Tag: People

  • Reba Amafoto y' Ubukwe bw' Umunyamakuru Gatera Edmond na Genevieve _ AMAFOTO #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru Gatera Edmond wamenyekanye cyane mu byegeranyo by'imikino mu kiganiro Urubuga rw'Imikino cya Radio Rwanda, kuri iki Cyumweru tariki ya 29 Kanama 2021, yarushinze na Genevieve Mukarugamba bamaze igihe bakundana. Reba amafoto yaranze ubukwe bwabo.

    Amafoto yose yakoreshejwe yakuwe ku rubuga rwa Inyarwanda.com

    Source : https://impanuro.rw/2021/08/29/reba-amafoto-y-ubukwe-bw-umunyamakuru-gatera-edmond-na-genevieve-_-amafoto/

  • Bizimungu Ally watoje amakipe menshi mu Rwanda yahitanwe n'uburwayi #rwanda #RwOT

    Umutoza Ally Bizimungu watoje amakipe atandukanye mu Rwanda nka Kiyovu Sports, Rayon Sports na Etincelles FC yatabarutse uyu munsi azize uburwayi.

    Bizimungu wari umaze iminsi arwariye muri CHUK, yahitanwe n'uburwayi yari amaranye iminsi cyane ko yatangiye kuremba muri Kamena.

    Bizimungu Ally yatoje amakipe arimo Rayon Sports, Kiyovu Sports, Mukura VS,ATRACO FC, AS Muhanga, Bugesera mu Rwanda, i Burundi yatoje ikipe ya Inter Star no muri Tanzania yatoje mu ikipe ya Mwadui na Alliance. Ally Bizimungu yanatoje mu gihugu cya Uganda.

    Ally yapfuye yari aherutse gutoza Etincelles FC ndetse ayifashije kutamanuka.

    Kiyovu Sports ibinyujije kuri Twitter yanditse ubutumwa bwo gusezera kuri uyu mutoza.Yagize ati Umuryango wa Kiyovu Sports Ubabajwe kandi wifaranyihe n' Umuryango wa COACH ALLY BIZIMUNGU, ALLY yatoje Amakipe menshi na Kiyovu Sports Irimo,Yitabye Imana uyu munsi, Imana imuhe iruhuko ridashira.”

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/bizimungu-ally-watoje-amakipe-menshi-mu-rwanda-yahitanwe-n-uburwayi

  • Rutambi arwanye n'undi musore w'ibigango amenyo ayamaramo (Umva uko byagenze) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Iradukunda Wilson wamamaye ku izina rya Rutambi yakubise umutwe Kuzafit ubwo bari kumwe mu kiganrio. Intandaro yo kurwana kw'aba bombi yatewe nuko Rutambi yari yerekanye Certificat yahawe nyuma Kuzafit akaza kuyimena, bituma Rutambi agira umujinya mwinshi amukubita umutwe ndetse batangira no gushondana cyane bashaka kurwana.

    Rutambi agikubita umutwe Kuzafit, Kuza yahise yikubita hasi asaba ko bamuha umunota umwe akarwana na Rutambi gusa M. Irene wari wabatumiye mu kiganiro yabitambitse ntibarwana.

    Rutambi na Kuzafit bashondanye cyane bashaka kurwana

    Source : https://yegob.rw/rutambi-arwanye-nundi-musore-wibigango-amenyo-ayamaramo-umva-uko-byagenze/

  • Riyad Mahrez yibasiwe n'uwahoze ari umugore we wamushinje kwangiza umubano wabo #rwanda #RwOT

    Madamu Rita usanzwe ari umuhanzikazi yavuze ko Mahrez akimara gusinya amasezerano muri City akemererwa guhembwa akayabo k'ibihumbi 160 by'amapawundi ku cyumweru,yahise agira umutwe munini ahinduka vuba nk'ikirere.

