Tag: Politiki

  • Perezida Kagame arajya i Cabo Delgado muri Mozambique #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Nzeri 2021, Perezida wa Repubulika Paul Kagame arajya i Cabo Delgado muri Mozambique mu ruruzinduko rw'iminsi ibiri.

    Aho biteganyijwe ko ku munsi wa Mbere w' uru ruzinduko , Umukuru w' Igihugu cy' u Rwanda Perezida Paul Kagame aho aza kuganira n'ingabo z'u Rwanda na Polisi boherejwe mu Ntara ya Cabo Delgado mu butumwa bwo kugarura amahoro.

    Uru ruzinduko rw'Umukuru w'Igihugu ruje nyuma y'igihe kigera hafi ku mezi 3 u Rwanda rwohereje ingabo na Polisi kugarura umutekano muri Cabo Delgado by'umwihariko mu duce twari tumaze imyaka 5 twarayogojwe n'ibyihebe.

    Muri uru ruzinduko kandi , Perezida Kagame azagirana ibiganiro byo mu muhezo na perezida wa Mozambique Filipe Nyusi. Ibi biganiro byo mu muhezo bizakurikirwa n'ibindi biganiro bizahuza abahagarariye impande z'ibihugu byombi.

    Abaperezida b'ibihugu byombi kandi bazanahagararira isinywa ry'amasezerano y'ubufatanye azasinywa hagati y'impande zombi ndetse banagirane ikiganiro n'itangazamakuru.

    Ku munsi wa kabiri w'uruzinduko, Perezida Kagame azifatanya na Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique mu birori by'umunsi w'ingabo bizabera muri Sitade ya Pemba.

    Source : https://impanuro.rw/2021/09/24/perezida-kagame-arajya-i-cabo-delgado-muri-mozambique/

  • Perezida Kagame ari muri Mozambique mu ruzinduko rw'akazi #rwanda #RwOT

    Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw'akazi rw'iminsi 2 mu gihugu cya Mozambique kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Nzeri 2021.

    Ku munsi wa mbere w'uruzinduko rwe,biteganyijwe ko  Perezida Kagame ahura n'Ingabo z'u Rwanda na Polisi boherejwe mu Ntara ya Cabo Delgado mu bikorwa byo kugarura amahoro.

    Perezida Kagame kandi aragirana inama na Perezida Nyusi wamwakiriye biza gukurikirwa n'inama ihuza amatsinda y'abahagarariye ibihugu byombi.

    Muri uru ruzinduko hitezwe igikorwa cy'isinywa ry'amasezerano y'ubufatanye mu nzego zitandukanye kandi bakagirana ikiganiro n'abanyamakuru.

    Uru ruzinduko rw'Umukuru w'Igihugu ruje nyuma y'igihe kigera hafi ku mezi 3 u Rwanda rwohereje ingabo na Polisi  bagera ku 1000 kugarura umutekano mu ntara ya  Cabo Delgado iherereye mu Majyaruguru y'Uburasirazuba bwa Mozambique, by'umwihariko mu duce twari tumaze imyaka 5 twarayogojwe n'ibyihebe.

    The post Perezida Kagame ari muri Mozambique mu ruzinduko rw'akazi appeared first on Flash Radio TV.

    Source : https://flash.rw/2021/09/24/perezida-kagame-ari-muri-mozambique-mu-ruzinduko-rwakazi/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=perezida-kagame-ari-muri-mozambique-mu-ruzinduko-rwakazi

  • Perezida Kagame ategerejwe muri Mozambique mu ruzinduko rw’akazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame na mugenzi we Filipe Nyusi wa Mozambique
    Perezida Kagame na mugenzi we Filipe Nyusi wa Mozambique


    source : https://ift.tt/3AG9rdY

  • Africa Yunze Ubumwe yategetse ko abagabye ibitero i Bujumbura bafatwa bakabiryozwa #rwanda #RwOT

    Bikubiye mu itangazo rya Komisiyo y’Umuryango wa Africa Yunze Ubumwe, ryasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Nzeri.

    Iri tangazo rivuga ko Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Africa Yunze Ubumwe, Moussa Mahamat Faki ababajwe cyane na biriya bitero byagabwe ku basivile b’i Bujumbura bigahitana abantu batanu bigakomeretsa abandi benshi.

