Tag: People

  • Menya ibitaramenyekanye kuri wamugore w'ishe ubukwe bw'umugabo we babyaranye abana batanu #rwanda #RwOT

    Inkuru y'uyu mubyeyi hari abaketse ko ari ikinamico risanzwe cyangwa bimwe byo 'gutwika' byaje ubu, nyamara nyirubwite Dukuzumuremyi avuga ko ari inkuru y'impamo, yagiye guhagarika ubukwe bw'uwo babyaranye kuko yari 'ababaye'.

    Uyu mugore avuga ko yagiuye guhagarika ubukwe atagamije gusezerana n'uyu mugabo babyaranye abana batanu, ahubwo ko yashakaga gusubizwa abana be babiri muri batanu babyaranye akanamugaragariza uko azajya abaha indezo.

    Mu kiganiro uyu mubyeyi yagiranye n'Igihe dukesha iyi nkuru yatangaje byinshi uko yamenyanye na Niyonsaba Innocent mu 2011 ari nabwo babyaranye umwana w'imfura.

    Nyuma yo kubyarana batarabana, baje kwiyemeza kubana ariko badasezeranye imbere y'amategeko cyangwa indi mihango iyo ariyo yose ijyanye n'ubukwe.

    Mu myaka umunani bamaze babana, babyaranye abana batanu barimo impanga ebyiri. Bari batuye mu karere ka Nyagatare, ariko baje kwimukira i Rwamagana nyuma y'uko umugabo ahinduriwe imirimo.

    Bakigera i Rwamagana, Niyonsaba yasabye umugore we ko yakwimukira mu mujyi wa Kigali akajya amusura mu mpera z'icyumweru.

    Dukuzumuremyi yavuze ko umunsi umwe umugabo we yaje kumusaba ko abana b'impanga bari baherutse kubyara yabajyana kwa Sekuru i Nyagatare.

    Nguko uko za mpanga zagiye kurererwa kwa Sekuru ubyara Se.

    Nyuma y'imyaka mike, Dukuzumuremyi yaje gusama inda y'izindi mpanga ari nabo bato aheruka kwibaruka, bihurirana n'uko umugabo we yasezerewe ku mirimo ubuzima buba bubi kurushaho.

    Ubuzima bwaje kuba bubi, umugabo ata urugo

    Dukuzumuremyi avuga ko mu 2019 aribwo yabuze umugabo we wagiye nta makimbirane bafitanye nta n'umwuka mubi uri mu rugo iwe.

    Mu gihe yari atwite inda nkuru yitegura kwibaruka impanga, Dukuzumuremyi yabwiwe ko umugabo we yakoze impanuka ya moto ndetse arembeye mu bitaro bya CHUK.

    Muri icyo gihe uyu mugore avuga ko ngo yaje kumenya amakuru ko umugabo we arwajwe n'indi nkumi.

    Kuva mu 2019 ubwo uyu mugabo yakoraga impanuka kugeza agiye gukora ubukwe n'indi nkumi, Niyonsaba yari yarataye urugo rwa mbere.

    Ati 'Namenye ko arwajwe n'indi nkumi kandi bishoboke ko ari iyi basezeranye, kuva arwaye kugeza magingo aya ntitwongeye kubana.'

    Avuye mu bitaro, Niyonsaba yabwiye umugore we ko agiye kurwarira iwabo Nyagatare kugira ngo abanze akire neza.

    Uyu mugore wari ukimara kubyara impanga, yaje gusohorwa mu nzu yabagamo i Kigali kuko atari afite ubushobozi bwo gukomeza kuyishyura.

    Nyuma yo kwirukanwa mu nzu, Dukuzumuremyi yafashe icyemezo cyo gusanga umugabo iwabo kuko ariho yari yaramubwiye ko atuye.

    Dukuzumuremyi avuga ko yakubiswe n'inkuba asanze yarabeshywe n'umugabo kuko iwabo atahamusanze. Ngo yahisemo kuguma kwa Sebukwe kuko nta handi yari afite ho kujya.

