Tag: People

  • Ijambo Miss Uwase Muyango yavuze nyuma yo kwibaruka imfura ye – YEGOB #rwanda #RwOT

    Miss Uwase Muyango uherutse kubyara umwana we w'imfura yavuze amagambo ye ya mbere nyuma yo kwibaruka imfura ye.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram, Miss Uwase Muyango yashyize hanze amafoto y'umwana we maze ayaherekesha amagambo yiganjemo ayo gushima Imana. Yagize ati ” 29th August 2021 Lord am thankful 🤲🏼😭❤️ Am cutting the story short 🥺 “.

    Miss Muyango yashimiye Imana yabanye nawe ubw yabyaraga umwana we w'imfura

    Source : https://yegob.rw/ijambo-miss-uwase-muyango-yavuze-nyuma-yo-kwibaruka-imfura-ye/

  • Muyoboke Alex yavuze byinshi kuri Amb. Habine… – #rwanda #RwOT

    Icyo gihe, Habineza yari Minisitiri w’Urubyiruko, Siporo n’Umuco. Muyoboke yagiye kumureba nyuma yo kubona uburyo yari arimo ahindura uruganda rw'imyidagaduro cyane cyane mu muziki.

    Agera aho Amb. Joe Habineza yakoreraga, yahasanze Laurent Makuza biganye wari umujyanama wa Ministiri.

    Muyoboke aherekejwe n'umuhanzikazi Queen Ally bagaragarije Amb. Habineza ibibazo byugarije umuziki, abemerera kubaha ubufasha no kubashyigikira mu bitaramo byose.

    Kuva icyo gihe, Muyoboke yahuriye na Amb. Habineza mu bitaramo birimo nk'ibirori bya Salax Awards, igitaramo cyo kumurika Album y'umuhanzi Tom Close n'ibindi.

    Muyoboke avuga ko ubuzima Amb. Habineza yabanyemo n'abahanzi ari bwo bwashibutsemo kwitwa inshuti y'abahanzi.

    Mu kiganiro na INYARWANDA, Muyoboke ati 'Uzegere Rafiki akubwire ukuntu yamwohereje mu iserukiramuco muri Jamaica. Uze kwegera Tonzi akubwire ubufasha yamuhaye ku giti cye ubwo yamurikaga Album. Wegere Miss Jojo, Tom Close ni benshi wagenda wegera kugera kuri Charly&Nina ejo bundi bamurika Album yabo mu 2018 ari muri Radiant [Kompanyi y'Ubwishingizi yakoreraga].'

     '…Uzabaze Ben na Meddy bagiye muri Amerika, bazakubwira byinshi kuko banagenda bajyanye nawe.'

    Avuga ko Amb. Habineza yaranzwe no guha agaciro umuhanzi Nyarwanda, kandi agakora uko ashoboye kugira ngo ahantu hose akomanze ahabwa ikaze.

    Yatanze urugero avuga ko bwa mbere ajya muri Nigeria yagiyeyo afashijwe buri kimwe na Habineza amucira inzira ku hantu hose yakandagije ikirenge.

    Amuhuza n'abahanzi batandukanye kandi bakomeye muri Nigeria kuva agezeho kugeza agarutse

    Muyoboke yavuze ko Habineza yizihirwaga ku buryo yafataga gitari agacuranga, akabyina mbese akagaragaza ko ubuzima bw'umuziki abuhuza n'ubwa politiki.

    Uyu mujyanama avuga ko Habineza yahoraga amubwira gukunda umuziki mu bihe bibi no mu byiza.

    Ubwo yatandukanaga n'itsinda rya Charly&Nina, Habineza yamusabye kudacika intege ngo areke gufasha abahanzi, ahubwo amushishikariza n'abandi no kuzamura.

    Muyoboke akomeza ati 'Igihe kimwe ntandukana na Charly&Nina narababaye cyane twavuganye nk'isaha yose [Amb. Joe Habineza] arangije arambwira ati 'Ndakwibutsa ijambo rimwe gusa Kunda Umuziki Nyarwanda ndaseka arambwira ati 'uraseka' ati 'yego kunda umuziki Nyarwanda. Zamura umuziki Nyarwanda siwambwiye ngo nibyo wiyemeje… Ibyo kuvuga ngo Charly&Nina bagiye fata abandi.'

    Muyoboke avuga ko Amb. Joe Habineza ari 'umuntu waguteraga akanyabugabo ukumva ikintu utakivamo'. Avuga ko mu myaka yose yabanye na Habineza yasigaranye urwibutso rwo 'gukunda umuziki'

    Amb. Habineza yitabye Imana ku wa 20 Kanama 2021, ashyingurwa ku wa 30 Kanama 2021 mu irimbi rya Rusororo.

    Uyu mujyanama avuga ko Habineza yagiye aharanira iterambere ry'umuziki w'u Rwanda, ku buryo iyo habaga hari umuhanzi wo mu muhanga uje mu Rwanda yahamagaraga abahanzi kujya kuganira nawe.

    Muyoboke yavuze ko nta y'indi mpano ikomeye yari guha Amb. Habineza uretse gukora indirimbo y'icyubahiro nawe izamufasha guhora 'amuzirikana ibihe n'ibihe'.

    Yavuze ko umuhanzi wese yagejejeho igitekerezo cyo gukora indirimbo 'Joe wacu' yacyakiriye neza, uretse ko hari abo yagiye abwira ntibaboneka bitewe n'ibyo bari bahugiyemo.

    Akomeza ati '… Joe najyaga mubwira ngo Imana izamuhembe. Kuko najyaga mbura ikintu namuhemba, yaba ari ibitekerezo yaduhaga, yaba ari uburyo yakundaga umuziki wacu w'abana b'Abanyarwanda.'

