Tag: Politiki

  • Burundi: Mushiki w'uwari Perezida w'u Burundi Ndadaye yahawe umwanya ukomeye muri Leta #rwanda #RwOT

    Hon.Denise Ndadaye yatorewe kuba visi Perezida wa mbere wa sena nyuma y'aho Madamu Caritas Njebarikanuyewari muri uyu mwanya yegujwe azira kuzamura igiciro cy'isukari mu buryo butemewe n'amategeko.

    Sena y'Uburundi yatoye Denise Ndadaye ngo asimbure uyu Spès-Caritas Njebarikanuye uherutse gucibwa amande ya miliyoni ebyiri z'amafaranga y'amarundi, ashinjwa kugurisha isukari ku biciro biri hejuru y'ibyemewe n'amategeko.

    Ishyirahamwe SOSUMO naryo rikaba ryahise rikura sosiyete ye, Family Dan and Stacy ku rutonde rw'abarirangurira isukari.

    Hon.Denise Ndadaye ni mushiki wa nyakwigendera Perezida Melchior Ndadaye, yinjiye muri Sena ari mu ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD,ubwo yari ahagarariye intara ya Mwaro, mu matora aheruka mu 2020.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/burundi-mushiki-w-uwari-perezida-w-u-burundi-ndadaye-yahawe-umwanya-ukomeye

  • Amayeri Rusesabagina yakoresheje mu gushaka kwitirira Ingabo z’u Rwanda ibitero by’i Nyabimata – #rwanda #RwOT

    Rusesabagina ni umwe mu bagabo bamenyekanye cyane, kuko yitiriwe filime mbarankuru ya Hotel Rwanda, imugaragaza nk’umugabo w’intwari warokoye abantu bagera ku 1.200 bari barimo guhigwa kugira ngo bicwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Icyakora nyuma y’ubu bwamamare, Rusesabagina yatangiye kwishora mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda ndetse aza gutangaza intambara yeruye ku Rwanda, kugeza ubwo yaje gufatwa mu 2020, ari nabwo yatangiye kugezwa imbere y’ubutabera.

    Nyuma y’ifatwa rya Rusesabagina, byari bigoye ko uyu mugabo yakwihakana ibimenyetso simusiga byamushinjaga uruhare mu ishingwa rya FLN, birimo ibyo yiyemereye mu rukiko by’uko yayiteye inkunga y’ibihumbi 20 by’ama-Euro ndetse n’ibindi yagiye atanga mu biganiro bitandukanye.

    Ibikorwa by’uyu mutwe byagize ingaruka kuko ku itariki ya 1 Nyakanga 2018, uyu mutwe wagaye igitero mu Rwanda, utera Umurenge wa Nyabimata, maze abagizi ba nabi bagabye iki gitero mu baturage babasahura amatungo, ibiribwa, imyenda n’amafaranga.

    Si ubwa mbere ibitero nk’ibyo byari bibaye, kuko no mu ijoro ryo ku wa 19 Kamena 2018, nabwo abo bagizi ba nabi bitwaje imbunda bishe barashe abantu babiri i Nyabimata, bakomeretsa batandatu barimo n’uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uwo Murenge, Nsengiyumva Vincent, batwika n’imodoka ye na moto y’umuturage.

    Ibi bitero kandi byarakomeje mu 2019, aho mu Ugushyingo k’uwo mwaka byagabwe mu ishyamba ry Nyungwe, izi nyeshyamba zigatwika imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, mbere y’uko ziteshwa n’ingabo z’u Rwanda zazitsimbuye mu buryo bwihuse.

    Muri rusange, ibitero bya FLN byaguyemo abantu icyenda, byangirikiramo ibikoresho byinshi ndetse binasiga ibikomere ku mitima y’Abanyarwanda, yaba inyuma ku mubiri ndetse no mu bitekerezo.

    Ibi nibyo byatumye Leta y’u Rwanda ikora ibishoboka byose mu gushaka no gufata abagizi ba nabi bahungabanyije umutekano mu Rwanda, bagenda bazanwa umwe kuri umwe kugera ubwo ku wa 31 Kanama umwaka ushize, Urwego rw’Ubugenzacyaha bwerekanaga Paul Rusesabagina wari nk’umutima w’ibi bikorwa.

    Rusesabagina yakiriwe na bagenzi be barimo Callixte Sankara na Herman Nsengimana bahoze ari abavugizi ba FLN, ari nabo uyu mugabo yanyuzagaho ubutumwa bugamije gukwirakwiza amatwara n’ibinyoma by’uyu mutwe.

    Kubura amajyo; intandaro yo kwikura mu rubanza

    Akigera mu Rwanda, Rusesabagina yahise ashyikirizwa inkiko nk’uko bigenwa n’amategeko ndetse atangira kuburanishwa, avuga ko “azereka ubutabera ko ari umwere”, nk’uko yabitangaje mu Kiganiro yagiranye na New York Times aho yari afungiye muri gereza.

    Icyakora nyuma y’iminsi micye atangiye iburanisha, Rusesabagina yaratunguranye muri Werurwe uyu mwaka, avuga ko ’yivanye mu rubanza kuko atizeye ubutabera bw’u Rwanda’, ibyo bamwe bafashe nko gutererana abarwanashyaka be 20 basigaye baburana batari kumwe na kizigenza wahoze abaha amabwiriza.