    Iri tangazo rigira riti 'Perezida wa Komisiyo ababajwe n’ibyo bikorwa by’ibyaha kadi ababigizemo uruhare bagomba gufatwa bakajyanwa mu butabera.'

    Perezida Moussa Mahamat Faki yaboneyeho kwihanganisha imiryango y’ababuriye ababo muri biriya bitero ndetse na Guverinoma y’u Burundi ndetse n’abaturage ba kiriya gihugu no kwifuriza abakomerekejwe na byo gukira vuba.

    Ni nyuma y’igitero cyagabwe mu ijoro ryo mu mpera z’icyumweru gishize aho ahagana saa tanu z’ijoro humvikanye urusaku rw’amasasu hafi y’Ikibuga cy’Indege cya Bujumbura.

    Nyuma y’amasaha macye, umutwe wa RED-Tabara wigambye icyo gitero, uvuga ko abarwanyi bawo banakozanyijeho n’abasirikare b’Igihugu basanzwe barinda ku Kibuga cy’Indege.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Umutekano/article/Africa-Yunze-Ubumwe-yategetse-ko-abagabye-ibitero-i-Bujumbura-bafatwa-bakabiryozwa

  • Perezida Kagame yashimiye Minisitiri mushya w’Ubutabera wemeye inshingano ziremereye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Dr. Emmanuel Ugirashebuja
    Dr. Emmanuel Ugirashebuja

    Perezida Kagame yavuze ko inshingano Minisitiri w’Ubutabera yemeye ziremereye, akaba yemeye gukomeza gukorera u Rwanda nk’umwe mu bagize Guverinoma.

    Perezida Kagame ati “Ndamushimira kuba yaremeye iyi mirimo, ndanamwifuriza imirimo myiza.”

    Umukuru w’Igihugu kandi yasabye abazakorana na we gufatanya bagamije gukemura ibibazo bitandukanye.

    Yibukije abayobozi na Guverinoma muri rusange ndetse na za minisiteri ko Abanyarwanda babategerejeho byinshi, by’umwihariko mu byerekeranye n’ubutabera, Abanyarwanda bakaba bakeneye guhabwa ubutabera mu bibazo bafite.

    Umukuru w’Igihugu asanga Dr. Ugirashebuja inshingano yahawe azazishobora kuko n’ubundi yari asanzwe akora mu byerekeranye n’ubutabera.

    Perezida Kagame yijeje Dr. Ugirashebuja ubufatanye mu gukemura ibibazo Igihugu n’Abanyarwanda muri rusange bahura na byo.


    source : https://ift.tt/3lLCh6M

  • Kubaza Abanyarwanda icyakorwa ngo barusheho kwishima mu gihe nk’iki hari benshi biyahura ni byiza-Gonza #rwanda #RwOT

    Yabivuze mu kiganiro kihariye yagiranye na UKWEZI TV, aho yagarutse ku gikorwa giherutse gukorwa na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihu ishyira ubutumwa bubaza ku mbuga nkoranyambaga ibaza Abanyarwanda icyakorwa kugira ngo barusheho kwishima.

    Gonzaga Muganwa avuga ko kubaza Abanyarwanda kiriya kibazo, bifite igisobanuro gikomeye 'kuko hari hashize iminsi Abanyarwanda baganira ku birebana no kwiyahura byagiye bigaragara hamwe na hamwe kandi n’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha rwatanze n’imibare, bisobanuye ko koko hari Abanyarwanda batishimiye.'

    Uyu musesenguzi kandi avuga ko n’inzego z’ubuzima mu Rwanda zagaragaje ko mu Banyarwanda hari ikibazo cy’agahinda gakabije ku buryo bigaragaza ko hari ikibazo gikwiye gushakirwa umuti.

    Gonza avuga ko kiriya kibazo cya MINALOC cyasubijwe cyane ku buryo ngo bishobora kuba ari ubwa mbere imbuga nkoranyambaga z’iriya Minisiteri zabonye ibitekerezo byinshi.

    Avuga ko abasubije biganjemo urubyiruko kandi ko bagaragaje ibibazo bishingiye ku bukungu kuko benshi 'Barashaka akazi, barashaka kugabanyirizwa imisoro…Ikintu cyanshimishije kurusha ibindi byose, bagaragaje ko bashaka gukora.'