    'Naje kugira igitekerezo yatashye ndavuga nti ko Joe atashye ni iki nkanjye Muyoboke nakora. Mbaza David Bayingana nti ngiye gukora indirimbo yo gusezera kuri Joe wenda izajya ituma mpora mwibuka maze kubimubwira ati 'ni byo'.'

    Asobanura ko yatekereje ku bahanzi bazi neza Amb. Habineza n'abandi bakiri bato bakurikiranye ubuzima bw'iwe ku buryo biborohera gutanga neza ubutumwa bw'icyubahiro kuri we.

    Muyoboke avuga ko iyi ndirimbo yayishyikirije umuryango wa Habineza 'uyakira neza'. Ndetse ko n'abahanzi baririmbye muri iyi ndirimbo bagiye bakorwa ku mutima n'iyi ndirimbo bamwe bagasuka amarira.

    Yavuze ko yifashishije Mani Martin mu nkikirizo kubera ko 'ari mu bahanzi batanu b'abanditsi beza azi mu Rwanda'.

    Iyi ndirimbo yo kuzirikana umurage wa Habineza yakozwe na kompanyi Ishusho Ltd. Yaririmbyemo Mani Martin, Patrick Nyamitari, Uncle Austin, King James, Alyn Sano, Platini, Chris Hat, Tonzi, Christian Mugunga, Yvan Buravan, Jules Sentore, Christopher, Knowless Butera na Masamba.

    Muyoboke yavuze ko umuryango wa Habineza wagize uruhare rukomeye muri iyi ndirimbo, kuko amafoto menshi agaragara muri iyi ndirimbo ari bo bayatanze.

    Uyu mujyanama avuga ko ibitekerezo biherekeje iyi ndirimbo bigaragaza ko Amb. Joe Habineza yari 'umuntu w'abantu.

    Anavuga ko Aimable Twahirwa Umuyobozi w’Umuco muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco nawe yagize uruhare rukomeye muri iyi ndirimbo. Iyi ndirimbo 'Joe wacu' yatunganyijwe na Producer Nicolas afatanyije na Producer Nizbeat. 

    Muyoboke Alex yavuze ko Amb. Joe Habineza yiswe 'inshuti y'abahanzi' kubera ukuntu yababaniye

    Muyoboke yavuze ko indirimbo 'Joe wacu' ariyo mpano ikomeye yageneye Amb. Joe Habineza izajya imufasha gukora amuzirikana

    KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIRAMBUYE TWAGIRANYE NA MUYOBOKE ALEX

    KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'JOE WACU' Y'ABAHANZI 14

    VIDEO: Iradukunda Jean De Dieu-INYARWANDA.COM

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109128/muyoboke-alex-yavuze-byinshi-kuri-amb-habineza-byagejeje-ku-ndirimbo-yumurage-yasize-abaha-109128.html

  • Hamenyekanye ikintu gikomye cyatumye Kim Kardashian na Kanye West batandukana #rwanda #RwOT

    Itandukana rya Kim Kardashian na Kanye West ryavugishije abatari bacye dore ko ryavuzwe cyane mu itangazamakuru mpuzamahanga, gusa ikibazo nyamukuru cyibazwaga kw'itandukana ry'aba bombi ni ukumenya impamvu yateye umunyamidelikazi Kim Kardashian kwaka gatanya umuherwe Kanye West n'ubwo yavuze ko yabitewe n'uko igihe cyabo cyo gutandukana cyageze nyamara bamwe ntibabifate nk'ukuri.

    Nyuma y'iminsi micye Kanye West asohoye album Donda yarimaze igihe itegerejwe hasohotseho indirimbo yitwa Hurricane yumvikanamo amagambo akakaye uyu muraperi yakoresheje asa nkaho ari kwicuza ibyo yakoze ubwo yarakirikumwe na Kim Kardashian harimo nko kumuca inyuma ubwo bari bamaze kubyara abana 2 hamwe no gushaka inshoreke y'umukobwa ku ruhande.

    Mu gitero cya kabiri cy'indirimbo Hurricane yafatanije na The Weeknd na Lil Baby, Kanye West yagize ati:'Narikunze cyane njya kwibera mu mujyi mushya nsize umuryango wanjye,ntangira kwitara uko ntahoze kubera amafaranga,nshaka undi mukunzi,nca ryamana n'abandi bakobwa nsize umugore n'abana 2 mu rugo,biragoye kwifata mugihe umugore wawe ahora mu ngendo zaburigihe''.

    Si ubwa mbere Kanye West yakumvikana avuga ko icyatumye atandukana na Kim Kardashian arukubera kubura umwanya hagati yabo cyane ko bose bakunze kuba bagiye mu ngendo zitandukanye.Iyi yabaye inshuro ya mbere Kanye West yavuga ko yaciye inyuma Kim Kardashian.Ibi byunganiwe nibyo inshuti magara ya Kim yatangarije ikinyamakuru The Hollywood Life aho yahishuye ko Kim Kardashian yababajwe cyane no kuba Kanye yaramuciye inyuma akabigira akamenyero.

    Jonathan Cheban inshuti magara ya Kim mu kiganiro yagiranye na The Hollywood Life yagize ati''Umuryango n'inshuti za Kim Kardashian twari tuzi impamvu yateye gutndukana kwabo,Kanye West yigeze guca inyuma Kim muri 2016 ariko aramubabarira nyuma arongera amuca inyuma abigira akamenyero kugeza ubwo Kim yaratakibashije kubyihanganira.Kim yagerageje kwihanganira Kanye kuko yari yizeyeko azahinduka ahubwo arushaho kubabara''.