    Mu 2018, Carine Kanimba, umukobwa wa Rusesabagina, yakunze kumvikana avuga ko ibikorwa byo kwica abaturage byari biri kubera mu Majyepfo ashyira Iburengerazuba bw’u Rwanda, byari byateguwe na Leta y’u Rwanda ubwayo, bigamije gusiga icyasha FLN.

    Uyu murongo wo kugaragaza Leta y’u Rwanda nk’aho ari yo iri kwiyicira abaturage, wari waratanzwe na Paul Rusesabagina ubwe, nk’uko amakuru y’iperereza ry’inzego z’u Bubiligi, yavanywe muri telefoni na mudasobwa by’uyu mugabo mu nzu ye iri i Bruxelles, agasangizwa Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, abyerekana.

    Nyuma y’uko FLN yari imaze gutangaza intambara ku Rwanda ndetse hari ibitero bimaze guterwa ku Kitabi mu Karere ka Nyamagabe byanaguyemo abaturage, Rusesabagina na bagenzi be bokejwe igitutu, basabwa kwemeza niba ari bo bateye ibyo bitero cyangwa bakabyihakana.

    Ikibazo cyari uko ibi bikorwa byari byaguyemo abaturage kandi FLN ikaba itarifuzaga kwigaragaza nk’umutwe ugaba ibitero bigira ingaruka ku baturage.

    Mu kuyobya uburari, uyu mugabo wari urembejwe no gusabwa ibisobanuro by’ibiri kuba, yemeranyije na Innocent Twagiramungu, Umujyanama mu mategeko wa MRCD, ko mu gihe ibikorwa bya FLN byaguyemo abaturage, bakwiye kwirinda kubivugaho cyane, ahubwo bakabyerekana nk’uburyo buri gukoreshwa na Leta y’u Rwanda mu kubasiga icyasha.

    Mu kiganiro cyabereye kuri WhatsApp ku itariki ya 17 Ukuboza 2018, amakuru yacyo agasangizwa Ubushinjacyaha bw’u Rwanda nyuma y’uko inzego z’iperereza mu Bubiligi ziyakuye mu muri telefoni na mudasobwa bya Rusesabagina byavanywe mu nzu ye iri Bruxelles, Rusesabagina yatanze umurongo w’uburyo ibi bikorwa bigomba kuzagenda.

    Yaragize ati “Njye ndasanga hari uburyo bubiri bushoboka. Icya mbere ni uguceceka burundu, abahinzi (abarwanyi ba FLN) bakikomereza gahunda zabo uko ziteguye, tukajya tugira icyo tuvuga (revendication) n’icyo dusubiza (comments), ari uko abo tugamije kuvugaho (target), ari igisirikare na polisi, cyangwa ibindi bikorwa bitaguyemo abasivili.”

    Ibiganiro Rusesabagina yagiranye na Twagiramungu Innocent bigamije kurebera hamwe uburyo bwo kwitwara mu kibazo cy’ibitero byari byagabwe na FLN ku Kitabi

    Icya kabiri, mu gihe hari igikorwa cyaguyemo abasivili, dushobora gukora itangazo tukavuga ko ari DMI (Urwego rwahoze rushinzwe iperereza) rwabikoze [kugira] ngo rubitwitirire.”

    Yongeyeho ko izo nama yahaye Twagiramungu, yazigejejweho n’umwe mu mpuguke z’abasirikare yagishije inama, ati “Mbahaye ibyo bitekerezo kuko hari ibyifuzo byinshi ndi kubona kuri iki kibazo. Hari n’impuguke mu bya gisirikare twabiganiriye wampaye izo nama mbagejejeho.”

    Ibiganiro byashakiraga hamwe igisubizo ku buryo bwo gutanga amakuru nyuma y’ibikorwa bya FLN

    Nyuma yo kunoza umugambi, Rusesabagina na Twagiramungu bemeranyije kugisha inama Espérance Mukashema wari ukuriye Radio Ubumwe yaterwaga inkunga na Rusesabagina, kugira atange umurongo w’uburyo icyo gitekerezo cyashyirwa mu bikorwa, nk’umwe mu bantu bari bamenyereye iby’itangazamakuru.

    Uyu mugore uherutse kwitaba Imana, yatanze inama y’uko ibyo bikorwa byakwifashishwamo Radio BBC, Ishami ry’Ikinyarwanda, ndetse na Radio Ijwi rya Amerika, kugira ngo zigire uruhare mu gukwirakwiza ayo makuru.

    Nyuma yo kwemeranya kuri iyi ngingo, ku itariki ya 21 Werurwe 2021, MRCD yashyize hanze itangazo rivuga ko “Perezida Paul Kagame yategetse ingabo zigize umutwe udasanzwe (special forces) gukora ibikorwa bibangamira abakerarugendo n’abaturage bibereye mu buzima bwabo busanzwe”, ndetse banasaba Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye “Gushyira igitutu kuri Leta y’u Rwanda kugira ngo ihagarike ibyo bikorwa.”

    Umunyarwanda yabivuze neza ko ‘nta gahora gahanze, cyane cyane iyo ari kabi’. Ibikorwa bya Rusesabagina, bizashyirwaho iherezo ku itariki ya 20 uku kwezi, ubwo Urugereko rwihariye rw’Urukiko rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya, ruzasoza urubanza rwa Rusesabagina uregwa ibyaha icyenda, na bagenzi be 20 bareganywe hamwe.

