Tag: Politiki

  • Col Mamady Doumbouya yarahiriye kuba Perezida wa Gineya w'inzibacyuho #rwanda #RwOT

    Muri Guinea, umukuru w'abasirikare bakoze kudeta, Lieutenant-colonel Mamady Doumbouya, yimitswe uyu munsi nk'umukuru w'igihugu w'inzibacyuho. Yarahiriye imbere y'Urukiko rw'Ikirenga rwa Gineya saa sita ku isaha ya Conakry.

    Kwimikwa kwe ni umuhango kuko yari amaze hafi ukwezi mu by'ukuri ari we uyobora igihugu, ku isonga ry'agatsiko kitwa CNRD k'abasirikare bafatanyije guhirika ubutegetsi bwa Perezida Alpha Conde, ku italiki ya 5 y'ukwezi kwa cyenda.

    Kuwa mbere w'iki cyumweru, CNRD yashyizeho itegeko shingiro ry'inzibacyuho, rijya mu kigwi cy'itegeko nshinga, rivuga ko inzibacyuho izayoborwa na Comité National du Rassemblement pour le Développement-CNRD ubwayo, Colonel Doumbouya, ari we mukuru wa CNRD, Perezida wa Repubulika n'umukuru w'igihugu, ari nawe mukuru w'ikirenga w'ingabo z'igihugu.

    Iri tegeko rivuga kandi ko Colonel Doumbouya agomba gushyiraho minisitiri w'intebe w'umusivili, n'inama y'igihugu y'inzibacyuho izaba nk'Inteko Ishinga Amategeko, kandi ko izi nzego zigomba kuzashyiraho Itegeko Nshinga rishya, no kuzakoresha amatora yizewe.

    Igihe cy'inzibacyuho atangiye nticyagenwe. Ntibizwi igihe izamara mbere y'amatora azagarura abasivili ku butegetsi. Abakuru b'ihugu bya CEDEAO, umuryango w'ubukungu w'Afrika y'uburengerazuba na Gineya irimo, bo barotsa igitutu CNRD kugirango ikoreshe amatora ya perezida wa Repubulika n'inteko ishinga amategeko mu mezi atandatu ari imbere. Bavuga ko bashobora gufatira ibihano abasilikare ba CNRD nibaramuka batabikoze.

    CEDEAO ifite impungenge z'imidugararo muri Afurika y'uburengerazuba nyuma ya kudeta ebyiri mu mwaka umwe muri aka karere nyuma y'iyo muri Mali yabaye mu kwezi kwa gatanu gushize.

    VOA Afrique / AFP

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/mamady-doumbouya-yarahiriye-kuba-perezida-wa-gineya-w-inzibacyuho

  • Guinea: Doumbouya wahiritse ubutegetsi ararahira nka perezida #rwanda #RwOT

    Col Mamady Doumbouya wayoboye agatsiko k'abasirikare bafashe ubutegetsi muri Guinea ararahira nka perezida w'inzibacyuho kuri uyu wa gatanu.

    Imihango irabera ku ngoro ya perezida kandi iritabirwa n'abatumiwe gusa.

    Col Doumbouya niwe wayoboye coup d'etat yahiritse Perezida Alpha Condé mu ntangiriro z'uku kwezi.

    Byitezwe ko mu byumweru biri imbere azahita ashyiraho guverinoma.

    Uyu mugabo w'imyaka 41, arahita aba perezida wa kabiri ukiri muto muri Africa, inyuma ya Col Assimi Goïta wa Mali w'imyaka 38.

    Mu kwa munani 2020 Col Goïta yahiritse ku butegetsi Perezida Ibrahim Boubacar Keïta, mu kwa gatanu 2021 yongera ahirika Perezida Bah Ndaw wari wabushyizweho, maze abujyaho.

    Muri Guinea, Col Doumbouya avuga ko abasirikare be bakoze coup d'état kuko bashakaga guhagarika ruswa yabaye karande, guhonyora uburenganzira bwa muntu, no gucunga nabi igihugu.