    Ku ruhande rwa Kim Kardashian ntabwo aragira icyo atangaza gusa ntibyabujije abantu bumvishe indirimbo Hurricane kwemezako kuba Kanye West yaraciye inyuma Kim aricyo cyatumye batandukana dore ko no mugusoza iyi ndirimbo Kanye agira ati''Naguze inzu ya miliyoni 6 sinayibamo gusa ubu nshaka kuyibamo mbaza Kim niba yambabarira tukayibanamo, abantu bakomeza kuncira urubanza ko ntari mwiza kuriwe mbaza Kim niba akinkunda nka mbere?ambabariye namwereka urukundo nyarwo''.

    Aya magambo yakoresheje muriyi ndirimbo akaba yagaragajeko Kanye West yicuza kuba yaraciye inyuma Kim Kardashian ndetse yanamusabye amahirwe ya kabiri. Kuri uu hategerejwe igisubizo cya Kim Kardashian wabyaranye na Kanye abana 4.

    Refe:https://www.yahoo.com

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/article/hamenyekanye-ikintu-gikomye-cyatumye-kim-kardashian-na-kanye-west-batandukana

  • Umukunzi wa Jay Polly yavuze ku rupfu rwe rwamushenguye cyane #rwanda #RwOT

    Umukunzi wa Jay Polly uba i Nairobi muri Kenya,Kessy Kayonga,yatangaje ko atarabasha kwakira urupfu rw'uyu muhanzi bari bamaze imyaka 2 bari mu rukundo.

    Jay Polly, umuhanzi uzwi cyane mu Rwanda muri muzika ya hip hop na rap yapfuye.Nkuko amakuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane yabitangaje,uyu muraperi yahitanwe n'uburwayi mu bitaro bya Muhima.

    Uyu mukobwa yabwiye BBC ati: “Ni agahinda gakomeye, n'ubu sindabyemera kereka ningera mu Rwanda nkabyibonera.”

    Kayonga avuga ko bari bamaze imyaka ibiri bakundana kandi “twari dufitanye imishinga myinshi cyane.”

    Ku murage Jay Polly asize, Kayonga ati: “Umuntu wese wabashije guhura nawe no kubana nawe azamwibukira ku rukundo n'impuhwe yagiraga, kandi ni umuntu wahoraga yishimye.”

    Jay Polly w'imyaka 33 yari afunzwe guhera mu kwezi kwa kane uyu mwaka akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, yari akiburana ategereje gusubira mu rukiko tariki 02/12 uyu mwaka.

    Jay Polly azwi kubera indirimbo ze zakunzwe cyane nka 'Akanyarirajisho', 'Ibyo ubona', 'Ndacyariho [ndahumeka]', 'Deux fois deux' n'izindi zakunzwe cyane yakoze akiri mu itsinda rya Tuff Gang.

    Ku mbuga nkoranyambaga abanyarwanda benshi bagaragaje akababaro batewe n'urupfu rwa Jay Polly, bamwifuriza iruhuko ridashira.

    Mu kigainiro umuraperi mugenzi we Riderman yagiranye na INYARWANDA, yavuze ko bigoye kwakira urupfu rw'uyu muraperi watanze byinshi kugira ngo iyi njyana ikundwe mu Rwanda.

    Yagize ati “Ntabwo ari ibintu byoroshye kwakira kabisa, Imana imwakire mu bwami bwayo.Muri Hip Hop yarwanye intambara ikomeye cyane, atabarutse akiri muto, atabarutse yari agifite byinshi byo guhereza abanyarwanda byanze bikunze.'

    Abajijwe icyo yabwira abaraperi bagenzi be,yagize ati'Ni ukubihanganisha kabisa nta kindi kintu umuntu yababwira dutakaje umuntu w'umusirikare cyane.

    Kuva yajya muri gereza ntabwo twari twakavugana mu kuri ntabwo turabasha kubyakira.'

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/umuziki/article/umukunzi-wa-jay-polly-yavuze-ku-rupfu-rwe-rwamushenguye-cyane

  • Imyaka 24 bayimaranye mu rushako: Byatangiye bajyana kuvuga ubutuwa, Nyinawingeli yinjira mu rukundo akuruwe n’inganzo ya Gitwaza #rwanda #RwOT

    Tariki ya 30 Kanama 1997 ifite amateka yihariye mu buzima bwa Apôtre Dr Paul Gitwaza na Pasiteri Nyinawingeri Angelique. Kuri uyu munsi ni bwo aba bombi bahamije isezerano ryo kubana akaramata.

    Byari ibirori bibereye ijisho, abageni bari bagaragiwe n’amagana y’abarimo inshuti zabo, imiryango, abakirisito basengeraga hamwe [kuko yari amaze umwaka ashinze itorero] n’abandi.

    Ubu bukwe bwatashye nyuma y’imyaka irindwi aba bombi bari bamaze bahuye bwa mbere, ubwo bari ku ntebe ya kaminuza i Kisangani.

    Mu 1992, ni bwo Nyinawingeri Angelique yahuye na Gitwaza Paul. Icyo gihe batangiye amufasha mu ivugabutumwa ariko uko iminsi yicuma, ibyiyumviro by’urukundo bigenda bibaganza kugeza imitima ihuye.

    Ku wa 30 Kanama 2021 ni bwo Apôtre Dr Paul Gitwaza na Pasiteri Nyinawingeri Gitwaza Angelique bizihizaga imyaka 24 bamaze mu rushako.

    Mu butumwa yatanze mu cyegeranyo cyanyuze kuri Televiziyo Authentic yegamiye ku itorero rya Zion Temple, cyagarutse ku buzima bw’umugabo we wujuje imyaka 50 yakomoje ku nkuru z’uburyo bamenyanye.