    Uyu mugore yavuze ko umugore wa Harry Kane ari umunyamahirwe kuba umugabo we yaranze kwerekeza muri City yashakaga kumugura miliyoni 160 z'amapawundi.

    Rita w'imyaka 28, yabwiye The Sun ati 'Sinkunda kuvuga ku buzima bwite bw'abandi ariko kujya muri iriya kipe byahinduye umugabo wanjye.

    Umugore wa Harry Kane yagize amahirwe.Abandi bakwiriye kwitonda.Kwamamara kwa Riyad kwamugiye mu mutwe.Yarahindutse cyane ubwo yerekeza muri Manchester City.Icyakora ubuzima bwo gukina umupira burangira vuba.

    Abakinnyi baba bakwiriye gukomeza kubera inyangamugayo ababakunda n'igihe bagiye mu makipe akomeye kuko iyo basoje umupira nibwo bamenya ko bari ingirakamaro.'

    Rita yavuze ko yemeye guhindura idini akaba umuyisilamu kubera Riyad,yemera kureka inzoga ndetse yemera kuba mu buzima butuje n'uyu mukinnyi bahuye bwa mbere mu myaka 7 ishize.

    Uyu mugore yavuze ko ubwo Riyad yajyaga muri City yamuguze miliyoni 60 z'amapawundi muri 2018 yahise atangira kumwitwaraho nabi.

    Uyu mugore yavuze ko ibyo yabirenze nyuma y'aho uyu wahoze ari umugabo we ashyingiranwe n'undi mugore witwa Taylor ward.

    Rita yagize ati 'Riyad nahuye nawe atandukanye n'uw'ubu.Ahora mu birori.Asigaye ari umukinnyi usesagura.Ntabwo mwanga,iryo niryo jambo rikomeye ariko nababajwe nibyo yakoze.

    Yarantaye yitwaje ko ari igitutu cyo gukina muri Manchester City.Ubu asigaye yirirwa azenguruka isi mu biruhuko nk'utitaye ku isi.'

    Uyu mugore yavuze ko agihura na Riyad muri 2014 yari umusore ufite urukundo rwinshi,uhora umubaza ku buzima bwe ndetse amutaka cyane ko ari mwiza.

    Ati 'Yambwiye ko ankunda kandi ko ashaka ko mubyarira abana.Ibyo nemeye kubikora.Naramukundaga cyane.Nahinduye imyizerere yanjye,ndeka kunywa inzoga kuko nawe atazinywaga.Nakunze indangagaciro ze kuko nifuzaga kugira umuryango ukomeye.Twari twarasariye mu rukundo twifuza kuzabana iteka.'

    Aba bombi bashyingiranwe nyuma y'amezi 4 bakundanye nyuma muri 2015 baza kubyarana umwana wa mbere gusa gutwita byaguye nabi uyu mugore ndetse ngo yagize ubwoba ko ashobora gupfa cyangwa kutazabyara undi mwana.Icyakora muri 2016 babyaranye undi mwana wa 2 nawe w'umukobwa.

    Uyu mugore yavuze ko Riyad akigera muri City yahise ahinduka umwibone,ntiyongera kumubaza uko yiriwe,atangira kumwirengagiza no gukora ibirori hanze batari kumwe.

    Ibintu byabaye bibi cyane ubwo yavaga mu rugo muri 2019 akagenda burundu uyu mugore yamusaba kugaruka akamubwira ko ari ku gitutu cy'umupira w'amaguru.

    Uyu mugore yavuze ko yababajwe cyane n'ukuntu abafana ba Riyad bamututse cyane ku mbuga nkoranyambaga kandi ari inzirakarengane.

    Mu minsi ishize,Riyad yambitse impeta umukunzi we mushya Taylor ifite agaciro k'ibihumbi 400 by'amapawundi ndetse basigaye babana mu nzu baguze miliyoni 2 z'amapawundi ahitwa Cheshire.




