Tag: People

  • Aline Gahongayire agiye guhindurira ubuzima abakobwa barimo ababyaye bafashwe ku ngufu – #rwanda #RwOT

    Ni igitekerezo uyu muhanzikazi yatangaje ko agiye gushyiramo imbaraga nyuma yo guha ibyo kurya abana b’abakobwa babyaye bakiri bato n’abakecuru mu musaruro wa mbere wavuye mu gikorwa cya ‘We For Love’.

    Gahunda ya ‘We for Love’ yatangijwe n’uyu muhanzikazi ifite intego nyinshi zitandukanye zirimo no kwishyurira amashuri abana ndetse bikaba byaratangiye gukorwa.

    Ni igikorwa Aline Gahongayire yatangije, abinyujije muri Ndineza Organization, isanzwe yita ku bana ndetse n’ababyeyi bari mu za bukuru bakeneye ubufasha bwo kwivuza, gufasha abana kwiga ndetse no mu buryo bwo kwiteza imbere hagendewe ku mishinga baba bafite.

    Mu gikorwa giheruka abana b’abakobwa n’ababyeyi bageze mu zabukuru bahawe ibiribwa ndetse n’amavuta yo kubafasha, cyane ko ibihe bya ‘Guma Mu Rugo’ bitaboroheye.

    Aline Gahongayire yavuze uretse umwana w’imyaka 17 bafashaga nyuma yo kumusanga ku muhanda acuruza imineke aniga, muri ‘we for love’ igice cya kabiri bari kugikorera mu mushinga w’abakobwa babyaye bakiri mu cyiswe ‘Mimi Zawadi ya Africa’. Aba bakobwa uyu muhanzikazi avuga ko bashaka kubafasha bakiga.

    Ati “Dushaka ko bariya bana batwaye inda zidateganyijwe bakabyara mu buryo bubabaje, gufatwa ku ngufu banyweye ibiyobyabwenge bitandukanye, twifuza y’uko biga. Iyo umuntu yize hari ibintu byinshi ashobora gucamo akabyitwaramo neza.”

    Ngo aba bana ntabwo ashaka ko biga gusa amashuri asanzwe ahubwo baziga imyuga kuko nabyo hari ikintu byabafasha

    Ati “Ndahamagarira abantu bafite umutima kugira ngo dushyire hamwe, bano bana bige kuko nicyo kintu dushaka gushyira imbere kurusha ibindi byose.”

    Yavuze ko hari abafatanyabikorwa bamaze kubona ku buryo bagiye kubashakira ukuntu bazajya biga. Aba bakobwa 15 bafashijwe na Aline Gahongayire barimo abagiye bafatwa ku ngufu n’ababyeyi babo.

    Abafashijwe barimo abakobwa bakiri bato babyaye ndetse n’abageze mu za bukuru

    Abafashijwe bashimye cyane Aline Gahongayire ku bw’ubufasha yabahaye

    Aline Gahongayire aganira na bamwe mu bo yari amaze gufasha

    Abafashijwe bijejwe gukomeza gukurikiranwa kugira ngo biteze imbere

    Nyuma yo gutanga ibiribwa n’ibindi byo kubafasha muri ibi bihe, Gahongayire yiyemeje gufasha abana b’abakobwa bari mu bafashijwe bakaba bajya kwiga

    Aline Gahongayire asanzwe akora ibikorwa bitandukanye byo gufasha

    source : https://ift.tt/3gq5O3L

  • Ibyo wamenya ku munyafurika wabaye uwambere mu mateka wegukanye ikamba rya Miss Supranational 2021 #rwanda #RwOT

    Ni ibirori byabaye ku mugoroba wo kuwa 22 Kanama 2021 mu gihugu cya Poland mu Mujyi wa Malopolska mu nyubako yitwa Strzelecki Park Ampitheater, aho Chanique yegukanye ikamba ahigitse abandi bakobwa 57 bakomoka mu bihugu bitandukanye byo Ku Isi.