    Aha yahabaye iminsi itari mike kugeza ubwo kwa Sebukwe bafashe icyemezo cyo kwirukana uyu mugore bamusaba kujya iwabo.

    Aho gutaha, Dukuzumuremyi yafashe icyemezo cyo kujya gushakishiriza mu karere ka Rwamagana aho abayeho aca inshuro.

    Yaje kumenya amakuru y'uko uwari umugabo we agiye kurushinga n'indi nkumi

    Dukuzumuremyi avuga ko yaje gutungurwa no kumva inkuru y'uko uwari umugabo we agiye gusezerana n'indi nkumi, ndetse n'imihango yo gusezerana imbere y'Umurenge, gusaba no gukwa yarangiye.

    Uyu mugore uvuga ko yari atunguwe yahise ajya kwitambika ubu bukwe bwari bugeze mu rusengero.

    Dukuzumuremyi avuga ko yahisemo kujya kwitambika ubu bukwe kuko atari afite andi mahitamo.

    Ati 'Mbere y'uko asezerana yagombaga kubanza kugaragaza uburyo abana twabyaranye bazitabwaho, uko baziga ndetse n'ubuzima bwa buri munsi.'

    Ikindi cyatumye ajya kwitambika ubu bukwe ni uko yifuzaga ko abana be bari kwa Sebukwe yakongera akabahabwa akabirerera..

    Ati 'Njye sinifuza umuntu wanderera nkiriho, nibampe abana banjye mbarerane n'abandi.'

    Ubwo yageragezaga kuburizamo ubu bukwe, yagiranye ibiganiro byimbitse n'umupasiteri wari ugiye gusezeranya uwahoze ari umugabo we, nyuma yo kumva impande zombi iri sezerano ryarahagaritswe.

    Icyakora nubwo batasezeranye mu rusengero nyuma y'uko rihagaritswe, Igihe dukesha iyi nkuru yaje kubona amashusho y'abageni mu birori byo kwiyakira no gusangira ikorwa nyuma y'ubukwe.

    Leta yahawe ubutumwa

    Uyu mubyeyi uvuga ko yifuza kumenya uko abana be bazitabwaho n'umugabo bababyaranye, akanahabwa abandi bana babiri bari kurererwa kwa Sebukwe, yasabye Leta kutajya iha icyuho abagabo bashaka kwihunza inshingano.

    Yagize ati 'Ni ukuri Leta ikwiye kwita kuri iki kintu. Ni gute umuntu afata abana batanu atitaho akabata ngo agiye gusezerana n'undi mukobwa? Bakwiye kujya babanza kumubaza uko azita ku bo yabyaye mbere bakabona kumusezeranya.'

    Uyu mugore avuga ko bidakwiye ko iri sezerano ryatesha agaciro abana batanu yabyaye mbere.

    Amafoto ya Niyonsaba Innocent akibana n'uyumugore wababyaranye abana 5

    Minisitiri w'Ubutabera Jonston Busingye yijeje ko Leta igiye gukurikirana ikibazo cy'uwo mugore, agahabwa ubutabera

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/article/menya-ibitaramenyekanye-kuri-wamugore-w-ishe-ubukwe-bw-umugabo-we-babyaranye

  • Platini yahishuye amazina y’imfura ye n’inkomoko yayo #rwanda #RwOT

    Umuhanzi nyarwanda Nemeye Platini wamamaye mu muziki nka Platini P, yahishuye ko imfura ye na Ingabire Olivia bayise 'Iganze Nemeye Zolane’.

    Mu kiganiro na RBA cyabaye ku munsi w’ejo, Platini yavuze ko izina rya Zolane ari we warimuhaye, akaba ari izina yakuye muri filime y’abanyamerika yitwa 'The 100′ yakinwe wa mbere muri 2014 ubundi ajya gushaka ubusobanuro bwaryo, araribika, ryari iry’umukobwa watawe mu Butayu.