    Rita yashinje Mahrez kumuhemukira bikomeye

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/riyad-mahrez-yibasiwe-n-uwahoze-ari-umugore-we-wamushinje-kwangiza-umubano-wabo

  • AMAFOTO : Abo muri Kina Music baje gushyigikira Igor Mabano mu gusaba no gukwa #rwanda #RwOT

    Ibi birori byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Kanama 2021 nyuma y’uko ku wa Gatanu tariki 27 Kanama yari yasezeranye mu Murenge wa Kimihurura.

    Mu birori byo gusaba no gukwa, byagaragayemo ibyamamare bitandukanye byiganjemo abahanzi basanzwe babarizwa muri Kina Music na we asanzwe abamo.

    Muri bo harimo umuyobozi wa Kina Music, Ishimwe Clement ndetse na Nel Ngabo na we usanzwe afashwa n’iyi nzu ifasha abahanzi.

    Muri ibi birori kandi harimo abahanzi bakomeye mu Rwanda barimo Yvan Buravan na Any Bumuntu bombi bari mu bakunzwe na benshi muri iki gihe.

    Igor Mabano wagize ibanga iby’ubu bukwe bwe, mu minsi ishize ubwo byanugwanugwaga ko agiye kurushinga, we yabiteye utwatsi avuga ko nta gahunda afite vuba aha.

    Ku wa Gatanu tariki 27 Kanama 2021 ubwo yari amaze gusezerana mu mategeko, yahise anashyira hanze indirimbo ye nshya yise Ntakosa.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/AMAFOTO-Abo-muri-Kina-Music-baje-gushyigikira-Igor-Mabano-mu-gusaba-no-gukwa

  • Miss Grace Bahati yambitswe impeta y’urukundo… – #rwanda #RwOT

    Grace Bahati nyuma y’uko akorewe ibirori n’inshuti ze bibanziriza ubukwe (Bridal shower), yamaze no kwambikwa impeta y’urukundo n’umukunzi we w’igihe kirekire Murekezi Pacifique. Ibi byamenyekanye mu masaha y’igicamunsi cya none aho abarimo barumuna ba Miss Grace muri Miss Rwanda nka Mutesi Jolly, Meghan Nimwiza na Iradukunda Elsa kimwe n’umugore wa Meddy, Mimi Mehfira bagaragaje ko bishimiye intambwe Miss Bahati n’umukunzi we bateye. Amakuru ahari kugeza ubuavuga ko ubukwe bw’aba bombi buri mu ntangiriro Nzeri ntagihindutse.

    Miss Grace Bahati yari yishimye mu nseko idasanzwe ubwo yari ahagaze imbere y’umukunzi we wari wateye ivi amusaba ko bazibanira iteka

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO MAGUFI MISS BAHATI YEREKANYE AMUGARAGAZA YAMBAYE IMPETA

    Incamake y’amateka ya Miss Rwanda 2009, Grace Bahati

    Grace Bahati yavukiye mu gihugu cya Uganda kuwa 15 Werurwe 1991, we n'umuryango we bimukiye mu Rwanda afite imyaka itatu mu mwaka 1994. Yavukiye mu muryango mugari, inshuti zikaba aricyo kintu gikomeye mu buzima bwe. Ubwo yari afite imyaka 16 yafatiranye amahirwe yari ahari yinjira mu kibuga cyo kwerekana imideli. Inshuti ye magara kandi y'igihe kirekire niyo yatumye abyisangamo maze umuryango uramushyigikira bituma arushaho kubikunda.

    Mu mwaka wa 2009 yinjiye mu marushanwa y'ubwiza ya Miss Rwanda yaje no kwegukana. Yegukanye amakamba abiri; irya Nyampinga uberwa n'amafoto n'irya Nyampinga w'u Rwanda, yose yabonye mu mwaka wa 2009. Mu gihe yari yambaye ikamba yagiye akora ibikorwa byo gufasha kandi by'urukundo bitandukanye maze binyuze muri we, urubyiruko rwinshi ruyoboka uyu mujyo.