    Paul Rusesabagina byarakomeje hagati ya Rusesabagina na Twagiramungu, bibaza uko ibintu bizagenda

    MRCD yaje gusohora itangazo ivuga ko ingabo z’u Rwanda ari zo zagize uruhare mu rupfu rw’abaturage biciwe Kitabi

    Rusesabagina na bagenzi bazumva umwanzuro w’urukiko ku itariki ya 20 Nzeri uyu mwaka

    Rusesabagina aregwa ibyaha icyenda birimo iterabwoba

    source : https://ift.tt/3k9m8Z6

  • U Rwanda ntirwaciriye bugufi Museveni nk’ahandi bamwita Papa- Gonza #rwanda #RwOT

    Gonzaga Muganwa wasesenguye ikibazo kiri hagati y’ibihugu by’u Rwanda na Uganda bimaze igihe bidacana uwaka, yavuze ko ahanini iki kibazo gishingiye ku guharanira ubuhangange ku ruhande rwa Museveni.

    Avuga ko ubwo Museveni yafataga ubutegetsi muri Uganda, benshi mu bo babufatanye batekerezaga ko iyo mpinduramatwara izahita inakomereza mu bindi bihugu byo mu karere.

    Ati 'Ariko ntabwo byari gushoboka kuko kuyobora Uganda ubwabyo byari bibaye akazi gahoraho umunsi ku wundi kandi ari na kanini cyane.'

    Gusa ngo Museveni n’abo bafatanye Uganda bagiye bagira uruhare mu mpinduramatwara mu karere mu bihugu binyuranye birimo u Rwanda, Sadani y’Epfo, muri Centrafrique no muri Somalia.

    Gonza avuga ko icyo cyubahiro cya Museveni yakomeje kukiyumvamo kugeza n’ubu ariko ko muri iki gihe bigoye ko abantu bakurikiza ingendo ye kuko imitegekere ye 'ntabwo igeze ku rwego rwo kuvuga bati 'uyu muntu abantu bamwitangira bakareka ibyabo kugira ngo bamukurikire.'

    Avuga ko by’umwihariko u Rwanda rutigeze rucira bugufi Museveni 'nk’ukuntu Sudani y’Epfo n’u Burundi bamworohera aho bamwita Papa.'

    Avuga ko ibi bifite impamvu cyane cyane bikaba bishingiye ku miterere y’abayobozi b’u Rwanda bihagararaho ngo indi mpamvu ishingiye ku mateka aho u Rwanda kuva cyera rutigeze rujya munsi y’ikindi gihugu mu karere.

    Gonzaga Muganwa kandi avuga ko mu gihe kinini gishize hari igihe Perezida Museveni yigeze kwita Perezida Kagame n’abandi abahungu be igihe u Rwanda na Uganda barwaniraga Kisangani ubwo yatumiraga abadepite mu 1999.

    Ati 'Icyo gihe yaravuze ngo my boys [abahungu banjye] ashaka kuvuga abayobozi b’u Rwanda, ngo baracyari baton go ntibaramenyera neza. Icyo gihe byahise birakaza u Rwanda.'

    Uyu musesenguzi avuga ko nk’umuyobozi mukuru yagakwiye kumenya uko afata abandi bayobozi bakuru b’ikindi gihugu gifite ubwigenge nk’u Rwanda.

    IKIGANIRO CYOSE

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/U-Rwanda-ntirwaciriye-bugufi-Museveni-nk-ahandi-bamwita-Papa-Gonza

  • Afghanistan: Aba Taliban bari kwica abasivile ahari indiri y'ababarwanya #rwanda #RwOT

    Itumanaho muri icyo kibaya ryaraciwe, bituma gutangaza amakuru yaho bigorana, ariko BBC yabonye gihamya y'ubwo bwicanyi bwakozwe n'aba Taliban, nubwo basezeranyije kwigengesera.

    Amashusho yo mu muhanda urimo umukungugu muri Panjshir agaragaza umugabo wambaye gisirikare agoswe n'abarwanyi b'aba Taliban. Humvikana urusaku rw'amasasu ubwo uwo mugabo yagwaga ku butaka.

    Ntibiramenyekana niba uwo mugabo wishwe yari umusirikare – imyambaro ya gisirikare ikunze kwambarwa n'abantu batandukanye muri ako karere. Muri iyo videwo, umugabo wari uri hafi aho ashimangira ko ari umuturage w'umusivile.

    BBC yemeje ko ubwicanyi nk'ubwo bwakorewe abantu batari munsi ya 20 muri Panjshir.

    Umwe mu bishwe yari umucuruzi ufite iduka ndetse akaba na se w'abana babiri, witwa Abdul Sami.

    Abahatuye bavuze ko uwo mugabo atahunze ubwo aba Taliban bahageraga, arababwira ati: “Ndi umuntu ufite iduka udashinga [wa nta kigenda] kandi nta ho mpuriye n'intambara”.

    Ariko yatawe muri yombi, ashinjwa kugurisha amakarita sim ya telefone (sim cards) ku barwanya aba Taliban. Hashize iminsi, umurambo we wajugunywe hafi y'urugo rwe. Ababonye umurambo we bavuze ko wagaragazaga ibimenyetso byo gukorerwa iyicarubozo.

    Ubwo aba Taliban bageraga ku butegetsi mu kwezi gushize, akarere kamwe gusa ni ko kasigaye batagafashe.