    Umwaka ushize, Perezida Condé yari yatorewe manda ya gatatu itaravugwagaho rumwe, habaye kandi imyigaragambyo yo kuyamagana.

    Condé wahoze ku ruhande rutavuga rumwe n'ubutegetsi yatowe bwa mbere mu 2010 mu matora ya mbere ya demokarasi yari abayeho guhererekanya ubutegetsi muri Guinea.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/guinea-doumbouya-wahiritse-ubutegetsi-ararahira-nka-perezida

  • Perezida Biden arashinjwa gusuzugura inama yagiriwe n'abajenerali bakomeye ba US #rwanda #RwOT

    Ubuhamya Jenerali Mark Milley na Jenerali Frank McKenzie bagejeje ku nteko ishingamategeko y'Amerika busa nk'ubuvuguruza Perezida Joe Biden, wavuze ko atibuka agirwa inama nk'iyo.

    Aba Taliba bafashe ubutegetsi mu kwezi kwa munani, nyuma yuko bigaruriye ibice byinshi by'igihugu mu buryo bwihuse.

    Jenerali Milley yavuze ko Amerika yatunguwe n'umuvuduko leta ya Afghanistan yahirimyeho.

    Ku wa kabiri, aba bajenerali babiri bahaswe ibibazo n'akanama ka sena y'Amerika kibanda ku by'igisirikare, bari kumwe na Minisitiri w'ingabo Lloyd Austin.

    Ibazwa ryabo ribaye hashize ibyumweru ingabo z'Amerika zivuye ku kibuga cy'indege cy'i Kabul mu buryo bw'akajagari, mu gihe ibihugu bikomeye by'amahanga byashakaga gutahukana abaturage babyo n'Abanya-Afghanistan babarirwa mu bihumbi bingingaga ngo batabarwe.

    Igitero cy'ubwiyahuzi cyishe abantu 182 muri icyo gikorwa cyo kuva muri Afghanistan. Abasirikare 13 b'Amerika n'Abanya-Afghanistan batari munsi ya 169 biciwe ku irembo ry'ikibuga cy'indege ku itariki ya 26 y'ukwezi kwa munani.

    Kugumishayo abasirikare

    Jenerali McKenzie, nk'ukuriye ibiro bikuru by'ingabo z'Amerika, ni we wahagarikiye kuva muri Afghanistan kwazo.

    Ahatwa ibibazo n'abasenateri b'abarepubulikani, yavuze ko yagiye inama yo kugumisha abasirikare bacye 2,500 muri Afghanistan.

    Ibi bisa nk'ibivuguruza ibyashimangiwe na Perezida Joe Biden mu kiganiro n'umunyamakuru wa ABC ku itariki ya 19 y'ukwa munani ko atibuka umuntu n'umwe amugira inama nk'iyo.

    Jenerali Milley yavuze ko yemeye iyo nama, ariko abajijwe na senateri w'umurepubulikani Dan Sullivan niba amagambo ya Bwana Biden yari “itangazo ritari ukuri”, yanze gutanga igisubizo kidaciye ku ruhande.

    Nyuma yaho, Jen Psaki, umuvugizi w'ibiro bya perezida bya White House, yavuze kuri iyo ngingo.

    Madamu Psaki yagize ati: “Perezida aha agaciro inama y'ukuri ya… abakuru b'ingabo n'igisirikare. Ibyo ntibivuze ko buri gihe yemeranya na yo”.

    Yavuze ko iyo ingabo ziguma muri Afghanistan nyuma y'itariki ntarengwa yo mu kwezi kwa munani, Amerika yari kuba noneho yinjiye mu ntambara n'aba Taliban.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/perezida-biden-arashinjwa-gusuzugura-inama-yagiriwe-n-abajenerali-bakomeye-ba

  • Perezida Paul Kagame asoje uruzinduko rw'iminsi ibiri yagiriye muri Mozambique #rwanda #RwOT

    Imbere ya Perezida Kagame na mugenzi we Filipe Nyusi, Ingabo za Mozambique zakoze akarasisi mu muhango wo kwizihiza Umunsi w'Ingabo muri icyo gihugu wabereye kuri Stade ya Pemba.