    Ati 'Zolane abazi film The 100 bararizi, nararyumvise njya gushaka ubusobanuro bwaryo, ndibika imyaka myinshi. Ni izina riva muri biriya bihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara, risobanura izuba ryo mu ruturuturu, rimwe rya mu gitondo.'

    Iganze ryo akaba yasobanuye ko ari nyina warimuhaye, n’aho Nemeye ryo ni rimwe mu mazina ya se, kuko yitwa Nemeye Platini.

    Tariki 27 Werurwe 2021, nibwo Platini n’umugore we Ingabire Olivia basezeranye kubana akaramata mu birori byabereye kuri Landmark Hotel i Kagugu mu Mujyi wa Kigali. Muri Nyakanga 2021 nibwo uyu muryango waje kwibaruka imfura yabo.

    Platini yahishuye amazina y’imfura ye na Olivia

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/platini-yahishuye-amazina-y-imfura-ye-n-inkomoko-yayo

  • Zari yavuze impamvu nyakuri yatumye atandukana n’umusore bakundanaga #rwanda #RwOT

    Umuherwekazi w’umugande wabaye umugore wa Diamond bakaza gutandukana, Zari Hassan yahishuye ko impamvu yatandukanye burundu na Dark Stallion ari uko uyu musore yamwinjiriraga mu buzima akamugenzura ndetse akamutegeka abo bagomba guhura.

    Muri Gashyantare uyu mwaka, inkuru y’urukundo rwa Zari Hassan na Dark Stallion yatigishije Afurika y’Iburasirazuba bitewe n’uburyo yatakaga uyu musore, ni nyuma y’igihe atangaje ko yatandukanye na King Bae yashinje kumwiyereka uko atari.

    Nyuma yo kugaragaza ko ari mu rukundo rushya, uyu mugore w’abana 5 yagiye abwirwa n’abamukurikira ko urukundo rwe rutazaramba ndetse ko bizarangira mu marira nko kuri King Bae.

    Muri Nyakanga 2021 nibwo Zari yatangaje bwa mbere ko yatandukanye n’uyu musore kubera ko yabonaga bitamwubaka.

    Nyuma y’iminsi mike baje kuvuga ko biyunze, gusa nabwo nyuma y’iminsi mike uyu mugore yatangaje ko batandukanye burundu.

    Amwe mu mashusho Zari yashyize kuri Instagram Stories ye mu mpera z’icyumweru gishize, yavuze ko yagarutse mu buzima bwe busanzwe nyuma y’igihe ari mu buzima bucungwa n’uwahoze ari umukunzi we ngo uhora yumva ko abagore bari hejuru ye.

    Aya mashusho arimo asangira n’inshuti ze yaherekejwe n’amagambo avuga k’uwari umukunzi we n’ubwo atavuze izina ariko ni Dark Stallion, aho yavuze ko ari na we wamuhitiragamo inshuti bagomba guhura.

    Ati 'hari igihe nateretanye n’umusore udakunda inshuti zanjye. Reba batumye ngaragaza uruhande rudasanzwe, wowe utari gushobora.'

    Zari w’abana 5 yamenyekanye ubwo yari mu rukundo n’umuhanzi Diamond Platnumz baza no kubana aho babyaranye abana babiri umuhungu n’umukobwa ariko bakaza gutandukana mu ntangiriro za 2018.

    Zari Hassan yavuze ko Dark Stallion yamutegekaga, akanga n’inshuti ze

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/zari-yavuze-impamvu-nyakuri-yatumye-atandukana-n-umusore-bakundanaga

  • Agiye adashyingiye umuhungu we: Amb. Joe Habi… – #rwanda #RwOT

    Ni mu muhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 30 Kanama 2021, ubera iwe mu rugo aho yari atuye i Kanombe muri Kicukiro. Witabiriwe na Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin, Makuza Bernard wabaye Minisitiri w'Intebe n'abandi.

    Kubera ingamba zo kwirinda Covid-19, hari benshi batabashije gusezera bwa nyuma kuri Amb. Joe Habineza, aho bifashishije ubutumwa bwanditse boherereza abo mu muryango we bwari mu rurimi rw'Ikinyarwanda, Igifaransa n'Icyongereza.