    Abapropagandisite bibasira abavuga ibitagenda mbafata nk’abatifitiye icyizere- Gonza

    Gonzaga Muganwa avuga kandi ko hari abo mu nzego za Leta bakoresha imbuga nkoranyambaga bibasira abavuga ibitagenda, kuri we akabafata nk’abatifitiye icyizere kuko baba bakwiye kugaragaza amakuru y’ukuri aho gutukana no guhangana n’abo bantu.

    Muri iyi minsi ku mbuga nkoranyambaga hajya habaho gukozanyaho mu magambo aho bamwe mu bazwi cyane mu gukoresha Imbuga Nkoranyambaga bazifashisha bahanganye n’abanenga ibitagenda mu gihugu aho bajya banabita abanzi b’Igihugu.

    Bamwe mu bakunze kugaragaza ibyo bitekerezo bamaze kumenyekana dore ko akenshi bakoresha imbuga Nkoranyambaga basa nk’abanyomoza ibyatangajwe n’abagaragaza ibitagenda ndetse bagakoresha imvugo zatuye ko abo bantu ari abanzi b’Igihugu bakwiye kwamaganwa.

    Umunyamakuru akaba n’Umusesenguzi, Gonzaga Muganwa avuga ko bariya bakora biriya ari aba-Propagandists (tugenekereje ni abacengeza amatwara) ariko akavuga ko ibyo bakora bataba bakwiye kubikora.

    Ati 'Hari aba-Propagandistes bumva ko umuntu uvuga ibitagenda ari umwanzi wa Leta, agamije ikindi hari uwamutumye…njye ku bwanjye mbafata nk’abantu batifitiye icyizere.'

    Akomeza agira ati 'Niba uyobora ikigo runaka, uri umu PR (Umukozi ushinzwe inozamubano), uri umuvugizi, uri muri OGS (Urwego rushinzwe Kuvugira Guverinoma) n’ahandi hose, cyangwa mu ishyaka runaka, wakwibanze gusobanura ukuri kwa nyako uzi, ko ari na ko kazi banaguhembera ntiwibande ku gutukana no guhanga n’umuntu watanze ibitekerezo bitandukanye.'

    Gonzaga Muganwa avuga ko no mu buryo busanzwe bw’ihanahanamakuru, iyo hatangajwe amakuru atari yo, hakoreshwa uburyo bwo kunyomoza hagatangwa amakuru ya nyayo ariko hatabayeho guhangana.

    Icyakora avuga ko Abanyarwanda bamaze kugira ubushishozi buhagije bwo gutandukanya amakuru y’impamo ndetse n’icengezamatwara.

    IKIGANIRO CYOSE

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Kubaza-Abanyarwanda-icyakorwa-ngo-barusheho-kwishima-mu-gihe-nk-iki-hari-benshi-biyahura-ni-byiza-Gonza

  • Abanyarwanda barifuza ubutabera mu bibazo bahura na byo- P.Kagame abwira Minisitiri mushya w’Ubutabera #rwanda #RwOT

    Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yabivuze nyuma yo kuyobora no kwakira indahiro za Dr Ugirashebuja Emmanuel warahiriye kuba Minisitiri w’Ubutabera n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda.

    Perezida Paul Kagame yibukije abagize Guverinoma n’uyu mushya uyinjiyemo ko Abanyarwanda babatezeho byinshi no ku nzego zose z’ubuyobozi mu nzego zinyuranye.

    Ati 'Mu by’ubutabera birumvikana ko bifuza ko bagira ubutabera mu bibazo bimwe na bimwe bahura na byo, ndibwira ko ntagishya, ntakidasanzwe birumvikana ngira ngo Ugirashebuja aje mu kazi yari asanzwe afitemo uruhare.'

    Perezida Kagame kandi yaboneyeho gushimira Dr Ugirashebuja wemeye izi nshingano zikomeye kandi ko ntagushidikanya ko azazuza bitewe n’imirimo yakoze.

    Ati 'Imirimo ashinzwe n’abo bagiye kuyifatanya, na bo bose buri umwe afite ubushobozi, imyumvire bw’iyo nshingano n’uburemere bw’ubutabera twifuza gukomeza kubaka.'

    Dr Ugirashebuja Emmanuel usimbuye Johnston Busingye wari umaze imyaka umunani ari Minisitiri w’Ubutabera, yigeze kuba Perezida w’Urukiko rw’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba.