    Muri aka karasisi hanerekanywe ibikoresho by'intambara birimo imodoka n'indege bya gisirikare.

    Mbere y'aho abakuru b'ibihugu byombi bari babanje kugirana ikiganiro n'abanyamakuru cyibanze ku mubano mwiza w'ibihugu byombi byatabaranye aho bikenewe.

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwagiye gutanga umusanzu warwo nk'igihugu cya Afurika gishakira ineza umugabane, rugenda rugiye gutabara igihugu cy'inshuti nyuma yo kwitabazwa.

    Yavuze ko kubera iyo mpamvu ingabo z'u Rwanda zitari muri icyo gihugu ku
    bw'impanuka, ari nayo mpamvu zikora ibishoboka byose ngo ubutumwa bwazijyanye busohozwe neza, ikibazo kirangire.

    Ati 'Ingabo z'u Rwanda ntabwo ziri muri Mozambique ku bw'impanuka, zaratumiwe kandi zatumiwe gufatanya na bagenzi bacu bo muri Mozambique ngo bakemure ikibazo. Nta n'umwe wakwifuza ko ibi bibazo bikomeza kuba hano, niko natwe tudashaka kuhaguma burundu, twizeye ko ikibazo turi gufatanya gukemura hano muri Mozambique nacyo kitazahaguma burundu.'

    Perezida Kagame yavuze ko ingabo z'u Rwanda zitagiye kurinda umushinga cyangwa umutungo w'umuntu runaka muri Mozambike, ahubwo bagiye gufasha kugarura umutekano mu gihugu.

    Ibi yabigarutseho nyuma y'ibihuha byavugaga ko Ingabo z'u Rwanda zagiye kurinda ibikorwa bya sosiyete y'Abafaransa, Total Energies, byakomwe mu nkokora n'ibitero by'iterabwoba muri Cabo Delgado.

    Ati 'Ntabwo twaje hano gushakira umutekano umushinga runaka cyangwa umutungo w'umuntu, twaje hano kugarura ituze ry'igihugu muri aka gace ka Cabo Delgado, nibyo turi gukora. Ibindi byasabwa, ni umukoro wa Mozambique.'

    Perezida Nyusi wa Mozambique yongeye gushima ubufasha ingabo z'u Rwanda zahaye iz'igihugu cye mu kugarura umutekano muri Cabo Delgado, avuga ko ibikorwa bikomeje kugira ngo abari baravuye mu byabo babisubiremo.

    Abanyamakuru bamubajije impamvu byafashe igihe kinini ngo Mozambique yitabaze amahanga arimo n'u Rwanda mu kurwanya ibyihebe, avuga ko babanje gukora isesengura ry'uburyo ikibazo giteye.

    Ati 'Igitero cya mbere cyabaye mu 2017 ariko ibimenyetso twari twaratangiye kubibona guhera mu 2012 cyane cyane muri kariya gace ka Mocimboa da Praia. Byadusabye gukora iperereza ryimbitse. Ni cyo cyari ingenzi cyane mbere yo gusaba u Rwanda, Zimbabwe cyangwa se undi, ngo tugende tuzi neza icyo baje gukora.'

    Yakomeje agira ati 'Mu 2017 ubwo ibitero byagabwaga, twatangiye tubyita amazina atandukanye ngo ni ibitero, inyeshyamba kugeza ubwo tuje kubona ko ari iterabwoba. Twabanje kurwana nabyo ngo turebe ko uburyo bw'ibiganiro dusanzwe dukoresha bushoboka, bigera aho tubona ko bidashoboka.'

