Tag: People

  • Nkunda Miss Naomie , Ibyo wamenya kuri Miss Houssina Urujeni uri guhatanira ikamba rya Miss AfricaFrance #rwanda #RwOT

    Urujeni Houssina ni umunyarwandakazi w'imyaka 21 uba mu Bufaransa aho yagiye afite imyaka 2 ajyanye n'ababyeyi be ubu niho baba, akaba avuka mu karere ka Musanze.

    Uyu munyarwandakazi waherukaga mu Rwanda muri 2017, ari mu irushanwa ngarukamwaka ritora umukobwa uhiga abandi uburanga mu Banyafurika batuye mu Bufaransa(Miss Africa France).

    Ku kiganiro yagiranye na Isimbi Tv avuga ko yabigiyemo kubera ko akunda ibintu by'ubwiza ndetse ko akunda kureba n'andi marushanwa arimo na Miss Rwanda.

    Ati 'nkunda amarushanwa y'ubwiza, ndavuga nti kubera iki njyewe ntajyayo ko ari ibintu nkunda, ndeba Miss Rwanda, Miss France ndavuga ngo reka njyeyo.'

    Agaruka kuri Miss Rwanda yavuze ko muri ba Nyampinga bose bagiye babaho uwo yakunze ari Nishimwe Naomie wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2020.

    Ati 'By'umwihariko nkunda Nyampinga w'u Rwanda 2020, Nishimwe Naomie ndamukunda cyane, kubera ni mwiza, ibintu yakoze, ibitekerezo yatanze narabikunze.'

    Ngo inzozi afite ni ukwegukana iri kamba ubundi akagaragaza u Rwanda mu Bufaransa kuko hari ibintu byinshi batazi ku Rwanda.

    Ati 'Inzozi zanjye nifuza ko nazaba Nyampinga wa Africa France 2021 kugira ngo ngaragaze igihugu cyanje kuko nasanze mu Bufaransa hari ibintu byinshi batazi ku Rwanda (…) u Rwanda ni igihugu cyiza dufite ingagi, imisozi, abakobwa beza, umuco…'.

    Urujeni ufite nimero 9 muri iri rushanwa rigeze muri ½ aho bazanyura imbere y'akanama nkemurampaka tariki ya 9 Ukwakira 2021 i Paris, ahanganye n'abakobwa barimo abo muri Mali, Tchad, Côte d'Ivoire, Guinée-Bissau, Cameroun, Cap Vert na Nigeria

    Miss Urujeni yavuze ko akunda Yvan Buravan
    Kumushyigikira nugukora like kuri iyi ifoto ye

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/nkunda-miss-naomie-ibyo-wamenya-kuri-miss-houssina-urujeni-uri-guhatanira

  • Bijoux wo muri Bamenya yerekanye umusore wamutwaye umutima (Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Munezero Aline wamamaye nka Bijoux wo muri Bamenya yagaragaje ko ari ku Rukundo n'umuhanzi Lionel Sentore.

    Abinyujije kuri story ya instagram ye, Bijoux yatangaje amagambo agira ati ” To love is nothing, to be loved is something. But to love and to be loved, that's everything. ❤️I Love You❤️ @lionel_Sentore “. Ugenekereje mu Kinyarwanda, bishatse kuvuga ngo Gukunda ni ubusa ariko gukundwa ni ikintu gikomeye. Gukunda no gukundwa ni ibintu byose. Ndagukunda @lionel_sentore. Lionel akibona amagambo Bijoux yanditse yahise amusubiza agira ati ” Nirwogere rwo rwaduhuje “.

    Bijoux na Lionel baherutse guhurira mu kiganiro bakoranye na Isimbi Tv.

    Source : https://yegob.rw/bijoux-wo-muri-bamenya-yerekanye-umusore-wamutwaye-umutima-amafoto/

  • Umukunzi wa Patient Bizimana yakorewe ibirori byo kumusezeraho(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Karamira Uwera Gentille ugiye gukora ubukwe n’umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana yakorewe ibirori byo gusezera ku bukumi bizwi nka Bridal Shower.

