RwOT

    Abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa Alpha Condé muri Guinée batumije Inama y'Abaminisitiri y'igitaraganya bavuga ko utabasha kuyitabira arafatwa nk'inyeshyamba igamije kubarwanya.

    Iyi nama iteganyijwe kuba kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Kanama 2021 ndetse bivugwa

    Ni nyuma y'umunsi umwe umutwe w'ingabo zidasanzwe utangaje ko wahiritse ku butegetsi Alpha Condé wari uherutse gutorerwa manda ya gatatu nyuma yo guhindura Itegeko Nshinga mu buryo butavuzweho rumwe.

    w'imyaka 83 yahiritswe n'umutwe w'ingabo zidasanzwe, nyuma y'amasaha menshi hari imirwano hagati y'abamurindaga n'ingabo zigize uwo mutwe washinzwe mu 2018 mu gisirikare cya Guinée Conakry.

    Mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, agaragaza Alpha Conde azengurutswe n'abasirikare bambaye ibibapfuka mu maso, we yicaye ahantu bikekwa ko ari mu ngoro ya Perezida.

    Alpha Conde yari yambaye ishati idafunze ibipesu ku gice cyo hejuru, atuje cyane. Mu mashusho yakwirakwije, hari umusirikare umubaza ati 'Hari n'umusatsi wawe twigeze dukoraho nyakubahwa Perezida, twaba twagutoteje?', undi agaceceka.

    Umuryango wa Afurika yunze ubumwe , umuryango ECOWAS, leta zunze ubumwe za Amerika n'Uburayi bose bamaganye ihirikwa ry'ubutegetsi ryabaye muri Guinea.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/ingabo-zahiritse-ubutegetsi-bwa-guinea-zahaye-ubutumwa-bukomeye-abari-bagize

  • Perezida Kagame yavuze ko ibyihebe byo muri Mozambique harimo n'abanyarwanda n'abo muri EAC #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yavuze ko ibi byihebe byiyita ingabo za Califat (Califate Army)mu Ntara ya Cabo Delgado, harimo n'Abanyarwanda.

    Ati 'Bamwe muri ibyo byihebe, twabonye ko baturuka mu bice bitandukanye harimo n'u Rwanda. Twabonye ko harimo Abanyarwanda, hari Abanya-Uganda, Abanye-Congo, Abarundi, Abanya-Tanzania bose barahagarariwe. Muri kariya gace, ibyo byihebe bituruka mu bihugu bitandukanye.'

    Agace kari kuberamo imirwano muri Cabo Delgado, karimo umutungo kamere ufatika urimo na Gas. Yashowemo imari na TotalEnergies y'asaga miliyari 20 z'amadolari ashobora kwiyongera akagera kuri miliyari 50$ mu mushinga wiswe LNG, Liquefied Natural Gas.

    Muri iki kiganiro Perezida Kagame yabajijwe impamvu zatumye u Rwanda rwohereza ingabo muri Mozambique, niba hari amasezerano yabaye hagati ya Mozambique n'u Rwanda, cyangwa se rwarahawe imfashanyo n'u Bufaransa cyangwa kompanyi Total icukura umwuka (gas) mu karere kahegereye ka Palma.

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwohereje ingabo zarwo rubisabwe na leta ya Mozambique mu rwego rwo gushakira umuti ikibazo cy'umutekano mu karere kari karigaruriwe n'abarwanyi.

    Ati: “Twemeye ubusabe bwa Mozambique twemera kujya gufasha kubohoza ako karere, kandi igice kinini, niba atari cyose cyarabohowe, ubu abaturage bakaba barimo gusubira mu buzima busanzwe”.

    Yavuze kandi ko nta mfashanyo n'imwe bahabwa muri iki gikorwa bagiyemo muri Mozambike, ko bakigiyemo bakoresheje uburyo bw'u Rwanda gusa.