    Ubutumwa bwabo bwibanze ku kugaragaza uruhare rwa Amb. Joe Habineza mu buzima bwabo, urwibutso abasigiye n'umurage; bamwifuriza iruhuko ridashira.

    Habumuremyi Jonas murumuna wa Amb. Joe Habineza yavuze ko ari we wamurwaje ubwo yari arwariye mu bitaro i Nairobi muri Kenya. Cyane ko ari aho asanzwe atuye.

    Avuga ko Habineza yari umuvandimwe wihariye, inshuti, murumuna we atabona amagambo asobanura ubuzima bari babanyemo.  Habumuremyi yavuze ko mu minsi ya nyuma, Habineza atigeze agaragaza gucika intege.

    Ati 'Yaje kuruhukira mu mabako yanjye nk'inshuti ye. Joe ntiyapfuye yarasinziriye kuko igihe cye ku Isi cyari kirangiye. Ntabwo wabonaga ababaye cyangwa agoye. Ikintu cyose twavuganaga yahitaga aseka akavuga ngo ibintu bimeze neza umunsi we warageze aritahira, icyiza asize izina rye ryiza.'

    Yavuze ko mu minsi ibiri ya nyuma, Habineza yamwerekaga ko ameze neza. Ngo byari ibisanzwe ku muvandimwe we, kuko yahoraga atera iteka abandi abereka ko ‘ejo hazaza ari heza’.

    Uyu mugabo yavuze ko hari imishinga yari afitanye na Habineza, kandi ko yamaze kuganira n’abana be ku buryo bazayikomeza.

    Habumuremyi yabwiye umuryango w'umuvandimwe ko azahanira kusa ikivi cy'umubyeyi wabo. Avuga ko afitiye umwenda Habineza, kuko aho ageze/ intambwe yateye ari we wayimuteresheje.

    Amb. Habineza ngo yakundaga kuvuga cyane ku bukwe bw'umuhungu we Cedric buzaba umwaka utaha. Habineza ngo yabajije Habumuremyi niba abona koko agiye gushyingira umuhungu we.

    Ati 'Tuganira ku wa kabiri nta kindi kintu yavugaga kitari ubukwe bwa Cedric. Ambwira ati 'Jonas urabona ngiye kuba sebukwe? Nkumubwira nti ni byiza, ugomba kumenya ko bazakwambika za ngofero n'inkoni, ubwo wagiye mu basaza. ngo oya! Nzaba Sebukwe ariko ndi Young Forever.'

    Habumuremyi yasabye umuryango wa Habineza gushyira hamwe bakazakora ubukwe bwa Cedric nk'uko Amb. Habineza yabyifuzaga.

    Uyu mugabo avuga ko Amb. Habineza yitabye Imana abana be barimo Eric bari mu indege berekeza mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya.

    Avuga ko Amb. Habineza 'asize abagabo' ashingiye ku buryo abana be babaye intwari mu burwayi kugeza n'ubu. Yifurije umuvandimwe we iruhuko ridashira

    Abahungu ba Habineza Joseph, Habineza Jean Michel na Eric Habineza bavuze ko Se yari umubyeyi uzi kubana n'abantu amahoro mu ngeri zinyuranye.

    Jean Michel Habineza yibukije ubwo mu 2004, Habineza Joseph yagirwa Minisitiri wa Siporo. Ati 'Mu 2004, twari mu birori by'isabukuru ya mama, twumva kuri televiziyo ko Joseph Habineza abaye Minisitiri wa Siporo.'

    'Abantu batangira kumushimira, ariko twe twumva duhangayikishijwe n'uko bizagenda. Mu Muryango wabo harimo uwitwa Jonas, Tantine Irene na Papa ni abantu bakunda guseka, kandi cyane hakaba nubwo baseka bakamanika amaguru mu kirere cyangwa se akaba yaseka akubita uwo bari kumwe.'

    'Ubwo twibazaga uko bizagenda umunsi azaba yicaranye na Perezida! Ubwo tukajya tumubwira agomba kwitoza guseka nk'Abadipolomate.'