    Abinyujije kuri Instagram Stories, Uwera Gentille yagiye ashyiraho amafoto yaranze ibi birori byabereye mu bwato i Miami muri Leta ya Florida ari nako ashimira abantu bagiye bamwifuriza gutera indi ntambwe.

    Ntabwo itariki nyirizina y’ubukwe bwabo iramenyekana ariko iyo ibi birori bibaye ni uko ubukwe nabwo buba buri hafi.

    Patient Bazimana na Uwera Gentille bagiye gukora ubukwe nyuma y’imyaka 2 basezeranye imbere y’amategeko kuko muri Kamena 2019 basezeraniye mu Karere ka Rubavu.

    Ku Cyumweru tariki ya 20 Kamena, Patient Bizimana yerekanywe mu rusengero na Karamira Uwera Gentille bitegura kurushingana.

    Uyu muhango wabereye mu rusengero Patient Bizimana asanzwe asengeramo rwa Evangelical Restoration Church (ERC) Masoro.

    Ni umuhango wabaye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, aho bageze mu mwanya wo kwerekana abazashyingiranwa bakavuga couple imwe imwe bakerekana ifoto yabo, ni bwo buryo Patient Bizimana na Gentille berekanywemo.

    Uyu akaba ari umuhango ubanziriza gusezerana imbere y’Imana aho bikorwa mu rwego kugira ngo niba hari abafite impamvu zatuma abo bombi badasezerana bazazitange mbere y’ubukwe.

    Karamira Uwera Gentilleugiye n’abakobwa bari baje kumusezeraho kuko agiye kuva mu cyiciro cy’ubukumi

    Byari ibyishimo bikomeye

    Uwera Gentille witegura gukora ubukwe yasezweho n’inshuti ze

    Ni ibirori byabereye mu bwato

    Patient Bizimana na Uwera Gentille bagiye kurushinga

    Source : http://isimbi.rw/iyobokamana/article/umukunzi-wa-patient-bizimana-yakorewe-ibirori-byo-kumusezeraho-amafoto

  • IFOTO Y'UMUNSI: Butera Knowless n'umugabo we – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Kanama 2021 twabazengurukiye imbuga nkoranyambaga zitandukanye maze tubategurira ifoto y'umunsi. Ifoto twabahitiyemo ni iya Butera Knowless n'umugabo we bizihije isabukuru y'imyaka 5 bamaze barushinze.

    Source : https://yegob.rw/ifoto-yumunsi-butera-knowless-numugabo-we/

  • Itangazo: Uwitwa NAKABONYE Sifa yasabye guhindura amazina akitwa UWINEZA Sifa #rwanda #RwOT

    Uwitwa NAKABONYE Sifa yasabye guhindura amazina mu buryo bwemewe n'amategeko akitwa UWINEZA Sifa mu bitabo by'irangamimerere.

    Impamvu atanga zituma asaba guhindura amazina akaba ari uko ari izina riteye ipfunwe.

    Ingingo z'ingenzi yashingiyeho asaba inzego zibishinzwe guhindura amazina zikaba ziri hano hasi:

    Source : https://umuryango.rw/amatangazo/article/itangazo-uwitwa-nakabonye-sifa-yasabye-guhindura-amazina-akitwa-uwineza-sifa

  • Mu mwambaro wa Visit Rwanda, Miss Sonia Rolland yagaragaje ko ari mu bari bategereje Messi i Paris(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Mu mwambaro wa Visit Rwanda, Nyampinga w’u Bufaransa 2000, umunyarwandakazi Sonia Rolland yasabye abantu ko mu ihe bategereje Lionel Messi ugiye gusinyira ikipe ya Paris Saint Germain gusura u Rwanda.