    Ikibaya cya Panjshir kimaze igihe ari izingiro ry'abanga gukurikiza ibisabwa n'ubutegetsi muri Afghanistan. Karangajwe imbere n'uwari umukuru w'abarwanya ubutegetsi Ahmad Shah Massoud, aka karere kasubije inyuma ingabo z'Ubumwe bw'Abasoviyeti (Uburusiya bwo muri iki gihe) ndetse n'aba Taliban.

    Icyo kibaya gikikijwe n'amasonga y'imisozi, bigatuma bigora buri wese ugerageje kucyigarurira.

    Ahmad, umuhungu wa Massoud, ni we yayoboye ibikorwa byo kurwanya aba Taliban kuri iyi nshuro ya kabiri bigaruriye Afghanistan, ariko mu cyumweru gishize izi ntagondwa zatangaje intsinzi, zitangaza amashusho y'abarwanyi b'uyu mutwe buriza (bazamura) ibendera ryawo.

    Aba barwanya aba Taliban basezeranyije gukomeza kurwana, Ahmad Massoud asaba ko habaho “imyivumbagatanyo mu gihugu” yo kwamagana aba Taliban.

    None ubu amaso ahanzwe ku kigiye gukurikiraho muri Panjshir, cyo kimwe n'ahandi muri Afghanistan, muri iki gihe aba Taliban basubiye ku butegetsi.

    Ubwo aba Taliban bageraga muri icyo kibaya, bashishikarije abahatuye gukomeza ibikorwa byabo uko bisanzwe.

    Malavi Abdullah Rahamani, umuvugizi wabo, yagize ati: “Bakwiye gusohoka, bagakora ibikorwa byabo bya buri munsi”.

    “Niba bafite amaduka bashobora kujya mu maduka yabo. Niba ari abahinzi, bashobora kujya mu mirima yabo. Turi hano ngo tubarinde, ubuzima bwabo n'imiryango yabo”.

    Ariko aho gukora ibyo, amashusho yaho agaragaza amasoko yari asanzwe yitabirwa n'imbaga y'abantu ubu nta muntu uyarangwamo. Abantu bamaze igihe bagerageza guhunga, imirongo miremire y'imodoka ziri munsi y'amasonga y'imisozi ariho amabuye.

    Habayeho kuburira ko hashobora kubaho ubucye bw'ibiribwa n'imiti.

    Aba Taliban bahakanye kwibasira abaturage b'abasivile. Ariko kuba ibi bibaye nyuma y'amakuru y'ubwicanyi bwakorewe ba nyamucye b'aba Hazara, n'iyicwa ry'umupolisi w'umugore, ni ikindi kimenyetso ko ukuri kw'uko ibintu bimeze mu gihugu gutandukanye n'ibyo aba Taliban basezeranyije byuko nta bitero byo kwihorera bazakora.

    Patricia Grossman, wo mu muryango uharanira uburenganzira bwa muntu Human Rights Watch, yagize ati:

    “Amakuru nk'aya asa n'ahuye n'ibyo twamaze gutahura muri Afghanistan hose”.

    “Ubwo aba Taliban berekezaga i Kabul mu kwezi kwa karindwi no mu kwa munani twabonye amakuru nk'ayo kandi twashoboye gutahura ubwicanyi burenze ku bucamanza bwakorewe abahoze bakora mu nzego z'umutekano, abahoze muri guverinoma n'abasivile akenshi bukozwe mu kwihorera. Ibi bisa cyane nk'ibiri muri uwo mujyo”.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/afghanistan-aba-taliban-bari-kwica-abasivile-ahari-indiri-y-ababarwanya

  • Dr.Kayumba Christopher yajyanwe kwa muganga yanga gusuzumwa #rwanda #RwOT

    Dr Christopher Kayumba uri mu myigaragambyo yo kwiyicisha inzara aho afungiye, yajyanywe ku bitaro by'akarere ka Gasabo ngo asuzumwe, nk'uko umunyamategeko we abivuga.

    Kuva kuwa gatanu, Kayumba, umunyapolitiki wahoze ari umwalimu muri kaminuza y'u Rwanda, ari kwiyicisha inzara aho afungiye muri 'station' ya polisi i Kigali, nk'uko umwunganira mu mategeko abivuga.

    Me Ntirenganya Seif Jean Bosco wunganira Kayumba kuwa mbere yabwiye BBC ko umugenzacyaha ufite dosiye y'umukiliya we yamumenyesheje ko “bamujyanye ku bitaro by'Akarere ka Gasabo (ex. Police Hospital) kugira ngo bamukorere isuzuma”.

    Me Ntirenganya amaze kubwira BBC none ko umukiiiya we yanze ko asuzumwa na muganga kuko atari we yasabye kujyanwayo.

    Avuga ko Kayumba yanze ko “bamwinjirira mu mubiri kugira ngo bashake ibindi byaha bamugerekeraho noneho bavanye mu mubiri”.

    Me Ntirenganya avuga kandi ko Kayumba yemeza ko asanzwe afite umuganga amukurikirana.

    Ngo yavuze ati: ” Njye sindwaye. Murangirira impuhwe z'iki zo kunjyana kwa muganga kugira ngo bamfate ibizamini atari njye nabibasabye?”