    Yavuze ko Se yari umusirimu ku buryo iyo yaguraga ikote yaryambaraga akanyura imbere y'abana be ababaza niba rimubereye, kandi agaragara neza.

    Avuga ko Habineza yakundaga gukora siporo, ku buryo n'iyo yabaga yatashye atinze yazindukiraga muri siporo, akajya gukina umukino wa' Tennis'. Ngo yaranzwe n'umurava mu byo akora.

    Yanavuze ko Se yari umuntu wubahira buri wese uwo ari we, akitaba telefoni ya buri wese kandi buri wese akamutega amautwi. Avuga ko Se yaranzwe no kwiyoroshya no kwicisha bugufi.

    Eric Habineza, umuhungu wa Amb. Habineza yavuze ko yagize amahirwe yo kugendana igihe kinini na Se, ku buryo iyo yabaga ari kumwe n'inshuti ze bacyeshaga igitaramo.

    Uyu muhungu anavuga ko kubera ukuntu Se yari azi kuganira cyane, hari inshuti ze yari yaramutwaye.

    Ati 'Hari ubwo nabaga numva ntashaka ko ahura n'inshuti zanjye, kuko akenshi zahitaga zimbwira ko andusha kuba 'umwana mwiza' ku buryo n'inshuti zanjye nkeya yantwaye. Iyo nabaga ndi kumwe n'inshuti zanjye ahari, yabaga yazanye inkuru zisekeje, yasohoka mukumva nta kindi mwarenzaho uretse kujya kuryama, kuko byabaga bisa n'aho asohokanye ibintu byose”.

    Avuga ko Se yari umuntu uhorana imbaraga, wishima kandi uhorana ibiganiro bisetsa.  Ati 'Kumva ko yapfuye byaradukomereye, ariko tuzagerageza gukurikiza umurage we, nubwo bigoye cyane kugera ikirenge mu cye.'

    Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin Makuza Bernard wabaye Minisitiri w’Intebe ndetse na Perezida wa Sena asuzuhuzanya na Dr Iyamuremye Augustin
    Jean Michel Habineza yavuze ko Se yabaye umuntu w'abantu, abashishikariza kubaha buri wese


    Amb. Joe arashyingurwa i Rusororo; yitabye Imana ku wa 20 Kanama 2021 azize uburwayi 


    KANDA HANO UREBE UMUHANGO WO GUHEREKEZA AMB. JOE HABINEZA

    Amafoto: KT

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109033/agiye-adashyingiye-umuhungu-we-amb-joe-habineza-yasezeweho-bwa-nyuma-yabaye-umuntu-wabantu-109033.html

  • Miss Muyango yibarutse imfura ye na Kimenyi Y… – #rwanda #RwOT

    Amakuru InyaRwanda.com ikesha inshuti za hafi za Miss Uwase Muyango, ni uko kuri iki Cyumweru tariki 29 Kanama 2021 ari bwo Kimenyi Yves na Miss Muyango Claudine, bibarutse imfura yabo y'umuhungu.

    Hashize amasaha abiri Kimenyi Yves ashyize ifoto kuri konti ye ya Snapchart, afashe ikiganza cy'imfura ye y'umuhungu, maze yandikaho amagambo ashimira Imana cyane. Muri ayo magambo yashyize kuri Snapchart yagize atiÚ ''Utagushima yaba yitwa uwa nde, nyemerera ngushime Data.''

    Kimenyi Yves yerekanye amarangamutima ye nyuma yo kwibaruka

    Muyango Claudine yakorewe ibirori byo kwitegura imfura ye na Kimenyi Yves, mu birori byitabiriwe na barumuna ba Muyango ndetse na bakuru be. Nk’uko byagaragaraga ku mutsima (Cake), hari handitseho ko Miss Muyango yitegura kwibaruka umwana w'umuhungu. Muri ibyo birori, Muyango n'umuryango we bari bishimiye cyane umwana w'umuhungu Muyango yiteguraga kwibaruka.