    Ati: “Kugeza ubu, dukoresha ubushobozi bwacu. Dufite uburyo bwiza twateguye mbere no gusangira n'incuti n'abavandimwe. Nta n'umwe utera inkunga ibi bikorwa byacu bya gisirikare”.

    “Ibi ndabivuze ndi imbere ya za camera, niba hari uvuga ati oya oya, uri kubeshya, twaguhaye amafaranga yacu, naze abivuge, ni uburenganzira bwe”.

    Amakuru ya nyayo yabonetse mu byangombwa byafatanwe ibi byihebe yagaragaje ko bikomoka mu bihugu bitandukanye birimo n'u Rwanda.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/perezida-kagame-yavuze-ko-ibyihebe-byo-muri-mozambique-harimo-n-abanyarwanda-n

  • Perezida Kagame yavuze ku muhanda Uganda ishaka kubaka ngo isibire u Rwanda amayira – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na RBA kuri iki Cyumweru, yavuze ko ikibazo cy’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda kigenda gifata indi ntera kuko ubu iki gihugu gisigaye gitwerera u Rwanda ibibazo rutanagizemo uruhare.

    Ati “Ubu ikibazo cyose kibaye cyane cyane icy’umutekano cyo muri Uganda cyihariye bavuga ko kigomba kuba cyavuye mu Rwanda n’iyo bidafite ahantu bihuriye na busa, n’iyo bitarimo n’Umunyarwanda babisanzemo ariko igisobanuro cya buri kibazo cyose.”

    “Buriya n’iyo haba habaye ikibazo cya COVID-19 nk’uko twese dufite icyo kibazo, Isi yose ifite ikibazo cya COVID-19, uzagira utya wumve Umuyobozi muri Uganda avuga ko ikibazo cya COVID-19 cyaturutse mu Rwanda cyangwa gitewe n’u Rwanda. Buri kibazo cyose n’ikidafitanye isano n’u Rwanda.”

    Perezida Kagame yavuze ko ibi byaje byiyongera ku mubare munini w’Abanyarwanda bahohoterwa na Uganda bamwe muri bo bakajugunywa ku mupaka babaye intere. Uretse abahohoterwa hari n’Abanyarwanda bicwa, cyane ko imibare igaragaza ko kuva mu 2019 hamaze gupfa abagera kuri 18.

    Yavuze ko kugeza ubu atarumva neza ikibazo Uganda ifite k’u Rwanda n’umurongo gikwiye guhabwa kugira ngo ibihugu byombi byongere kubana neza.

    Ati “Ntabwo numva neza impamvu, no kugira ngo tubone uko tubikemura neza biracyagoye. Ikindi birazwi neza ko habaho abantu baba muri Uganda cyangwa banyura muri Uganda cyangwa bafashwa na Uganda kugirira nabi u Rwanda, murabizi hari n’abo dufite mu nkiko. Bamwe bakatiwe abandi bari mu nkiko bazakatirwa kubera imanza z’ibyo bagiyemo banyuze muri Uganda cyangwa bafashijwe na Uganda kudutera.”

    “N’ubu hari ibindi birimo abantu bamwe muzi bari mu mahanga baba hanze muri Afurika y’Epfo no mu bihugu bindi bitandukanye bakorera muri Uganda ngo ibigamije mu gihe kizaza kugirira nabi u Rwanda.”

    Barashaka kurutera ibibazo

    Muri Gicurasi 2021, itangazamakuru rya Uganda ryatangaje ko iki gihugu gifite umushinga wo kubaka umuhanda unyura muri Tanzania ukagera i Burundi unyuze ku gice cy’Amajyaruguru yabwo.

    Amakuru avuga ko uwo muhanda uzaca Kitagate mu gace ka Isingiro ugakomeza Myotera-Mutukula n’i Karagwe.

    Uzava aha ukomereza mu gice cya Ngara kiri mu Majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Tanzania, aho uzava ugana mu mupaka wa Kobero uhuza Tanzania n’u Burundi.