    Ishyaka yashinze naryo ryatangaje kuri Twitter ko umuyobozi waryo yajyanywe mu bitaro,riti “AMAKURU MASHYA: Tumaze kumenshwa ko Umuyobozi wacu Dr Kayumba Christopher yajyanywe mu bitaro by'Akarere ka Gasabo. Tubibutse ko amaze iminsi yarafashe icyemezo cyo kwiyicisha inzara kubera ihohoterwa akomeje kugirirwa na Leta y'u Rwanda.

    Kayumba yafunzwe kuwa kane nyuma yo kubazwa ku byaha akekwaho bijyanye no gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, nk'uko byatangajwe n'ubugenzacyaha bw'u Rwanda, RIB.

    Me Ntirenganya avuga ko kwiyicisha inzara ari icyemezo bwite cye “ku buzima bwe ngo ashobore gusaba uburenganzira bwe”.

    Kayumba arakekwaho gukoresha gufata ku ngufu abagore babiri, mu 2012 no mu 2017, ibyaha by'ubugome mu mategeko y'u Rwanda bisaza gusa nyuma y'imyaka 10.

    Kayumba yabibajijweho mu kwezi kwa gatatu, yongeye kubibazwaho kuwa kane w'iki cyumweru ariko ubu bwo yahise afungwa. Ibyo byaha we yumvikanye kenshi abihakana.

    Ntirenganya avuga ko Kayumba yashinze ishyaka rya politiki tariki 16/03/2021 bucyeye tariki 17/03 bikandikwa mu binyamakuru ko ashinjwa gufata ku ngufu umukobwa yigishaga muri kaminuza y'u Rwanda.

    Ati: “Tariki 23/03 yitabye RIB arabazwa, yongera gusubirayo tariki 29/03 bamushinja n'undi mukobwa wa kabiri ngo wo mu 2012.”

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/dr-kayumba-christopher-yajyanwe-kwa-muganga-yanga-gusuzumwa

  • Musanze: Urubyiruko rwo muri FPR Inkotanyi rwasabwe kuba inyangamugayo no kubitoza abandi – #rwanda #RwOT

    Uru rubyiruko rwaturutse mu mirenge yose igize Akarere ka Musanze, rwitabiriye ayo masomo, ruhamya ko yarubereye umusemburo wo guharanira gukora ibyiza no kuba intangarugero mu byo rukora ruharanira gusigasira indangagaciro z’Umuryango FPR Inkotanyi.

    Bamwe mu baganiriye n’itangazamakuru, bavuze ko muri iki gihe u Rwanda ruhanganye n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’andi makuru aba atariyo, ariwo mwanya mwiza wo kubwira Isi ukuri ku mateka y’Abanyarwanda.

    Niragire Sylvie ni umwe muri bo, yagize ati “Mu byatumye mba umunyamuryango wa FPR ni uburyo nasanze barera umuntu neza kugeza agize indangagaciro, twize amateka y’Igihugu no kugikunda ariko icya mbere nakunze ni uguteza imbere iyi ntara yacu. Ubu nahawe amahugurwa kandi ngiye kuba umukangurambaga nshishikarize abandi kuba abanyamuryango ndetse n’abataribo nzabigisha indangagaciro zo gukunda Igihugu.”

    Manizabayo Eric na we yagize ati “Turishimira ubumenyi twahawe kuko no mu mashuri twize ntabwo twabubonye. Ubu ngiye kwigisha abandi kandi mbabere urugero rwiza mu kubahiriza amategeko ubundi dutere imbere, nk’urubyiruko tukaba n’imbaraga z’igihugu. Tugomba kwitegura guhangana n’ibibazo by’igihugu hakiri kare kugira ngo n’igihe twahawe inshingano tuzabe tuzi gukora igikwiye giteza imbere igihugu.”

    Umuyobozi wa Komisiyo y’Imibereho myiza mu Muryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Musanze, Muhire Jean de Dieu, yavuze ko urubyiruko rugomba guhabwa imbaraga no kwitabwaho kuko arirwo rugize umubare munini w’Abanyarwanda.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze akaba na Chairperson w’Umuryango FPR Inkotanyi muri ako karere, Nuwumuremyi Jeannine, yavuze ko uru rubyiruko rwagaragaje inyota ikomeye yo kumenya amateka y’Igihugu arusaba kujya kuyasangiza abandi no kubabera urugero rwiza rwo kubaka igihugu.

    Yagize ati “Urubyiruko rwaciye muri iri rerero, rwagaragaje inyota yo kumenya amateka y’igihugu. Turabasaba ko ibyiza mwigishijwe turabasaba kujya kubisangiza abandi batagize aya mahirwe yo kurererwa hano, mubabere urugero rwiza mubatoze no gukunda igihugu no kuba inyangamugayo kuko igihugu kibatezeho byinshi kandi ni inshingano zabo kucyubaka.”

    Mu masomo yahawe uru rubyiruko, harimo amateka yaranze igihugu, amahame y’Umuryango FPR Inkotanyi, imiterere, imikorere n’inshingano za FPR, imyitwarire no kubazwa inshingano n’uruhare rw’urubyiruko mu kwihangira umurimo.

    Urubyiruko rwahize urundi muri ayo masomo rwahawe ibihembo bitandukanye birimo agatabo k’imfashanyigisho z’Umuryango FPR Inkotanyi, amagare na mudasobwa igendanwa.