    Miss Muyango yibarutse imfura ye

    Kimenyi Yves yatangiye gukundana na Miss Muyango muri Kanama 2019. Tariki 13 Ukwakira 2019, Muyango yateguye ibirori by'isabukuru y'umukunzi we amushimira urwo yamukunze. Kuva icyo gihe kugeza n'uyu munsi, ibyabo ni inkuru idasiba gusomwa, bitewe n’umunyenga w’urukundo aba bombi bahoramo.

    Uwase Muyango Claudine, yabaye Miss Photogenic muri Miss Rwanda 2019. Yambitswe impeta y'urukundo n'umukunzi we w'igihe kirekire Kimenyi Yves, umukinnyi w'ikipe y'Igihugu Amavubi ndetse n'ikipe ya Kiyovu Sports, tariki 28 Gashyantare 2021.

    'Nyemerera Data ngushime' Amwe mu magambo Kimenyi Yves yakoresheje

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109031/miss-muyango-yibarutse-imfura-ye-na-kimenyi-yves-109031.html

  • Ijambo rya mbere Jose Chameleone avuze nyuma y'igihe arembye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Jose Chameleone umaze iminsi arembye yafashe umwanya ashima buri umwe wamubaye hafi mu gihe yari arwaye.

    Mu mwanya muto ushize Joseph Chameleone yafashe umwanya wo gushima buri umwe wagize uruhare mu gihe cy'uburwayi bwe n'abamusengeye bose agaragara ukwizera nk'ingabo ikomeye mu gihe cy'ibibazo.

    Yagize ati: 'Muri cya gihe ikibi ikibi gitecyereza ko ucitse intege ni cyo gihe cyiza uba ugomba kongera ibyiringiro, ntabwo dayimoni yayobora.' Akomeza agira ati: 'Mwarakoze cyane bavandimwe banjye kugira umutima wo gusengera ubicyeneye cyane.'

    Yongeraho ati: 'Swangzavenue mwarakoze by'umwihariko ku bw'urukundo rwanyu rukomeye kandi rudashira.' Swangzavenue ni inzu y'umuziki yashinzwe na Chameleon itunganya ikanakurikirana inyungu z'umuryango mugari w'abahanzi bayirimo. Chameleon mu gusoza yagize ati: 'Ugushaka kwayo kube.'

    Uburwayi bwa Jose Chameleone bukaba bwarakaze cyane mu ntangiriro z'icyumweri gishize nyuma y'uko yari yarwaye ariko akaza gusezera avuga ko yorohewe yagera mu rugo akaremba bagahita bamwihutana mu bitaro byo muri Kampala.

    Source : https://yegob.rw/ijambo-rya-mbere-jose-chameleone-avuze-nyuma-yigihe-arembye/

  • Umugore yamenye ko atwite habura amasaha 4 gusa kugira ngo abyare umwana #rwanda #RwOT

    Umugore witwa Lorna Goodings w'imyaka 25 wari umaze igihe yemeza ko inda ye yabyimbye kubera imiti yo kuboneza urubyaro yafashe,yavumbuye ko atwite habura amasaha 4 gusa kugira ngo abyare.

    Ikinyamakuru Mirror cyatangaje ko uyu Lorna yari amaze amezi menshi yizera ko kuba inda ye yarabaye nini byatewe n'imiti yafashe yo kuboneza urubyaro,yatunguwe no kubona ibise bimufashe nyamara yaragiye kwisuzumisha inda nyuma y'ibyumweru 38 bakamubwira ko adatwite ndetse ngo no ku munsi yabyayeho baramupimye babona adatwite.

    Icyakora,Madamu yatunguwe nuko yamenye ko atwite habura amasaha 4 ngo abyare ndetse abaganga bahita bamusaba kwitegura kwakira umwana.

    Uyu mugore yabyaye umukobwa we,Daphne Burdiak, kuwa 1 Kanama uyu mwaka mu bitaro bya bikuru bya Northampton mu Bwongereza.