    Mu byishimo byinshi Chanique , Yabwiye itangazamakuru ko atabasha kubona uburyo asobanura umunezero yagize nyuma yo gutangazwa ko ari we wegukanye; ikamba rya Miss Supranational aba umukobwa wa mbere wo muri Afurika uryambitswe.

    Uyu mukobwa yavuze ko atigeze arota yambikwa ikamba rya Miss Supranational ariko 'Imana yambashishije kubigeraho'. Avuga ko yari ahatanye n'abakobwa beza b'abahanga, ku buryo ubwo yari asigaranye ku rubyiniro n'umunya-Puerto Rico yumvaga ko ari we ugiye kwegukana ikamba.

    Chanique Rabe yashimye abamushyigikiye muri uru rugendo, asezeranya kuzakoresha neza iri kamba yambitswe. Yabaye umukobwa wa mbere mu bihugu 57 byo muri Afurika byitabira Miss Supranational, ubashije kwegukana iri kamba aturuka kuri uyu mugabane.

    Nyina w'uyu mukobwa, Natasha Rabe wari witabiriye ibirori umukobwa we yambikiwe ikamba, yabwiye itangazamakuru ko atewe ishema n'umwana we.

    Avuga ko atari afite icyizere cy'uko atsinda. Yavuze ko umwana we atumye Namibia yongera kwisanga ku ikarita y'ibihugu bikomeye mu marushanwa y'ubwiza.

    Uyu mubyeyi yavuze ko, aho yari yicaye, yari yegeranye na Nyina wa Anntonia wari umaze umwaka urenga yambaye ikamba rya Miss Supranational 2019.

    Avuga ko abantu bakwiye kumenya ko amarushanwa y'ubwiza atandukanye n'uko abantu bayatekereza.

    Miss Chanique yagaragiwe na Karla Acevedo wo muri Puerto Rico wabaye igisonga cya Mbere, Thato Mosehle wo muri Afurika y'Epfo wabaye igisonga cya kabiri, Valentina Sanchez wo muri Venezuela wabaye igisonga cya Gatatu na Eoanna Constanz wo muri Dominican Republic wabaye igisonga cya kane.

    Mu cyiciro cyo kugaragaza umwambaro w'Igihugu [National Costume], Jihanne Almira Chedid wo muri Indonesia ni we wegukanye ikamba naho Louise-Marie Losfeld wo mu Bubiligi yegukanye ikamba ry'umukobwa uberwa n'amafoto [Miss Photogenic].

    Jihanne Almira Chedid wo muri Indonesia yegukanye ikamba rya Supra Fan Vote; Darelys Santos wo muri Panama yabaye Top Model, Verónica Sarfo Adu Nti wo muri Ghana yabaye Miss Talent, Karla Guilfú Acevedo wo muri Puerto Rico naho Phidelia Mutunga wo muri Kenya yabaye Supra Influencer.

    Chanique Rabe wabaye Miss Supranational 2021 yavukiye mu Mujyi wa Windhoek muri Namibia. Ni Ambasaderi w'Umuryango witwa Village Orphanage.

    Abinyujije mu muryango udaharanira inyungu witwa The Mending yigisha abana kudoda. Guhera 2003 kugeza 2005 yigaga muri Windhoek Afrikaanse Privateskool aho yanambitswe ikamba ry'icyo kigo.

    Uyu mukobwa ureshya na 1.75m mu 2013, yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika gusura ahantu nyaburanga, ahera ku kiyaga Buena Vista, akomereza mu Mujyi Florida, ajya i Los Angeles ndetse no muri California.

    Yigwijeho amakamba! Yambitswe ikamba rya Miss Teen Namibia 2014; Yegukanye Queen Spark 2015, muri 2015 kandi yongera kwegukana Miss Teen Continents mu birori byabereye mu Mujyi wa Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Mu 2016 no mu 2017, uyu mukobwa yagendereye mu bihe bitandukanye Afurika y'Epfo. Mu 2018 avugwa mu rukundo n'umusore witwa Kyle Honeyborne.