    Perezida Nyusi yavuze ko muri uko kwiga ku kibazo, aribwo baje gusanga ko bakeneye ubufasha bw'ibindi bihugu.

    Ati ' Twashakaga ko bikemuka ariko bigakemuka mu buryo bwa nyabyo , kuko iyo haza kubamo amakosa , byari kutugiraho ingaruka. Byasabye umwanya kuko iterabwoba ntiwarirwanya wenyine.'

    Perezida Nyusi yavuze ko icyo bifuza ari uko ubuzima bugaruka muri Cabo Delgado, imishinga y'iterambere irimo n'uwa Total igasubukurwa, abaturage bakagezwaho ibikorwaremezo bagatera imbere.

    Kuva mu 2017 ubwo Intara ya Cabo Delgado yibasirwaga n'ibyihebe, abasaga 3000 bamaze kuhasiga ubuzima mu gihe abasaga ibihumbi 800 bavuye mu byabo.

    Iki gihugu kiri mu Majyepfo ya Afurika cyoherejwemo Ingabo z'u Rwanda n'Abapolisi 1000 batanga umusanzu mu guhashya imitwe y'iterabwoba no kubungabunga amahoro muri Cabo Delgado.




    Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/perezida-paul-kagame-asoje-uruzinduko-rw-iminsi-ibiri-yagiriye-muri-mozambique

  • AMAFOTO : Perezida Kagame muri Mozambique yakurikiranye akarasisi k’ingabo zirwanira mu mazi #rwanda #RwOT

    Aka karasisi k’Ingabo zirwanira mu mazi, kabaye mu gihe muri kiriya Gihugu uyu munsi bizihiza umunsi w’Ingabo ufatwa nk’umunsi ukomeye muri Mozambique ubibutsa ubwigenge bwabo.

    Perezida Kagame Paul na mugenzi we Filipe Nyusi bakurikiranye kariya karasisi kabereye ku kicaro cy’ingabo zirwanira mu mazi biherereye i Pemba mu Ntara ya Cabo Delgado.

    Iyi Ntara ya Cabo Delgado yari irimo ibirindiro by’inyeshyamba zihungabanya umutekano wa Mozambique, ni imwe mu zo Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza kiriya Gihugu zabohoje mu za mbere ubu abaturage bakaba baratangiye gusubizwa mu byabo.

    Nyuma yo gukurikirana kariya karasisi, Perezida Kagame na mugenzi we Filpe Nyusi bahise bagirana ikiganiro n’Itangazamakuru.

    Hari benshi bibaza ikizakurikiraho mu gihe Ingabo z’u Rwanda zagize uruhare mu guhashya biriya byihebe niba inzego z’umutekano za Mozambique zizabasha gukomeza gusigasira uriya mutekano mu gihe ingabo z’u Rwanda zaba zitashye.

    Muri iki kiganiro, Perezida Kagame yongeye gushimangira ko ubufatanye hagati y’ibihugu bya Africa ari bwo ngombyi yo kugera ku mutekano urambye.

    Yagize ati 'Ibirambye bishingira ku buryo twakoreye hamwe mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba ndetse no kubaka imikoranire.'

    Perezida Kagame yakomeje agira ati 'Mozambique yashyizeho uburyo bwo gutoza inzego z’umutekano mu kwirwanaho no guhangana n’ikibazo cyose gishobora kuzabaho mu bihe biri imbere.'

    MU KIGANIRO N’ITANGAZAMAKURU

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/AMAFOTO-Perezida-Kagame-muri-Mozambique-yakurikiranye-akarasisi-k-ingabo-zirwanira-mu-mazi

  • Abatalibani bahishuye ko bagiye kongera kugarura ibyo kwica abantu babanyonze bakanabaca ibihimba #rwanda #RwOT

    Uwahoze ayoboye polisi uzwi cyane mu ba Taliban atangaza ko muri Afghanistan hagiye kugarurwa ibihano bikarishye nko kunyonga no guca iimitwe abantu barenze ku mategeko.