    Uyu mugore yafashwe n'inda ari mu birori by'inshuti ye niko guhita ajyanwa kwa muganga abwirwa ko agiye kubyara nyamara ntabyo yari azi.

    Yagize ati 'Ubwo najyaga ku bise,nari mu birori n'inshuti zanjye kandi nagize uburibwe umunsi wose.Byaje gukomera cyane banjyana kwa muganga hanyuma abaganga bamwira ko mfite inda y'ibyumweru 38.Byarangoye kubyizera.

    Uyu mugore yavuze ko byamutunguwe we n'umukunzi we , Nick Burdiak w'imyaka 42,ukora akazi ko gukora imashini ndetse nawe ntiyahabaye uyu mugore ari kubyara kuko yari yibereye mu kirori.

    Uyu mugore yagize ati 'Nanze kubibwira Nick kuko yari gutungurwa ndetse ntabashe kubyizera.Icyakora umwana wacu Daphne yari atangaje.'

    Lorna wabyaye umwana we wa mbere muri 2020,ubu afite abana 2 mu gihe kitarenze amezi 13.

    Uyu mugore asobanura impamvu atamenye ko atwite yagize ati 'Nishyizemo agapira kandinda gusama mu Ukwakira ariko naje gutangira kumva merewe nabi nyuma.Natangiye kwiyongera ibiro mpita ntekereza ko byatewe n'ingaruka zo kuboneza urubyaro.'

    Uyu mugore yavuze ko umuganga we yahise amusaba kugabanya imirire no gukora siporo nyinshi kugira ngo agabanye ibiro ntiyatekereza ko atwite.

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugore-yamenye-ko-atwite-habura-amasaha-4-gusa-kugira-ngo-abyare-umwana

  • Platini P yahishuye umukobwa akunda wamuhesheje amasezerano akomeye muri Nigeria #rwanda #RwOT

    Ku itariki ya 3 Kanama 2021, Platini ni bwo byamenyekanye ko uyu muhanzi yasinyanye amasezerano na sosiyete yo muri iki gihugu ireberera inyungu ze yitwa 'One Percent Managers', abantu benshi batangira kuvuga ko Platini yaba yabifashijwemo na Isimbi Alliance, wari uherutse gusinyira iyi sosiyete ndetse hari n'umubano baba bafitanye.

    Mu kiganiro Playini P yagiranye n'umukunyamakuru Yago for real kuri Yago Tv Show yasobanuye birambuye amasezerano , ndetse anashimira cyane Isimbi amubwira ko amukunda anahishura ko ariwe wari uri mu b'ingenzi bagize uruhare mu isinywa ry'aya masezerano.

    Yagize ati: 'Byamaze amezi menshi, ntubona ubundi ndi umwe mu bahanzi bakunda gusohora indirimbo nyinshi, ariko urabona ko ntarasohora indirimbo nyuma ya Elena. Ubundi nyuma ya Elena ibiganiro byaratangiye, sindasohora indirimbo yanjye uretse indirimbo ebyiri nagiyemo Ikofi n'Aba Ex, sindasohora indirimbo yanjye, nafashe umwanya kugira ngo nganire nabo'.

    Akomeza agira ati: 'Rero byafashe igihe, amezi atanu, amezi atandatu gutyo, hanyuma turaganira banyoherereza amasezerano ndayasoma, hanyuma nkayajyana ku munyamategeko agasoma nanjye nkongera ngasoma, gutyo gutyo. Bifata ibintu birebire kuko hariya wabonye ndigusinya, ni imbere y'umunyamategeko kuko usinyira imbere y'umunyamategeko, kuko ntabwo ari amasezerano mato.'

    Ati: 'Imbarutso yabaye abantu berekanye umuziki wanjye, hari iyakinwe cyane mu tubyiniro barayikunda, begera abashuti banjye. Mboneraho gushimira Alliah, abantu benshi bajya bambaza ngo Alliah buriya siwe waguhuje nabo'.


    Platini P yakomeje avuga ko ashimira Alliah kandi ko koko abyemera ko nawe ari mu bantu bamuhuje n'abasigaye bareberera inyungu ze.