    Kuva k’umunsi w’ejo hashize ibihumbi by’abantu mu Bufaransa bari bategereje umunyabigwi muri ruhago ukomoka mu gihugu cya Argentine, Lionel Messi ni nyuma yo kwemeza ko nyuma yo gutandukana na FC Barcelona indi kipe ashobora gusinyira ari PSG.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Miss Sonia Rolland yashyizeho amafoto abiri yambaye Jersey ya PSG yanditseho Visit Rwanda nk’umuterankunga w’iyi kipe, asaba abantu gusura u Rwanda.

    Ati “mu gihe dutegereje Messi. Sura u Rwanda (Visit Rwanda).”

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Kanama 2021 nibwo Lionel Messi yafashe rutimikerere we n’umuryango we(Umugore n’abana) bava muri Espagne berekeza mu Bufaransa aho uyu mukinnyi agiye kurangizanya na Paris Saint Germain(PSG).

    Messi yageze mu Mujyi wa Paris afotorwa yambaye umupira w’umweru wanditseho ‘Ici c’est Paris’.

    Ni mu gihe ikipe ya Paris Saint Germain yashyize kuri Twitter yayo amashusho agaragaza Ballon d’Or 6 zimaze kwegukanwa n’uyu rutahizamu.

    Ibi byose bikaba bigagaragaza ko bisa n’ibyarangiye uyu mukinnyi agiye gukinira PSG hasigaye gusinya gusa.

    Bivugwa ko azahembwa miliyoni 53£ ku mwaka, bityo akazajya ahembwa miliyoni 1£ ku cyumweru. Azaba ari mu bishyura umusoro wa 45% mu Bufaransa, asigarane ibihumbi 550£ ku cyumweru.

    Agiye muri FC Barcelona aho asanze Neymar Jr bakinanye muri FC Barcelona mbere y’uko ayivamo muri 2017.

    👀 pic.twitter.com/y5IbqL69Z4

    — Paris Saint-Germain (@PSG_inside) August 10, 2021

    Mu mwambaro wa Visit Rwanda, Sonia Rolland yari ategereje Messi

    Se wa Messi yari agoswe n’itangazamakuru rimubaza ahazaza ha Messi

    Messi n’umugore we mu ndege berekeje i Paris

    Messi n’umuryango we baraye i Paris

    Yageze i Paris yambaye umupira wanditseho ‘Ici c’est Paris’

    Hagati y’umwambaro wa Neymar na Mbappe haraburamo umwambaro, ni mu mashusho banyujije kuri Twitter yabo

    Muri aya masuhusho kandi berekanyemo Ballon d’Or 6

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/mu-mwambaro-wa-visit-rwanda-miss-sonia-rolland-yagaragaje-ko-ari-mu-bari-bategereje-messi-i-paris-amafoto

  • Houssina Urujeni uri i Kigali uhatanye muri Miss AfricaFrance, yavuze nyampinga w’u Rwanda akunda kurusha abandi(AMAFOTO+VIDEO) #rwanda #RwOT

    Sinderibuye Urujeni Houssina umunyarwandakazi uhataniye ikamba rya Miss Africa France 2021 avuga ko akunda cyane Nyampinga w’u Rwanda 2020, Nishimwe Naomie bitewe n’ibyo yakoze, akaba na we akunda amarushanwa y’ubwiza ari nayo mpamvu yahisemo kujya muri iri rushanwa.

    Urujeni Houssina ni umunyarwandakazi w’imyaka 21 uba mu Bufaransa aho yagiye afite imyaka 2 ajyanye n’ababyeyi be ubu niho baba, akaba avuka mu karere ka Musanze.

    Uyu munyarwandakazi waherukaga mu Rwanda muri 2017, ari mu irushanwa ngarukamwaka ritora umukobwa uhiga abandi uburanga mu Banyafurika batuye mu Bufaransa(Miss Africa France).

    Avuga ko yabigiyemo kubera ko akunda ibintu by’ubwiza ndetse ko akunda kureba n’andi marushanwa arimo na Miss Rwanda.

    Ati 'nkunda amarushanwa y’ubwiza, ndavuga nti kubera iki njyewe ntajyayo ko ari ibintu nkunda, ndeba Miss Rwanda, Miss France ndavuga ngo reka njyeyo.'