    Grace yaje gukomeza inzozi ze yerecyeza mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yakomereje kaminuza akabona impabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza. Grace afite umwana w'umuhungu yabyaranye na K8 Kavuyo witwa Ethan uherutse kwizihiza isabukuru y'amavuko y'imyaka 9.  Grace akunda gusabana kandi n'ubwo ari kure y'u Rwanda, ntibimubuza gukomeza gusangira ibyishimo n'abanyarwanda.

    Nyampinga w’u Rwanda yambitswe impeta y’urukundo na Murekezi Pacifique bitegura kurushingaBenshi bagaragaje kwishimira intambwe bateye mu rukundo bombi Grace na Pacifique barimo Mimi, Jolly, Meghan na Elsa Barebanaga akana ko mu jisho bishimye nyuma y’uko Grace yemereye Pacifique ko bazabana iteka

    Ikiganza cya Grace Bahati yambaye impeta n’ubutumwa bwa Mimi na bamwe muri barumuna be muri Miss Rwanda bamurata amashimwe

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108989/miss-grace-bahati-yambitswe-impeta-yurukundo-numukunzi-we-pacifique-bitegura-kurushinga-am-108989.html

  • Ibihembo ni ishimwe si amafaranga – Uncle Aus… – #rwanda #RwOT

    Intego y'ibi bihembo bya 'Kiss Summer Awards' ni ugushimira umuhanzi uba warakoze neza kugira ngo yaguke mu bikorwa bye ndetse anakomeze gukora cyane anazi ko hari abashimira ibikorwa bye ntacike intege mu muziki we wa buri munsi.

    Gusa abantu benshi ntibakundaga kubivugaho rumwe ahubwo bakumva ibihembo byaba biherekejwe n'amafaranga ahabwa umuhanzi mu rwego n'ubundi rwo kumwubaha atari ukumva ngo yatwaye igihembo gusa.

    Mu kiganiro kirambuye ndetse gisobanura buri kimwe, harimo intego z'ibi bihembo Uncle Austin yagiranye na InyaRwanda.com yasobanuye ko mu busanzwe ibihembo byose atari amafaranga ahubwo aba ari ishimwe wageneye umuntu umwereka ko yakoze neza ndetse unamubwira gukomereza aho.

    Yagize ati “Ikintu abantu mugomba kumenya mu Rwanda ni uko ibihembo atari amafaranga, ibihembo ntabwo ari irushanwa, ahubwo ibihembo ni ishimwe ku muhanzi uba warakoze neza na BET na Grammy ntabwo ziba kubera amafaranga ahubwo ni Platform zifasha umuhanzi gukomeza gutera imbere no kumushimira kubera akazi akora na ‘courage’ zo gukomeza gukora.

    Yakomeje ati “Rero ntidukomeze gutiza abantu umurindi wo kubabeshya ko Awards ari amafaranga, Awards ni ugushima. N’iyo hajemo amafaranga bakayahabwa biba ari byiza, biba ari byiza kuyabaha ariko ntabwo ari ikintu kiza imbere mu bihembo by'umuziki. Wenda mu Rwanda habayeho Guma Guma bakagira ngo ibintu byose bimeze nka Guma Guma. Rero Music Awards ntabwo ari amafaranga ahubwo Music Awards ni ishimwe no gushima akazi k'abantu baba barakoze mu muziki”.  

    Yongeyeho ati “Hari igihe umuntu akora ntibanabigaragaze ko yakoze, rero twebwe turashaka gutuma bamenya ko hari abahanzi baba bakoze neza bakwiye gushimwa rero nihazaba hajemo igihembo runaka  gishobora kubamo ariko ntanubwo kizatangazwa. Niharamuka hanabonetse amafaranga ahabwa umuhanzi nta n’ubwo twebwe twifuza ko na rubanda rumenya ko umuhanzi watsinze yahawe amafaranga runaka”.