    Mullah Nooruddin Turabi, ubu uyoboye amagereza yabwiye ikinyamakuru AP ko “igihano cyo guca ibihimba by'umubiri ari nkenerwa ku mutekano w'igihugu”.

    Avuga ko ibi bihano bishobora kutazatangirwa ku mugaragaro nk'uko byari bimeze ku butegetsi bwa mbere bw'aba Taliban mu myaka ya 1990.

    Ariko aramagana uburakari bwatewe n'ibihano byabo byo kunyonga mu minsi yashize: “Nta n'umwe uzatubwiriza uko amategeko yacu akwiriye kumera”.

    Kuva bageze ku butegetsi muri Afghanistan ku wa 15 z'ukwa munani, aba Taliban bagumye bemerera abantu ko bazashinga ubutegetsi bworoshye gusumba ubwa mbere.

    Ariko hamaze kuba ibikorwa bitari bike byo guhohotera ikiremwamuntu mu gihugu cyose.

    Ku wa kane, ishyirahamwe Human Rights Watch ryaburiye ko aba Taliban muri Herat barimo “barahiga bukware abagore bakomeye, babuza abagore kuva mu ngo, banabategeka kwitwikira umubiri wose”.

    Nyuma y'aho mu kwa munani ishyirahamwe Amnesty International ritangarije ko aba Taliban ari bo bishe abantu icyenda b'aba Hazara.

    Icyo gihe, umunyamabanga mukuru wa Amnesty Agnès Callamard yavuze ko “ubwo bwicanyi bw'agahomamunwa bwibutsa ahahitse habi k'aba Taliban, hamwe n'isura mbi y'ubutegetsi bw'aba Taliban bushobora kuzana”.

    Mu ntangiriroo z'iki cyumweru,aba Taliban basabye ijambo mu nama y'ishyirahamwe ONU ririmo kubera i New york.

    Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Ubudage Heiko Maas avuga ko n'ubwo ari ngombwa kuvugana n'aba Taliban, “mu nama ya ONU siho bikwiriye kubera”.

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika zisanzwe ziri mu ikipe ushinzwe kwakira abantu, zivuga ko zidashobora gufata umwanzuo mbere y'uko inama itangira mu cyumweru gitaha.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/abatalibani-bahishuye-ko-bagiye-kongera-kugarura-ibyo-kwica-abantu-babanyonze

  • Ifoto y’umunsi: Perezida Kagame mu mwambaro w… – #rwanda #RwOT

    Muri uru ruzinduko, Paul Kagame araganira n’ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri Mozambique kugarura amahoro mu gace ka Cabo Delgado kari karigaruriwe n’ibyihebe byari byarahateje umutekano mucye, bigahohotera abaturage bikanambura ubuzima bamwe mu baturage, ariko Ingabo z’u Rwanda (RDF) aho zihagereye zikaba zarirukanye ibyo byihebe muri ako gace, ubu umutekano ukaba ari wose.

    Kohereza ingabo z’u Rwanda na Polisi mu Ntara ya Cabo Delgado mu Majyaruguru y'Uburasirazuba bwa Mozambique, ni igikorwa cyatanze umusaruro ugaragarira bose kuko zamaze kwigarurira ahari ibirindiro by’ibyo byihebe n’imijyi byari byarigaruriye. Perezida Paul Kagame uri kubarizwa muri Mozambike, ari kugaragara mu myenda ya gisirikare nk’uko ibiro bya Perezidansi byasohoye amafoto ye abyerekana.

    Perezida Paul Kagame yagaragaye mu mwambaro wa Gisirikare mu ruzinduko arimo i Cabo Delgado

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109832/ifoto-yumunsi-perezida-kagame-mu-mwambaro-wa-gisirikare-i-cabo-delgado-ahabohojwe-ningabo–109832.html

  • Minisitiri Bamporiki yamaganye imvugo Nta Gi… – #rwanda #RwOT

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Umuco n’urubyiruko, Bamporiki Edouard we abona ko umuntu wazanye izo mvugo akwiye kwamaganwa, bitewe n'uko aba azwi, ashobora kuvuga ikintu kikica benshi bamukurikira nk'umusitari.