    Agaruka kuri Miss Rwanda yavuze ko muri ba Nyampinga bose bagiye babaho uwo yakunze ari Nishimwe Naomie wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2020.

    Ati 'By’umwihariko nkunda Nyampinga w’u Rwanda 2020, Nishimwe Naomie ndamukunda cyane, kubera ni mwiza, ibintu yakoze, ibitekerezo yatanze narabikunze.'

    Ngo inzozi afite ni ukwegukana iri kamba ubundi akagaragaza u Rwanda mu Bufaransa kuko hari ibintu byinshi batazi ku Rwanda.

    Ati 'Inzozi zanjye nifuza ko nazaba Nyampinga wa Africa France 2021 kugira ngo ngaragaze igihugu cyanje kuko nasanze mu Bufaransa hari ibintu byinshi batazi ku Rwanda (…) u Rwanda ni igihugu cyiza dufite ingagi, imisozi, abakobwa beza, umuco…'

    Urujeni ufite nimero 9 muri iri rushanwa rigeze muri ½ aho bazanyura imbere y’akanama nkemurampaka tariki ya 9 Ukwakira 2021 i Paris, ahanganye n’abakobwa barimo abo muri Mali, Tchad, Côte d’Ivoire, Guinée-Bissau, Cameroun, Cap Vert na Nigeria

    Urujeni Houssina ahatanye mu irushanwa rya Miss Africa France 2021

    Yavuye mu Rwanda afite imyaka 2

    Ngo yagombaga guhagararira u Rwanda kuko ari nkomoko ye

    Ngo yakuze akunda amarushanwa y’ubwiza

    Urujeni Houssina ubu ari mu Rwanda

    Ngo ashaka kwegukana iri kamba akagaragaza u Rwanda mu Bufaransa

    Nishimwe Naomie ngo ni we Housina yemera muri ba Nyampinga b’u Rwanda babayeho

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/houssina-urujeni-uri-i-kigali-uhatanye-muri-miss-africafrance-yavuze-nyampinga-w-u-rwanda-akunda-kurusha-abandi-amafoto-video

  • Igihozo witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda yarongowe (Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Igihozo Mireille witabiriye Miss Rwanda ndetse na Miss Career Africa mu 2019, yarushinze n'umukunzi we, Obey Gardens, bamaze igihe kinini bakundana.

    Uyu mukobwa w'imyaka 23 y'amavuko yakoze ubukwe mu mpera z'icyumweru cyashize n'umukunzi we w'igihe kirekire. Hari amakuru yizewe avuga ko uyu mukobwa yakoreye ubukwe muri Norvège aho amaze iminsi aba.

    Abinyujije kuri instagram ye, Igihozo yagaragaje ko yishimiye kuba yabaye umugore ashimira umugabo we.

    Ati 'Ndujujwe. Ndanyuze. Warakoze kungira umuntu ukunzwe, wishimirwa, witabwaho, uhabwa icyubahiro w'umunyamugisha nkaba umugenzi wagiriwe ubuntu ku mubumbe wose mwami wanjye.'

    Igihozo ubusanzwe yize Ubugenge, Imibare n'Ubumenyi bw'Isi muri Lycée Notre-Dame de Cîteaux. Igihozo afite impano nyinshi zitandukanye zirimo kuririmba, kumurika imideli, kuyobora inama, guhanga imyenda, kwandika ndetse no gufotora.

    Igihozo yitabiriye Miss Rwanda ndetse na Miss Career Africa mu 2019 ariko hombi ntiyagize amahirwe yo kwegukana ikamba.

    Dore uko byari bimeze mu mafoto:

     

    Source : https://yegob.rw/igihozo-witabiriye-irushanwa-rya-miss-rwanda-yarongowe-amafoto/

  • Norvge: Igihozo Mireille wahataniye ikamba r… – #rwanda #RwOT

    Ubukwe bw’aba bombi byabaye mu mpera z’icyumweru gishize. Igihozo Mireille yanditse kuri konti ye ya Instagram ashima umugabo we bamaze igihe mu munyenga w’urukundo.