    Aya masomo yahuje urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze

    Uru rubyiruko rwavuze ko amasomo rwahawe agiye kurufasha mu kunoza ibyo rwakoraga

    Uru rubyiruko rwasabwe kwimakaza ubunyangamugayo

    Abitwaye neza bahawe ibihembo bitandukanye birimo n’amagare

    source : https://ift.tt/3tExtDN

  • Korea y'Epfo yagerageje misile nshya ishobora kwangiza igice kinini cy'Ubuyapani #rwanda #RwOT

    KCNA ivuga ko muri iri suzuma ryabaye muri weekend iyi misile yagenze 1,500km.

    Igerageza ryakozwe ni iry'ubwoko bwa 'cruise misile', bene izi ntabwo zitangirwa ibihano na ONU/UN.

    Gusa amagerageza nk'aya yandi yatumye Korea ya Ruguru ifatirwa ibihano bikomeye n'Umuryango w'Abibumbye.

    Ariko ibi bigaragaza ko iki gihugu kigifite ubushobozi bwo gukora intwaro zikomeye n'ubwo cyugarijwe n'inzara n'ubukungu bwazahaye.

    KCNA yatangaje ko kugerageza iyi misile “bifite igisobanuro gikomeye ko hari imbaraga zo kurinda igihugu cyacu n'ubushobozi bwose bwo kunesha imbaraga z'umwanzi.”

    Katsunobu Kato ushinzwe ububanyi n'amahanga bw'Ubuyapani yavuze ko leta yabo “ihangayitse” kandi iri gukorana na Amerika na Korea y'Epfo mu gukurikirana uko ibintu byifashe, nk'uko bivugwa na Reuters.

    Igisirikare cya Amerika cyatangaje ko iri gerageza rya Korea ya Ruguru ryerekana ko “ikomeje umugambi wayo wa gisirikare no kugariza abaturanyi bayo n'umuryango mpuzamahanga”.

    Cyongeraho ko umuhate wa Amerika wo kurengera inshuti zayo Korea y'Epfo n'Ubuyapani “ukiri nshinganwa”.

    Abategetsi ku rwego rwo hejuru ba Amerika, Korea y'Epfo n'Ubuyapani biteganyijwe ko bahura muri iki cyumweru bakaganira ku guhagarika intwaro z'ubumara kuri Korea ya Ruguru.

    Akanama gashinzwe umutekano ka ONU kabuza kandi kagashyiraho ibihano kuri Korea ya Ruguru mu gihe igerageje misile za 'ballictic'

    Ako kanama kazifata nk'iziteje akaga kurusha 'cruise misiles' kuko zo zishobora gutwara ubumara bwinshi kurushaho, zikaba zaraswa kure cyane kandi zikihuta.

    Misile 'ballistic' zihagurutswa na rocket kandi zikabanza gutumbagira mu kirere mbere yo guhanuka ku ntego, mu gihe cruise misile ziraswa na jet ikoresha moteri zikagenda ku butumburuke bwo hasi.

    Mu kwezi kwa gatatu, Korea ya Ruguru yarenze ku bihano igerageza misile za ballistic, byongera gutera umujinya Amerika, Ubuyapani na Korea y'Epfo.

    Uku kugerageza gushya kubaye nyuma y'iminsi hakozwe akarasisi ka gisirikare i Pyongyang ko kwizihiza imyaka 75 ya leta ya gikomunisti.

    Muri ako karasisi nta misile nini zerekanywe, herekanywe imyambaro y'ubwirinzi ya hazmat, yaba ari ikimenyetso ko hashobora kuba hari ingabo zidasanzwe zashinzwe ngo zirwanye ikwirakwira rya Covid-19.

    Kugeza tariki 19 z'ukwezi gushize Korea ya Ruguru nta bwandu bwa Covid yari yatangaza, nk'uko OMS/WHO ibivuga – nubwo bamwe bavuga ko ibyo bisa n'ibidashoboka.

    Korea ya Ruguru yafunze imipaka yayo mu kwezi kwa mbere 2020 yirinda ikwirakwira rya Covid, bituma ubuhahirane n'inshuti yayo ikomeye mu bukungu, Ubushinwa, busa n'ubuhagaze.

    Nubwo igihugu cyinjiye mu bibazo by'ubukungu n'inzara nk'uko byemejwe na Perezida Kim Jong-un, imigambi y'imbaraga kirimbuzi yarakomeje.

    Mu kwezi gushize, ikigo gikurikirana imbaraga kirimbuzi cya ONU cyatangaje ko biboneka ko Korea ya Ruguru yongeye gutangiza 'reactor' zishobora gutunganya plutonium zo gukora intwaro kirimbuzi.

    Iki kigo kivuga ko ari “amakuru ateye inkeke”.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/korea-y-epfo-yagerageje-misile-nshya-ishobora-kwangiza-igice-kinini-cy

  • Tanzania: Perezida Samia Suluhu yakoze impinduka muri Guverinoma #rwanda #RwOT

    Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yakoze impinduka muri Guverinoma, ashyiraho Abaminisitiri bane bashya n'Intumwa Nkuru ya Leta.

    Muri izi mpinduka zakozwe ku wa 12 Kanama 2021, Dr Stergomena Tax yagizwe Minisitiri w'Ingabo asimbura Elias Kwandikwa witabye Imana ku wa 2 Kanama 2021.

    Undi washyizwe mu mwanya ni January Makamba wagizwe Minisitiri w'Ingufu asimbuye Dr Medard Kalemani.