    Mu 2018 kugeza 2019 yakurikiranye amasomo muri Fedisa yo muri Capetown ahakura impamyabumenyi.

    Tariki 14 Ukwakira 2020, uyu mukobwa yambitswe ikamba rya Miss Supranational Namibia 2020 mu birori byabereye ahitwa Droombos muri Windhoek, aho yahigitse abakobwa 12 bageranye mu cyiciro cya nyuma.

    Uyu mukobwa afite impamyabumemyi y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bijyanye no guhanga no kumurika imideli. Afite 'Brand' ye y'imyambaro ku isoko, ndetse afite mu biganza ishuri ryitwa Junior Sewing School.

    Miss Supranational ni ngaruka mwaka, ryabaga ku nshuro ya 12. Iri rushanwa ryatangiye mu 2009, mu 2020 ryarasubitswe kubera Covid-19.

    Chanique Rabe yavuze ko yumvaga muri we Umunya-Puerto Rico ari we wegukana Ikamba rya Miss Supranational

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/ibyo-wamenya-ku-munyafurika-wabaye-uwambere-mu-mateka-wegukanye-ikamba-rya-miss

  • Muyango Claudine yatakagije Kimenyi Yves uheruka gufungwa #rwanda #RwOT

    Uwase Muyango Claudine, akaba umukunzi wa Kimenyi Yves bitegura no kwibaruka imfura yabo, yabwiye uyu musore ko ari we mugabo yahoze arota, ni nyuma y’iminsi afunzwe.

    Tariki ya 19 Kanama 2021 nibwo Polisi yemeje ko yafunze Kimenyi Yves, ni nyuma y’uko iwe mu rugo habereye ibirori byo kwitegura umwana we na Muyango(Baby Shower), bakaba bari barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.

    Tariki ya 21 Kanama, Polisi yeretse itangazamakuru Kimenyi Yves usanzwe ari umunyezamu wa Kiyovu Sports n’abandi bantu 4 bari kumwe muri ibyo birori, ikaba yaratangaje ko yafashe 5 hasigaye3.

    Icyo gihe Kimenyi Yves yavuze ko yicuza kuba ari imbere y’itangazamakuru yambaye amapingu avuga ko yananiranye kandi yakabaye atanga ubundi butumwa bwubaka.

    mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Muyango yashyizeho ifito ya Kimenyi Yves yumvikana mu ndirimbo ‘Medecine’ ya Jay Willz, iherekezwa n’amagambo ashimagiza uyu mugabo we ko ari we yahoze arota.

    Ati “nahoze ndota kuzahura n’umugabo umeze nkawe. Warakoze.”

    Muyango na Kimenyi Yves bahamije ko bakundana muri 2019, ubu bakaba bitegura kubyara imfura yabo aho amakuru avuga ko ari mu kwezi gutaha kwa Nzeri 2021.

    Muyango yavuze ko Kimenyi ari we mugabo yahoze arota

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/muyango-claudine-yatakagije-kimenyi-yves-uheruka-gufungwa

  • Dore uburanga bwa Shalon ukomeje kubera ikigusha ibyamamare by' i Kigali birimo Davis-D,Kevin Kade,Kwizera na gafotozi, udafunzwe, yirukanwa mu bimuha umugati. #rwanda #RwOT

    Kayesu Shalon w'imyaka 18 y'amavuko, umukobwa ukiri muto wiga mu mwaka waa kane w'amashuri yisumbuye akomeje gutigisa imbuga nkoranyambaga kubera udutendo akomeje gukorera ibyamamare byo mu Rwanda, udafunzwe, yirukanwa mubimuha umugati.

    Nyuma yo gufungisha abasore batatu barimo Davis-D, Kevin Kade na gafotozi uzwi nka Thierry bose bashinjwaga icyaha gifite aho gihuriye ni igikorwa cyo gusambanya umukobwa utaruzuza imyaka y'ubukure, gusa byaje kurangira aba basore bose urukiko rwemje ko barekurwa kuko nta bimenyetso simusiga byatumaga bakomeza kuburana bafunzwe.