    Yasoje agira ati “Icyo tugamije ni ugushimira abahanzi noneho ibindi byakwiyongeraho bijyanye n'amafaranga bikaba ari akarusho gusa.''

    Abahanzi 15 n’aba 'Producer' batanu nibo batangajwe bidasubirwaho kuri uyu wa Kane tariki 26 Kanama 2021 bahataniye ibihembo 'Kiss Summer Awards 2021' bitangwa na Radio Kiss Fm.

    Icyiciro cy'indirimbo y'impeshyi (Best Summer Song) gihatanyemo indirimbo eshanu harimo eshatu zihuriweho n'abahanzi babiri. Harimo indirimbo 'Amata' ya Dj Phil Peter na Social Mula, 'Igikwe' ya Gabiro Guitar na Confy, 'My Vow' ya Meddy, 'Katapila' ya Bruce Melody ndetse na 'Away' ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza.

    Mu cyiciro cya Producer w'impeshyi (Best Summer Producer) harimo Bob Pro wa The Sound Studio, Producer Ishimwe Karake Clement wa Kina Music, Ayoo Rash wo muri The Mane, Madebeats na Element wo muri Country Records.

    Mu cyiciro cy'umuhanzi wakoze neza kurusha abandi muri iyi mpeshyi ya 2021 (Best Summer Artist) harimo Butera Knowless, Social Mula, Bruce Melodie, Juno Kizigenza na Meddy.

    Icyiciro cy'umuhanzi mushya wigaragaje (Best New Summer Artist) harimo itsinda ry'abanyamuziki rya Symphony Band, Niyo Bosco, abahanzikazi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas na Papa Cyangwe.

    Meddy, Social Mula, Bruce Melodie na Juno Kizigenza bahataniye ibihembo mu byiciro bibiri. Meddy ahatanye mu cyiciro ‘Best Summer Artist’ no mu cyiciro ‘Best Summer Song’ abicyesha indirimbo ye ‘My Vow’.

    Bruce Melodie ahatanye mu cyiciro ‘Best Summer Artist’ no mu cyiciro ‘Best Summer Song’ abicyesha indirimbo ye ‘Katapila’. Social Mula ahatanye mu cyiciro ‘Best Summer Artist’ no mu cyiciro ‘Best Summer Song’ abicyesha indirimbo ‘Amata’ yakoranye na Phil Peter. Juno Kizigenza ari mu cyiciro ‘Best Summer Artist’ no mu cyiciro ‘Best Summer Song’ abicyesha indirimbo ‘Away’ yakoranye na Ariel Wayz.

    Muri ibi bihembo kandi, hazatangwa icy'umuntu wagize uruhare rukomeye mu guteza imbere umuziki Nyarwanda (Life Time Achievement). Uwegukana iki gihembo atangazwa ku munsi w'itangwa ry'ibi bihembo. Mu cyumweru kiri imbere, abahanzi na ba Producer bazatangira guhatana mu matora yo kuri internet. Bitenganyijwe ko ibi bihembo bizatangwa tariki 26 Nzeri 2021.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108980/ibihembo-ni-ishimwe-si-amafaranga-uncle-austin-yasobanuye-byinshi-byibajijwe-ku-muhanzi-ur-108980.html

  • Igor Mabano yasezeranye numukunzi we nyuma y… – #rwanda #RwOT

    Umukobwa wasezeranye na Igor Mabano, nta makuru menshi amuzwiho, gusa bivugwa ko ari umuhindekazi ufite inkomoko mu Rwanda. Igor Mabano yasezeranye imbere y'amategeko n'umukunzi we nyuma y’uko ubukwe bwabo bwari bwaragizwe ibanga rikomeye dore ko uyu muhanzi atigeze yifuza ko bijya mu itangazamakuru ndetse n'igihe byamenyekaniye binyuze mu nkuru yanditswe na Inyarwanda.com, uyu muhanzi yabyamaganiye kure avuga ko nta bukwe ateganya vuba aha.