    Abandi bagitanzemo ubuhamya bagarutse ku buzima bw’ubuto bwa Gitwaza, uko yageze mu Rwanda, urugendo yanyuzemo kugira ngo abe ari umuvugabutumwa ukomeye n’uko yashinze itorero.

    Nyinawingeli yari umwe mu bantu bafashaga Gitwaza mu bikorwa byo kwamamaza ivugabutumwa yakoraga nyuma yo kumenyana.

    Yagize ati 'Apôtre Gitwaza twahuriye muri Congo i Kisangani mu 1992, aho twari twataramye kubera ibikorwa byo gukusanya inkunga y’Abanyarwanda kugira ngo bazabashe gutaha mu gihugu cyabo.'

    “Ubuhanuzi bwose yari afite nagendaga mbukwirakwiza. Namushakiraga n’ahantu akorera ivugabutumwa kuko yakundaga cyane kuvuga ubutumwa. Rero muri uko gukomeza dukorana niho twaje gukundanira.'

    Avuga ko ikintu gikomeye cyamukururiye kwinjira mu rukundo na Gitwaza harimo n’inganzo uyu mukozi w’Imana yari afite.

    Yakomeje ati “Ikintu cyatumye mukunda cyane, cyafashe umutima wanjye ni ukuririmba afite gitari. Ku Nkurunziza mbere yo kwigisha yararirimbaga, nkamureba nkavuga nti eeeh uriya ni wa muntu tuziranye? Nkabona afite ubundi bwiza ku isura ariko nanone ukabona afite umutima ukunze ukuntu. Icyo kintu cyaramfashe cyane.”

    Ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 22 bamaze bashyingiwe, Gitwaza n’umugore we bashimangiye ko muri urwo rugendo rwose bafashijwe no kwihanganirana.

    Dr Gitwaza yagize ati 'Iyo myaka yose mbabwira ikintu gikomeye kibaho ni ukwihanganirana, mugatungwa n’amasengesho. Twaciye muri byinshi ariko turashima Imana ko tugihagaze.”

    Nyinawingeli Angelique yavutse ku wa 18 Werurwe 1971 mu gihe Gitwaza yaboneye izuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa 15 Kanama 1971. Aba bombi bafitanye abahungu batatu b’imyaka 22, 19 na 17, baba muri Amerika.

    Ubuzima butangaje bwa Apôtre Gitwaza, umwana wakuriye mu Bijombo

    Tariki ya 15 Kanama 1971 ni bwo impundu zavuze mu muryango wa Kajabika André na Léah Nyirabasabaga. Uwo munsi bibarutse umwana w’umuhungu, wahawe izina rya Paul Muhirwa Gitwaza.

    Yaboneye izuba mu gace ka Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu Kigo Nderabuzima cya Kavimvira, ni hafi neza y’umupaka w’iki gihugu n’u Burundi.

    Nyuma y’umwaka umwe avutse umuryango we wimukiye ahitwa mu Bijombo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu Burasirazuba bwa RDC.

    Yageze ku Isi ari umwana wa nyuma muri barindwi bavukana, barimo abahungu bane n’abakobwa batatu.

    Paul Gitwaza yavukiye mu muryango w’abakirisito. Se, Rév Pasiteri Kajabika André ari mu bantu ba mbere bakijijwe ubwo yahuraga n’Abamisiyoneri b’Abapantekote baturukaga mu Busuwisi, baza kubwiriza ubutumwa mu Burasirazuba bwa RDC.

    Kajabika ni we wa mbere mu Banyamulenge wabwirije ubutumwa i Murenge hose kugeza aho atangiye kubaka ibikorwaremezo birimo amashuri n’ibitaro.

    Iyo nzira ni yo na Gitwaza yakuriyemo kugeza na n’ubu akiyirimo. Ubu izina Apôtre Dr Paul M. Gitwaza ni ingenzi mu myemerere ya benshi binyuze mu Itorero Zion Temple Celebration Center yashinze. Iri torero rifite amashami atandukanye ku Isi abarizwamo abayoboke barenga ibihumbi 100.

    Mushiki wa Dr. Gitwaza, Rev. Neza Consolée, avuga ko yateye ikirenge mu cya Se agakunda ijambo ry’Imana akiri muto.

    Yagize ati 'Mu gihe cy’imyaka y’ubukure 12,13 na 14, ni bwo yagaragaje ko ari umukozi w’Imana. Icyo gihe ni bwo yatangiye kuba umuyobozi wa Korali y’abana, uko agenda akura, agakunda kuririmba.'

    Se yari afite ubuhanuzi bw’uko Gitwaza azaba nka Eliya

    Abavandimwe be bavuga ko se Kajabika yari amufiteho ubuhanuzi bw’uko azaba nka Eliya, agahanurira amahanga n’abakomeye bigatuma amuhoza hafi ye ndetse bigera ubwo amushakira umwarimu uzajya amwigishiriza mu rugo.

    Kuva ubwo yatangiye kujya muri korali no kugendana n’abanyamasengesho bakuze.

    Pr. Mudagiri Mutabazi Noah wimitse Apôtre Gitwaza yagize ati 'Yasenganye n’abo bagabo bakuru basengaga kandi nitwe twari tubayoboye mu 1983. Ni we mwana wari ubarimo tugeraho tumwita 'intama ntoya’ mu zindi ntama zari zihari. Twamubonagaho ko arimo umuhamagaro w’Imana nubwo tutabimubwiraga.'