    Uyu mukobwa aherutse kunywesha amazi Umunyezamu w'ikipe y'Igihugu Amavubi amuta muri rwagakoco abari bamurwaye inzika bamubona urwuho bamwirukana mu mwiherero w'ikipe y'igihugu.

    Intandaro yo kwirukanwa kwa Kwizera Olvier uzwi nka Gishweka mu mwiherero w'Amavubi yabaye ikiganiro uyu musore benshi bafata nk'indashoboka yagiranye n'uyu mukobwa kuri Instagram cyabaye mu masaha akuze ubwo abandi bakinnyi ngo barimo bagona bimara umunaniro ngo batazatenguha Mashami Vincent.

    Iyirukanwa rya Kwizera Olvier hari ababifashe nk'ihohoterwa yakorewe, abandi bavuga ko bari barabuze aho bamutegera, hari n'abatambukije ubutumwa buha pole uyu musore wahuye na Derila w'I Kigali.

    Ku mbuga nkoranyambaga hari abatanze ibitekerezo bavuga ko uyu mukobwa wagira ngo ari kuri Mishoni ! hari uwagize ati ' Abasore nibatitonda uyu mukobwa arabakoramo akazi !'

    Hari n'abatebya bakabaza ku mbuga nkoranyambaga ukurikiyeho kugira ngo agwe mu kamashu ka Akayesu Shalon, umukobwa ukiri muto ariko ukomeje kuba ikimenyabose.

    Uko gukurikiranwa cyane, byatumye uyu mukobwa w'ikimero ajya acishamo agakora ikiganiro imbona nkubone kuri konte ye ya instagram, aho aganira n'abamukurikira ndetse n'ababa bashaka kumubaza byinshi kubyerekeye ubuzima bwe ndetse no kuba barushaho kumumenya byimbitse.

    Kuwa Gatatu w'iki cyumweru turi gusoza, nkuko bisanzwe uyu mukobwa yakoze ikiganiro imbonankubone(Live) kuri instagram, hanyuma umunyezamu w'ikipe y'igihugu Amavubi Kwizera Olivier aza kumwisunga bakomeza kunezeza ababakurikira.

    Muri iki kiganiro, mu gihe abandi bakinnyi b'ikipe y'Igihugu bari bari kuruhuka dore ko byari nko mu ma saa tanu z'ijoro, uyu munyezamu wari wagiriwe ikizere n'Umutoza Mashami Vincent we yari arimo aririmbira Umukobwa Shalon ndetse n'abari babakurikiye imbonankubone.

    Ku rundi ruhande, Kayesu Shalon nawe yanyuzagamo agatwarwa n'akajwi ka Kwizera akawuceka buhoro buhoro. abari babakurikiye mu byukuri bumva ibyo bari barimo bararyohewe biratinda, nyamara Kwizera ubanza ataribukaga ko ari mu mwiherero w'ikipe y'Igihugu y' u Rwanda bwakeye azinga utwangushye.

    Kayesu Shalon Manzi, yavukiye Kibagabaga kuwa 23 Ukuboza 2002, akaba amaze kuba kimenyabose ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu mashusho y'indirimbo z'abahanzi b'abanyarwanda.

    Mu minsi ishize ubwo Jules Sentore yasohoraga indirimbo yise 'Iyizire' yifashishije mu mashusho Shalon, yabwiye itangazamakuru ko yegereye ababyeyi ba Shalon bamwemerera ko ajya mu mashusho ye, ibi yabivuze kubera abavugaga ko kamubayeho agiye kurya isheni cyangwa agahura n'akandi gatendo none kasimbukanye Gishweka !