    Perezida Samia Suluhu yagize kandi Prof Makame Mbarawa Minisitiri w'Umurimo n'Ubwikorezi asimbuye Prof Makame Mbarawa, ni mu gihe Dr Ashatu Kijaji yagizwe Minisitiri w'Itumanaho n'Itangazamakuru asimbuye Dr Faustine Ndugulile.

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/tanzania-perezida-samia-suluhu-yakoze-impinduka-muri-guverinoma

  • Dr Christopher Kayumba yavanywe muri Kasho ajyanwa kwa Muganga #rwanda #RwOT

    Me Ntirenganya Seif Jean Bosco yabwiye BBC dukesha aya makuru ko, Dr Christopher Kayumba yajyanywe ku bitaro by’Akarere ka Gasabo biherereye ku Kacyiru 'kugira ngo bamukorere isuzuma.'

    Uyu Munyamategeko avuga ko amakuru yo kujyana kwa muganga uyu mukiliya we yayamenyeshejwe n’Umugenzacyaha uri gukurikirana ikirego cye.

    Uyu munyamategeko kandi yari aherutse gutangaza ko umukiliya we ari kwiyicisha inzara kugira ngo agaragaze akababaro ko kugira ngo ahabwe uburenganzira avuga ko ari kuvutswa.

    Me Ntirenganya yavuze ko iyi myigaragambyo yyo kwiyicisha inzara yayitangiye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 10 Nzeri 2021.

    Bivuze ko iyi myigaragambyo yayitangiye nyuma y’umunsi umwe atawe muri yombi kuko yafunzwe ku wa Kane tariki 09 Nzeri 2021 nk’uko byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ko uriya munyapolitiki yatawe muri yombi akaba afungiye kuri Sitasiyo y’uru rwego ya Kicukiro.

    RIB itangaza iby’ifungwa ry’uriya mugabo, yavuze ko yatawe muri yombi 'nyuma y’igihe ikora iperereza ku byaha yarezwe n’abantu batandukanye byo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato n’ubwinjiracyaha kuri iki cyaha.'

    Tariki 07 Nzeri 2021, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwari rwahamagaje Dr Christopher Kayumba wagiye atumizwaho inshuro zitandukanye, kuri iyi nshuro akaba yari yasabwe kwitaba ejo hashize ku wa Gatatu tariki 08 Nzeri 2021 ku biro bikuru bya RIB.

    Uyu Munyapolitiki akaba n’Umusesenguzi, mu minsi ishize na bwo yagiye atumizwa n’uru rwego rwari rumukurikiranyeho gushaka gukoresha imibonano mpuzabitsina uwo yigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’itangazamakuru.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/Dr-Christopher-Kayumba-yavanywe-muri-Kasho-ajyanwa-kwa-Muganga

  • Biyemeje guhangana n’abarwanya u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri abo 750, buri murenge wagiye utanga 50, abarangije amasomo ku rwego rw’umurenge bagatoranywamo batatu bagiye bahiga abandi, bakajya guhabwa ikizamini ku rwego rw’akarere, aho kuri iki cyumweru tariki 12 Nzeri 2021, muri bo 10 bahize abandi bashyikirijwe ibihembo binyuranye.

    Nyuma yo guhabwa ibikoresho binyuranye birimo na Telefone zigezweho (Smart phones), bahigiye guhangana n’ibitero by’abarwanya igihugu binyuzwa ku mbuga nkoranyambaga, bifashishije izo telefone bahembwe.

    Babiri ba mbere mu bahize abandi bahawe na Laptop
    Babiri ba mbere mu bahize abandi bahawe na Laptop

    Imaniradukunda Juvenal wahawe igihembo cy’uwabonye umwanya wa mbere, yagize ati “Kuba uwa mbere mbikesha ko umuryango wampoze ku mutuma kuva kera, niga nshyizeho umwete mu gihe cy’ibizamini Imana iramfasha ntsinda neza. Turabibona ku mbuga nkoranyambaga abakomeje gusebya igihugu cyabo bagituka, telefoni baziduhaye nta rundi rwitwazo tugiye kujya tubavuguruza tutabatutse nk’uko bo babikora, ahubwo tubeshyuza amakuru mabi bavuga ku Rwanda, tubaha amakuru y’ukuri”.

    Mugenzi we witwa Niyitegeka Florent ati “Dushingiye ko turi urubyiruko rwahawe inyigisho kuri FPR-Inkotanyi, tuzaharanira kubwira bose ko u Rwanda rugeze heza tubabwire ko baharanira kurugana bagakurikira inyigisho umuryango uduha. Twiyemeje guhangana na bamwe bakomeje kugaba ibitero ku mbuga nkoranyambaga barwanya igihugu”.

    Umuhango wo gusoza ayo mahugurwa ku rwego rw
    Umuhango wo gusoza ayo mahugurwa ku rwego rw’Akarere ka Musanze witabiriwe n’abayobozi banyuranye

    Arongera ati “Ubu twize byinshi, ubumenyi ku mbuga nkoranyambaga bwiyongereye, turakomeza kwandika tunyomoza abatuka igihugu tudahangana nabo, ahubwo tubabwira ukuri tubereka aho u Rwanda rugeze. Urugero uvuga ngo u Rwanda ni abicanyi, uhita umwereka ko u Rwanda ahubwo rusigasira Abanyarwanda, abarwaye rukabavura rukabarengera, ukabereka inzira nziza u Rwanda runyuramo rufasha abaturarwanda, telefoni zabonetse nta rwitwazo”.