    Ati ‘Noneho nduzuye. Warakoze kungira umuntu ukunzwe, wishimirwa, witabwaho, w’icyubahiro, w’umunyamugisha nkaba umugore wagiriwe ubuntu mu Isi nzima mwami wanjye.’

    Obey Gardens warushinze na Igihozo Mireille yanditse kuri konti ye ya Instagram avuga ko ‘ari byiza’. Avuga ko yatangiye ubuzima bushya n’inshuti ye, umugore mwiza ku mubumbe, w’umunyamutima ubu n’ahazaza.

    Igihozo Mireille yavuye mu Rwanda ajya muri Norvège aho yarushingiye n’umukunzi we bamaze igihe mu munyenga w’urundo.

    Akiri mu Rwanda, uyu mugore yagiye ategura ibikorwa bitandukanye birimo nka ‘Because there is hope’ yatumiragamo abavugabutumwa, abahanzi b’indirimbo zihimbaza Imana, ba Nyampinga n’abandi batandukanye baganiriza abantu ku ngingo zitandukanye.

    ‘Because There is Hope’ ni igikorwa yateguraga anyujije muri Pearls corner Organisation yashinze. Uyu mugore yitabiriye Miss Rwanda 2019 ashyize imbere umushinga wo guteza imbere ibicanwa bitangiza ibidukikije.

    Igihozo kandi yavuye mu Rwanda ashinze sosiyete yise ‘MIIG Beauty’ ikora iburungo by’ubwiza biri mu byiciro bitatu birimo icyitwa ‘Gramma’, ‘Dream’ na ‘Clear of’ byose bigiye bifite icyo birushanya.

    Uyu mugore yize Ubugenge, Imibare n’Ubumenyi bw’Isi muri Lycée Notre-Dame de Cîteaux. Yigeze kubwira INYARWANDA, ko mu mashuri yisumbuye yashyize imbere kwiga amasomo yo kwihangira imirimo kugira ngo azabashe gukora ‘Lip gloss’.

    Igihozo Mireille w’imyaka 23 y’amavuko yakoreye ubukwe muri Norvège n’umukunzi we 

    Igihozo yashimye umugabo we wamuhisemo akamugira uw’agaciro, witabwaho, uhabwa icyubahiro w’umunyamugisha

    Igihozo na Obey Gardens bamaze igihe mu munyenga w’urukundo waganishije kurushinga

    Obey Gardens yavuze ko yatangiye paji nshya mu mubano we n’umugore we

    Igihozo yanditse agaragaza ko ari umugore wishimye, ashima umugabo we


    Umunezero mu rugo rushya….Bombi banambikanye impeta y’urudashira basezerana mu mategeko


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108448/norvege-igihozo-mireille-wahataniye-ikamba-rya-miss-rwanda-yarushinze-numukunzi-we-obey-am-108448.html

  • Tidjara Kabendera yavuze ibigwi umugabo we. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Tidjala Kabendera wamenyekanye mu biganiro bya RBA yabwiye umugabo we amagambo meza y'urukundo avuga ko ibyo burya amukundira bitabarika gusa byose abishobozwa n'Imana.

    Uyu mubyeyi wakoze itangazamakuru igihe kinini by'umwihariko mu myidagaduro ari mu rukundo n'umugabo we wa Kabiri witwa Abdul Nas Kangezi ukomoka mu gihugu cya Tanzania.

    Tidjala yashyize kuri Instagram  ifoto yabo bombi maze yandikaho ati:''Ubundi Zahabu isa neza kdi irahenze ariko kugirango igere hariya uyibonamo kariya gaciro:Bayicukura mu byondo,bakayinyuza mu muriro!ubundi ikitwa Zahabu''.

    Source : https://yegob.rw/tidjara-kabendera-yavuze-ibigwi-umugabo-we/