    Ni umushinga uri mu rwego rwo guhima u Rwanda kubera ko ngo rwafunze umupaka wa Gatuna, wacagamo ibicuruzwa byavaga muri Uganda bigana mu Burundi.

    Mu kiganiro, Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri uyu muhanda, yemeza ko ugamije gushyira u Rwanda ku ruhande.

    Ati “Ejo bundi mwanasoma no mu binyamateka mukabona ngo hari imihanda izava Uganda ikanyura Tanzania ikajya i Burundi, ubwo ikigamijwe ngo ni ukugira ngo u Rwanda mbese baruce iruhande, barutere ibibazo. Bimaze kuba byinshi cyane, bimaze kugira n’ingero zifatika nyinshi.”

    Yavuze ko ibibazo by’u Rwanda na Uganda bidatanga icyizere cyo gukemuka vuba kuko bisa n’umurongo wa Politike Uganda yafashe, gusa yemeza ko u Rwanda rwahisemo inzira yo kubaka ubushobozi bwo kwirinda.

    Ati “Bisa n’ibitagabanuka, bisa n’aho ari umurongo wa politike uriho watanzwe ko ariko bigomba kugenda. Icyo twahisemo twebwe ni ukubireka uko bimeze, tukabirekera ba nyirabyo ngo babikemure. Twe icyo twakoze ni ukutagirira nabi Abanya-Uganda cyangwa abanyamahanga abo aribo bose ngo kubera ko igihugu cyabo cyatugiriye nabi cyangwa cyagiriye nabi Abanyarwanda.”

    “Icya kabiri ni ukubaka ubushobozi bwo kwirinda kugira ngo ibikomoka aho ngaho bitazagera ubwo bitugirira nabi. Icya gatatu ni ugukomeza kubwira ababikora tubabaza tuti ariko ibi ni iki, murabikorera iki ? Dushakisha uko wenda amaherezo bizarangira ariko uko birangira bizaturuka kubabikora cyangwa ababigena hanze y’Igihugu cyacu aho nta bushobozi tuhafite ba nyirabyo nibo bazahitamo icyo bakora.”

    Umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda watangiye kuzamuka mu 2017, aho Abanyarwanda batangiye kujya batabwa muri yombi bagafungirwa mu nzu z’ibanga z’inzego zishinzwe ubutasi mu gisirikare, bagakubitwa bitwa intasi, abadapfuye bakoherezwa mu Rwanda ari intere.

    Ibihugu birimo RDC na Angola byagerageje ubuhuza ariko Uganda ntiyigeze ishyira mu bikorwa amasezerano ibihugu byombi byasinye agamije guhagarika ibibangamira umutekano w’u Rwanda.

    Perezida Paul Kagame ubwo yari ateze amatwi ibibazo by’abanyamakuru, Cléophas Barore wa RBA na Jackie Lumbasi wa Royal FM

    Barore umenyerewe mu biganiro bitandukanye kuri RBA ni umwe mu banyamakuru bagiranye ikiganiro na Perezida Kagame

    Umunyamakuru Jackie Lumbasi ubwo yabazaga Perezida Kagame mu rurimi rw’Icyongereza

    Ikiganiro cyabereye muri Village Urugwiro, ahari ibiri by’Umukuru w’Igihugu

    Bamwe mu bagize Guverinoma bari bitabiriye ikiganiro Perezida Kagame yagiranye n’itangazamakuru ndetse n’abaturage

    Abaturage bahawe rugari babaza ibibazo bitandukanye umukuru w’igihugu

    Umwe mu batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi muri Musanze ubwo yashimiraga Perezida Kagame

    Sedandi Steven, umwe mu baturage batanze ibitekerezo bakabaza n’ibibazo Perezida Kagame

    Amafoto: Village Urugwiro


    source : https://ift.tt/3nbS7tL