    Dr. Gitwaza yatangiye kubwiriza ijambo ry’Imana imbere y’abantu benshi afite imyaka 14, ndetse abavandimwe be bavuga ko yari umwana witonda kandi uzi ubwenge.

    Mushiki we Rev. Neza avuga ko ubwo yarangizaga amashuri yisumbuye kuri Institut de Bijombo, we n’abandi babiri aribo babonye impamyabumenyi 'diplôme’ ku ishuri ryose, bimuhesha gukomereza Kaminuza i Kisangani.

    Nubwo se yifuzaga ko aziga Tewolojiya, Dr Gitwaza we yumvaga yakwiga ibijyanye n’Ubuhinzi 'agronomie’ ari nabyo yize mu myaka ibiri ya nyuma ya Kaminuza kuko ubanza yawizemo 'Psychologie’ [Ubumenyi mu by’Imitekerereze ya Muntu].

    Muri Kaminuza, ni ho Dr. Gitwaza yahuriye na Nyinawingeri Angelique, waje kumubera umugore.

    Mu 1995 ni bwo, Gitwaza yageze mu Rwanda, atangira asengera mu Itorero Assemblée de Dieu ndetse no mu ry’Inkuru Nziza, aho yajyaga abwiriza ubutumwa bwiza ariko anaririmba.

    Nyinawingeli avuga ko yamufashaga mu kwamamaza ubuhanuzi bw’Imana yari afite, akamushakira aho avugira ubutumwa bwiza. Iyo mikoranire ni yo yashibutsemo n’urukundo.

    Gitwaza yatangiye Zion Temple mu 1996

    Gitwaza yakomeje umurimo we wo kubwiriza ubutumwa bwiza ndetse agenda amenyana n’abandi bavugabutumwa batandukanye.

    Bishop Safari Théodore wakoranye na we umurimo w’Imana kuva mu 1995, yavuze ko bahuye yaramaze kubwirwa n’Imana ko azahura n’umwana w’umusore bagafatanya gusengera igihugu.

    Ati 'Duhuye muri icyo gihe nsanga ni we [yari yarabwiwe] ndabyishimira nshimira Imana ko ibyo yavuze ibyujuje.'

    Mu 1996 ni bwo yatangije Minisiteri y’ijambo ry’Ukuri 'Authentic Word Ministries’ ifite amashami abiri arimo iry’ibijyanye n’Ibikorwa by’umwuka n’iby’Iterambere.

    Ishami rijyanye n’ibikorwa by’umwuka ryaje kubyara Zion Temple Celebration Center iturutse ku iyerekwa Imana yari yaramuhaye imubwira ko u Rwanda rugiye kuba umusozi w’Imana, nk’uko yatoranyije Siyoni ngo ibe umusozi wayo ari nako yatoranyije u Rwanda ngo rube ubuturo bwayo. Aha ni ho havuye izina Zion Temple [urusengero rw’i Siyoni] .

    Dr Gitwaza afite imyaka 26 mu 1997 ni bwo yasizwe amavuta ahinduka umuvugabutumwa wemewe. Igiterane cye cya mbere yagikoreye muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse kibera muri Chapelle ya Kiliziya Gatolika.

    Mu 2000 Paul Gitwaza na bagenzi be bateguye ikindi giterane kinini cyahuje amatorero yose kibera muri Stade amahoro cyitwaga 'Heal Our Land’ [Kiza ubutaka bwacu].

    Iki ni cyo cyakurikiranye n’ibindi byuruhererekane byiswe 'Afurika Haguruka Urabagirane’ cyatangiye mu 2000, kikaba ngarukamwaka ndetse Abanyarwanda benshi barakizi kuko gitumirwamo n’abavugabutumwa bakomeye ku Isi.

    Itorero rye ryatangiranye abakirisito 120 mu 1999, ubu bakaba bamaze kwikuba inshuro zirenga 800 kuko mu 2021, Zion Temple ifite abakirisituo basaga 100.000 ku Isi.

    Ishami rishinzwe Ibikorwa by’Iterambere ryabyaye amashuri, ubu hamaze gufungurwa agera kuri atanu, amaze kunyuramo abanyeshuri 5000. Iri shami kandi ryaje no kubyara ikigonderabuzima cya Bethsaida gitanga serivisi z’ubuvuzi ku baturage basaga 21.000. Ni naryo ryabyaye Radio na Televiziyo Authentic.

    Apôtre Gitwaza afite Impamyabumenyi y’Ikirenga (Phd) muri Tewolojiya n’iyindi mu bijyanye no gukora umurimo w’Imana. Ni umwe mu bagize Ihuriro ry’Aba-Apôtre ku Isi hose .

    Yahawe igihembo cy’imiyoborere nk’umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu bwiyunge n’isanamitima mu Rwanda binyuze mu gukira ibikomere no kubababarira, cyane ko ubutumwa yatangaga bwomoye imitima y’Abanyarwanda bari bavuye mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni igihembo yahawe n’Ikigo Corning cyo muri Amerika.

    Benshi mu bo yabwirije ubutumwa bwiza bahamya ko yatumye bakira Kirisito mu buzima bwabo ndetse abo bakoranye n’abo bagikorana bavuga ko ari umugabo wasizwe.

    Ababyeyi bombi ba Gitwaza bitabye Imana, aho se Kajabika yapfuye mu 2012 naho nyina yitaba Imana mu 2021.