    Minisitiri Bamoriki kandi yavuze ko ushobora kuvuga ngo nta myaka 100 uziko wivugira ugatangira kubyizereramo bikarangirana nawe, aheraho agira inama abasitari bazwi kwitondera ibyo bavuga binjiza mu rubyiruko.

    Mu kiganiro Minisitiri Bamporiki yagiranye na shene ya youtube ya Isimbi Tv yagize ati: 'Iyo utekereje ko nta myaka ijana ntayo umara koko, ubitekereje ukavuga ngo nta cyakindi aho minisitiri yavugaga (Nta Gikwe) ati sinjye ubivuga kubivuga nabibazwa uwavuze ko ntacyo (…)'.

    Minisitiri Bamporiki yavuze ko abantu b’abasitari bakwiye kwitondera ibyo bavuga

    Ati: 'Ibyo birakenyura, birakenya kuvuga ngo nta myaka ijana. Ushobora kubivuga uziko wivugira, watangira kubyizereramo wowe ukarangirana nawe, ukaba uhemukiye abari kuzagukomokaho, ukaba uhemukiye abantu, ukaba uhemukiye u Rwanda wari kuzaba umwe mu barutera gukomeza kwanda, ariko kuri wowe ntihazagire ugukomokaho n'intekerezo zawe, nuba wari ufite n'ibyo ushoboye ntibizarenge kuri we.

    Akomeza agira ati: 'Ubwo rero reka mbwire abana b'abanyarwanda, kurama ntabwo ari ngombwa kugira n'iyo myaka ijana wowe uriho nkawe, ariko ibyo utekereza ibyo waharaniye abo wabyaye iyo bariho nawe uba uriho, hari impamvu nyinshi zishobora gutuma batamara imyaka ijana batiteye. 

    Ariko wowe iyo utangiye kubyizera nk'aho wakora nk' udashaka no kuyimara ubwo biteza ingorane zitari ngombwa icyo ni kimwe. Icya kabiri, iyo uvuze ngo 'Nta Gikwe' ubundi ukwanda kw'imiryango y'abanyarwanda bishingiye ku gushyingirana, bishingiye ku bukwe, bishingiye ku kuba njyewe njya gusaba umugeni ndi Umusinga nkajya kumusaba mu Bega cyangwa mu Banyiginya, bakanshyingira ubwo noneho Abasinga bakaba bongeye kunywana n'Abega.''

    Rocky wazanye imvugo ya ‘Nta Gikwe’

    Minisitiri Bamporiki yakomeje avuga ko iyo ukuyeho ibijyanye n'ubukwe bwose uba ukwiye kwamaganwa. Yakomeje agira ati: 'Iyo rero uvuze ngo ibyo bintu ubikuyeho, ubundi ukwiye kwamaganwa. Umeze nk'umuntu uri kuvuga ko uwo mushinga wo kwanda kw'imiryango ushaka kuwuburizamo. Ni ukwikunda kurimo kwikenya no kwirya ukimara. Kwirya ukimara biri 'Negatif' kwiyica bimeze nko kwiyahura, kuvuga ngo kuri njyewe nta bandi bantu bazankurikira, cyangwa sincaka gukurikiza umurage nahawe n'ababyeyi'.

    Bamporiki yongeyeho ko n'ubwo baba barabivuze, cyangwa se babivuga bikinira cyangwa batebya bidakwiriye. Ati: 'Reka twiringire ko abantu bashobora kubivuga batebya ariko uko gutebya ntitukwamamaze, hari abantu bitwa abantu bazwi (abasitari) ubundi nta musitari wigira umusitari; wowe uri umusitari kubera abantu bagukurikiye kandi abantu benshi bakurikira umuntu kubera ibyiza.