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/23/dore-uburanga-bwa-shalon-ukomeje-kubera-ikigusha-ibyamamare-by-i-kigali-birimo-davis-dkevin-kadekwizera-na-gafotozi-udafunzwe-yirukanwa-mu-bimuha-umugati/

  • Umunyamakuru ukunzwe kuri televiziyo y'u Rwanda yakoze ubukwe(AMAFOTO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru ukunzwe cyane kuri Televiziyo y'igihugu Nadia Mutoni yasezeranye kubana akaramata n'umukunzi we, Malik,

    Ku wa gatandatu taliki 21/8/2021 nibwo Nadia Umutoni ukunzwe cyane kuri tereviziyo y'U Rwanda yakoze ubukwe (gusaba) ndetse n'indi muhango y'ubukwe.

    Mu mpera y'umwaka ushize wa 2021 nibwo Nadia na Malik bagiye gusezerana imbere y'amategeko bemeranya kubana akaramata.
    Nadia Umutoni azwi mu kiganiro gica kuri Tereviziyo Rwanda cyitwa 'zoom in' kibanda Ku makuru y'ibyamamare aho akorana na Gerard Mbabazi.

    Aba bombi bakunze kugaragara ubuzima bw'urukundo rwabo, banyuza amafoto atandukanye kuri instagram, aho bafite urubuga bise Nadia&Malik bagaragazaho kenshi ibihe byiza byurukundo baba bagirana.

     

     

    Source : https://yegob.rw/umunyamakuru-ukunzwe-kuri-televiziyo-yu-rwanda-yakoze-ubukweamafoto/

  • Umudozi wigwijeho amakamba! Ibyo wamenya kuri… – #rwanda #RwOT

    Ni mu birori bikomeye byabereye mu nyubako yitwa Strzelecki Park Ampitheater mu Mujyi wa Malopolska muri Poland mu ijoro ry'uyu wa 22 Kanama 2021, aho yahigitse abakobwa 58 bari bahatanye bo mu bihugu bitandukanye byo ku Isi.

    Chanique yaranzwe n'ibinezaneza ku maso! Yabwiye itangazamakuru ko atabasha kubona uburyo asobanura umunezero yagize nyuma yo gutangazwa ko ari we wegukanye ikamba rya Miss Supranational; aba umukobwa wa mbere wo muri Afurika uryambitswe.

    Uyu mukobwa yavuze ko atigeze arota yambikwa ikamba rya Miss Supranational ariko 'Imana yambashishije kubigeraho'. Avuga ko yari ahatanye n'abakobwa beza b'abahanga, ku buryo ubwo yari asigaranye ku rubyiniro n'umunya-Puerto Rico yumvaga ko ari we ugiye kwegukana ikamba.

    Chanique Rabe yashimye abamushyigikiye muri uru rugendo, asezeranya kuzakoresha neza iri kamba yambitswe. Yabaye umukobwa wa mbere mu bihugu 57 byo muri Afurika byitabira Miss Supranational, ubashije kwegukana iri kamba aturuka kuri uyu mugabane.

    Nyina w'uyu mukobwa, Natasha Rabe wari witabiriye ibirori umukobwa we yambikiwe ikamba, yabwiye itangazamakuru ko atewe ishema n'umwana we.

    Avuga ko atari afite icyizere cy'uko atsinda. Yavuze ko umwana we atumye Namibia yongera kwisanga ku ikarita y'ibihugu bikomeye mu marushanwa y'ubwiza.

    Uyu mubyeyi yavuze ko, aho yari yicaye, yari yegeranye na Nyina wa Anntonia wari umaze umwaka urenga yambaye ikamba rya Miss Supranational 2019.

    Avuga ko abantu bakwiye kumenya ko amarushanwa y'ubwiza atandukanye n'uko abantu bayatekereza.

    Miss Chanique yagaragiwe na Karla Acevedo wo muri Puerto Rico wabaye igisonga cya Mbere, Thato Mosehle wo muri Afurika y'Epfo wabaye igisonga cya kabiri, Valentina Sanchez wo muri Venezuela wabaye igisonga cya Gatatu na Eoanna Constanz wo muri Dominican Republic wabaye igisonga cya kane.