    Reba hano amateka n’ubuzima bwa Apostle Paul Gitwaza

    Source: Igihe.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Imyaka-24-bayimaranye-mu-rushako-Byatangiye-bajyana-kuvuga-ubutuwa-Nyinawingeli.html

  • Wa mugore wasanze umugabo we asezerana mu rus… – #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Gikondo niho ubu bukwe bwasize umugani bwabereye aho umugabo w’abana batanu yabyaranye n’umugore witwa Dukuzemuremyi Janviere yamutaye maze agakora ubukwe n’undi mugore bakamugwa gitumo. Ubu bukwe bwasize umugani kuko bwapfuye imihango yo gusezerana igeze hagati ubwo uyu mugore [Dukuzumuremyi] yazaga akagaraza agahinda gakomeye agashaka kurwana n’umugabo we wari uri gusezerana n’undi mugore nyuma yo kumenya amakuru.

    Umugabo wa Dukuzumuremyi n’umugore mushya bari bagiye gusezerana

    Icyakora uyu mugore yagaragaje ko adashaka kuhagarika isezerano ry’uyu mugabo we n’umugore mushya ashimangira ko icyo akeneye ari ukugira uburenganzira ku bana babiri yabyaranye n’uyu mugabo akaba yarabajyanye iwabo ndetse anongeraho ko icyo asaba na none cyane ari uburenganzira bw’abana babyaranye kuko uyu mugabo ngo yitarukije inshingano zo kubarera.

    Nyuma y’uko ubu bukwe bupfuye, Dukuzemuremyi Janviere yasobanuye uko byose byagenze kugeza umugabo amutaye n’aho ikibazo kigeze nyuma yo gusanga umugabo we asezerana n’undi mugore hakavuka gushyamirana kugeza ubukwe bupfuye.

    Dukuzumuremyi akimenya ko bagiye gusezerana yihise ahasesekara nyuma havuka imirwano

    Mu kiganiro Dukuzemuremyi Janviere yagiranye na Big Town Tv isanzwe ikorere kuri Youtube hari aho yagaragaje ko iki kibazo cyamaze kugera mu nzego bireba kandi kizakemuka vuba. Yagize ati: “Aho bigeze iyi saha mfite ibyiringiro kuko inzego zibishinzwe ziri kumpamagara abandi bangezeho ndizera ko bari mu murongo wo kuza kubikemura mfite ibyiringiro ko biri bukemuke mu gihe gito”. Yasobanuye uko ibintu byatangiye kuva akibana n’uyu mugabo, gusa abanza kugaragaza ko amwubaha kuko babyaranye.

    Yagize ati “Uriya mugabo ni umugabo wanjye kuko ni papa w’abana banjye mu muco nyarwanda n’ubwo haje wenda gusezerana byemewe n’amategeko nabyo ni byiza ariko sinabura kuvuga ko ari umugabao wanjye kuko ni umugabo twashakanye turabana tubyarana abana batanu”. Yashimangiye ko babyaranye babana mu nzu babana mu rugo ruzwi n’ababyeyi babo inshuti ndetse n’imiryango.

    Yerekanye amwe mu mafoto y’uko byabaga byifashe bakoresheje ibirori by’abana

    Uyu mugore yabajijwe uko byagenze ngo umugabo amute mu nzu yigendere maze asubiza agira ati: “Ntabwo nigeze ngirana nawe amakimbirane n’aho twari dutuye barababizi wenda ngo tuge ku musozi cyangwa ngo tujye mu manza. Ni ikintu cyantunguye nkunda guhora ngarukaho. Gusa bakunda kuvuga ngo umuntu ni mugari buriya icyabaye kandi cyantunguye namwe mwabonye ni ikikweraka ibyo yari afite mu mutima we kandi ari nacyo cyamuteye kugenda nanjye byarantunguye”. Yakomeje agira ati: “Gusobanura icyo twapfuye nawe ubwe ntabwo agisobanura kuko ntacyo azi cyangwa ntacyo abona, gusa impamvu murayibona buriya ni uko yashakaga gushaka undi mugore”.

    Sebukwe mu birori yabaga ahari

    Yahamije ko bakibana bari mu rugo rurimo amahoro ku buryo iyo babatirishaga abana, ababyeyi bazaga muri ibyo birori bikaba ibintu byiza yewe ngo bazaga no kwita abana abazina Ngo agenda, yagiye nk’ugiye mu kazi ariko mbere y’aho ngo nabwo yaragendaga ntagaruke n’ubwo atabikoze kenshi. Nyuma y’aho rero ni bwo yagiye ararayo ahamagara uyu mugore amubwira impamvu biza kurangira atagarutse. Uyu mugore we ngo yaramuhamagaraga ntamwitabe birangira amwihoreye burundu.

    Uyu mubyeyi yasobanuye uko byagenze ngo yisange mu nzu ubu acumbitsemo nyuma y’uko umugabo amusize. N’agahinda kenshi yagize ati: “Aha hantu nahaje maze kubyara bariya bana. AAmaze kunsiga muri iyo nzu byabaye ngombwa ko nyirayo ayidusohoramo nta bundi bufasha nari mfite nagiye iwabo mu rugo mu karere ka Nyagatare ngo bamfashe kuko nari mfite inda ya bariya bana ari nkuru nta n’ikintu nari nshoboye gukora”.

    Yakomeje avuga ko yageze yo bakamufasha [Kwa sebukwe] akabyara nyuma yaho ngo bamubwira ko batakomezanya kubana mu rugo rwabo bamushakira itike bamubwira ko agomba kujyana abana iwabo [kwa nyina umubyara]. Ngo yaratashye ageze iwabo bamwitaho akomera umugongo ashakisha ukuntu yabona icumbi adateze amaboko ku babyeyi ahitamo kwishakishiriza aho yajya gutura n’abana be.