    Ubwo rero kuba uri umusitari ni umutungo wa benewo ntabwo ari umutungo wawe sinzi icyo mvuga niba cyumvikana, iyo ufite abantu igihumbi bagukurikiye abo bantu igihumbi ugomba kubaha ibyiza. Uyu  munsi rero guhindukira ukababwira ngo twipfire twe kugira ikintu kizima dukora biba ari uguhemuka'.

    Yasabye 'abasitari' kujya batanga ubutumwa bwiza. Ati: 'Njye nasaba abantu bazwi bafite abantu babakurikira kujya bagerageza gutanga ubutumwa bazi ko buragira ingaruka. Rwose dushobora kuba turi kwinywera ikirahuri cya Divayi tugatebya bigarukira ahongaho, ariko gutebya bijya mu iyi si y'ikoranabuhanga, tugomba kumenya ko iyi si zabaye ebyiri hari isi tugendaho hari n'isi tugendana'.

    Junior Giti wazanye imvugo ya ‘Nta Myaka 100’

    Ati: 'Isi y'ikoranabuhanga ni nk'isi tugendana. Icyo ushyize hanze kijya ku isi hose. Ntabwo tugitebya bimwe bya cyera byo kuvuga ngo twataramye turi abahungu babiri turavuga ibyo twishakiye, iyo byageze mu ikoranabuhanga, tangira umenye ngo isi zabaye ebyiri: isi tugendaho n'isi tugendana.''

    Minisitri Bamporiki yasoje agira inama abantu kwitondera kuvuga, ngo kuko ushobora kwisanga uvuga ikintu wikinira kikica abantu bakajya kwimanika.

    Yagize ati: 'Twitondere no kuvuga kuko dushobora kwisanga uvuze ikintu wikiniraga, kikica abantu, abantu bakajya kwimanika hejuru y'amazu ngo n'ubundi runaka yarabivuze ngo ntitumwemera se? Buriya ngo ubwo yabivuze twitonde kuko u Rwanda ruradukeneye twe kwiyica u Rwanda ruradukeneye.''

    Imvugo ya 'Nta Gikwe' na 'Nta myaka ijana' zikomeje gufata intera mu rubyiruko, ndetse ahenshi na henshi zamaze kuba imvugo zikoreshwa mu buzima busanzwe bwa buri munsi, mu rubyiruko.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109794/minisitiri-bamporiki-yamaganye-imvugo-nta-gikwe-na-nta-myaka-100-ya-rocky-kirabiranya-na-j-109794.html

  • Perezida Kagame yageze muri Mozambique mu ruzinduko rw’akazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame na mugenzi we Filipe Nyusi wa Mozambique
    Perezida Kagame na mugenzi we Filipe Nyusi wa Mozambique

    Muri icyo gihugu hariyo Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bagera ku 1,000 boherejweyo kugarura umutekano, by’umwihariko mu Ntara ya Cabo Delgado, aho bagiye kubohoza imijyi inyuranye yari yarigaruriwe n’inyeshyamba, abaturage bakaba bari barahunze ako gace ariko ubu bakaba barimo kugaruka mu byabo.

    Ingabo na Polisi b’u Rwanda ku bufatanye n’Ingabo za Mozambique, birukanye inyeshyamba mu mijyi itandukanye zari zarigaruriye, harimo n’uw’ingezi wa Mocimboa Da Praia, hari kandi Awasse, Palma, Quionga, Chinda, Njama n’iyindi. Aho hose ubu abaturage bakaba batangiye gusubira mu mirimo yabo yo mu buzima busanzwe, bagashimira cyane Ingabo na Polisi b’u Rwanda kubera ubwitange bwabo bwatumye bongera kugira amahoro.

    Reba mu mafoto uko byari byifashe ubwo Perezida Kagame yageraga muri Mozambique

    source : https://ift.tt/39zQZrC