    Mu cyiciro cyo kugaragaza umwambaro w'Igihugu [National Costume], Jihanne Almira Chedid wo muri Indonesia ni we wegukanye ikamba naho Louise-Marie Losfeld wo mu Bubiligi yegukanye ikamba ry'umukobwa uberwa n'amafoto [Miss Photogenic].

    Jihanne Almira Chedid wo muri Indonesia yegukanye ikamba rya Supra Fan Vote; Darelys Santos wo muri Panama yabaye Top Model, Verónica Sarfo Adu Nti wo muri Ghana yabaye Miss Talent, Karla Guilfú Acevedo wo muri Puerto Rico naho Phidelia Mutunga wo muri Kenya yabaye Supra Influencer.

    Chanique Rabe wabaye Miss Supranational 2021 yavukiye mu Mujyi wa Windhoek muri Namibia. Ni Ambasaderi w’Umuryango witwa Village Orphanage.

    Abinyujije mu muryango udaharanira inyungu witwa The Mending yigisha abana kudoda. Guhera 2003 kugeza 2005 yigaga muri Windhoek Afrikaanse Privateskool aho yanambitswe ikamba ry'icyo kigo.

    Uyu mukobwa ureshya na 1.75m mu 2013, yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika gusura ahantu nyaburanga, ahera ku kiyaga Buena Vista, akomereza mu Mujyi Florida, ajya i Los Angeles ndetse no muri California.

    Yigwijeho amakamba! Yambitswe ikamba rya Miss Teen Namibia 2014; Yegukanye Queen Spark 2015, muri 2015 kandi yongera kwegukana Miss Teen Continents mu birori byabereye mu Mujyi wa Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Mu 2016 no mu 2017, uyu mukobwa yagendereye mu bihe bitandukanye Afurika y'Epfo. Mu 2018 avugwa mu rukundo n'umusore witwa Kyle Honeyborne.

    Mu 2018 kugeza 2019 yakurikiranye amasomo muri Fedisa yo muri Capetown ahakura impamyabumenyi.

    Tariki 14 Ukwakira 2020, uyu mukobwa yambitswe ikamba rya Miss Supranational Namibia 2020 mu birori byabereye ahitwa Droombos muri Windhoek, aho yahigitse abakobwa 12 bageranye mu cyiciro cya nyuma.

    Uyu mukobwa afite impamyabumemyi y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bijyanye no guhanga no kumurika imideli. Afite 'Brand' ye y'imyambaro ku isoko, ndetse afite mu biganza ishuri ryitwa Junior Sewing School.

    Miss Supranational ni ngaruka mwaka, ryabaga ku nshuro ya 12. Iri rushanwa ryatangiye mu 2009, mu 2020 ryarasubitswe kubera Covid-19.

    Chanique Rabe Miss Supranational 2021 n'ibisonga bye

    Chanique Rabe yavuze ko yumvaga muri we Umunya-Puerto Rico ari we wegukana ikamba rya Miss Supranational

    Anntonia Porsild wo muri Thailand wari umaze umwaka yambaye ikamba yaritanze

    Ibyishimo ku mukobwa wo muri Namibia wanditse amateka mashya muri Miss Supranational Abakobwa batanu begukanye amakamba muri Miss Supranational 2021 Karla Acevedo wo muri Puerto Rico wabaye igisonga cya Mbere

    Thato Mosehle wo muri Afurika y'Epfo wabaye igisonga cya kabiri

    Valentina Sanchez wo muri Venezuela wabaye igisonga cya Gatatu

    Chanique w'imyaka 24 y'amavuko, asanzwe ari umunyamideli ukomeye muri Namibia

    Eoanna Constanz wo muri Dominican Republic wabaye igisonga cya kane

    Anntonia Porsild wo muri Thailand yavuze ko kuba yari amaze umwaka urenga afite ikamba rya Miss Supranational byamufunguye amasomo n'umutima