    Ugirashebuja ufite impamyabumenyi y’Ikirenga [PhD] mu bijyanye n’amategeko yakuye muri University of Edinburgh yo muri Scotland mu Bwongereza.

    Yanabaye Umuyobozi w’ishami ry’amategeko muri Kaminuza y’u Rwanda, mu mwaka wa 2014 yagizwe Perezida w’Urukiko rw’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Abanyarwanda-barifuza-ubutabera-mu-bibazo-bahura-na-byo-P-Kagame-abwira-Minisitiri-mushya-w-Ubutabera

  • Murashaka ko nereka urukundo Satani? – Jose Chameleone wishongoye ku ishyaka rya Bobi Wine #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’umugande Joseph Mayanja uzwi nka Jose Chameleone, avuga ko impamvu yavuye mu ishyaka rya National Unity Platform (NUP) rya Bobi Wine ari uko nta rukundo yeretswe ahitamo kujya muri NRM ya Museveni yamweretse ko imukeneye.
    Aganira na NBS TV, uyu muhanzi wahisemo no kwinjira muri politike avuga ko no kujya ku biro bya NUP byabaga bigoranye kubonana na Bobi Wine.

    Chameleone yababajwe cyane ubwo Hon. Latif Ssebagala yahagarikaga kwiyamamariza kuyobora umujyi wa Kampala maze ubuyobozi bw’ishyaka bukanga kumushyigikira ahubwo nyuma uwo mwanya bakawuha Hon. Naggayi Nabilah Sempala.
    Aha niho yahereye abaza abantu biba yakunda abatamukunda, ashimangira ko atakwirengagiza abamweretse urukundo.

    Ati 'mbere na mbere guhura n’umuyobozi wa National Unity Platform (NUP), Bobi Wine byari umukoro ukomeye. Icya kabiri mwese muribuka ubwo Hon. Latif Ssebagala yakuragamo kandidatire akanga kwiyamamariza kuyobora umujyi, banze kumpa ayo mahirwe bayaha Naggayi Nabilah Sempala. Mushaka nkunde abo batankunda? Cyangwa mushaka nereke urukundo Satani utarankunze mu gihe hari Imana inkunda.'

    Jose Chameleone atangaje ibi nyuma y’uko mu minsi mike ishize Perezida w’iki gihugu, Yoweri Kaguta Museveni yamuhaye imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover.

    Chameleone avuga ko mu ishyaka rya Bobi Wine nta rukundo yeretswe

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/murashaka-ko-nereka-urukundo-satani-jose-chameleone-wishongoye-ku-ishyaka-rya-bobi-wine

  • Covid-19 yagaragajwe nk’imbogamizi ikomeye ku mahoro – #rwanda #RwOT

    Imyaka ibiri irenda gushira icyorezo cya Covid-19 cyibasiye Isi, kuva cyatangira gukwirakira ibikorwa byinshi byarahungabanye ndetse n’ubukungu burangirika byatumye abantu babaho bahangayikishijwe n’imibereho.

    Mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 hafashwe ingamba zitandukanye zirimo Guma mu Rugo n’ibikorwa byahurizaga abantu hamwe birahagarara.

    Ibi byatumye abantu bamara igihe mu ngo batabasha gukomeza ubuzima uko byari bisanzwe kandi icyi cyorezo cyateye mu buryo butunguranye ku buryo abantu benshi bihebye bumva ko ubuzima burangiye.

    Depite Imaniriho Clarisse, wari witabiriye uyu muhango yavuze ko hari ibikorwa byinshi byahuzaga urubyiriko byahagaze kubera Covid-19, bituma urubyiruko rubaho ruhangayitse.

    Yagize ati “Hari ingaruka nyinshi zatewe na Covid-19 nko gutakaza akazi kuri bamwe, abatakaje amashuri muri ririya funga ryagiye ribaho hari n’ibindi byabayeho mu kwirinda nk’ibirori n’ibitaramo byajyaga biba bikanezeza urubyiruko.”

    “Ibyo byose byatumye urubyiruko rwumva rubuze amahoro, hari ingaruka nyinshi zatewe na Covid-19 tudakwiye guheranwa na zo ahubwo dutekereze icyatuma nk’urubyiruko tubyikuramo.”

    Ibi abihuje na Mayobera Omer, uzobereye mu bikorwa by’amahoro wavuze ko Covid-19 yatumye abantu bahugira ku mbuga nkoranyambaga batangira gukoreraho ibikorwa bihungabanya amahoro nko gupfobya Jenoside.