    Umuhango wo gusezerana imbere y'amategeko ku muhanzi Igor Mabano n'umukunzi we, wabereye ku biro by'Umurenge wa Kimihurura kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Kanama 2021. Uyu musore akiva gusezerana imbere y'amategeko yahise asohora indirimbo ye nshya yise 'Nta kosa' yasohokanye n'amashusho yayo.

    Uyu mukunzi we, Igor Mabano akaba yaramwambitse impeta mu kwezi gushize amusaba ko yamubera umugore by'iteka ndetse umukobwa akaba yarahise abyemera atazuyaje cyane ko ngo bari bamaze igihe bakundana n'ubwo urukundo rw'aba bombi barugize ibanga rikomeye.

    InyaRwanda yamenye aya makuru mbere ariko mu kubaza nyir’ubwite yayamaganiye kure ndetse avuga ko atari ukuri ahubwo n'uwatanze amakuru avuga ko yabeshye, yongeraho ko nta bukwe ateganya vuba ariko anabiteganyije yabivuga. Icyo gihe yagiye kuri Instagram ye avuga ko inkuru inyarwanda.com yamwanditseho ko ari kwitegura ubukwe ari igihuha.

    Igor Mabano yari yavuze ko inkuru InyaRwanda yanditse ari igihuha

    Igor Mababo yagize ati: 'Ayo makuru ntabwo ariyo rwose umusa, aribyo urumva naba ntarabitangaza? Kandi nimugira rwose muzabimenya ariko abo bantu babahaye amakuru ntabwo ari byo kabisa kandi n'ubwo byaba byo byaba ari byiza ariko ntabwo aribyo.''

    Igor Mabano ari mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi

    INKURU WASOMA: Biravugwa ko Igor Mabano agiye gukora ubukwe n’umuhindekazi yamaze kwambika impeta

    REBA HANO INDIRIMBO ‘NTA KOSA’ IGOR MABANO AHERUTSE GUSOHORA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108987/igor-mabano-yasezeranye-numukunzi-we-nyuma-yo-gutera-imijugujugu-inkuru-ya-inyarwanda-yavu-108987.html

  • Miss Grace Bahati ari mu byishimo bikomeye (Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Miss Bahati Grace ari mu byishimo bikomeye nyuma yuko umukunzi we, Pacifique Murekezi amwambitse impeta. Bahati Grace abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram yashyize hanze ifoto ari kumwe n'umukunzi we ndetse n'amashusho agaragaza urutoki ruriho impeta yambitswe n'umukunzi we.

    Biteganyijwe ko Miss Bahati Grace n'umukunzi we bazarushinga mu minsi mike iri imbere.

    Miss Grace Bahati na Pacifique

    Source : https://yegob.rw/miss-grace-bahati-ari-mu-byishimo-bikomeye-amafoto/

  • Umugore yakoranye ubukwe n'ifoto y'umukunzi we. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Uyu mugore yavugishije abantu ku mbuga za internet nyuma yuko akoranye ubukwe n'ifoto y'umukunzi kuko uwo mugabo yari yamubwiye ko adashobora kuboneka bitewe n'uko ahugiye kukazi kenshi adashobora gusiga. Uyu mugore ngo yahuriye nuwo mugabo kuri facebook maze bemeranya kubana, bateguye ubukwe ndetse umugabo arabyemera, aranamufasha yohereza amafranga yo kubutegura ariko kumunsi w'ubukwe biza kumenyekana ko atazaba ahari.

    Abantu benshi ntibavuga rumwe kuriyi ngingo, ndetse hari n'abadatinya kuvuga ko amakosa no guhubuka bisigaye bikorwa mu mibanire ya benshi ari kimwe mu bituma, hasigaye hariho na gatanya nyinshi, kuko benshi bishimira gukora ubukwe, ariko si benshi baba bazi inzira bigabije uko ihagaze mu by'ukuri.

    Source : https://yegob.rw/umugore-yakoranye-ubukwe-nifoto-yumukunzi-we/