    Abakobwa 58 bari bamaze ibyumweru birenga bibiri muri Poland bahataniye ikamba rya Miss Supranational

    Umunya-Namibia Chanique yakoze amateka atari yakozwe n’abakobwa bo muri Afurika bitabiriye Miss Supranational

    Miss Chanique yahemwe amadorali 35.000

    Sarfo wo muri Ghana yahize abandi mu kugaragaza impano yambikwa ikamba rya Miss Talent

    Miss Umuratwa Kate Anitha wari uhagarariye u Rwanda ntiyabashije gutsinda [Aragaragara inyuma y’abakobwa babiri babanza ibumoso]

    REBA INCAMAKE Y’UBUZIMA BWA MISS CHANIQUE RABE

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108829/umudozi-wigwijeho-amakamba-ibyo-wamenya-kuri-chanique-umunyafurika-wanditse-amateka-wabaye-108829.html

  • Nyuma y'ibyumweru bike batandukanye, Grand P na ya nkumi y'ikizungerezi bongeye gutungurana. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nyuma y'amakuruu yavugaga ko umuhanzi akaba n'umuherwe ufite uburwayi bw'ubugufi bukabije, Grand P yatandukanye n'umukobwa ubyibushye bitangaje Eudoxie, kuri ubu bongeye gutungurana maze bariyunga .

    Mu byumweru bicye bishize,nibwo uyu muhanzi mugufi cyane ukomoka muri Gineya, Grand P, yatandukanye n'umukunzi we Eudoxie Yao ahita abona undi mukobwa mushya bakundana, ariko ubu yagarutse mu rukundo rwe nyarwo na Eudoxie nk'uko ikinyamakuru Nairobian cyabyanditse.

    Uyu mukobwa Eudoxie Yao, niwe wabanje kuba imbarutso y'amakuru y'itandukana ryabo aho yabitangaje abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram akavuga ko atakiri mu rukundo na Grand P. Icyo gihe amakuru yacicikanye avuga ko Grand P yaba aca inyuma uyu mukobwa ari nabyo byatumye batandukana.

    Nairobian ivuga ko uru rukundo rwabo ruri gufata indi ntera aho Eudoxie yahisemo kureka ububabare bwose yatewe na Grand P agasubirana nawe. Aba bombi ubwo batangiraga gukundana, byavuzwe ko Eudoxie 'akurikiye ifaranga' ry'uyu musore kuko ari ibintu bigaragara ko nta rukundo yamugirara, gusa umukobwa we yavugaga ko abakeka ko akurikiye amafaranga bibeshya ahubwo amukunda cyane.

    Source : https://yegob.rw/nyuma-yibyumweru-bike-batandukanye-grand-p-na-ya-nkumi-yikizungerezi-bongeye-gutungurana/

  • Umuhungu wa Perezida wa Nigeria yakoze ubukwe bwitabiriwe n'indege 50 #rwanda #RwOT

    Indege nizo zari zuzuye ikibuga cy'indege cy'umujyi wa Kano kiri mu majyaruguru ya Nigeria, mu gihe abanyacyubahiro b'igihugu n'abandi bategetsi bo mu bihugu bya Afrika y'Uburengerazuba bitabiragaubukwe bw'umuhungu w'umukuru w'igihugu, aho nijoro yarongoye umukobwa w'umutegetsi akomeye w'idini rya Islam.

    Ubu bukwe bwa Yusuf Buhari na Zahra Nasir Bayero ni bimwe mu birori bikomeye cyane muri Nigeria muri uyu mwaka.

    Abantu ibihumbi n'ibihumbi bitabiriye ibi birobi byabereye ahitwa Bichi, umujyi wo mu ntara ya Kano.

    Umuhanga mu b'amateka yabwiye BBC ko ubukwe hagati y'imiryango y'umukuru w'igihugu n'iy'ibwami butari bwarigeze bubaho muri Nigeria.