    Niragire Sylvie ati “Icyo ncyuye muri aya masomo ni indangagaciro z’Ubunyarwanda, FPR-Inkotanyi itwigishije byinshi tutari tuzi bishobora kutubera imfashanyigisho mu kwigisha imibanire myiza y’abantu, kandi bimfashije kwiremamo icyizere. Ntabwo nzihanganira umuntu wese utifuriza u Rwanda amahoro, aho ngiye kuba umukangurambaga mpindura abafite imyumvire yo hasi”.

    Ku munsi wo gusoza ayo mahugurwa hatanzwe ibiganiro binyuranye
    Ku munsi wo gusoza ayo mahugurwa hatanzwe ibiganiro binyuranye

    Nuwumuremyi Jeannine, Chairperson w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze, yibukije urubyiruko rwahuguwe ko rugomba kuba umusemburo wa bagenzi babo, baharanira icyiza kandi bamagana ibibi.

    Ati “Uru rubyiruko turarusaba kujya kuba umusemburo w’aho batuye, barwanya ingeso mbi zikomeje kugaragara mu rubyiruko zo kunywa ibiyobyabwenge, hari imbuga nkoranyambaga zisigaye zarabaye nk’icyorezo ku rubyiruko, ibyo byose babihuguriwe muri iri rerero, bizabafasha kwamagana ikibi baharanira ibyiza banabikangurire bagenzi babo. Umuryango wa FPR-Inkotanyi ukomeze utere imbere uhereye mu bakiri bato, maze iterambere rikomeze ryiyongere”.

    Arongera ati “Abahize abandi twabahaye smart Phone zo kubafasha mu ikoranabuhanga, nk’uko twabivuze ikoranabuhanga riragenda ritera imbere, ibyo twita Imbuga nkoranyambaga ni byinshi. Izi telefoni tubahaye ntabwo ari izo guhamagara gusa, ni ukugira ngo bamenye aho igihugu kigeze bashobore no kuvuga ibyo cyagezeho isi yose ibimenye, n’ibyo batuvuga badusebya babinyomoze”.

    Ni amasomo yateguwe mu rwego rwo kongera ubukangurambaga mu rubyiruko, no kurujijurira kumenya amahame n’indangagaciro ziranga Umuryango, nk’uko Muhire Jean de Dieu, Umuyobozi wa Komisiyo y’imiyoborere myiza mu muryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze, yabitangarije Kigali Today.

    Ati “Twateguye aya masomo mu rwego rwo kongera ubukangurambaga bwimbitse mu rubyiruko, kuko iyo urebye neza imibare ishyirwa ahagaragara n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare, igaragaza ko dufite urubyiruko rugera kuri 70%. Igihugu rero kugira ngo kigire iterambere rirambye nk’umuryango watsinze amatora wa FPR-Inkotanyi, dufite Manifesto y’ibikorwa tweretse indi mitwe ya Politike y’ibyo tuzageraho, hari ibyo twemereye abaturage tugomba kubagezaho”.

    Arongera ati “Iyo Manifesto tuyigezemo hagati, ubu turi mu isuzuma ngo tumenye aho ibikorwa twemereye abaturage, imitwe ya Politike n’Abanyarwanda muri rusange bigeze bishyirwa mu ngiro. Ni muri urwo rwego mu gukora ubukangurambaga twashyizeho ishuri ry’irerero kugira ngo urubyiryuko turutume kudufasha kwihutisha bya bikorwa, izi ndangagaciro tubaha rero tubatoza ni uz’umuryango wa FPR-Inkotanyi, iyo bazimakaje, iterambere ry’abaturage ririhuta”.

    Abanyamuryango bose bitabiriye ayo mahugurwa, haba ku rwego rw’umurenge, haba n’abahize abandi bazamurwa mu rwego rw’akarere, bagiye bahabwa icyemezo (Certificat) cy’uko bakurikiye neza amasomo.

    Bishimiye uburyo amahugurwa yagenze
    Bishimiye uburyo amahugurwa yagenze

    Muri 45 batoranyijwe bajya ku rwego rw’akarere, hatsinze 39, aho 10 ba mbere banahawe smart phone, bahabwa amagare, mu gihe babiri ba mbere bahize abandi batsindiye ku manota 18,5/20, ari bo Maniradukunda Juvenal na Nizeyimana Fidèle, kuri ibyo bihembo bongereweho Laptop.

    Nyirarugero Dancille, Umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi, akaba na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yasabye urubyiruko rwahuguwe kujya guhindura abandi batanga urugero rwiza.

    Ati “Ni mujye iwanyu muhereye ku rubyiruko bagenzi banyu bose mubahindure, babe abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi, ntabwo ari ukuvuga mu magambo gusa, ahubwo imyitwarire yanyu, uko muzaba mwitwaye hariya mu mirenge mu tugari mu midugudu, ni byo bizabamenyekanisha ko muri abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi. Si ngombwa ko muvuga amagambo menshi, ibikorwa n’imyifatire ni byo bishobora gutuma umuntu agukurikira, hari urubyiruko rwinshi rwishora mu biyobyabwenge, mufite misiyo ikomeye, ni mwe muzaruhindura”.


    source : https://ift.tt/3lg7MFL