    Ati: 'Yego ndabyemera ari muri abo bantu bampuje nabo, ariko niwe muntu w'ingenzi muri byo. Ariko ndamushimira cyane kuko yatumye nyine ayo masezerano aboneka. Alliah ndamukunda cyane niba utari unabizi ndamukunda cyane. Ni umuntu wanjye cyane, niko mwita.'

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/platini-p-yahishuye-umukobwa-akunda-wamuhesheje-amasezerano-akomeye-muri

  • Kimenyi na Miss Muyango ubu ni Papa na Mama b’umwana w’umuhungu #rwanda #RwOT

    Uyu muryango umaze igihe ugarukwaho mu itangazamakuru, wibarutse mu ijoro ryo kuri uyu iki Cyumweru tariki 29 Kanama 2021.

    Mu minsi ishize na bwo hari hasohotse igihuha cyavugaga ko uyu muryango wibarutse ndetse cyanatambutse muri bimwe mu binyamakuru bikomeye mu Rwanda ariko ba nyiri ubwite barabinyomoje bavuga ko bataribaruka.

    Icyo gihe ndetse byaje kugaragara ko uriya muryango utaribaruka koko kuko baje kugaragara mu birori byo kwitegura umwana bizwi nka Baby Shower byanatumye Kimenyi Yves na bamwe mu bari babyitabiriye batabwa muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Kimenyi Yves na Muyango Claudine beruye iby’urukundo rwabo muri Kanama 2019 ubwo kuva icyo gihe ku mbuga nkoranyambaga zabo batasibaga kugaragaza ko buri umwe yimariyemo undi.

    Kuva icyo gihe, Kimenyi Yves na Muyango ntibagiye bahisha ko bakundana cyane cyane binyuze ku mitoma bateraniraga ku mbuga nkoranyambaga.

    Mu mpera za Gashyantare uyu mwaka, Kimenyi Yves yari yambitse impeta Muyango amusaba kumubera umugore ariko inkuru y’ubukwe hari benshi bayitegereje barayibura ahubwo baza kumva ko uyu muryango witegura kwibaruka imfura.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/Kimenyi-na-Miss-Muyango-ubu-ni-Papa-na-Mama-b-umwana-w-umuhungu

  • Kimyenyi na Miss Muyango ubu ni Papa na Mama b’umwana w’umuhungu #rwanda #RwOT

    Uyu muryango umaze igihe ugarukwaho mu itangazamakuru, wibarutse mu ijoro ryo kuri uyu iki Cyumweru tariki 29 Kanama 2021.

    Mu minsi ishize na bwo hari hasohotse igihuha cyavugaga ko uyu muryango wibarutse ndetse cyanatambutse muri bimwe mu binyamakuru bikomeye mu Rwanda ariko ba nyiri ubwite barabinyomoje bavuga ko bataribaruka.

    Icyo gihe ndetse byaje kugaragara ko uriya muryango utaribaruka koko kuko baje kugaragara mu birori byo kwitegura umwana bizwi nka Baby Shower byanatumye Kimenyi Yves na bamwe mu bari babyitabiriye batabwa muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Kimenyi Yves na Muyango Claudine beruye iby’urukundo rwabo muri Kanama 2019 ubwo kuva icyo gihe ku mbuga nkoranyambaga zabo batasibaga kugaragaza ko buri umwe yimariyemo undi.

    Kuva icyo gihe, Kimenyi Yves na Muyango ntibagiye bahisha ko bakundana cyane cyane binyuze ku mitoma bateraniraga ku mbuga nkoranyambaga.

    Mu mpera za Gashyantare uyu mwaka, Kimenyi Yves yari yambitse impeta Muyango amusaba kumubera umugore ariko inkuru y’ubukwe hari benshi bayitegereje barayibura ahubwo baza kumva ko uyu muryango witegura kwibaruka imfura.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Kimyenyi-na-Miss-Muyango-ubu-ni-Papa-na-Mama-b-umwana-w-umuhungu