    Ku rundi ruhande ariko hari abandi bana 2 bari kwa sekuru [ni impanga, se ngo yabajyanye avuga ko bagiye gusura nyirakuru] akaba yifuza ko baza akabarerana n’abandi ngo bazakure bakundana. Mu mvugo ye yashimangiye ko bashobora kuzakura babigisha ko nyina yabanze kandi atari ko bimeze.

    Aha yongeye kwemeza ko abana ari bo yashakaga igihe yajyaga mu rusengero kugeza n’ubwo ubukwe bwapfuye nk’uko yabisobanuye ati: “Nta makuru nari mfite kuko iyo nza kuyagira biriya bintu wenda nakoreye mu rusengero byo guharanira uburenganzira bw’abana banjye mba narabikoreye mu murenge ariko mu murenge ntabwo nigeze ngira amahirwe yo kubimenya, bagiye mu rusengero nk’uko mubibona muri iriya video ni cyo nagiye musaba njyewe nta kindi nashakaga ntabwo niri ngambiriye ko bababuza gusezerana icyo njyewe namusabaga ni abana banjye”.

    Urugo rwabo ngo rwari rwiza ntacyo babuze

    Dukuzumuremyi yagiriye Inama abateganya kubaka ati: “Ikintu nababwira ni ukubanza bakicara niba ari umukobwa akegenzura bihagije uwo bagiye kubana uwo ariwe, niba ari umusore akamenya uwo bagiye kubana uwo ariwe. Sinibaza niba ushobora kubana n’umugabo uri umukobwa ubyaye abana nk’aba batanu akabajugunya, ukibaza ko abo uzabyara wowe ari bo azarera”.

    Yasabye Leta kuzajya igenzura neza igihe igiye gusezeranya abantu kuko rimwe na rimwe iyo basezeranyije umugabo usanzwe ufite abandi bana itegeko ry’isezerano rihita ribakandamiza. Aha yagize ati: “Leta rero yakabaye igenzura iki kintu ni ukuri iri sezerano rikagira agaciro ariko ntikajye hejuru ya wa mwana wamaze kuvuka mbere yaryo”.

    REBA HANO IKIGANIRO CYOSE

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109094/wa-mugore-wasanze-umugabo-we-asezerana-mu-rusengero-hakavuka-intambara-ubukwe-bugapfa-yahi-109094.html

  • Iradukunda Elsa na Nimwiza Meghan bagiye muri… – #rwanda #RwOT

    Ubukwe butegerejwe na benshi bwa Grace Bahati na Murekezi Pacifique burashyushye ndetse abazahagararira umuryango mugari w’abamaze kwambara ikamba ry’ubwiza rya Nyampinga w’u Rwanda bamaze gufata indege berekeza aho ibi birori bizabera.

    Kuri uyu mugoroba w’itariki 01 Nzeri 2021 Miss Iradukunda Elsa na Nimwiza Meghan bafashe rutema ikirere berekeza muri Leta ya Iowa aho ubukwe bwa Grace Bahati buzabera. InyaRwanda ifite amakuru avuga ko ubu bukwe buzaba mu matariki ya mbere y’ukwezi kwa Nzeri 2021.

    Ibi birori kandi bizitabirwa n’abarimo Meddy na The Ben ndetse muri gahunda ihari akaba ari bo bazasusurutsa abazitabira ubu bukwe. Biteganyijwe na none ko buzahuza ibyamamare bitandukanye mu myidagaduro nyarwanda.

    Abandi bazagaragara muri ubu bukwe ni Miss Aurore Kayibanda wanitabiriye ibirori byo gusezera urungano bya Grace Bahati byabaye kuwa 07 Kanama 2021. Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo Mrekezi Pacifique yambitse impeta y’urukundo Grace.

    Miss Meghan Nimwiza na Miss Iradukunda Elsa berekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bukwe bwa Grace Bahati

    Miss Bahati Grace n’umukunzi we Pacifique baritegura kurushinga

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109097/miss-iradukunda-elsa-na-nimwiza-meghan-bagiye-muri-amerika-mu-bukwe-bwa-grace-bahati-109097.html

  • Cte d’Ivoire: Gaby Kamanzi yeretswe urukundo… – #rwanda #RwOT

    Kuwa Kane tariki 26/08/2021, ku munsi ny’irizina wa w’igitaramo ‘Gospel Living’ Gaby Kamanzi yatumiwemo, uyu muramyi mpuzamahanga ukomoka mu Rwanda yaririmbye indirimbo ze zinyuranye ziganjemo irizi mu rurimi rw’Igifaransa benshi barizihirwa cyane nk’uko bigaragara mu mafoto. Gaby Kamanzi mu kiganiro na InyaRwanda.com, yavuze ko ashimira Imana cyane yamushoboje. Ati “Ndashima Imana ko yabanye nanjye, Concert yiswe “GOSPEL LIVING” yagenze neza, hari ubwiza bw’Imana, abantu baranezerewe cyane, baranyishimiye, bakunda guhimbaza Imana mu mbyino, barishimye cyane, barabyinye cyane, bahimbaje Imana mu buryo budasanzwe”.

    Gaby Kamanzi umuhanzikazi mpuzamahanga ukomoka mu Rwanda

    Yavuze ko mu ndirimbo yaririmbye harimo n’iri mu rurimi rw’Ikinyarwanda ‘Amahoro’ ariko akaba yarabaje kuyibasabanurira mu Gifaransa. Yagize ati “Naririmbye indirimbo zanjye zo mu rurimi rw’igifaransa, na ‘Amahoro’ nayo narayirirmbye nabanje kubasobanurira icyo ivuga, ariko by’umwihariko, Refrain (inyikirizo) niyo nasemuye mu gifaransa, mbona kuyiririmba”. Yashimiye cyane Umuyobozi wa LMTV Mr Dieudonne Gollet wamutumiye. Ati “Ndongeye gushimira umuyobozi wa LMTV, Mr. Dieudonné Gollet ku bwo kongera kuntumira muri CÔTE D’IVOIRE, Imana imuhe umugisha, ihe umugisha n’umuryango we wose, ndetse n’abakozi bose ba LMTV”.