    Aba baraye barushinze bahuriye muri kaminuza ya Surrey mu Bwongereza.

    Ibi birobi byaraye bibaye nijoro kuwa gatandatu,ubwo se w'umukobwa Nasir Ado Bayero yari yaramutse yimikwa nka Emir wa Bichi. Mwenewabo nawe ni Emir wa Kano, umwe mu bategetsi b'idini rya Islam bakomeye cyane muri Nigeria.

    Umuryango w'umuhungu watanze inkwano y'ama naira (amafaranga yo muri Nigeria) angana na 500.000 (ni ukuvuga amadorari 1200 y'amadorari y'abanyamerika ) – yakubye inshuro icumi inkwano zisanzwe zitangwa mu majyaruguru ya Nigeria.

    Umunyamakuru wa BBC Ishaq Khalid muri Nigeria avuga ko amashusho y'umukobwa imbere y'ubukwe yateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bavuga ko imyenda yari yambaye ari “igayitse” kubera ibitugu bye byari hanze, mu gihe abandi nabo bamusyhigikira.

    Mu gihe hari amakuru avuga ko hari indege 100 zaje muri ubu bukwe, umutegetsi wo ku kibuga cy'indege we avuga ko zitarenga 50.

    Ibirori byari byoroheje kubera coronavirus. Abenshi mu batumiwe bari bambaye udupfukamunwa muri kino gihe Nigeria ihanganye n'umubare munini w'abandura.

    Ubu bukwe bwari burinzwe bikomeye, aho abapolisi n'abasirikare bari bacunze ahantu hose.



    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/umuhungu-wa-perezida-wa-nigeria-yakoze-ubukwe-bwitabiriwe-n-indege-50

  • Umunya Namibia yegukanye ikamba rya Miss Supranational, Miss Umuratwa wari uhagarariye u rwanda yatashye imbokoboko #rwanda #RwOT

    Umuratwa Anitha Kate wari uhagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Miss Supranational 2021 yatashye imbokoboko ryegukanywe n'uwari uhagarariye Namibia.

    Ibirori byo gutanga ikamba rya Miss Supranational ku nshuro ya 12 byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 21 Kanama 2021.

    Umuratwa Anitha Kate atashye amaramasa kuko atigeze abasha kwegukana ikamba na rimwe mu yahatanirwaga nubwo yahagwa amahirwe yo kuza byibuze muri 20 ba mbere.

    Uwahize abandi bose ni  Chanique Rabe wari uhagarariye Namibia, wakurikiwe n'uwo muri Puerto Rico, Africa y'Epfo na Dominic Republic.

    Iri rushanwa ryaherukaga kuba mu 2019 icyo gihe Umunyana Shanitah ni we wari wahagarariye  u Rwanda. Na we ntabwo yabashije kwitwara neza muri iri rushanwa.

    Miss Umuratwa ntiyabashije kugera mu cyiciro cya nyuma muri iri rushanwa

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/22/umunya-namibia-yegukanye-ikamba-rya-miss-supranational-miss-umuratwa-wari-uhagarariye-u-rwanda-yatashye-imbokoboko/

  • Jacques Tuyisenge yakoze ubukwe (Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kapiteni w'ikipe y'igihugu y'U Rwanda, Amavubi, Jacques Tuyisenge yakoze ubukwe n'umukunzi we, Musiime Recheal Jordin, mu bukwe bwabereye i Rubavu kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Kanama 2021.

    Mu magambo Jacques yatangaje kuri instagram ye yagaragaje ibyishimo atewe nuko we n'umukunzi we bakoze ubukwe. Yagize ati ” 21.08.2021 #wedding Jacques 💕 Jordin It was a great day, thanks Lord “.

    Uyu muhango wari wabanjirijwe n'uwo gusaba no gukwa wabaye ku wa Gatanu tariki 20 Kanama 2021.

    Source : https://yegob.rw/jacques-tuyisenge-yakoze-ubukwe-amafoto/