    Yagize ati “Ubona ko Covid-19 imaze kuza ubuzima bwimukiye ku mbuga nkoranyambaga n’akazi ni ho kimukiye, mu kuzikoresha byabaye nk’aho abantu bagira uburyo bisanzuye cyane bituma harimo ibibangamira amahoro.”

    “Cyane muri uyu mwaka ni bwo twakunze kubona amagambo ahembera ingengabitekerezo ya Jenoside, ukabona hari ikintu kiburamo mu buryo baganira muri rya koranabuhanga hari abagaruraga abandi n’abavugaga ngo ibi ni ibiki.”

    Ku ruhande rwa Mukasonga Emilienne, umuganga w’indwara zo mu mutwe, yavuze ko icyatumye Covid-19 ihungabanya amahoro ari uko abantu babayeho bihebye nta cyizere cy’ubuzima bafite.

    Yagize ati “Icyagaragaye cyane muri ibi bihe bya Covid-19 ni igihirahiro abantu abantu babayemo kandi si abakuru gusa n’abato bakibayemo, kutamenya uko buri bucye bimeze cyane ku bato bahorana inzozi.”

    Aba bose bahurije ku kwihangana no kwakira ingaruka za Covid-19 ko ari byo bizafasha abantu kongera gusubira mu buzima busanzwe ndetse no guhangana n’ingaruka z’icyorezo zigashira.

    Kuba Covid-19 yaratumye abantu biheba ndetse ikangiza amahoro bigaragarira mu bikorwa byo kwiyambura ubuzima (kwiyahura), abantu basigaye bagaragaramo uko bwije n’uko bukeye.

    Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B.Thierry aherutse kuvuga ko mu mwaka wa 2019/2020, umubare w’abantu biyahuye mu Rwanda wari 291 mu gihe mu 2020/2021 bari 285. Iyi myaka ni bwo icyorezo cyavuzaga ubuhuha.

    Abitabiriye Ibirori by’Umunsi Mpuzamahanga w’Amahoro bagaragaje ko Covid-19 yabangamiye amahoro

    Depite Imaniriho Clarisse, wari witabiriye uyu muhango yavuze ko hari ibikorwa byinshi byahuzaga urubyiriko byahagaze kubera Covid-19, bituma urubyiruko rubaho ruhangayitse.

    Mu gukemura ingaruka za Covid-19 ku mahoro urubyiruko rwasabwe gukorera hamwe mu kurandura ingaruka za Covid-19

    source : https://ift.tt/3AsPl70

  • Abataribani bateye utwatsi ibivugwa ko bacumbikiye Al-Qaida #rwanda #RwOT

    Abatalibani muri Afuganistani bamaganiye kure icyo bise amagambo atagira ishingiro ya Leta zunze ubumwe za Amerika, aho ivuga ko ifite amakenga ko al-Qaida, cyangwa imitwe iyikomokaho, ifite ibirindiro muri icyo gihugu.

    Umuvugizi w'abatalibani, Zabihullah Mujahid yabivugiye i Kabul, nyuma y'iminsi umutwe w'iterabwoba, ISIS-K, wigambye ko ari wo wakoze ibitero bya bombe ku barwanyi b'abatalibani mu ntara ya Nangarhar.

    Ibi bivuzwe na Mujahid, nkuko VOA ibitangaza bikurikiye igabisha/iburira ry'iperereza rya Amerika ryavuze ko al-Qaida hamwe n'imitwe ishamikiye ku mutwe w'iterabwoba wa Leta ya kiyisilamu bari mu nzira bagana muri Afuganistani. Iryo perereza ryavuze kandi ko bagiye bisunga abatalibani bamaze ibyumweru bitanu bafashe ubutegetsi.

    Umuvugizi w'Abatalibani yaneguye/yanenze ayo mabombe yatewe na ISIS-K i Nangarhar. Yavuze ko umutwe avugira wiyemeje guhagarika ubwo bwicanyi kandi umutwe wa ISIS-K utari intambamyi ku mutekano. Yavuze ko ibi bitero byabaye ibya nyuma kandi nta bindi uzasubira kugaba mu bihe biri imbere.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/abataribani-bateye-utwatsi-ibivugwa-ko-bacumbikiye-al-qaida/