    Aha hari kuwa Kabiri, ni gahunda y’amarushanwa yitwa “VOCALYZ”, aho abaririmbyi bahatana, hari kuwa Gatanu 27/08

    Mu minsi amaze muri Cote d’Ivoire amaze kuririmba muri Gospel Living, Vocalyz aho abaririmbyi bahatana bakagaragaza impano ndetse yanaririmbye muri Symbioz yabaye ku Cyumweru akaba ari amarushanwa aho insengero zitandukanye zohereza abaririmbyi babo, abakinnyi na Théâtre, ndetse n’abavugabutumwa. Mu bikorwa byose bya HOLY HOLIDAYS biterwa na LMTV ibikorana n’amatorero yo muri icyo gihugu kuko ariyo yohereza abavugabutumwa, abaririmbyi, abakinnyi ba Théâtre, noneho bikazarangira aba mbere babonye ibihembo nk’uko twabitangarijwe na Gaby Kamanzi. Yongeyeho ati “Ibi byose ni mu rwego rwo gufasha abana b’Imana, bari mu biruhuko kwidagadura”.

    Gaby Kamanzi yagiye muri Côte d’Ivoire kuririmba muri gahunda y’ivugabutumwa yiswe Holy Holiydays, akaba ari gahunda bategura muri mwaka by’umwihariko mu bihe by’ibiruhuko iyo abana bari mu kiruhuko, bimara ukwezi kose, noneho kuwa Gatatu, kuwa Kane no ku cyumweru hakaba ibitaramo byo ku mugoroba n’amarushanwa y’abantu baririmba neza n’ababyinnyi beza, abigisha beza ndetse bajya banatumira amakorali gusa akaza akaririmba. Ibitaramo bya Holy Holidays byatumiwemo Gaby Kamanzi, byatangiye tariki 06 Kanama 2021 bikaba bizarangira tariki 05 Nzeri 2021.

    Gaby Kamanzi yishimiye ibihe byiza yagiriye muri Cote d’Ivoire

    Si ubwa Gaby Kamanzi atumiwe muri Cote d’Ivore kuko tariki ya 09/02/2021 ari bwo yahagurutse i Kigali yerekeje muri iki gihugu ku butumire bwa Televiziyo ya Gikristo yitwa LMTV. Usibye Cote d’Ivoire, amaze kugera mu bihugu binguranye ku Isi muri gahunda z’ivugabutumwa birimo; Amerika, Senegali, Tchad, U Bubiligi, U Bufaransa, Uganda, Kenya, DR Congo n’ahandi. Amaze gukora indirimbo zinyuranye harimo izamenyekanye by’ikirenga nka ‘Amahoro’ yamukinguriye umuryango w’ubwamamare, ‘Wowe’, ‘Ungirira neza’, ‘Neema ya Goligota’, ‘Arankunda’, n’izindi nyinshi.

    Gaby Kamanzi yahesheje umugisha abanya-Cote d’Ivoire

    Gaby Kamanzi ari mu bahanzi ba Gospel bakuzwe cyane muri Cote d’Ivoire bitewe n’ukuntu bahora bamutumira

    REBA HANO ‘NEEMA YA GOLIGOTA’ YA GABY KAMANZI

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109087/cote-divoire-gaby-kamanzi-yeretswe-urukundo-ashimira-imana-yamukoresheje-numuyobozi-wa-tel-109087.html

  • Umukobwa wo kuri INSTAGRAM amaze kwicwa n' umufana we. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Jenae Gagnier uzwi ku rubuga rwa Instagram nka Mercedes Morr yishwe n'umugabo bivugwa ko yari umufana we maze na we ahita yiyahura.

    Uyu Mercedes Morr yari icyamamare kuri instagram. Uyu mukobwa w'imyaka 33, amazina ye nyakuri ni Jenae Gagnier, yakurikirwaga nabantu barenga miliyoni 2 kuri Instagram ndetse nabantu miliyoni 2.6 kurubuga rwa OnlyFans. Uyu umunyamideli yasanzwe iwe muri Texas yapfuye.

    ABC News ivuga ko uyu munyamideli yishwe anizwe ,nyuma y'urupfu rwe basanze Kevin Accorto w'imyaka 34 ukekwaho kwica uyu mukobwa yiyahuye na we arapfa.

    Umuvandimwe wa Jenae Gagnier yavuze ko uwishe uyu mukobwa yari amaze igihe amutoteza ku mbugankoranyambaga nubwo yamukurikiraga nkumufana we.

    Source : https://yegob.rw/umukobwa-wo-kuri-instagram-amaze-kwicwa-n-umufana-we/

  • Umutoma Knowless yateye Clement ku isabukuru ye y'amavuko – YEGOB #rwanda #RwOT

    Tariki ya 01 Nzeri ya buri mwaka ni isabukuru y'amavuko wa Ishimwe Clément, umugabo wa Butera Knowless.

    Kuri uyu wa 01 Nzeri 2021, Butera Knowless abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram yanditse amagambo akomeye yifuriza umugabo we isabukuru nziza y'amavuko. Yagize ati ” I wanted to wish you the very best but You already have me🤣😉. No need. Happy birthday Hus @clementishimwe “.

    Clément na Knowless

    Source : https://yegob.rw/umutoma-knowless-yateye-clement-ku-isabukuru-ye-yamavuko/